Tag: Imikino

  • Inyemera WFC yihereranye Rayon Sports WFC iyibuza amanota atatu – YEGOB #rwanda #RwOT

    Ikipe ya Inyemera WFC yatsinze Rayon Sports WFC igitego 1-0. Bisobanuye ko mu gihe AS Kigali WFC yazatsinda APAER WFC ku Cyumweru tariki ya 11 Gashyantare 2024 yasatira Rayon Sports y'abagore.

    Bivuze ko hasigaramo ikinyuranyo cy'amanota abiri gusa hagati y'Abanyamujyi na Rayon Sports WFC.

    Source : https://yegob.rw/inyemera-wfc-yihereranye-rayon-sports-wfc-iyibuza-amanota-atatu/

  • APR na REG BBC zatangiye zitanga isomo rya Basketball #rwanda #RwOT

    Shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Basketball ya 2024, yatangiye ejo hashize aho APR BBC na REG BBC zatangiye neza zitsinda imikino ya zo.

    Iyi shampiyona ikaba yatangiye ku mugoroba w’ejo hashize ku wa Gatanu tariki ya 9 Gashyantare 2024 ahabaye imikino 2 gusa uwa REG BBC na Inspired Generation n’uwa APR BBC na Kepler.

    Imikino yose ikaba yabereye muri LDK, habanje uwa REG BBC na Inspired Generation.

    Ni umukino woroheye REG cyane kuko yayoboye uduce twose tw’umukino urangira itsinze amanota 92-43.

    Agace ka mbere yagatsinze ku manota 24-13, aka kabiri 14-7, aka gatatu 25-14 ni mu gihe aka nyuma ari 29-9.

    Shyaka Olivier wa REG BBC ni we watsinze amanota menshi muri uyu mukino, yatsinze 21.

    Hahise hakurikiraho umukino wa APR BBC na Kepler, ni umukino benshi bari bategereje kureba isura ya APR BBC izahagararira u Rwanda muri BAL 2024.

    Benshi bari biteze kureba kandi imyitwarire y’abasore nka Dixon Jr Michael, APR yakuye muri Patriots, Adonis Filer wavuye muri REG BBC.

    Ni abasore baje kwiyereka abakunzi b’iyi kipe bayifasha gutsinda amanota 98-67 aho nka Dixon mu minota 22 yakinnye yatsinze amanota 19, Adonis yakinnye iminota 31 atsinda amanota 27 ni na we watsinze menshi mu mukino.

    Agace ka mbere APR BBC yagatsinze ku manota 25-13, aka kabiri 22-21, aka gatatu 25-11 ni mu gihe agace ka nyuma yagatsinze ku manota 26-22.

    Shampiyona irakomeza uyu munsi Espoir BBC ikina UGB, K Titans ikine no Orions ejo Patriots BBC izakina na Tigers BBC.

    APR BBC yatangiye neza shampiyona

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/apr-na-reg-bbc-zatangiye-zitanga-isomo-rya-basketball

  • Mu mupira w’amaguru hagiye kuzajya hatangwa ikarita y'ubururu – YEGOB #rwanda #RwOT

    Inzego zireberera umupira w'amaguru ku Isi, zatangaje ko hari gutekerezwa uko hazajya hatangwa ikarita y'ubururu, aho uyihawe azajya asohoka hanze y'ikibuga akamara iminota 10 yitekerezaho nyuma akongera agasubiramo.

    Ubusanzwe habagaho ikarita y'umuhondo ihabwa uwakoze ikosa ryoroheje akaguma mu kibuga ndetse n'ikarita itukura ihabwa uwakoze ikosa rikomeye agahita asohoka mu kibuga.

    Source : https://yegob.rw/mu-mupira-wamaguru-hagiye-kuzajya-hatangwa-ikarita-yubururu/

  • AFCON: Louise Mushikiwabo yishimiye intsinzi… – #rwanda #RwOT

    Ku munsi w’ejo ku wa Gatatu tariki 07 Gashyantare 2014, Saa Yine z'ijoro kuri Stade Alassane Ouattaranibwo ikipe y'igihugu ya Cote D'Ivoire yacakiranaga  DR- Congo mu mukino wa ½ w'igikombe cy'Afurika n'ubundi kiri kubera muri Cote D'Ivoire.

