Tag: Ikoranabuhanga

  • Ibyo wamenya kuri “Methanol”, ikinyabutabire… – #rwanda #RwOT

    Umuraperi Jay Polly urupfu rwe rwababaje benshi kandi mu ngeri zitandukanye kubera igikundiro cye. RIB iherutse gutangazo ko nyuma y’isuzumwa ryakozwe na Laboratwari y’u Rwanda y’ibimenyetso bishingiye ku bumenyi n’ubuhanga bikoreshwa mu butabera [RFL], rigaragaza ko Jay Polly yishwe n’ikinyabutabire cyitwa “Methanol”. 

    Muri iyi nkuru tugiye kwifashisha umuganga w’inzobere Dr Dufatanye Erhard maze adusobanurire uko iki kinyabutabire “Methanol” ari uburozi bwica umuntu mu kanya nk’ako guhumbya. Yatangiye avuga ko n’ubwo Alcool zirimo amoko menshi, “Methanol” nayo ari Alcoo ifite imbaraga nyinshi ikaba itandukanye na “Ethanol” Ikorwamo inzoga. Yakomeje agira ati: “Ni ukuvuga ngo rero iyo igeze mu mubiri w’umuntu singombwa kantite nini na miliritiro 10, 20, 30 rimwe na rimwe hari abo zitera ikibazo.

    Iyo igeze mu mubiri w’umuntu rero ihita ijya mu maraso iba ifite aho ifata, yarangiza igatera ibibazo bitandukanye. Icya mbere iyo igeze mu mubiri ihinduka ‘acide’ igatuma umubiri w’umuntu uhinduka ‘acidose’”. 

    Yakomeje avuga ko umubiri uhita utangira gucika intege umuntu akaba yatangira kugira ibimenyetso bidasobanutse by’uburwayi bidafite aho bishingiye nko gucika intege n’ibindi. Nyuma yaho ngo ubwonko butangira gufatwa kubera ya “Methanol”, amaso nayo agafatwa ku buryo umuntu ashobora guhuma. Tukiri aha twakwibutsa ko umwe mu basangiye Methanol na Jay Polly, RIB yatangaje ko afite ikibazo cyo guhuma amaso!

    Dr Dufatanye Erhard yavuze ko Methanol ingaruka igira ku bwonko ari zo mbi cyane ati: “Urumva ubwonko ni bwo bukoresha ibice byose by’umubiri l, bufasha ibihaha guhumeka, bufasha umutima gukora, bufasha muri ekiribure kugira ngo umuntu ahaguruke agende. Niyo mpamvu ubona n’uwanyoye inzoga isanzwe nta ekiribure agira, agenda adandabirana, ni uko ubwonko buba bwagizweho ingaruka kandi ari bwo bukontorora ikiribure. Ubwo rero iyo bikomeje iyo “methanol” ikabangamira uburyo ubwonko bukoresha, umutima cyangwa ibihaha nabyo bishobora guhagarara ntibikore kubera ko ubwonko butari gukora neza”.

    Jay Polly urupfu rwe rwababaje benshi 

    Yakomeja agira ati: “Ubwo rero ingaruka ikomeye cyane ni ukwica umuntu binyuze muri kwa guhagarara k’ubwonko bugahagarika gukoresha ibindi bice by’umubiri cyangwa na none na ya ‘acidose’ nakubwiraga nayo ubwayo ihagarika umutima”

    “Methanol” mu magambo make yavuze ko iyo ikigera mu mubiri yiremamo ibindi bintu birimo na ya acide twavuze maze hakaboneka ya acidose. Iki kinyabutabire ngo gikorwa mu buryo butandukanye kuko chimie ari ikintu kigari ariko nanone ngo mu kuyikora hifashishwa ibyo bita ama “atome”.

    Dr Dufatanye Erhard  yavuze ko mu nzoga z’inkorano zitujuje ubuziranenge hari igihe ushobora gusanga bifashishije methanol ariko nkeya cyane atanga urugero rwa Kanyanga.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109313/ibyo-wamenya-kuri-methanol-ikinyabutabiri-cyahitanye-jay-polly-109313.html

  • Perezida Kagame yasabye ubufatanye mu guhashya ibyaha bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda bose gufatanya kurwanya ibyaha bikorwa hifashishijwe ikoranabuha bikomeje kwiyongera cyane mu Rwanda.

    Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 6 Nzeri 2021, nibwo Perezida Kagame yatangije Umwaka w'Ubucamanza wa 2021/2022 ndetse anakira indahiro z'Abayobozi bashya.

