Tag: featured
-
Abana mu myaka, intyoza mu kuryoshya indirimbo: Igisekuru gishya mu ba-’producer’ #rwanda #RwOT
Bafite impano zitangaje mu gucuranga no gutunganya indirimbo, bakaba intyoza zifite ugutwi kumva vuba ibya muzika. -
Abasaga ibihumbi bine bafashwe barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19, utubari 64 turafungwa #rwanda #RwOT
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ku bufatanye na Polisi y’Igihugu bagaragaje ko abantu basaga ibihumbi bine bafashwe kuwa Gatandatu tariki 12 Nzeri 2020 barenze ku mabwiriza yo kwirinda Coronavirus, mu gihe utubari 64 twafunzwe. -
Israel igiye gusubira muri guma mu rugo nyuma y’uko abasaga 4000 banduye Covid-19 mu munsi umwe #rwanda #RwOT
Nyuma y’uko muri Israel hagaragaye abantu ibihumbi bine banduye icyorezo cya Covid-19 mu munsi umwe, guverinoma y’iki gihugu yatangaje ko bagiye gusubira muri gahunda ya Guma mu rugo mu rwego rwo gukumira ko umubare w’abandura iki cyorezo ku munsi warushaho kuzamuka. -
Nyabihu: Iminara bemerewe na Perezida Kagame yabagezeho, itumanaho ryarorshye #rwanda #RwOT
Bamwe mu baturage bo Karere ka Nyabihu barishimira ko iminara bemerewe na Perezida Kagame yabagezeho, kuri ubu itumanaho ryarorshye.source https://rba.co.rw/post/Nyabihu-Iminara-bemerewe-na-Perezida-Kagame-yabagezeho-itumanaho-ryarorshye
-
Imyaka ibiri Ingabire Victoire ahawe imbabazi: Ibikorwa byamuranze #rwanda #RwOT
Tariki ya 15 Nzeri 2018 ni umunsi utazibagirana mu mateka y’ubutabera bw’u Rwanda, kuko abagororwa barimo na Ingabire Victoire bahawe imbabazi na Perezida wa Repubulika bagasubira mu buzima busanzwe. -
Ishusho y’amakuru y’ingenzi yaranze icyumweru mu mafoto #rwanda #RwOT
Icyumweru kigana ku musozo cyaranzwe n’ibikorwa bitandukanye ku isonga biyobowe n’ibijyanye no gukomeza ingamba zo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.source https://igihe.com/amafoto-1922/article/ishusho-y-amakuru-y-ingenzi-yaranze-icyumweru-mu-mafoto
-
Impamvu abo mu muryango wa Kim Kardashian bahisemo guhagarika ikiganiro cyerekanaga ubuzima bwabo bwite #rwanda #RwOT
Mu minsi ishize Kim Kardashian yatangaje ko ikiganiro cyitwa ‘Keep up with The Kardashians’ cyakorwaga n’abo mu muryango we kigiye guhagarara gusa ntiyatangaza impamvu. -
Nyamagabe: Ntirandekura yashumbushijwe inka yishwe n’abarwanyi ba FLN #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT
-
- Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe, Bonaventure Uwamahoro, yashyikirije Ntirandekura inka yashumbushijwe
Iyo nka yahawe uretse kuba ihaka iy’amezi atanu, ubu iranakamwa ku buryo agiye kongera kunywa amata nyuma y’igihe kirekire. Ubwo yayishyikirizwaga tariki 12 Nzeri 2020, Ntirandekura yashimiye agira ati “Rwose Perezida namushimye, intimba nari mfite ku mutima yururutse. Ni umubyeyi ni Rutabeshya ni ukuri kw’Imana.”
Inka Ntirandekura yari afite mbere yatewe ibyuma mu icebe n’abarwanyi ba FLN mu gitero cyo ku itariki 13 Mata 2019, nyuma y’uko bashatse kuyitwara akabarwanya. Inka na yo yaje gupfa mu Ukuboza 2019, ku buryo yari amaze igihe nta mata nta n’ifumbire.
