Rutahizamu w’Umunya-Ghana, Michael Sarpong, uherutse gusinyira Yanga SC yo muri Tanzania, yandikiye abafana ba Rayon Sports abashimira ku gihe cyose babanye n’uburyo bamushyigikiye ari mu ikipe yabo.
Umunya-Australia Heshani Munasinghe, wakoze muri Microsoft yagizwe Umuyobozi ushinzwe ibikorwa wa Miss Career Africa, itegurwa n’abanyarwanda, nyuma yo kubisaba akareka n’akandi kazi yari afite kubera umuhate afite mu guteza imbere Afurika cyane cyane binyuze mu bategarugori.
Mu myaka 26 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe n’ingabo zari iza FPR Inkotanyi, ni byinshi u Rwanda rumaze kugeraho mu ngeri zitandukanye z’ubuzima bw’igihugu kandi impinduka ku muturage wo hasi zirigaragaza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwijeje imiryango 32 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye yatujwe mu Mudugudu wa Nyabishongo Umurenge wa Mudende mu Karere ka Rubavu gukomeza kubitaho binyuze muri gahunda ya VUP ndetse na Girinka kugira ngo babashe kwiteza imbere.