Tag: featured

  • Tanzania: Indorerezi n’imiryango yigenga bagaragaje impungenge mu matora yo ku wa Gatatu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umukandida Perezida Magufuli imbere y
    Umukandida Perezida Magufuli imbere y’inteko rusange y’ishyaka CCM riri ku butegetsi, rishinjwa gukandamiza uruhande rw’abadashyigikiye Leta

    Ku wa Gatatu tariki ya 28 Ukwakira 2020, Abanyatanzaniya bagomba kujya mu matora yo kwihitiramo umukuru w’igihugu n’abadepite.

    Abatavuga rumwe na Tanzaniya bahuye n’inzitizi mu rugamba rwabo rwo gushaka kuvana Dr Magufuli ku butegetsi yagiyeho muri 2015 binyuze mu matora.

    Bavuga ko Guverinoma yatumye ibihumbi by’indorerezi zifuzaga gukurikirana ayo matora zatanzwe n’abatavuga rumwe na Leta zangiwe gukurikirana no kugenzura niba ibikorwa by’amatora bikorwa mu mucyo no mu bwisanzure kuko hari impungenge z’uko amajwi azanyerezwa.

    Zitto Kabwe n’ishyaka rya ACT Wazalendo, umwe mu nkingi zikomeye mu ihuriro ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, yatangarije ibiro ntaramakuru by’Abanyamerika, Associated Press ko hashobora kwaduka imvururu.

    Agira ati: “Biroroshye kwiba amajwi, uburiganya bushobora kubaho mu buryo bworoshye.”

    Yatanze igisa n’umuburo ku kibazo gishobora gukurura urugomo, avuga ko ishyaka rye ritazemera ko amatora akorwa badafitemo indorerezi, ati: “Ni yo mpamvu ari ikibazo kimeze nk’igisasu gishobora guturika.”

    Ubutegetsi bwa Magufuli wongeye kwiyamamaza, bwanenzwe kuba atarigeze yumvikana n’ abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe kuva yatsinda amatora mu 2015, cyane cyane harimo no kubuza amashyaka gukora amakoraniro rusange n’ibikorwa bigendanye no kwiyamamaza.

    Perezida Magufuli ayoboye ishyaka riri ku butegetsi rya Chama Cha Mapinduzi (CCM) ryashinzwe mu 1977 rikaba rimaze imyaka ibarirwa muri za mirongo riri ku butegetsi. Ni mu gihe kuri iyi nshuro amahirwe menshi y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi yo gutsinda amatora kwari ukwihuriza hamwe no gushyigikira umukandida umwe, ariko ibyo ntibyari biboroheye.

    Mu cyumweru gishize; Amashyaka abiri akomeye atavuga rumwe n’ubutegetsi, ACT Wazalendo na CHADEMA, bemeye gushyira hasi ibibazo bari bamaze imyaka myinshi bafitanye bishingiye ahanini ku ngengabitekerezo y’amoko. Biyemeje kunga ubumwe no gushyigikira Tundu Lissu wa CHADEMA. Uyu mwaka yongeye kugaruka mu gihugu avuye mu Bubiligi nyuma yo gushaka kumwica muri 2017 aho yarashwe amasasu 16.

    source https://www.kigalitoday.com/politiki/amakuru/article/tanzania-indorerezi-n-imiryango-yigenga-bagaragaje-impungenge-mu-matora-yo-ku-wa-gatatu

  • Nyagatare: Inkuba yishe inka eshanu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Byabereye mu Mudugudu wa Karungi, Akagari ka Kamagiri, Umurenge wa Nyagatare, ahagana saa kumi n’igice.

    Iyo nkuba ngo yazikubise ubwo imvura nyinshi yari irimo kugwa muri aka gace, izo nka zikaba zari ziri mu rwuri rwazo.

    Muhutu Samuel yari asanganywe inka 9 ubu akaba asigaranye inka 4.

    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/nyagatare-inkuba-yishe-inka-eshanu

  • Tanzania: Abahanzi b’ibyamamare mu ndirimbo zitaka abiyamamariza kuyobora igihugu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu nama yateguwe n’ishyaka Chama Cha Mapinduzi (CCM) riri ku butegetsi muri Tanzania, indirimbo ziheruka gushyirwa ahagaragara muri icyo gihugu zongeye kumvikana inshuro nyinshi zirimo amagambo ataka Perezida John Magufuli urimo kwiyamamariza kuyobora Tanzania ku nshuro ya kabiri mu matora azaba ku wa Gatatu kuwa tariki 28 Ukwakira 2020.

