Tag: Ikoranabuhanga

  • Dore ibimenyetso bigaragaza neza ko telefoni… – #rwanda #RwOT

    Hafi abantu bose, bakoresha telefoni babitsa cyangwa babikuza amafaranga yabo, bikaba hifashishijwe interineti,  guhererekanya amafaranga bisigaye bibera kuri telefoni z'abantu, kohererezanya ubutumwa bugufi mu buryo butandukanye biba hifashishijwe telefoni,…..Urebye neza wasanga, ibi kimwe n'ibindi tutavuze nawe uzi, biba hifashishijwe telefoni ngendanwa.

    Rero, niba udasobanutse nka telefoni yawe, ibi bisambo bizayinjiramo, bigutware amafaranga yawe cyangwa bitware ay'inshuti zawe binyuze muri numero za telefoni ufitemo. Kugira ngo umenye neza niba ibisambo byakwinjiriye rero, hari ibimenyetso simusiga ariko mbere na mbere reka tubanze turebe uko telefoni yawe yakwinjirirwa.

    1.Telefoni yawe ishobora kwinjirirwa binyuze muri interineti ikoresha : Kuba ari rusange (Public Wifi, Free Wifi).

    2.Igihe umuntu afashe telefoni yawe, agashyiramo app zizajya zituma akuneka neza

    3.Mu gihe uzaba uri gushyira umuriro muri telefoni yawe (To charge), ugakoresha USB utazi neza kandi icometse kuri mudasobwa utazi na none. Telefoni ngendanwa zidafite umutekano uhagije, akenshi zihita zigaragaza amakuru y'ingenzi yazo, nko kuba yahita igaragaza aho yakorewe, Electronic ID yayo, Serial Number, Izina ryayo ndetse n'andi makuru ibyo bisambo byakwifashisha bikwinjirira.

    Reka turebere hamwe uko wamenya niba telefoni yawe yinjiriwe n'ibisambo:

    1.Nusanga muri telefoni yawe harimo app wowe ubwawe utishyiriyemo bayiguhaye cyangwa wayikuye kuri murandasi, uzamenye ko telefoni yawe yinjiriwe n'ibisambo utazi. Reba niba bakwereka ko Google App yawe yakoreshejwe ishakisha amakuru cyane, nusanga birimo kandi ntabyo wakoze, icyo kiraba ikindi kimenyetso.

    2.Apps zimwe na zimwe zihagarara gukora nk'uko zakoraga na mbere. Ibi bishobora guterwa na Virus cyangwa no kuba bari kuyinjirira.

    3.Telefoni yawe iri kujya imara umuriro cyane ugereranyije n'ubusanzwe. Ibi biterwa n'uko hari apps ziri kuwukoresha kandi zitari zisanzwe zikora.

    4.Itangira kujya igenda gake cyane.

    5.Itangira kujya ishyuha itari no gukora.

    6.Hari ubwo uzajya ubona yihamagaye, yizimye yongere yiyatse yo ubwayo. Nubona ibi biri kujya bikunda kuba, uzamenye ko ibisambo byatangiye kukwinjirira.

    7.Telefoni yawe, izajya yakira message zidasobanutse. Bakubwire ngo wohereje ubutumwa nujya kureba usange bwagiye ariko utazi igihe byabereye.

    8.Nuzimya telefoni yawe, ukongera kuyatsa , uzasanga urumuri rwiyongereye , icyo gihe uzamenye ko kabaye.

    9.Mu gihe uzaba urimo kwitaba telefoni yawe, uzumva urusaku utazi aho ruri guturuka. Ibi bisobanuye ko hari undi muntu uri kukwinjirira muri telefoni.

    10.Uzakira ubutumwa bukwereka aho gukanda (Click here).


    Ni iki wakora ngo urwanye ibi bisambo ?

    1.Ntuzigere ukoresha USB utazi mu gihe uri gushyira umuriro muri telefoni yawe. Nubikora , uzashyiremo uburyo bwo gusharija gusa (Charge Only).

    2.Ntuzigere ukanda ahantu havuga ngo ibuka umubare wawe wibanga (Remember Password) muri telefoni yawe.

    3.Nubona kimwe muri ibi bimenyetso apps zose ufite muri telefoni zawe uzazisibe ushyiremo izindi wizeye.