    Mu ijambo rye,Perezida Kagame yasabye abacamanza kutajenjekera ibyaha bikomeje kwiyongera mu Rwanda birimo gusambanya abana ndetse n'ibikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga.

    Perezida Kagame yagize ati “Ndagira ngo tuvuge ibyaha bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga, bigenda birushaho gukomera no kwiyongera ariko hari uburyo byagabanuka. Ndagira ngo tubifatanye, dufatanye iyo ntambara yo kubirwanya.''

    Ni ngombwa ko hakazwa ingamba zo kurinda Abanyarwanda cyane abadafite ubumenyi buhagije, kutagwa mu mutego w'abatekamutwe n'ibindi bisambo, tugomba kubibarinda.''

    Perezida Kagame kandi yibukije abanyarwanda ko kubaka igihugu ari inshingano za buri wese ndetse hakubakirwa ku musingi ukomeye umaze kubakwa.

    Ati 'Kubaka igihugu ni inshingano ya buri Munyarwanda kuko iki ari igihugu cyacu twese. Umusingi ukomeye, ugaragara tumaze kuwubaka, igisigaye ni ukubakira kuri uwo musingi utajegajega. Ni naho igihugu kivana imbaraga.'

    Ku cyaha kijyanye n'ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryibasira abagore n'abana ndetse n'umubare w'abangavu basambanywa ukomeje kwiyongera,Perezida Kagame yavuze ko iryo hohoterwa hari aho byiyongera ku buryo nta gikozwe, byaba nk'umuco wimitswe, ashimangira ko bigomba kurwanywa bifatika.

    Ati “Ingamba n'ibihano bikwiye kwiyongera, bikwiye kugaragarira buri wese ko tutabyemera. Iyo ujenjeka ndetse rimwe bigasa nk'aho kuri bamwe ari ibintu byemewe, sibyo. Dukwiye kwisuzuma ubwacu nk'abayobozi, inkiko, abacamanza n'abashinjacyaha; icyo kintu tukagikurikirana tugashyiramo ingufu tukabona ko byahindutse byanze bikunze.''

    “Abakora ibi byaha, ababafasha n'ababahishira bakwiriye guhabwa ibihano biremereye ku buryo bishobora kubuza abandi kubijyamo cyangwa kubyitabira.''

    Perezida Kagame kandi yanenze umuco mubi bamwe mu bacamanza bagifite wo kwaka ruswa kugira ngo bakore inshingano bashinzwe.

    Ati “Abantu bagana inkiko bizeye ko abacamanza babatega amatwi, bagaca imanza bashingiye ku buhamya n'ibimenyetso byatanzwe, n'uko amategeko ateganya. Ariko turacyumva ko bamwe babanza gutega ibiganza, kugira ngo hagire icyo babashyira mu ntoki. Iyi ni mikorere mibi, tubivuze kenshi, igomba kurandurwa.'

    Perezida Kagame yakiriye indahiro z'abayobozi bakuru baherutse gushyirwa mu nzego zitandukanye z'igihugu.

    Muri bo harimo Minisitiri w'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène; Umugaba w'Ingabo zirwanira ku butaka, Lt Gen Mubarak Muganga; Komiseri Mukuru w'Urwego rushinzwe impfungwa n'abagororwa, Juvenal Marizamunda.

    Yakiriye kandi indahiro y'Umuyobozi Mukuru wungirije wa Polisi ushinzwe Ubutegetsi n'Imari, Ujeneza Jeanne Chantal n'iy'Umuyobozi Mukuru Wungirije w'Urwego rw'Igihugu rushinzwe iperereza n'umutekano, Col Jean Paul Nyirubutama.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/politiki/article/perezida-kagame-yasabye-ubufatanye-mu-guhashya-ibyaha-bikorwa-hifashishijwe

  • Ibitangaje wamenya ku munyafurika wavumbuye internet bikitirwa Abazungu. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Iyo ugiye mu ishakiro ku mbuga zitandukanye ugashaka umuntu wavumbuye murandasi (internet) bakubwira ko yavumbuwe n'abagabo babiri b'abahanga mu bya mudasobwa aribo : Vinton Cerf, yavukiye muri Leta zunze ubumwe za Amerika mu 1943 na Bob Kahn, nawe yavukiye muri Leta zunze ubumwe za Amerika mu 1938.

