Tag: featured

  • Tumeze neza, abatwifuriza inabi na bo ubwabo ntibameze neza – Perezida Kagame #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame yabigarutseho kuri uyu wa Mbere tariki 28 Nzeri 2020 ubwo yayoboraga Inama ya Komite Nyobozi yaguye ya FPR Inkotanyi yabereye i Rusororo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali ku cyicaro cy’uwo muryango.

    Perezida Kagame yongeye kugaragaza ko u Rwanda atari ruto nk’uko kera byavugwaga, agaragaza kandi ko ari rwiza kuko hari benshi basaba kuba Abanyarwanda, abandi bakifuza kubaho nk’Abanyarwanda.

    Ati “Ntabwo ari nka cya kirahure usukamo amazi akarenga akameneka ku buryo nta yandi wakongeramo, ibi bikaba byaratumye abantu bamwe baza mu Rwanda ku gahato.”

    Ati “Twanze kuba amazi yarenze yamenetse, dukwirwa mu kirahure, turaza tuba mu gihugu.”

    Yaburiye abumva ko bashaka kuza mu gihugu babanje guhungabanya umutekano, ko bitazabahira kuko bo u Rwanda rubakangurira kuza bakaba mu Rwanda iwabo mu mahoro.

    Ati “Ariko ushatse gutaha avuga ngo jye ndataha ntya, nshaka kuba iki, mugomba kubyemera n’iyo byaba binyuranye n’amategeko y’Igihugu, n’iyo byaba binyuranye n’ubuzima bw’Igihugu, uwo ni we tubwira ngo Oya, ntabwo ari byo. Gutaha ni uburenganzira bwawe, igihugu ni icyawe ugifitemo uburenganzira nk’ubw’undi afite mu gihugu, ariko ntabwo wagitahamo uvuga ngo wowe ufite uburenganzira butandukanye n’ubw’abandi busanzwe, kandi abantu bose bagomba gukurikiza ibyo ubabwiye ko ari byo bagomba gukurikiza. Ntabwo byakunda.”

    Ati “Hari n’abibeshya bakavuga ngo bariya bose bagiye bakiri bato, bararwanye bahindura ibintu, natwe ni ko tuzabigenza. Ntabwo ari ko bigenda. Kubigira bikagukundira ugomba kuba uri mu kuri. Ntabwo wapfa kubikora gusa ngo nanjye ndakora nk’ibyo bakoze. Kuko ababikoze mbere bari bafite impamvu baharanira, bitandukanye no kuza gusa wigize umurakare, ukica abantu, ukanabiba, cyangwa ufite icyo ushaka kuba byanze bikunze.”

    Umukuru w’Igihugu yasobanuye ko abashaka kuza ku ngufu bahungabanya ubuzima bw’abantu ibyo bashaka kuba byo batabigeraho.

    Ati “Icyo ushaka kuba ntabwo ari ibintu bibujijwe ariko uko ushaka kukiba, niba kiri buhungabanye ubuzima bw’abantu ntabwo uri bukibone gutyo. Hanyuma ukavuga uti niba ntakibonye ndarakaye ngiye hanze y’Igihugu, nzagaruka nk’uko n’abandi baje, ndwane, mbavaneho nshyireho ibyo nshaka.”

    Ati “ubundi n’ibyo ngibyo ntabwo ari byo, no kubirota ubundi biragoye, burya hari byinshi abantu barota kubera ko binashoboka. Ariko ibi byo, kandi mpora mbabwira buri munsi ariko ntibashake kubyumva, hashize imyaka myinshi kandi ukuri kurigaragaza.”

    “Iyo umuntu akubwira, ukanabona, ariko ugakomeza wanga kubona igikwiye kuboneka, ugakomeza utumva kandi ufite amatwi yumva ariko ntiwumve kubera ikiri mu mutwe wawe, ukuri kurigaragaza, ntabwo ujya aho ngo ugumye ukuririmbe.”

    Yagaragaje ko abagerageje guhungabanya umutekano w’igihugu bari mu bihugu byo mu Karere birimo Uganda, u Burundi, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bitabahiriye.