    4.Ntuzigere ukoresha Interineti rusange (Public Wifi, Free wifi).

    5.Ibindi byagufasha kuri iki kibazo , ni ugusiba telefoni yawe yose igatangira bundi bushya (Restore).


    Inkomoko: Content Created and supplied by Cecey (Via operaNewsApp).

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108579/dore-ibimenyetso-bigaragaza-neza-ko-telefoni-yawe-yinjiriwe-nibisambo-nicyo-wakora-ukabiha-108579.html

  • Yashatse kwifata amashusho arimo kwiyahura, ibyamubayeho si iby' i Rwanda. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Uyu mwana w'umuhungu w'imyaka 12 ,witwa Joshua Haileyesus ukomoka mu mujyi wa Colorado,yashatse gutangiza igisa n'irushanwa [challenge] ku rubuga rwa Tik Tok yo gukangurira abantu kwifata amashusho bari kwimanika mu mugozi ariko ntiyahiriwe n'urugendo kuko yaje guhita apfa.

    Uyu mwana yabonywe na murumuna we yataye ubwenge mu bwogero,ahita ajyanwa igitaraganya kwa muganga ariko nyuma y'igihe gito yaje gupfa.

    Abapolisi babonye ibimenyetso by'umugozi mu ijosi rye,bituma ihita itangira gukora iperereza ari nako ibaza ibibazo byinshi abagize umuryango we.

    Byarangiye bigaragaye ko uyu mwana yakinishije kwiyahura bimuviramo urupfu ndetse hagaragaye ko yari yagerageje kwifata amashusho ari kubikora.

    Ku rubuga rwa TIK TOK hari agace kitwa ” Black-out “abantu bashyiraho utuvidewo bagakangurira abandi kubigana ibizwi nka 'challenge'' n'uyu yari yakanze kuri uwo mwanya birangira apfuye atageze ku byo yifuzaga.

    Nyuma y'uku kwiyahura k'uyu mwana,ubuyobozi bwa Tik Tok,bwasohoye itangazo rigira riti 'Kuri Tik Tok nta mwihariko dufite nko gucungira umutekano abantu bacu ndetse no kubaha ubutumwa bubereka ko imyitwarire yabashyira mu kaga ibujijwe ndetse amashusho mabi agahita akurwaho.'

    Abapolisi ba Bethany bahise bagira inama ababyeyi yo gucungira umutekano abana babo by'umwihariko ku buryo bakoresha imbuga nkoranyambaga.

    Source : https://yegob.rw/yashatse-kwifata-amashusho-arimo-kwiyahura-ibyamubayeho-si-iby-i-rwanda/

  • WhatsApp yazanye impinduka zavugishije benshi. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Rumwe mu mbuga nkoranyambaga z'umuherwe Mark Zuckerberg, WhatsApp rugiye gutangiza uburyo buzajya butuma amafoto n'amashusho byohererejwe umuntu byisiba mu gihe amaze kubireba.

    Ubu buryo bwiswe 'view once' buzajya bunatuma umuntu afungura ifoto cyangwa amashusho abirebe bitarinze kugera mu bubiko busanzwe bw'amafoto n'amashusho bya telefoni.

    Abakozi b'uru rubuga bavuga ko ubu buryo bushya buzafasha abarukoresha kwizera no kugenzura neza umutekano w'amabanga y'ubuzima bwabo.

    Icyakora nubwo hari abishimiye ubu buryo bushya, inkuru dukesha BBC ivuga ko abaharanira uburenganzira bw'umwana batewe impungenge na bwo kuko bushobora gutuma ubutumwa bwari kuzifashishwa nk'ibimenyetso bwisiba bikanorohereza abakunda gukora ibyaha byo kubahohotera, kubona uko bahisha ibimenyetso by'umwihariko ku bana bakorerewe ihohotera rishingiye ku gitsina.

    WhatsApp ikomeje kwamamaza ubu buryo bushya bwayo bwa 'view once' nk'ubw'ibanga ku bakiliya bayo bahoraho aho ivuga ko buzajya bubafasha kuba banakohererezanya amafoto y'igihe gito nko mu iduka umuntu yipima imyenda ngo abaze mugenzi we ko aberewe, kohererezanya ijambo ry'ibanga n'ibindi.

