Tag: featured

  • Indwara zitandura ku isonga mu kwica abantu benshi mu Rwanda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Minisitiri w
    Minisitiri w’Ubuzima Dr. Daniel Ngamije

    Minisitiri w’Ubuzima Dr. Daniel Ngamije, yabitangaje ku wa Mbere tariki 26 Ukwakira 2020, mu nama mpuzamahanga ku buzima (World Health Summit), yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga.

    Mu kiganiro yatanze, Minisitiri Ngamije yagaragaje ishusho y’indwara zitandura mu Rwanda, ingamba Leta iri gushyiraho mu kuzirwanya ndetse n’ingaruka z’ahazaza zishobora guterwa n’izi ndwara.

    Yagize ati “Indwara zitandura hamwe no gukomereka ni byo biyoboye imfu n’ubumuga mu Rwanda. Byabaye umutwaro uremereye ku gihugu, aho hafi 59% by’imfu tubona mu mavuriro ziba zaturutse ku ndwara zitandura hamwe no gukomereka”.

    Minisitiri Dr. Ngamije yavuze ko nubwo u Rwanda rwakoze byinshi birimo kugabanya imfu z’abana n’ababyeyi, hakenewe no kongera ingufu mu kugabanya indwara zitandura, akenshi zimenyekana bitinze.

    Yatanze urugero, ati “Nk’indwara y’umuvuduko w’amaraso, 40% by’abayifite bagera bwa mbere kwa muganga umutima wabo udakora neza, uburwayi bwabo bugeze ku gipimo cya 3 cyangwa 4. Nko mu ndwara zo mu myanya y’ubuhumekero, nka Asima, 7.5% bonyine ni bo bagerwaho n’ubuvuzi. Mu barwaye diyabete, ni 4%, bivuze ko imibare ikiri hasi. Tugomba kongera imbaraga mu gupima indwara zikamenyekana tugahangana na zo hakiri kare”.

    Minisitiri Ngamije avuga ko muri miliyoni zirenga 221 z’amadolari ya Amerika zashowe mu gukumira indwara, 1.7% yonyine ari yo yashowe mu kwirinda indwara zitandura, ariko akaba agomba kongerwa.

    Gahunda y’imyaka itanu igaragaza ko u Rwanda rufite gahunda yo kugabanya imfu ziterwa n’indwara zitandura nibura ku gipimo cya 5%.

    Ku bijyanye n’icyorezo cya Covid-19, Minisitiri w’Ubuzima Dr. Daniel Ngamije, yavuze ko hashyizwe imbaraga nyinshi mu kukirwanya, kuko kizahaza cyane abasanganywe indwara zitandura.

    Ati “Muri iki gihe cya Covid-19 twabonye ko indwara zitandura ari ikibazo gikomeye kuko abazifite bakomererwa iyo banduye Covid-19. Twabonye ko 90% by’imfu z’abantu 34 bazize Covid-19, bari basanganywe indwara zitandura. Kuba abapfuye kugeza ubu ari 34 gusa, twavuga ko biterwa n’uko abarwayi bamenyekana bakagezwa kwa muganga hakiri kare, kandi bakitabwaho kare ku buryo abapfuye bazize Covid-19 ari 0.7%”.

    Minisiteri y’Ubuzima kandi ivuga ko umubare munini w’abarwaye Covid-19 mu Rwanda, ari bafite hagati y’imyaka 20 na 59. Abake muri aba bafite hejuru y’imyaka 65, ari naho hagaragaye imfu nyinshi.


    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/indwara-zitandura-ku-isonga-mu-kwica-abantu-benshi-mu-rwanda

  • Mugheni Fabrice wakiniraga Rayon Sports yerekanywe muri AFC Leopards (AMAFOTO) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nyuma y’iminsi yarumvikanye na AFC Leopards yo muri Kenya, kuri uyu wa Kabiri tariki 27/10/2020 ni bwo uyu mukinnyi ukina mu kibuga hagati yerekanywe n’ikipe ya AFC Leopards nk’umukinnyi wabo mushya.

    Kakule Mugheni Fabrice utarabashije kumvikana na Rayon Sports ubwo yarangizaga amasezerano y’imyaka ibiri, yasinyiye iyi kipe amasezerano y’imyaka ibiri, anahabwa numero 17 yagiye yambara mu makipe atandukanye hano mu Rwanda.

    Mugheni Fabrice yakinnye mu makipe atandukanye mu Rwanda, arimo Police yakiniraga yitwa Mutuyimana Moussa, akinira Kiyovu Sports yagiyemo avuye muri Rayon Sports, nyuma yo kuyikinira umwaka umwe gusa ahita asubira muri Rayon Sports yari akiniye imyaka ibiri.

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/mugheni-fabrice-wakiniraga-rayon-sports-yerekanywe-muri-afc-leopards-amafoto

  • Polisi y’u Buholandi yataye muri yombi Umunyarwanda w’imyaka 71 ushinjwa Jenoside #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ni Umunyarwanda wa kabiri utawe muri yombi mu Buholandi ashinjwa ibyaha bya Jenoside, nyuma y’undi witwa Venant Rutunga watawe muri yombi muri Werurwe umwaka ushize (2019).

