Tag: featured

  • Musenyeri Mbonyintege: Abakirisitu bizihirize Noheli mu miryango yabo birinda COVID-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Musenyeri Mbonyintege Smaragde avuga ko kwizihiriza Noheli mu ngo ntacyo bigabanya ku myemerere isanzwe y
    Musenyeri Mbonyintege Smaragde avuga ko kwizihiriza Noheli mu ngo ntacyo bigabanya ku myemerere isanzwe y’umukirisitu mwiza

    Musenyeri Smaragde asaba abakirisitu kwitegura mu mitima yabo kandi bagashyira umutima hamwe bakibaza icyo Yezu Kirisitu abamariye bagahimbaza Noheli mu bushobozi bushoboka kandi ntacyo byahungabanya ku myemerere n’ubwo batari hamwe mu Kiliziya.

    Umushumba wa Diosezi ya Kabgayi avuga ko Kiliziya Gatolika yiteguye neza kwizihiza Noheli ariko imyiteguro ikaba yabaye mu buryo budasanzwe burimo no kuba hari imwe mu mihango yabaga itazaba harimo nko gutanga amasakaramentu yo kubatizwa no guhabwa ukarisitiya.

    Avuga ko kuri Noheli misa isanzwe iba ariko hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda COVID-19 abandi baturage bakaba basabwa kwizihiza Noheli basengera mu ngo zabo no mu miryango y’Abihayimana.

    Agira ati, “Turasaba ko buri mukirisitu atabura mu guhimbaza Noheli ni igihe buri wese akwiye kuzirikana icyo Yezu Kirisitu amumariye, akabitekerezaho mu mutima we, ntabwo turibuge hanze ngo twishimire Noheli kuko tugomba kubahiriza amabwiriza ariko turizihiza Noheli mu mitima yacu dusenga kandi kuri Noheli misa isanzwe izaba abakirisitu bahimbaze Noheli”.

    Musenyeri Smaragde avuga ko mu myemerere y’umuntu guhimbaza Noheli bidasaba gusa kubikorera mu materaniro ahubwo ibyiza ari ukubasha kwiyumvisha impamvu yo kuyizihiza hanyuma ugakorera umunsi mukuru iwawe kuko n’ubwo hari icyorezo hazabaho no gukurikirana ubutumwa mu bitangazamakuru bitanduanye.

    Hagati aho abakirisitu mu miryango remezo itandukanye bari gukusanya ituro risanzwe rya Noheli aho batanga amafaranga ku bushobozi bwa buri wese hanyuma rikazashyikirizwa kiliziya mu misa ya Noheli n’uhagararirye umuryango remezo.

    Abakirisitu bavuga ko n’ubwo hariho ubukene, gahunda yo gutanga ituro rya Noheli idahagarara, bakaritanga mu bushobozi bafite kugira ngo imirimo isanzwe ikorwa mu kiliziya idahagarara.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/musenyeri-mbonyintege-abakirisitu-bizihirize-noheli-mu-miryango-yabo-birinda-covid-19

  • Coronavirus yahombeje abakirisitu benshi igitaramo cya Noheli #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kuri Katedarali ya Butare na ho ntihabaye igitaramo cya Noheli
    Kuri Katedarali ya Butare na ho ntihabaye igitaramo cya Noheli

    Abakirisitu batabashije kujya mu gitaramo bavuga ko iyo kiza kuba byari kubabera byiza, ariko ko nta kundi babigenza kuko batarenga ku mabwiriza yo kwirinda Coronavirus yagenwe n’inzego z’ubuyobozi.

    Umukirisitu witwa Kamana utuye mu Karere ka Huye yabwiye Kigali Today ati “Igitaramo twakibuze, ubu twababaye. COVID-19 yaduteye roho mbi, ituma uburyo twiteguye ivuka rya Nyagasani bidakunda ko tujya kubyizihiza.”

    Umukirisitukazi witwa Kabagwira na we ati “By’amaburakindi, buri wese arizihiza igitaramo cya Noheli mu kwemera kwe.”