    WhatsApp yavuze ko ibintu byose abantu bohererezanya bitaba ari ngombwa ko bibikwa mu buryo buhoraho ku buryo byatwara umwanya wakagiyemo ibindi by'ingenzi bikenewe mu gihe kizaza.

    Mu gihe umuntu yabyohererezwa ntabifungure, bizajya bihita byisiba nyuma y'ibyumweru bibiri.

    Source : https://yegob.rw/whatsapp-yazanye-impinduka-zavugishije-benshi/

  • U Bufaransa bwashishikarije ibigo by’itumanaho kudakorana na Huawei mu gukwirakwiza 5G #rwanda #RwOT

    By igihe

    Ikigo gishinzwe umutekano mu by’ikoranabuhanga cy’u Bufaransa, cyashishikarije ibigo by’itumanaho kudakoresha ibikoresho bya Huawei mu gukwirakwiza internet ya 5G.
  • Zuckerberg yasezeranyije impinduka mu mabwiriza ya Facebook kubera amagambo ya Trump

    Umuyobozi Mukuru wa Facebook, Mark Zuckerberg, yasezeranyije ko hagiye usuzumwa amwe mu mahame n’amabwiriza ngenderwaho agenga uru rubuga nkoranyambaga, yatumye rufata icyemezo cyo kutagira icyo rukora ku butumwa bwashyizweho na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump.

    Iri tangazo ryaje mu buryo bw’ibaruwa yandikiwe abakozi b’uru urubuga nkoranyambaga,
    ryagaragaye nk’irigamije guhosha uburakari muri iki kigo, ni nyuma y’uko bamwe bavuze ko 
    bashobora gusezera.
    Ubu burakari bwaje ubwo Zuckerberg yavugaga ko Facebook idashobora gusiba cyangwa 
    guhisha ubutumwa Trump yaherukaga kwandika kuri urwo rubuga, byagaragaye ko 
    bwashishikarizaga kugirira nabi abigaragambiriza irondaruhu ryakozwe n’umupolisi 
    w’umuzungu wishe umuturage w’umwirubarura muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
    Ubutumwa Mark Zuckeberg yatanze ku wa Gatanu, bwagabanyaga ubwo burakari.
    Yagize ati “Tugiye gusuzuma amabwiriza yacu yemerera ibiganiro ndetse n’iterabwoba 
    ryo gukoresha ingufu za Leta kugira ngo turebe niba hari ibyo dukwiye guhindura.”
    Yakomeje agira iti “gukoresha cyane abapolisi cyangwa ingufu za Leta. Urebye amateka 
    akomeye Leta Zunze Ubumwe za Amerika zanyuzemo, ibi bikwiye kwitabwaho bidasanzwe.”
    Imbuga nkoranyambaga zahamagariwe guhindura ibyatangajwe na perezida, vuba aha 
    kubera imvururu zafashe indi ntera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nyuma 
    y’urupfu rwa George Floyd, umwirabura wari udafite imbunda wishwe ubwo yafatwaga 
    n’abapolisi.
    Muri iyo baruwa yashyize ku rukuta rwe rwa Facebook, Zuckerberg yakomeje agira 
    ati “Icyemezo nafashe mu cyumweru gishize cyatumye benshi muri mwe barakara, 
    baratungurwa ndetse barababara.”
    Zuckerberg yavuze ko arimo gushakisha impinduka zishoboka ku buryo ibyemezo
    by’amabwiriza byajya bifatwa kuri Facebook, hamwe n’ubundi buryo bwo guteza
     imbere ubutabera bushingiye ku irondaruhu.
    Yaburiye abakozi agira ati “Mu gihe turi kureba muri ibi bice byose, ntidushobora 
    kuzana impinduka dushaka gukora muri byose.”
    Ku bijyanye n’abakozi bavuze ko rubanda rugufi rudahagarariwe, Mark Zuckerberg yijeje 
    ko hazabaho isuzuma ryo kureba uburyo hari ibyahinduka mu buyobozi kugira ngo 
    amatsinda agire amajwi angana.
  • Kamonyi/Musambira: Ku myaka isaga 70 y’amavuko, ati“Inzara n’imibereho mibi” biranyahuranije

    Atuye mu Mudugudu wa Mbari, Akagari ka karengera, Umurenge wa Musambira ho mu karere ka kamonyi, akitwa Ugirashebuja Yohani. Imibereho ye muri byose avuga ko ari mbarubukeye, abagiraneza nibo bakimufashije gusunika iminsi nkuko abivuga mu gihe ngo Ubuyobozi bumusiragiza.

