Tag: featured

  • Ibigo by’amashuri bifite impungenge ku gutunga abanyeshuri batishyuye amafaranga y’ishuri #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibyo biravugwa mu gihe amashuri amaze iminsi mike atangiye nyuma y’igihe kirekira afunze kubera icyorezo cya Covid-19, cyazahaje ubukungu bw’igihugu n’ubw’abantu ku giti cyabo.

    Bamwe mu bayobozi b’ibyo bigo bavuga ko abana bishyuye amafaranga y’ishuri ari bake cyane ku buryo bafite impungenge, nk’uko Hakizimana Théogène, umuyobozi wa Collège Baptiste de Kabaya mu karere ka Ngororero abivuga.

    Agira ati “Amashuri yatangiye neza, abana benshi baraje ku gihe ndetse n’ubu barimo kwiga neza. Icyakora imbogamizi dufite ni uko hari benshi baje batarishyuye amafaranga y’ishuri kandi twarabakiriye, cyane ko tuzi ikibazo cy’ubushobozi mu bantu gihari muri iki gihe, gusa ni ikibazo kituremereye”.

    Ati “Nk’ubu ku ishuri hari abana basaga 200, ariko urebye amafaranga bishyuye ukagereranya n’ayagombaga kwishyurwa usanga ayishyuwe ari hafi 15%, dufite rero impungenge ku mirire yabo. Icyo dukora ni ukubwira ababyeyi, umuntu ayo abonye akaba azanye ayo kuko abana bose bagomba kwiga”.

    Umuyobozi wa GS Ibuka na yo ibarizwa mu karereka Ngororero, Mvuyekure Cyprien, na we avuga ko icyo kibazo gihari kandi ko gihangayikishije.

    Ati “Hari ababyeyi benshi bohereje abana batarabishyuriye minerval, ndetse hakaba hari n’abafite imyumvire y’uko bazishyura nyuma y’amezi abiri, aho bavuga ko ari bwo igihembwe cya mbere kizaba kirangiye, ni ikibazo. Kugeza ubu mu bana 300 bari ku ishuri amafaranga bishyuye ni 18% gusa y’ayo twari dutegereje”.

    Ati “Ubu icyo turimo gukora ni uguhamagara ababyeyi kuri telefone tukabasobanurira ikibazo uko giteye, abafite na make bakayohereza na ho abandi bakaduha gahunda y’ukuntu bazishyura. Ikibazo ni abatagira n’icyo batubwira, dukeneye ubuvugizi kugira ngo buri mubyeyi yumve ko iyo yohereje umwana ku ishuri agomba no kwishyura amafaranga yagenwe”.

    Umuyobozi w’ihuriro ry’abafite amashuri yigenga, JM Vianney Usengumuremyi, avuga ko kugeza ubu itangira ry’amashuri ryagenze neza, gusa na we avuga ko kwishyura amafaranga y’ishuri bikiri ikibazo.’

    Ati “Ikibazo twahuye na cyo cyane cyane mu mashuri yigenga, ni abana benshi baza ku ishuri nta kijyanye n’ifaranga ababyeyi babo bigeze batekereza. Hari abavuga ngo barishyuye igihembwe cya mbere nta kindi babazwa kuko kitarangiye, ni byiza ko bahindura imyumvire tugafatanya nubwo tutibagiwe ko hari abafite ubushobozi buke”.

    Minisitiri w’Uburezi Dr Valentine Uwamariya, ubwo yaganiraga n’abanyamakuru ku wa 3 Ugushyingo 2020, yavuze ko abantu bose bagizweho ingarukana Covid-19, bityo ko haba ubwumvikane ku buryo hatagira umwana uhutazwa.

    Yagize ati “Ubundi muri ibi bihe nta muntu wagombye kwirukana umwana, icya ngombwa ni uko amashuri n’ababyeyi bahura bakaganira bakagira ibyo bumvikanaho, kuko icyorezo cya Covid-19 cyagize ingaruka ku bantu bose”.

    Ibigo by’amashuri bivuga ko kuba abana batishyura amafaranga y’ishuri uko bikwiye ari ikibazo, cyane ko ngo ari bwo byari biyakeneye kuko byakoresheje mu bikorwa bijyanye no kwirinda Covid-19.

