Tag: featured
-
Paul Rusesabagina yitabye urukiko; uko iburanisha riri kugenda (Amafoto) #rwanda #RwOT
Saa tatu n’iminota 30 nibwo Paul Rusesabagina yitabye Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kugira ngo atangire kuburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ku byaha birimo iby’iterabwoba akurikiranyweho. -
Mbarusha ko indirimbo zanjye zikundwa n’abakobwa benshi! Kevin Kade amaze gutwara igihembo muri Kiss Summer Awards #rwanda #RwOT
Kevin Kade wegukanye igihembo cya Kiss Summer Awards nk’umuhanzi mushya, wakoze cyane mu gihe cy’impeshyi y’umwaka wa 2020, yatunguranye ahamya ko ikintu yarushije bagenzi be bari bahatanye ari uko indirimbo ze zikundwa n’abakobwa benshi. -
Nyabihu: Akanyamuneza ni kose nyuma yo kwegerezwa iminara y’itumanaho n’amashanyarazi #rwanda #RwOT
Nyuma y’igihe kirekire bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyabihu batagira umuriro w’amashanyarazi ndetse n’ihuzanzira rya telefone, barashimira Perezida wa Repubulika ko yabafashije kuva mu bwigunge bakaba bari gukoresha itumanaho. -
COVID-19: Abarengeje isaha yo kugera mu rugo baruta abatubahiriza andi mabwiriza #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

Iyo mibare igaragaza ko kuva tariki ya 17 Nyakanga kugera ku ya 12 Nzeri 2020, abantu 127,873 bafashwe barengeje isaha ya saa moya yari yaremejwe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 26 Kanama 2020, kuba abantu bose bageze mu ngo zabo.
Iyo mibare kandi igaragaza ko abantu 116,542 ari bo bafashwe batambaye udupfukamunwa, naho abantu 57,389 bafashwe batubahiriza metero hagati yabo.
Hari kandi abantu bagiye bafatwa bari mu tubari, utubari twafashwe ducuruza inzoga ndetse hakaba n’ibinyabiziga byafashwe nyuma y’isaha ya saa moya z’umugoroba.
Iyo mibare igaragaza ko abantu 21,732 bafashwe banywa inzoga mu tubari, hafashwe imodoka, moto n’amagare 13,915 byarengeje isaha ya saa moya, mu gihe utubari 6,071 ari two twafashwe ducuruza inzoga.
Hirya no hino mu turere ndetse no mu Mujyi wa Kigali, Inama Njyanama zashyizeho ibihano bitandukanye birimo n’amande ku baturage barenga ku mabwiriza yo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid-19.
Mu bihano kandi harimo no kuba abafashwe barenze ku mabwiriza bashyirwa ahantu habuhgenewe, bakaganirizwa kandi bakibutswa ko bakwiye kugira uruhare mu gukumira icyo cyorezo.

-
Umubyeyi wa Bukuru Christophe ukinira APR FC yitabye Imana #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT
-
- Umubyeyi wa Bukuru Christophe ukinira APR FC yitabye Imana
Rwabarinda Omar, umubyeyi wa Bukuru Christophe yitabye Imana kuri iki Cyumweru azize uburwayi, bikaba byatangajwe n’ikipe ya APR FC ibinyujije ku rubuga rwayo rwa interineti, aho yihanganishaga uyu mukinnyi ndetse n’umuryango we muri rusange.
Bagize bati “Ubuyobozi bwa APR FC burihanganisha umuryango wa Bukuru Christopher, umuryango mugari wa APR FC n’abakunzi ba ruhago muri rusange nyuma y’urupfu rw’umubyeyi we.”
“Ni inkuru y’incamugongo yamenyekanye mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru Tariki 13 Nzeri ko umubyeyi wa Bukuru Christopher ukinira APR FC yitabye Imana azize uburwayi. Uyu mubyeyi Rwabarinda Omar akaba yatabarutse afite imyaka 77 nyuma yo y’iminsi arwaye.”
“Imana yakire mu bayo umubyeyi wacu.”
-
- Yitabye Imana afite imyaka 77

