Tag: featured

  • Judith wahoze ari umugore wa Safi Madiba yaba yarabonye uwo bakundana #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Sano na Judith ngo urukundo rwabo rwaba rumaze gufata indi ntera
    Sano na Judith ngo urukundo rwabo rwaba rumaze gufata indi ntera

    Hari amakuru avugwa ko nyuma y’aho uyu mugore atandukaniye na Safi Madiba, yakomeje kugira intimba ku mutima no kwigunga bitewe no kubura uwo bambikanye impeta.

    Ubu rero asigaye agendana kenshi ndetse agasura kenshi uyu musore Sano Panda akaba ari musaza w’umuhanzi Alyn Sano, ibintu kandi ngo bikaba bigeze kure mu rukundo rwabo, ndetse mu gihe cya vuba akaba ashobora kuzamwambika impeta y’urukundo rudashira.

    Sano Panda ntabwo ahakana cyangwa ngo yemeze aya makuru, gusa avuga ko mu gihe cya vuba abatu bazaba bamenye ukuri ku bibavugwaho.

    Sano ni umuproducer uzwi ku izina rya Panda
    Sano ni umuproducer uzwi ku izina rya Panda

    Yagize ati “Aya makuru ntacyo nayavugaho, gusa Judith ni inshuti yanjye nta kindi natangaza ku birenze ibyo, niba koko dukundana ubwo abantu bazaba babimenya kandi niba atari na byo abantu bazabimenya, ubundi urukundo ni urw’abantu babiri mutegereze muzaba mumenya ukuri”.

    Kugeza magingo aya ntabwo twabashije kuvugisha Judith ngo atubwira ibibavugwaho, naramuka agize icyo atubwira tuzakibagezaho.


    source https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/judith-wahoze-ari-umugore-wa-safi-madiba-yaba-yarabonye-uwo-bakundana

  • Amajyaruguru: Amafaranga asaga miliyoni 700Frws yagenewe amashuri yakoreshejwe nabi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Muri uyu mwaka mu Ntara y
    Muri uyu mwaka mu Ntara y’Amajyaruguru hubatswe amashuri akabakaba 800

    Ubwo umuyobozi mukuru wungirije ushinzwe imiyoborere n’imitangire ya serivise akaba anashinzwe JADF muri RGB, Kazaire Judith yagaragarizaga ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru imikorere ya JADF mu mwaka w’ingengo y’imari mu Ntara y’Amajyaruguru, yagaragarije ubuyobozi ahari imbaraga nke muri serivise zinyuranye, cyane cyane ku ikoreshwa ry’umutungo wa Leta.

    Uwo muyobozi yagize ati “Muri uyu mwaka, Intara y’Amajyaruguru yakoze igenzura mu mashuri ku micungire y’imari, mu byagaragaye ni uko amafaranga angana na miliyoni 704 atakoreshejwe uko bikwiye, yagiye akoreshwa ugasanga urugero baragaragaza ko yatanzwe ku biti ariko ntibagaragaze neza uburyo yakoreshwejwe”.

    Arongera ati “Ariya ni amafaranga menshi, nk’uko tubizi n’imirenge ibikorwa iba isabwa gukora akenshi usanga ingengo y’imari iba idahagije, rero niba ingengo y’imari idahagije amafaranga nk’ariya ku rwego rw’intara akaba atarakoreshejwe mu buryo bunoze, ni ikintu tugomba kwicara tukigaho. Kuba bigaragara ni byiza kuko iyo utamenye ikibazo ntubona uko ugikemura. Ibuye ryagaragaye ntiryica isuka”.

    Uwo muyobozi kandi yagaragaje n’icyuho mu mikorere ya gahunda zijyanye n’imibereho y’abaturage ahagiye haboneka ikibazo cyo kunyereza imari.

    Umuyobozi ushinzwe imioborere, imitangire ya serivise na JADF muri RGB Kazaire Judith
    Umuyobozi ushinzwe imioborere, imitangire ya serivise na JADF muri RGB Kazaire Judith

    Ati “Hagaragaye n’imicungire mibi muri gahunda zo gutsura imibereho y’abaturage, VUP, Girinka, ubudehe,… izo gahunda zose muzi ko Leta ishyiramo amafaranga menshi, ariko akenshi hagiye hagaragaramo ibibazo byo kunyereza umutungo cyangwa kubika amafaranga muri za SACCO abaturage ntibayabone, twigenzure dushake impinduka”.