    Uwo Munyarwanda utavugwa amazina watawe muri yombi mu Buholandi, amakuru aturukayo aravuga ko ari umusaza w’imyaka 71 wigeze gukora muri banki akaba yari anafite farumasi mu Mujyi wa Kigali. Arashinjwa kuba yarandikaga amazina y’Abatusti ku rutonde yashyikirizaga interahamwe n’abasirikare bakicwa.

    Inkuru yatangajwe na BBC kuri uyu wa kabiri iravuga ko na we ubwe yagize uruhare muri Jenoside yahitanye abarenga miliyoni mu minsi ijana gusa.

    Twabajije Umuvugizi w’Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda Faustin Nkusi, atubwira ko na bo bataramenya uwatawe muri yombi uwo ari we, ariko amakuru aturuka mu Buholandi aremeza ko u Rwanda rwasabye ko yakoherezwa kuburanirishirizwa aho yakoreye ibyaha, nyuma y’imyaka 20 ishize asabye ubuhungiro mu Buholandi.

    Gutabwa muri yombi kwe bibaye nyuma y’amezi atanu ashize mu Bufaransa bataye muri yombi Félicien Kabuga, ushinjwa gutera inkunga y’amafaranga n’ibikoresho byakoreshejwe mu gushyira mu bikorwa Jenocide yakorewe Abatutsi.

    Félicien Kabuga, ku wa Mbere yoherejwe gufungirwa mu rukiko rwa La Haye, aho agomba kuburanishwa ku byaha birindwi bifitanye isano na Jenoside ariko byose arabihakana.

    Uwo Munyarwanda utavugwa amazina w’imyaka 71 watawe muri yombi mu Buholandi, ni uwa kabiri ufatiwe muri icyo gihugu, nyuma ya Venant Rutunga w’imyaka 69 wafashwe ku itariki 19 Werurwe muri 2019.

    Mu 1994 Rutunga yari umuyobozi wa ISAR Rubona, ikigo cyakoraga ubushakashatsi ku buhinzi ahahoze ari muri Perefegitura ya Butare.

    Ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiraga, muri ISAR Rubona hari hahungiye abantu basaga 100 barimo abagago, abagore n’abana bose biciwe imbere mu kigo, nyuma y’uko Venant Rutunga ahamagaje interahamwe n’abasirikare kuza kubica.

    source https://www.kigalitoday.com/ubutabera/jenoside/article/polisi-y-u-buholandi-yataye-muri-yombi-umunyarwanda-w-imyaka-71-ushinjwa-jenoside

  • Muhanga: Abatuye mu cyanya cyahariwe inganda barasabwa kwitondera kugurisha ubutaka bwabo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Inganda zimwe zatangiye kubaka
    Inganda zimwe zatangiye kubaka

    Ubuyobozi bubitangaje nyuma y’uko hari abaturage bavuga ko bahatirwa kwemera ingurane nkeya ku butaka bwabo ngo bimuke, mu gihe akarere ko kavuga ko igihe cyo kubimura kitaragera kuko amafaranga yagenewe kuzabimura igice cyayo cya mbere kizasohoka muri Gashyantare 2021.

    Ugeze mu gice cyahariwe inganda mu Mudugudu wa Gihuma, Akagari ka Gahogo mu Murenge wa Nyamabuye, usanga imashini ziri gusiza mu mirima yahoze ari iy’abaturage, inzu zimwe zanatangiye kubakwa, mu gihe hari abandi bashoramari bari kuza kwihahira ubutaka n’abaturage ngo bimuke.

    Abaturage bavuga ko bari kwishyurwa amafaranga hagati ya 2,500frw na 3,500frw kuri metero kare imwe, igiciro bavuga ko kiri hasi ugereranyije n’agaciro k’ubutaka bwo mu mujyi, ku buryo hari abafite impungenge z’uko bashobora kutazabonamo ibibanza byo guturamo aho bazimukira.

    Abaturage bavuga ko ababagurira ubutaka babategeka kwemera ayo mafaranga bitwaje ko aho hantu bahimurwa ku nyungu rusange, kandi hakaba n’abavuga ko nibatemera ayo mafaranga ngo bazahakurwa ku ngufu n’ubuyobozi bw’akarere.

    Uwamahoro Apollinarie, avuga ko abashoramari baje bavuga ko akarere kagennye agaciro k’ubutaka bwabo, nyamara ngo bakumva bitandukanye.

    Imashini zatangiye gusiza mu mirima y
    Imashini zatangiye gusiza mu mirima y’abaturage bemeye kugurisha nta gutegereza akarere

    Agira ati “Akarere ntituzi amafaranga kageneye aha hantu, hari abahawe ibihumbi birindwi kuri metero kare imwe none abashoramari baraza batubwira ko baduha atagera no ku 3,000frw, turasaba kurenganurwa, kuko amafaranga baduha ntacyo yatumarira”.

    Hari kandi abaturage basabwe kubarirwa kuri 3,500frw igihe bakwemera kwishyurwa batabarishije ibikorwa byo hejuru, bakifuza ko nibura bakishyuwe kuri 7,000frw kuri metero kare imwe.