    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/amashuri/article/ibigo-by-amashuri-bifite-impungenge-ku-gutunga-abanyeshuri-batishyuye-amafaranga-y-ishuri

  • Eric Nshimiyimana yavuze kuri Pierrot ndetse na rutahizamu bakuye muri Nigeria #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatatu ikipe ya AS Kigali yakinaga umukino wayo wa kane wa gicuti nyuma ya APR FC bakinnye kabiri ndetse na Vision, aho baje gutsinda ikipe ya Interforce yo mu cyiciro cya kabiri ibitego 3-0.

    Ikipe ya AS Kigali yabanjemo ku mukino bahuyemo na Interforce
    Ikipe ya AS Kigali yabanjemo ku mukino bahuyemo na Interforce

    Ni ibitego byatsinzwe na Kalisa Rachid ku ishoti rikomeye yateye ku munota wa 40 w’i gice cya mbere, ku munota wa 45 Lawar Aboubakar yatsinze igitego cya kabiri nyuma y’aho Shabban Hussein Tchabalala yari yarobye umunyezamu ariko uyu rutahizamu agakurikira umupira n’ubundi wagombaga kujya mu izamu agahita awukoraho.

    Uyu munya-Nigeria Lawar Aboubacar yaje gutsinda igitego cya gatatu kuri penaliti yari yabanje no guhusha ariko igasubirwamo kubera umunyezamu wari wasohotse mbere, aza no gutsinda icya gatatu Hari byinshi tugomba kuko nyuma y’amezi arindwi abakinnyi badakina hari byinshi tugomba guha umwanya

    Nyuma y’uyu mukino, mu kiganiro twagiranye n’umutoza Eric Nshimiyimana yatangaje ko iyi mikino iri gutuma abakinnyi bagaruka mu bihe byiza buhoro buhoro nyuma y’amezi menshi badakina, ndetse ko imikino ya CAF Confederation Cup byabafasha bayikinnye baratangiye shampiyona.

    “Hari mahirwe ko bashobora kuba baregeje inyuma muri CAF bikaba byazagera no mu kwa 12, bibaye byiza tukazakina tumaze no gukina imikino ya shampiyona byadufasha, twabyungukiramo tugakomeza imyitozo, byibura ku buryo twazakina hamaze gukinwa nk’imikino itatu ya shampiyona byadufasha”

    Eric Nshimiyimana kandi yavuze ku mukinnyi Kwizera Pierrot baguze mu mwaka ushize w’imikino baguze ariko ntiyabakinira umukino n’umwe kubera imvune, anavuga kuri rutahizamu mushya ukomoka muri Nigeria uri mu igeragezwa.

    Yagize ati “Pierrot icyangombwa ni uko tubona ko yakize,bimusaba ko akora imyitozo myinshi, urabona afite ibiro byinshi, iminota 45 yakoresheje imbaraga kugira ngo ayirangize, icyo twashakaga kureba ni uko ashobora gutera ishoti, mbere ntabyo yakoraga ubu igisigaye ni ugukora tukamushakira imikino”

    “Rutahizamu tumaze iminsi dukorana, ni umukinnyi ufite amayeri menshi, ni umukinnyi uzi guhagarara neza mu kibuga, uzi no gukinisha abandi, ni umukinnyi wujuje ibisabwa byose kuri rutahizamu, igisigaye ni ukumuha imikino myinshi, iminsi tumaranye nabonye ko ari rutahizamu mwiza”

    Andi mafoto ku mukino bahuyemo na Interforce

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/eric-nshimiyimana-yavuze-kuri-pierrot-ndetse-na-rutahizamu-bakuye-muri-nigeria

  • Gakenke: Ibitaro bya Gatonde Perezida Kagame yemereye abaturage bigeze kuri 99% byubakwa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibitaro bya Gatonde
    Ibitaro bya Gatonde

    Ibi byagarutsweho mu ruzinduko Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima Lt Col Mpunga Tharcisse yagiriye kuri ibyo bitaro ku wa Gatatu tariki 04 Ugushyingo 2020, aherekejwe na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Gatabazi JMV mu rwego rwo kumenya uburyo ibikoresho byose bikenewe byaboneka, kugira ngo bitangire gutanga serivise ku baturage.

    Dr Mpunga yishimiye urwego ibitaro bigezeho byubakwa, yemeza ko bitagomba kurenza muri Mutarama 2021 bitaratangira gutanga serivise ku baturage.

    Ati “Ibi bitaro bigeze ku gipimo cya 99%, ibyo gukosora ntibikwiye kurenza Ugushyingo bitarangiye, kuko bigomba gutangira gutanga serivise bitarenze muri Mutarama 2021.”

