
Tag: featured
-
Ingingo 18 zizasuzumirwa mu nama y’inteko rusange ya Ferwafa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT
Tariki ya 16/09/2020 ni bwo ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda “FERWAFA” ryandikiye abanyamuryango bayo, babatumira mu nama y’inteko rusange isanzwe igomba kuzaterana tariki 17 Ukwakira 2020 mu mujyi wa Kigali.
Muri iyi nama, abanyamuryango bose bifuza kuyitabira basabwe kwitwaza icyemezo cy’uko bipimishije Coronavirus kitarenze amasaha 72, ikazitabirwa na Perezida w’ikipe cyangwa Visi-Perezida, abo bose bataboneka bagahagararirwa n’Umunyamabanga Mukuru wahawe uburenganzira.
-
- Inteko rusange ya Ferwafa itegerejwe mu kwezi gutaha

Ku murongo w’ibizigirwa muri iyi nama, hagaragaramo ingingo 18 ndetse n’imigereka ibiri, gusa bimwe mu by’ingenzi harimo gutora abagize komisiyo y’imisifurire, by’umwihariro Gasingwa Michel uheruka kwegura.
Ni ibiki byitezwe byazigwa mu bindi muri iyi nama ?
Mu ibaruwa itumira iyi nama, abanyamuryango basabwe ko niba hari ufite ikindi gitekerezo cyazasuzumwa muri iyi nama, yakwandikira FERWAFA iminsi 21 mbere y’uko inama itangira, kikazongerwa ku murongo w’ibyigwa.
Ikibazo cya Gicumbi na Heroes
Bimwe mu bivugwa harimo ikibazo cy’amakipe ya Gicumbi na Heroes byanzuwe ko agomba gusubira mu cyiciro cya kabiri nyuma yo guhagarika shampiyona itarangiye, aba bakaba bariyambaje inzego zitandukanye basabwa kurenganurwa, ubu hakaba hatahiwe inteko rusange ya Ferwafa.
Kongera umubare w’abanyamahanga
Hashize iminsi bamwe mu bakunzi b’umupira w’amaguru, abatoza n’abandi bawukurikiranira hafi, bavuga ko shampiyona y’u Rwanda isigaye yarasubiye hasi kubera kugabanya umubare w’abanyamahanga (ubu hemewe batatu), hakaba hari bamwe mu banyamuryango bifuza ko umubare wazamuka byibura hakemerwa batanu.
Ibi ni ibikubiye ku murongo w’ibizigirwa mu nteko rusange ya Rayon Sports


-
-
Abantu batatu bakomerekejwe n’ibiza, ibikorwa remezo byinshi birangirika #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

Umunyamabanga Uhoraho muri MINEAMA, Olivier Kayumba, avuga ko iyo mvura yangije ibintu binyuranye mu Turere twa Nyamagabe, Rubavu, Rulindo, Nyaruguru, Nyamasheke, Karongi, Rusizi ndetse na Nyanza, ariko ko uturere twibasiwe cyane ari Rubavu na Rulindo.
Mu kiganiro yagiranye na RBA, uyu muyobozi yavuze ko abasenyewe n’ibiza ubu bacumbikiwe n’abaturanyi babo, inzego z’ibanze zikaba zikomeje kubikurikirana.
Muri iki gihe cy’imvura y’umuhindo, MINEMA irasaba abaturage gufata amazi y’imvura neza kugirango adacengera mu nzu akaba yazisenya, kandi bagasibura inzira z’amazi birinda ko atajya guteza Ibiza mu bishanga.
Abaturage kandi barasabwa guhoma inzu zabo neza, mu rwego rwo kwirinda ko amazi y’imvura yacengera mu nkuta akazisenya.
Umunyamabanga Uhoraho muri MINEAMA kandi yavuze ko hagikusanywa imibare ku byaba byangijwe n’iyo mvura yaguye.

-
U Bushinwa buzakomeza gufasha u Rwanda kurwanya COVID-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

Ku ruhande rwa Leta y’u Rwanda; Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubuzima, Iyakaremye Zacharie, yabwiye Kigali Today ko bishimira uburyo u Bushinwa bukomeje kubafasha muri iki cyorezo cyane ko bubaye ubugira kabiri u Bushinwa buha u Rwanda inkunga y’ibikoresho byo kurwanya coronavirus.
Yagize ati “Ibikoresho twakiriye navuga ko biri mu bwoko butatu harimo ibyongerera umurwayi umwuka (ventilator machine), udupfakamunwa, uturindantoki, n’imiti ikoreshwa mu gihe cyo gusukura intoki (hand sanitizers). Ni ibikoresho byinshi bizakomeza kudufasha kurwana n’iki cyorezo kandi bije bisanga n’ubundi ububiko twari dusanzwe dufite. Ni inyongera rero, ni ikintu dusanga ari icyo kwishimira.