    Nzayisenga Innocent, avuga ko ubutaka buhenze ku buryo kubarirwa kuri 2,500frw ari igihombo, kuko badashobora kuzabona ahandi hantu ho gutura kuko ubutaka buri kuzamuka aho bajya kubaza ibibanza, akifuza ko babishyura hagati ya 5,000frw na 7,000frw.

    Icyakora hari n’abanangiye bavuga ko batatanga ubutaka bwabo ku giciro gito bakaba bategereje izo ngufu zo kubimura ku gahato.

    Nta muturage uhatirwa kugurisha ngo yimurwe

    Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Kayitare Jacquelinne, avuga ko ibiri gukorwa mu cyanya cyahariwe inganda ari ba nyir’ubutaka ubwabo bari kubigiramo uruhare, kuko akarere kataratangira igikorwa cyo kubimura.

    Avuga ko akarere katabuza ushaka kugurisha ngo yimuke ariko katategeka ko umuntu yemera igiciro kitamunyuze, agasaba ko abari guhatirwa ayo mafaranga bayanga bagategereza ko akarere ari ko kazabimura kababariye ku gaciro kemewe.

    Avuga ko n’abari kwitwaza kuza kugura ubutaka bw’abaturage bashobora kuzabihomberamo igihe batangira kubaka inganda bateretswe imiterere izaranga imyubakire y’izo nganda, akavuga ko ibyo biri gukorwa nko kumama abaturage.

    Agira ati “Ikiri kudutungura ni ukumva umuturage yagurishije nyuma ukamusanga ataka ngo bamuhenze, ni uburenganzira bwe bwo kwanga ayo amafaranga kuko si agahato kugurisha n’uwo adashaka, ariko niba bari kwemera ayo mafaranga na bo bari kugira uruhare mu bihombo barimo gutaka”.

    Hari gushyirwa n
    Hari gushyirwa n’ikigega cy’amazi

    Arongera ati “Turabagira inama yo kuba baretse kwakira ayo mafaranga kugira ngo tuzabishyure, ibya ngombwa byabo turi kubinoza, kandi urutonde rwabo turarufite, kuko akarere ni ko gateganyijwe kuzabimura twamaze kuvugana na Minisiteri y’Ibikorwa Remezo ko amafaranga y’igice cya mbere azatangira kutugeraho mu kwezi kwa Gashyantare umwaka utaha”.

    Naho ku kuba hari abakekwa kugura ubutaka bw’abaturage hakiri kare ngo baziyungukire, ngo byaba bigamije kubwigwizaho ngo na bo bazabugurishe n’akarere, ibyo ngo bikaba byaba bihabanye n’amabwiriza yo kwimura abaturage ku nyungu rusange.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/Muhanga-Abatuye-mu-cyanya-cyahariwe-inganda-barasabwa-kwitondera-kugurisha-ubutaka-bwabo

  • Muhanga: Abatuye mu cyanya cyahariwe inganda barasabwa kwitonera kugurisha ubutaka bwabo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Inganda zimwe zatangiye kubaka
    Inganda zimwe zatangiye kubaka

    Ubuyobozi bubitangaje nyuma y’uko hari abaturage bavuga ko bahatirwa kwemera ingurane nkeya ku butaka bwabo ngo bimuke, mu gihe akarere ko kavuga ko igihe cyo kubimura kitaragera kuko amafaranga yagenewe kuzabimura igice cyayo cya mbere kizasohoka muri Gashyantare 2021.

    Ugeze mu gice cyahariwe inganda mu Mudugudu wa Gihuma, Akagari ka Gahogo mu Murenge wa Nyamabuye, usanga imashini ziri gusiza mu mirima yahoze ari iy’abaturage, inzu zimwe zanatangiye kubakwa, mu gihe hari abandi bashoramari bari kuza kwihahira ubutaka n’abaturage ngo bimuke.

    Abaturage bavuga ko bari kwishyurwa amafaranga hagati ya 2,500frw na 3,500frw kuri metero kare imwe, igiciro bavuga ko kiri hasi ugereranyije n’agaciro k’ubutaka bwo mu mujyi, ku buryo hari abafite impungenge z’uko bashobora kutazabonamo ibibanza byo guturamo aho bazimukira.

    Abaturage bavuga ko ababagurira ubutaka babategeka kwemera ayo mafaranga bitwaje ko aho hantu bahimurwa ku nyungu rusange, kandi hakaba n’abavuga ko nibatemera ayo mafaranga ngo bazahakurwa ku ngufu n’ubuyobozi bw’akarere.

    Uwamahoro Apollinarie, avuga ko abashoramari baje bavuga ko akarere kagennye agaciro k’ubutaka bwabo, nyamara ngo bakumva bitandukanye.

    Imashini zatangiye gusiza mu mirima y
    Imashini zatangiye gusiza mu mirima y’abaturage bemeye kugurisha nta gutegereza akarere

    Agira ati “Akarere ntituzi amafaranga kageneye aha hantu, hari abahawe ibihumbi birindwi kuri metero kare imwe none abashoramari baraza batubwira ko baduha atagera no ku 3,000frw, turasaba kurenganurwa, kuko amafaranga baduha ntacyo yatumarira”.

