Tag: Muzika

  • Umva ibyo Bijoux wo muri Bamenya yakoreye umusore bahuriye mu kiganiro – YEGOB #rwanda #RwOT

    Aline wamenyekanye nka Bijoux muri filime Bamenya Series yeruriye umusore witwa Lionel Sentore ko amukunda ndetse aranamuririmbira.

    Mu kiganiro Bijoux na Lionel bahuriyemo cyanyujijwe ku Isimbi Tv, aba bombi buri umwe yari yishimiye mugenzi we ndetse banavuze ko basanzwe ari inshuti. Lionel yavuze ko akunda ukuntu Bijoux akina muri filime ndetse na Bijoux avuga ko akunda ukuntu Lionel aririmba.

    Lionel yaririmbiye Bijoux indirimbo Imena, iyi akaba ari imwe mu ndirimbo za Lionel Bijoux akunda kurusha izindi zose. Bijoux nawe ntiyakuriyemo aho Lionel kuko yahise amuririmbira indirimbo Ubumanzi ya Cecile Kayirebwa.

    Twanyujije amaso mu bitekerezo byatanzwe na benshi mu bakurikiye iki kiganiro tubona benshi baragiye bahuriza ku kuvuga ko babona hagati ya Lionel na Bijoux atari gusa kuko hihishemo akantu k'urukundo kandi koko dukurikije uko aba bombi barebanaga n'uburyo Bijoux yasekaga bigaragara ko isoni zamwishe twabonye ko harimo akantu.

    Bijoux na Lionel barebanaga mu buryo budasanzwe

    Source : https://yegob.rw/umva-ibyo-bijoux-wo-muri-bamenya-yakoreye-umusore-bahuriye-mu-kiganiro/

  • Wa mwana wigana Fuadi na Gicumbi barahuye harashya koko| Ibyishimo byamurenze – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umusore witwa Benoi umaze kwamamara kubera gukora amashusho aho aba arimo kwigana abanyamakuru Fuadi na Gicumbi noneho yahuye nabo amaso ku maso maze ibishimo biramurenga.

    Nkuko tubikesha Transitline Tv, Benoit usanzwe akora amashusho aho akoresha amajwi ya Fuadi na Gicumbi bari mu biganiro maze akayasubiramo, yahuye amaso ku maso na Fuadi ku kazi ke aho akora kuri B&B Fm Umwezi maze akanyamuneza karamurenga ibyishimo biramusaga. Benoit yavuze ko yishimiye cyane guhura na Fuadi kuko kuva kera yari umufana we ku maradiyo atandukanye yakozeho ndetse anavuga ko nanubu akiri umufana we ko akunda ibyo akora.

    Fuadi yabwiye Benoit gukomeza gukunda ibyo akora ndetse anamushimira ko amukunda ndetse agakunda n'ibyo akora. Yongeyeho ko impano ye akwiye kuyizamura igakura cyane ndetse ikanagera no ku rwego yazamutunga ikamwinjiriza amafaranga.

    Uku niko Benoit aba ameze mu mashusho ye

    Benoit yishimiye guhura na Fuadi

    Source : https://yegob.rw/wa-mwana-wigana-fuadi-na-gicumbi-barahuye-harashya-koko-ibyishimo-byamurenze/

  • The Ben, Bruce Melodie, Senderi na Lil G binj… – #rwanda #RwOT

    Kuva kuri uyu wa Gatatu tariki 4 Kanama 2021 kugera kuri uyu wa Gatanu tariki 6 Kanama 2021, Sosiyete Nyarwanda y'Abahanzi, RSAU iri mu gikorwa cyo gusaranganya abahanzi amafaranga yavuye mu bantu bazakoresheje ibihangano byabo.

    Ni ku nshuro ya kabiri, RSAU ikoze iki gikorwa. Kuri iyi nshuro iri gukora iki gikorwa ifatanyije na Minisiteri y'Urubyiruko n'Umuco ndetse n'Inteko y'Umuco.

    RSAU yari yateguye ko iki gikorwa kizakorwa ku wa 18 Knama 2021, ariko bitewe n'ingamba zo kwirinda Covid-19 kirasubikwa. Bahuza iki gikorwa no gufasha abahanzi kwizihiza neza umunsi w'umuganura kuri uyu wa Gatanu.

    Ku nshuro ya mbere abahanzi bahawe sheki ziriho amafaranga, kuri iyi nshuro amafaranga azabageraho binyuze kuri nimero za konti zabo.