Ku ruhande rwa Leta y’u Bushinwa, umuyobozi muri Ambasade ushinzwe Ubukungu n’Ubucuruzi, Hudson Wang Jiaxin, yavuze ko umubano mwiza hagati y’ibihugu byombi ; ari yo mpamvu ituma bazakomeza gufatanya n’u Rwanda mu rugamba rw’iterambere no kurwanya icyorezo cya COVID-19.
Yagize ati “Igihe cyerekanye ko u Rwanda n’u Bushinwa ari inshuti, abavandimwe, abafatanyabikorwa. Nk’u Bushinwa twabonye ubucuti bw’u Rwanda buzamuka. Kuva igihe u Bushinwa twatangarije umuntu wa mbere wanduye COVID-19, u Rwanda rwatweretse ubufatanye bukomeye, ntabwo tuzigera tubyibagirwa. Twishimiye uburyo Guverinoma y’u Rwanda yashyizeho ingamba zo kurwanya iki cyorezo, kandi abaturage harimo n’Abashinwa babarirwa mu bihumbi baba mu Rwanda bari barinzwe neza.”

Uyu muyobozi muri Ambasade y’u Bushinwa yakomeje asobanura ko muri 2017 Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yasuye u Bushinwa, mu mwaka wakurikiyeho wa 2018 Perezida w’u Bushinwa Xi Jinping asura u Rwanda. Ibi ngo byazamuye umubano w’ibihugu byombi, hiyongeraho ubufatanye mu kurwanya iki cyorezo.
Ati “Tuzakomeza gufatanya n’ u Rwanda muri iki gihe cy’icyorezo kugeza igihe umuti n’urukingo bizabonekera.”
Mu bandi batanze inkunga y’ibikoresho byo kwirinda COVID-19, harimo ikigo IHS Group gikora iby’iminara; aho batanze ibikoresho n’amafaranga miliyoni 20 z’Amanyarwanda. Hari kandi na Lions club na yo yatanze ibikoresho birimo udupfukamunwa, imyambaro yabugenewe yo kwirinda, imiti isukura intoki izwi nka ‘Hand sanitizer’, n’uturindantoki.


source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/ubuvuzi/U-Bushinwa-buzakomeza-gufasha-u-Rwanda-kurwanya-COVID-19
-
Gitifu watwaye umuturage muri ‘butu’ y’imodoka bikamuviramo gukora impanuka yafunzwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), na rwo rwatangaje ko rwafunze uyu Nsengimana Aimable, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Busogo mu Karere ka Musanze, akaba akurikiranyweho icyaha cyo gukomeretsa bitari ku bushake uwitwa Mbonimana Fidele, ndetse n’icyaha cyo gufunga no gutwara umuntu ahantu hatemewe.
Bivugwa ko uwo muyobozi yasanze Mbonyimana Fidele aho yakoreraga yanze ko aba ‘DASSO’ binjira ngo bagenzure iyubahirizwa ry’amabwiriza yo kwirinda Covid-19, yarangiza agahita amushyira mu modoka ye aho bapakira ibintu (butu) akamujyana.
Mu kugenda ngo urugi rwa butu rwaje kwifungura, umuturage agwa mu muhanda arakomereka cyane, ndetse amakuru akavuga ko yahise ajya muri koma.
Mu kiganiro yagiranye na RBA, Umuyobozi w’Akarere ka Musanze Jeanninne Nuwumuremyi, yavuze ko uwo muyobozi wakoze ibyo yamaze guhagarikwa mu kazi, kuko ibyo yakoze bidakwiriye umuyobozi.
Yavuze ko umuyobozi akwiriye gufasha abaturage ashinzwe kuyobora kwiteza imbere, yongeraho ko bidakwiriye ko umuyobozi ahohotera uwo ashinzwe kuyobora.
Ati “Inshingano za mbere z’abayobozi ni ugufasha abaturage kwiteza imbere, kubarinda no kurinda ibyabo. Ntabwo rero wafasha umuturage kwiteza imbere umuhohotera, cyangwa se umuyobora mu buryo butari bwo”.
Uyu muyobozi kandi yasabye abaturage gukomeza kubyaza umusaruro amahirwe bahabwa n’igihugu, ariko kandi bakibuka gukurikiza amabwiriza, kandi bakirinda kutumva abayobozi.
Meya Nuwumuremyi yavuze ko Mbonyimana wahohotewe akiri kuvurirwa ku Bitari bya Ruhengeri, kandi ko amakuru afite ari uko agenda yoroherwa ugereranyije n’uko yari ameze agikora impanuka.
Ubu Nsengimana afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Busogo mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo hakorwe dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.