    Lt Col Dr Mpunga (uri hagati wazinze amaboko y
    Lt Col Dr Mpunga (uri hagati wazinze amaboko y’ishati) yishimiye intera ibitaro bigezeho

    Ni ibitaro bizuzura bitwaye amafaranga y’u Rwanda asaga miliyari ebyiri na miliyoni magana arindwi na mirongo inani n’enye (2,784,756,633), aho bigiye gufasha abaturage bo mu mirenge itandatu yo mu Karere ka Gakenke bajyaga bakora ingendo ndende, bajya kwaka serivise z’ubuvuzi mu bitaro bya Nemba mu Karere ka Gakenke no mu bitaro bya Shyira byo muri Nyabihu.

    Abo baturage baruhutse ingendo bajyaga bakora, ni abo mu mirenge ya Busengo, Janja, Muzo, Mugunga, Rusasa na Cyabingo, ibyo bitaro bikaba bishobora kwakira abarwayi basaga 40 bacumbikiwe.
    Bizahuza ibigo nderabuzima bya Nyundo, Rutake, Gatonde, Janja, Busengo na Rusoro.

    Lt Col Dr Mpunga yari kumwe n
    Lt Col Dr Mpunga yari kumwe n’abayobozi mu nzego zinyuranye

    Ni ibitaro Perezida Paul Kagame yemereye abaturage mu mwaka wa 1999, ubwo yari Visi Perezida abaturage bo muri ako gace ahahoze hitwa Komine Gatonde, bamugezaho ikibazo cy’ubuvuzi cyari kibakomereye, aho bakoraga ingendo ndende bajya kwivuza abemerera ivuriro.

    Nyuma y’uko icyo cyemezo kitahise gishyirwa mu ngiro, muri Werurwe 2016 ubwo yabasuraga, abo baturage bongeye kwibutsa Perezida wa Repubulika rya vuriro yabemereye, ahita asaba ko imirimo yo kubaka ibitaro bya Gatonde itangira kandi ikihutishwa.

    Nyuma yo gusura ibyo bitaro, Dr Mpunga yagiranye ibiganiro birambuye n
    Nyuma yo gusura ibyo bitaro, Dr Mpunga yagiranye ibiganiro birambuye n’abayobozi banyuranye bo mu Karere ka Gakenke

    Ni ibitaro byatangiye kubakwa muri Gicurasi 2017 aho byafashije umubare munini w’abaturage baturiye ibyo bitaro guhindura ubuzima bagana iterambere, aho bahawe akazi k’imirimo y’amaboko muri ubwo bwubatsi, no mu bindi bikorwa bibinjiriza amafaranga.

    Ibyo bitaro bigiye gutangirana serivise zinyuranye z’ubuvuzi zirimo izijyanye n’ubuvuzi bw’ababyeyi n’abana, kubaga, ubuvuzi bw’amenyo n’ubw’amaso n’izindi ndwara zinyuranye, ku baturage basaga ibihumbi 106.

    Abayobozi beretswe ibyumba binyuranye bigize iyo nyubako
    Abayobozi beretswe ibyumba binyuranye bigize iyo nyubako
    Abayobozi muri Minisiteri y
    Abayobozi muri Minisiteri y’Ubuzima, Intara y’Amajyaruguru n’abo mu Karere ka Gakenke bunguranye ibitekerezo

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/ubuvuzi/article/gakenke-ibitaro-bya-gatonde-perezida-kagame-yemereye-abaturage-bigeze-kuri-99-byubakwa

  • Mexance yashyize hanze indirimbo ikebura abibwira ko barusha abandi amahirwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mexance mu ndirimbo ye Niyibgena, asaba abantu kwiyoroshya kuko byose ari Imana ibigena
    Mexance mu ndirimbo ye Niyibgena, asaba abantu kwiyoroshya kuko byose ari Imana ibigena

    Mexance ngo ntabwo yaririmbye ubuzima bwe bwite, ahubwo yaririmbye ubuzima abantu babamo umunsi ku munsi aho usanga umwe avukira ahantu heza undi akavukira mu bakene rimwe na rimwe agasazana iryo pfumwe. Ngo hari n’abagera aho bakagira ubuzima bwiza bakibagirwa ibihe bibi baciyemo.

