Tag: featured

  • Nyabihu: Umuturage yafatanywe litiro 1000 z’inzoga yitwa ‘Dunda Ubwonko’ #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ku rubuga rwa Polisi y’u Rwanda baravuga ko uwo muturage yafashwe nyuma y’amakuru yatanzwe n’abaturage.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Twizere Karekezi, yavuze ko Segahutu yari yarakoze igisa nk’uruganda iwe mu rugo, kuko ni naho ziriya nzoga zafataiwe.

    Yagize ati “Tumaze kumenya ayo makuru twateguye igikorwa cyo kujya iwe kureba, twasanze ahafite igisa nk’uruganda kuko twasanze amaze gukora litiro 1000 ategereje abakiriya be baza kuzirangura. Hari kandi n’ibindi bikoresho bitandukanye yifashisha akora iyo nzoga”.

    CIP Karekezi yavuze ko Segahutu iyo akora iriya nzoga yifashisha ibintu bitandukanye birimo isukari ndetse n’umusemburo wa Pakimaya. Yakomeje avuga ko uruvange rw’ibintu yifashisha bitizewe, bikaba ari byo bitera imyitwarire itari myiza ababinyoye.

    Yagize ati “Nk’uko inzoga ubwayo yitwa (Dunda Ubwonko) abayinyweye iyo bamaze gusinda bararwana bagakora ibyaha bitandukanye birimo gukubita no gukomeretsa, amakimbirane mu miryango ndetse n’urundi rugomo rutandukanye.

    Iriya nzoga kandi ishobora kugira ingaruka ku buzima bw’uwayinyoye akaba yakwitaba Imana cyangwa ikamutera uburwayi kubera umwanda bayikorana”.

    Umuvugizi wa Polisi yakanguriye abaturage kwirinda izo nzoga bakajya bihutira gutanga amakuru, anashimira abakomeje gufatanya na Polisi mu kurwanya izo nzoga ndetse n’ibindi byaha batangira amakuru ku gihe.

    Inzoga zahise zimwenwa, naho nyirazo Segahutu Yotam ashyikirizwa ubuyobozi bw’inzego z’ibanze acibwa amande hakurikijwe amategeko.

    Si ubwa mbere mu Karere ka Nyabihu hafatirwa abantu bakora inzoga zitemewe, kuko mu kwezi gushize kwa Nzeri, Polisi yakoze igikorwa cyo kurwanya abakora inzoga zitujuje ubuziranenge hafatwa litiro zirenga 1,900.

    Ingingo ya 5 y’Iteka rya minisitiri Nº001/MoH/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw’ibiyobyabwenge n’ibyiciro byabyo, rishyira inzoga zikozwe mu buryo budakurikije ibisabwa n’amabwiriza y’ubuziranenge n’andi mategeko mu biyobyabwenge byoroheje.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha.

    Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni 20, ariko atarenze miliyoni 30, ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.

    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/nyabihu-umuturage-yafatanywe-litiro-1000-z-inzoga-yitwa-dunda-ubwonko

  • Ni irihe herezo ry’urukurikirane rw’ubwicanyi budasiba bukorerwa Abanyamulenge? #rwanda #RwOT

    Imyaka ikomeje kwisukirana Abanyamulenge muri RDC bakorerwa ubwicanyi ndengakamere, ndetse ababikurikiranira hafi babyita Jenoside, ariko ntiyitwa yo byeruye kuko hatagaragara uruhare rutaziguye rwa leta mu mahano arimo kuba.

    source https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ni-irihe-herezo-ry-urukurikirane-rw-ubwicanyi-budasiba-bukorerwa-abanyamulenge

  • Ibyishimo kuri Akayezu wabonye umuryango we nyuma y’imyaka 28 (Video) #rwanda #RwOT

    Agatinze kazaza ni amenyo ya ruguru! Uyu ni umugani wa Kinyarwanda uha abantu icyizere cy’uko ibintu bishobora gutinda ariko byanga bikunze umunsi umwe bikazagenda uko nyirabyo yabitekerezaga cyangwa se yabyifuzaga.

    source https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ibyishimo-kuri-akayezu-wabonye-umuryango-we-nyuma-y-imyaka-28-video

  • Partey muri Arsenal, Cavani muri Man United…Uko amakipe yaguze ku munsi wa nyuma w’igura n’igurisha (Amafoto) #rwanda #RwOT

