source https://igihe.com/imikino/football/article/kiyovu-sports-yaguze-umukinnyi-mushya-wa-munani
source https://igihe.com/imikino/football/article/kiyovu-sports-yaguze-umukinnyi-mushya-wa-munani
source https://igihe.com/amakuru/muri-afurika/article/afurika-y-epfo-minisitiri-w-ubuzima-yanduye-covid-19

Iyi nkuru dukesha Polisi y’u Rwanda iravuga ko Sibomana yafatiwe mu Murenge wa Gisenyi ari na ho yamburiraga abaturage. Ubusanzwe Sibomana avuka mu Murenge wa Kanama mu Kagari ka Musabike mu Mudugudu wa Nyakibande mu Karere ka Rubavu.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Twizere Karekezi yavuze ko gufatwa kwa Sibomana kwaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.
Yagize ati “Hari abaturage bari bamaze kumumenya biganjemo abo yagiye yambura. Ni bo batanze amakuru arafatwa, yafatiwe mu cyuho afite kiriya giti yitegura kuza kwambura abaturage, yafatiwe mu mirima y’ibishyimbo by’abaturage ari ho yihishe.”
CIP Karekezi akomeza avuga ko Sibomana akimara gufatwa yiyemereye ko kiriya giti yari yarakibaje afite umugambi wo kujya yambura abaturage.
CIP Karekezi yagize ati “Sibomana akimara gufatwa yemeye ko yajyaga atega abacuruzi ba magendu (abacoracora) bavuye mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo akabakangisha icyo giti gifite ishusho y’imbunda akabambura amafaranga. Yavuze ko yari amaze kubikora inshuro ebyiri akaba yari yarabambuye ibihumbi 60 by’amafaranga y’u Rwanda. Kugeza ubu abantu 5 ni bo bamaze gutanga ibirego bavuga ko bambuwe na Sibomana abatunze kiriya giti gisa nk’imbunda.”
Sibomana mu kwambura abaturage yabaga anambaye ipantaro ijya gusa nk’umwambaro wa gisirikare ari na yo yafashwe yambaye. Ni umwambaro avuga ko yawutoraguye ahantu mu ngarani akajya awambara agiye kwambura abaturage.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba yashimiye abaturage batanze amakuru yatumye ukekwaho icyaha afatwa. Yasabye abaturage gukomeza gutanga amakuru kandi bakayatangira ku gihe igihe babonye umuntu ushaka guhungabanya umutekano.
Hari amakuru avuga ko Sibomana yajyaga afatanya n’abandi bantu muri ubwo bwambuzi ubu na bo barimo gushakishwa.
Itegeko No 68/2018 ryo kuwa 30/08/ 2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 170 ivuga ko uwiba akoresheje intwaro aba akoze ubujura bwitwaje intwaro.
Iyo ubujura bwitwaje intwaro bwakozwe n’abantu barenze umwe cyangwa bugakorwa n’itsinda ry’abantu, bahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka 15 ariko kitarenze imyaka 20 ndetse n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya Miliyoni 5 ariko atarenze Miliyoni 7.


Ibyo bisobanuro byatanzwe nyuma y’aho abaturage bagaragarije ko batishimiye iryo zamuka ry’ibiciro by’ingendo, ahubwo bakifuza ko byasubira uko byari bimeze imbere ya Covid-19.
Mu kiganiro Umuyobozi Mukuru wa RURA, Lt Col Patrick Nyirishema, yagiranye na RBA ku wa 18 Ukwakira 2020, yasobanuye ko kuba ibiciro byariyongereye kuri iyo mihanda byatewe n’uko uburebure bwayo butari buhuye n’ubwabazwe mbere.
Ati “Mu Mujyi wa Kigali hari ‘lignes’ 57, muri zo hari eshanu aho ibiciro byiyongereye, bikaba byaratewe n’uko ibirometero by’iyo mihanda byiyongereye kandi hari hakigenderwa ku biciro bya 2018. Habayeho rero gusubiramo gupima imihanda”.
Ati “Urugero nk’umuhanda Nyacyonga-Nyabugogo, twawubariraga Km 10 ariko dusubiyeyo kugenzura dusanga ufite Km 14 na metero 100. Hari kandi n’umuhanda Kimironko-Nyabugogo wabarirwaga Km 12 dusanga ufite Km 13 na metero 500. Hari n’umuhanda Batsinda-Nyabugogo n’uwa Kanombe-Remera unyura Kibaya, iyo na yo hari icyiyongereyo, ariko mu Ntara ntaho byazamutse”.
Akomeza avuga ko icyo kibazo cy’imihanda itari ijyanye n’ibiciro yahawe cyari kizwi, gusa ngo hari hataragera ko bihindurwa.
Ati “Abatwara abagenzi bari barabitubwiye ariko tubasaba kwihangana kugera igihe ibiciro bizasubirirwamo muri rusange. Ikibazo twari tukizi ariko twashakaga kubihuza n’iri hinduka ry’ibiciro tunakosora aho twari twibeshye ku burebure bw’iyo mihanda”.
Ku kijyanye n’uko hari abavuga ko RURA yaba irengera abashoramari mu gutwara abagenzi kurusha abaturage, uwo muyobozi avuga ko atari byo kuko impande zombi zitabwaho.
Ati “Byaravuzwe ariko si byo, turebye nko mu gihe cya Covid-19, bisi yari isanzwe itwara abantu 30 ntiyarenzaga 15, kuki igiciro kitikubye inshuro ebyiri? Ni uko tuba tuzirikana umuturage ngo tutamuremereza cyane. Nyuma y’amezi hafi atanu bakora gutyo, twahinduye ibiciro twitaye ku bushobozi bw’umuturage ariko tunareba ko utanga serivisi atazagera aho ahagarika”.