    Yagize ati “Birababaza kumva umuntu wibwira ko ubuzima bwe yabuharaniye kuko yavutse heza, ugasanga undi ahorana agahinda kuko yavutse nabi, buriya byose ni Imana ibigena. Bibabaza kurushaho iyo wavutse nabi wakira ukibagirwa aho wavuye”.

    Mexance yumva ko indirimbo zose zikwiye kuba zitanga ubutumwa bwigisha abantu aho kubayobya akaba ari na wo murongo yihaye. Bituma hari abahanzi ajya aha indirimbo yahimbye kugira ngo batambutse ubwo butumwa.

    Yagize ati “Habura ubushobozi ngo dusohore indirimbo zacu nkirinda ko indirimbo yasohoka uko ntayishaka, mfite indirimbo nyinshi hari benshi njya mpa indirimbo zanjye kandi bazibyaza umusaruro. Ni byiza ko duhanga ibifitiye sosiyete akamaro”.

    Mexance ni umwe mu bahanzi bazwiho gususurutsa imbaga mu birori bitandukanye, akaba umwe mu banyura abajya bagenda mu mahoteli atandukanye. Mexance azwi muri Gakondo icurangwamo na ba Masamba Intore.

    Reba indirimbo Niyibigena ya Mexance

    source https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/mexance-yashyize-hanze-indirimbo-ikebura-abibwira-ko-barusha-abandi-amahirwe

  • Muhanga: Abadafite ubushobozi bwo kuzirika ibisenge by’inzu bazafashwa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Inzu ya Uwimana yari iherutse kuguruka n
    Inzu ya Uwimana yari iherutse kuguruka n’ubundi ntiyari iziritse neza

    Mu kwezi kwa Gicurasi 2020 imvura idasanzwe yateye ibiza mu Karere kose ka Muhanga maze imiryango myinshi irasenyerwa kandi bitwara n’ubuzima bw’abantu 19 benshi bagwiriwe n’inzu zasenywe n’ibiza.

    Kayitare avuga ko usibye no kuba abantu bahasiga ubuzima n’ibintu bikangirika, ibiza bisiga mu kaga gakomeye abahuye na byo kuko bidindiza iterambere ryabo igihe bari gushaka uko bongera kwisuganya.

    Kayitare avuga ko nyamara igihe habayeho kwirinda umuturage atabangamirwa n’ibiza kuko biba bisanze yariteguye, agasaba ko buri muturage yitegura hakiri kare akazirika igisenge cy’inzu ye yirinda ko cyazasambuka kikamuteza ibibazo.

    Agira ati, “Iyo inzu igurutse, uba uhombye cyane ku buryo no kongera kugera kuri rwa rwego rwa mbere bikugora, ibyo mu nzu byose birangirika, gusana nyine bikaba gusana ibyiza umuntu yakwirinda aho kujya kwivuza”.

    Avuga ko abaturage badafite ubushobozi bwo kwigurira ibikoresho byo kuzirika ibisenge by’inzu zabo hari uko bazafashwa binyuze n’ubundi muri gahunda zisanzwe zifashishwa mu kugoboka abanyantege nke.

    Agira ati, “Abasanzwe bari mu byiciro bifashwa abo turabazi ntabwo twabatererana kuko na bo ibiza bije ntibyareba ko ari abakene. Bene abo n’ubundi dusanzwe tubafasha tuzakomeza gufatanya n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze turebe uko twabafasha”.

    Kayitare asaba abaturage kuzirika ibisenge kuko kwirinda biruta kwivuza
    Kayitare asaba abaturage kuzirika ibisenge kuko kwirinda biruta kwivuza

    Bamwe mu baturage bazirikiwe ibisenge barimo n’abasanzwe barasenyewe n’ibiza ariko bongeye kubaka na none ntibazirika neza ku buryo hari kugenzurwa niba nta hakiri ikibazo ngo bafashwe kuzirika neza ibisenge byabo.

    Uwimana Elisabeth wari warasenyewe n’ibiza akongera gusana, avuga ko yahombye nibura amafaranga asaga ibihumbi 700frw by’igisenge cy’inzu ye ubu akaba agiye kurushaho gushishikariza abandi kuzirika ibisenge.

    Agira ati “Iyo wasenyewe n’ibiza uba wahungabanye ntaho kwikinga ntacyo kwambara mbese ibyiza uwashobora kwirinda mbere yabikora, ikibazo gikunze kuba ni ubushobozi bukeya naho ubundi ubu nishimiye kuba bamfashije kuzirika n’iki kuko ntabwo nari naraziritse hose”.