    Ugirashebuja Yohani, aba munzu itagira ikiyiromo, aho arambika umusaya ni ku musambi icyo kwiyorosa ntacyo, aho kandi ni naho atekera iyo agize amahirwe yo kubona umugiraneza umufungurira cyangwa se nk’ubuyobozi bukamwibuka nabwo ngo biba gake kuko nk’ubu nubwo aturanye n’umurenge amezi ashize arenga atatu nta n’umuyobozi umugeraho. Aho aba naho ni mu icumbi yahawe n’umugiraneza.

    Aha niho uyu musaza Ugirashebuja aba. Ni ku muhanda muri metero zitagera kuri 50 n’aho ibiro by’Umurenge wa Musambira byubatse.

    Ugirashebuja, iyi nzu ayibamo wenyine ku myaka 73 y’amavuko. Guhaguruka aho yicaye biramugora kubw’intege nke ahanini zimufatanya n’inzara.

    Aganira n’Umunyamakuru wa intyoza.com kuri uyu wa 05 Kamena 2020 ahagana ku I saa cyenda, yari yicaye yota akazuba avuga ko adaheruka kugira icyo ashyira mukanwa, ko inzara n’imibereho mibi biganisha ubuzima bwe ahabi.

    Ahitwa ko arambika umusaya, ni hasi uretse umusambi gusa. Nta biryamirwa ntacyo kwiyorosa. Ese abagiraneza n’abifite ntabwo bakibaho ngo hagire n’umuha Matora n’icyo kwiyorosa!?

    Avuga ko afite ibibazo byo kubaho nabi, nta nzu, ntacyo kurya n’ibindi amaranye igihe kirenga imyaka itanu nyamara ngo agasiragizwa n’ubuyobozi, bumurerega. Yagize ati “ Hari igihe Social w’Umurenge ( ushinzwe imibereho myiza) yaje, ansanga ku Karere ndimo ntekerereza abantu bari bahari barimo n’abasirikare, abasirikare barigendera ngiye kubona mbona baramuzanye hagati yabo, bati tubwire ikibazo cy’uyu musaza, ati “ Uyu musaza n’ubundi yaje kurushya abayobozi, ni atahe ikibazo cye nzagikemura kuwa mbere. Nje kuwa mbere ati genda uzaze kuwa gatatu, nje kuwa Gatatu ati genda uzaze kuwa gatanu, kuwa Gatanu ati genda uzaze kuwa Mbere, ndagumya ndiruka ndananirwa aho bigeze ndarorera”.

    Akomeza avuga ko nyuma yaje kongera gusubira ku karere, bagahamagara kuri Terefone ariko ngo ibyo yababwiye ntabwo yigeze amenya ibyo aribyo. Yaratashye, kera kabaye aza gusubira ku karere ni uko bati baramwandika, imyirondoro ye baragije bati “ Hoshi genda ikibazo cyawe kizakiranuka tugiye kumva ikibazo cyawe uko giteye”. Akomeza avuga ko ari ubwo aheruka.

    Ibikoresho byo mugikoni iyo yabonye icyo ateka. Igikoni n’aho arara ntabwo hatandukanye. Nyamara abayobozi banyura aha buri mwanya.

    Muri make, uyu musaza ibibazo avuga bimukomereye ni Inzara no kutagira aho aba kuko uyu munsi aho ari ni kumugiraneza ku buryo abaho mu mpungenge ko igihe icyo aricyo cyose uwamugiriye neza akamuha aho arara ashobora kuhisubiza. Ni nabyo bibazo avuga ko yatuye ubuyobozi ariko bugakomeza kumurerega, bumusiragiza.

    Ashinja ubuyobozi kutamwitaho ngo bumufashe kubona aho aba ahubwo bukabikorera abamerewe neza kuko hari n’ingero z’abo azi bagiye bubakirwa nyamara bafite ubushobozi busumbye ubwe, bafite n’abakabitayeho mu gihe we nta muryango.