    Kuri icyo kibazo, Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Gatabazi JMV, yavuze ko iyo raporo yagaragajwe na RGB ari iyo intara yayigejejeho nyuma y’ubugenzuzi yakoze mu mashuri.

    Ngo kuba Intara y’Amajyaruguru yarashyizeho gahunda y’ubugenzuzi mu mashuri yose yo mu Ntara y’Amajyaruguru, asanga ari uburyo bwo gukurikirana imikoreshereze y’imari ya Leta, aho buri muyobozi abazwa ibyo ashinzwe.

    Ati “Iriya raporo bayigaragaje nk’amakuru twatanze, aho intara ikora uburyo bwo kugenzurana mu nzego z’ibanze, hari inzego za Leta zibaho zitagira ubugenzuzi by’umwihariko uburezi. Twebwe nk’Intara y’Amajyaruguru twashyizeho kugenzurana twifashisha ba Auditors (abagenzuzi b’imari), umurenge ukagenzura undi, amashuri yose abanza n’ayisumbuye yo mu Ntara y’Amajyaruguru turayagenzura, ni ho habonetse amafaranga asaga miliyoni 700 adafite ibisobanuro by’ibyo yakoreshejwe”.

    Yavuze ko RGB yabafashije muri icyo gikorwa cy’ubugenzuzi mu kurinda ko abayobozi kuyobora amashuri bumva ko ari akarima kabo, ahubwo ukoze nabi akabibazwa.

    RGB yashimiye abafatanyabikorwa bakomeje kubaka ibyumba by
    RGB yashimiye abafatanyabikorwa bakomeje kubaka ibyumba by’amashuri

    Ati “Ni byiza ko RGB ibivuga kuko ni na yo yaduteraga inkunga muri icyo gikorwa cyo kugenzurana no gukora ubugenzuzi hirya no hino, kugira ngo uyobora ishuri yumve ko atari umurima we, atari iduka rye, atari umufuka we, ko agomba kubibazwa. Ni na yo mpamvu byahaye isomo abandi bayobozi b’amashuri ku buryo buri mwaka tuzajya ducamo tugenzure ayo mashuri uko akoresha umutungo”.

    Uretse ikibazo cy’imicungire mibi y’imari ya Leta mu mashuri, RGB yashimye uruhare rw’abafatanyabikorwa mu kubaka ibyumba bishya by’amashuri mu Ntara y’Amajyaruguru, aho muri uyu mwaka hubatswe amashuri 600 ku bufatanye na Banki y’Isi, n’amashuri 190 yubatswe ku ngengo y’imari ya Leta.


    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/ibikorwa-by-uburezi/article/amajyaruguru-amafaranga-asaga-miliyoni-700frws-yagenewe-amashuri-yakoreshejwe-nabi

  • Urubyiruko ibihumbi 40 rugiye kwigishwa imyuga izaruvana mu bushomeri #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abayobozi bombi bahererekanya izo mfashanyigisho
    Abayobozi bombi bahererekanya izo mfashanyigisho

    Byatangajwe n’Umuyobozi mukuru wa RP, Dr James Gashumba, ubwo yashyikirizwaga imfashanyigisho zigizwe n’ibitabo by’abarimu n’abanyeshuri bizifashishwa mu kwigisha urwo rubyiruko, ikaba ari inkunga y’umushinga Huguka Dukore Akazi Kanoze wa USAID, muri gahunda yayo yo gufasha Leta kubonera imirimo urubyiruko.

    Urwo rubyiruko rubarirwa mu cyiciro cya kabiri (Level 2), kuko iryo shuri ryari risanzwe rifasha abo mu cyiciro cya mbere akenshi bagizwe n’abataragize amahirwe yo kwiga ndetse n’abo mu cyiciro cya gatatu, bagizwe n’abarangije icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye (Tronc commun) ntibakomeze, abagiye gufashwa rero ngo bakaba baraheraga hagati.

    Igerageza rw’uwo mushinga rizakorerwa mu mashuri 10 y’imyuga n’ubumenyingiro (TVET), ahanini ngo bakaziga imyuga ishamikiye ku buhinzi n’ubworozi, izo mfashanyigisho ngo zikaba zari zikenewe nk’uko Dr Gashumba abisobanura.