    Muri Paruwasi imwe yo muri Diyosezi ya Byumba ho hari abari biteguye ko igitaramo gitangira saa cyenda, babwirwa ko kitakibaye saa saba.

    Uwitwa Uwineza yagize ati “Twari tumaze kwambara ngo tujye mu misa, ni natwe twari kuririmba, maze Padiri yohereza itangazo kuri watsapu avuga ko igitaramo kitakibaye. Abaririmbyi baturuka kure bo bari banaje.”

    Umupadiri umwe wo muri Diyosezi ya Butare, asa n’utebya ariko na none avuga ukuri yagize ati “Igitaramo ntagihari. Mwihangane muvuge ishapule, Yezu arahari, ejo muzajya gusenga, Imana izashima. Twebwe misa turayivuga, turabasabira.”

    Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Gikongoro, Musenyeri Célestin Hakizimana, we avuga ko ntawavuga ko yizihije Noheli atizihije igitaramo cyayo, ari na yo mpamvu babyumvikanyeho n’inzego z’ubuyobozi.
    Yagize ati “Nta Noheli ibaho nta gitaramo cyabayeho, nk’uko nta mubyeyi ubyara atagiye ku bise. Igitaramo rero twebwe tukigereranya n’ibise, kandi misa ntibujijwe, ikibujijwe ni ukurenza amasaha yo gutaha.”

    Yunzemo ati “Hari aho bari butangire igitaramo saa cyenda, abandi saa kumi, saa kumi n’ebyiri bakaba batashye. Ariko hari n’abandi babujije. Byatewe n’inzego z’ubuyobozi bw’ibanze kuko ari bo babitegeka twebwe tukabyubahiriza. Nka Diyosezi ya Gikongoro ifite uturere dutanu, buri Karere kagiye gashyiraho amategeko yako. Njyewe ndayisoma rwose, iratangira saa kumi, saa kumi n’ebyiri turaba twatashye.”

    Icyakora, abatabashije kwitabira igitaramo bashyiriweho igitaramo kiza gutambuka kuri televiziyo no ku maradiyo amwe n’amwe.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/coronavirus-yahombeje-abakirisitu-benshi-igitaramo-cya-noheli

  • Hari ababuze imodoka bituma Noheli itabasanga mu miryango yabo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Muri gare ya Muhanga hari ababuze imodoka bituma batarara mu ngo iwabo ngo bizihizanye Noheli n
    Muri gare ya Muhanga hari ababuze imodoka bituma batarara mu ngo iwabo ngo bizihizanye Noheli n’ababo

    Hari mu ma saa moya n’igice z’umugoroba, aho abo bantu berekezaga mu bice bitandukanye bari babuze icyo gukora, mu gihe bateganyaga kubona uko bataha bakizihiriza Noheli mu miryango yobo, gusa ntibyabakundiye nk’uko Uwicyeza wajyaga mu Majyepfo abivuga.

    Agira ati “Nari mvuye mu Karere ka Rutsiro nerekeza mu rugo i Mugombwa (muri Gisagara), nageze hano muri gare mu ma saa sita nsanga amatike yashize kandi nta kindi nari gukora. Ni ikibazo gikomeye kuko ndi kumwe n’abana, gusa batubabariye batureka tukarara hano muri gare. Ubwo urumva ko ibya Noheli bibaye ibindi kuko idusanze mu gasozi, turazinduka tugenda mu gitondo”.

    Munezero Jean Marie Vianney na we ati “Jyewe nari ngiye mu rugo mu Murenge wa Nyabinoni muri Muhanga, ariko kugerayo bisaba umuntu kunyura mu Ngororero kubera ikibazo cy’imihanda. Nageze hano rero saa sita nsanga amatike y’imodoka zijyayo yarangiye kubera abantu benshi, nshakisha ahandi ndaheba kugeza iyi saha none abasekirite barimo kutwirukana. Ibya Noheli ubwo birandangiranye”.

    Uwitwa Niyitegeka Jeannine wari ufite abana batatu, yari avuye mu Karere ka Kamonyi yerekeza i Huye, ariko biramunanira.