Icyo gihe we bamurashe mu rutugu rw’ibumoso ku buryo n’ubwo yavuwe agakira, ubu atakibasha guhinga kandi ubundi ari wo murimo umutunze.
Kwivuza na byo byasigiye ubukene umuryango w’uyu mugabo w’imyaka 34, kuko ngo yamaze mu bitaro amezi ane, arwajwe n’umugore na we utari ukibasha gukorera urugo. Byabaviriyemo kugurisha ikimasa iyo nka bari bariguriye yari yarabyaye.
Ubwo Ntirandekura yashumbushwaga inka, hari n’abaturanyi na bo bashumbushijwe amatungo yabo yibwe na bariya barwanyi, ku buryo hanatanzwe ihene esheshatu n’intama ebyiri.
Abaturage b’Umudugudu wa Subukiniro bose uko bari mu ngo 227 banahawe ibyo kurya birimo ibishyimbo, umuceri, isukari, kawunga, amavuta n’umunyu, banahabwa amasabune. Bwari uburyo bwo kubaremera kuko abarwanyi uretse kubatwarira amatungo, bari babatwaye n’ibiribwa.
-
- Abatuye mu Mudugudu wa Subukiniro banashyikirijwe ibiribwa
Banashyikirijwe ikimasa bemerewe n’Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Police, DIGP Félix Namuhoranye ubwo yari hamwe na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu mu ruzinduko baherutse gukorera mu Karere ka Nyamagabe.
Iyi mfizi abaturage b’Umudugudu bazajya bayitaho bose, n’ukeneye kubangurira atange amafaranga ibihumbi bibiri yo kugira ngo babashe kuyigurira ubwatsi nk’uko bivugwa na Winifrida Nyiransanzimana wayiragijwe.
Yagaragaje kwishimira iyi mfizi agira ati “Twagiraga inka, twajya kubangurira bakaduca ibihumbi bine, hakaba n’abatwaka ibihumbi bitanu. Ubwo rero turishimye cyane, kandi uzajya aza kubanguriza azajya yishyura ibihumbi bibiri byo kugura ubwatsi. Umusaruro niwiyongera tuzanaguramo indi nka.”
Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe, Bonaventure Uwamahoro, yasabye abatuye mu Mudugudu wa Subukiniro gukora cyane bakiteza imbere, ndetse n’imfizi bahawe bakazayibyaza umusaruro.
Yanababwiye ko abarwanyi babahemukiye bamaze gufatwa kandi ko bifuza ko bazabihanirwa. Yagize ati “Turasaba ko bahanwa, mukabona ko ubugome mwakorewe butagumye aho gusa, ahubwo ko bugomba kugira ingaruka ku babukoze.”
Abatuye mu Mudugudu wa Subukiniro banasabwe kutazadohoka mu kugira uruhare mu kwirindira umutekano, batanga amakuru ku bashaka guhungabanya umutekano w’igihugu nk’uko babigaragaje ubwo baterwaga.

-
-
Intambara y’abakire! Musk yabwiye Bill Gates ko “atazi ibyo avuga” ku kuba amakamyo yakoresha amashanyarazi #rwanda #RwOT
Elon Musk yatangaje ko Bill Gates “atazi ibyo avuga” ku bijyanye n’uko imodoka nini z’amakamyo bigoye ko zatangira gukoresha ingufu z’amashanyarazi. -
Hasobanuwe impamvu ibipimo bya Covid-19 bifatwa muri iyi minsi mu Rwanda bigenda bigabanuka #rwanda #RwOT
Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima,RBC cyatangaje ko impamvu imibare y’abantu bapimwa icyorezo cya Covid-19 mu Rwanda muri iyi minsi ugenda ugabanuka ugereranyije n’umubare w’ibipimo byafatwaga mbere, ari uko n’abandura bagenda baba bake.