    Agira ati “Ni imfashanyigisho zikubiyemo amasomo y’ibanze mu myuga n’ubumenyingiro kandi akazajyana no kwigira mu kazi. Twishimiye cyane rero iyo nkunga kuko ari ikintu twari dukeneye cyane muri iyo myigishirize, tugiye gutangirira mu mashuri 10 yigisha iby’ubuhinzi n’ubworozi, tukazanareba niba urangije icyo cyiciro yakomeza igikurikiyeho mu gihe abishaka”.

    Ati “Ubundi hari abo twajyaga dufasha kwiga imyuga kugira ngo babashe kubona akazi cyangwa bakakihangira ntibakomeze kwiga. Ariko ubu ibyiza ni ukwigisha umuntu umwuga utuma abona akazi ariko kandi agakomeza no kwihugura mu bindi byamufasha kubyaza umusaruro umwuga we nk’ikoranabuhanga (ICT), Icyongereza, imibare y’ingenzi, gukorana n’amabanki n’ibindi”.

    Amasomo mu myuga agiye guhabwa urwo rubyiruko azajya amara umwaka umwe, ruhabwe inyemezabumenyi, abashaka bakazasaba gukomeza kwiga mu gihe bizagaragara ko babikwiye, abandi bakazahita bajya mu mirimo ibateza imbere.

    Ushinzwe uburezi muri USAID mu Rwanda, Gronhovd Luann, yavuze ko uwo muryango uha agaciro urubyiruko, ari yo mpamvu watanze iyo nkunga.

    RP yahawe imfashanyigisho zizayifasha guha urubyiruko ubumenyi mu myuga izaruteza imbere
    RP yahawe imfashanyigisho zizayifasha guha urubyiruko ubumenyi mu myuga izaruteza imbere

    Ati “USAID kimwe n’u Rwanda, ibona urubyiruko ari abantu b’ingenzi, bashoboye kandi bitezweho ahazaza heza h’igihugu. Kubera ko urubyiruko rugira uruhare mu iterambere ry’u Rwanda, rukeneye inkunga zitandukanye bityo rugere ku bumenyi bwa ngombwa, ari yo mpamvu nishimiye ko tugejeje kuri RP izi mfashanyigisho z’amasomo y’igihe gito”.

    Biteganyijwe ko kwigisha imyuga urwo rubyiruko bizatangirana n’umwaka w’amashuri 2020-2021, izo mfashanyigisho zikaba zagejejwe kuri RP kuri uyu wa Kane tariki 19 Ugushyingo 2020, kandi ngo uwo muryango nterankunga uzakomeza gukurikirana uko icyo gikorwa kizagenda.

    Leta yashyizeho gahunda zitandukanye zo gufasha abantu kwiga imyuga n’ubumenyingiro haba mu mashuri nk’aya TVET, IPRC, gahunda ya ‘Igira ku murimo’, NEP Kora Wigire n’izindi, byose bikaba bifite intego yo gufasha Abanyarwanda kubona akazi, cyane ko Leta yiyemeje ko buri mwaka hazajya hahangwa imirimo mishya irenga ibihumbi 200.


    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/ibikorwa-by-uburezi/article/urubyiruko-ibihumbi-40-rugiye-kwigishwa-imyuga-izaruvana-mu-bushomeri

  • Myasiro usiganwa mu kwiruka n’amaguru yabonye ikipe nshya #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Myasiro na Sina Gerard mu gikorwa cyo gusinya amasezerano y
    Myasiro na Sina Gerard mu gikorwa cyo gusinya amasezerano y’imikoranire

    Ku wa Kane tariki ya 19 Ugushyingo 2020 nibwo uyu musore waherukaga gukinira ikipe ya Mountain Classic Athletic Club y’ i Gicumbi yashyize umukono kuri ayo masezerano.

    Mu kiganiro yagiranye na Kigali Today nyuma yo gusinya amasezerano, Myasiro Jean Marie Vianney yavuze yishimiye gukinira iyi kipe.

    Yagize ati “Navuga ko nishimiye gukina muri Sina Gerard Athletic Club. Ni amasezerano akubiyemo gukina amarushanwa atandukanye abera hano mu Rwanda ndetse no hanze ndetse no kubafasha kwamamaza ibikorwa butandukanye.”