    Ati “Nari mvuye ku Mugina muri Kamonyi njya mu rugo i Huye, nagize ikibazo cy’imodoka kuko nageze hano muri gare saa cyenda mbura amatike. Sinzi n’aho ndara kuko amafaranga yanshiranye, kuva ku mugina nishyuye 1.500 najyaga nishyura 600. Ni ikibazo gikomeye kuko nari ngiye kwizihiza Noheli none biranyobeye, wenda nzagerayo ejo ndebe uko nagira akantu nshakira abana mu kwizihiza umunsi mukuru”.

    Icyakora umuyobozi wa gare ya Muhanga, Hatangimana Samuel, ntiyemeranya n’abavuga ko imodoka zabuze, ahubwo ahamya ko bageze muri gare batinze kandi ingendo zihagaragara hakiri kare hubahirizwa amasaha yashyizweho yo kuba abantu bageze mu ngo.

    Ati “Hano muri gare twiriranywe abagenzi benshi ariko ntabwo imodoka zabuze nk’uko abo bantu babivuga, ahubwo bo bageze muri gare batinze basanga sosiyete zitwara abagenzi zahagaritse gutanga amatike hubahirizwa amabwiriza kugira ngo saa mbiri zitadufata. Turavugana n’ubuyobozi bw’Akarere na Polisi turebe uko bacumbikirwa bazagende ejo”.

    Inzego zitandukanye z’ubuyobozi zikangurira abantu kubahiriza amasaha yo kuba bagenze mu ngo, ni ukuvuga saa mbili z’ijoro uretse mu Karere ka Musanze ho ari saa moya, abantu bagakangurirwa gutinya Covid-19 aho gutinya Polisi ishobora kubahanira ko bateshutse ku mabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/hari-ababuze-imodoka-bituma-noheli-itabasanga-mu-miryango-yabo

  • Iburasirazuba: Mu cyumweru kimwe abantu 31,916 bafashwe barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Muri aba bantu bafashwe ngo harimo 23,885 bafashwe ku manywa barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 nko kutambara neza agapfukamunwa, kudahana intera no kudasukura intoki mu gihe bageze ahantu hahurira abantu benshi.

    Abafashwe mu ijoro ni 8,031 barenze ku isaha yo kuba bageze mu ngo zabo.

    Mu cyumweru cyo kuva ku wa 14 kugera ku wa 24 Ukuboza 2020 kandi hafashwe ibinyabiziga birimo imodoka 115 ndetse na moto 157 kubera gukererwa kugera mu rugo no kudatanga umuti usukura intoki ku bagenzi, ndetse n’amagare 173.

    Abantu bafashwe bahanwe hakurikijwe ibihano biteganywa n’amabwiriza y’inama njyanama za buri karere, ibinyabiziga byo ngo amande asanzwe azwi kuko ateganywa n’itegeko.

    Ati “Abantu barigishwa bagacibwa amande hakurikijwe ibihano biteganywa n’amabwiriza y’inama njyanama ya buri karere. Ibinyabiziga, imodoka na moto byo itegeko rirahari amande ni ibihumbi 25.”

    Umuvugizi wa Polisi y’igihugu mu Ntara y’Iburasirazuba, CIP Hamdun Twizeyimana, asaba abaturage kwizihiza iminsi mikuru bibuka ko bugarijwe n’icyorezo cya COVID-19.

    Agira ati “Icyo twakwibutsa abantu ni uko iyi minsi mikuru y’uyu mwaka itandukanye n’iy’imyaka yashize kubera icyorezo cya COVID-19 cyitwugarije, imyanzuro y’inama y’abaminisitiri yasohotse ku itariki 14 ibuza ibirori ibyo ari byo byose, ubukwe n’amateraniro, utubari turafunze ntitwemerewe.”

    Akomeza agira ati “N’ubwo hari amadushyize mu ngo zabo ayo mayeri yose twarayamenye, twashyizemo imbaraga nyishi kubikumira, twakoze ubukangurambaga n’imbaraga nyinshi ndizera ko ntaw’uzarenga ku mabwiriza.”