    Umukino waje kurangira Inzovu za Cote D'Ivoire zitsinze igitego 1-0 cyabonetse ku munota wa 65 gitsinzwe na Sebastien Haller ahawe umupira na Max Gradel bituma zerekeza ku mukino aho zizacakirana na Nigeria yo yatsinze Afurika y'Epfo.

    Nyuma y'uyu mukino,Louise Mushikiwabo abinyujije ku rubuga rwe rwa X yagaragaje ko yishimiye itsinzi Cote D'Ivoire yandika ati'Ariko Abachou, ubu mwaryamye koko mutampaye ‘félicitations’ nanjye mpa Inzovu zacu ‘francophones’ zimaze kwinjira ku mukino wa nyuma  wa CAN 2024 aho zizakina na za Kagoma ‘anglophones’ zo muri Nigeria?.

    Ingwe za Kongo ariko nazo rwose ntako zitagize zakinnye neza zagarukanye ubuhanga kuva aho tuziherukira muri 2015, tuzihaye félicitations ku mukino mwiza muri aya marushanwa.”

    https://twitter.com/LMushikiwabo/status/1755363820996833704?t=S9d873ClcOwMAf_g62vhLA&s=19

    Ntabwo aribwo bwa mbere Louise Mushikiwabo agize icyo avuga kuri iyi mikino y'igikombe cy'Afurika kubera ko mbere y’uko gitangira nabwo abinyujije ku rubuga rwa X yashimiye Cote D'Ivoire yacyakiriye ndetse anagaragaza ko iri rushanwa rishimangira umwimerere wo kwishyira hamwe kwa Afurika.

    Biteganyijwe ko umukino wa nyuma w'igikombe cy'Afurika cya 2023 uzakinwa ku Cyumweru saa yine z'ijoro Nigeria icakirana na Cote D'Ivoire. 

    Louise Mushikiwabo yishimiye intsinzi ya Cote D’Ivoire yageze ku mukino wa nyuma isezereye DR-Congo

    Cote D’Ivoire yaraye igeze ku mukino wa nyuma ku gitego cya Sebastien Haller 

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/139462/afconlouise-mushikiwabo-yishimiye-itsinzi-ya-cote-divoire-yasezereye-dr-congo-139462.html

  • Nigeria na Cotê D’Ivoire zisanze ku mukino wanyuma, DR Congo na South Africa barize ayo kwarika – YEGOB #rwanda #RwOT

    Ikipe ya Nigeria yasezereye ikipe ya South Africa mu mukino warukomeye cyane waranzwe no guhangana gukomeye gusa ukaza kurangira ikipe ya Police ikatishije itike yo kugera ku mukino wanyuma aho sanzweho na Cotê D'Ivoire yakiriye iki gikombe cya Africa cya 2023.

    ku munsi wejo tariki ya 7 Gashyantare 2024 habaga imikino ya 1/2 cy'imikino y'igikombe cya Africa cyari cyiri kubera mu gihugu cya Cotê D'Ivoire aho hari gucyinira amacyipe nka DR Congo , South Africa, Nigeria na Cotê D'Ivoire yakiriye uri rushanwa.

    ikipe ya Nigeria Yagiye na South Africa maze iyitsindira kuri penaliti nyuma yo kunganya igitego 1 kuri 1 maze bakerekeza kuri penaliti zaje no kurangira Nigeria isezereye South Africa kuri penaliti 4 kuri 2.

    naho umukino wakurikiyeho wahuzaga ikipe ya Cotê D'Ivoire na DR Congo waje kurangira ikipe ya Cotê D'Ivoire itsinze ikipe ya DR Congo itsinzwe igitego 1 kuri 0 ihita isezererwa itageze ku mukino wanyuma wa AFCON2024.

    umukino wa nyuma uzahuza ikipe ya Cotê D'Ivoire na Nigeria.

    Nigeria yageze ku mukino wa nyuma wa CAN 2023 nyuma yo gutsinda Afurika y'Epfo.

