Tag: featured

  • #COVID-19: Mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 6, abakize ni 24 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abo barwayi bashya 6 babonetse mu bipimo 1,282 bakaba barimo 5 babonetse muri Kigali, undi umwe aboneka i Nyagatare.

    Kugeza kuri iki Cyumweru, mu Rwanda abamaze kwandura icyo cyorezo ni 5,066 muri bo abamaze gukira ni 4,830 naho abakivurwa ni 202.

    Abamaze kwicwa na COVID-19 mu Rwanda bose hamwe ni 34.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/covid-19-mu-rwanda-habonetse-abarwayi-bashya-6-abakize-ni-24

  • Pelé yaranzwe n’udushya twinshi : yirukanye umusifuzi mu kibuga #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Yamenyekanye cyane ku kuba yaratwaye ibikombe by’isi 3, ndetse akaba ari we muntu rukumbi ku isi, waciye agahigo ko gutsinda ibitego 1,281 mu mikino 1,363 akinira ikipe ye, kandi atavuye mu gihugu cye cya Brazil.

    Dore tumwe mu dushya twaranze ubuzima bwe :

    Pelé yirukanye umusifuzi mu kibuga

    Tariki ya 18 Kamena 1968, ubwo ikipe yakiniraga ya Santos FC yahuraga mu mukino wa gicuti n’ikipe yo muri Colombia, umukino wabereye mu mujyi wa Bogota, umusifuzi witwa Guillermo Velazquez, yabwiye Pelé ko agomba gusohoka mu kibuga ku ikosa yari akoze. Aha, ibyo gutanga amakarita atukura byari bitarabaho, kuko byatangiye mu mwaka wa 1970.

    Umusifuzi Velazquez (iburyo) yasohoye Pelé mu kibuga birangira ari we wisanze hanze
    Umusifuzi Velazquez (iburyo) yasohoye Pelé mu kibuga birangira ari we wisanze hanze

    Aha, umusifuzi yavuze ko Pelé yari atutse myugariro w’ikipe ya Colombia. Abakinnyi b’ikipe ya Santos bahise bakora uruziga ku musifuzi, ndetse n’abaje kureba umupira bose batangira kuvuga ko Pelé arenganye.

    Muri uwo mukino, umusifuzi Velazquez yahise asohoka mu kibuga, asimburwa n’umusifuzi wo ku ruhande. Mu kiganiro yahaye abanyamakuru mu mwaka wa 2010, Velazquez yatangaje ko icyo gihe abakinnyi ba Santos, bamubwiye ko byihuse, ahita ava mu kibuga, Pelé asubira mu kibuga.

    Pelé ntiyigeze na rimwe akinira ikipe y’i Burayi

    Mu gihe hari amakipe menshi y’i Burayi yamwifuzaga, nka Real Madrid, AC Milan, Pelé ntiyari yemerewe kuva muri Brazil ngo ajye kuyakinira. Santos FC yakomeje guhakanira amakipe yose yifuzaga kumugura, cyane ko muri iki gihe icyifuzo cy’umukinnyi ubwe nta gaciro gakomeye cyabaga gifite.

    Byageze aho Guverinoma ya Brazil ivuga ko ibirebana no kugurisha Pelé ari yo bireba, bitewe n’igitutu amakipe y’i Burayi yashyiraga kuri Santos FC. Mu mwaka wa 1961, Perezida wa Brazil Janio Quadros yashyize hanze Iteka rivuga ko Pelé ari umutungo w’igihugu, kandi ko udashobora kugurishwa hanze. Gusa, nyuma yo kumara imyaka 18 akinira Santos FC, mu mwaka wa 1975, yerekeje muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yakiniye ikipe ya New York Cosmos.

    Aha yakiniraga ikipe ya New York Cosmos
    Aha yakiniraga ikipe ya New York Cosmos

    Bwa mbere mu buzima bwe, Pelé yabaye kapiteni w’ikipe ku myaka 50

    Nta hantu na hamwe uzigera ubona Pelé yambaye igitambaro cyo ku kuboko, cyambarwa na ba kapiteni b’amakipe, uretse mu mukino yakinnye mu mwaka wa 1990, ubwo yizihizaga isabukuru ye y’imyaka 50, umukino wabaye yaramaze kujya mu kiruhuko cy’izabukuru, agakina iminota 45 gusa.