    Hari kandi abaturage basabwe kubarirwa kuri 3,500frw igihe bakwemera kwishyurwa batabarishije ibikorwa byo hejuru, bakifuza ko nibura bakishyuwe kuri 7,000frw kuri metero kare imwe.

    Nzayisenga Innocent, avuga ko ubutaka buhenze ku buryo kubarirwa kuri 2,500frw ari igihombo, kuko badashobora kuzabona ahandi hantu ho gutura kuko ubutaka buri kuzamuka aho bajya kubaza ibibanza, akifuza ko babishyura hagati ya 5,000frw na 7,000frw.

    Icyakora hari n’abanangiye bavuga ko batatanga ubutaka bwabo ku giciro gito bakaba bategereje izo ngufu zo kubimura ku gahato.

    Nta muturage uhatirwa kugurisha ngo yimurwe

    Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Kayitare Jacquelinne, avuga ko ibiri gukorwa mu cyanya cyahariwe inganda ari ba nyir’ubutaka ubwabo bari kubigiramo uruhare, kuko akarere kataratangira igikorwa cyo kubimura.

    Avuga ko akarere katabuza ushaka kugurisha ngo yimuke ariko katategeka ko umuntu yemera igiciro kitamunyuze, agasaba ko abari guhatirwa ayo mafaranga bayanga bagategereza ko akarere ari ko kazabimura kababariye ku gaciro kemewe.

    Avuga ko n’abari kwitwaza kuza kugura ubutaka bw’abaturage bashobora kuzabihomberamo igihe batangira kubaka inganda bateretswe imiterere izaranga imyubakire y’izo nganda, akavuga ko ibyo biri gukorwa nko kumama abaturage.

    Agira ati “Ikiri kudutungura ni ukumva umuturage yagurishije nyuma ukamusanga ataka ngo bamuhenze, ni uburenganzira bwe bwo kwanga ayo amafaranga kuko si agahato kugurisha n’uwo adashaka, ariko niba bari kwemera ayo mafaranga na bo bari kugira uruhare mu bihombo barimo gutaka”.

    Hari gushyirwa n
    Hari gushyirwa n’ikigega cy’amazi

    Arongera ati “Turabagira inama yo kuba baretse kwakira ayo mafaranga kugira ngo tuzabishyure, ibya ngombwa byabo turi kubinoza, kandi urutonde rwabo turarufite, kuko akarere ni ko gateganyijwe kuzabimura twamaze kuvugana na Minisiteri y’Ibikorwa Remezo ko amafaranga y’igice cya mbere azatangira kutugeraho mu kwezi kwa Gashyantare umwaka utaha”.

    Naho ku kuba hari abakekwa kugura ubutaka bw’abaturage hakiri kare ngo baziyungukire, ngo byaba bigamije kubwigwizaho ngo na bo bazabugurishe n’akarere, ibyo ngo bikaba byaba bihabanye n’amabwiriza yo kwimura abaturage ku nyungu rusange.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/muhanga-abatuye-mu-cyanya-cyahariwe-inganda-barasabwa-kwitonera-kugurisha-ubutaka-bwabo

  • Nyagatare: Abagore bagabiwe muri Girinka yabakuye mu bukene ibageza mu bakire #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mujawamariya Rose atuye mu Murenge wa Karama. Ni umupfakazi w’abana batatu, ndetse n’undi wa musaza we arera.

    Avuga ko yahawe inka ya Girinka mu mwaka wa 2013, ikaba imaze kubyara ibyaro eshanu. Kuri ubu mu rugo rwe hari inka eshatu zose zihaka.

    Avuga ko inka yahawe yamufashije kwigisha abana be amashuri yisumbuye, ndetse ngo ubu babiri basoje kaminuza, abandi na bo ni yo barimo kwiga.

    Uretse kwigisha abana be ngo yabonye ifumbire ku buryo ahinga akeza akabasha kubona ibitunga umuryango.

    Avuga ko mu kwezi nibura abona amafaranga ari hagati y’ibihumbi 70 na 65, akavuga agiye kongerera amaraso inka ze kugira ngo abone umukamo utubutse, bityo n’ayo yinjiza yiyongere.

    Agira ati “Nahawe inka nk’umupfakazi wa Jenoside, nari mbayeho nabi mpora nsaba inkunga. Perezida yampaye inka ndayorora na yo irankundira, mbona ifumbire mbona amata abana baranywa nanjye ndanywa nkira indwara nahoranaga. Umushinga nabanje ni ukwigisha abana babiri, basoje kaminuza abandi babiri umwe arasoza uyu mwaka”.

    Akomeza agira ati “Umushinga nshyize imbere ubu ni ukuzongera amaraso zigakamwa amata menshi kandi narabitangiye, inka eshatu ziri mu rugo naziteje intanga zigezweho. Girinka urayivuga! Nahoraga ntera urutoki rurimbuka ariko uwakwereka igitoki neza kubera ifumbire”!