    Aba nibo bitiriwe ubuvumbuzi bwose n'imirimo yakozwe kugirango murandasi (internet) dukoresha uyu munsi tuyibone. Gusa nubwo aribo bitiriwe ubuvumbuzi bwa murandasi, hari umunyafurika nawe wakoze ubushakashatsi bukomeye aho yatangaje ko aribwo bifashishije bakora ikoranabuhanga rya murandasi (internet) ariko ubushakashatsi bwe bifashishije ntibumwitirirwe.

    Philip Emeagwali ni umuhanga mu bya mudasobwa wavukiye mu gihugu cya Nijeriya (Nigeria) tariki 23 Kanama mu 1954 ndetse uyu mugabo ubwe yatangaje ko ariwe wavumbuye murandasi ariko ntibabimwitirira.

    Uyu mugabo yatsindiye ibihembo bitandukanye, aha twavuga nk'igihembo cya Gordon Bell Prize mu mwaka w'1989, iki gihembo gitangwa buri mwaka kigahabwa uwahize abandi mu guhanga udushya no gukora gahunda za mudasobwa (applications) z'ingirakamaro.

    Uyu mugabo yagiye kwiga muri Leta zunze ubumwe za Amerika yoherejwe n'igihugu ndetse mu 1977 yahakuye impamyabumenyi y'icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu mibare ayikuye muri Kaminuza ya Oregon State.

    Nyuma yaho yimukiye i Washington D.C, mu mwaka w'1986 ahakura impamyabumenyi y'ikirenga mu bijyanye n'inyanja n'ubwubatsi bwo mu mazi arongera abona impamyabumenyi ya kabiri y'ikirenga mu mibare yakuye muri Kaminuza ya Maryland.

    Emeagwali ni ibintu byinshi yatangaje ko yagiye akora ariko ntahabwe uburenganzira bwo kubyitirirwa.

    Yatangaje ko ari we se wa murandasi. Mu rugendo yagiriye mu Busuwisi muri Mata 2009, Emeagwali yatangaje ko ari we muntu wa mbere wabashije gukora ubuvumbuzi bwa hypercube bwifashishwa kugira ngo habeho itumanaho rya murandasi aho babikora bahuje igice cya mudasobwa cyitwa processor n'ububiko bwayo.

    Aho yavuze ko ubu bushakashatsi yatangije babwifashishije bagakora itumanaho rya murandasi (internet) ariko ntabyitirirwe. Si ibi gusa kuko uyu mugabo yatangaje ko akoresheje imbaraga ze yabashije kwesa utundi duhigo twinshi harimo no kuvugurura itegeko rya kabiri rya Newton.

    Source : https://yegob.rw/ibitangaje-wamenya-ku-munyafurika-wavumbuye-internet-bikitirwa-abazungu/

  • Ibyo kugura views byavuzwe kuri Meddy byage… – #rwanda #RwOT

    Bimwe mu bitangazamakuru byo muri Tanzania birimo na ghafla, byagarutse kuri iyi nkuru y’uko abafana batangiye gushinja Harmonize kugura 'Views'! Ibi abafana batangiye kubishinja Harmonize nyuma y'uko anyuze kuri instagram ye, akagaragaza ko nta wundi warebwa na miliyoni mu masaha 10. Aya magambo yavuze, asa n'aho ariyo yasembuye abafana. 

    Yagize ati: 'Mu masaha (10) yonyine, ninde wakora ibirenze ibya teacher “. Hari aho yakomeje ashimira abafana ati: 'Ni ibyishimo miliyoni 2. “Teacher” mu munsi umwe gusa ndabakunda mwese “.

    Nyuma yo kuvuga aya magambo, hari abatari bake bahise bajya ahatangirwa ibitekerezo bagaragaza ko batunguwe no kubona indirimbo ye iva ku bihumbi 456 igahita igera kuri miliyoni mu gihe cy’amasaha 10 gusa. ibi ngo byatunguye abayirebaga ku mbuga zitandukanye, cyakora ngo abenshi bumiwe nyuma yo kubona ivuye ku bihumbi 456 yari ifite mu masaha 10 igahita igera kuri miliyoni nyuma y'andi masaha 4 ikagira miliyoni 2.

    Ibitekerezo byinshi birashinja Harmonize kugura 'Views' z'impimbano, kugira ngo agaragaze ko amaze gusiga Diamond. ibintu nk'ibi byo kugura Views biherutse kuvugwa kuri Meddy, ubwo yashyiraga hanze indirimbo ye nshya “My Vow” ikagira miliyoni  kuri Youtube mu gihe gito. Kugeza ubu, imaze kurebwa na miliyoni 5.

