Tag: featured

  • Uko icyorezo cya Coronavirus gihagaze mu mashuri – #rwanda #RwOT

    Mu mpera za 2019, ni bwo amashuri makuru na kaminuza yari yatangiye umwaka w’amashuri nk’uko bisanzwe ndetse n’amashuri abanza n’ayisumbuye aza gutangira muri Mutarama umwaka ushize, nk’uko ingengabihe yayo yabigenaga. Ibintu ariko byaje guhinduka ku wa 16 Werurwe ubwo Leta yafataga icyemezo cyo gufunga amashuri by’agateganyo mu rwego rwo guhangana n’ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus cyari kimaze kugera mu Rwanda.

    Imiterere y’icyorezo yakomeje kuba intandaro yo kudafungura amashuri kugeza ku wa 25 Nzeri umwaka ushize, ubwo Inama y’Abaminisitiri yemezaga ko amashuri agomba gufungura, ndetse isaba Minisiteri y’Uburezi gutangira kureba uburyo byakorwa mu byiciro.

    Kuwa 12 Ukwakira 2020 nibwo ibyiciro bitandukanye byo mu mashuri makuru na za kaminuza byatangiye gufungurwa, mu gihe tariki 2 Ugushyingo muri uwo mwaka nabwo amashuri yisumbuye n’abanza yemerewe gufungura mu byiciro bitandukanye.

    Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine yatangaje ko kuwa 18 Mutarama uyu mwaka, ibindi byiciro byari bisigaye bitarafungura, birimo amashuri y’incuke ndetse n’icyiciro cya mbere cy’amashuri abanza, nabyo bigiye kwemererwa gufungura.

    Bagiye gutangira mu gihe mu Rwanda hakomeje kugaragara ubwiyongere bw’imibare y’abandura ndetse n’abicwa na Coronavirus, ariko Minisiteri y’Uburezi ikavuga ko habayeho kubanza kwitegura bihagije ndetse n’ubu ubugenzuzi bukaba bugikomeje.

    Dr Uwamariya yavuze ko ku ruhande rwa leta imyiteguro bayigeze kure. Ati “Ariko ababyeyi n’abanyeshuri bakaba batangira kwitegura kugira ngo tariki 18 Mutarama bazajye ku ishuri.”

    Yakomeje asaba ko iki gikorwa kigomba kugirwamo uruhare na buri wese, ati “Ni ngombwa ko buri wese yumva ko ari inshingano ze, kuko ba bana bazajya bajya ku ishuri, batahe iwabo birirwanye na bagenzi babo ku ishuri. Birasaba kwirinda no kubarinda.”

    Abamaze amezi atatu biga bite?

    Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima, RBC, gitangaza ko kuva amashuri yatangira, gahunda yo gupima icyorezo cya Coronavirus mu bigo by’amashuri ikorwa buri munsi mu buryo rusange, nk’uko bikorwa ahandi hantu hatandukanye. Iyi gahunda kandi ikorerwa amashuri yose, arimo acumbikira abanyeshuri ndetse n’ayo biga bataha iwabo.

    Nko mu Ugushyingo 2020, mu gikorwa cyari kigamije gusuzuma imiterere y’icyorezo cya Coronavirus mu mashuri, hafashwe ibipimo by’abanyeshuri 3 442 bo mu byiciro bitandukanye hirya no hino mu gihugu.

    Abapimwe muri za Kaminuza bari 858, mu mashuri yisumbuye hapimwa 1 380 mu gihe abo mu mashuri abanza bapimwe ari 1 204.

    Mu Ugushyingo mu mashuri yisumbuye niho hagaragayemo umubare munini w’abanduye iki cyorezo, bagera kuri 47. Abo mu mashuri abanza banduye bari batandatu mu gihe abagaragaye muri za Kaminuza ari abanyeshuri bane.

    Nko mu Majyepfo hapimwe abanyeshuri bagera ku 139 bo muri kaminuza, 352 bo mu mashuri yisumbuye na 269 bo mu mashuri abanza.

    Dr Uwamariya yavuze ko ibyo bigaragaza ko muri rusange, ingamba zashyizweho zo guhangana na Coronavirus mu mashuri ziri gutanga umusaruro, n’ubwo nta muntu ugomba kwirara.

    Yagize ati “Icyorezo muri rusange kiri mu gihugu hose, ariko turashimira Imana ko nta kibazo kidasanzwe cyabayeho. Hari abagaragaye mu mashuri cyane cyane ahegereye inkambi y’impunzi, uyu munsi turishimira ko nta mwana wari wagira ikibazo ngo apfe kubera Coronavirus.”

    Yahishuye ko bigitangira bari bafite impungenge cyane cyane ku mashuri acumbikira abanyeshuri mu kigo kimwe, ariko ko uko igihe cyagiye gishira, mu bugenzuzi bakoze basanze ahubwo kuba abanyeshuri bari hamwe, bizwi ko nta bwandu bafite, byoroshye no kubarinda kubugira.

    Yasabye ababyeyi barera abana biga bataha, kurushaho gukaza ingamba zo kurinda abana icyorezo.