    Indirimbo ya Diamond yise Baba Lao, avugamo na Magufuli, Diamond amaze igihe gito ayisubiyemo yongeramo ibigwi bya Magufuli, ndetse akavugamo n’ibigwi by’umwungirije (vice-president) Samia Suluhu, Minisitiri w’Intebe Kassim Majaliwa n’abandi bayobozi benshi bari mu ishyaka Chama Cha Mapinduzi riri ku butegetsi.

    Hagati aho ariko abatavuga rumwe n’ubutegetsi na bo barimo kwiyambaza abahanzi barimo kubataka hirya no hino mu gihugu, mu gihe habura iminsi ibiri gusa ngo bajye mu matora.

    Ubu buryo bwo kwifashisha urubyiruko mu matora ntabwo ari ubwa vuba aha muri Tanzania kuko n’ubusanzwe 2/3 by’abaturage usanga ari abari munsi y’imyaka 25.

    No mu mateka ya Tanzania abahanzi kuva kera na kare bakunda guhanga indirimbo za politiki, nk’uko byemezwa na Dr Viscencia Shule, umwalimu muri kaminuza ya Dar es Salaam akaba n’impuguke mu birebana n’ubuhanzi.

    Mu kiganiro na BBC, Dr Viscencia Shule yavuze ko abahanzi n’abacuranzi bagize uruhare rukomeye mu rugamba rwo kubohora Tanzania kugeza na nyuma y’ubwigenge, ndetse bakomeza no gukoreshwa n’abanyapolitiki muri gahunda zabo.

    Hagati aho ariko Dr Shule ntiyemera ko ibivugwa n’abahanzi byose ari ukuri igihe baba barimo gutaka abiyamamaza. Ibi abivuze by’umwihariko mu gihe muri Tanzania hashize imyaka itanu hashyizweho amategeko asa n’areshya abahanzi ngo binjire mu bikorwa by’abanyapolitiki, hakaba na Perezida Magufuli usaba abantu kuvugisha ukuri.

    Muri Nyakanga uyu mwaka, Perezida Magufuli yahurije hamwe abahanzi babiri bamaze igihe ari abakeba – Diamond Platnumz na Alikiba – bitabira igitaramo cyari cyateguwe n’ishyaka CCM mu murwa mukuru Dodoma, hanyuma bombi abasaba gufasha hasi ibyabatandukanyaga.

    Icyo gihe umuhanzi Harmonize na we w’icyamamare, yaje kwifatanya na bo nubwo yigeze kugirana amakimbirane na Diamond Platnumz nyuma yo kwitandukanya na we.

    Icyo gihe Perezida Magufuli yavuze ko anezezwa cyane no kubona Alikiba yicaranye na Diamond, arongera ati: “Kandi iyo mbonye Harmonize watandukanye na Diamond, arimo kumutaka mu ruhame, ubwo ni bwo bumwe nifuza.”

    source https://www.kigalitoday.com/politiki/amakuru/article/tanzania-abahanzi-b-ibyamamare-mu-ndirimbo-zitaka-abiyamamariza-kuyobora-igihugu

  • Urubyiruko rweretswe uko rwaba umusemburo wo gusigasira ubumwe n’ubwiyunge buhamye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Urubyiruko rwaganirijwe ku nzira y
    Urubyiruko rwaganirijwe ku nzira y’ubumwe n’ubwiyunge

    Ni igikorwa cyabaye mu mpera z’icyumweru gishize, aho ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro ku bufatanye na Rabagirana Ministries batanze ibiganiro ku rubyiruko ruhagarariye abandi mu mirenge yose igize akarere ruganirizwa ku mateka yaranze igihugu cy’u Rwanda hagamijwe ko rwaba umusemuro wo gusigasira ubumwe n’ubwiyunge buhamye.

    Ni ibiganiro byatanzwe na Pasiteri Dr Antoine Rutayisire umwe mu bagize ihuriro ry’ubumwe n’ubwiyunge mu Karere ka Kicukiro akaba n’inararibonye mu mateka y’u Rwanda.