    Ati “Bamwe barafashwe, abandi babivamo barataha, bamwe hari ibyo barimo kubazwa abandi barafungwa, abananiranye gufatwa baguye ku rugamba, abandi baracyakomeza gutegura guhungabanya igihugu. Ubutumwa mbaha ni uko aho bari hose, ubundi bashatse gushyira mu gaciro bacisha makeya, ibyo batekereza byo gutsinda intambara ntibishoboka. Abazitsinze cya gihe ubu nibwo bazitsinda kurusha.”

    Yabwiye abakibigerageza ko bashatse babivamo kuko intambara badashobora kuzitsinda.

    Ati “Ubundi usibye ibibazo dufite tugomba gukemura, tumeze neza, kandi dukomereze aho, dukora byiza, dukore ibishoboka byose, hanyuma ibyo bibazo bindi bizagenda bisobanuka buhoro buhoro kuko n’abatwifuriza inabi navuga ko na bo ubwabo batameze neza. Icyo gihe bakirwana n’ibyabo, nanjye ndaba ndwana n’ibyanjye.”

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/tumeze-neza-abatwifuriza-inabi-na-bo-ubwabo-ntibameze-neza-perezida-kagame

  • Bimwe mu bimera bifatwa nk’umutako gusa nyamara ari n’umuti ukomeye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Neem

    Neem ni igiti gikomoka mu Buhinde mu kinyejana cya 19. Abanya-Asia bakigejeje mu birwa bya Fiji, Maurice na Guyane. Nyuma Abongereza bakigejeje mu bihugu bari barakoronije nka Misiri (Égypte) na Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara, nyuma icyo giti cyaje no kugezwa muri Amerika y’Amajyepfo.

    Ku rubuga www.ecolomag.fr, bavuga ko igiti cyitwa Neem, cyakoreshwaga kuva cyera mu buvuzi gakondo mu Buhinde, kandi ibice byacyo hafi ya byose (ibibabi,imbuto,n’ibishishwa), Neem izwiho kuba ivura indwara ya Malaria.

    Ibibabi by’igiti cya Neem n’imbuto zacyo bizwiho kuba bifasha abantu bagira za ‘allergies’ zitandukanye, asima, gukiza aho umuntu yagize imfunira(ahantu hakubiswe n’ikintu ntihakomereke ahubwo hakirabura ukuntu), neem kandi ngo yifashishwa mu kugabanya umuriro, no mu kuvura indwara yitwa ‘goutte’, kubabara umutwe, kurwanya utuntu tumeze nk’utubuye tujya mu mpyiko ndetse no mu kurwanya ububabare bufata imikaya (douleurs musculaires).

    Kuri urwo rubuga bavuga ko Neem igira akamaro gakomeye mu kwita ku buzima bwo mu kanwa kuko ishyirwa muri imwe mu miti yogeshwa amenyo ndetse igishishwa cya Neem gikoreshwa mu gukora ibyitwa ‘teinture’. Imbuto za neem ndetse n’ibibabi byayo bikorwamo ifumbire n’imiti yica udukoko twona imyaka(insecticide).

    Neem hari n’abayigura nk’ifunguro ku meza, mu bihugu bimwe bya Asia na Afurika, aho bategura imbuto zayo zitetse cyangwa se zidatetse, ubundi bagateka indabo zayo nk’uko bateka imboga bisanzwe, bavuga ko zikize cyane kuri Poroteyine zikenewe mu mubiri w’umuntu. Mu Buhinde, hari aho ngo bakoresha ibibabi bya Neem mu kwirukana udukoko twakwangiza ibitabo.

    Ku rubuga www.plantes-et-sante.fr bavuga ko Neem ari igiti gifite akamaro ku buzima bw’abantu, inyamaswa ndetse no ku bimera. Mu Buhinde usanga ngo Neem bayitirira byinshi nko kuvuga ko ari igiti ‘gikiza byose’,’gitanga ubuzima’, ‘umuganga w’umudugudu’, n’ibindi.

    Kuri urwo rubuga kandi bavuga ko Neem ifite akamaro mu gufasha inzira y’igogora gukora neza, kongera ubudahangarwa bw’umubiri, mu gufasha imitsi gukora neza, kugenzura isukari mu maraso, mu kurwanya umuvuduko w’amaraso uri hejuru, ndetse no mu kurwanya ububabare bwo mu ngingo.