    Ati “Ubutumwa twatanga ku Banyarwanda n’ababyeyi muri rusange ni ukurinda abana biga bataha iwabo, kuko umubare munini w’abanyeshuri ni abiga bataha, cyane cyane iyo biga bataha, hari abandi biga mu kigo ugasanga bazanye ubwandu babuvanye hanze.”

    Kuva ku wa 14 Werurwe 2020 ubwo umurwayi wa mbere yabonekaga mu Rwanda hamaze gufatwa ibipimo bya Coronavirus 756 051, byagaragaje ko abantu 9 225 banduye Coronavirus. Muri bo, 6 940 barasezerewe mu gihe 2 172 bakiri kwitabwaho. Abamaze kuzira iki cyorezo ni 113.

    Abarimu n’abanyeshuri baba bambaye neza agapfukamunwa n’amazuru buri gihe iyo bari mu ishuri

    Minisitiri w Uburezi, Dr. Uwamariya Valentine, yasabye ababyeyi gufasha mu kurinda abana biga bataha kuba baba intandaro yo kwanduza icyorezo cya Coronavirus

    Mu bigo by’amashuri hashyizwe urubyiruko rufasha mu kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Coronavirus

    Mu bigo by’amashuri ingamba zo kwirinda Coronavirus zarakajijwe, hashyizweho aho abanyeshuri bakarabira

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/icyorezo-cya-coronavirus-gihagaze-gute-mu-mashuri

  • Kamonyi: Icyanya cy’inganda nto ziciriritse gikomeje kudindizwa no kutagira imihanda – #rwanda #RwOT

    Icyo cyanya cy’inganda gifite ubuso bwa hegitari 26,88 giherereye mu Murenge wa Runda, kugeza ubu harimo inganda nto ziciriritse 19 gusa biteganyijwe ko hazajyamo izitari munsi ya 100.

    Iyo unyuze mu muhanda wa Kaburimbo Kamonyi-Kigali ugaterera amaso mu gice cy’iburyo ubona zimwe mu nganda nto ziciriritse zamaze kubakwa muri icyo cyanya kandi ukabona ko aho hantu hatangiye kuba heza.

    Gusa iyo winjiye muri icyo cyanya uhita ubona ko hari ikibazo gikomeye cy’imihanda kuko kuva ku ruganda rumwe ujya ku rundi bigoranye kubera ko hadatunganyije.

    Bamwe mu bashoramari bamaze kuhageza inganda ziciriritse bahuriza ku gusaba Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi ko bwakora imihanda muri icyo cyanya kugira ngo bitere n’abandi kuza kuhakorera.

    Munyankumburwa Jean Marie uyobora Kampani yitwa Mburwa Production Ltd ahafite uruganda rukora ikinyobwa cyitwa Mburwa Wine n’ibiribwa. Avuga ko kuba icyo cyanya kidatunganyije ari imbogamizi ikomeye.

    Ati “Umuvuduko wo kuhashyira inganda ntabwo wihuta kuko ntabwo gitunganyije, kuba imihanda idatunganyije ni ikibazo.”

    Ntihanabayo Sanuel, Umuyobozi w’Uruganda Ingufu Gin Ltd ruri muri icyo cyanya, na we yabwiye IGIHE ko kuba hadatunganyije bituma abashoramari batahagana.

    Ati “Ubuyobozi bwagombye gushyiramo imbaraga bugakatamo imihanda bugashyiramo ibyangombwa byose biba bisabwa kugira ngo ahagenewe inganda bibe bihari.”

    Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Kamonyi, Tuyizere Thaddée, avuga ko nta ngengo y’imari bafite yagenewe gutunganya icyanya cy’inganda, ahubwo icyakorwa ari ugufatanya n’abikorera kuhatunganya.

    Ati “Mu by’ukuri rero iyo ugiye no muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda bakubwira ko Kamonyi tutemerewe kugira inganda cyangwa agace k’inganda kazwi kuko hari uduce twatoranyijwe mu Mujyi wa Kigali no mu mijyi yunganira Kigali bagaragaza ko ari ho hari gutunganywa ibyanya by’inganda ariko banafite ingengo y’imari yabyo.”

    “Kamonyi rero mu by’ukuri nta ngengo y’imari dufte, ubwo ni ukugenda twirwariza dufatanyije n’abo bikorera kureba ngo aho abatangiye twahongera ubwiza gute? Twahongera ibyo bikorwa remezo gute? Numva rero tuzakomeza gufatanya nabo no gushakisha ho twakura ubushobozi.”

    Yavuze ko bazakomeza kugaragaza ko no mu Karere ka Kamonyi hashobora kujya inganda kandi zigatera imbere kugeza igihe ijwi ryabo rizumvikana.

    Ati “Mu by’ukuri ni mu rwego rw’ubuvugizi kugira ngo Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda irebe niba nta handi hajya inganda uretse muri Kigali no mu mijyi yunganira Kigali.”

    Bimwe mu bikorwa remezo byamaze kugezwa muri icyo cyanya ni amashanyarazi n’amazi kandi abahakorera barabyishimira.

    Kuhageza inganda nto ziciriritse nyinshi bizagabanya ikibazo cy’ubushomeri bwiganje mu rubyiruko kuko nk’izamaze kuhagera hari abo zahaye akazi.