    Yakomeje avuga ko agiye gufasha iyi kipe kuzamura urwego ndetse no kuyifasha gutwara imidari.

    Myasiro JMV yatangiye gukina umukino wo gusiganwa ku maguru mu mwaka wa 2014. Mu Rwanda yakiniye ikipe imwe gusa ya Mountain Classic Athletic Club. Muri 2014 yakinnye imikino Olempike y’abatarengeje imyaka 20, mu mwaka wa 2016 akina shampiyona y’Isi yabereye muri Pologne.

    Muri 2017 yerekeje mu Butaliyani mu ikipe ya Run Love tern Club kugera mu mwaka wa 2019.

    Myasiro uri (hagati) asanzwe asiganwa ku rwego mpuzamahanga
    Myasiro uri (hagati) asanzwe asiganwa ku rwego mpuzamahanga


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/ngororangingo/article/myasiro-usiganwa-mu-kwiruka-n-amaguru-yabonye-ikipe-nshya

  • Uwari inkumi muri Jenoside warokoye uruhinja mu mirambo akarwonsa yagabiwe inka #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nyinawumuntu (ibumoso wambaye ipantaro) na Nyirandungutse wamutoraguye akamwonsa akiri inkumi
    Nyinawumuntu (ibumoso wambaye ipantaro) na Nyirandungutse wamutoraguye akamwonsa akiri inkumi

    Uwo mubyeyi witwa Nyirandungutse Siforo wari ufite imyaka 20 muri Jenoside yakorewe Abatutsi atuye mu Kagari ka Nkoto mu Murenge wa Murambi ahahoze hitwa Komini Bwakira. Avuga ko yatoraguye uruhinja mu mirambo aho yari yagiye gutashya inkwi mu ishyamba ryari ryariciwemo Abatutsi akarujyana mu rugo agatangira kurwonsa nta mashereka afite ariko nyuma aza kuyobora umwana aronka.

    Nyirandungutse avuga ko nk’umukobwa w’inkumi wari mu kigero cy’imyaka 20 yari azi kuboha imisambi akayijyana ku isoko agakuramo amafaranga yo kugura igikoma n’isabune byo gufasha umwana kubona imfashabere no kumukorera isuku.

    Icyo gihe ngo nyina wa Nyirandungutse yari umukecuru atakigira amashereka ngo amufashe konsa umwana yatoraguye, kandi n’inka y’iwabo yari imaze guteka kandi akumva atakwitera umwana yahawe n’Imana, ahitamo kumushyira ku ibere.

    Uwo mwana ngo yararaga arira kuko nta mashereka yagiraga ariko ngo nyuma amashereka yizanamo.

    Agira ati, “Umwana wanjye nta kundi nari kumugira usibye kumuha ibere, nanjye sinari nzi ko nakonsa umwana ntarabyaye, gusa narabyiyemeje bigeze aho amashereka araza, ni igitangaza cy’Imana amashereka yaraje”.

    “Ubundi yararaga arira nyuma hatangira kuzamo utuzi nyuma amashereka azamo nkamwonsa rwose”.

    Nyirandungutse avuga ko umwana we yamutoraguye ataramera amenyo akajya yifashisha igikoma n’imbuto ngo amugaburire Jenoside irangiye haza kuboneka ba nyirasenge baza kumutwara aba ari ho akurira.

    Abantu baramusekaga ko konsa ari umukobwa bizamutera umwaku none yagororewe

    Nyirandungutse akimara kwiyemeza kurera umwana atarabyara yagiriwe nabi bakamucyurira ko atazabyara kuko ari konsa umwana, kandi bakamuca intege bavuga ko uwo mwana azatuma atabona umugabo.

    Avuga ko byaje kumemnyekana ko afite umwana yatoraguye mu nkangu yajugunywagamo Abatutsi, iterahamwe zitangira kujya zigaba ibitero iwabo ngo zice uwo mwana cyakora ku bw’amahirwe ngo baringingaga bikamuruka umwana aza kurokoka atyo.

    Nyirandungutse ubu ufite imyaka 45 arubatse afite umugabo babyaranye gatatu abana b’abahungu, nta nka yagiraga none urubyiruko rw’abakoranabushake mu murenge wa Murambi mu karere ka Karongi biyemeje kumugabira inka y’Igihango cy’urukundo yakunze umwana akiri muto.