    Neem yifashishwa mu kuvura indwara ya Diyabete ndetse n’indwara y’umuvuduko w’amaraso uri hejuru, n’iyo umuntu yaba yaratangiye gukoresha imiti yo kwa muganga isanzwe.

    Neem ikoreshwa mu kuvura indwara zimwe na zimwe zifata mu nzira z’ubuhumekero, indwara zifata mu nzara, ndetse n’izifata ku ruhu rwo ku mutwe rumeraho umusatsi, ndetse n’uruhu muri rusange. Neem kandi irinda amenyo ndetse n’ishinya indwara za ‘bacteries’ zatera amenyo n’ishinya kurwara.

    Gusa ngo nta mugore utwite cyangwa wifuza gutwita wemerewe gukoresha Neem. Ikindi bavuga kuri urwo rubuga ni uko gukoresha Neem nk’umuti, bisaba ko ubifashwa n’ubizi neza, kuko kuyikoresha nabi bishobora kugira ingaruka mbi, zirimo kuruka n’ibindi.

    Capucine

    Ikimera kitwa Capucine ugisanga mu ngo nyinshi, ukabona ari nk’indabo z’umurimbo gusa, ariko Capucine ivura indwara zitandukanye. Ibivura kuri capucine ni ibibabi byayo ndetse n’indabo zayo.

    Ku rubuga www.toutvert.fr bavuga ko Capucine irinda uruhu rugahorana ubuzima bwiza, capucine kandi ifasha inzira z’ubuhumekero gukora neza, ituma kandi uruhago rw’inkari rukora neza. Capucine igabanya umuvuduko w’amaraso uri hejuru, igatuma umutima ukora neza.

    Capucine ifasha abantu babuze ubushake bwo kurya, ikabongerera ubushake bwo kurya. Capucine kandi isukura uruhu, ndetse no mu mubiri w’umuntu imbere irahasukura igakuramo imyanda yose.

    Capucine ifasha abantu bagira ikibazo cy’imihango yifunga ntize mu gihe yagombye kuza, capucine ituma umuntu ajya mu mihango uko bikwiriye.

    Kwisiga amavuta arimo capucine ku ruhu rumeraho umusatsi, byafasha umuntu ugira umusatsi ukunda gupfuka, ukamera neza.

    Capucine ishobora gutegurwa nka salade ikaribwa, bakase ibibabi byayo bivanze n’indabo zayo ndetse n’imbuto zayo nyuma umuntu akabirya, gusa bisaba kuzoza neza kuko zikunda kujyaho udusimba.

    Ku rubuga www.pressesante.com bavuga ko uretse kuba capucine ikungahaye cyane kuri Vitamine C, ngo ni na ‘antibiotique’, ni ukuvuga ko ikomeza ubudahangarwa bw’umubiri, ni yo mpamvu ivura umuntu urwaye ‘grippe’, ibicurane, inkorora ndetse na ‘bronchite’.

    Capucine kandi ivura indwara zibasira impyiko,inzira y’igogora ndetse n’izibasira inzira z’ubuhumekero.Ifasha kandi mu komora inguma zoroheje.

    Uretse imizi, ibindi bice byose bya capucine birakoreshwa kandi muri rusange, bikaribwa nka ‘salade’ bidatetse.

    Hibiscus

    Ku rubuga www.doctissimo.fr, bavuga ko ikimera cyitwa hibiscus cyifitemo ubushobozi bwo gutuma uruhago rw’inkari rugira ubuzima bwiza, indabo za hibiscus zifasha mu kuvura abantu bababara mu gihe bari mu mihango, imizi ya hibiscus kandi ikoreshwa mu kuvura inkorora.

    Hibiscus kandi izwiho kuba igabanya umuvuduko w’amaraso uri hejuru, ikarwanya ibinure bibi mu mubiri. Hibiscus kandi yifashishwa mu kuvura umuntu ufite umuriro mwinshi, ndetse n’umuntu ubabara mu gifu.