    Mburwa Production Ltd yagahaye 20 bahoraho naho Ingufu Gin Ltd ikoresha bakozi 96 bahoraho n’abandi baza gukora bitewe n’uko akazi kabo kabonetse.

    Tuyizere yasabye abikorera gukomeza gushora imari mu bikorwa by’inganda ziciriritse mu gice zagenewe mu Karere ka Kamonyi kugira ngo hatere imbere abizeza ko ubuyobozi buzakomeza gufatanya nabo.

    Hakenewe ko muri iki cyanya hatunganywa hagashyirwa imihanda kugira ngo habe ahantu habereye ishoramari

    Imbere mu Ruganda Ingufu Gin Ltd imirimo irakomeje

    Imihanda ni igikorwa remezo gikenewe mu cyanya cyahariwe inganda ziciriritse mu Murenge wa Runda

    Kugira ngo imodoka igere ku nganda ziri muri iki cyanya biragorana

    Nta muhanda uhuza inganda zamaze kuhagezwa

    Umuhanda werekeza ku nganda ziciriritse zamaze kuhagera ntabwo utunganyijwe neza

    Uruganda Ingufu Gin Ltd ni rumwe muri 19 zamaze kugera mu cyanya cyazo mu Karere ka Kamonyi

    Zimwe mu nganda nto ziciriritse zamaze kugera mu cyanya cyazo mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi

    Ahakorera Uruganda rwa Mburwa Production Ltd muri icyo cyanya

    [email protected]


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kamonyi-icyanya-cy-inganda-nto-ziciriritse-gikomeje-kudindizwa-no-kutagira

  • Kamonyi: Icyanya cy’inganda nto ziciriritse gikomeje kudindizwa no kutagira imihanda – #rwanda #RwOT

    Icyo cyanya cy’inganda gifite ubuso bwa hegitari 26,88 giherereye mu Murenge wa Runda, kugeza ubu harimo inganda nto ziciriritse 19 gusa biteganyijwe ko hazajyamo izitari munsi ya 100.

    Iyo unyuze mu muhanda wa Kaburimbo Kamonyi-Kigali ugaterera amaso mu gice cy’iburyo ubona zimwe mu nganda nto ziciriritse zamaze kubakwa muri icyo cyanya kandi ukabona ko aho hantu hatangiye kuba heza.

    Gusa iyo winjiye muri icyo cyanya uhita ubona ko hari ikibazo gikomeye cy’imihanda kuko kuva ku ruganda rumwe ujya ku rundi bigoranye kubera ko hadatunganyije.

    Bamwe mu bashoramari bamaze kuhageza inganda ziciriritse bahuriza ku gusaba Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi ko bwakora imihanda muri icyo cyanya kugira ngo bitere n’abandi kuza kuhakorera.

    Munyankumburwa Jean Marie uyobora Kampani yitwa Mburwa Production Ltd ahafite uruganda rukora ikinyobwa cyitwa Mburwa Wine n’ibiribwa. Avuga ko kuba icyo cyanya kidatunganyije ari imbogamizi ikomeye.

    Ati “Umuvuduko wo kuhashyira inganda ntabwo wihuta kuko ntabwo gitunganyije, kuba imihanda idatunganyije ni ikibazo.”

    Ntihanabayo Sanuel, Umuyobozi w’Uruganda Ingufu Gin Ltd ruri muri icyo cyanya, na we yabwiye IGIHE ko kuba hadatunganyije bituma abashoramari batahagana.

    Ati “Ubuyobozi bwagombye gushyiramo imbaraga bugakatamo imihanda bugashyiramo ibyangombwa byose biba bisabwa kugira ngo ahagenewe inganda bibe bihari.”

    Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Kamonyi, Tuyizere Thaddée, avuga ko nta ngengo y’imari bafite yagenewe gutunganya icyanya cy’inganda, ahubwo icyakorwa ari ugufatanya n’abikorera kuhatunganya.

    Ati “Mu by’ukuri rero iyo ugiye no muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda bakubwira ko Kamonyi tutemerewe kugira inganda cyangwa agace k’inganda kazwi kuko hari uduce twatoranyijwe mu Mujyi wa Kigali no mu mijyi yunganira Kigali bagaragaza ko ari ho hari gutunganywa ibyanya by’inganda ariko banafite ingengo y’imari yabyo.”

    “Kamonyi rero mu by’ukuri nta ngengo y’imari dufte, ubwo ni ukugenda twirwariza dufatanyije n’abo bikorera kureba ngo aho abatangiye twahongera ubwiza gute? Twahongera ibyo bikorwa remezo gute? Numva rero tuzakomeza gufatanya nabo no gushakisha ho twakura ubushobozi.”

    Yavuze ko bazakomeza kugaragaza ko no mu Karere ka Kamonyi hashobora kujya inganda kandi zigatera imbere kugeza igihe ijwi ryabo rizumvikana.

    Ati “Mu by’ukuri ni mu rwego rw’ubuvugizi kugira ngo Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda irebe niba nta handi hajya inganda uretse muri Kigali no mu mijyi yunganira Kigali.”

    Bimwe mu bikorwa remezo byamaze kugezwa muri icyo cyanya ni amashanyarazi n’amazi kandi abahakorera barabyishimira.