    Isoko ryo kugura no kugurisha abakinnyi i Burayi ryaraye rifunze ku wa 5 Ukwakira, ariko ku makipe yo muri Premier League ashobora gukomeza kugura no kugurisha hagati yayo n’ayo mu bindi byiciro byo hasi mu Bwongereza kugeza tariki ya 16 Ukwakira.

    source https://igihe.com/imikino/football/article/partey-muri-arsenal-cavani-muri-man-united-uko-amakipe-yaguze-ku-munsi-wa-nyuma

  • Partey muri Arsenal, Cavani muri Man Utd-Uko amakipe i Burayi yitwaye muri Mercato #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Isoko ry
    Isoko ry’igura n’igurisha ryaraye rifunze amakipe yiguriye abakinnyi andi biranga

    Ku i Saa Sita z’ijoro zo kuri uyu wa Mbere tariki 05/10/2020, ni bwo isoko ry’igura n’igurisha ku mugabane w’I Burayi ryari rifunzwe, rirangira ikipe ya Arsenal na Manchester United ari zo zisinyishije abakinnyi mu minota ya nyuma.

    Abakinnyi batanu bavuzwe cyane mu basinyishijwe ku munsi wa nyuma

    1. Thomas Partey muri Arsenal

    Nyuma y’imyaka 8 akinira ari mu ikipe ya Atletico Madrid, umunya-Ghana Thomas Partey w’imyaka 27 yamaze gusinyira ikipe ya Arsenal amasezerano y’imyaka ine, akazajya yambara numero 18 nyuma yo gutangwaho Miliyoni 45 z’amapounds.

    Thomas Partey azajya yambara numero 18 muri Arsenal
    Thomas Partey azajya yambara numero 18 muri Arsenal

    Uyu mukinnyi ukina mu kibuga hagati yasinyishijwe nyuma y’aho ibiganiro hagati y’amakipe yombi byasaga nk’ibyananiranye bijyanye n’igiciro cy’umukinnyi, biba ngombwa ko Arsenal ifata umwanzuro wo kwemera kwishyura amafaranga yari ari mu masezerano y’uyu mukinnyi.

    2. Edinson Cavani muri Manchester United

    Ku myaka ye 33 nyuma yo gutandukana na Paris Saint-Germain, umunya-Uruguay Edinson Cavani yamaze gusinyira ikipe ya Manchester amasezerano y’umwaka umwe ushobora kongerwa, akaba yahise anahabwa numero 7 isanzwe ihabwa ibihangange.

    3. Eric Maxim Choupo-Moting muri Bayern Munich

    Ni rutahizamu w’imyaka 31 ukomoka mu gihugu cya Cameroun, akaba yasinyiye ikipe ya Bayern Munchen amasezerano y’imyaka ibiri avuye muri Paris Saint-Germain, akaba yitezweho kunganira ubusatirizi bw’iyi kipe busanzwe buyobowe na Robert Lewandowski.

    4. RafinhaAlcantra muri Paris Saint-Germain

    Uyu ni umwe mu bakinnyi batunguranye ku munsi wa nyuma, aho uyu munya-Brasil wari umaze imyaka icyenda muri FC Barcelone, ariko akaba yaragiye atizwa mu makipe arimo Celta Vigo na Inter de Milan, ubu yamaze kugurishwa bidasubirwaho mu ikipe ya Paris Saint-Germain

    5. Bouna Sarr wavuye muri Olympique de Marseille yerekeza muri Bayern

    Ni myugariro w’imyaka 20 ukomoka i Conakry muri Côte d’Ivoire, akaba yasinyiye ikipe ya Bayern Munchen atanzweho asaga Miliyoni z’amapounds, akazajya yambara numero 20.

    Abandi bakinnyi bahinduye amakipe ku mugabane w’I Burayi muri iyi minsi ya nyuma

    Chris Smalling – Man Utd > AS Roma

    Tiemoue Bakayoko – Chelsea > Napoli

    Lucas Torreira – Arsenal > Atletico Madrid

    Matteo Guendouzi – Arsenal > Hertha Berlin

    Ryan Sessegnon – Tottenham > Hoffenheim

    Davy Klaassen – Werder Bremen > Ajax

    Eric Maxim Choupo-Moting > PSG to Bayern Munich

    Douglas Costa – Juventus > Bayern Munich

    Justin Kluivert – Roma > RB Leipzig

    Sofiane Boufal – Southampton > Angers

    Gerard Deulofeu – Watford > Udinese

    Aleix Garcia – Man City > Dinamo Bucharest

    Sandro Ramirez – Everton > SD Huesca

    Saido Berahino – Zulte Waregem > Sporting de Charleroi


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/partey-muri-arsenal-cavani-muri-man-utd-uko-amakipe-i-burayi-yitwaye-muri-mercato

  • AS Kigali yapimishije abakinnyi #COVID19, iratangira imyitozo ku wa Gatatu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere kuri stade ya Kigali i Nyamirambo, habereye umuhango wo gupima Coronavirus abakinnyi, abatoza ndetse n’abandi bakozi ba AS Kigali, mu rwego kwitegura umwaka w’imikino 2020/2021.