    Ku rubuga https://chabiothe.fr bavuga ko hibiscus ifasha amara gukora neza, ndetse n’inzira y’igogora muri rusange, bityo ko irinda umuntu guhura n’ikibazo cy’impatwe. Kuba hibiscus ifasha amara gukora neza, bituma imyanda isohoka mu mubiri neza, igafasha n’abifuza gutakaza ibiro. Kuri urwo rubuga bavuga ko mu bihugu nka Senegal bazi ko hibiscus ikoreshwa n’abantu bifuza kugabanya ibiro guhera mu myaka amagana ishize.

    Ikindi, hibiscus igabanya urugero rw’isukari mu maraso, ni yo mpamvu bavuga ko hibiscus ari nziza ku bantu barwara diyabete.

    Ubushakashatsi bwakozwe na Kaminuza ya Oslo muri Norvege, bwagaragaje ko Hibiscus, irinda umuntu gusaza imburagihe, igatuma umutima ukora neza, ikawurinda indwara zitandukanye ndetse hibiscus irinda unywa kurwara kanseri zimwe na zimwe.

    Kuba hibiscus ikungahaye kuri Vitamine C bituma iba umwe mu miti y’umwimerere ivura agahinda gakabije(depression) n’ibijyana na ko nk’umunaniro, kwiheba n’ibindi.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/ubuvuzi/Bimwe-mu-bimera-bifatwa-nk-umutako-gusa-nyamara-ari-n-umuti-ukomeye

  • Perezida Kagame yayoboye Inama ya Komite Nyobozi yaguye ya FPR Inkotanyi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame aha yari mu nama yaguye ya Komite Nyobozi y
    Perezida Kagame aha yari mu nama yaguye ya Komite Nyobozi y’Umuryango wa FPR Inkotanyi ku rwego rw’Igihugu yateranye muri Kamena 2020
    Abitabiriye inama y
    Abitabiriye inama y’ubushize


    source https://www.kigalitoday.com/politiki/amakuru/article/perezida-kagame-yayoboye-inama-ya-komite-nyobozi-yaguye-ya-fpr-inkotanyi

  • Iteramakofi: Roy Jones yiyemeje kuzahangamura Mike Tyson #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Roy Jones Jr. (Captain Hook)
    Roy Jones Jr. (Captain Hook)

    Roy Jones Jr w’imyaka 51, yabwiye ikinyamakuru The Sun ko n’ubwo Mike Tyson basanga yarafashe imiti yo kumwongerera imbaraga nta kabuza azamuhangamura kuko ngo nta bwoba amuteye, ndetse ngo yizeye ko ibisubizo by’ibizamini bombi barimo gukorerwa bitazatuma Mike Tyson yangirwa gukina ndetse ngo n’iyo bamusangamo imiti imwongerera imbaraga nabwo ngo ntiyamutinya.

    Mike Tyson (Iron)
    Mike Tyson (Iron)

    Jones Jr yanaboneyeho kubeshyuza amakuru yigeze kumuvugwaho ko muri 2003 yatinye gukina na Tyson nyuma y’uko Tyson yari amaze kunesha John Ruiz akegukana ikamba rya WBA mu cyiciro cy’abaremereye.

    Roy Jones Jr ati: “Kuva kera, nifuzaga kurwana na Mike. Ubwo negukanaga ikamba ry’abaremereye, ni we muteramakofi wenyine wo mu cyiciro cyange nifuzaga guhura na we.”

    Umukino uzahuza Roy Jones Jr na Mike Tyson uzaba ku itariki 28 Ugushyingo 2020 California (USA) ku kibuga cya Dignity Health Sports Park, Carson.

    Ibigwi byabo
    Ibigwi byabo


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/indi-mikino/Iteramakofi-Roy-Jones-yiyemeje-kuzahangamura-Mike-Tyson

  • Ibikorwa bya Siporo byakomorewe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu kwezi kwa Gatatu nibwo ibikorwa byose bihuza abantu benshi byari byahagaritswe, by’umwihariko imikino yose kubera icyorezo cya Coronavirus cyari cyugarije isi.

    Minisiteri ya Siporo yamaze kwandikira amashyirahamwe yose bayamenyesha ko imikino yose yasubukuwe ariko hatangwa n’amabwiriza yihariye yo kwirinda COVID-19.