    Mu kiganiro yagiranye na INYARWANDA, Binamungu Epaphrodite Umuyobozi Mukuru w'Inama y'Ubuyobozi/RSAU yavuze ko amafaranga azahabwa abahanzi hagendewe ku rutonde (Playlist) igaragaza uko ibihangano by'umwe byakoreshejwe.

    Yavuze ko muri uyu mwaka abishyuye ibihangano by'abahanzi bakoresheje bagera kuri 15 barimo Sosiyete y'Itumanaho MTN Rwanda, Radio Isangano, Restaurant, Hoteli, utubari n'abandi bamaze kumva neza itegeko No 31/2009 ryo ku wa 26/10/2009 rirengera umutungo bwite mu by'ubwenge.

    Uyu muyobozi yavuze ko bakusanyije arenga Miliyoni 18 (18, 122, 096 Frw) azahabwa abahanzi bakorera umuziki mu Rwanda n'abakorera umuziki mu mahanga, ariko basanzwe bakorana na RSAU.

    Binamungu yavuze ko itegeko ribemerera gutangaza nibura abahanzi bane binjije amafaranga menshi biturutse ku bantu n’ibigo bakoresheje ibihangano.

    Ati 'Twanga kuvuga abahanzi binjije menshi ariko twakubwira bane ba mbere turabona Bruce Melodie, turabona Senderi Eric, tukabona The Ben ndetse na Lil G. Nibo twemerewe kuvuga, kubera ko byo turabyemerewe mu rwego rw'ubukangurambaga.'

    Uyu muyobozi yavuze ko amafaranga azasaranganywa hagendewe kuwinjije menshi. Ati 'Oya! ntabwo banganya. Urumva ntabwo bashobora kunganya uwacuranzwe henshi kenshi mu ndirimbo ze nyinshi urumva ni we uzabona amafaranga menshi. Ni ibintu byumvikana rwose.'

    Abahanzi bazasaranganywa amafaranga bagera kuri 981, barimo abakorera umuziki hanze y'u Rwanda 702 n'abakorera umuziki mu Rwanda 279.

    The Ben ni we muhanzi ukorera umuziki hanze y'u Rwanda ufite ibihangano byakoreshejwe na benshi mu bakorana na RSAU Bruce Melodie ni we muhanzi wo mu Rwanda ufite ibihangano byiyambajwe na benshi mu bemeye kujya bishyura ibihangano by'abahanzi  Umuhanzi Senderi Hit ari muri bahanzi bazafata amafaranga menshi muri 18 FrwKarangwa Lionel [Lil G] ni we muhanzi ‘ukiri muto’ winjije menshi muri RSAU

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108347/the-ben-bruce-melodie-senderi-na-lil-g-binjije-menshi-muri-miliyoni-18-frw-zigiye-guhabwa–108347.html

  • Umuhanzikazi Tonzi yahaye ubutumwa Rocky wihaye imvugo ya ‘Nta Gikwe'(VIDEO) #rwanda #RwOT

    Umuhanzikazi nyarwanda mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Uwitonze Clementine uzwi nka Tonzi, yakebuye Rocky Kirabiranya wazanye imvugo ya ‘Nta Gikwe’.

    Rocky Kirabiranya umusobanuzi wa filime ukunzwe cyane mu Rwanda, akunze kumvikana avuga ko ‘Nta Gikwe’ azakora.

    Nyuma y’uko Meddy asohoye indirimbo My Vow ikarebwa n’abantu benshi, ikaba ari indirimbo yakoreye umugore we amusezeranya kuzamukunda iteka, harimo n’amashusho y’ubukwe bwabo.

    Uyu musore yifashe amashusho agira ati “nabonye hari umuhanzi wasohoye indirimbo agumura abantu ndetse yarebwe cyane, ariko rwose ndagira ngo mbabwire ko nta kudohoka.”

    Umuhanzikazi Tonzi uherutse gusohora indirimbo ‘Ubukwe’ yabwiye ISIMBI ko kugira umuryango ari gahunda y’Imana kandi ko umuntu utazi inkomoko ye bimubabaza cyane.

    Ati “Aha nagisubiza mu ijambo ry’Imana iyo uri kure y’Imana, iyo utazi inkomoko yawe bikugora no kumenya ahazaza hawe rero kugira ngo ikiremwamuntu kibeho kisobanukiwe ni uko umenya Imana ukamenya umuremyi wawe, uzarebe abantu bafite ibikomere byo kuba batazi ababyeyi babo, niyo wakira gute uhora uvuga uti uwazanyereka inkomoko yanjye”.