    AS Kigali ikaba ibaye ikipe ya kabiri ikoze iki gikorwa nyuma y’ikipe ya APR Fc yo yahise inatangira imyitozo ku Cyumweru tariki 04/10/2020, izi zombi zikaba ziri gutegura amarushanwa nyafurika zizahagarariramo u Rwanda.

    As Kigali Players and Staff tested Covid-19 to Day.@CityofKigali @FERWAFA@PudenceR @UmutoniNadine@FabriceFshema@FrancisGasana pic.twitter.com/w8elVQ7Isb

    — As Kigali (@AsKigali1) October 5, 2020

    Nyuma yo gupimisha aba bakinnyi, bagombaga guhita bajya mu mwiherero nyuma bakazatangira imyitozo kuri uyu wa Gatatu tariki 07/10/2020, imyitozo izajya ibera kuri stade ya Kigali i Nyamirambo.

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/as-kigali-yapimishije-abakinnyi-covid19-iratangira-imyitozo-kuri-uyu-wa-gatatu

  • Kamonyi: Uruganda rw’Ikigage rwatangiye gukora #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ako Karere kabinyujije kuri Twitter kagize kati “Abashaka ikigage cyujuje ubuziranenge tubahaye ikaze iwacu muri Kamonyi.”

    Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Madame Alice Kayitesi ari kumwe n’inama y’ubutegetsi y’Uruganda rw’Ikigage rwubatse muri Runda, ndetse n’ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi, basuye urwo ruganda tariki 05 Ukwakira 2020 bagamije kureba uko imirimo yo gutunganya ikigage ihagaze.

    Ako Karere karavuga ko biteganyijwe ko nyuma y’ukwezi kw’igerageza iki kinyobwa kizaba cyatangiye kugezwa ku isoko mu buryo bwagutse.

    Uru ruganda rwitezeho kugeza ikigage ku bagikunda, dore ko hari bamwe batakinywaga nyamara atari uko bacyanga, ahubwo ari ukubera ko babaga batizeye ubuziranenge bw’uburyo gitunganywamo.

    Uru ruganda rwitezweho kandi guteza imbere igihingwa cy’amasaka, kimwe mu bihingwa gakondo cyasaga n’ikigenda kizimira. Ibi bizateza n’imbere abahinzi b’amasaka kuko umusaruro wabo uzaba ufite isoko.

    source https://www.kigalitoday.com/ubukungu/ishoramari/article/kamonyi-uruganda-rw-ikigage-rwatangiye-gukora

  • Perezida Trump Avuye mu bitaro bya Walter reed asaba abantu kudatinya CV19 #Rwanda #Rwot

    I will be leaving the great Walter Reed Medical Center today at 6:30 P.M. Feeling really good! Don’t be afraid of Covid. Don’t let it dominate your life. We have developed, under the Trump Administration, some really great drugs & knowledge. I feel better than I did 20 years ago! – @RealDonaldTrump



    Source : Twitter

  • Inseko, umuti tugendana tutabizi #rwanda #RwOT

    Muri kamere muntu, ikintu tubona kenshi ntitugiha agaciro gikwiye. Nk’ubu uramutse urebye impande yawe, ukitegereza isanzure n’ikoranabuhanga ridukikije, wasobanukirwa neza uburyo ubuzima ari igitangaza.

    source https://igihe.com/amakuru/mu-mahanga/article/inseko-umuti-tugendana-tutabizi

  • Abarimu n’abandi bakozi b’ibigo by’amashuri bagiye gukora ikizamini cy’Icyongereza #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abarimu n
    Abarimu n’abandi bakozi b’amashuri bagiye gukora ikizamini cy’Icyongereza

    Ibyo birakorwa kugira ngo aho bikenewe bagenerwe amahugurwa muri urwo rurimi kuko ari rwo ahanini rutangwamo amasomo, ikizamini kikazatangira ku wa Kabiri tariki 6 Ukwakira 2020, bikazahera mu Mujyi wa Kigali bityo bikazakomereza no mu zindi Ntara.