    Mu kiganiro n’itangazamakuru, Dr Rutayisire Antoine yavuze ko iri huriro ry’urubyiruko yaruganirije ku masomo anyuranye ajyanye n’ubumwe bw’Abanyarwanda ndetse n’amateka yarwo, kugira ngo bamenye aho igihugu cyavuye.

    Yanongeyeho ko urubyiruko ari u Rwanda rw’ejo bityo rukwiye guhabwa impamba ihagije hagamijwe ko na bo bagaragaza impinduka aho bazajya hose.

    Rev. Dr Rutayisire avuga ko amasomo ku bumwe n
    Rev. Dr Rutayisire avuga ko amasomo ku bumwe n’ubwiyunge ari ngombwa ku rubyiruko

    Yagize ati “Amasomo twagombaga kwiga y’amateka y’ubumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda ni amasomo usanga ari ngombwa cyane. Icyo tubatagerejeho ni ukubona izo mpinduka zibaho kugira ngo urubyiruko rusobanukirwe mbere na mbere amateka y’iki gihugu, bamenye aho twavuye bamenye uko byari bimeze, bamenye aho ibintu byapfiriye bamenye n’ibyo tugomba kubaka kugira ngo igihugu cyacu gikomeze kujya imbere”.

    Niyigena na Jacques wo mu Murenge wa Gatenga na Umugwaneza Cynthia wo mu Murenge wa Masaka bahuriza ku kuba ibi biganiro byari ingirakamaro, kuko bahawe ishusho nyayo y’amateka, bityo bikazabafasha kuzigisha urundi rubyiruko rutigeze ruza muri ibi biganiro.

    Bavuga ko bagiye kwera imbuto z’ubumwe n’ubwiyunge aho batuye no mu rundi rubyiruko.

    Umuyobozi Nshingwabikorwa w
    Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Solange Umutesi

    Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Umutesi Solange, avuga ko barebye nk’ubuyobozi bagasanga hari byinshi byagezweho mu rugendo rw’ubumwe n’ubwiyunge, ariko kandi ko hakenewe imbaraga mu kubisigasira.

    Yongeraho ko nta bandi bo kubisigasira batari urubyiruko, ari na yo mpamvu ikomeye yatumye bategurirwa ibiganiro nk’ibi. Avuga kandi ko hari igikorwa nanone barimo cyiswe ‘urugendo rw’ubumwe n’ubwiyunge, umwihariko w’urubyiruko’ kirimo ibikorwa bitandukanye yaba ibiganiro, gusura inzibutso, ibikorwa ngiro n’ibindi.

    Uretse ibi biganiro, hanatanzwe ibihembo ku mirenge yahize indi mu bijyanye no kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge binyuze mu bikorwa binyuranye.

    Umurenge wa Gahanga ni wo wegukanye umwanya wa mbere. Kimwe mu bikorwa uyu murenge wakoze ni ugutera igiti kitiriwe ubumwe n’ubwiyunge, ari na ko batanga amahugurwa, ibiganiro, ubukangurambaga n’ibindi. Banakoze kandi amahugurwa y’isanamitima n’ibindi.

    Umurenge wabaye uwa ni uwa Kanombe, naho uwa gatatu uba Umurenge wa Kagarama. Muri rusange ariko imirenge yose ikaba yarashimiwe.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/Urubyiruko-rweretswe-uko-rwaba-umusemburo-wo-gusigasira-ubumwe-n-ubwiyunge-buhamye

  • Abarimu 1,566 bari mu kazi batabifitiye ibyangombwa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Aba barimu bangana na 6.6% by’abarimu bose mu gihugu, bakaba bakora nta mpapuro cyangwa se dosiye bafite bitewe ahanini n’uburangare bw’abashinzwe kugenzura umurimo.

    Iyi raporo itanga urugero rwo mu mashuri atandatu yo mu Karere ka Nyagatare, aho nta mwarimu n’umwe ufite ibyangombwa. Mu barimu 2,430 babarurwa muri ako karere, 807 nta byangombwa bafite.

    Mu Karere ka Nyamagabe ho, abarimu 391 mu barimu 2,586 nta byangombwa bafite, mu gihe muri Gicumbi ari abarimu 187.

    Iyo raporo ivuga kandi ko bidasobanutse uburyo abarimu 4,087 mu turere 11 bageze mu kazi kandi nta mabaruwa abashyira mu myaka barimo bafite.