    “Rero kuba abantu tuzi ko tubeshejweho natwe n’ibintu bifatika ariko twibuke ko umuremyi wacu ari Imana iyo uri kure y’Imana utakaza orginalite yawe ariko iyo uri mu Mana ukurikiza umugambi w’Imana ugakurikiza amategeko yayo ibyo byose bikakuryohera niyo mpamvu ngo hahirwa abasogongeye”.

    Agaruka k’umvugo ya Rocky yavuze ko ashobora yarabihiwe n’aho yaturutse kuko ngo nubwo umuntu ashobora kuba agenda mu modoka nziza ariko hari ikindi abura.

    Ati “Rero kuba uriho wishimye ubona ugendera mu modoka ni uko wabyawe n’umugore wahuye n’umugabo, rero wowe niba utishimiye kuzagira umuryango ushobora kuba warabihiwe n’aho waturutse, nanjye ndi mu bukangurambaga bw’ubukwe nabo bari mu bukangurambaga bwabo ngo bwo kudakora igikwe.”

    Nubwo Rocky Kirabiranya akunze kumvikana avuga izi mvugo, nta muntu uzi neza ko aba akomeje kuko nta muntu mu buzima utakwishimira kugira umuryango.

    Rocky amenyerewe mu mvugo ya ‘Nta Gikwe’

    Tonzi avuga ko Rocky ashobora kuba yarabihiwe n’aho akomoka

    Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/umuhanzikazi-tonzi-yahaye-ubutumwa-rocky-wihaye-imvugo-ya-nta-gikwe

  • Umuhanzi Umutare Gaby nyuma y'imyaka 4 yagarutse mu muziki mu ndirimbo nshya[Video] #rwanda #RwOT

    Iyi ndirimbo irimo ubutumwa bwo kwigisha abantu gucisha make no kubaha buri wese kuko umuntu agirwa n'abandi.

    Hari aho agira ati 'Mbona rirasa nta bundi bufindo, n'ubwo iminsi idasa tubana nayo. Utamenyera iposho andinde n'ijambo, uwo arutwa n'umugambanyi wangaburira. Mutima soma ku tuzi umanure agahinda, nzakurinda umwijima. Abantu niwe muntu, kandi umuntu niwe bantu.'

    Umutare Gaby usigaye abarizwa muri Australia n'umuryango we, yaherukaga mu muziki mu myaka ine ishize aho yasize ku isoko indirimbo eshanu: 'True Love', 'Urangora', 'Mesa kamwe', 'Ntunkangure' ndetse na 'Ntawundi' igaragaramo umunyamideli Shaddyboo, yabaye intangiriro y'umuziki we.

    Uyu muhanzi yagiye mu mahanga asize umuvandimwe we Andy Bumuntu yinjiye mu muziki, ndetse ari mu bahagaze neza. Kuva yakora ubukwe, Umutare ntiyongeye kumvikana mu muziki kugeza ubwo mu ntangiriro za Nyakanga 2021, yatangazaga ko igihe kigeze kugira ngo agaruke mu muziki.

    Mu minsi icyenda ishize, uyu muhanzi yanditse kuri konti ye ya Instagram avuga ko igihe gikwiye cyari iki ngo agaruke mu muziki. Ni indirimbo avuga ko 'yitezeho gucengera no mu misokoro y'abantu'.

    Asohora iyi ndirimbo kuri uyu wa Kane tariki 29 Nyakanga 2021, yabwiye abafana be n'abakunzi b'umuziki ko aho abagabo basezeraniye ariho bahurira. Ati 'Ng'ibyo ibyo nabasezeranyije bantu banjye.'

    Muri iyi ndirimbo avuga ko 'abantu ari we muntu kandi umuntu ari we bantu'. Akabuza abantu kwigira nyirandabizi, ko hakenewe ibikorwa kurusha amagambo.

    Mu gice cyibanza kigaragaramo umugore we, amubwira ko azamurinda agahinda. Ati 'Mutima mutima soma kutuzi umanura agahinda. Ibindi nawe uzirwanaho.'

    Mu buryo bw'amajwi iyi ndirimbo yakozwe na The Major ukorera muri studio 'Back Stage Studio' naho 'Official Lyric video' yakozwe na Bjc Official.