    Kuhageza inganda nto ziciriritse nyinshi bizagabanya ikibazo cy’ubushomeri bwiganje mu rubyiruko kuko nk’izamaze kuhagera hari abo zahaye akazi.

    Mburwa Production Ltd yagahaye 20 bahoraho naho Ingufu Gin Ltd ikoresha bakozi 96 bahoraho n’abandi baza gukora bitewe n’uko akazi kabo kabonetse.

    Tuyizere yasabye abikorera gukomeza gushora imari mu bikorwa by’inganda ziciriritse mu gice zagenewe mu Karere ka Kamonyi kugira ngo hatere imbere abizeza ko ubuyobozi buzakomeza gufatanya nabo.

    Hakenewe ko muri iki cyanya hatunganywa hagashyirwa imihanda kugira ngo habe ahantu habereye ishoramari

    Imbere mu Ruganda Ingufu Gin Ltd imirimo irakomeje

    Imihanda ni igikorwa remezo gikenewe mu cyanya cyahariwe inganda ziciriritse mu Murenge wa Runda

    Kugira ngo imodoka igere ku nganda ziri muri iki cyanya biragorana

    Nta muhanda uhuza inganda zamaze kuhagezwa

    Umuhanda werekeza ku nganda ziciriritse zamaze kuhagera ntabwo utunganyijwe neza

    Uruganda Ingufu Gin Ltd ni rumwe muri 19 zamaze kugera mu cyanya cyazo mu Karere ka Kamonyi

    Zimwe mu nganda nto ziciriritse zamaze kugera mu cyanya cyazo mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi

    Ahakorera Uruganda rwa Mburwa Production Ltd muri icyo cyanya

    [email protected]


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kamonyi-icyanya-cy-inganda-nto-ziciriritse-gikomeje-kudindizwa-no-kutagira

  • Muhanga: Igishushanyo mbonera cy’umujyi gisigaje kwemezwa n’Ikigo cy’Imiturire #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Hateganyijwe impinduka mu myubakire y
    Hateganyijwe impinduka mu myubakire y’Umujyi wa Muhanga uzaba wunganira Kigali

    Ibyo biravugwa mu gihe hari abaturage bafite ubutaka mu mujyi wa Muhanga bavuga ko kuba gitinda gusohoka bibaheza mu gihirahiro ku mikoreshereze yabwo kuko hari abangiwe kubukoresha nk’abafite ubutaka buzakoreshwa mu kurimbisha umujyi cyangwa bukaba buteganyijwe gucibwaho imihanda, ubu bakaba batemerewe kubwubakaho.

    Umwe mu baturage avuga ko bamubwiye ko atemerewe kubaka ku butaka bwe kuko hazakorwa ubusitani akavuga ko nta ngurane yahawe cyangwa ngo na we ahabwe uburenganzira na we ahakore ubusitani ajye abukodesha.

    Agira ati, “Ubutaka nemererwaga kubakaho bwashyizwe ahagomba gushyirwa ubusitani kandi ndacyabusorera, kandi nta cyangombwa cyo kubaka bashobora kumpa, kandi ntibankuriyeho iyo misoro, ibyo ngo biteganywa n’igishushanyo mbonera cy’umujyi ako mbona ari akarengane aho hantu nagombaga guhabwa ingurane”.

    Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga, Shyaka Theobald, avuga ko igishushanyo mbonera kigeze ku ntambwe ishimishije kuko ibyagombaga gushyirwa ku murongo byose byakozwe birimo kukigaragariza abaturage no kugitangaho ibitekerezo.

    Shyaka avuga ko abahawe isoko ryo kugikora bakorana na RRA bagombaga kujya kongeramo ibyo bitekerezo by’abaturage, bikaba byarakozwe bakaba basigaje kukigaragaza bwa nyuma kugira ngo gisohoke kuko nta bindi bizongerwamo.

    Agira ati “Intambwe ya nyuma yari isigaye iri hagati ya RHA n’abatekinisiye bakora icyo gishushanyo, sindabaza ngo menye impamvu kitarasohoka ariko iyo ni yo ntambwe yari isigaye”.

    Avuga ko kuba igishushanyo mbonera cy’umujyi gikomeza gukererwa nta ngaruka ziremereye cyane byateje kuko hari ibiteganywa n’igishushanyo mbonera gishya bikomeje gukorwa n’ubwo kitarasohoka.

    Urugero atanga ni ibikorwa byo kuvugurura ibice bya Ruvumera, Gahogo na Rutenga, hakaba n’igice cyo guturaho (site) cya Karama gikomeje kubakwa, ndetse n’igice cy’icyanya cy’inganda i Gihuma ibikorwa byo kubaka bikomeje.

    Agira ati “Ntawakwishimira ko igishushanyo mbonera gishya kitarasohoka ariko nta n’uwakabya ngo avuge ko hari ingaruka zikomeye ziri kuba kuko hari ibipande byinshi by’umujyi bikomeje gukorerwamo ibiteganywa mu gishushanyo gishya kuko nta mpinduka zizagaragara kimaze gusohoka byarangije kwemezwa”.

    Naho ku bijyanye n’ubutaka bw’abaturage buri mu rujijo rw’ibizakorerwaho bakaba batabubyaza umusaruro, Shyaka avuga ko bakomeza kuba bihanganye kigasohoka hagakurikiraho kugenzura iby’imikoreshereze yabwo.