    Nyirandungutse ubu yanatoranyijwe nk’umurinzi w’Igihango uyu mwaka wa 2020 ku rwego rw’Umurenge, akaba avuga ko ibkorwa bye by’urulkundo azakomeza kubitoza ababyiruka kugira ngo bakurane urukundi ruzira ivangura.

    Umunyambanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Murambi Phanuel Uwimana avuga ko amakuru ya Nyirandungutse ari impamo ko yatoraguye umwana mu ishyamba yatashyagamo aho hantu hakaba hari inkangu bajugunyagamo Abatutsi bishwe hakaba haraguye abagera ku 3000.

    Uwimana avuga ko abazi Nyirandungutse bose bemeza ko yonkeje uwo mwana koko ku buryo biri mu byatumye agirwa umurinzi w’Igihango ku rwego rw’Umurenge ngo ibikorwa bye bizabe intangarugero byigishe n’abandi.

    Agira ati, “Amakuru ava mu mudugudu, ku kagari n’umurenge yemeza ko Nyirandungutse yatoraguye umwana akamurokora kandi akajya amwonsa kandi ataranabyara, ari naho urubyiruko rufatanyije n’umurenge rwahereye rumugabira inka y’Igihango inka imaze no kwima ku buryo izahita ibyara”.

    Umwana w’umukobwa warokowe na Nyirandungutse aba he?

    Ku myaka 26 umukobwa w’inkumi witwa Nyinawumuntu Florence ubu arikorera mu Mujyi wa Kigali aho acuruza ibijyanye n’amapiyesi y’ibinyabiziga, ni we warokotse mu bana icumi bavukana, ashyirwa ku ibere rya Nyirandungutse.

    Nyinawumuntu yakuriye kwa nyirasenge wacitse ku icumu rya Jenoside nyuma yo kumukura kwa Nyirandungutse, yarangije amashuri yisumbuye, nawe azi neza uwo yita nyina Nyirandungutse wamwonkeje.

    Avuga ko yamenye amakuru abwiwe na nyirasenge ko ababyeyi be na bakurube icyenda bose bishwe muri Jenoside ariko akagirirwa impuhwe n’umukobwa wamujyanye iwabo akajya amwonsa kugeza nyirasenge uwo amenye ko umwana wabo hari uwamujyanye akajya kumukurayo.

    Agira ati, “Mwita mama wanjye nemera ko ari we wampaye ibere kuko najyanwe kwa masenge mfite amezi atandatu umenya yarantoraguye mfite nk’ukwezi kumwe kuko ntabwo mbizi ni amakuru nahawe ariko mbifata nk’ukuri kuko nabibwiwe na masenge wandeze niyo mpamvu nanjye naje kumufasha kwakira inka”.

    Nyinawumuntu avuga ko namara kugira ubushobozi bwisumbuye azubakira umubyeyi we Nyirandungutse inzu nziza ikwiye umubyeyi koko udasa n’abandi, kuko aho aba hadashimishije nk’umuntu witanze bene ako kageni.

    Nyinawumuntu avuga ko ibyo Nyirandungutse yamukoreye byamufashije gukura yirinda ivangura iryo ari ryo ryose kuko iyo Nyirandungutse akurana avangura atari kumugirira impuhwe kandi yiyemeza ko azakomeza gukunda abantu bose kuko bafite uburenganzira bwo kubaho.

    Abakora muri serivisi z’ubuzima bemeza ko ubundi umukobwa utarabyara adashobora konsa ariko koko ashobora kugira amazi make mu ibere yenda ari yo uwo mwana yakururaga ariko amashereka yo ataboneka kuko nta misemburo iyakora umuntu utarabyaye agira, cyakora ntibahinyura ko uwo mwana yatamiraga ibere yenda rikamufasha kumva ari kumwe n’umuntu umwitayeho ariko amashereka yo niba yarazaga ngo byaba ari ibidasanzwe.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/uwari-inkumi-muri-jenoside-warokoye-uruhinja-mu-mirambo-akarwonsa-yagabiwe-inka

  • Suwede: Jean Paul Micomyiza ukekwaho uruhare muri Jenoside i Huye yatawe muri yombi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Jean Paul Micomyiza yafatiwe muri Suwede
    Jean Paul Micomyiza yafatiwe muri Suwede

    Uyu Jean Paul Micomyiza (bakundaga kwita Mico) ni umuhungu w’umugabo witwa Ngoga. Babaga i Cyarwa hafi yo ku Mukoni ubu ni mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye. Iwabo ngo bari barahashyize bariyeri we na barumuna be.

