Tag: Ikoranabuhanga

  • Mu bantu 10 bashya ba Covid-19 babonetse, Rusizi hari abo ifitemo

    Imibare yatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima ku buryo y’icyorezo cya Covid-19 kiriwe gihagaze kuri uyu wa 05 Kamena 2020, hatangajwe ko abantu 10 babonetse mubipimo 1,558 byafashwe none. Aba bantu, babonetse mu turere twa Rusizi na Rusumo, bitangazwa ko n’abo babonanye batangiye gukurikiranwa. Imibare ya Rusizi mu minsi ine iri hejuru y’abantu 35. Ubu Umurenge wa Kamembe n’indi imwe n’imwe iri muri Guma mu rugo.

    Uko ishusho y’umunsi yerekanwe; 

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!

  • Ndi muri gahunda z’umutoza rwose – Sibomana Patrick Papy

    Umukinnyi w’umunyarwanda ukinira Young Africans muri Tanzania, Sibomana Patrick Papy avuga ko atazi aho inkuru zirimo kumuzana mu Rwanda ziri guturuka cyane ko we akiri muri gahunda z’umutoza w’iyi kipe Luc Eymael.

    Uyu musore usoje umwaka we wa mbere muri Young Africans, avuga ko yatunguwe no kuba arimo abona inkuru zimugarura mu Rwanda kandi agifite amasezerano muri iyi kipe.

    Yabwiye ISIMBI ko avugana n’umutoza ndetse ko yamweretse ko ari muri gahunda ze z’umwaka utaha w’imikino bityo ko gutandukana na yo bitarimo.

    Yagize ati“njyewe ndacyafite amasezerano hano muri Young Africans, nta kibazo na kimwe. Umutoza ndi muri gahunda ze cyane turavugana, ibyo bindi simbizi.”

    Yinjiye muri Young Africans umwaka ushize wa 2019 avuye muri Mukura VS, yayisinyiye imyaka 2 ubu akaba asoje umwaka we wa mbere.

    Mu mikino nyafurika ya CAF Champions League, yayikiniye imikino 6 ayitsindira ibitego 2, ni mu gihe muri shampiyona afite ibitego 5 ndetse n’imipira 3 yavuyemo ibitego.

    Umusaruro we muri Yanga

    Papy ngo nta gahunda yo kuva muri Tanzania afite

    Ngo umutoza Luc Eymael amufite muri gahunda

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!

  • Musanze FC yasinyishije abakinnyi 6, babiri na bo bari hafi

    Ikipe ya Musanze FC yaraye isinyishije abakinnyi 6 barimo batatu basanzwe bakinira iyi kipe mu gihe abandi 3 ari bashya bazaba bayikinira umwaka utaha w’imikino.

    Iyi kipe yo mu Majyaruguru y’u Rwanda ikaba yaratangiye kwitegura umwaka w’imikino utaha isinyisha umutoza Seninga Innocent.

    Ku mugoroba w’ejo hashize ni bwo ibi byose byabaye, muri Faradja Hotel i Musanze, babanje kongera amasezerano bahereye kuri Mussa Ally Sova wari usigaje umwaka ariko iyi kipe ihita imwongerera amasezerano y’imyaka 2. Dushimumugenzi Jean kimwe na Habyarimana Eugene bari basoje amasezerano bongerewe imyaka 2.

    Myugariro wo ku ruhande rw’ibumoso usoje amasezerano muri Sunrise FC, Niyonsuti Gad bakunze kwita Evra yabimburiye abandi kuba yasinyira Musanze FC amasezerano y’imyaka 2.

    Ndizeye Innocent [Kigeme], wakiniraga Mukura VS na we yaraye asinyiye ikipe ya Musanze FC amasezerano y’imyaka 2.

    Rutahizamu wa Heroes FC, umwe mu basore bigaragaje umwaka ushize w’imikino, Munyeshyaka Gilbert uzwi nka Lukaku ni umwe mu bo Musanze yasinyishije amasezerano y’imyaka 2.

    Ba rutahizamu Fred Kyambadde na Samson Ikwecuku bo bakaba banze gusinya badahawe amafaranga, Musanze FC na yo ibasaba ko bagomba kuzana impapuro zibarekura zivuye mu makipe bakiniraga ‘release letter’, bakaba bazitumyeho biteganyijwe ko zibageraho uyu munsi bagahita basinyira Musanze FC

    Evra usoje amasezerano muri Sunrise yamaze gusinyira Musanze FC

    Kigeme(w’imihondo) yasinye muri Musanze FC imyaka 2

    Moussa Ally Sova yongereye amasezerano muri Musanze FC

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!