    Tumuhirwe Joyeuse, na we ni umupfakazi utuye mu Murenge wa Kiyombe. Avuga ko yahawe inka ya Girinka mu mwaka wa 2006 atagira aho aba atunzwe no guca inshuro.

    Inka ngo yarayoroye abona umukamo ndetse n’ifumbire atangira gufumbira imirima akodesha abona umusaruro.

    Avuga ko ubu yabashije kwiyubakira inzu ndetse agura n’isambu yo guhinga. Tumuhirwe avuga ko ateganya kugura moto akayishyira ku muhanda na yo ikajya imuha amafaranga buri munsi, bityo akarushaho gutera imbere.

    Agira ati “Ubuzima nari mbayeho bwari bubi cyane mba muri nyakatsi, ntunzwe no guhingira rubanda. Ubu meze neza ntiwareba inka zanjye nazikuyemo inzu yo kubamo, isambu mpingamo ibishyimbo nkakuramo ibiro 400, naguze ishyamba ry’inturusi ibihumbi 850, kuri konti mfiteho miliyoni n’igice. Mu minsi ya vuba ndashaka kugura moto ikajya impa amafaranga buri munsi”.

    Tumuhirwe avuga ko ubu na we asigaye yibara mu bakire kuko buri cyo ashaka cyose akigezaho. Ashima Perezida wa Repubulika wahinduye imibereho ye abinyujije mu nka ya Girinka.

    Ati “Jye sinabona uko mbivuga gusa ndashimira Perezida wacu, Imana imwongerere imigisha, yampaye inka inkura mu batindi ingeza mu bakire. Sinkiri umukene ndi umukire mu bandi kubera Perezida”.

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho y’abaturage Murekatete Juliet, avuga ko hari benshi Girinka yagiriye akamaro, uretse ko ngo hari n’ababonye inka bakazifata nabi bagahera mu bukene.

    Asaba abahabwa inka kuzifata neza kugira ngo zigere kuri benshi kandi na bo ubwabo bagire icyiciro bavamo bajye mu kindi.

    Agira ati “Intego n’ubundi ni ugukura abantu mu cyiciro kimwe bakajya mu kindi, tubashishikariza buri gihe gufata neza inka, bakazivura, bakazigaburira, bakanirinda kuzigurisha ariko bakibuka no kwitura. Bikozwe uwo yagezeho wese yakwikura mu bukene kubera amata n’ifumbire”.

    Kuva mu mwaka wa 2006 gahunda ya Girinka yatangira, mu Karere ka Nyagatare hamaze gutangwa inka 9,432, hakaba harituwe inka 4,947 na zo zihabwa abaturage.

    Kuri ubu inka zimaze gutangwa zose hamwe ni 14,379. Uyu mwaka by’umwihariko hakaba hagomba gutangwa inka 800.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuhinzi/ubworozi/article/nyagatare-abagore-bagabiwe-muri-girinka-yabakuye-mu-bukene-ibageza-mu-bakire

  • Hatangijwe umushinga uje gukumira amakimbirane mu miryango #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Musenyeri Vincent Harorimana ni we watangije uwo mushinga
    Musenyeri Vincent Harorimana ni we watangije uwo mushinga

    Mu muhango wo gutangiza uwo mushinga wabaye kuri uyu wa mbere tariki ya 26 Ukwakira 2020, ubuyobozi bwa Diyosezi ya Ruhengeri buhagarariye ishyirwa mu bikorwa by’awo, bwagaragaje ko uwo mushinga ugiye kwifashisha imfashanyigisho yateguwe na Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango yiswe “Noza imibanire mu muryango wawe”.

    Ni umushinga ushingiye ku ntego eshanu z’ingenzi, arizo gufasha abashakanye n’urubyiruko kwitoza kubaho bagendeye ku ndangagaciro z’umuryango utekanye, ufite ingo zinezerewe, zitekanye kandi ziteye imbere, gutuma haboneka ingo z’icyitegererezo, gufasha ingo z’icyitegererezo kwibumbira mu mashyirahamwe no gushyiraho umugoroba w’umuryango uhamye.

    Diyosezi Gatolika ya Rugengeri, yateguye uwo mushinga hagendewe ku makimbirane yagiye agaragara hirya no hino mu ngo z’abashakanye, nk’uko Padiri Ashille Bawe, Umuyobozi wa Komisiyo ya Diyosezi Gatolika ya Rugengeri ishinzwe umuryango yabitangarije Kigali Today.

    Yagize ati “Ni umushinga twatekerejeho kuva kera, mu rwego rwo gufasha ingo z’abashakanye n’abitegura kurushinga, twaritegereje dusanga muri iki gihe hari ingo nyinshi zibanye mu makimbirane, mu bwumvikane buke hagati y’abashakanye, ibyo bikaba bidindiza cyane iterambere ry’abazituye ndetse n’imibereho yabo”.

    Arongera agira ati “Nyuma twaje kureba dusanga Minisiteri ibishinzwe y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango yateguye imfashanyigisho ikubiyemo inyigisho nziza cyane, abantu bashobora kugenderaho bakamenya indangagaciro zabafasha kubaho no kubana mu muryango utekanye, duhitamo gutegura umushinga utuma dufasha Abaturarwanda kumenya izo ndangagaciro”.