    Jean Pierre Dusenge wo mu Kagari ka Gifumba mu Murenge wa Nyamabuye avuga ko we yaziritse igisenge ariko kiramutse kigiye yaba ahombye ibihumbi 600frw yacyubakishije kandi agahomba n’ibyo mu nzu birimo.

    Avuga ko agiye gufatanya n’abaturanyi gukomeza kuzirika ibisenge by’inzu zabo, abadafite ubushobozi bakareba uko babatera inkunga kuko n’ubundi iyo basenyewe n’ibiza bacumbikirwa mu baturanyi.

    Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) itangaza ko gusanira abangijwe n’ibiza bihenze kurusha kwirinda Ibiza kuko usanga niba hakenewe ifaranga rimwe ngo hakorwe ubwirinzi, bitwara amafaranga arindwi iyo habayeho gusana ibyangiritse hatabariwemo ubumuga n’impfu zishobora guterwa n’ibiza.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/muhanga-abadafite-ubushobozi-bwo-kuzirika-ibisenge-by-inzu-bazafashwa

  • Abigaga muri KIM bari mu gihirahiro nyuma yo gutangarizwa ko iyo kaminuza ifunze imiryango #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kaminuza ya KIM imaze iminsi ivugwamo ibibazo by
    Kaminuza ya KIM imaze iminsi ivugwamo ibibazo by’amikoro

    Mu gihe izindi kaminuza zagiye zifungwa na Leta, KIM University yo yivugiye ko yabuze ubushobozi bwayifasha gukomeza kwigisha mu gihe amashuri arimo gusubukura imirimo, nyuma y’amezi arenga atandatu abanyeshuri bari mu rugo kubera kwirinda Covid-19.

    KIM yasabye abayigagamo kuza gufata indangamanota(transcripts) zabahesha gushaka izindi kaminuza bakwigamo bitarenze tariki 20/11/2020, ndetse n’abarangije basabwa gutanga ibisabwa bitarenze tariki 16/11/2020 kugira ngo bazahabwe impamyabumenyi.

    Hari abanyeshuri bigaga muri KIM bavuze ko batunguwe n’icyo cyemezo, bagasaba Leta kubafasha gushaka ibisubizo by’ibibazo byahise bivuka nyuma yo gufunga kw’ishuri ryabo.

    Umwe mu baganiriye n’Ikigo cy’Itangazamakuru cya RBA yavuze ko guhagarara kwa KIM bitumye atazamenya aho arangiriza amasomo make yari asigaje bitamusabye gusubira inyuma, nk’uko biteganywa n’itegeko ry’Inama Nkuru ishinzwe kaminuza n’amashuri makuru.

    Yagize ati “Nta buryo bwashyizweho bwo gukomeza kwiga amasomo abiri twari dusigaje kwiga hano kugira ngo turangize umwaka, duhangayikishijwe n’uko ahandi twajya kwiga byadusaba gusubira inyuma gutangira umwaka, bikadutwara andi mafaranga n’igihe”.

    Uyu munyeshuri avuga ko mu masomo 22 biga mu mwaka wa gatatu bari bamaze kwigamo 20, kandi buri somo baritangaho amafaranga ibihumbi 33, none ngo agiye kongera kwishyura ahandi amasomo yari yarize ahereye mu mwaka wa kabiri.

    Undi munyeshuri yavuze ko bafite ikibazo cy’amanota kuko ari yo ashingirwaho mu kujya kwiga ahandi, abarimu ngo barayafatiriye banga kuyatanga kubera ko bamaze igihe kinini badahembwa.

    Aba banyeshuri ntibashira amakenga indangamanota ubuyobozi bwa KIM buzabaha, kuko na bwo amanota yo kuzuzuzaho bayahabwa n’abo barimu batigeze bahembwa.

    Hari n’abandi banyeshuri bavuga ko bigiraga ku nguzanyo y’iyo Kaminuza, yari yarababwiye ko bazayishyura barangije kwiga, none yababwiye ko bazafata indangamanota ari uko bamaze kubanza kwishyura imyenda bari bayifitiye yose.

    Baribaza aho bazavana ubwo bwishyu batari barateganyije bikabayobera, ndetse n’abishyuraga umwaka wose bibaza niba bazasubizwa amafaranga bari baratanze mbere.

    Hari n’abarangije kwiga basabwa kuzuza ibisabwa kugira ngo bazahabwe impamyabumenyi ariko babanje gusubiramo amasomo bari baratsinzwe, baribaza uko bigiye kugenda bikabayobera.

