Tag: featured
-
Imyaka 61 irirenze PARMEHUTU ivutse! Ikivumbikisho mu mateka ashaririye y’u Rwanda #rwanda #RwOT
Ku wa 19 Ukwakira mu 1959, nibwo hashinzwe Ishyaka rya PARMEHUTU (Le Parti du Mouvement de l’Emancipation Hutu), rifatwa nk’iryatangije icengezamatwara ryagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. -
APR FC yahawe icyangombwa cyo kwitabira amarushanwa ya CAF 2020/21 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT
Nk’uko bikubiye mu mategeko agenga amarushanwa ategura n’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika, buri kipe izitabira amarushanwa nyafurika igomba gusurwa hagasuzumwa niba yubahirije ibisabwa, ari nako byagenze kuri APR FC tariki 12 Ukwakira 2020.
-
- Ikipe ya APR FC imaze ibyumweru bibiri ikora imyitozo, yemerewe kwitabira amarushanwa ya CAF
Nyuma yo kuyisura bagasanga yujuje ibisabwa birimo ibikorwa remezo nk’ibibuga by’imyitozo, ikibuga cyemerewe kwakira amarushanwa, inzego z’ubuyobozi n’ibindi, ikipe ya APR FC yahawe na FERWAFA uruhushya rwo kwitabira amarushanwa ya CAF ya 2020/2021.
-
- Icyangombwa cyemerera APR FC kwitabira amarushanwa mpuzamahanga
Kuwa Mbere tariki 12 Ukwakira 2020, nibwo komisiyo ishinzwe gutanga impushya zo kwitabira amarushanwa yasuye ikipe ya APR FC aho ikorera ku Kimihurura mu karere ka Gasabo mu rwego rwo kuzuza ibisabwa na CAF mbere y’uko ikipe isohokera igihugu mu marushanwa nyafurika.
-
- Abakinnyi ba APR FC bamaze gusuzumwa COVID19 inshuro eshatu
Ikipe ya APR FC imaze ibyumweru bibiri ikora imyitozo, mu mpera z’icyumweru yari yahawe akaruhuko gato, ikaza gusubukura imyitozo nyuma y’aho abagize iyi kipe babanje kongera gupimwa icyorezo cya Coronavirus ku nshuro ya gatatu.

-
-
Amafoto: Patriots BBC yasubukuye shampiyona itsinda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

Kuva kuri iki Cyumweru tariki ya 18 kugeza tariki 24 Ukwakira 2020, muri Kigali Arena hasubukuwe imikino ya nyuma ya shampiyoma ya Basketball mu Rwanda.
Ikipe ya Patriots BBC ibitse igikombe giheruka ni yo yakinnye umukino usoza ku Cyumweru, aho yatsinze Espoir BBC amanota 77 kuri 48.
Ni umukino wari witezweho byinshi ugendeye ku buremere bw’amazina y’amakipe yombi, ariko kubera ko abakinnyi bamaze igihe kigera ku mezi hafi umunani badakina, nta byinshi byakozwe cyane muri uyu mukino.
Ni umukino wayobowe na Patriots BBC igihe kinini, dore ko yatsinze agace ka mbere amanota 23 kuri 18 ya Espoir BBC. Agace ka kabiri Patriots BBC yakomeje kwerekana ubukana muri uyu mukino itsindamo amanota 23 kuri 15 ya Espoir BBC, ibifashijwemo na Nijimbere Guibert na Ndizeye Dieudonne uzwi nka Gaston.

Agace ka gatatu Patriots BBC yunze mu byo yakoze mu duce tubiri twa mbere, itsinda amanota 20 kuri 11 ya Espoir BBC. Agace ka kane ari na ko ka nyuma, Espoir BBC yazamuyemo amanota yayo aho yatsinzemo amanota 15 kuri 11 ya Patriots BBC, ku kazi gakomeya kakozwe na Nkundwa Thierry na Kubanatubane Jean Philippe, umukino urangira Patriots BBC itsinze amanota 77 kuri 48 ya Espoir BBC.
Uko imikino yagenze
Abagabo