    Hashize iminsi hatangijwe ubukangurambaga mu baturage binyuze mu bitangazamakuru bikorera mu Ntara y’Iburasirazuba, aho Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Mufulukye Fred n’umuyobozi wa Polisi ikorera muri iyi Ntara CP Emmanuel Hatari batanga ubutumwa bugamije gushishikariza abaturage kwirindira umutekano ariko by’umwihariko kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19 muri iyi minsi mikuru.

    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/iburasirazuba-mu-cyumweru-kimwe-abantu-31-916-bafashwe-barenze-ku-mabwiriza-yo-kwirinda-covid-19

  • Mu Rwanda abantu batatu bishwe na COVID-19, haboneka abarwayi bashya 72 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abishwe na COVID-19 kuri uyu wa Kane ni umugore w’imyaka 55 witabye Imana i Huye, umugore w’imyaka 69 i Kigali n’umugabo w’imyaka 46 witabye Imana ari i Kigali.

    Abo bantu batatu bahise buzuza umubare w’abantu 69 bamaze kwicwa n’iki cyorezo kuva cyagera mu Rwanda muri Werurwe 2020.

    Minisiteri y’Ubuzima kandi yatangaje ko kuri uyu wa Kane mu Rwanda habonetse abantu 72 bashya banduye COVID-19, abakize bakaba ari 40.

    Abo barwayi bashya 72 babonetse mu bipimo 6,436 bakaba barimo ababonetse i Kigali: 35, Rubavu: 25, Nyamasheke: 5, Huye: 2, Muhanga: 2, Rusizi: 2, Nyamagabe: 1.

    Kugeza kuri uyu wa Kane, mu Rwanda abari bamaze kwandura icyo cyorezo ni 7,670 muri bo abamaze gukira ni 6,203 naho abakivurwa ni 1398.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/mu-rwanda-abantu-batatu-bishwe-na-covid-19-haboneka-abarwayi-bashya-72

  • Urukiko rw’Ubujurire rwemeje ko Uwinkindi akomeza gufungwa burundu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Igifungo cya burundu cyahawe Uwinkindi Jean cyagumyeho
    Igifungo cya burundu cyahawe Uwinkindi Jean cyagumyeho

    Kuri uyu wa Kane tariki 24 Ukuboza 2020, Uwinkindi yagarutse mu rukiko rw’ubujurire kumva umwanzuro ku bujurire yari yaratanze kuri icyo gihano cyo gufungwa burundu yakatiwe aho yasabaga ko mu rubanza rwe harimo ibintu byinshi byirengagijwe mu mategeko no mu busabe bwe bityo akaba atemera uwo umwanzuro w’urukiko, akemeza ko ari umwere kugeza magingo aya.

    Biciye mu buryo bw’ikoranabuhanga, Uwinkindi yakurikiye ubu bujurire bwe yicaye muri gereza ya Mageragere kuva saa yine n’igice ntiyagira icyo avuga gusa yakomeje gukurikira ari wenyine nta mwunganizi mu buryo bw’amategeko.

    Urukiko rwasuzumye impamvu zatanzwe na Uwinkindi harimo kuba Urukiko Rukuru rwarafashe umwanzuro wo kumufunga burundu ku byaha binyuranye n’ibyo yarezwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwa Arusha(ICTR), kuba atarahawe umwanya uhangije wo gushaka abatangabuhamya bamushinjura, kuba yarahawe ba avoka n’urugaga rw’Abavoka mu Rwanda atagishijwe inama bityo urubanza rwe rurayoba kubera ko abo bunganizi atigeze yemera ko bamuhagararira mu rubanza rwe.

    Nyuma y’amasaha agera kuri ane asomerwa urwo urubanza rwaciwe kuva muri 2013, ibyashingiweho ku mpande zombi (uregwa n’ubushinjacyaha) urukiko rw’ubujurire rwerekanye uko byagenze muri bimwe Uwinkindi yagaragaje mu bujuririre bwe.