    Umwe mu barimu batashatse ko umwirondoro we ujya ahabona yabwiye BBC ko ibibazo by’ubukungu muri KIM atari ibya vuba n’ubwo iyi kaminuza itari yashyizwe ku rutonde rw’izigomba gufungwa, akavuga ko bimaze imyaka irenga itatu.

    Imibare igaragaza ko iyo kaminuza yigagamo abarenga 1,500 mu mashami atandukanye.


    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/amashuri/article/abigaga-muri-kim-bari-mu-gihirahiro-nyuma-yo-gutangarizwa-ko-iyo-kaminuza-ifunze-imiryango

  • #COVID-19: Mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 12, ntawakize #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abo barwayi bashya 12 babonetse mu bipimo 980 bakaba barimo batanu babonetse i Kigali, abandi barindwi babonetse i Kirehe (abapimwe mu nkambi y’impunzi).

    Kugeza kuri uyu wa Gatatu, mu Rwanda abamaze kwandura icyo cyorezo ni 5,174 muri bo abamaze gukira ni 4,930 naho abakivurwa ni 209.

    Abamaze kwicwa na COVID-19 mu Rwanda bose hamwe ni 35.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/covid-19-mu-rwanda-habonetse-abarwayi-bashya-12-ntawakize

  • Rubavu: Ibigo by’amashuri yigenga byatangiranye ingamba zibirinda ibihombo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibigo by’amashuri yigenga mu Karere ka Rubavu byashyizeho ihuriro bihuriyemo kugira ngo bikemurire ibibazo hamwe mu rwego rwo kwirinda kongera kugwa mu bihombo hamwe no kongera ijwi mu gukora ubuvugizi ku bibazo bibugarije.

    Iri huriro rihuriwemo n’ibigo birenga icumi, rikuriwe n’uwitwa Dusingizimana Zacharie, umuyobozi mukuru w’ ishuri ryitwa House of Children School rifite umwihariko wo kwakira abana bafite ubumuga.

    Zacharie Dusingizimana avuga ko bishyize hamwe kugira ngo birinde ibihombo kuko hari ababyeyi bambura ibigo by’amashuri bagahita bimurira abana babo ku bindi bigo, ibi bikagira ingaruka ku bukungu bw’ibigo byirwanaho mu gushaka amikoro kuko Leta itabifasha.

    Agira ati “COVID-19 yageze mu Rwanda ababyeyi badufitiye imyenda, mu bigo byigenga muri Rubavu icyari gifitiwe umwenda muto n’ababyeyi ni miliyoni 7. Ibi byatumye abarimu bacu babaho nabi tudashobora kubafasha. Ubu rero dutangiye twiyemeje gukorera hamwe mu guhagarika abo babyeyi bambura ibigo bimwe bagahita bajya ku bindi kuko bitazabakundira.

    Zacharie Dusingizimana avuga ko umunyeshuri ushaka kuva ku kigo ajya ku kindi agomba kujyana urwandiko yandikiwe n’ikigo avuyeho rugaragaza ko nta mwenda yari abafitiye, rukagaragaza n’umwaka yigagamo.

    Uyu muyobozi avuga ko ikindi bashyize imbere ari uguca umuco wo gusenyana nk’ibigo aho bimwe byiba abarimu b’abandi ugasanga ibigo bihorana icyuho cy’abarimu beza n’ikibafite kigahorana igihunga ko abandi bari bubatware.

    Mukamwiza Antoinette, Umuyobozi w’ Umuryango HAGURUKA ufite ishuri rya Lapromise school na we yavuze kuri uko kwimuka kw’abarimu kwa hato na hato nk’imbogamizi, dore ko ubuyobozi bwirukanye umukozi butubahirije amategeko bugongwa n’amategeko, ariko umukozi utaye akazi akaba ntacyo abazwa.

    Ati “Birababaza kuba ufite umukozi mufitanye n’amasezerano y’akazi akayata igihe ashakiye, kumukurikirana bigutwara byinshi ukabireka ahubwo ugahitamo gushaka undi mu gihe wowe umwirukanye amategeko aguhana yihanukiriye.”

    Dusingizimana na Mukamwiza bakuriye iri huriro ry’ibigo byigenga muri Rubavu bavuga ko ibigo byiyemeje gukorera hamwe mu kudaha icyuho abarimu bata akazi bajya gushaka akandi mu gihe cy’amasomo.