    REBA HANO INDIRIMBO YA HARMONIZE BAMUSHINJA KUGURA VIEWS

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109080/ibyo-kugura-views-byavuzwe-kuri-meddy-byageze-kuri-harmonize-arashinjwa-kugura-views-ku-nd-109080.html

  • Umunyarwanda aciye agahigo kuri YouTube – YEGOB #rwanda #RwOT

    Amateka y'abakoresha YouTube mu Rwanda yanditswe na Afrimax English nyuma yuko Konti yayo ya YouTube yujuje umubare w'abantu basaga miliyoni (1M subscribers) bamaze gufata ifatabuguzi kuri iyi konti ishyirwaho amashusho asemuye mu rurimi rw'icyongereza.

    Nkuko bisanzwe, Ubuyobozi bwa YouTube butanga igihembo kizwi nka Gold Play button kuri buri konti yujuje umubare w'abantu basaga miliyoni bayifiteho ifatabuguzi. Iki gihembo kuri ubu cyamaze kugeza mu Rwanda ku nshuro ya mbere gihawe Afrimax English.

    Rwandarushya Aimable uzwi nka Nameless Campos, CEO wa Afrimax, yashyize hanze ifoto ye afite Gold Play Button ayiherekesha amagambo akomeye arimo ubutumwa bwo gusaba abantu kudacika intege ku ntego zabo.

    Source : https://yegob.rw/umunyarwanda-aciye-agahigo-kuri-youtube/

  • Ethiopia igiye gushinga imbuga nkoranyambaga zayo nyuma yo kunenga Facebook, Twitter na WhatsApp #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ethiopia ivuga ko iteganya gutangiza umushinga wo kwihangira imbuga nkoranyambaga zayo nyuma yo gushinja amasosiyete mpuzamahanga nka Facebook, Twitter, WhatsApp na Zoom kuba akora nabi agakorera ngo cyane mu nyungu z’ibihugu ibi bigo biba biturukamo mu gusenya umudendezo n’ituze by’ibindi bihugu.

    Umuyobozi w’ikigo cya Leta gishinzwe umutekano kuri murandasi no gutangaza amakuru, Shumete Gizaw, yatangarije itangazamakuru ryo mu gihugu cya Ethiopia ko Facebook na Twitter cyane cyane byahindutse ibikoresho by’abanyapolitiki usanga kenshi baharanira inyungu zabo gusa bitwaje ko bahirimbanira rubanda.

    Bwana Shumete yamaganaga kuba hari konti zimwe zafunzwe zitagakwiye gufungwa burundu, izindi zirahagarikwa.

    Avuga kuri ibi bigo, ngo hari amakonti bifunga byose abihera ku kuba mbere y’amatora yo muri Kamena, Facebook yavuze ko yafunze icyo yise urusobe cyangwa ihuriro rya za konti nyinshi kandi mpimbano zahujwe n’ikigo cya Leta gishinzwe gukurikirana itumanaho na interineti. Iki kigo cyikaba cyari cyaragiye ngo kizifungura zigamije gushyigikira Leta muri ibi bikorwa.

    Uretse gusimbuza imbuga nkoranyambaga nka Facebook na Twitter, Shumete yavuze kandi ko Ethiyopia irimo gutegura urubuga rukomeye ishobora gusimbuza porogaramu cyangwa ikoranabuhanga ryamenyekanye cyane mu kohererezanya ubutumwa ari ryo rya WhatsApp hamwe n’irindi koranabuhanga rikoreshwa mu nama nyinshi z’iyakure ryitwa Zoom.

    source : https://ift.tt/3DdWGsY

  • Abatangaza ibihuha ku mbuga nkoranyambaga zirimo ‘Twitter’ bahagurukiwe, aba mbere batawe muri yombi – #rwanda #RwOT

    Uwo mugabo amaze gufatwa, uwitwa ‘Chris Adams’ kuri Twitter, yanditse ubutumwa buvuga ngo ‘Muri iki gitondo hari mugenzi wanjye wafashwe amaze kugura agapfukamunwa, ari kukambara nuko umupolisi aramufata amujyana muri Stade.”

    Yakomeje agira ati “Nuko bageze kuri stade abajije umupolisi impamvu amurenganyije, uwo mupolisi ati ‘Hari igihe ubyuka nabi ugahura n’umuntu nkawe ukamutura ibibazo wakuye mu rugo. Ihangane!”