    Ku nshuro ya mbere, Pelé yabaye kapiteni w
    Ku nshuro ya mbere, Pelé yabaye kapiteni w’ikipe ku myaka 50

    Ni umukino wateguwe mu buryo bwa gicuti, aho ikipe ya Brazil yahuye n’ikipe yari igizwe n’abakinnyi baturutse mu makipe anyuranye, umukino wabereye mu mujyi wa Milan.
    Indi myaka yose yabanje, Pelé, ntiyigeze yemera ko bamuha umwanya wo kuyobora bagenzi be mu ikipe.

    Pelé yabaga ku rutonde rw’abasimbura umunyezamu bibaye ngombwa mu ikipe ya Santos FC na Brésil

    Uretse guconga ruhago, Pelé yari n’umunyezamu mwiza. Mu buzima bwe mu kibuga, yagiye mu izamu rya Santos FC inshuro 4, kandi nta gitego cyigeze kimwinjirana. Muri icyo gihe, byari byemewe ko umuzamu asimbuzwa inshuro imwe yonyine mu mukino. Umukino uzwi cyane Pelé yari mu izamu, ni umukino wa kimwe cya kabiri cy’irangiza cy’igikombe cya Brazil, wabaye mu mwaka wa 1964.

    Benshi bashatse kwitwa izina rye

    Pelé yagize abantu benshi biswe amazina ye ku isi. Abakinnyi babaga ibyamamare mu bihugu byabo, bongeragaho akazina ka Pelé. Aha twavuga nk’umukinnyi wamamaye mu gihugu cya Ghana ndetse no mu makipe akomeye y’i Burayi, Abedi Ayew, wamenyekanye nka Abedi Pelé.

    Izina rye rya batisimu « Edson », mu myaka ya 1950, ryari rimaze guhabwa abana basaga ibihumbi 43 muri Brazil. Pelé amaze gutwara ibikombe by’isi inshuro 3, agatsinda n’igitego cye cyuzuza umubare w’ibitego 1000, umubare w’abiswe Edson muri Brazil warenze ibihumbi 111.

    Abedi Ayew, umunye-Ghana wamenyekanye nka Abedi Pelé
    Abedi Ayew, umunye-Ghana wamenyekanye nka Abedi Pelé

    Habuze gato ngo Pelé ayobore igihugu cya Brazil

    Pelé ntiyigeze atanga kandidatire ku mwanya wa Perezida, nk’uko yari yarabitangaje mu kiganiro n’abanyamakuru mu mwaka wa 1990. Yagombaga kwiyamamaza mu mwaka wa 1994.

    Pelé yabaye Minisitiri wa Siporo
    Pelé yabaye Minisitiri wa Siporo

    Gusa ariko, yamaze imyaka 3 ari Minisitiri wa Siporo kuva mu mwaka wa 1995-1998. Muri icyo gihe, yaharaniye ko abakinnyi b’umwuga bahabwa umwanya, bakagira uruhare ku bijyanye n’igura n’igurishwa ryabo mu makipe akomeye, amahirwe Pelé atigeze agira na rimwe.


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/pele-yaranzwe-n-udushya-twinshi-yirukanye-umusifuzi-mu-kibuga

  • Musanze: Umwana watabarizwaga na nyina ashaka ubuvuzi yitabye Imana #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Tariki ya 13 Ukwakira 2020, nibwo Kigali Today yanditse inkuru yagiraga iti “Umubyeyi aratabariza umwana we umaranye imyaka ibiri uburwayi budasanzwe” (Kanda HANO usome iyi nkuru). Kugeza ubu uwo mubyeyi ngo nta bufasha yigeze abona, akaba yari yarakomeje kwita kuri uwo mwana ari mu rugo.

    Uwo mwana yitabye Imana nyuma y’iminsi ibiri ari mu bitaro bya Ruhengeri, nyina akaba yarafashe icyemezo cyo kumujyanayo ubwo yabonaga ko ubuzima bw’uwo mwana buri mu marembera.