    Mu mukino wabaga kuri uyu munsi wo kuwa Gatatu taliki 7 Gashyantare 2024 urangiye Nigeria itsinze Afurika y'Epfo penaliti 4-2 ubwo amakipe yombi yari yanganyije igitego 1-1 mu minota 120.

    Biteganyijwe ko ku mukino wa nyuma uzaba ku Cyumweru, Nigeria izahura n'ikipe ikomeza hagati ya Côte d'Ivoire na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo

    Source : https://yegob.rw/nigeria-na-cote-divoire-zisanze-ku-mukino-wanyuma-dr-congo-na-south-africa-barize-ayo-kwarika/

  • APR FC yatsinze Marines igumya kwanikira Rayon Sports yashimangiye umwanya wa kabiri #rwanda #RwOT

    APR FC yatsinze Marines FC ibitego 5-2 igumya kwanikira Rayon Sports yashimangiye umwanya wa kabiri itsinda Amagaju.

    Uyu munsi nibwo hakinwe imikino 3 muri 4 y’ikirarane cy’umunsi wa 18 cya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda umwaka w’imikino wa 2023-24.

    Musanze FC yari yasuye Sunrise FC kuri Golgotha Stadium ndetse amakipe yombi aza kunganya ubusa ku busa.

    Rayon Sports yari yasuye Amagaju ku mukino wabereye Huye Stadium, ni umukino utoroheye Rayon Sports nubwo yaje kuwutsinda 1-0.

    Iki gitego cy’intsinzi cyatumye Rayon Sports iguma ku mwanya wa 2, cyatsinzwe na Muhire Kevin ku munota wa 53.

    Undi mukino wabaye APR FC yari yakiriye Marines FC, ni umukino utoroheye iyi kipe y’ingabo z’igihugu kuko ku munota wa mbere Marines yari yamaze gutsinda igitego cyatsinzwe na Byamungu.

    APR FC yagowe cyane no kwishyura iki gitego kuko wabonaga Marines irimo iyirusha ndetse ikanahusha ubundi buryo.

    Gusa ku munota wa 44, Kwitonda Alain Bacca yaje kwishyurira APR FC, bajya kuruhuka ari 1-1.

    Ku munota wa 62, Ruboneka Bosco kuri kufura ku ikosa ryari rikorewe Mugisha Gilbert yatsindiye APR FC igitego cya 2 ni mu gihe ku munota wa 65 Sharaf Eldin Ali Shiboub Abdelrahman.

    Ku munota wa 76, Shiboub yaje gutsindira APR FC igitego cya kane. Ishimwe Jean Rene yatsindiye Marines FC igitego cya kabiri ku munota wa 85.

    Ku munota wa mbere w’inyongera, Omborenga yateye mu izamu maze abakinnyi ba Musanze FC baritsinda. Umukino warangiye ari 5-2.

    Undi mukino w’ikirarane, ejo Police FC izakina na Mukura VS kuri Stade ya Huye.

    Ubu APR FC ni yo ya mbere n’amanota 42 ni mu gihe Rayon Sports ya kabiri ifite 36, Musanze FC 34 n’aho Police FC ikagira 32.

    APR FC yatsinze Marines FC

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/apr-fc-yatsinze-marines-igumya-kwanikira-rayon-sports-yashimangiye-umwanya-wa-kabiri

  • APR FC yasezereye AS Kigali igera muri 1/4 cy'igikombe cy'Amahoro aho izahura na Gasogi United #rwanda #RwOT

    Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 24 Mutarama 2024 nibwo hasojwe imikino ya 1/8 cy'irangiza y'igikombe cy'Amahoro, APR FC yasezereye AS Kigali nyuma yo gutsinda 2-1 mu mikino yombi.

    Muri uyumukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium warangiye amakipe yombi anganyije 1-1, ikomeza ku giteranyo cy'ibitego 2-1 kuko mu mukino ubanza yari yatsinze igitego kimwe ku busa.

    Gukomeza mu kiciro gikurikiyeho ku ikipe y'ingabo z'Igihugu ya APR FC bitumye izahura  na Gasogi United muri 1/4 cy'Igikombe cy'Amahoro yo yasezereye Muhazi United.