    Agira ati “Ndasaba abaturage kuba bategereje kandi bashonje bahishiwe igishushanyo mbonera gishya kizasohoka vuba kandi gisubiza ibibazo abaturage bibaza”.

    Mu kwezi k’Ugushyingo 2020 nibwo Ishyirahanwe ry’uturere n’umujyi wa Kigali n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imiturire (RHA) bagaragarizaga bwa nyuma ibikubiye mu gishushanyo mbonera cy’umujyi wa Muhanga, abajyanama n’izindi nzego kugira ngo basobanurire abaturage aho kigeze, icyo gihe akaba ari nabwo byavugwaga ko mu kwezi gukurikiraho k’ukuboza cyaba cyasohotse.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/muhanga-igishushanyo-mbonera-cy-umujyi-gisigaje-kwemezwa-n-ikigo-cy-imiturire

  • AJPRODHO-JIJUKIRWA muri gahunda yo gushakira umuti ikibazo cy’ubushomeri mu rubyiruko – #rwanda #RwOT

    AJPRODHO-JIJUKIRWA ifatanyije n’indi miryango itari iya leta iritegura kugirana ikiganiro n’inzego za leta mu minsi iri imbere, hagamije gushakirwa umuti iki kibazo cy’ubushomeri mu rubyiruko gikomeje kuzamuka.

    Ku wa 29 Ukuboza 2020, nibwo AJPRODHO-JIJUKIRWA yagiranye ikiganiro n’abafatanyabikorwa bo mu yindi miryango itari iya leta hifashishijwe ikoranabuhanga, bungurana ibitekerezo hagamijwe kureba uburyo ubushomeri mu rubyiruko buhagaze n’uko COVID-19 yagize uruhare mu kwiyongera kwabwo.

    Umuyobozi muri AJPRODHO-JIJUKIRWA, Mupenzi Ejid, yavuze ko ikibazo cyo kwiyongera k’ubushomeri mu rubyiruko kigaragara cyane muri ibi bihe kubera COVID-19.

    Yagize ati “Ubucuruzi bwarahagaze kubera igishoro gito naho ku rukoreshwa
    n’abandi imirimo yabo irahagarikwa kubera ko ibigo by’ubucuruzi bakoreraga ubucuruzi bwabyo bugenda nabi, ndetse bumwe cyane cyane ubuto bwafunze imiryango.”

    Yavuze kandi ko umubare munini w’urubyiruko ari urukora rudafite amasezerano y’akazi, urundi rugakora nyakabyizi, ku buryo kubahagarika byorohera abakoresha, avuga ko leta ikwiye kureba niba gahunda zashyizweho zo korohereza urubyiruko zubahirizwa.

    Abagiye batanga ibitekerezo muri iki kiganiro bagaragaje ko uretse no muri ibi bihe bya COVID-19 iki kibazo kiyongereye, ngo n’ubundi cyari gisanzweho bakabona ko giterwa n’impamvu zitandukanye, zirimo ireme ry’uburezi na gahunda zimwe na zimwe zitorohereza urubyiruko.

    Sibomana Cyriaque yavuze ko hari ikibazo kikibangamiye urubyiruko rushaka kwihangira imirimo, aho usanga rutoroherezwa imisoro mu gihe cy’itangira bigatuma akenshi bananirwa batarenze umutaru.

    Ati “Hakwiye gushakwa uburyo urubyiruko rwakoroherezwa nk’uko abaza gushora imari mu Rwanda nabo boroherezwa, ibyo byatuma urubyiruko rushaka kwihangira imirimo rutananirwa bigitangira bigatuma imirimo idatakara.”

    Nshimiyimana Dieudonné wo muri Transparency International Rwanda, yavuze ko ikibazo cy’ibura ry’imirimo mu rubyiruko ahanini giterwa n’ireme ry’uburezi aho usanga hatitabwa ku kwimenyereza umwuga.

    Yagize ati “Hakwiye kongera gusubirwamo uburyo abanyeshuri biga, bakiga bahabwa ubumenyi bujyanishijwe n’ibikenewe ku isoko ry’umurimo, hakwiye kwitabwa ku buryo amasomo atangwa, hakitabwa cyane ku gufasha abanyeshuri kwimenyereza ibyo biga.”

    Ndayishimiye Zacharie wo muri Legal Aid Forum (LAF) yavuze ko ahubwo abona ko ikibazo ari uko isoko ry’umurimo ari rito yemeza ko kugira ngo iki kibazo kibashe gukemuka hashyirwa imbaraga no mu gushakira urubyiruko akazi mu mahanga.

    Ati “Igitekerezo natanga, mu byo Leta yakora ni ukureba uburyo yashyiraho gahunda yo gushakira urubyiruko rw’u Rwanda akazi mu mahanga kuri murandasi (digital jobs) n’andi mahirwe ashoboka mu mahanga.”

    Yakomeje ati “Mu gihe basanga byashoboka iyo gahunda igatangira, ibi Leta ishobora kubifatanya na Ambasade z’u Rwanda mu mahanga, ibi kandi byajyana no guhugurira urwo rubyiruko imirimo iri mu gihugu runaka.”