    Ifoto igaragaza umwana akiri muzima atarafatwa n
    Ifoto igaragaza umwana akiri muzima atarafatwa n’uburwayi

    Kubera ko aho uwo mubyeyi yari acumbitse ari hato mu nzu y’ubukode yabagamo, ngo byamusabye kujya gukorera ikiriyo mu rugo rw’inshuti ze ahitwa Nyamagumba, bakaba bateganya gushyingura uwo mwana kuri uyu wa Mbere tariki 26 Ukwakira 2020.

    Uwo mwana yari amaze imyaka ibiri arwaye ikibyimba ku jisho cyaje kuvamo kanseri, aho bamubaze ariko uburwayi bukomeza gukura kugeza ubwo ibitaro binyuranye mu Rwanda byabwiye uwo mubyeyi ko ubwo burwayi bwamaze kurenga ubushobozi bwabo.

    Aha umwana yari amaze gufatwa n
    Aha umwana yari amaze gufatwa n’uburwayi


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/musanze-umwana-watabarizwaga-na-nyina-ashaka-ubuvuzi-yitabye-imana

  • Abakinnyi ba Mukura bapimwe Coronavirus #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abakinnyi b’ikipe ya Mukura VS hamwe n’umutoza wabo ndetse n’abandi bakozi bakurikirana iyi kipe bapimwe Coronavirus mu rwego rwo kwitegura gutangira shampiyona y’icyiciro cya mbere.

    Jérôme Gasana, umuyobozi ukurikirana abakozi b’ikipe ya Mukura (MD) avuga ko bapimwe kuko bagiye gutangira imyitozo mu rwego rwo gutangira Shampiona y’icyiciro cya mbere izatangira tariki ya 4 Ukuboza 2020.

    Yagize Ati “Ibisubizo bya Coronavirus bishyirwa hanze nyuma y’amasaha 24. Twemeranyijwe n’abakinnyi ko ejobundi ku itariki ya 28 Ukwakira 2020 tuzahurira hano kuri sitade, tugatangira imyitozo.”

    Ikipe ya Mukura ivuga ko baramutse bagize abo basangamo iyi ndwara ya Coronavirus, bakwitabwaho nk’uko bigendekera abandi bantu bayisanzemo, bamara gukira bakagaruka.

    Uyu muyobozi anavuga ko bakiri gushakisha aho abakinnyi bazaba nibatangira imyitozo, ariko ngo ni muri Huye kuko ari na ho bazitoreza.

    Mu rwego rwo kwitegura neza shampiona kandi, iyi kipe irateganya kuzakina imikino ya gicuti n’amakipe yatuma babasha kwipima uko bahagaze mu mikinire.

    Gasana ati “Muri shampiyona iheruka twari aba kane. Turi gushakishiriza imikino ya gicuti ku baturi imbere. Intego ni ukuzatwara igikombe.”

    Ibi ngo bizeye kuzabigeraho ku bufatanye n’umutoza mushyashya bazanye waturutse mu gihugu cy’u Bufaransa.

    N’ubwo bamaze igihe badakina kubera Coronavirus, abakinnyi ba Mukura VS bavuga ko biteguye gukina neza kandi bagatsinda.

    Ubahagarariye (kapiteni) avuga ko n’ubwo bari bamaze igihe badakina, hari imyitozo basabwaga gukora, kugira ngo umunsi bagarutse mu kibuga bitazabagora, kandi bagiye bayikora n’ubwo bitari byoroshye .

    Mu bapimwe Coronavirus harimo n’umukinnyi Iradukunda Barthelemy wahoze akina muri Aspire Academy y’ikipe Barcelone, ikorera mu gihugu cya Sénégal.

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/abakinnyi-ba-mukura-bapimwe-coronavirus

  • Rutsiro: Abakekwaho gucuruza amabuye y’agaciro mu buryo butemewe bafatanywe amafaranga y’amiganano #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ayo mafaranga yari agizwe n’inoti z’igihumbi n’iz’ibihumbi bibiri. Aba bagabo baranakekwaho gucuruza amabuye y’agaciro bitemewe n’amategeko ari nabwo buryo babonyemo aya mafaranga y’amiganano.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Twizere Karekezi, yavuze ko kugira ngo bariya bagabo bafatwe byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

    Yagize ati “Ndayambaje yagiye kurangura inzoga(byeri) yishyura amafaranga y’amahimbano. Abaturage bahise batanga amakuru Ndayambaje arafatwa na we ahita avuga ko Munyakinyaga na we ayafite.”