IPRC Kigali BBC 104 – 50 IPRC Musanze BBC
APR BBC 78 – 65 IPRC Huye BBC
Patriots BBC 77 – 48 Espoir BBCAbagore
IPRC Huye 73 – 57 The Hoops
Ubumwe BBC 74 – 70 APR BBCGahunda y’umunsi wa kabiri
Kuwa mbere tariki ya 19 Ukwakira 2020 muri Kigali Arena
11:00: RP-IPRC Musanze vs UGB
13:45: APR WBBC vs RP-IPRC Huye (Abagore)
15:00: Espoir BBC vs RP-IPRC Huye BBC
17:45: RP-IPRC Huye (Abagore) vs Ubumwe WBBC
20:00: REG BBC vs RP-IPRC Kigali BBC

Shampiyona ya Basketball uyu mwaka yatewe inkunga na Banki ya Kigali, iri gutera inkunga mu mwaka wayo wa kabiri. Patriots BBC ni yo iheruka gutwara ibikombe bibiri bya shampiyona biheruka, 2018/2019 na 2017/2020.
Reba amafoto yose y’umukino wa Patriots BBC na Espoir BBC ukanze HANO

-
#Covid-19: Umubare w’abandura ukomeje kugabanuka #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT
Abo barwayi bashya batatu babonetse mu bipimo 1,881 bakaba barimo babiri babonetse i Kigali, n’undi umwe wabonetse muri Nyagatare.
Kugeza kuri iki Cyumweru, mu Rwanda abamaze kwandura icyo cyorezo ni 4,974, muri bo abamaze gukira ni 4,783 naho abakivurwa ni 157.
Abamaze kwicwa na COVID-19 mu Rwanda bose hamwe ni 34.


source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/covid-19-umubare-w-abandura-ukomeje-kugabanuka
-
Kayonza: Hari gushakishwa abagabo babiri bahingaga urumogi mu mirima yabo #rwanda #RwOT
Inzego z’umutekano zo mu Karere ka Kayonza ziri gushakisha abagabo babiri bahingaga urumogi mu mirima yabo byamenyekana bakarurandura, ubuyobozi bugasanga hasigaye ibiti bitandatu muri buri murima. -
Hari gukorwa iki ngo urubyiruko ruba hanze rwigishwe kugendera kure amacakubiri? #rwanda #RwOT
Komiseri muri Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge, Muhire Louis Antoine, yatangaje ko urubyiruko rukwiriye kugira uruhare mu gusoma no kwandika amateka y’u Rwanda mu rwego rwo gutanga amakuru nyayo ku bakoresha murandasi nk’umwe mu miyoboro wifashishwa cyane n’abashaka kubiba amacakubiri. -
Nziza Désiré yakoze ubukwe #rwanda #RwOT
Nziza Désiré wamamaye cyane mu muziki binyuze mu ndirimbo zakunzwe yagiye ahanga nka ‘Kula Kulipa, ‘Ni Umuyabaga’ n’izindi yasezeranye imbere y’Imana n’umukunzi we Inarukundo Bijoux.source https://igihe.com/imyidagaduro/article/nziza-desire-yakoze-ubukwe
-
Ibyo wamenya ku rwego rugiye kujya rutahura iyezandonke no gutera inkunga iterabwoba mu Rwanda #rwanda #RwOT
U Rwanda ruheruka gushyiraho Urwego rushinzwe Ubutasi ku Mari (Financial Intelligence Centre, FIC), ruhabwa intego nyamukuru zo gukora ubutasi ku mari hagamijwe kurwanya iyezandonke, gutera inkunga iterabwoba no gutera inkunga ikwirakwiza ry’intwaro za kirimbuzi kimwe n’ibyaha bifitanye isano na byo. -
Ibikwiriye kwitabwaho mu gihe abanyeshuri bitegura gusubira ku mashuri #rwanda #RwOT
Kuva COVID-19 yagera mu Rwanda muri Werurwe 2020, abanyeshuri bahise basabwa gutaha nk’imwe mu ngamba yo gufasha mu kubarinda icyorezo. Ubu hashize amezi hafi arindwi abanyeshuri batabonana na mwarimu imbonankubone ku mashuri. -
Uganda: Abantu bitwaje intwaro bashimuse abarobyi 16 babajyana muri Congo #rwanda #RwOT
Abantu bataramenyekana bitwaje intwaro ku wa Gatandatu bashimuse abarobyi 16 bo muri Uganda babasanze ku Kiyaga cya Albert babajyana muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.


