Gentil Misigaro umaze kwamamara mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, yibarutse imfura ye nyuma y’umwaka asezeranye kubana akaramata nk’umugabo n’umugore we Mugiraneza Rhoda.
Polisi yafatiye mu kabari abantu 19 barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19 barimo kunywa inzoga. Ni akabari kitwa Umunara gaherereye mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Gisozi mu Kagari ka Ruhango.
Nyuma y’amezi atandatu Umwirabura witwa Daniel Prude apfuye, Umuyobozi w’Umujyi wa Rochester muri New York yafashe umwanzuro wo kwirukana abapolisi barindwi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’uyu mugabo.
Kuri uyu wa Kane, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda akaba n’Umugaba Mukuru w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda yahaye abaturage batishoboye bo mu murenge wa Bweyeye mu Karere ka Rusizi, inkunga y’amabati 5760 azakoreshwa mu kwiyubakira aho batuye.
Kuri uyu wa Kane, urubanza Arikidiyosezi ya Kigali iregamo iyahoze ari Kaminuza ya Christian University of Rwanda, ihagarariwe n’umuyobozi wayo Dr. Habumuremyi Pierre Damien, rwakomeje, ababuranyi bisobanura imbere y’urukiko.
Mu gihe iterambere ry’umujyi wa Kigali rizamuka ku muvuduko wo hejuru, ni ingenzi cyane ko uyu mujyi utangira gutekereza uburyo bwo kubika no gutwara imyanda buvuguruye, mu rwego rwo kwirinda ko iki kibazo cyazaba imbogamizi ku buzima bw’abawutuye barushaho kwiyongera umunsi ku munsi.