    CIP Karekezi akomeza avuga ko Ndayambaje yavuze ko na Munyakinyaga afite amafaranga y’amiganano ngo kuko uwayamuhaye ari umuturage wo mu Karere ka Ngororero witwa Bazimaziki Innocent ucuruza amabuye y’agaciro, yari yazanywe na Munyakinyaga kandi na we hari ayo yamusigiye.

    CIP Karekezi yagize ati “Byahise bigaragara ko Ndayambaje yacuruzaga amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Amaze gufatwa yavuze ko ayo mafaranga yayabonye amaze kugurisha ibiro 30, ayagurisha uwitwa Bazimaziki Innocent wo mu Karere ka Ngororero wamuhaye amafaranga ibihumbi 280, bikekwa ko yose ari amahimbano. Ndayambaje yahise atanga amakuru ko uwo mucuruzi yamuzaniwe na Munyakinyaga Samuel na we abapolisi baramushatse baramufata bamusangana ibihumbi 24 na yo y’amiganano.”

    Iyi nkuru Kigali Today ikesha Polisi y’u Rwanda ikomeza ivuga ko aba bagabo bombi bemera ko amafaranga bafatanywe bayakiriye bakanayakoresha batazi ko ari amahimbano. Bombi bahise bashyikirizwa Urwego rw’Ubugenzacyaha(RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Murunda kugira ngo hatangire iperereza.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba yashimiye abaturage bagize ubushishozi bakamenya ko ayo mafaranga ari amahimbano ndetse bakihutira gutanga amakuru. Yasabye n’abandi bose cyane cyane abacuruzi kujya bagenzura bakareba ko amafaranga bahawe ari mazima cyane cyane inoti nshya. Yavuze ko aba bagabo bakurikiranyweho ibyaha bibiri ari byo gukoresha amafaranga y’amiganano ndetse no gucuruza amabuye y’agaciro mu buryo butemewe n’amategeko.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ingingo ya 269 ivuga ko umuntu wese, ku bw’uburiganya wigana, uhindura amafaranga y’ibiceri cyangwa inoti akoreshwa mu Rwanda cyangwa mu mahanga, ibyakwitiranywa na yo, impapuro zifite agaciro k’amafaranga y’igihugu zashyizweho umukono n’inzego zibifitiye ububasha, ziriho tembure yayo cyangwa ikirango cyayo, cyangwa izindi mpapuro zikoreshwa mu Rwanda cyangwa mu mahanga, uzana cyangwa ukwiza mu Rwanda izo mpapuro n’izo noti azi ko ziganywe cyangwa ko zahinduwe, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7).

    Itegeko N° 58/2018 ryo ku wa 13/08/2018 ingingo ya 54 ivuga ko Umuntu wese ushakashaka, ucukura, utunganya, ucuruza amabuye y’agaciro cyangwa kariyeri nta ruhushya, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi abiri (2) ariko kitarenze amezi atandatu (6) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/rutsiro-abakekwaho-gucuruza-amabuye-y-agaciro-mu-buryo-butemewe-bafatanywe-amafaranga-y-amiganano

  • Musenyeri Antoine Kambanda yagizwe Karidinali #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Musenyeri Antoine Kambanda yatorewe kuba Karidinali
    Musenyeri Antoine Kambanda yatorewe kuba Karidinali

    Papa Francis yabitangaje kuri iki Cyumweru tariki 25 Ukwakira 2020, Musenyeri Antoine Kambanda akaba abaye Umunyarwanda wa mbere ugizwe Karidinali.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/musenyeri-antoine-kambanda-yagizwe-karidinali