    Chris Adams mu butumwa bwe kandi yibajije niba bikwiye ko ibibazo byo hanze y’akazi bizizwa abaturage. Arangije amenyesha inzego zirimo Polisi y’Igihugu n’Umuvugizi w’uru rwego, CP John Bosco Kabera.

    Hadaciye kabiri ariko, ku mugoroba wo kuri uyu wa 18 Kanama 2021, Polisi y’Igihugu yaje kwandika kuri Twitter ko “Yafashe Nsabimana Alphonse na Kwizera Adams bakurikiranweho gutangaza amakuru y’ibihuha ku mbuga nkoranyambaga.”

    Yakomeje igira iti “Tuributsa abaturarwanda bose ko ari icyaha gihanirwa n’amategeko gutangaza amakuru y’ibihuha ndetse tubasaba kubyirinda.”

    Polisi y’Igihugu yahitse itangaza ko abafashwe bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyarugunga.

    Mwiriwe,

    Twafashe Nsabimana Alphonse na Kwizera Adams bakurikiranweho gutangaza amakuru y’ibihuha ku mbuga nkoranyambaga.

    Tuributsa abaturarwanda bose ko ari icyaha gihanirwa n’amategeko gutangaza amakuru y’ibihuha ndetse tubasaba kubyirinda…. pic.twitter.com/tH8OqqCqpy

    — Rwanda National Police (@Rwandapolice) August 18, 2021

    Aba bombi umwe akurikiranweho kurenga ku mabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19 no gufatanya na mugenzi we mu gutangaza ibihugu mu gihe undi akurikiranweho gutangaza ibihuha nk’uko biteganywa n’Ingingo ya 39 y’Itegeko ryerekeye gukumira no guhana ibyaha bikoreshejwe ikoranabuhanga.

    Uwo yise mugenzi we, ni Se

    Ubutumwa bw’uyu Chris Adams [izina akoresha kuri Twitter] ari we Kwizera Adams bwashyizwe ku rukuta rwe tariki 16 Kanama 2021, saa 2:18.

    Nk’uko yari yamenyesheje inzego zirimo Polisi y’Igihugu, abakozi bayo bahise batangira iperereza ngo bamenye neza umuzi w’ikibazo ndetse gishakirwe umuti niba koko umukozi wayo yahohoteye umuturage abihanirwe kandi n’uwo muturage arenganurwe.

    Amakuru IGIHE yamenye ni uko mu iperereza ryakozwe, byaje gutahurwa ko Nsabimana Alphonse wari wafashwe na Polisi akajyanwa muri Stade ya Kicukiro atari mugenzi wa Chris Adams [Kwizera Adams, amazina ye y’ukuri] ahubwo ari umubyeyi we.

    Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yavuze ko bakimara kubona ayo makuru bihutiye gukora iperereza ngo barenganure uwo muturage ariko nyuma baza gusanga harabayemo ibinyoma n’amanyanga akabije.

    Ati “Icya mbere uvuze ko urenganye kandi si byo, icya kabiri uvuze ko uwafashwe yari arimo guhindura agapfukamunwa agira ate [..] kandi ntako yari afite, icya gatatu uvuze ko uwafashwe ari mugenzi wawe, urumva ni uruhurirane rw’ibintu byinshi.”

    Yakomeje agira ati “Ibintu by’aho umuntu ahagarara ari ikantarange akakubeshya, ugapfa kwandika ibintu utahagazeho, utarebye, menya ko bishobora no kuguteza ibibazo kuko amategeko arahari.”

    Bimaze kuba umuco…

    Muri Nyakanga 2021, umwarimu yari arimo kugenzura ikorwa ry’ibizamini mu Ntara y’Amajyaruguru, aza guhamagarwa na mugenzi we wari uri mu Ruhango, amubwira ko arenganyijwe n’abapolisi.

    Uwo uri i Musanze yagiye kuri twitter arandika ati ‘Kanaka, polisi iramuhagaritse imwaka ruswa, iramurenganya bikomeye’. Polisi yaje gukora igenzura irabatahura bose ndetse n’uwo wavuze ko yatswe ruswa bigaragara ko yabeshyaga.

    Urundi rugero ni urw’uwari aha mu Biryogo ya Nyamirambo muri Kigali, Polisi ifata abantu barenze ku mabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19, mu Mujyi wa Rubavu, uyu wo mu Biryogo ajya kuri Twitter ati ‘abafashwe barenganyijwe bari bavuye gutabara n’ibindi’.