    Uwo mushinga wa Diyosezi ya Ruhengeri ugiye guterwa inkunga n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF) n’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ritsura Amajyambere (UNPD), aho ku ikubitiro ugiye gukorana n’imirenge itanu yo mu turere iyo Diyosezi ikoreramo ubutumwa.

    Harimo umurenge umwe mu Karere ka Musanze, imirenge ibiri mu Karere ka Gakenke n’imirenge ibiri mu Karere ka Burera, ariko uko umushinga uzakomeza kwaguka ukazagera mu duce twose iyo Diyosezi ikoreramo.

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze burafata uwo mushinga nk’igisubizo ku kibazo cy’amakimbirane akomeje kugaragara hirya no hino mu miryango igize ako karere, nk’uko Umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho y’abaturage Kamanzi Axelle abivuga.

    Ati “Uyu mushinga turawubona nk’igisubizo cy’ibibazo dukomeje kugenda tubona hirya no hino ahakomeje kugaragara amakimbirane mu miryango. Ni umushinga ugiye kuzamura imyumvire y’abashakanye mu gukemura ayo makimbirane, ikindi no kuba haratekerejwe no kuganiriza urubyiruko, ni kimwe mu bigiye kudufasha no kurinda amakimbirane mu ngo nshya zivuka”.

    Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri Musenyeri Harolimana Vincent, avuga ko uwo mushinga ari umuganda Kiliziya yiteguye gutanga ku gihugu, hagamijwe kubaka imiryango itekanye.

    Bafite icyizere ko uwo mushinga uje guhosha amakimbirane mu ngo
    Bafite icyizere ko uwo mushinga uje guhosha amakimbirane mu ngo

    Agira ati “Ikigamijwe twizeye kuzageraho, ni ukugira ngo mu Rwanda tugire umuryango mwiza, umuryango utekanye, mpamya ntashidikanya ko ari umuganda mwiza ku gihugu nk’uko Kiliziya Gatolika mu butumwa bwayo ari ukugira ngo tugire uruhare mu kubaka igihugu na Kiliziya, igihugu kidafite imiryango itekanye ntigishobora gutera imbere”.

    Arongera ati “Iyo imiryango y’abashakanye irwaye igihugu kiba kirwaye, iyo imiryango y’Abakirisitu irwaye na Kiliziya ibereye ishingiro iba irwaye. Icyo twifuza ni ukubaka imiryango mizima duhereye kuri iyi tuzaherekeza uyu mwaka, icyo twiteguye kugeraho ni ugufasha imiryango y’Abanyarwanda”.

    Musenyeri Harolimana kandi arabona ko hakomeje kugaragara imiryango ifite ibibazo, aho yemeza ko hakomeje kugaragara ihohoterwa hagati y’abashakanye nubwo ari yo mike, ari byo ngo bigira ingaruka zinyuranye zibangamira imibereho myiza y’abaturage, kandi hakazahugurwa abaturage hatagendewe ku idini.

    Mu migendekere myiza y’uwo mushinga, hagiye guhugurwa abakangurambaga b’umuryango bazatozwa ibikubiye mu mfashanyigisho y’uwo mushinga, bakaba bitezweho kuzajya gufasha imiryango inyuranye bahereye ku ngo 30 zagiye zirangwaho amakimbirane akabije.

    Intego nyamukuru uwo mushinga ugiye gushingiraho, ni ugufasha Abanyarwanda kugira imibereho myiza, no kugera ku iterambere rirambye, byose bigashingira ku muryango utekanye.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/hatangijwe-umushinga-uje-gukumira-amakimbirane-mu-miryango

  • Menya iby’ingenzi mu gutoranya Abarinzi b’Igihango #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abarinzi b
    Abarinzi b’igihango bashobora kubamo n’abanyamahanga

    Ibyo bitangajwe mu gihe mu gihugu hose hari gusozwa igikorwa cyo gutoranya abarinzi b’igihango kuva ku rwego rw’akagari kugeza ku rwego rw’igihugu, igikorwa cyatangiranye n’ukwezi k’Ukwakira nk’uko bisanzwe, uku kwezi kukaba kwaranahariwe kuzirikana ubumwe n’ubwiyunge.

    Abarinzi b’igihango batoranywa ku rwego rw’akagari, urwego rw’umurenge, urwego rw’akarere n’urwego rw’igihugu, hashingiwe ku bikorwa bigaragaza umurinzi w’igihango kuri buri rwego. Ni uko bagatorwa na Komite ya ‘Ndi Umunyarwanda’ ishinzwe icyo gikorwa kuri buri rwego.

    Mu gihe cyo gutoranya abarinzi b’igihango kandi hasuzumwa niba abatoranyijwe mu gihe cyashize bakomeje kurangwa n’indangagaciro rusange ndetse n’izihariye ziranga abarinzi b’igihango muri rusange.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunjye Fidele Ndayisaba, atangaza ko mu gusuzuma niba abo barinzi b’igihango bakomeje kurangwa no gukora ibikorwa byo gusigasira igihango, biba bigamije kureba amasomo ababyiruka bakura no muri bya bikorwa by’abarinzi b’igihango.