    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/article/umuhanzi-umutare-gaby-nyuma-y-imyaka-4-yagarutse-mu-muziki-mu-ndirimbo-nshya

  • AMAKURU NYAYO!DIAMOND AIYE KURUSHINGA N’UMUNYARWANDAKAZI ESE NIBYO?? INKURU #rwanda #RwOT

     

    By Uwineza Vanessa

    Nasibu Abdul Juma Issack umunyamuziki w’icyamamare hano muri Africa ndetse no ku isi hose wamenyekanye nka Diamond Platnumz wakunze kuvugwa murukundo n’abakobwa benshi batandukanye biganjemo abo muri aka karere u Rwanda narwo ruhereyemo biravugwa ko yaba yaramaze gutanga inkwano ndetse imihango yo gukora ubukwe bwe n’umunyarwandakazi imyiteguro igeze kure.

    Diamond agiye gukora ubukwe

    nkuko tubikesha ikinyamakuru Inyarwanda.com nuko nyuma yamezi asaga atandatu uyu muhanzi atandukanye nuwari umukunzi we tanasha Donna ndetse akaba yaratandukanye nawe nyuma yuko babyaranye umwana umwe biravuga ko uyu mugabo arimbanyije imyiteguro yo gushaka undi mugore ndetse yewe akaba azaba ari umunyarwandakazi nubwo amazina ye nyakuri atari yatangazwa.

    inyarwanda ikomeza ivuga ko ubwo mukwezi gushize kwa karindwi Diamond yari mugitaramo yakoreye dodoma muri tanzania  nubundi yaganirije abari aho ndetse abatangariza ko umukunzi ahari ndetse yewe ko nimyiteguro ayigeze kure vuba agombva kubatumira nanone dore ko ubukwe bwo si ubwambere yaba abukoze.

    Subwambere yaba akoze ubukwe

    ibindi binyamakuru kandi byo muri aka karere dutuyemo byanditse bivuga ko ubu bukwe butari mu magambo gusa ndetse ko uyu mugabo yaba agiye kurushinga n’umunyarwandakazi ndetse yewe unaturuka mu muryango ukomeye nko tubikesha inyarwanda.com

    ibinyamakuru bikomeza bishimangira kandi ko ushinzwe gutegura ibiori muri WASAFI kazimoto Hellen ndetse nuwahoze ahagarariye polisi ya dar es salaam paul Makondo aribo bari gutegura ubu bukwe.

    ibi kandi bishimangirwa namagambo Diamond ubwe yitangarije ubwo yavugaga ko azizihiza isabukuru y’imyaka 31 n’umwe afite umugore  ibi bibaye ari ukuri byaba bisobanuye ko atazarenza ukwezi kwa cyenda adakoze ubukwe kuko isabukuru ye izaba tariki ya 02 z’ukwezi kwa cumi (ukwakira).

    Mbabazi Shadia  ariwe shaddyboo niwe byakunze kuvugwa ko yaba ariwe mukunzi mushya wa Diamond platnumz ibi bikaba byarashingirwaga kumubano wakunze kugaragara hagati yabo bombi haba mugihe uyu muhanzi yazaga mu Rwanda ndeste no mungendo shaddyboo yagiye agirirra mugihugu cya Tanzania.

    shaddyboo yakunze kugaragaza umubano hagati ye na diamond

    POSTED BY KABANDA JOSEPH KURI RWANDAPAPARAZZI.RW/TV

      40 total views,  40 views today

    The post AMAKURU NYAYO!DIAMOND AIYE KURUSHINGA N’UMUNYARWANDAKAZI ESE NIBYO?? INKURU appeared first on Rwanda Paparazzi.

  • Passy wahoze muri TNP na Puff G basohoye amashusho y’indirimbo bafashijwemo na Kamichi #rwanda #RwOT




    Passy Kizito wahoze mu itsinda rya TNP na Rukundo Patrick wamenyekanye mu muziki nka Puff G bahuje imbaraga bakora indirimbo ikubiyemo isezerano umusore ashobora guha umukobwa amwereka ko atazamuba kure.