    Urugero uru rukiko rwagaragaje ko ubwa mbere Uwinkindi yahawe abunganizi babiri bitewe n’uko yagaragaje ko nta bushobozi yari afite bwo kwiyishyurira ba Avoka ku giti cye. Ngo ibi byarabaye kandi urubanza ruraburanishwa bigera n’aho abo bunganizi baruvamo bitewe n’ikibazo cy’amikoro angana n’amafaranga yari abagenewe mu gukora iperereza bashakira umukiliya wabo ubuhamya bumushinjura.

    Ngo aba bunganizi bari basabye amafaranga asaga miliyoni ijana n’eshatu z’amafaranga y’u Rwanda (Rwf103million) ngo bahabwa ibihumbi 800 mu yo bari basabye ariko ngo bata urubanza ntibanagaragaza icyo bakoresheje ayo mafaranga.

    Ngo n’ubwo urugaga rw’abavoka mu Rwanda rwamushakiye abandi bunganizi babiri bashya, uregwa avuga ko byakozwe atabizi ntibumvikana gusa urukiko rw’ubujurire rwo rwagaragaje ko kubera impamvu zo kuba Uwinkindi yari yagaragaje ko nta bushobozi afite bwo kwishyura abunganizi be, byari ngombwa ko atavutswa uburenganzira bwe bityo biba ngombwa ko ahabwa abandi ba Avoka kugira ngo aburane mu buryo busabwa n’amategeko mpunzamahanga y’ibyaha yaregwaga.

    Ikindi ngo ni uko imvugo z’abatangabuhamya zitasuzumwe mu buryo bwimbitse kandi ngo yifuzaga ko yashaka abatangabuhamya be baba hanze y’u Rwanda ngo ariko ntibyakorwa bitewe n’uko nta bwumvikane bwabaye hagati ya Uwinkindi n’abavoka be bashya, kandi kuba abavoka ba mbere bari baragaragaje ubushobozi n’ibyangobwa bibemerera gukora iryo perereza, ngo nta shingiro rigaragaza ko atahawe ayo mahirwe.

    Gusa ku kibazo cy’ibyangobwa byo gutegura urubanza rwe, Uwinkindi ngo yasabaga ko ahabwa umwanya uhagije (amezi 6) wo gutegura dosiye ye no gukusanya amakuru yuzuye, ariko ngo yahawe amezi abiri gusa bituma atagira umwanya uhagije nk’uwo ubushinjacyaha buhabwa, ariko Urukiko rw’ubujurire rwagaragaje ko igihe gihabwa ubushinjyacyaha ngo kitangana n’igihabwa uregwa bityo ngo nta mategeko yirengajijwe.
    Umwanya munini mu rukiko rw’ubujurire wafashwe ku kibazo cy’abatangabuhamya

    Urukiko rw’ubujurire rwagarutse ku kibazo cy’abatangabuhamya aho Uwinkindi yagaragaje ko ababajijwe bamubeshyeye, ubucamanza bwamusomeye bimwe mu byavuzwe bigaragaza uruhare rwe mu bikorwa byatumye habaho kwica Abatutsi basengeraga mu rusengero rwa ADEPR i Kanzeze yari ayoboye.

    Urugero, ngo kuba abayobozi (Burugumesitiri Gatanazi n’abandi) muri ako gace barashoboraga kumva ijambo rya Uwinkindi bakanarikurikiza, ngo ntabwo yigeze abuza abicanyi gushinga za Bariyeri ahubwo yitabiriye izo nama z’ibitero byagabwe ahitwa Kariyeri muri Kanzeze kandi ngo hari n’aho yavuze ngo ntihagire ujya kurya inyama zasahuwe mu bitero nta kazi yakoze, bigaragara ko yatangaga amabwiriza y’ibitero anabikorera mu rusengero.