-
-
REMA yahagurukiye abacuruza n’abagikoresha amasashe atemewe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT
-
- Aya masashe iyi migati ipfunyitsemo ntiyemewe
Icyo gikorwa cyakozwe ku matariki ya 10 na 11 Nzeri 2020, gikorerwa mu Mujyi wa Kigali no mu mijyi itandatu iwungirije, kikaba cyari kiri mu rwego rwo kugenzura uko itegeko nimero 17/2019 ryo ku wa 10 Kanama 2019 ribuza ikorwa, itumizwa n’ikoreshwa ry’amasashe n’ibikoresho bya pulasitike bikoreshwa rimwe ryubahirizwa.
Itsinda ryakoze iryo genzura mu Karere ka Muhanga ryageze ahakorerwa imigati, mu mahahiro atandukanye n’ahandi, rikaba ryarasanze amasashe agikoreshwa cyane mu gupfunyika ibintu bitandukanye biribwa, bikaba byarafashwe.
Umwe mu bafatiwe ibintu utarifuje ko amazina ye atangazwa, ni ufite uruganda rukora imigati akayipfunyika mu masashe atemewe, avuga ko kubona ayemewe bibagora kandi abahenda, gusa ngo agiye gukora uko ashoboye ayashake.
-
- Bimwe mu byafashwe kuko bitemewe n’itegeko
Ati “Impapuro zimeze nk’amasashe zo gupfunyikamo imigati ku buryo bwemewe ziraduhenda cyane kuko tugomba kuzitumiza i Kigali bigatuma dukoresha atemewe. Gusa tuzemera tujye dukorera make ariko dukoreshe ibyo dupfunyikamo byemewe kuko nk’iyo REMA ije nk’uku biduhombya cyane kuko nk’ubu bantwaye imigati”.
Ati “Batwaye amapaki y’imigati arenga 75, ngereranyije ari mu mafaranga ibihumbi 80. Urumva ko icyo ari igihombo kinini. Icyakora kugira ngo twubahirize amategeko ndetse natwe turengere ibidukikije, ngiye kujya mpfunyika mu mpapuro zemewe bityo sinzongere gufatirwa mu makosa”.
Haji Abdallah ucuruza ibijyanye no kurya no kunywa (alimentation), we avuga ko kuba hari ibintu bye batwaye bitamutunguye.
Ati “Nari mbizi ko ibintu bya pulasitiki bikoreshwa rimwe bitemewe ndetse n’ibipfunyitse mu masashe nubwo nari mbifite, gusa nk’imigati kuko nanjye nyirangura numvaga amakosa ari ay’abaturanguza. Bantwaye imigati, imiheha n’amakanya ya pulasitiki, icyakora sinzongera kubirangura kuko baduhwituye, cyane ko nanjye nzi ko ari bibi ku bidukikije”.
Itegeko rivuga ko abacuruzi bafatanywe ibintu bipfunyitse mu masashe atemewe n’abacuruza ibikoresho bya pulasitiki bikoreshwa rimwe, byose babyamburwa kikaba ari cyo gihano, mu gihe abakora ayo masashe, abayatumiza n’abayacuruza bo bacibwa amande.
Umuntu ukora amasashe n’ibikoresho bya pulasitiki bikoreshwa rimwe, ahanishwa gufungirwa ibikorwa, kwamburwa ibyo bikoresho no kwishyura ihazabu ya miliyoni 10 z’amafaranga y’u Rwanda.
Umuntu uranguza ibyo bikoresho ahanishwa gucibwa ihazabu y’ibihumbi 700 by’amafaranga y’u Rwanda, kandi ibyo asanganywe akabyamburwa.
Umukozi ushinzwe amahugurwa n’ubukangurambaga mu kubungabunga ibidukikije, Djuma Nsanzimana wayoboye icyo gikorwa mu Karere ka Muhanga, avuga ko basanze muri rusange amasashe agikoreshwa cyane.
-
- Urupapuro rwemewe rwo gupfunyikamo imigati
Ati “Muri Muhanga amasashe arakoreshwa cyane kuko nk’aho bakorera imigati hose twinjiye twasanze bapfunyika mu masashe atemewe. Hari kandi aho twasanze ibikozwe muri pulasitiki bikoreshwa rimwe, nk’ab’amasashe bavugaga ko bazi ko bibujijwe ariko ko ayo twahasanze ari yo ya nyuma, ariko si byo kuko bafite aho bayarangura”.
Nsanzimana avuga kandi ko abo mu Mujyi wa Muhanga bakeneye gukorerwa ubukangurambaga bwo kwirinda ibyo bikoresho bitemewe kuko bahishirana.
Ati “Ikintu kibi twabonye ni uko abapfunyika mu masashe atemewe badashobora kukubwira aho bayarangura kandi hahari, barahishirana mu cyaha. Hakenewe rero ubukangurambaga bwimbitse, bakumva akamaro ko kureka ayo masashe ndetse bakanirinda ko bazahanwa bikomeye kuko abahishira abanyabyaha baba ari abafatanyacyaha”.
Ibiba byafashwe biribwa REMA ivuga ko bihabwa abababaye bashonje, na ho amasashe n’ibikoresho bya pulasitiki bihabwa inganda zibikoramo ibindi bikoresho.
Icyakora muri icyo gikorwa ibipfunyitse mu macupa ya pulasitiki akoreshwa rimwe nk’amazi, imitobe (jus), fanta n’ibindi ntibyafashwe, kuko ngo ayo macupa kugeza ubu atarabona ibiyasimbura.

-
-
Liberia: Hatangajwe ibihe bidasanzwe nyuma y’ubwiyongere bw’abagore bafatwa ku ngufu n’abasambanywa #rwanda #RwOT
Perezida Liberia, George Weah yatangaje ibihe bidasanzwe nyuma y’ubwiyongere bw’abagore n’abakobwa basambanywa n’abafatwa ku ngufu, ategeka ko hafatwa ingamba zikomeye mu guhangana n’icyo kibazo. -
Oracle ishobora kugura imigabane muri TikTok kugira ngo urwo rubuga rudakumirwa muri Amerika #rwanda #RwOT
Abakurikiranira hafi ibiganiro hagati ya sosiyete y’Abashinwa ByteDance n’abashoramari bashaka kugura ishami ry’urubuga rwayo TikTok muri Amerika, batangaje ko iyo sosiyete iri mu biganiro na sosiyete ya Oracle kuba yagura imwe mu migabane yayo kugira ngo birinde TikTok gukumirwa ku butaka bwa Amerika. -
Urubanza rwa Tom Byabagamba ku cyaha cy’ubujura rwasubitswe #rwanda #RwOT
Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro kuri uyu wa Mbere, rwasubitse urubanza ubushinjacyaha buregamo Tom Byabagamba wahoze afite ipeti rya Colonel mu Ngabo z’u Rwanda, ku cyaha by’ubujura. -
Bwa mbere mu munsi umwe habonetse abantu benshi banduye Coronavirus #rwanda #RwOT
Ishami ry’Umuryango w’Abibumye ryita ku buzima, OMS ryatangaje ko taliki ya 13 Nzeri yaciye agahigo ko kuba ari wo munsi wa mbere ubonetsemo umubare munini w’abantu banduye Covid-19 hirya no hino ku Isi.