    Agira ati “Ikigamijwe nka gahunda y’abarinzi b’igihango ni ukugira ngo ibyo bikorwa n’izo ngero nziza bishobore kumenyekana kandi bimurikire ababyiruka, aho hanaziraho guha ishimwe abagaragaje ibikorwa byiza by’indashyikirwa”.

    Akomeza agira ati “Na bwo icyo gihe haba hagamijwe gukomeza kugaragaza ibyo bikorwa ngo bibe intangarugero, bimenyekane bitere abandi akanyabugabo, kugira ngo na bo bibashishikarize kurinda igihango cy’Ubunyarwanda”.

    Umurinzi w’Igihango ni muntu ki?

    Ndayisaba avuga ko kuva muri 2015 (NURC) n’Umuryango wa Unity Club Intwararumuri, batangije gahunda yo kumenya no kumenyekanisha Abanyarwanda bakoze kandi bagikora ibikorwa by’indashyikirwa mu bumwe bw’Abanyarwanda, hagamijwe gukomeza kwimakaza Ubunyarwanda no gufasha Abanyarwanda kumva isano bafitanye n’igihugu, no gushyira imbere inyungu z’igihugu mu buzima bwabo bwa buri munsi, abo bantu b’indashyikirwa bakaba ari bo barinzi b’igihango.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa NURC Fidele Ndayisaba, asobanura ko umurinzi w’igihango ari Umunyarwanda cyangwa umunyamahanga, waranzwe kandi ukomeje kurangwa n’ibikorwa byiza bisigasira ubumwe bw’Abanyarwanda no kudatatira igihango cy’Ubunyarwanda.

    Ni gute abarinzi b’igihango batoranywa?

    Abarinzi b’igihango ku rwego rw’akagari batoranywa na Komite ya ‘Ndi Umunyarwanda’ kuri urwo rwego, hagendewe ku kuba utoranywa atuye cyangwa yarahoze atuye muri ako kagari kandi atangirwa ubuhamya bwiza n’abaturanyi be.

    Kubera ko abarinzi b’igihango batoranywa mu baturage, hashingirwa ku budashyikirwa bw’ibikorwa byabo, hanarebwa niba utoranywa afite indangagaciro rusange za ‘Ndi Umunyarwanda’ ari zo kugira ubumwe, gukunda u Rwanda n’Abanyarwanya aharanira kururinda ikibi, gukunda umurimo aharanira kuwukora neza no kuwunoza, n’indangagaciro yo kugira ubupfura.

    Umurinzi w’igihango kandi arangwa no kuba inyangamugayo, kurangwa n’ukuri, ubworoherane, kwicisha bugufi, kwanga no kurwanya akarengane, kwiha agaciro, akarangwa kandi no kurwanya amacakubiri n’ingengabitekerezo ya Jenoside ndetse na Jenoside ubwayo.

    Hari ibikorwa biranga umurinzi w’igihango hakurikijwe urwego atoranywamo

    barinzi b
    barinzi b’igihango batakiriho na bo bahabwa ishimwe n’Umuryango Unity Club rigashyikirizwa ababahagarariye (urugero, ifoto ya Mukandanga ifashwe na Musenyeri Simaragde Mbonyintege)

    Ku rwego rw’akagari, umurinzi w’igihango agomba kuba afite ubuhamya bwiza mu muryango bikagaragazwa n’ibikorwa yakoze bifasha abandi bitavangura kandi bifite inyungu rusange, kuba afasha cyangwa yarafashije abaturanyi n’Abanyarwanda muri rusange kwiyubaka, kwiyunga no gukira ibikomere.

    Umurinzi w’igihango ku rwego rw’umurenge arangwa n’ibikorwa nk’iby’uwo ku rwego rwo ku kagari, ariko hakiyongeraho kuba ibyo bikorwa bye biramba kandi biteza imbere imibereho myiza y’abantu bari aho bikorerwa, bikaba kandi ari umwimerere watekerejwe na nyirawo.

    Umurinzi w’igihango ku rwego rw’akarere na we aba yarakoze ibikorwa nk’iby’uwo ku murenge, ariko ibikorwa bye bikaba bifasha kuva mu bibazo by’amateka banyuzemo birimo ubupfubyi bufitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi, abapfakazi, gufasha abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma, n’ibindi bikorwa bifasha Abanyarwanda gusohoka mu bibazo by’ingutu byatewe n’amateka Abanyarwanda banyuzemo.

    Umurinzi w’igihango ku rwego rw’igihugu we aba afite bya bikorwa nk’iby’uwo ku karere, hakiyongeraho kuba ibikorwa bye biba urugero, byera imbuto ku buryo bishobora kwiganwa n’abandi benshi.

    Umurinzi w’Igihango ahabwa ishimwe iyo akoze neza akaba yanavanwa ku rutonde akoze nabi

    Mu gikorwa ngarukamwaka cyo gutoranya abarinzi b’igihango harebwa niba umurinzi w’igihango yarakomeje kwitwara neza adatatira igihango, akaba yahabwa ishimwe hagamijwe kwimakaza urugero rwiza rw’ibikorwa bye kugira ngo bifashe abandi kandi bibatere akanyabugabo ko kurinda igihango cy’ubumwe b’Abanyarwanda.