    Ni mu gihe kandi hari abarimu 762 bari mu kazi ariko batarigeze berekana impamyabumenyi zabo. Ibi bikaba bituma umuntu yakwibaza niba koko bafite ubushobozi bwo kuba bakwigisha.

    Imibare ya Minisiteri y’Uburezi yerekana ko mu Rwanda habarurwa abarimu ibihumbi 63,986, muri bo abigisha mu mashuri abanza bujuje ibisabwa ni 98.6% mu gihe mu mashuri yisumbuye abujuje ibisabwa bangana na 76%.

    Inkuru dukesha The New Times iravuga ko iyi raporo yagombaga kugezwa imbere y’Inteko Ishinga Amategeko ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere.

    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/ibikorwa-by-uburezi/article/abarimu-1-566-bari-mu-kazi-batabifitiye-ibyangombwa

  • Urubyiruko rweretswe uko rwaba umusemuro wo gusigasira ubumwe n’ubwiyunge buhamye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Urubyiruko rwaganirijwe ku nzira y
    Urubyiruko rwaganirijwe ku nzira y’ubumwe n’ubwiyunge

    Ni igikorwa cyabaye mu mpera z’icyumweru gishize, aho ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro ku bufatanye na Rabagirana Ministries batanze ibiganiro ku rubyiruko ruhagarariye abandi mu mirenge yose igize akarere ruganirizwa ku mateka yaranze igihugu cy’u Rwanda hagamijwe ko rwaba umusemuro wo gusigasira ubumwe n’ubwiyunge buhamye.

    Ni ibiganiro byatanzwe na Pasiteri Dr Antoine Rutayisire umwe mu bagize ihuriro ry’ubumwe n’ubwiyunge mu Karere ka Kicukiro akaba n’inararibonye mu mateka y’u Rwanda.

    Mu kiganiro n’itangazamakuru, Dr Rutayisire Antoine yavuze ko iri huriro ry’urubyiruko yaruganirije ku masomo anyuranye ajyanye n’ubumwe bw’Abanyarwanda ndetse n’amateka yarwo, kugira ngo bamenye aho igihugu cyavuye.

    Yanongeyeho ko urubyiruko ari u Rwanda rw’ejo bityo rukwiye guhabwa impamba ihagije hagamijwe ko na bo bagaragaza impinduka aho bazajya hose.

    Rev. Dr Rutayisire avuga ko amasomo ku bumwe n
    Rev. Dr Rutayisire avuga ko amasomo ku bumwe n’ubwiyunge ari ngombwa ku rubyiruko

    Yagize ati “Amasomo twagombaga kwiga y’amateka y’ubumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda ni amasomo usanga ari ngombwa cyane. Icyo tubatagerejeho ni ukubona izo mpinduka zibaho kugira ngo urubyiruko rusobanukirwe mbere na mbere amateka y’iki gihugu, bamenye aho twavuye bamenye uko byari bimeze, bamenye aho ibintu byapfiriye bamenye n’ibyo tugomba kubaka kugira ngo igihugu cyacu gikomeze kujya imbere”.

    Niyigena na Jacques wo mu Murenge wa Gatenga na Umugwaneza Cynthia wo mu Murenge wa Masaka bahuriza ku kuba ibi biganiro byari ingirakamaro, kuko bahawe ishusho nyayo y’amateka, bityo bikazabafasha kuzigisha urundi rubyiruko rutigeze ruza muri ibi biganiro.

    Bavuga ko bagiye kwera imbuto z’ubumwe n’ubwiyunge aho batuye no mu rundi rubyiruko.

    Umuyobozi Nshingwabikorwa w
    Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Solange Umutesi

    Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Umutesi Solange, avuga ko barebye nk’ubuyobozi bagasanga hari byinshi byagezweho mu rugendo rw’ubumwe n’ubwiyunge, ariko kandi ko hakenewe imbaraga mu kubisigasira.

    Yongeraho ko nta bandi bo kubisigasira batari urubyiruko, ari na yo mpamvu ikomeye yatumye bategurirwa ibiganiro nk’ibi. Avuga kandi ko hari igikorwa nanone barimo cyiswe ‘urugendo rw’ubumwe n’ubwiyunge, umwihariko w’urubyiruko’ kirimo ibikorwa bitandukanye yaba ibiganiro, gusura inzibutso, ibikorwa ngiro n’ibindi.

    Uretse ibi biganiro, hanatanzwe ibihembo ku mirenge yahize indi mu bijyanye no kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge binyuze mu bikorwa binyuranye.