    Gusa Uwinkindi avuga ko hari itandukaniro hagati y’urusengero n’agace ka Kariyeri n’ubwo abatangabuhamya bahuriza ku kuba intambwe zihari hagati ya Kariyeri n’urusengero ari nke kandi ngo uregwa yari yitabiriye iyo nama yatumijwe na Burugumesitiri Gatanazi.

    Uwinkindi we avuga ko ibi bitashingirwaho kuko harimo kunyuranya kuri iyo nama. Gusa urukiko rwo rwasanze ko kuba abatangabuhamya bashobora kuba banyuranya ku munsi iyo nama yabereyeho bitatuma ubuhamya bwatanzwe budahabwa agaciro ku byaha Uwinkindi aregwa ari byo gutanga amabwiriza yo kwica Abatutsi muri ako gace.

    Mu ma saa kumi z’igicamunsi, urukiko rw’ubujurire rwanzuye ko nyuma yo gusuzuma impamvu zose uregwa yatanze ajurira, rwasanze nta shingiro zifite bityo rugumishaho imikirize y’urukiko rukuru yo ku wa 30 Ukuboza 2015.

    Ubu Uwinkindi ashobora kujuririra uyu mwanzuro mu rukiko rwisumbuyeho (rw’ikirenga) ku mpamvu z’akarengane gusa.


    source https://www.kigalitoday.com/ubutabera/jenoside/article/urukiko-rw-ubujurire-rwemeje-ko-uwinkindi-akomeza-gufungwa-burundu

  • Kwakira kandidatire z’abifuza kujya mu Nama Njyanama z’Uturere byasubitswe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kwakira izo kandidadatire bizaba kuva tariki 11 kugeza ku ya 22 Mutarama 2021, nk’uko itangazo ryashyizweho umukono na Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Prof. Kalisa Mbanda ribivuga.

    Prof. Kalisa Mbanda, Perezida wa Komisiyo y
    Prof. Kalisa Mbanda, Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/kwakira-kandidatire-z-abifuza-kujya-mu-nama-njyanama-z-uturere-byasubitswe

  • Santarafurika: Inyeshyamba zirasaba ko amatora yo ku Cyumweru asubikwa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida Faustin-Archange Touadéra, arimo kwiyamamariza kuyobora icyo gihugu muri manda ye ya kabiri
    Perezida Faustin-Archange Touadéra, arimo kwiyamamariza kuyobora icyo gihugu muri manda ye ya kabiri

    Ikinyamakuru ‘Corbeau News’ kivuga ko mu ijoro ryo ku wa Gatatu habaye imirwano yashyamiranyije izi nyeshyamba n’ingabo za Leta mu Majyepfo y’Igihugu, ndetse ko zafashe imijyi ya Beloko na Cantonier iri mu Majyaruguru.

    BBC dukesha iyi nkuru iravuga ko ku wa Gatatu tariki 23 Ukuboza, Perezida Faustin-Archange Touadéra wa Santarafurika na Emmanuel Macron w’u Bufaransa, baganiriye ku bibazo biri muri iki gihugu, u Bufaransa buvuga ko bwamagana abashaka guhungabanya umutekano wa Santarafurika.

    Nyuma yo kuganira kwabo, indege z’intambara z’u Bufaransa zahise zitangira kugenda hejuru y’ikirere cya Santarafurika, ibi biri mu bwumvikane bagiranye nk’uko itangazo ry’ibiro bya Perezida w’u Bufaransa ribivuga.

    Mu cyumweru gishize, ibihugu by’u Burusiya n’u Rwanda byohereje abasirikare muri Santarafurika, bagiye kubungabunga umutekano w’ ubutegetsi bwa Touadera, by’umwihariko mu matora ateganyijwe ku Cyumweru tariki 27 Ukuboza 2020.

    Repubulika ya Santarafurika ni igihugu gikize ku mutungo kamere wa Diyama, Zahabu, Peteroli na Uranium ariko ni kimwe mu bifite abaturage bakennye cyane ku isi.


    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/hanze-y-igihugu/article/santarafurika-inyeshyamba-zirasaba-ko-amatora-yo-ku-cyumweru-asubikwa