    Bimwe mu byo ibigo byemeranyijwe gutangirana amashuri nyuma y’icyorezo cya COVID-19 harimo ko abanyeshuri bagomba kwishyura mbere kugira ngo ibigo bitazongera kugwa mu bihombo, ibi bikazafasha n’ibigo guhemba abarimu babikorera.

    Ihuriro ry’ibigo by’amashuri yigenga muri Rubavu bivuga ko byifuza ko Minisiteri y’Uburezi yafasha ibigo byigenga kubona ibitabo abana bigiramo kuko ibigo bigura ibyo bitabo ku giciro kiri hejuru bigatuma umubare w’abana biga mu mashuri yigenga babona ibitabo byo kwigiramo uba muto.

    Bagira bati “Ibaze ko mu gihe Leta ivuga ko buri mwana agomba kugira igitabo, mu bigo byigenga igitabo kimwe gikoreshwa n’abana bane, ibi kandi bijyana no guhindura kenshi ibitabo byo kwigirwamo, bigateza igihombo ibigo by’amashuri kuko iyo ikigo kiguze ibitabo, mu myaka ibiri ibyo bitabo bigahita bikurwa ku isoko bigasimbuzwa ibindi ikigo kiba kibihombeyemo.”

    Abafite ibigo by’amashuri yigenga bavuga ko Minisiteri y’Uburezi ikora igenamigambi ku bana bose mu gihugu kandi bakagezwaho ibitabo nk’uko Ministeri y’Ubuzima iyo itegura inkingo z’abana itibanda ku bavukira mu mavuriro ya Leta, ahubwo yita no kubavukira mu bitaro byigenga.

    Abafite ibigo byigenga muri Rubavu bavuga ko kwishyira hamwe bizabafasha gukemura ibibazo bahuriyemo ariko bizafasha n’ibigo kongera imbaraga mu kongera ireme batanga mu kwigisha abana.

    Mukamwiza Antoinnette avuga ko bagiye kuzajya bategura amarushanwa ahuza ibigo by’amashuri hamwe no gutegura ibizami bitegura abana barangiza amashuri, ibi bikajyana no gufasha abana gusabana.

    Akomeza avuga ko kwishyira hamwe bizatuma bashobora kongerera ubumenyi abarezi mu mahugurwa bakorera hamwe, byongerere ireme abanyeshuri.

    Ku bibazo ibigo by’amashuri bitangiranye, Mukamwiza Antoinette avuga ko bamaze kwitegura neza kwakira abanyeshuri. Ngo bamaze gushaka n’abarimu basimbura ab’abanyamahanga batashye ntibagaruke. Icyakora ngo hazajya hahembwa abarimu bakora kuko ubushobozi bwo guhemba abakozi bose butazahita buboneka.

    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/amashuri/article/rubavu-ibigo-by-amashuri-yigenga-byatangiranye-ingamba-zibirinda-ibihombo

  • Huye: RPC yemereye abamotari kujya abakemurira ibibazo ku wa Gatandatu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abamotari bahawe umunsi wo gukemurirwa ibibazo
    Abamotari bahawe umunsi wo gukemurirwa ibibazo

    Yabisezeranyije abamotari bakorera mu Mujyi i Huye, mu nama bagiranye tariki ya 4 Ugushyingo 2020, nyuma y’uko bagaragaje ko hari ibibazo bahura na byo bakabura ubibakemurira.

    Muri ibyo bibazo harimo kuba hari igihe bisanga bagomba kwishyura amande y’amakosa batakoze, urugero nk’ukorera i Huye akamenya nyuma y’ukwezi ko bamuciriye amande i Nyagatare, kandi wenda atarahakandagira na rimwe.

    Ngo hari n’igihe bishyura amafaranga y’uruhushya rwo gutwara abagenzi (autorisation) bagatinda kuruhabwa, hanyuma polisi yabafata ikabandikira kandi amakosa atari ayabo.

    Abamotari batekereza ko bene ibi bibazo nibizajya byakirwa mu maguru mashya bizabafasha.

    Uwitwa Elie Nshimyeyesu, agira ati “Byibura uriya munsi uzajya ugera bitaratinda, ikibazo gikemuke. Ariko nanone bakosore ikintu cyo kuvuga ngo banza wishyure ubone kuza ngo tugukemurire ikibazo. Kuko ntiwamara kwishyura ngo amafaranga bazayagusubize”.