    Umurenge wa Gahanga ni wo wegukanye umwanya wa mbere. Kimwe mu bikorwa uyu murenge wakoze ni ugutera igiti kitiriwe ubumwe n’ubwiyunge, ari na ko batanga amahugurwa, ibiganiro, ubukangurambaga n’ibindi. Banakoze kandi amahugurwa y’isanamitima n’ibindi.

    Umurenge wabaye uwa ni uwa Kanombe, naho uwa gatatu uba Umurenge wa Kagarama. Muri rusange ariko imirenge yose ikaba yarashimiwe.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/urubyiruko-rweretswe-uko-rwaba-umusemuro-wo-gusigasira-ubumwe-n-ubwiyunge-buhamye

  • Pasiteri Niyonshuti Theogene avuga ko niba habaho ijuru n’ingo nziza zibaho #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Pasiteri Theogene Niyonshuti
    Pasiteri Theogene Niyonshuti

    Mu kiganiro Ubyumva Ute cya KT Radio Pasitier Niyonshuti yatumiwemo, yavuze ko buri wese mu rwego arimo agera igihe cyo gushaka uwo bazabana, uko ubushobozi bwe mu mafaranga bwaba bumeze kose.

    Ati “Na wawundi utagira aho arara agera igihe gikwiriye akumva arashaka gushinga urugo. Ahubwo ikibazo aho kiri ni uko umuntu yishyira mu rwego atarimo, ariko uwo muhungu n’umukobwa bakabanje gutekereza icyo urugo ari cyo”.

    Avuga ko urugo ari umushinga w’ubuzima urangira ari uko umwe apfuye, kandi na bwo undi arakomeza kuko hazamo abana kandi ko urugo ruruta amafaranga.

    Ati “Nibamara kwicara bakumva ibyo ni bwo bazatangira gutekereza ku mafaranga bareba ibikenewe. Ikibazo kibaho ni uko hazamo kubeshya, umwe akabeshya undi kugirango amuvane mu bihe bibi arimo”.

    Mu buhamya atanga avuga ku byamubayeho ajya gushinga urugo, akavuga ko icy’ingenzi ari ukuri no kunyurwa, kuko we n’uwo babana bashyize ukuri imbere.

    Ati “Twavuye ku murenge kwiyandikisha madamu ambaza niba ngira konti muri banki, ndibuka ko nari mfite bibiliya mu ntoti n’agakapu karimo ipantako n’ishati. Naramubwiye ngo uku umbona ni ko mpagaze, ikirenze aha ntacyo mfite”.

    Umugore we babanye uko kandi bemeranya gukundana uko bameze.

    Icyo Pasiteri Niyonshuti agiramo inama abashaka kurushinga ni uko amafaranga akenewe, kuko ubuzima bwa buri munsi buyobowe n’amafaranga, ariko ibyica urukundo ari kwa kubeshya, kutagira ibanga, kumva amabwire n’ibindi usanga bisenya urukundo.

    Ati “Urugo bagomba kumva ko atari ibirangirira mu bukwe ahubwo ari ho rutangirira, kandi bakamenya ko mu rugo habaho kuzamuka no kumanuka. Ni intambwe iterwa rimwe mu buzima byaba bibabaje hagize uyitera agashingira ku mafaranga kuko aho baba bagana atari amafaranga gusa”.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/pasiteri-niyonshuti-theogene-avuga-ko-niba-habaho-ijuru-n-ingo-nziza-zibaho

  • Abaturage batangiye gukirigita ifaranga kubera umushinga wo gusubiranya Amayaga #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nshimiyimana avuga ko ako kazi kamutungiye umuryango
    Nshimiyimana avuga ko ako kazi kamutungiye umuryango

    Abo baturage bakora imirimo inyuranye mu bikorwa byo gutegura ingemwe z’ibiti bizaterwa, gukora amaterasi, gutera urubingo ku mirwanyasuri n’ibindi, bakemeza ko byabakuye mu bushomeri bityo ko bizabafasha kwiteza imbere.

    Bamwe muri abo baturage baganiriye na Kigali Today ibasanze mu kazi, bemeza ko batangiye kubona amafaranga ndetse no kwizigamira, nk’uko Ntirenganya Theoneste wo mu Karere ka Rutsiro ucukura imirwanyasuri abivuga.