  • Bruce Melodie yinjiye mu njyana ya Gakondo, yakirwa mu buryo butandukanye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bruce Melodie aha yari muri Kigali Arena mu gitaramo cyakurikiye umuhango wo Kwita Izina wabaye tariki 06 Nzeri 2019
    Bruce Melodie aha yari muri Kigali Arena mu gitaramo cyakurikiye umuhango wo Kwita Izina wabaye tariki 06 Nzeri 2019

    Yahereye ku yo yatanzemo ubutumwa bwo gukunda u Rwanda no kurukundisha abanyamahanga, ariko abafana bamwe banze kumushira amakenga bakeka ko ari igitutu cy’abamaze iminsi banenga abahanzi baririmba indirimbo zirimo ibisa n’urukozasoni ndetse n’ubusambanyi.

    Mu butumwa Bruce Melodie yashyize kuri Twitter, yagize ati “Nk’uko twabisezeranye, urugendo rwanjye muri gakondo ruratangiye ku mugaragaro.”

    Kuri ubu butumwa, ni ho yashyize agace k’indirimbo yumvikanamo amagambo ataka u Rwanda avuga ko ari igihugu cyiza gisurwa na ba mukerarugendo b’abanyamahanga, avuga ko ubu u Rwanda ari igihugu gishya.

    Benshi mu bamukurikira ku rubuga rwa Twitter, batangiye kumwandikira bamubwira ko iyo atari injyana ye ndetse ko bitazamuhira, n’ubwo hari n’abandi bamugaragarizaga ko bishimiye kumwumva mu njyana gakondo.

    Nkuko Twabisezeranye,Urugendo Rwanjye muri Gakondo Ruratangiye ku mugaragaro #24 Is Out Now 🔥🔥 https://t.co/cd8cYNZMub pic.twitter.com/OlpuYQB2Gc

    — Bruce Melodie 🎵 (@BruceMelodie) October 25, 2020

    Bamwe mu basubije ubwo butumwa yanditse, bavuze ko ashobora kuba yinjiye mu njyana ya Gakondo kubera igitutu n’amagambo aherutse gutangazwa n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Bamporiki Edouard, avuga ko urwego ayoboye rutazihanganira abahanzi baririmba indirimbo zirimo amagambo aganisha ku busambanyi n’andi magambo ahungabanya umuco nyarwanda.

    Iki gihe, Bamporiki yanavuze ko aho kugira ngo ananirwe gukemura iki kibazo, ashobora no kwegura ku mirimo.

    Abumvise amagambo ya Bamporiki rero, bahise babwira Bruce Melodie ko ashobora kuba yagize ubwoba bw’aya magambo, kuko indirimbo yari amaze iminsi asohoye yitwa saa moya, ari imwe mu zitaravuzweho rumwe, ndetse abantu bayitangaho urugero rw’indirimbo zikabije konona umuco no kuvuga amagambo bamwe bita ibishegu.

    Ku rundi ruhande ariko, na mbere y’aya magambo y’umunyamabanga wa Leta, Bruce Melodie yigeze kumvikana avuga ko n’ubwo arimo yamamaza indirimbo ye ‘Saa Moya’ azakurikizaho injyana gakondo ndetse ngo afite mu migambi ye kwamamaza iyi njyana.

    Abakurikiye ubu butumwa, na bo babyanditse kuri Twitter bamubwira ko yubahirije isezerano yari yarabahaye, ryo gukora iyi njyana.

    Umva Bruce Melodie muri iyi ndirimbo yaririmbyemo mu buryo bwa gakondo

    source https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/bruce-melodie-yinjiye-mu-njyana-ya-gakondo-yakirwa-mu-buryo-butandukanye

  • Musanze: Haracyashakishwa amakuru ku nka yatemwe mu ijoro ryakeye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Uwo mugabo ngo yahise atabaza abaturanyi n’ubuyobozi buratabara, ariko ntibabasha guhita bamenya uwatemye iyo nka, nk’uko Kigali Today yabitangarijwe na Habinshuti Annaclet, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gacaca.

    Agira ati “Inka ye yabaga hanze, yabyutse ajya kuri toilette kubera ko inka ye aho irara ni hafi ya toilette, avuyeyo kubera ko yari afite itoroshi urumva hari nijoro abona amaraso, arebye asanga ni inka ye batemye, atabaza abaturanyi natwe amakuru turayamenya tujyayo, kugeza ubu uwo mugizi wa nabi ntabwo arafatwa”.