Ati “Iyo udashyizeho igiciro gikwiye, tugera aho ushinzwe gutanga serivisi bimunanira akaba yahagarika ntituyibone, burya serivisi ihenze kurusha izindi zose ni itaboneka. Ni yo mpamvu twita ku muturage kugira ngo habe igiciro kiri hasi bishoboka, ariko kandi kitari hasi cyane ku buryo utanga serivisi bimunanira”.
Lt Col Nyirishema yavuze kandi ko ubuyobozi bwumva uburemere bw’ibibazo byatewe na Covid-19 bituma abaturage bagira ubushobozi buke, ari yo mpamvu ngo bashakisha icyakorwa kugira ngo umuturage adakomeza kuremererwa, ariko ngo barakomeza kubiganiraho n’izindi nzego, gusa ngo ibiciro ntibyahita byongera kuvugururwa kuko biba byarizweho.
Ibiciro bishya byo gutwara abagenzi mu gihugu hose byasohotse ku wa 15 Ukwakira 2020, benshi mu baturage bakaba bari bizeye ko bizasubizwa ku bya mbere ya Covid-19 ariko si ko byagenze.


Babivuze nyuma y’igerageza ryo gushyira abantu mu byiciro bishya by’ubudehe byakorewe aho batuye, ku wa Gatandatu tariki ya 17 Ukwakira 2020.
Iki gikorwa cy’igeragezaga cyabimburiwe no kubasobanurira ibyiciro bishya bitanu abantu bazajya babarirwamo, bashima ko bisobanutse.
Immaculée Uwizeyimana yagize ati “Ibyiciro bishya by’ubudehe nabonye bisobanutse kuko umuturage ari we uziha icyiciro, bitewe n’amakuru yatanze ajyanye n’umushahara ahembwa cyangwa ibindi bikorwa akora bimwinjiriza amafaranga”.
Kuba ibi byiciro byasobanuriwe abagize isibo na byo barabishima kuko ngo byatumye babasha kubyumva neza, binyuranye n’uko mbere byasobanurwaga mu kivunge cy’abantu benshi ntibabashe kubyumva neza, nk’uko bivugwa na Innocent Mbabariye.
Ati “Uyu munsi baduhamagaye turi isibo imwe, dufite umwanya uhagije. Byatumye dusobanukirwa neza, kandi buri wese agahita yumva icyiciro yahita yishyiramo”.
Ikindi bashimye ku byiciro bishyashya, ni ukuba icyiciro umuntu arimo kitazaba impamvu yo kubuzwa uburenganzira bumwe na bumwe, nk’uko byari byifashe mu byiciro by’ubudehe abantu baherukaga gushyirwamo.
Jean Baptiste Kayigana, ati “Abantu bo mu cyiciro cya mbere bari bazitiwe no kutabasha gufata inguzanyo muri banki, abo mu cya gatatu n’icya kane bo ntibemererwaga kurihirwa amashuri y’abana. Ubu umuntu azajya ajya mu cyiciro akwiye bitamubujije kubaho nk’abandi”.
Ku rundi ruhande ariko, banenze kuba muri ibi byiciro uhembwa ibihumbi 65 n’uhembwa ibihumbi 500 bazajya babarirwa mu cyiciro kimwe ndetse no kuba ufite hegitari icyenda z’ubutaka abarirwa mu cyiciro kimwe n’ufite hegitari imwe.
Mu gikorwa cyo gushyira abantu mu byiciro nyir’izina, bagiye mu matsinda, umukorerabushake ukusanya amakuru akegera umuturage akamubaza ibibazo bijyanye n’umutungo we, akamusubiza n’abandi bumva, hanyuma bakaba ari bo bavuga icyiciro akwiye.
Zéfanie Munyanziza ukora mu kigo gishinzwe guteza imbere imishinga y’uturere n’imijyi wari witabiriye iki gikorwa, avuga ko ubu buryo bwatoranyijwe bw’uko umuturage azajya ashyirwa mu cyiciro na bagenzi be, bizakuraho ko hongera kubaho abatishimira ibyiciro by’ubudehe bashyizwemo.
Icyakora, abitabiriye iri gerageza bavuga ko hatazongera kubaho abatishimira ibyiciro bashyizwemo, amakuru yatangiwe mu nteko y’abaturage nadahindurwa.
Uwizeyimana ati “Bizagenda neza amakuru yafatiwe mu nteko z’abaturage nadahinduwe. Hari ubwo byagiye bibaho ukabona umuntu ufite umutungo mukeya ku buryo bugaragara asohotse mu cyiciro cya gatatu, ufite umutungo n’amazu akodesha agasohoka mu cya kabiri”.
Anavuga ko ibintu bizagende neza abandika amakuru yatanzwe nibaba inyangamugayo, bakandika ibyo babwiwe, kandi bakabibika neza, kugira ngo igihe utishimiye icyiciro yashyizwemo najya kujurira, hazarebwa niba koko ibyo yavuze ari byo byanditswe.