  • “Nashoboraga kuba narapfuye kubera icupa nakubiswe mu kabari” Bull Dogg wakiriye agakiza #rwanda #RwOT

    By Jean Felix BIZIMUNGU

    Shukulani ya Bull Dog
    Ndayishimiye marik Bertrand wamenyekanye mumuziki mu njyana ya hip hop nka bull Dogg abenshi bita iyumujinya,iyi njyana yagiye ikemangwa n’abatari bake bashinja abayikora imyitwarire idahwitse.
    Bull Dogg nawe ubwe mundirimbo ze yagiye agaruka kubamushinjije ingeso mbi aho yumvikana asa Inugusha kubamushinjaga ubusambanyi,ubusinzi no gukoresha ibiyobyabwenge,Gusa we muburyo bwa gihanzi akumvikana asa nubihakana.
    Uyumunsi yumvikanye kugitangazamakuru cya hano mu Rwanda yihamiriza ko yakiriye agakiza akaba Kandi yanasobanuye Iby’indirimbo 3 zihimbaza Imana naho byahereye ko atari ibije ubu.
    Ati ”Guhera na cyera nahoze numva ngomba kuzakorera Imana, igihe cyawe rero iyo kigeze ibintu birikora pe.”
    Nubwo ariko yahinduye ubuzima akaba agiye gushyira imbaraga mu kuririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana ngo azajya ananyuzamo akore indirimbo zisanzwe.
    Abajijwe niba hari ikintu cyaba cyaramubayeho cyatumye yiyemeza guhindura imibereho, Bull Dogg yagize ati” Urebye ubuzima mu muziki usanzwe tubamo, by’umwihariko muri Hip Hop, noneho njyewe nagiye mvugwaho ibintu bitari byiza kandi arinjye biturutseho, icya mbere ni ukwirinda ibyo bintu kugira ngo ntangire inzira nziza.”
    “Nashoboraga kuba narapfuye kubera icupa nakubiswe mu kabari, nshobora kuba narapfuye kubera impanuka turi mu muhanda kubera ubusazi twasinze, byarashobokaga ko nari kwandura ibirwara kubera kujya mu bagore, nashoboraga kujya mu biyobyabwenge bikampitana. Kuba bitarabaye ntabwo ari ku bwanjye ahubwo ni uko hari umugambi Imana yari imfiteho.”
    Bull Dogg avuga ko igihe yakoreye ibyo bibi byose byabaye ariko kugeza ubu yahindutse yabaye umuntu mushya.
    Ati”Narabihagaritse nabivuyemo cyera cyane. Bitewe n’imyaka umuntu aba agezemo, hari igihe usubiza amaso inyuma ugasanga hari ibyo wakoze ngo wemeze abantu ariko wareba neza ugasanga ntacyo wakoze rwose. Rero umuntu agomba guhindura.”
  • Afrobeat Superstar Tiwa Savage Returns With Brand New Single “DANGEROUS LOVE #rwanda #RwOT

    By Staff Writer
    Nigerian-born singer, songwriter and fashion icon TIWA SAVAGE – widely regarded as the ‘Queen of Afrobeats’ – releases her brand new single, “Dangerous Love,” via Motown Records. The song is the first official single taken from her long-awaited fourth studio album ‘CELIA’, aptly named after her mother. Listen to “Dangerous Love” HERE.
    Produced by Cracker Mallo and recorded in Tiwa’s home city of Lagos, Nigeria, “Dangerous Love” is the perfect blend of R&B and Afrobeats.
    With a powerful, enchanting chorus and silky ‘afro’ beat throughout, the mid-tempo record is a representation of Tiwa’s musical growth and preview to her upcoming project.
    “Dangerous Love is such a vibe! It’s a song that is basically about a girl who is dipping in and out of a ‘relationship’ with a guy that really doesn’t deserve her time or attention. She knows that he is bad for her but she gambling with her heart anyway.” Says Tiwa Savage. “I feel like every girl and maybe guys too can relate to this one.” 
    Savage’s fearlessness in combining various genres has paid off, earning her abundance of award wins and recognitions.
    In 2018 she made history by becoming the first female to win the MTV European Award for ‘Best African Act’. She has since earned four Channel O Music Video Awards nominations, five World Music Award nominations, MTV Africa Music, BET & MOBO Award nominations and many more.
    In 2019 she signed an exclusive recording contract with Universal Records and in September released her first global single titled ’49-99’ under Motown Records.
    In May, 2020, Tiwa Savage graced the cover of Billboard Magazine’s first issue devoted entirely to Africa alongside Afrobeat superstars Davido and Mr Eazi.
    Tiwa was born in Lagos, Nigeria, where she lived until the age of 11 when her parents decided to move to London.
    In her early days, like most families, she would attend church with her parents and soon developed a love for performing and relocated to London. At the age of 16, Tiwa found herself singing backing vocals for George Michael.
    As a result of that session, Tiwa quickly found further work over the years with the likes of Mary J. Blige, Kelly Clarkson, Emma Bunton and Blu Cantrell.
    Despite having already completed a degree in Business Administration at the University of Kent, she was focused to continue pursuing music and received a scholarship at the esteemed Berklee College of Music in Boston, Massachusetts.
    With her newfound strength to push forward with music, Tiwa moved from London to New York City and began taking meetings with various producers and industry professionals.
    Inspired and stimulated by the lack of true female superstars in her home country, she moved back to Nigeria.
    Savage has also been active in her philanthropic endeavors, supporting various youth engagement organizations and breast cancer screening projects across Nigeria and further afield.
    Tiwa also is very active in #JusticeForUwa, loudly voicing her disgust at the rape of a young girl in a church in Nigeria, and creating an instagram page @WeAreTiredNg where rape victims can speak out.
  • Alubumu inkuru nziza ya Danny vumbi igiye kugurishwa mu buryo budasanzwe #rwanda #RwOT