    Icyakora hari andi makuru yakomeje guhwihwiswa aturuka muri bamwe mu baturage avuga ko uwo mugabo yaba ari we waba witemeye iyo nka, dore ko bamubonye atwarwa na Polisi, gusa ntihavugwa impamvu yaba yamuteye kuba yakwitemera inka.

    Gitifu Habinshuti yahakanye ayo makuru avugwa ko uwo mugabo ariwe witemeye iyo nka agira ati “Ibyo kuvuga ko yayitemeye ntawabihamya amakuru aracyakurikiranwa ariko ntabwo nakubwira ngo ni we wayitemye nta gihamya mbifitiye, kuba yajyanye na Polisi ni uburyo bwo kujya gutanga ikirego ntabwo ari ugukurikiranwa”.

    Uwo muyobozi yavuze ko uburyo iyo nka yatemwe ku bitsinsino bigaragara ko bigoranye kuba yakira, gusa umuvuzi w’amatungo mu Murenge wa Gacaca akaba akomeje kuyikurikirana.

    Yasabye abaturage gufatanya bakaba umwe mu kurinda ibyabo, kugira ngo hatagira uwaza abameneramo yangiza ibyabo, abasaba gukaza amarondo baharanira gukumira abagizi ba nabi.

    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/musanze-haracyashakishwa-amakuru-ku-nka-yatemwe-mu-ijoro-ryakeye

  • Hari abagororwa benshi bifuza guhuzwa n’abo bahemukiye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Yabibwiye abari bitabiriye umuhango wo kureba ibyagezweho n’Umuryango DiDé (Fondation Dignité en Détention), mu mezi 18 uwo muryango wamaze ukorera muri Gereza ya Nyamagabe, iya Huye n’iya Rusizi, mu rwego rwo guhuza abakoze Jenoside n’abayirokotse bo mu turere twa Nyaruguru na Nyamasheke. Hari ku itariki 23 Ukwakira 2020.

    Ni nyuma y’uko Odette Mukansoro, umuyobozi nshingwabikorwa wa Fondasiyo DiDé, yari amaze kugaragaza ko batangira inyigisho ku gusaba imbabazi muri gereza, hagiye haboneka benshi bifuza kubifashwamo, ariko ko biyemeje gukorana na 437 bari hafi gutaha.

    Muri aba 437, abahujwe n’abo bahemukiye bakabasaba imbabazi na bo bakazibaha ni 132. Coronavirus yateye hari abandi bagororwa 37 bo muri gereza ya Rusizi bari baramaze kujyanwa gusaba imbabazi aho bakomoka mu Karere ka Nyamasheke, hakaba na 97 bo muri Nyaruguru na Nyamasheke bari baratumweho n’abo bahemukiye ngo bazabasange aho batuye babe ari ho babasabira imbabazi.

    Mukansoro uyobora uwo muryango DiDé avuga ko hakenewe ababatera inkunga mu buryo bw’amafaranga kugira ngo basubukure ibikorwa bari batangiye, byanaba ngombwa bakabyagurira n’ahandi, kuko bazi ko bikenewe.

    Ati “Nkurikije ibikorwa dukora, numva hazaboneka ubushobozi, umushinga ukaba wakomeza mu buryo bumwe cyangwa se ubundi.”

    CSP Thérèse Kubwimana ashimangira ko bikwiye ko uyu muryango DiDé uterwa inkunga ugakomeza ibi bikorwa wari watangiye, kuko ku bufatanye na wo hamwe n’abandi bafatanyabikorwa, Coronavirus yadutse hari abagororwa 1,037 bari baramaze guhuzwa n’imiryango y’abo bahemukiye bagasaba imbabazi kandi bakazihabwa, hakaba 5,925 bari bategereje guhuzwa n’abo bahemukiye ndetse na 641 bari bakigishwa.

    Ahereye ku kuba mbere ya coronavirus, muri Gereza zo mu Rwanda hari abagororwa bagera ku bihumbi 26 bafungiye Jenoside, avuga ko hari ababarirwa mu bihumbi 18 bakeneye kwigishwa.