    Gasogi United yasezereye Muhazi United nyuma yaho mu mukino wo kwishyura warangiye amakipe yombi anganyije 1-1, gusa mu mukino ubanza Gasogi yari yatsinze Muhazi ibitego 2-0.

    Mu yindi mikino yabaye, Musanze FC yatsinze Vision 3-1 ariko ihita isezererwa kuko mu mikino yombi banganyije 3-3 bityo Vision ikomeza ku gitego yatsindiye hanze.

    Kiyovu SC yo yari yasezerewe na Gorilla FC, POlice isezerera Kamonyi FC ku giteranyo cy'ibitego 6-0 kuko no kuri uyu wa Gatatu yongeye kuyitsinda 3-0.

    Mukura yatsinze Addax 1-0 mu mukino ubanza, aba bategereje umukino wo kwishyura, Marines yasezerewe na Bugesera FC ku giteranyo cy'ibitego 5-2.

    Rayon Sports yo yari yasezereye Interforce FC ku giteranyo cy'ibitego 5-2 mu mikino yombi.

    Uko amakipe azahura muri 1/4:

    Vision FC vs Rayon Sports

    Gorilla FC vs Police FC

    Bugesera FC vs Mukura VS/ Addax SC

    Gasogi United vs APR FC

    The post APR FC yasezereye AS Kigali igera muri 1/4 cy'igikombe cy'Amahoro aho izahura na Gasogi United appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/apr-fc-yasezereye-as-kigali-igera-muri-1-4-cyigikombe-cyamahoro-aho-izahura-na-gasogi-united/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=apr-fc-yasezereye-as-kigali-igera-muri-1-4-cyigikombe-cyamahoro-aho-izahura-na-gasogi-united

  • Imikino y’amakipe 8 yasubitswe, APR FC na Rayon Sports zishobora gucakirana vuba #rwanda #RwOT

    Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryamaze kumenyesha amakipe 8 ko imikino yayo y’umunsi wa 18 yasubitswe kubera Igikombe cy’Intwari.

    Mu mpera z’iki cyumweru ni bwo umunsi wa 18 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda 2023-24 uzakomeza.

    Gusa FERWAFA yamenyesheje amakipe ko imikino y’amakipe 4 yasoje ari aya mbere ku rutonde rwa shampiyona (APR FC, Police FC, Musanze FC na Rayon Sports), aho APR FC yagombaga kwakiramo Etoile del’Est, Police FC igasura Mukura VS, Musanze FC igasura Sunrise FC na Rayon Sports yagombaga gusuramo Amagaju yasubitswe.

    Yavuze ko impamvu nta yandi ari uko aya makipe agomba guhatanira igikombe cy’Intwari kizatangira tariki ya 28 Mutarama 2024.

    Iri rushanwa rizahera muri 1/2, APR FC izacakirana na Musanze FC ni mu gihe Rayon Sports izakina na Police FC, bivuze ko APR FC na Rayon Sports zishobora guhurira ku mukino wa nyuma tariki ya 1 Gashyantare 2024.

    Mu bagore rizakinwa n’amakipe abiri gusa aho AS Kigali izakina Rayon Sports tariki ya 1 Gashyantare 2024, akaba ari na wo munsi hizihizwaho umunsi w’Intwari.

    APR FC na Rayon zishobora guhurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Intwari

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/imikino-y-amakipe-8-yasubitswe-apr-fc-na-rayon-sports-zishobora-gucakirana-vuba

  • Imikino ya shampiyona irimo uwa APR FC na Rayon Sports yasubitswe – YEGOB #rwanda #RwOT

    Imikino ya shampiyona irimo uwa APR FC na Rayon Sports yasubitswe

    Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu nibwo ishyirahanwe ry'umupira w'amaguru ryatangaje ko imikino 8 y'umunsi wa 18 isubitswe kubera igikombe cy'Intwari.

    Amakipe yamenyeshejwe ko atazakina harimo APR FC, Rayon Sports, Musanze FC, Police FC, Amagaju FC, Mukura VS, Etoile De L'est, Sunrise FC.