    Iyi Minisiteri kandi yamenyesheje amashyirahamwe y’imikino ko agomba gusaba uburengazira bwo gusubukura ibikorwa, ndetse bakanatanga ingengabihe y’amarushanwa bazitabira haba mu Rwanda ndetse no hanze.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/Ibikorwa-bya-Siporo-byakomorewe

  • Roy Jones yiyemeje kuzahangamura Mike Tyson n’ubwo bikekwa ko Tyson arimo gufata imiti imwongerera imbaraga #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Roy Jones Jr. (Captain Hook)
    Roy Jones Jr. (Captain Hook)

    Roy Jones Jr w’imyaka 51, yabwiye ikinyamakuru The Sun ko n’ubwo Mike Tyson basanga yarafashe imiti yo kumwongerera imbaraga nta kabuza azamuhangamura kuko ngo nta bwoba amuteye, ndetse ngo yizeye ko ibisubizo by’ibizamini bombi barimo gukorerwa bitazatuma Mike Tyson yangirwa gukina ndetse ngo n’iyo bamusangamo imiti imwongerera imbaraga nabwo ngo ntiyamutinya.

    Mike Tyson (Iron)
    Mike Tyson (Iron)

    Jones Jr yanaboneyeho kubeshyuza amakuru yigeze kumuvugwaho ko muri 2003 yatinye gukina na Tyson nyuma y’uko Tyson yari amaze kunesha John Ruiz akegukana ikamba rya WBA mu cyiciro cy’abaremereye.

    Roy Jones Jr ati: “Kuva kera, nifuzaga kurwana na Mike. Ubwo negukanaga ikamba ry’abaremereye, ni we muteramakofi wenyine wo mu cyiciro cyange nifuzaga guhura na we.”

    Umukino uzahuza Roy Jones Jr na Mike Tyson uzaba ku itariki 28 Ugushyingo 2020 California (USA) ku kibuga cya Dignity Health Sports Park, Carson.

    Ibigwi byabo
    Ibigwi byabo


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/indi-mikino/article/roy-jones-yiyemeje-kuzahangamura-mike-tyson-n-ubwo-bikekwa-ko-tyson-arimo-gufata-imiti-imwongerera-imbaraga

  • Menya impamvu mu Rwanda umwana guhera ku myaka 2 agomba kwambara agapfukamunwa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Udupfukamunwa dukoze nk
    Udupfukamunwa dukoze nk’ibikinisho by’abana ngo twatuma abana barushaho kudukunda

    Nyamara mu Rwanda, amabwiriza avuga ko umwana guhera ku myaka ibiri kuzamura agomba kwambara agapfukamunwa.

    Mu kiganiro Dr Nkeshimana Menelas ushinzwe ibikorwa by’imivurire ya Covid-19 mu Ntara y’Iburengerazuba, yagiranye na Kigali Today yabisobanuye neza.

    Dr. Nkeshimana, avuga ko amabwiriza yo kwirinda Covid-19 avuga ko mu Rwanda abana bafite imyaka 2 kuzamura bagomba kwambara udupfukamunwa, naho abari munsi yayo ntibatwambare.

    Agira ati: “Abana bari hejuru y’imyaka ibiri bagomba kwambara udukamunwa, ni yo mabwiriza dufite mu Rwanda, noneho abari munsi y’imyaka ibiri ni bo batatwambara, ariko ababyeyi babo bakababa hafi cyane kugira ngo batisanga mu byago byo kwandura Covid-19 kuko umuntu uwo ari we wese yayandura. Ikindi ni uko umwana w’imyaka 2, kuzamura hari ibyo ababyeyi baba bagomba kumufashamo bijyanye n’ikigero cy’imyaka ye, kugira ngo yumve agapfukamunwa ni iki, impamvu yako ni iyihe.”

    Dr Nkeshimana avuga ko kwambara udupfukamunwa ku bana bato nta ngaruka bifite, akomeza asobanura n’impamvu amabwiriza y’u Rwanda adahura n’aya OMS ku kwambara agapfukamunwa ku bana bato, kuko OMS ivuga ko abana bari munsi y’imyaka 12 batambara udupfukamunwa.