    Se yakoraga kuri Perefegitura, nyina akaba yari umwarimu ku mashuri y’i Tumba ahitwa ku Ikori.

    Mico (nk’uko bamwitaga) ngo yabaga ari kumwe n’Abarundi n’abandi basore bo muri ako gace. Mu byo ashinjwa harimo no kugira uruhare mu iyicwa ry’abanyeshuri bo muri Kaminuza dore ko yari anahaturiye.


    source https://www.kigalitoday.com/ubutabera/jenoside/article/suwede-jean-paul-micomyiza-ukekwaho-uruhare-muri-jenoside-i-huye-yatawe-muri-yombi

  • Haje ikarita igendanwa izafasha Leta kumenya abo mwahuye bose, bizakumira Covid-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Karanvir Singh uyobora KOMMLABS, yasobanuye ibijyanye n
    Karanvir Singh uyobora KOMMLABS, yasobanuye ibijyanye n’ikarita izatuma hamenyekana abantu bose bahuye n’umurwayi wa Covid-19

    Ni ikarita yitwa KOMMTRACE buri muntu agomba kwitwaza, kugira ngo mu bo bigeze kwegerana niba harimo umurwayi wa Covid-19 wagaragaye, ya karita ye nikozwa kuri mudasobwa izahite igaragaza andi makarita y’abantu bose bahuye n’uwo murwayi.

    Hazakurikiraho igikorwa cyo kubahamagara bose, kubapima, kubashyira mu kato no kuvura abanduye kugira ngo badakomeza kwanduza abandi.

    Umuyobozi(CEO) wa KOMMLABS, Karanvir Singh usanzwe afite irindi koranabuhanga ryitwa Yego Moto, avuga ko KOMMTRACE izatangira gukoreshwa mu Rwanda guhera mu kwezi gutaha k’Ukuboza.

    Nta wundi muntu utari urwego rwa Leta rubifitiye ububasha uzashobora kumenya nyiri ikarita ya KOMMTRACE, cyane ko itagaragaza umwirondoro wa nyirayo muri mudasobwa cyangwa telefone y’umuntu ubonetse wese.

    Karanvir yagize ati “Ntituzashyira hanze ubuzima bwite bw’abantu, ntaho iyo karita ikoresha WiFi, cyangwa SIM Card ya telefone cyangwa internet cyangwa GPS, icyakora dukoresha bluetooth ariko ntabwo wamenya ngo nyirayo ni nde (ni anonymous)”.

    KOMMTRACE ni ikarita idasharijwa ku muriro w’amashanyarazi, buri muntu azayigendana mu gihe cy’imyaka itatu itarangirika na hamwe, ikaba igurwa amadolari ya Amerika 12 ( ni amafaranga y’u Rwanda hafi ibihumbi 12).

    Karanvir yakomeje avuga ko mu rwego rwo gufasha Leta kwirinda igihombo cy’amafaranga agendera mu gupima abantu Covid-19 itazi uwahuye n’abarwayi, buri muntu azasabwa kugenda yitwaje KOMMTRACE nk’uko bose basigaye bambara udupfukamunwa.

    Karanvir wa KOMMLABS na Lacina wa Smart Africa
    Karanvir wa KOMMLABS na Lacina wa Smart Africa

    Karanvir avuga ko mu kwezi gutaha k’Ukuboza 2020 bazaba bazanye amakarita ya KOMMTRACE angana n’ibihumbi bitandatu yo gutangiza umushinga, ariko ko bafite ubushobozi bwo gukora izihagije Abanyarwanda bose kuri ubu bakabakaba miliyoni 13.

    Ni ikarita itagira aho ifungurirwa cyangwa ifungirwa, ndetse nta n’ubwo abantu bagomba kwiga kuyikoresha, ikaba ihabwa umuntu wese yaba uwo mu cyaro cyangwa mu mujyi, ikaba idashobora kwangirika cyangwa kwangiza ubuzima bw’abantu.