    Impamvu iyi mikino yasunitswe ni uko amakipe azakina igikombe cy'intwari ni amakipe 4 ayoboye urutonde rwa shampiyona kugeza ubu arimo APR FC, Rayon Sports, Police FC na Musanze FC.

    Iki gikombe cy'intwari giteganyijwe kuba tariki 28/01/2024 cyigasozwa ku munsi nyirizina wa tariki 1/02/2024, ubwo bivuze ko bizaba muri iyi wikendi.

     

    Source : https://yegob.rw/imikino-ya-shampiyona-irimo-uwa-apr-fc-na-rayon-sports-yasubitswe/

  • Gutungurana mu makipe 7 yamaze kugera muri 1/4 cy’Igikombe cy’Amahoro #rwanda #RwOT

    Mu gihe hasigaye umukino umwe wo kwishyura wa 1/8 cy’Igikombe cy’Amahoro, amakipe nka Kiyovu Sports na Musanze, zatuguwe zisezererwa hakiri kare.

    Umukino usigaye ni uwo Mukura VS igomba kwakiramo Addax SC ya Mvukiyehe Juvenal kuko umukino ubanza wabaye uyu munsi Mukura VS iyitsindira iwayo 1-0.

    Ni umukino wakabaye warabaye mu cyumweru gishize ariko ntiwaba kubera ikibuga cyari cyuzuyemo amazi. Mukura VS izakira umukino wo kwishyura.

    Muri 1/8 hakaba habayemo gutungurana gukomeye aho ikipe ya Gorilla FC ejo hashize yasezereye Kiyovu Sports ku giteranyo cy’ibitego 3-3. Umukino ubanza warangiye Gorilla FC itsinze 2-0 uwo kwishyura itsindwa 3-1 ariko ikomeza kubera igitego cyo hanze.

    Ibi ni byo uyu munsi byabaye kuri Musanze FC yatunguwe na Vision FC yo mu cyiciro cya kabiri ikayisezerera.

    Umukino ubanza Vision FC yakiriye inatsinda Musanze FC 2-0, uwo kwishyura wabaye uyu munsi ku wa Gatatu tariki ya 24 Mutarama 2023 i Musanze, Musanze FC yatsinze 3-1 biba 3-3 ariko Vision FC ikomeza kubera igitego cyo hanze.

    Ejo hashize kandi Rayon Sports yateye intambwe igana muri 1/4 nyuma yo gutsindwa na Interforce FC 2-1 mu mukino wo kwishyura ni mu gihe ubanza yari yayinyagiye 4-0, yakomeje ku giteranyo cy’ibitego 5-2.

    Umukino wari ukomeye muri 1/8 ni uwa APR FC na AS Kigali. Nyuma yo gutsinda 1-0 mu mukino ubanza benshi bibazaga niba APR FC iri buze kugihagararaho mu mukino wabereye kuri Kigali Pelé Stadium uyu munsi.

    Icyizere cyaje kwiyongera ubwo Yannick Bizimana yayitsindiraga icya mbere ku munota wa 26, cyaje kwishyurwa na Osalue Raphael ku munota wa 64 umukino urangira ari 1-1, APR FC ikomeza ku giteranyo cy’ibitego 2-1.

    Police FC yasezereye Kamonyi FC ku giteranyo cy’ibitego 6-0, bitatu muri buri mukino, Gasogi United isezera Etoile del’Est ku giteranyo cy’ibitego 3-1, umukino ubanza warangiye ari 2-0 uwo kwishyura biba 1-1 ni mu gihe Bugesera FC yasezereye Marines ku giteranyo cy’ibitego 5-2, umukino ubanza 4-0 n’aho uwo kwishyura Marines FC iwutsinda 2-1.

    Uko amakipe azahura muri 1/4

    Rayon Sports vs Vision FC
    APR FC vs Gasogi United
    Addax SC/Mukura VS vs Marines FC
    Police FC vs Gorilla FC

    Musanze FC yatunguwe isezererwa mu gikombe cy’Amahoro

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/gutungurana-mu-makipe-7-yamaze-kugera-muri-1-4-cy-igikombe-cy-amahoro