    Nshimyeyesu anatekereza ko umuti urambye kuri iki kibazo cyo kwandikirwa aho batari bijya bibaviramo kwishyura amande menshi, kuko baba batarigeze bamenya ko bandikiwe, waba ko bajya bandikirwa bagahita babibonera message (ubutumwa bugufi) muri telefone nk’uko bigenda ku bafite imodoka.

    Ati “Mbonye message ndi hano i Huye igaragaza ko banyandikiye ndi i Nyagatare, biroroshye guhita ngaragaza ko atari byo, nkarenganurwa. Ariko kubibona nyuma y’ukwezi, ntibyoroshye kwisobanura”.

    Abamotari bakorera mu Mujyi i Huye kandi binubira kuba bategekwa kwinjira muri gare igihe cyose bari hafi yayo, ku buryo hari igihe kururutsa abagenzi igihe babibasabye bibaviramo gucibwa amande y’ibihumbi 25.

    Uwitwa Lucien Hakizimana, ati “Muri gare umuntu yakagiyeyo ku bushake bwe, umugenzi ushatse kujyayo ntafite gahunda yo kwinjiramo nkamubwira akareba undi umugezayo”.

    Abamotari b’i Huye kandi binubira amafaranga 100 ya parikingi bacibwa na KVCS kuko ngo bamenye ko ab’ahandi bo batayatanga.

    Ku bijyanye no gucibwa amafaranga kuko bahagaritse umugenzi hafi ya gare, umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, yabagiriye inama yo guhagarara aho bemerewe.

    Naho amafaranga bavuga ko bacibwa na KVCS ngo ni amahoro ya Leta baba bagomba gutanga.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/huye-rpc-yemereye-abamotari-kujya-abakemurira-ibibazo-ku-wa-gatandatu

  • Gatsibo: Abana 85 bafatiwe mu isoko basubizwa mu ishuri #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abanyeshuri 85 bafashwe batarajya ku ishuri, bahita basubizwayo
    Abanyeshuri 85 bafashwe batarajya ku ishuri, bahita basubizwayo

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngarama Musonera Emmanuel, kuri telefone yasobanuye ko muri 85 bafashwe, 60 ari abahungu, 25 ni abakobwa, ndetse ngo abenshi batangiye gusubira mu bigo byabo.

    Musonera Emmanuel aragira ati “Tumaze kubafata twahise duhamagara ababyeyi babo, ababonetse baraza batwandikira inyandiko bemera ko icyo kintu batazagisubira kandi ikindi bamwe biregura bavuga ko ngo bamwe bari baje gushaka imyambaro y’ishuri, ariko ikigaragara byari imitwe kugira ngo tubababarire”.

    Yakomeje agira ati “Noneho bamaze kudusinyira duhamagara abayobozi b’ibigo tubereka intonde z’abana twafashe, abayobozi na bo batubwira ko abo bana koko biga muri ibyo bigo, noneho tubasaba ko bagomba gukurikirana bakamenya ko uyu munsi (04 Ugushyingo) abana baza kuba bageze ku ishuri, twatangiye kuvugana saa moya benshi bambwira ko abana batangiye gusubira mu bigo byabo”.

    Musonera arakomeza agira ati “Nta n’uwigeze avuga ko wenda byaba byatewe n’ubushobozi buke kuko n’ubundi abana bacu benshi bigira ubuntu, n’abo twafataga babeshyaga ko ari abari bagiye kugura imyambaro y’ishuri nta n’umwe wavugaga ko batagiye kwiga kubera ubushobozi buke, icya kabiri n’abigira mu mashuri y’imyaka icyenda (9) y’ibanze n’abandi biga babayo abenshi bari barishyuye, icyari gisigaye ni ukugenda bakigira ku mafaranga basize bishyuye noneho bazongere gutumwa ay’ikindi gihembwe ariko bari ku ishuri”.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngarama mu karere ka Gatsibo Musonera Emmanuel, akomeza asobanura ko ikibazo cy’abana bafatiwe mu isoko kandi bagenzi babo basubiye ku ishuri, cyatewe n’uko abana bari bamaze iminsi bariraye kubera ibibazo igihugu cyarimo bya coronavirus, ubuyobozi bubonye ko n’ababyeyi basaga n’abatereye iyo, bwiyemeza kubihagurukira.


    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/ibikorwa-by-uburezi/article/gatsibo-abana-85-bafatiwe-mu-isoko-basubizwa-mu-ishuri