    Kuzamuka mu ntera biterwa kandi n’ibikorwa akomeje gukora n’amakuru agenda amutangwaho agasesengurwa, ibikorwa bye bikamenyakana akaba yanabiherwa ishimwe.

    Iyo umurinzi w’igihango yitwaye nabi ngo nubwo bidashimishije kandi bikaba bibabaje binagayitse, iyo agize ubusembwa agatatira igihango ashinzwe kurinda, igihe cy’isuzuma ashobora kuvanwa ku rutonde rw’abarinzi b’igihango n’urwego rwamwemeje, kandi bigatangarizwa Abanyarwanda.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/menya-iby-ingenzi-mu-gutoranya-abarinzi-b-igihango

  • Volleyball: Umunyarwanda yatorewe kuyobora ‘zone 5′ mu nama yamaze amasaha 18 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ruterana Fernand Sauveur watorewe kuyobora Akarere ka Gatanu avuga ko ashishikajwe no guteza imbere Volleyball
    Ruterana Fernand Sauveur watorewe kuyobora Akarere ka Gatanu avuga ko ashishikajwe no guteza imbere Volleyball

    Inama yabereyemo amatora yatangiye ku wa Gatandatu ahagana saa sita z’amanywa irangira mu rukerera rwo ku cyumweru saa kumi hifashishijwe ikoranabuhanga.

    Ruterana Fernand Sauveur yari ahanganye n’umunyarwanda Nkurunziza Gustave wari usanzwe ayobora aka karere we wiyamamarije muri Tanzania nyuma y’uko abuze amahirwe yo gutangwa n’u Rwanda.

    Nyuma yo gutsinda amatora, Ruterana Fernand yavuze ko icyo ashyize imbere ari ugukomeza guteza imbere volleyball. Yagize ati “Iyi ntsinzi nyituye Abanyarwanda by’umwihariko umuryango mugari wa volleyball wose . Iyo tutabagira mu bikorwa bitandukanye ngo bigaragarire amahanga ko hari ikizere batugirira ntibyari gukunda. Tuzafatanyiriza hamwe turusheho gukomeza guteza volleyball imbere mu Rwanda ndetse no muri zone. Ibitekerezo byanyu birakenewe ngo tubyubakireho.”

     Inama Fernand yatorewemo yamaze amasaha 18
    Inama Fernand yatorewemo yamaze amasaha 18

    Abagize Inama y’Ubuyobozi ya CAVB batowe

    Perezida:

    1. Mrs Bouhra Hajij/ Maroc
    Visi Perezida:
    1.Zone I:Adnan BAKBAK /Libya
    Zone II:Rodrigues ANTONIO CARLOS /Cape Verde
    Zone III:Casimir SAWADOGO/ Burkina Faso
    Zone IV:Dokony Adiker IDRISS/Tchad
    Zone V:Waithaka KIONI/ Kenya
    Zone VI:Fredreck NDLOVU /Zimbabwe

    Abanyamuryango:

    1. Habu GUMEL Nigeria
    2. Sanga Issouf KONE Côte d’Ivoire
    3. Daniel Koboa MOLAODI Botswana

    Guteza imbere abagore:

    1. Zone VI Agness Nakaonga KAKOMA Zambia
    2. Zone VI Mpho PALIME Lesotho

    Abayobozi b’uturere turindwi batowe:

    1. Zone I :Mustapha LEMOUCHI Algeria
    2. Zone II :Bai Dodou JALLOW Gambia
    3. Zone III :Paul ATCHOE Ghana
    4. Zone IV :Christian MATATA SHWITI Congo
    5. Zone V:Fernand Sauveur RUTERANA
    6. Zone VI:Khalid CASSAM Mozambique
    7. Zone VII: Kayseeven TEEROOVENGADUM Mauritius

    Nkurunziza Gustave wasimbuwe na Fernand yiyamamarije muri Tanzania
    Nkurunziza Gustave wasimbuwe na Fernand yiyamamarije muri Tanzania

    Ruterana Fernand Sauveur watorewe kuyobora Akarere ka Gatanu asanzwe ari Visi Perezida wa kabiri mu ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda ushinzwe amarushanwa.

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/volleyball/article/volleyball-umunyarwanda-yatorewe-kuyobora-zone-5-mu-nama-yamaze-amasaha-18

  • #COVID-19: Mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 7, abakize ni 18 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abo barwayi bashya 7 babonetse mu bipimo 1,736 bakaba barimo 4 babonetse muri Kigali, umwe aboneka i Burera, undi aboneka i Muhanga, undi umwe aboneka i Musanze.

    Kugeza kuri uyu wa Mbere, mu Rwanda abamaze kwandura icyo cyorezo ni 5,073 muri bo abamaze gukira ni 4,848 naho abakivurwa ni 191.

    Abamaze kwicwa na COVID-19 mu Rwanda bose hamwe ni 34.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/covid-19-mu-rwanda-habonetse-abarwayi-bashya-7-abakize-ni-18