    Polisi yaje gukurikirana isanga wa muntu wanditse kuri Twitter atabariza abafashwe akanavuga ko bavuye gushyingura, ari ibinyoma kuko uwo nyakwigendera hari hashize igihe yitabye Imana.

    Itegeko rivuga ko ‘Umuntu wese, ubizi, wifashishije mudasobwa cyangwa urusobe rwa mudasobwa atangaza amakuru y’ibihuha ashobora guteza ubwoba, imvururu cyangwa ihohotera muri rubanda cyangwa ashobora gutuma umuntu atakarizwa icyizere, aba akoze icyaha.’

    Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu ariko kitarenze imyaka itanu n’ihazabu y’atari munsi ya miliyoni 1Frw ariko atarenze miliyoni 3Frw.

    CP Kabera avuga ko akenshi iyo bigeze mu gukurikirana ibi byaha, usanga bamwe bihakana bagenzi babo bikarangira uwabitangaje akurikiranywe wenyine, undi akavuga ko ibyo yanditse atigeze abimubwira.

    Polisi y’u Rwanda yibutsa ko ari ingenzi kuba abantu bakwiye kujya babanza kugenzura bakamenya niba ibyo bagiye gutangaza bitanyuranyije n’amategeko.

    Abakwirakwiza ibihuha ku mbuga nkoranyambaga batangiye gutabwa muri yombi

    source : https://ift.tt/2XzTd7z

  • Ibintu ukwiye kwitondera niba uteretanira ku mbugankoranyambaga. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Urubuga Elcrema rwatangaje bimwe mu bishobora kukwereka ko umuntu muri kuganira cyangwa ugutereta kuri murandasi atari uwo kugirirwa ikizere:

    1.Umuntu uhita utangira kugusaba amafaranga cyangwa kumutiza ibikoresho runaka. Akenshi bene uwo akubwira inkuru ibabaje y'ukuntu abikeneye, kandi mutaranabasha kumenyana birambuye. Bene uwo akenshi aba akurikiranye ibyo ari gusaba kurusha uko akwitayeho wowe ubwawe.

    2.Umuntu uhita akubaza amakuru arambuye kuri wowe, ariko wowe wagira ibyo umubaza ntagusubize, agahunga ibibazo. Biba byiza kubigenza buhoro, ibisubizo by'aho utuye, aho ukorera, numero ya telephone ukoresha, e-mail, n'ibindi. Ni ukwirinda kandi gutanga amakuru ajyanye n'uko ubitsa amafaranga, cyangwa ibindi byatuma wibwa hakoresheje ikoranabuhanga. Igihe kandi uwo muntu adafite ku rubuga rwe ifoto imugaragaza isura ye, aho usanga akoresha amafoto agaragaza ibidukikije cyangwa ikindi kintu, gira amakenga uyimusabe.

    3.Umuntu uvuga ibintu nyuma mu kindi kiganiro akavuga ibinyuranye n'amakuru yari yaguhaye mbere, cyangwa se ibyo yivugaho bikaba bitandukanye n'ibyanditse ku rubuga rwe, uwo ni uwo kwitondera.

    4.Umuntu muhana gahunda yo guhura buri gihe ku munota wa nyuma akayihindura, cyangwa se uwo muganira, haba ku manywa cyangwa andi masaha agahora asubiramo ko ari gukora ikintu iki n'iki kigahora ari kimwe, nawe aba afite ibyo ari kubeshyamo. Urugero: Mwavuganye saa yine z'igitondo avugako ari muri siporo, saa saba z'amanywa bikaba uko, saa tatu z'ijoro naho ati ndi muri siporo kandi ataravuzeko ari umukinnyi wabigize umwuga, aho haba harimo ikibazo.

    5.Umuntu uhita atangira kukwita amazina y'urukundo mutaramenyana bihagije, cyangwa ugasanga ibiganiro bye byose biraganisha ku mibonano mpuzabitsina, ugasanga mu mivugire ye akubwira ati ndaje ngusange mu buriri, cyangwa se akagusaba amafoto wambaye ubusa, uwo nawe ntaba ari shyashya.

    6.Umuntu muri kuvugana ukumva buri gihe aritotombera ibyo yabonye byose, nta kantu na kamwe avuga kagenda neza cyangwa keza abona, cyangwa se uhora akabya ku bintu byose avuga ko ibintu byose ntacyo bimutwaye, ko ibyo abona byose ari paradizo, ntashobore kuba yavuga ikintu adashima na kimwe, haba hari amahirwe y'uko yaba hari ibyo abeshya cyangwa ahisha.