    Ni ikizamini cy’Icyongereza kiri ku rwego mpuzamahanga cyateguwe n’ikigo ‘Education First’, Umuyobozi wa REB, Dr Irénée Ndayambaje, agasobanura impamvu icyo kizamini cyateguwe.

    Agira ati “Ikigamijwe ni ukugira ngo tumenye urwego rw’ubumenyi abantu bose bari mu burezi mu Rwanda bafite mu rurimi rw’Icyongereza, abe ari na ho duhera dutanga amahugugurwa mu byiciro. Bizatuma imfashanyigisho dutanga zijyana n’icyiciro umuntu arimo, cyaba icyo hasi cyangwa ikiringaniye ndetse n’icy’abafasha abandi”.

    Ati “Ni ibizamini byo ku rwego mpuzamahanga bitandukanye n’ibyo twakwitegurira hano, amanota uzabona uzayishimire kuko azaba agaragaza urwego uriho. Natwe ni yo tuzaheraho kugira ngo dukomeze guhugura abarimu, tubafashe kuzamura ubumenyi mu Cyongereza”.

    Dr Ndayambaje avuga kandi ko uretse abarimu, ibyo bizamini ngo binareba abandi bakozi bose bo mu mashuri kuko bakenera kuvugana n’abanyeshuri.

    Ati “Bireba amashuri twavuze ariko kandi ni aya Leta, afatanya Leta ndetse n’amashuri yigenga. Uretse abarimu, iryo suzuma rireba n’abakora mu buyobozi bw’amashuri, nk’umuyobozi w’ishuri, umuyobozi w’ishuri wungirije ushinzwe amasomo n’abandi bose, kuko tutifuza ko Icyongereza kivugwa mu ishuri gusa”.

    Ati “Kigomba kuvugwa no hanze y’ishuri, byumvikane rero ko n’abandi bose babarirwa mu buyobozi bwite bw’ishuri, na bo dukeneye kumenya urwego bariho muri urwo rurimi kuko na bo bazakenera kuganira n’abarimu ndetse n’abanyeshuri. Bizatuma rero na bo tumenya icyo bakeneye kugira ngo ubumenyi bwabo mu Cyongereza buzamuke”.

    Mu Mujyi wa Kigali bizakorwa guhera ku itariki 6 kugeza ku ya 8 Ukwakira 2020, hakazakurikiraho Intara y’Amajyepfo izakora kuva ku ya 19 kugeza ku ya 21 Ukwakira 2020, Iburengerazuba bazakora kuva ku ya 2 kugeza ku ya 4 Ugushyingo 2020, Amajyaruguru azakora kuva ku ya 16 kugeza ku 18 Ugushyingo 2020 na ho Iburasirazuba bakazakora kuva ku ya 30 Ugushyingo kugeza ku ya 2 Ukuboza 2020.

    Dr Ndayambaje asaba abo bireba bose kwitabira ibyo bizamini, cyane ko ntawe uzahagarikwa mu kazi kubera byo, ndetse bakazanitwaza ‘écouteurs’, kuko hari ibyo bazakora bumva amajwi.

    Umwe mu barezi baganiriye na Kigali Today, Théogène Banyeretsekare, avuga ko icyo gikorwa ari cyiza kuko bizatuma urwego rwabo rwo kumenya Icyongereza ruzamuka.

    Ati “Ni byiza kuko muri twebwe hari benshi baba barize mu Gifaransa ariko tugakoresha ingufu ngo tumenye Icyongereza. Kudushyira mu byiciro na byo ni ingenzi kuko ubusanzwe twajyaga duhugurirwa hamwe n’abize mu Cyongereza ugasanga bidahura, icyo kizamini rero cyari gikenewe”.

    Ati “Turashimira REB kuba yabiteguye, cyane ko n’abasanzwe badufasha (mentors), usanga batabona umwanya uhagije kuko na bo baba bafite izindi nshingano zibareba”.

    Mu cyiciro cya mbere cy’amashuri abanza ubundi bigaga mu Kinyarwanda ariko bikaba byaremejwe ko kuva muri icyo cyiciro kuzamuka, abanyeshuri bagiye kujya biga mu Cyongereza.


    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/ibikorwa-by-uburezi/article/abarimu-n-abandi-bakozi-b-ibigo-by-amashuri-bagiye-gukora-ikizamini-cy-icyongereza