    Abatanze ibitekerezo bose bagaragaje ko hakwiye kubaho ubufatanye bwa leta n’abikorera kugira ngo iki kibazo gishakirwe umuti, hanakeburwe kandi bamwe mu bikorera bakoresha urubyiruko ntibaruhe amasezerano bakanarwirukana uko babonye hatarengewe uburenganzira bwabo.


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ajprodho-jijukirwa-muri-gahunda-yo-gushakira-umuti-ikibazo-cy-ubushomeri-mu

  • AS Kigali irasabwa gusezerera CS SFAXIEN yo muri Tunisia ikagera mu matsinda ya CAF Confederation Cup #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    AS Kigali
    AS Kigali

    Ni umuhango wabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 08 Mutarama 2021 ku cyicaro cy’Impuzamashyirahamwe ku mugabane wa Afurika (CAF) giherereye i Cairo mu Misiri.

    Tombola yasize ikipe ya AS Kigali yo mu Rwanda itomboye kuzakina na Club Sportif SFAXIEN yo muri Tunisia.

    Ikipe ya AS Kigali yageze mu mikino ya Kamparampaka nyuma yo gusezerera ikipe ya KCCA yo muri Uganda ku giteranyo cy’ibitego bitatu mu mikino ibiri. AS Kigali yakomeje ku gitego cyo hanze yatsinze mu mukino wo kwishyura wabereye muri Uganda ku wa Gatatu tariki ya 06 Mutarama 2021 aho KCCA yatsinze AS Kigali ibitego bitatu kuri kimwe.

    Ikipe ya CS Sfaxien yasezerewe muri CAF Champions League na MC Alger yo muri Algeria ku giteranyo cy’ibitego bibiri kuri kimwe mu mikino ibiri.

    Ikipe ya CS Sfaxien ni imwe mu makipe akomeye mu gihugu cya Tunisie aho muri shampiyona ya 2020/2021 iri ku mwanya wa Kabiri nyuma y’imikino itanu aho ifite amanota 10 ku mwanya wa Kabiri.

    Ikipe ya AS Kigali izabanza gusura CS Sfaxien tariki 14 Gashyantare 2021 mu gihe umukino wo kwishyura uzabera mu Rwanda tariki ya 21 Gashyantare 2020 kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo.


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/as-kigali-irasabwa-gusezerera-cs-sfaxien-yo-muri-tunisia-ikagera-mu-matsinda-ya-caf-confederation-cup

  • Ruhango: Bakuye abana babo mu ishuri kuko batemera ingamba zo kwirinda Covid-19 – #rwanda #RwOT

    Mu gihe igihugu cyose gishishikajwe no kubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19 yugarije igihugu ndetse n’isi yose muri iyi minsi, hari abaturage bo mu murenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango bahisemo gukura abana babo mu ishuri, kuko imyemerere yabo itabemerera kubahiriza amabwiriza yose yo kwirinda COVID-19.

    Aba baturage bafite iyi myemerere, bavuga ko bayishingira ku bitabo bitandukanye basoma bibemeza ko kubahiriza amabwiriza yashyizweho yo kwirinda COVID-19 ari ukunyuranya n’amategeko y’Imana, bityo ngo ari bo ndetse n’abana babo bahisemo kutazakurikiza ayo mabwiriza, ndetse abana babo ngo ntibazasubira ku ishuri kuko basabwa kubahiriza ayo mabwiriza.

    Bamwe muri bo baganiriye na TV1, bavuze ko babona uretse abana babo gusa, ngo n’abandi bose nta wari ukwiriye kujya ku ishuri no kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Coronavirus.

    Uwitwa Nsengiyumva Jean Claude yagize ati “Ntabwo azajya kwiga kuko ibigendanye n’amashuri byamaze gusoza, ntabwo tubishyigikiye kuko dufite ibihamya mu [gitabo kitwa] “Ibyaduka byo mu minsi y’Imperuka”, paji 40 ku gihamya cya 97.”

    Turamyemuremyi Mariya, yavuze ko muri ibi bihe byo kubahiriza amabwiriza atakwemerera umwana we gusubira ku ishuri ngo n’iyo yashaka kujyayo yabaga akifasha.

    Yagize ati “Igihe tugezemo, amabwiriza ariho, ntabwo mpamanya n’ibyanditswe byera ko umwana wanjye yasubira ku ishuri, kubera agapfukamunwa, n’ibyo gukaraba ntabwo mbyemera, amabwiriza yose ariho araribata amategeko y’Imana.”

    Yongeyeho ati “[umwana wanjye] niyumva yemeranwa y’uko agomba kujya kwiga nzamureke agende, ariko nta cyangombwa cy’ishuri nzamuha.”

    Uretse kuba aba baturage ubwabo bahamya ko batakubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19 kuko binyuranyije n’imyemerere yabo bakomora mu bitabo basoma, bavuga ko nta n’undi wagakwiye kuyubahiriza n’umwe, kuko ngo ari ukuramya satani.

    Umukecuru witwa Kakuze Chantal yagize ati “Namwe rero kuba mupfutse umunwa, ndagira ngo mbakurire inzira ku murima, mupfutse umunwa ku bwo kuramya satani.”