    Intege nke aterwa n’inzara n’imibereho mibi ntabwo bigituma agira icyo abasha gukora.

    Mpozenzi Providence, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musambira yabwiye intyoza.com ko uyu musaza bamuzi kandi ngo bamufasha. Ati“ Uriya musaza afite umuntu umucumbikiye mu nzu ariko turamumenya, tumuha ibiryo rwose, yakubwiye ko tutamufasha?”. Akomeza avuga ko bagiye bamuha ibyo kurya kandi mu bihe bitandukanye nubwo amakuru agera ku intyoza.com ndetse anashimangirwa n’uyu musaza, hashize igihe kirekire nta bufasha.

    Muri uyu Murenge wa Musambira, hariyo ibibazo bitandukanye bikomeje kuvugwa n’abaturage bimwe tugikorera ubucukumbuzi. Haravugwa Ruswa, Akarengane muri bamwe mu bayobozi bahohotera abaturage, hari n’abavuga ko bakubitwa n’abayobozi, abo abayobozi barira amafaranga nyamara ngo bayabatse ngo akoreshwe ibikorwa by’iterambere, abo imfashanyo zakabaye zigeraho ariko ngo zikaribwa na bamwe mu bayobozi n’ibindi bimwe turi bubagezeho mu nkuru zacu zitaha kuko tubifite.

    Ugirashebuja Yohani, akeneye ubufasha. Yibaza byinshi akabura ibisubizo.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!

  • ONU/UN iratabariza Abanyekongo b’abasivili basaga 1300 bishwe

    Umuryango w’Abibumbye-ONU/UN, uratangaza ko abasivili 1,300 bishwe mu gihe cy’aya mezi umunani ashize muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo mu mirwano yahuje ingabo z’iki gihugu n’imitwe itandukanye yitwaje intwaro.

    Mu itangazo yashyize ahagaragara kuri uyu wa gatanu tariki 05 Kamena 2020, umuyobozi mukuru w’ishami rya ONU rishinzwe uburenganzira bwa muntu, Michelle Bachelet, avuga ko ubu bwicanyi bwabaye cyane cyane mu ntara za Ituri, Kivu ya Ruguru na Kivu y’Epfo.

    Abavugwaho gukora ubu bwicanyi, ni abasilikali n’abapolisi ba Leta, ariko cyane cyane umutwe ufite intwaro witwa Codeco(Coopérative pour le Développement du Congo), ugizwe ahanini n’abo mu bwoko bw’abalendu. Nk’uko ONU ibivuga, Codeco ikunze kwibasira abo mu bwoko bw’abahema n’abalur.

    Undi mutwe ONU ishinja ubwicanyi bw’abasivili ni ADF(Allied Democratic Forces) mu Cyongereza, cyangwa (Forces Démocratiques Alliées) mu Gifaransa. Ugizwe ahanini n’abantu b’Abayisilamu bakomoka muri Uganda. Wavutse mu 1995 uvuga ko uje kurwanya Perezida Museveni.

    Muri Kivu y’Epfo, avasivili bazira cyane cyane intambara z’amoko hagati y’Abanyamulenge n’Abafulero, no hagati y’Ababembe n’Abanyindu. ONU ivuga ko ubwicanyi bwabaye no mu ntara ya Kongo Central, cyera yahoze yitwa Bas-Congo, ndetse no mu murwa mukuru w’igihugu, Kinshasa, aho abasivili 62 bishwe n’abasilikali n’abapolisi ba Leta. Abandi basivili 74 babikomerekeyemo. Abo baturage bose ni abo mu mutwe ugendera ku mahame ya politiki n’iy’amadini bivanze witwa Bundu Dia Kongo, BDK mu magambo ahinnye.

    Usibye kwica, iyo mitwe irayogoza, igafata n’abagore n’abakobwa ku ngufu. Ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru rivuga ko ayo mabi yose yatumye kandi abaturage barenga ibihumbi 500 bata ibyabo barahunga.

    Mu itangazo rye, Michelle Bachelet yemeza ko ubu bwicanyi bushobora kwitwa ibyaha byibasiye inyokomuntu n’ibyaha by’intambara. Arasaba z’anketi zigenga kandi zimbitse. Asoza avuga, ati: “Abahohoterwa bakwiye ubutabera, ukuri, n’indishyi z’akababaro.” Arasaba kandi Leta ya Congo gukora ibishoboka byose kugirango ubu bwicanyi buhagarare kandi ntibuzongere.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!