    Umunyamabanga Nshingwabokorwa wa Komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge, Fidēle Ndayisaba, we yongeraho ko abatanga bene izi nyigisho zunga Abanyarwanda badakenewe mu magereza gusa, ahubwo no hanze yayo.

    Agira ati “No ku bafunguwe bari hanze mu muryango nyarwanda, ni byiza ko na bo bafashwa kugira ngo koko na bo bashobore guhinduka, bafashe kuzamura ukwizerana.”

    Yungamo ati “Buriya icyaha cya Jenoside ni icyaha kibi cyane. Gikomeretsa uwagikoze n’uwagikorewe ndetse n’imiryango yabo. Ingaruka zacyo ziragenda zikaba uruhererekane, bikagera no mu bisekuru. Ibikorwa nk’ibi byunga bifasha kugabanya izo ngaruka, no guhagarika ko byakomeza kwambukiranya bikagera no mu bo bibaruka.”

    Abahujwe n’abo bahemukiye bakabasaba imbabazi, bashima abiyemeje kubibafashamo kuko ubwabo batari kubyishoboza. Ikibashimisha kurushaho, ni uko babona babanye neza n’abo bahemukiye.

    Yohani Kanyabacuzi w’i Shangi muri Nyamasheke, muri Mata 2020 yarangije igifungo cy’imyaka 12 yari yarakatiwe. Na we ari mu bahujwe n’uwo yahemukiye akiri muri gereza.

    Agira ati “Kuva aho ntahiye, turahingirana, turasabana, dutahana ubukwe. Nta kibazo numva ngifite. Ndashima abaduhuje n’abo twakoreye ibyaha kuko byari ndengakamere. Ntitwari dukwiye no kubabarirwa.”

    Abatanze imbabazi na bo bavuga ko byabaruhuye, ariko ko cyane cyane baruhuwe n’uko abo bababariye babarangiye aho bashyize imibiri y’ababo bishe.

    Constance Kampogo uhagarariye umuryango wibumbiyemo abapfakazi ba Jenoside (AVEGA) mu Karere ka Nyamasheke agira ati “Gushyingura mu cyubahiro abacu biduha kwiyakira no kumva ko nta deni dufitiye uwagiye. Uba wumva urangije inshingano nk’uwasigaye, uba wumva wushije ikivi.”

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, François Habitegeko, avuga ko mu Karere ayobora abamaze guhuzwa n’abo bahemukiye bakabasaba imbabazi ari 50 ariko ko hari n’abandi 16 bari batahiwe ariko bikaza kubangamirwa na Coronavirus.

    Anavuga ko uwakumva uyu mubare yakwibwira ko ari bakeya ariko ko atari byo kuko byasabye imbaraga nyinshi ngo babashe kumva akamaro ko gusaba imbabazi.

    Abamaze gutera intambwe kuri we ngo ni umusemburo w’impinduka kandi ngo umusemburo ntujya uba mukeya. N’ikimenyimenyi, ngo abahawe inyigisho bakiri muri gereza bamaze gutaha, ubu babafasha mu bikorwa by’ubumwe n’ubwiyunge.

    source https://www.kigalitoday.com/ubutabera/amakuru/article/hari-abagororwa-benshi-bifuza-guhuzwa-n-abo-bahemukiye

  • Gusubira ku ishuri: Ihurizo ku banyeshuri babonye imirimo ibaha amafaranga #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Dr. Ndayambaje Irénée uyobora REB asaba ko habaho ubufatanye bw
    Dr. Ndayambaje Irénée uyobora REB asaba ko habaho ubufatanye bw’inzego zitandukanye ndetse n’ababyeyi mu gusubiza abana ku ishuri

    Valerie Nyirabazayire wo mu Karere ka Musanze, yagize ati: “Umukobwa wanjye yari agize imyaka 16, yari ageze mu wa gatatu w’amashuri yisumbuye, ubu yagiye i Kigali afite aho arera umwana bakamuhemba. Sinzi ko azankundira gusubira ku ishuri, kuko ubu abona amafaranga bamuha ari bwo buzima bwe”.