    Agira ati: “Oya nta ngaruka zagera ku mwana ziturutse ku kwambara agapfukamunwa. Amabwiriza ya OMS hari byinshi ashingiraho agena kwambara agapfukamunwa, bitewe n’aho umuntu aherereye. Imiturire y’Abanyarwanda itandukanye n’imiturire y’i Burayi ni urugero, ikindi ababyeyi bo muri ibyo bihugu byateye imbere usanga bita cyane ku nshingano zabo ku bana babo ndetse ku kigero gihanitse, ku buryo bamenya abana babo aho baherereye n’ibyo barimo, naho abo mu Rwanda imiturire yabo ntibemerera kumenya ibyo byose. Ingaruka zabyo zigatuma niba umwana atamenye kwirinda aho ari, aho akinira, abaye yanduye, yatahana ubwo bwandu akabukwiza urugo rwose.”

    Dr. Nkeshimana akomeza avuga ko ababyeyi bagomba gufasha abana gukunda agapfukamunwa bijyanye n’imitekerereze, imyaka ye n’imikurire y’ubwonko bwe.

    Ati: “Umwana ashobora kuba atanze agapfukamunwa, ariko agashaka kari mu mabara akunda, kariho igishushanyo cya spiderman n’ibindi nk’ibyo. Ni yo mpamvu umubyeyi agomba kumworohereza mu buryo bwo kukamukundisha”.

    Dr Nkeshimana asoza avuga ko udupfukamunwa tw’abana duhari ku masoko n’ubwo atari twinshi nk’utw’abantu bakuru.


    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/menya-impamvu-mu-rwanda-umwana-guhera-ku-myaka-2-agomba-kwambara-agapfukamunwa

  • Yarangije ubushakashatsi buzafasha imijyi y’u Rwanda kutamena ibishingwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Buregeya yerekana ubushakashatsi amaze gukora ku musaruro ushobora kubyazwa ibishingwe aho kugira ngo bitabwe
    Buregeya yerekana ubushakashatsi amaze gukora ku musaruro ushobora kubyazwa ibishingwe aho kugira ngo bitabwe

    Mu mwaka wa 1999, Buregeya Paulin yashinze ikigo gikusanya ibishingwe mu ngo no mu bigo kibijyana ku bimoteri, ariko afite na gahunda yo kuzabihinduramo ibintu bikenewe mu buzima bwa buri munsi.

    Buregeya avuga ko mu mwaka wa 2010 yatangiye kwifashisha abantu b’ingeri zitandukanye bazobereye muri siyansi, asura bimwe mu bihugu byateye imbere mu micungire y’imyanda, agaruka afite gahunda yo kuzabona imijyi y’u Rwanda itagira ibimoteri.

    Ukigera mu biro by’uyu muyobozi akaba na nyiri ikigo cyitwa COPED, uhasanga ibikoresho byinshi ariko bifite amabara ane(icyatsi kibisi, ubururu, umuhondo n’umukara), bikaba bimufasha gusobanurira abantu uko bavangura ibishingwe hagamijwe kugena uburyo bw’imicungire yabyo.

    Ifumbire n
    Ifumbire n’ibicanwa Buregeya akura mu myanda ibora

    Yagize ati “Imyanda twe tuyicamo ibice bine, hari (1)imyanda ibora igizwe n’ibiti, ibyatsi n’ibiryo,…hakabaho (2) ibintu bibyazwa umusaruro binyuze mu nganda, bikaba ari ibirahure n’amacupa, ibikozwe mu mpapuro, mu ibumba, mu byuma no muri plastique”.

    Ati “Icyiciro cya gatatu(3) ni ibintu bitabora byagenewe kujugunywa biba bikozwe mu myenda, mu ruhu no mu biti” , aho atanga ingero z’imyambaro, inkweto, imikandara, ingofero, ibikapu, ibikinisho by’abana n’imifariso.

    Icyiciro cya kane (4) ni ibintu byose byateza ibibazo ku buzima, birimo imiti n’ibindi byakoreshejwe kwa muganga, ibicuruzwa byarengeje igihe cyo gukoreshwa, ibinyabutabire bitandukanye ndetse n’ibikoresho by’ikoranabuhanga.

