Abantu 77 biganjemo urubyiruko bafatiwe mu gishanga kiri hagati y’Akarere ka Huye n’aka Gisagara, ahazwi nko mu Butayu bwa Nyirancura, barimo gusenga barenze ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Coronavirus.
Me Rugaza David wunganira Paul Rusesabagina uherutse gufatwa ashinjwa ibyaha bitandukanye birimo n’iterabwoba, yatangaje ko adashobora kugira icyo avuga ku buryo umukiliya we yafashwe kuko byaba bihabanye n’amahame y’umwuga we nk’umunyamategeko.
Buri wa Gatandatatu w’icyumweru bimaze kuba nk’ihame ko abantu bakurikira igitaramo cya Iwacu Muzika Festival, gica ku mbuga nkoranyambaga ndetse no kuri Televiziyo y’u Rwanda.
Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshikesekedi yatumiye uw’u Rwanda Paul Kagame, uwa Uganda Yoweri Kaguta Museveni, uwa Angola, João Lourenço na Ndayishimiye Evariste w’u Burundi mu nama izabera muri Congo mu mujyi wa Goma ikiga ku mutekano mu karere ndetse n’imibanire y’ibi bihugu.
Abavuga ko ari abanyamuryango nyakuri ba Rayon Sports bandikiye Perezida wa Repubulika Paul Kagame bamutakambira, basaba kuvanaho icyemezo Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwafatiye Umuryango Rayon Sports.
Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, Ayinkamiye Emérence , yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Nsengimana Fabrice kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 05 Nzeri 2020 mu mihango yayobowe na mugenzi we wa Rubavu Habyarimana Gilbert.
Mu minsi ibiri, u Bufaransa bwagize abantu barenga ibihumbi umunani banduye icyorezo cya Coronavirus bwikurikiranya, bituma iki gihugu gikomeza kuza mu bya mbere 20 ku Isi byibasiwe cyane no muri bitanu byugarijwe i Burayi.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Ruhinga, gaherereye mu Murenge wa Zaza mu Karere ka Ngoma yatemwe mu mutwe n’abaturage yasanze barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19.