  • Kigali: Umugabo uvuga ko yakorewe ihohoterwa n’umugore we arasaba kurenganurwa na Perezida

    Habarugira n’umugore we, Ingabire Vestine basezeranye imbere y’amategeko mu 2008, baza gusezerana imbere y’Imana ku wa 30 Gicurasi 2009.

    Ubwo bashakanaga umugore yari afite abana batatu barimo abahungu babiri n’umukobwa umwe, ubu umukuru muri bo afite imyaka irenga 20.

    Muri rusange abana bafitanye ni batanu kuko bamaze kubyarana babiri biyongera kuri abo batatu umugore yazanye. Umugabo avuga ko abana umugore yazanye babandikishije mu muryango bitwa abana mu rugo.

    Habarugira avuga ko kuva mu 2011, umugore we yatangiye kwadukana imyitwarire idahwitse, atangira kujya ava mu rugo akajya mu Ntara rimwe na rimwe akanararayo kandi umugabo atabizi.

    Mu buryo bw’amajwi n’amashusho, Habarugira yaganiriye na UKWEZI, agaruka kuby’agahinda afite yatewe n’icyo yita ihohoterwa ryo mu buriri, irishingiye ku mutungo ndetse rimwe na rimwe ngo umugore yamufataga mu mashati ashaka kumukubita.

    Yagize ati “Mu 2011, yadukanye imico idasanzwe rimwe na rimwe akava mu rugo akagenda mu ntara za Muhanga, Nyagatare n’ahandi henshi kandi akagenda ntabizi. Naje kumubaza ikibimutera arambwira ngo azabicikaho nindamuka nemeye ikintu kimwe yansabaga.”

    “Nibwo yambwiraga ati, amafaranga yose ukoreye uzajya uyanyuza mu ntoki, nyakoreshe gahunda z’urugo zirimo kwishyurira abana amashuri, guhaha, kwishyura inzu ndetse asagutse nkazayashyira kuri konti kugeza igihe azagwira tukazemeranye ikintu cyo kuyakoresha.”

    Reba hano ikiganiro cyose twagiranye

    Uyu mugabo akomeza avuga ko yaje kwemera kubahiriza ibyo yasabwaga n’umugore we [Icyo gihe yari umushoferi wigisha amategeko y’umuhanda no gutwara imodoka], atangira kujya ahembwa amafaranga yakoreye yose akayahereza umugore.

    Habarugira avuga ko byaje kugera nyuma wa mugore atangira kujya akoresha ya mafaranga uko yishakiye noneho ngo atangira kujya ayakoreshamo amatike ajya mu mahanga mu bagabo.

    Yavuze ko bitarangiriye aho kuko byageze aho umugore akajya amubwira ko ari imbwa kandi yanamuteza abagabo be bakamukubita.

    Ati “Muri uko kubana gutyo ikintu cyaje kubisembura ngatangira no kumujyana mu buyobozi ni uko yandwanyaga. Yarampimye sinagenda dore ko yambwiraga ati wowe uri imbwa njyewe mfite abandi bagabo bakomeye batari nkawe.”

    “Akambwira ati wowe ntacyo uvuze, uri imbwa ahubwo banakwica niba waranze kugenda ni akazi kawe uzahura n’ibibazo. Ibyo narabiretse bikajya birangira ariko igihe cyaje kugera akajya amfata mu mashati kugira ngo nimvuga amfatanye na ba bana be bankubite. Icyo gihe uko yamfataga nararaga mu ruganiriro.”

    Amakuru avuga ko byaje kugera nyuma aba bombi bagura ikibaza mu Karere ka Kamonyi, bubakamo inzu ariko nyuma umugore aza guca ruhinga nyuma yiyandikishaho iyi mitungo.

    Habarugira ati “Urumva ko ari ihohoterwa rishingiye ku mitungo naryo nararikorewe.”

    Mu mpera za Gicurasi uyu mwaka nibwo ubuyobozi bw’Akagari ka Munanira bwafashe icyemezo cy’uko aba bombi baba batandukanye by’agateganyo nk’uko bigaragara mu ibaruwa ikinyamakuru UKWEZI gifitiye kopi.

