Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko mu masaha 24 ashize kugeza kuri uyu wa Gatandatu, abantu 109 bashya banduye coronavirus, bituma umubare w’abamaze kwandura ugera ku 2889.
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ni rimwe mu masoko akomeye y’ibicuruzwa bituruka mu Rwanda, ni mu gihe kuko iki gihugu gifite abaturage barenga miliyoni 81 kandi abenshi bakaba bari mu mijyi ihana imbibi n’u Rwanda.
Igitego cya Diego Carlos mu gice cya kabiri, cyafashije FC Seville yo muri Espagne kwegukana igikombe cya Europa League ku nshuro ya gatandatu, itsinze Inter Milan yo mu Butalitani 3-2 ku mukino wa nyuma wabaye kuri uyu wa Gatanu.
Umushinga wo gushakisha peteroli mu kiyaga cya Kivu, ni umwe mu ihanzwe amaso n’abanyarwanda benshi. Ubushakashatsi burakomeje kugira ngo haboneke amakuru ntakuka kuri ubu butunzi bw’agaciro gakomeye buri mu Rwanda.
Ibitaro by’Umwami Faisal byatangaje ko mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus, bisubitse isurwa ry’abarwayi bari mu bitaro kuva kuri uyu wa 20 Kanama kugera igihe kizatangazwa.
Ruhumuriza James wamenyekanye cyane nka King James ahangayikishijwe bikomeye n’umuntu ataramenya wamwiyitiriye ku mbuga nkoranyambaga, abihanangiriza avuga ko uzafatwa azashyikirizwa ubutabera.