Tariki 09/10/2020 ni bwo abakinnyi bamwe mu bari bahamagawe mu ikipe y’igihugu Amavubi binjiye mu mwiherero mu karere ka Nyamata, aho babanje gupimwa COVID19, ndetse n’ibindi bizamini by’ubuzima.

Nyuma y’aho aba bakinnyi batarimo abakinnyi ba APR FC ndetse n’abakina hanze y’u Rwanda, batangiye imyitozo kuri Stade ya Kigali I Nyamirambo, aho bakoraga kabiri ku munsi ariko hakibandwa ku myitozo yo kongera ingufu, nyuma y’amezi asaga arindwi yari ashize badakina.

Nyuma y’icyumweru bakora imyitozo, aba bakinnyi baje guhabwa ikiruhuko cy’icyumweru kimwe kuva kuri uyu wa Mbere kugera ku Cyumweru tariki 25/10/2020, iyi myitozo ikzasubukurwa hiyongeramo n’abakinnyi ba APR FC, ndetse n’abakina hanze y’u Rwanda bazagenda bahagera mu bihe bitandukanye.

source https://igihe.com/imyidagaduro/article/mani-martin-na-clarisse-karasira-batakambiye-rdb

Gateka Filly Chersy w’imyaka 21 ni Umurundikazi, yiga mu mwaka wa kabiri muri INES-Ruhengeri. Muri iyi filimi, akina yitwa Cece, agakina ari umugore ukize ariko w’umunyampuhwe ufasha umwe mu bantu baba badafite aho kuba n’ubushobozi bwo kwitunga akamuremera ubuzima.
Gateka avuga ko gukina filimi byahoze ari inzozi ze kuva cyera kuko aniyamamariza kuba Miss wa Ines Ruhengeri, umushinga we kwari ukuzamura impano zinyuranye zirimo no gukina filimi.
Ati “Byahoze ari inzozi zanjye kuva cyera, kandi narushijeho kwishima kuko nazigezeho ndi mu Rwanda, kuko iyo ukina umuco w’ikindi gihugu uhungukira byinshi cyane”.
Kugeza ku gace ka kane k’iyi filimi bamaze gushyira hanze, Gateka avuga ko nta kintu cyigeze kimugora kuko yari amenyereye gutanga ibiganiro bisaba ko bamufata amashusho, kandi akaba yarasaga n’uwamaze kwiyemeza gutanga ubutumwa binyuze muri filimi.
Icyakora avuga ko gukina akoresha Ikinyarwanda ari ho yagiye ahura n’akabazo, kuko hari amwe mu magambo y’Ikinyarwanda adahura neza n’Ikirundi, ariko na byo avuga ko aho kubibona nk’imbogamizi abibona nk’uburyo bwo guhaha ubundi bumenyi bw’ururimi.
Abategura iyi filimi ‘Ikiriyo cy’urukundo’ bavuze ko ari byiza kuba umwe mu bakinnyi ngenderwaho ari Umurundikazi kuko n’ubundi intego ihari ari uguhuriza hamwe imico inyuranye yo mu biyaga bigari, ikagaragara muri iyi filimi.
Nshimiyimana Jean de Dieu ari na we mwanditsi wayo, yagize ati “Ubu mu bice bizakurikiraho tuzakinisha Abagande n’Abanyekongo, mu rwego rwo guhuriza hamwe umuco wo muri aka karere.
Gateka Filly Chersy yiga mu mwaka wa kabiri mu ishami rya Biomedical Laboratory Sciences ,yabaye igisonga cya mbere cya Miss Bright INES tariki 3 Mata 2019, yungiriza Miss Umutoni Adeline, naho filimi ‘Ikiriyo cy’urukundo’ ikinirwa mu Mujyi wa Musanze.
Uretse kuba itambuka ku rubuga rwa YouTube rwitwa ‘IRIS TV’, nta rindi soko iyi filimi irabona, uretse ko abayitunganya bavuga ko bazakomeza gushaka andi masoko y’aho bashobora kunyuza filimi yabo.