    Buregeya ahita yerekana uburyo nta bishingwe byo mu cyiciro cya mbere(1) ubu byagakwiye kuba bijyanwa ku kimoteri cy’i Nduba mu karere ka Gasabo, kuko imyanda y’ibintu bibisi bigizwe n’ibiribwa ayikoramo ifumbire.

    Imyanda y’ibintu byumye bikomoka ku biti, Buregeya ayikoramo ibicanwa (briquette) bisimbura amakara n’inkwi, akavuga ko byaka neza, biramba mu ziko kandi bihendutse kurusha ibicanwa bisanzwe.

    Ati “Iyi ‘briquette’ imwe igurwa amafaranga 100, izigera mu 10 zahisha inkono y’ibishyimbo ku kigo cy’amashuri, aho bari gukoresha amafaranga ibihumbi bitanu yo kugura inkwi hagakoreshwa briquette z’amafaranga 1,000”.

    Ipave Buregeya akura mu myanda itunganywa
    Ipave Buregeya akura mu myanda itunganywa

    Buregeya avuga ko hari amahirwe atandukanye abaturage bashobora kubyaza imyanda ibora kuko ari yo myinshi, ikaba igize 70% y’ibishingwe byose bijyanwa ku bimoteri.

    Mu myanda yo mu cyiciro cya kabiri(2) Buregeya akoramo amapave yo gusasa mu nzu cyangwa hanze, ariko ko hari n’abandi bantu bayikoramo ibikoresho bitandukanye byo mu nzu no mu biro.

    Mu myanda yo mu rwego rwa gatatu(3)nta kintu Buregeya arabasha kuyikoresha usibye kuyisya akaba ari byo ajugunya, ariko akavuga ko mu bihugu byateye imbere ibi bishingwe bitwikwa bikabyara ingufu z’amashanyarazi.

    Imyanda yo mu rwego rwa kane Buregeya avuga ko imwe azayishyira mu byokezo byitwa ‘incinerateur’ bikayihinduramo ivu ryo gutabwa, indi igizwe n’ibikoresho by’ikoranabuhanga akayigurisha ku ruganda ruri mu Karere ka Bugesera.

    Buregeya avuga ko guhera mu kwezi kwa mbere k’umwaka utaha wa 2021 azashinga inganda mu Karere ka Kamonyi zikora ifumbire, ibicanwa n’amapave yo kubakisha, byose bikazaba bikorwa mu bishingwe akura i Kigali no muri Kamonyi.

    Yagize ati “Mfite ikimoteri cy’Akarere ka Kamonyi ncunga ku buryo mu mwaka utaha guhera mu kwezi kwa mbere, ngiye kujya mvana ibishingwe i Kigali babivanguye neza, mbishyire hamwe n’ibituruka muri Kamonyi abe ari na ho mbitunganyiriza, 10% by’ibishingwe byose ni byo byonyine bizatabwa ku kimoteri”.

    Imyanda yo mu cyiciro cya gatatu n
    Imyanda yo mu cyiciro cya gatatu n’icya kane na yo ngo ifite uburyo itunganywa igatabwa ku buryo idashobora kugira icyo yangiza ku gasozi

    Buregeya avuga ko agiye kumara amezi atatu ya nyuma y’uyu mwaka wa 2020 yigisha abakiriya be bamuha ibishingwe uburyo bwo kubivangura.

    Iyi nyigo Buregeya avuga ko izaba imbarutso yo gufasha abashoramari batwara ibishingwe guhindura imikorere, bakareka kubimena ku gasozi ahubwo bakabihinduramo ishoramari riteza imbere abaturage n’igihugu muri rusange.


    source https://www.kigalitoday.com/ibidukikije/ibungabunga/article/yarangije-ubushakashatsi-buzafasha-imijyi-y-u-rwanda-kutamena-ibishingwe

  • Komite y’inzibacyuho ya Rayon Sports yasinyishije umukinnyi wa mbere wavuye muri APR FC #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu cyumweru gishize ni bwo komite ya Rayon Sports yari iyobowe na Munyakazi Sadate yakuweho, isimburwa n’inzibacyuho iyobowe na Murenzi Abdallah, aho yahise atangaza ko bagiye gukora ibishoboka byose bakongera kubaka ikipe ya Rayon Sports.