    Source : https://yegob.rw/ibintu-ukwiye-kwitondera-niba-uteretanira-ku-mbugankoranyambaga/

  • Ibimenyetso simusiga bizakwereka ko telefoni yawe yatatswe n'ibisambo. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Muri iki gihe ikoranabuhanga rikataje, hafi abantu bose, bakoresha telefoni babitsa cyangwa babikuza amafaranga yabo, bikaba hifashishijwe interineti, guhererekanya amafaranga bisigaye bibera kuri telefoni z'abantu, kohererezanya ubutumwa bugufi mu buryo butandukanye biba hifashishijwe telefoni,…..Urebye neza wasanga, ibi kimwe n'ibindi tutavuze nawe uzi, biba hifashishijwe telefoni ngendanwa.

    Rero, niba udasobanutse nka telefoni yawe, ibi bisambo bizayinjiramo, bigutware amafaranga yawe cyangwa bitware ay'inshuti zawe binyuze muri numero za telefoni ufitemo. Kugira ngo umenye neza niba ibisambo byakwinjiriye rero, hari ibimenyetso simusiga ariko mbere na mbere reka tubanze turebe uko telefoni yawe yakwinjirirwa.

    1.Telefoni yawe ishobora kwinjirirwa binyuze muri interineti ikoresha : Kuba ari rusange (Public Wifi, Free Wifi).

    2.Igihe umuntu afashe telefoni yawe, agashyiramo app zizajya zituma akuneka neza

    3.Mu gihe uzaba uri gushyira umuriro muri telefoni yawe (To charge), ugakoresha USB utazi neza kandi icometse kuri mudasobwa utazi na none. Telefoni ngendanwa zidafite umutekano uhagije, akenshi zihita zigaragaza amakuru y'ingenzi yazo, nko kuba yahita igaragaza aho yakorewe, Electronic ID yayo, Serial Number, Izina ryayo ndetse n'andi makuru ibyo bisambo byakwifashisha bikwinjirira.

    Reka turebere hamwe uko wamenya niba telefoni yawe yinjiriwe n'ibisambo:

    1.Nusanga muri telefoni yawe harimo app wowe ubwawe utishyiriyemo bayiguhaye cyangwa wayikuye kuri murandasi, uzamenye ko telefoni yawe yinjiriwe n'ibisambo utazi. Reba niba bakwereka ko Google App yawe yakoreshejwe ishakisha amakuru cyane, nusanga birimo kandi ntabyo wakoze, icyo kiraba ikindi kimenyetso.

    2.Apps zimwe na zimwe zihagarara gukora nk'uko zakoraga na mbere. Ibi bishobora guterwa na Virus cyangwa no kuba bari kuyinjirira.

    3.Telefoni yawe iri kujya imara umuriro cyane ugereranyije n'ubusanzwe. Ibi biterwa n'uko hari apps ziri kuwukoresha kandi zitari zisanzwe zikora.

    4.Itangira kujya igenda gake cyane.

    5.Itangira kujya ishyuha itari no gukora.

    6.Hari ubwo uzajya ubona yihamagaye, yizimye yongere yiyatse yo ubwayo. Nubona ibi biri kujya bikunda kuba, uzamenye ko ibisambo byatangiye kukwinjirira.

    7.Telefoni yawe, izajya yakira message zidasobanutse. Bakubwire ngo wohereje ubutumwa nujya kureba usange bwagiye ariko utazi igihe byabereye.

    8.Nuzimya telefoni yawe, ukongera kuyatsa , uzasanga urumuri rwiyongereye , icyo gihe uzamenye ko kabaye.

    9.Mu gihe uzaba urimo kwitaba telefoni yawe, uzumva urusaku utazi aho ruri guturuka. Ibi bisobanuye ko hari undi muntu uri kukwinjirira muri telefoni.

    10.Uzakira ubutumwa bukwereka aho gukanda (Click here).

    Ni iki wakora ngo urwanye ibi bisambo ?

    1.Ntuzigere ukoresha USB utazi mu gihe uri gushyira umuriro muri telefoni yawe. Nubikora , uzashyiremo uburyo bwo gusharija gusa (Charge Only).

    2.Ntuzigere ukanda ahantu havuga ngo ibuka umubare wawe wibanga (Remember Password) muri telefoni yawe.

    3.Nubona kimwe muri ibi bimenyetso apps zose ufite muri telefoni zawe uzazisibe ushyiremo izindi wizeye.