    Umushinga wa KOMMTRACE ntabwo ari mu Rwanda uje honyine nk’uko byasobanuwe n’Umuyobozi Mukuru wa “Smart Africa”, Lacina Koné uvuga ko ku ikubitiro iyi gahunda izagera mu bihugu umunani bya Afurika.

    Yakomeje agira ati “Hari uburyo aya makarita yagezwa ku bantu, aho Leta ishobora kubunganira binyuze mu baterankunga, cyane ko ishobora kubigereranya n’igihombo cyabonekaga mu kurwanya Covid-19 bisanzwe”.

    Bagiranye amasezerano y
    Bagiranye amasezerano y’imikoranire

    Lacina avuga ko agiye kumenyesha Leta z’ibihugu bya Afurika ko habonetse igisubizo kizifasha kwirinda gufata ingamba zirwanya Covid-19 zihagarika ibikorwa by’iterambere.

    Smart Africa na KOMMLABS bivuga ko ibihugu bya Afurika birimo guhomba amafaranga menshi cyane mu gufata ibipimo bya Covid-19 bibarirwa mu bihumbi hakabonekamo 5% by’abanduye, ariko ubu ngo hazajya hapimwa bake bashoboka kandi badashidikanywaho.

    Ikarita ya KOMMTRACE ntisharijwa kandi mu rwego rwo kurinda umutekano wa nyirayo ikaba idakoresha internet cyangwa simukadi
    Ikarita ya KOMMTRACE ntisharijwa kandi mu rwego rwo kurinda umutekano wa nyirayo ikaba idakoresha internet cyangwa simukadi
    KOMMTRACE ni ikarita isanzwe umuntu yambara mu ijosi
    KOMMTRACE ni ikarita isanzwe umuntu yambara mu ijosi


    source https://www.kigalitoday.com/ikoranabuhanga/ibindi-bikoresho/article/haje-ikarita-igendanwa-izafasha-leta-kumenya-abo-mwahuye-bose-bizakumira-covid-19

  • U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi zivuye muri Libya #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abo baje ni icyiciro cya Kane bakaba bazacumbikirwa mu nkambi y’agateganyo ya Gashora iherereye mu Karere ka Bugesera ahari bagenzi babo baje mbere.

    Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) yatangaje ko nyuma yo kugera u Rwanda i Kigali, bagiye kubanza gucumbikirwa mu mahoteli ahabugenewe, basuzumwe icyorezo cya COVID-19, nyuma nibamara kubona ibisubizo bajyanwe muri iyo nkambi y’agateganyo ya Gashora.

    Gutuza izi mpunzi mu buryo bw’agateganyo mu Rwanda, biteganyijwe mu masezerano yiswe “Emergency Transit Mechanism – ETM”, yo gucumbikira impunzi mu gihe gito, yasinywe hagati ya Guverinoma y’u Rwanda, n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR), ndetse n’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU).

    Guverinoma y’u Rwanda, ifite mu nshingano kwishingira umutekano ndetse n’imibereho myiza y’izo mpunzi, mu gihe hategerejwe igisubizo kirambye.

    U Rwanda, rumaze kwakira impunzi, ndetse n’abandi basaba ubuhungiro bahunga intambara zibera mu duce tumwe twa Eritrea, Sudani, Somalia ndetse na Ethiopia, bagera kuri 306. Muri bo, abagera kuri 121 bakaba baramaze koherezwa mu bihugu nka Sweden na Canada, naho abagera ku 185 bakaba bakiri mu nkambi i Gashora. Iyi nkambi, ifite ubushobozi bwo kwakira abagera kuri 500.

    Mu mwaka wa 2017, Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rwiteguye kwakira impunzi zigera ku bihumbi 30 ku buryo bw’agateganyo, mu gihe Umuryango w’Ibihugu bya Afurika yunze Ubumwe ugishakisha igisubizo kirambye.

    Mu kwezi kwa Kamena 2020, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) ryashimiye Leta y’u Rwanda ndetse n’abaturage bayo, ku bufatanye n’ubumuntu bagaragaje, ku mpunzi zisaga ibihumbi 150 bakiriye.

    Amafoto: MINEMA

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/u-rwanda-rwakiriye-izindi-mpunzi-zivuye-muri-libya