    Ku wa Mbere w’iki cyumweru nibwo uyu mugore yafashe ibintu bye arimuka ariko agiye kwimuka atwara ibintu byose byo munzu ku buryo uyu Habarugira avuga ko yasigaye iheruhero.

    Uyu mugabo kuri ubu uri gusembera acumbika mu nshuti ze yavuze ko yifuza kurenganurwa n’ubuyobozi bukuru bw’igihugu kuko inzego z’ibanze zakomeje kugenda gake muri iki kibazo cye kimaze imyaka myinshi.


    Reba hano ikiganiro cyose twagiranye

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!

  • Musanze FC yatandukanye n’abakinnyi 8

    Nyuma yo kongerera abakinnyi 3 amasezerano ikagura abandi 3, Musanze FC yamaze gutandukana n’abandi 8.

    Mu ijoro ryakeye ni bwo Musanze FC yongereye amasezerano abakinnyi 3 ndetse igura n’abandi 3.

    N’ubwo hari bakinnyi baguze bivuze ko hari abo igomba gutandukana na bo harimo 5 basoje amasezerano ndetse n’abandi batatu bari bagifite amasezerano bagomba gusezererwa.

    Mu basoje amasezerano barimo; Maombi Jean Pierre, Nduwayezu Jean Paul Chouchou, Touya Jean, Gabiro Claude na Mugenzi Cedric.

    Abakinnyi batatu bari bagifite amasezerano ariko bakaba bagomba gutandukana n’iyi kipe ni; Ernest Adeola, Okwecuku Okay bari bagifite imyaka 2 n’umunyezamu Muhawenayo Gad.

    Uretse aba bakinnyi biteganyijwe ko abandi bakinnyi 3 barimo umunyezamu Ntaribi Steven, Samson Okwecuku na Kyambadde Fred bashobora kwinjira

    Mugenzi Cedric(22) mu bakinnyi bagomba gutandukana na Musanze FC

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!

  • Rayon Sports yahembye

    Nyuma y’igihe mu ikipe ya Rayon Sports havugwamo ibibazo by’amikoro, kuri ubu iyi kipe yaraye ihembye abakinnyi ba yo ibirarane by’amezi 2 yari ibafitiye.

    Kuva muri Werurwe 2020 ubwo shampiyona yahagarikwakaga kubera icyorezo cya COVID-19, yahise ihagarika imishahara y’abakinnyi kuko yabonaga itagifite ubushobozi bwo gukomeza kubahiriza amasezerano bagiranye, ibi bikaba byaratumye hazamuka umwuka mubi muri iyi kipe ndetse igenda inyura mu bibazo binyuranye.

    Nyuma y’ubwumvikane abakinnyi bemeye guhara ukwezi kwa Mata 2020, bivuze ko yari ifitiye abakinnyi ibirare by’amezi 2, Gashyantare na Werurwe 2020.

    Mu ntangiriro z’iki cyumweru ni bwo perezida w’iyi kipe, Munyakazi Sadate yatangaje ko yihaye iminsi 3 akaba yakemuye ibibazo biri muri Rayon Sports harimo n’ikibazo cy’imishahara.

    Amakuru ISIMBI yamenye ikesha bamwe mu bakinnyi b’iyi kipe ni uko baraye bahembwe n’ubwo abakinnyi bose batarayabona ariko bamwe baraye bayabonye.

    N’ubwo hari abatarayabona n’abandi bizeye ko uyu munsi bwira bayabonye kuko badahemberwa muri banki zimwe akaba ari yo mpamvu bamwe bayabonye abandi ntibayabone.

    Umwe yagize ati“ibyo ni ukuri, bamwe bayabonye abandi ntibarayabona ariko urumva ntibahemba bamwe ngo abandi babareke ubwo byatewe n’uko badahemberwa muri banki zimwe.”

    Ku kijyanye n’amafaranga iyi kipe ifitiye abakinnyi baguzwe batarishyurwa(recruitment), amakuru avuga ko mu minsi mike na yo baratangira kuyatanga.

    Bamwe mu bakinnyi ba Rayon Sports baraye babonye umushahara

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!