    Kuri iki cyumweru, ni bwo iyi komite yatangaje ko yasinyishije umukinnyi wa mbere, uyu akaba ari myugariro Niyigena Clement wakiniraga ikipe ya Marines Fc, ariko akaba yari yarayitijwe na APR FC.

    Uyu myugariro wigeze no guhamagarwa mu ikipe y’igihugu Amavubi y’abatarengejeimyaka 23 mu mwaka wa 2018, yasinyiye Rayon Sports amasezerano y’imyaka ibiri, akaba agomba guhanganira umwanya n’abarimo Rugwiro Herve, Kayumba Soter ndetse na Ndizeye Samuel.

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/komite-y-inzibacyuho-ya-rayon-sports-yasinyishije-umukinnyi-wa-mbere-wavuye-muri-apr-fc

  • Rukomo: Bahangayikishijwe n’ubujura bakorerwa kandi bishyura irondo ry’umwuga #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuturage utufuje ko amazina ye atangazwa avuga ko buri kwezi bishyura amafaranga 1000, ariko umwaka ukaba ushize batazi abo bishyura abo ari bo, bakibaza aho amafaranga bishyura ajya.

    Agira ati “Buri kwezi umukuru w’umudugudu anyura mu baturage yishyuza 1,000 cy’abarara irondo ry’umwuga, ariko umwaka urashize nta n’umwe mu barirara turabona iwacu. Twibaza aho amafaranga twishyura ajya byaratuyobeye”.

    Uyu muturage avuga ko nubwo n’ahandi bibwa ariko bo bikabije. Avuga ko bibabaje kuba umuntu yishyura amafaranga y’irondo ry’umwuga ariko bikarenga akibwa.

    Avuga ko ku giti cye yibwe imbuto y’ubunyobwa n’ibishyimbo nyuma yo kubura televiziyo bari baje bagambiriye.

    Ati “Umwaka urashize twishyura ayo mafaranga, ariko ikibabaje nk’ubu abajura baranteye mu nzu n’ijoro batwara imbuto y’ubunyobwa n’iy’ibishyimbo nari nabitse, banatwaye ibikoresho bijyana na televiziyo kuko yo nari nayiraje mu cyumba cyanjye”.

    Akomeza agira ati “Hari umuturanyi babaze ingurube ye, ibyana byari mu nda yayo babigaburira ngenzi yayo. Mbega kubona bukeye ntawe bibye n’ishaba”.

    Yifuza ko ubuyobozi bwabareka bakongera kwikorera irondo ubwabo kuko ari byo byagira akamaro, amafaranga batangaga bakayakoresha ibindi bikorwa.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Rukomo Karangwa Eduard, avuga ko nyuma yo kubona ko ikibazo cy’ubujura gifata intera, bafashe umwanzuro gukurikirana imikorere y’irondo ry’umwuga, kandi ngo abo bazasanga badakora neza bazahagarikwa mu kazi.

    Ati “Si aho honyine ni mu murenge wose abajura barahari bapfumura n’amazu. Ariko ikibazo ni uko abarara irondo ni bane mu mudugudu, kandi umujura yacunga aho bari akiba ahandi. Ariko ku bufatanye n’inzego z’umutekano nka Police na DASSO, tugiye kujya tugenzura imikorere yabo, abo tuzasanga badakora uko bikwiye tubahagarike mu kazi”.

    Karangwa Eduard avuga kandi ko umunyerondo bazaha aho akorera bugacya hibwe azishyura ibyibwe.

    Avuga ko ibibazo biri mu bakora irondo harimo ubusinzi, kwirirwa mu kazi ku manywa bakajya kurara irondo mu ijoro akenshi bananiwe bakisinzirira, no kuba hari bamwe batabona umushahara bemerewe ntibarikore bakiryamira mu ngo zabo.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/rukomo-bahangayikishijwe-n-ubujura-bakorerwa-kandi-bishyura-irondo-ry-umwuga