    Uwitwa Niyonizera Eric na we ati “Ahubwo nababwira nti kwirinda Coronavirus ndetse no kwirinda igishushanyo cy’inyamaswa, ni ugukuramo udupfukamunwa, ni ugusenga, ni ukudakaraba, kuko ibyo ntabwo ari byo birinda Coronavirus.”

    Ubuyobozi bwegereye abaturage muri uyu murenge wa Bweramana buvuga ko ari ikibazo gihangayikishije kuko hari umubare munini w’abafite iyo myemerere ndetse bikanagera ku bana babo aho bakurwa mu ishuri ngo batazambikwa agapfukamunwa.

    Umukozi Ushinzwe Imibereho n’Iterambere ry’Abaturage mu kagari ka Buhanda ko muri uyu murenge wa Bweramana, yavuze ko muri ako kagari ubwaho habarirwa abagera kuri 60 bafite imyemerere, bahisemo kutambara udupfukamunwa kandi banze kuva ku izima.

    Ati “Mu kagari ka Buhanda ubwaby byonyine hari kubarurwamo abashyika kuri 60 bafite iyo myemerere nyine. [naho abanyeshuri bakuwe mu ishuri] ntabwo twari twakora icyegeranyo neza, ariko njyewe ubwanjye abo nigereyeho bagera nko kuri 15, hari abigaga mu wa gatanu w’ayisumbuye, hari abigaga mu wa gatatu w’ayisumbuye, hari n’abigaga mu wa gatandatu w’amashuri abanza.”

    Meya w’akarere ka Ruhango, Habarurema Valens, yabwiye IGIHE ko icyo kibazo gisanzwe kizwi cy’abaturage bo mu kagari ka Buhanda ko mu murenge wa Bweramana, basanzwe bagorana mu kubahiriza gahunda za leta zimwe na zimwe, zirimo gutanga mituweli, gukora umuganda n’izindi, ari ko ngo nk’ubuyobozi barabihagurukiye.

    Ati “Uyu munsi rero ubwo bazanyemo no gukinisha Covid, icyorezo kirimo cyononera abaturage kikabatera indwara kikanabica, ubu ngubu twabahagurukiye ntabwo dushobora kongera kubemerera, hari ikindi bakora kitaberanye n’ibyo dukeneye.”

    Yongeyeho ati “Buriya iyo ukangurira abaturage kunyuranya n’amabwiriza cyangwa se n’amategeko, uba wakoze icyaha. Ubu noneho ntabwo bikiri imyumvire igendanye n’aho basengera, hari icyaha cyabaye.”

    Yavuze ko kugeza ubu Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwamaze guta muri yombi batatu muri abo baturage, bakurikiranyweho icyaha cyo kugumura abaturage no kunyuranya na gahunda z’igihugu, ngo bazanakomeza kwigisha abandi muri bo.

    Habarurema yakomeje avuga ko n’ubwo abo babyeyi batemerera abana babo kujya ku ishuri, ubuyobozi ngo bukoresha kwigisha n’igitsure cya kiyobozi, abana bakajya ku ishuri n’iyo ababyeyi batabishaka, kuko ngo batabemerera ari bo ubwabo cyangwa abana babo, kwivutsa kwitabira gahunda za Leta zibafitiye akamaro.

    Itorero ry’Abadivantisiti bavuga ko basengeramo ntiribemera

    Ubuyobozi bw’itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi aba baturage bavuga ko babereye abayoboke, buvuga ko iyo myemerere ntaho ihuriye n’iyigishwa mu itorero ry’Abadivantisiti.

    Umuyobozi w’itorero ry’Abadivantisti mu turere twa Muhanga, Kamonyi, Ruhango na Nyanza, Umuremye Jolay Paul, yabwiye IGIHE ati “Uretse no muri iki gihe, no mu gihe cy’ubwoko bw’Isirayeli Imana yahaga abantu uburyo babasha kwirinda indwara z’ibyorezo harimo no kugira isuku. Ibyo rero ni imyumvire yabo ku giti cyabo, ntabwo ari imyumvire y’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, n’ibyo bitabo bavuga babisoma nabi, ntabwo uko babisobanura ari ko byakagombye kuba bisobanuka.”

    Yongeyeho ko ibyo abo bakora ari ku giti cyabo bidakwiye kwitirirwa itorero, ahubwo bo ngo bashishikariza abantu kubahiriza amabwiriza.

    Ati “Ni imyumvire y’umuntu ku giti cye, kuko twebwe amabwiriza turayemera kandi turayakurikiza, ndetse n’aho dushobora guhura n’abantu, nta na rimwe twari twahura ngo twe kuhava tutabyigishije.”

    Umuremye yavuze ko abona icyaba igisubizo cyiza ari ukwegera abo bantu bafite iyo myumvire, bakabereka ukuri, ndetse n’ibyo bitabo bavuga ko bagenderaho bakabisobanurirwa neza bagahindura imyumvire, kuko ngo n’ubundi bisanzwe bikorwa n’abapasiteri babegereye bamwe bakemera abandi bakanga kuva ku izima, ngo hari n’abashyikirizwa polisi.