    Ati “Ndashimira cyane uwatekereje kuzana abantu bo mu zindi ntara, ubu ndimo gukorera amafaranga meza, nari maze iminsi ndi umushomeri. Hano ncukura utudumburi nk’umunani ku munsi, kamwe ni amafaranga 300, urumva ko ari 2,400 bakaduhemba buri cyumweru, ayo mafaranga ni menshi mu gihe iwacu umuntu yahingiraga 500 ku munsi”.

    Umushinga w
    Umushinga w’Amayaga uzaha akazi abaturage bagera ku bihumbi 150

    Ati “Iyo bampembye mpita nizigamira 5,000 kugira ngo nzagire icyo nigezaho, cyane ko ndi umusore ngomba gushaka umugore kandi nkanubaka inzu, nizera ko nzabigeraho kuko uyu mushinga ngo uzamara imyaka itandatu”.

    Nzayisenga na we wo mu Karere ka Nyanza, ati “Hano amafaranga araboneka kuko nshobora gukorera 1,500 cyangwa 1,800 ku munsi bitewe n’utudumburi nacukuye, nshobora no kuzayarenza mu gihe ubusanzwe nakoreraga 1,000 mu kiyede. Ubu buri cyumweru nizigamira 4,000 kandi ndabona bimfitiye akamaro kanini”.

    Icyo abo bakozi bita akadumburi, ni umurwanyasuri bacukura ku musozi ufite metero enye z’uburebure, santimetero 50 z’ubugari na santimetero 60 z’ubujyakuzimu, umuntu agacukura utwo abashije ku munsi, kamwe akagahemberwa amafaranga 300.

    Nshimiyimana Amoni wo mu Karere ka Nyamasheke ukora mu ruhombekero rw’ibiti, avuga ko umushahara bamuhemba umutungiye umuryango.

    Buri kadumburi umukozi acukuye abarirwa amafaranga 300
    Buri kadumburi umukozi acukuye abarirwa amafaranga 300

    Ati “Nturuka mu Karere ka Nyamasheke, ariko aka kazi ntacyo nakanganya kuko kantungiye umugore n’umwana. Hano buri kenzeni (iminsi 15) mpembwa ibihumbi 30,000 nkabona ayo nifashisha, ayo nohereza mu rugo nkanizigamira, intego yanjye ni ukuziyubakira inzu kuko numva ari yo nkeneye cyane kuko iwacu nari narabuze akazi kamfasha kuyubaka”.

    Uwo mushinga uterwa inkunga n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Iterambere (UNDP), n’Ikigo mpuzamahanga cy’Ibidukikije (GEF), ufite ingengo y’imari ya miliyari 31 na miliyoni 900 z’amafaranga y’u Rwanda, bikaba biteganyijwe ko uzaha akazi abaturage bagera ku bihumbi 150 mu gihe cy’imyaka itandatu uzamara.

    Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, avuga ko kuba abaturage ari bo bakora imirimo muri uwo mushinga ari ingirakamaro kuko bizatuma biteza imbere bakanarinda ibikorwa byabo.

    Ati “Uyu mushinga uzadufasha guhangana n’ibiza byatwagirizaga ibishanga ndetse n’ibikorwa remezo nk’imihanda n’ibindi. Imirimo yawo rero izadufasha kuzamura ubukungu kuko kuva ibikorwa byawo byatangira byose bikorwa n’abaturage bityo amafaranga akaba ari bo bayajyana”.

    Kayitesi Alice, Guverineri w
    Kayitesi Alice, Guverineri w’Intara y’Amajyepfo

    Ati “Ni bo batunganya ingemwe ndetse bakazanatera ibiti, kandi byinshi bizaba biri mu mirima yabo bikaduha icyizere cy’uko bazabirinda kuko banabishakaga cyane. Turashimira cyane rero Leta yategereje ku gice cy’Amayaga, tukaba twiteguye kubungabunga no kubyaza umusaruro uwo mushinga nk’uko tubyifuza”.

    Uwo mushinga ukorera mu Turere twa Gisagara, Nyanza, Ruhango na Kamonyi, aho hose abaturage bakaba bahabwa imirimo bakiteza imbere.


    source https://www.kigalitoday.com/ibidukikije/ibungabunga/article/abaturage-batangiye-gukirigita-ifaranga-kubera-umushinga-wo-gusubiranya-amayaga