    Mu turere dukora ubuhinzi bw’icyayi, abana bamwe bagiye bajya gukora ibiraka mu mirima y’icyayi, kuri ubu bamenyereye gukorera amafaranga. Havugimana Jean Damascene, umuturage wo mu Karere ka Rusizi yagize ati: “Hano muri Gisakura abana bafite nk’imyaka 12 kuzamura bagiye babona ibiraka mu mirima y’icyayi. Mbona wenda kuko batigaga ntacyo byari bitwaye, kuko hari ubwo biba ngombwa ko bunganira ababyeyi, ikibazo ni ukuzabavana mu cyayi ngo ubasubije mu ishuri. Aha bizasaba imbaraga za Leta”.

    Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Uburezi (REB), Ndayambaje Irénée, yabwiye Kigali Today ko ikibazo cy’abana bagiye bajya mu mirimo inyuranye muri iki gihe cya Covid-19 bakizi, ariko ko hari ingamba zo kugira ngo bose bazasubire kwiga, mu gihe ibyiciro by’amashuri yabo bizaba bitangiye.

    Agira ati “Twese nka MINEDUC ndetse n’abafatanyabikorwa n’abandi baturage barabibona, hari abana bari hirya no hino mu mirimo inyuranye, ibi bikaba byaratewe n’uko abanyeshuri bamaze igihe kinini bari mu rugo, kubera Covid-19. Icyo twifuza ni uko mu gihe amashuri azaba atangiye, bose bagaruka bakiga”.

    Yakomeje avuga ko bisaba imbaraga kugira ngo umwana watangiye gukorera amafaranga yongere agire umutima wo gusubira mu ishuri. Ikigo cy’Igihugu cy’Uburezi (REB) cyatangiye ubukangurambaga, aho bashishikariza abafatanyabikorwa mu burezi, abayobozi mu nzego zinyuranye, ibitangazamakuru n’ababyeyi, gufatanya muri iki gikorwa, bamenyekanisha ingengabihe y’amashuri yatanzwe, kugira ngo uwo bireba wese abyubahirize.

    Avuga ko abarimu bo bamaze kwitegura itangira ry’amashuri, bareba uburyo bazasubiza abana ku gipimo bakwiye kuba bariho, cyane ko n’ubundi abana bose baba basanzwe batari ku kigero kimwe, mwalimu aba afite uko afasha buri mwana.

    Ibi bazabifashwamo n’ubumenyi bafite bize mu ishuri nderabarezi, ndetse n’amahugurwa REB n’abafatanyabikorwa bazakomeza kubaha ku bijyanye no kugarura ku murongo abana bari bamaze igihe batiga (Remedial Strategies), kandi ntawe utaye umwanya.

    Ku babyeyi bagiye bashora abana babo mu mirimo kubera amaburakindi, Ndayambaje uyobora REB yabasabye ko batagurana amafaranga make abana babaha n’ishuri rizababeshaho ubuzima bwose.

    Yagize ati: “Kwiga ni uburenganzira bw’umwana. Amafaranga make cyane umwana yazana uyu munsi, yazikuba inshuro nyinshi mu gihe yaba yararangije kwiga, yinjira ku isoko ry’umurimo ashobora guhangana kugera ku isoko mpuzamahanga. Ababyeyi bazigomwe nk’uko basanzwe babigenza, ariko barebe kure h’abana babo”.

    Mbere ya Covid-19, abana bagera kuri 98% by’abana bagomba kwiga, bari bari mu mashuri. Gusa ngo kubera Covid-19, abana bata ishuri bashobora kuziyongera, Minisiteri y’Uburezi ikazamenya neza ikigero cyabo mu gihe abanyeshuri bose bazaba bamaze kugera ku ishuri.

    Reba HANO ingengabihe y’uko amashuri azatangira.

    Inkuru bijyanye:

    MINEDUC yatangaje uko ingendo zo gusubira ku ishuri ku biga bacumbikirwa zizakurikirana


    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/amashuri/article/gusubira-ku-ishuri-ihurizo-ku-banyeshuri-babonye-imirimo-ibaha-amafaranga