    By Twahirwa Emmy
    Umuhanzi  Semivumbi Daniel wakunzwe mu izina  rya  Danny  Vumbi  witegura kurmurika  alubumu ye ya  3  yise  Inkuru  nziza   yatangiye  kuyigurisha kubayifuza  ku giciro  cya 100.000 frw
    Mu kiganiro na  Uhujimfura   Claude   umwe mu bayobozi  ba KIKAC Music   yatubwiye  ko  nubwo bashyize  kw’isoko  alubumu mbere y’uko igitaramo ubwayo kiba babaye batanze uburyo  bwo kuyigeza ku bakunzi ba Danny  Vumbi ahoashobora  kuyibona  byoroshye   kuri email, Flash cyangwa CDS.  Iragura 100 000frw.
    Uhukimfura Claude umwe mu bayobozi ba KIKAC Music
    Uhujimfura yakomeje agira ati “Kugeza ubu uretse indirimbo zagiye hanze, izindi zose ntabwo zizigera zijya kuri Youtube, n’uzashaka kuzishyiraho nta burenganzira ntabwo bizamuhira. Tugiye kuzishyira ku zindi mbuga zigurishirizwaho umuziki nka Spotify, iTunes n’izindi.”
    Yavuze ko abibaza niba iyi album ihenze bibeshya kuko nibura mu ndirimbo ziriho zose ugiye uzibarira amafaranga nta nimwe yakozwe n’amafaranga bagurisha album yose. Ati “Tugomba kurwanira ishya umuziki wacu.”
    Album nshya ya Danny Vumbi iriho indirimbo 12. Umunani zakozwe na MadeBeats, Bob Pro akora eshatu mu gihe Element ugezweho muri iki gihe yakozemo imwe.
    Zimwe mu ndirimbo ziri  kuri alubumu ya Danny Vumbi  ni  ‘Abana babi’, ‘Yibare’ ndetse na ‘Umugozi’ aherutse gukorana na Bruce Melodie. Hariho izindi zitarajya hanze nka ‘Kabiri’, ‘Babahe’, ‘Inenge’, ‘Sezera’ n’izindi.
    Indirimbo zagiye hanze, izindi zose ntabwo zizigera zijya kuri Youtube, n’uzashaka kuzishyiraho nta burenganzira ntabwo bizamuhira. Tugiye kuzishyira ku zindi mbuga zigurishirizwaho umuziki nka Spotify, iTunes n’izindi.”
    Alubumu  Inkuru nziza ya  Danny  Vumbi iriho indirimbo 12  zagiye zikorwa n’aproducer bakunzwe hano mu Rwanda  nka  MadeBeats, Bob Pro ndetse na  Element.
    Biteganyijwe ko  igitaramo cyo kurmurika  Alubumu  inkuru Nziza  kizaba kw’itariki 17  Nyakanga 2020 kizanyura kuri Murandasi ku urbuga rwa  youtube ya  MK1 Tv   ndetse  no kuri  Genesis  TV .
    Muri iki gitaramo Danny Vumbi azafatanya n’abahanzi barimo; Bruce Melodie, Fireman, Mico The Best, Uncle Austin ndetse na Marina bose bazaba biyemeje kumutera ingabo mu bitugu bacurangirwa n’itsinda rya Neptunez Band.