    4.Ntuzigere ukoresha Interineti rusange (Public Wifi, Free wifi).

    5.Ibindi byagufasha kuri iki kibazo , ni ugusiba telefoni yawe yose igatangira bundi bushya (Restore).

    Source : https://yegob.rw/ibimenyetso-simusiga-bizakwereka-ko-telefoni-yawe-yatatswe-nibisambo/

  • Igitekerezo : Abigize abagenzuzi b’ibikwiye n’ibidakwiye ku mbuga nkoranyambaga ububasha mubukura he? #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ubundi n’ubwo ibi byitwa imbuga nkoranyambaga, biba ibya rusange ari uko nyiri ubwite yahisemo kubisangiza imbaga (abantu bnshi), kuko bitangira ari urubuga rwe yitangirije, nyuma akajya ahitamo ko ibyo ashyizeho bibonwa n’imbaga cyangwa akabigenera itsinda ry’abo ashaka kubyereka.

    Ibi rero biba ari amahitamo y’umuntu y’ibyo ashaka kwerekana bitewe n’impamvu ze. Ariko ukabona irindi tsinda ry’abantu runaka rirabijyaho impaka ngo ntabwo ibyo yashyizeho byari bikwiye nk’aho ari bo bashinzwe kumuhitiramo ibikwiye n’ibidakwiye.

    Ibi ndabigarukaho cyane ntavuga ku mbuga nini nka Twitter na Instagram cyangwa Facebook n’izindi. Ndagaruka kuri Whatsap akenshi ikoreshwa mu matelefone ngendanwa y’abantu. Aho umuntu ashyiraho sitati (status) ikabonwa n’abantu bamufitiye nomero kandi na we abafitiye izabo. Ni ukuvuga ko aba ari abantu baziranye mu buryo bumwe cyangwa ubundi.

    Ugasanga abantu bahora bavunwa n’ibyo mugenzi wabo ashyira kuri sitati ye, ngo aba yakabije, ararengera abenshi bakanabihuza n’imyaka, inshingano n’ibindi byinshi. Ariko se ko nyiri ubwite ari we ufite uburenganzira bwo kwihitiramo ibyo abona ashaka gushyiraho, muri make aba azi ibikwiriye kuri we n’ibidakwiriye. Abandi bibavunira iki ?

    Ibi bintu n’ubwo byashyirwaho na nyiri ubwite agasigira uburenganzira buri muntu umufitiye nomero ko yabibona, ntibiba bivuze ko ubireba ku gahato. Ni amahitamo nawe uba wagize kujya kureba kuri sitati ze. None se kuki ubihitamo kubireba ubundi bikakubera umutwaro ? Mba numva harimo kudakura mu mutwe no kutamenya nawe ubwawe icyo ukunze n’icyo wanze.

    Hari abantu bakunze kunengwa n’inshuti zabo cyangwa abavandimwe n’amatsinda runaka bahuriyemo ngo ashyira ibintu bidahuye kuri sitati ye, ngo agaragaza ubuzima bwe, abandi bakanabihuza n’ubwirasi cyangwa ubwibone… Ibi kandi bigarukwaho hirya no hino. Ariko bintera kwibaza mu byukuri ugomba kumenyera nyiri ubwite ibikwiriye n’ibidakwiriye kuri sitati ye. Kandi na we ari umuntu mukuru ukuze.

    Igitangaje uyu muntu unengwa n’abantu benshi bamutaramanye ngo ashyiraho ibintu bidakwiriye, ni we usurwa n’abantu benshi ku buryo ntawutuza atarajya kureba ibyo yashyizeho. Bamara kubireba bakiciraguraho ngo ibyo ni ibiki aba yashyizeho. Ibi bigatuma nibaza niba koko aba baba babyanze cyangwa baba babikunze.

    Ku bwanjye numva abantu bakagombye kurenga ibintu nk’ibyo bibavuna mu mutwe kandi ntacyo bibamariye. Umuntu aba ari mukuru wo guhitamo ibyo ashyira ku mbuga nkoranyambaga ze. Nawe uba uri mukuru wo guhitamo kubireba cyangwa ukabireka, ubundi ugakomeza ubuzima n’ibintu bifite icyo bikumariye binakungura. Aho guhora muvuga kanaka ngo ashyira ibi kuri sitati kandi we yabishyizeho akikomereza ubuzima bumuryoheye kuko yakoze ibyo yumva ashaka.

    source : https://ift.tt/3lZzLvk