    Aba baturage bavuga ko ibitabo basoma bitabemerera kwirinda Coronavirus

    Bakuye abana mu mashuri kuko ngo ku mashuri hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda Covid-19

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ruhango-bakuye-abana-babo-mu-ishuri-kuko-batemera-ingamba-zo-kwirinda-covid-19

  • Gen Mubarak Muganga yagizwe umuyobozi wa APR FC #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Maj Gen Mubarak Muganga
    Maj Gen Mubarak Muganga

    Komite nshya igomba kuyobora APR FC yatangajwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 08 Mutarama 2021 ku biro by’iyi kipe biherereye ku Kimihurura, umuhango uyoborwa na Major General Mubarakh Muganga.

    Ubuyobozi bwa APR FC:

    Chairman: Maj General Mubarak Muganga
    Vice Chairman: Brig Gen Firmin Bayingana
    Umunyamabanga: Masabo Michel
    Umubitsi: Lieutenant Colonel Emmanuel Rutebuka
    Team Manager : Ikipe irateganya kumutangaza vuba

    Mu kiganiro n’itangazamakuru, umuyobozi wa APR FC Maj General Mubarak Muganga wayoboye iki gikorwa yavuze ko bagiye gukomeza gufasha APR FC gutwara ibikombe . Yagize ati “Mu bikombe 26 bimaze gukinirwa kuva APR FC yashingwa tumaze gutwaramo ibikombe 18 bya shampiyona. Tuzakomeza gufasha iyi kipe gutwara ibikombe haba mu Rwanda, mu karere ndetse no muri Afurika aho bishoboka.”

    Uyu muyobozi yakomeje avuga ko APR FC izakomeza guha umwanya abana b’Abanyarwanda kugira ngo bakomeze gutera imbere no guhesha igihugu ishema.

    Visi Perezida wa APR FC Brig General Firmin Bayingana yabaye mu buyobozi bwa APR FC kuva mu mwaka wa 1998 kugera mu 2000 aho yari Umunyamabanga mukuru w’iyi kipe. Kuva mu mwaka wa 2000 kugera muri 2010 yayoboraga ikipe y’ingabo z’igihugu zirwanira mu mazi ari yo Marines FC.

    Uwagizwe Umunyamabanga, Michel Masabo, yabaye Umunyamabanga wa APR FC kuva mu mwaka wa 2003 kugera muri 2007.

    Ku bijyanye no kuba intego zo kugera mu matsinda ya CAF Champions League zitaragezweho, Gen Mubarak Muganga yavuze ko abakinnyi batari bamenyeranye. Yagize ati “Twari dufite intego yo kugera mu matsinda ya CAF Champions League ariko ntitwazigezeho kuko abakinnyi dufite bari bamaranye umwaka umwe. Turizera ko mu mwaka wabo wa Kabiri bizagerwaho kandi turabyizeza abakunzi ba APR FC.”

    Mu bindi uyu muyobozi yagarutseho ni amakuru yo kuba ikipe ya APR FC ishaka kugarura myugariro Rwatubyaye Abdul. Umuyobozi wa APR FC yavuze ko nta biganiro bihari. Yagize ati “Rwatubyaye ni umwana wacu, ni umunyamuryango, ni umwe mu bakinnyi twareze. Umukinnyi wese witwaye neza ari iwacu aba agomba kugaruka igihe cyose tumukeneye. Umutoza wacu namwifuza tuzaganira ariko aka kanya nta biganiro na Rwatubyaye Abdul.”

    Major General Mubarak Muganga usanzwe akuriye ingabo mu mujyi wa Kigali no mu Ntara y’Iburasirazuba asimbuye ku buyobozi bwa APR FC Lieutenant General Jacques Musemakweli wari umaze igihe kitari gito ayobora iyi kipe.

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/gen-mubarak-muganga-yagizwe-umuyobozi-wa-apr-fc

  • Dr Vincent Biruta yitabiriye irahira rya Perezida Nana Akufo Addo – #rwanda #RwOT

    Nana Akufo-Addo w’imyaka 76 yatorewe kuyobora Ghana muri manda ya kabiri mu matora yabaye ku wa 7 Ukuboza 2020. Yagize amajwi 51.30% mu gihe John Mahama yasimbuye akaba n’umwe mu bo bari bahanganye yagize amajwi 47.36%.

    Ubwo byatangazwaga ko Nana Akufo-Addo ari we watsinze amatora y’umukuru w’igihugu,mu bamwifurije amahirwe mu kazi ke harimo na Perezida Kagame wavuze ko ari “ umuvandimwe n’inshuti” ndetse amwizeza gukomeza imikoranire myiza nawe.

    Mu muhango w’irahira rya Nana wabaye kuri uyu wa Kane tariki ya 7 Mutarama 2021 mu murwa mukuru Accra, u Rwanda rwari ruhagarariwe na Minisitiri Biruta.

    Minisitiri Biruta yaboneyeho kugirana ibiganiro na Perezida wa Senegal, Macky Sall bahahuriye, amuha ubutumwa bwa Perezida Kagame bugamije gukomeza ndetse no gushimangira imibanire myiza hagati y’ibihugu byombi.

    Ghana n’u Rwanda bifitanye umubano wihariye ugamije kunoza imibereho myiza y’abaturage babyo.

    Ibihugu byombi byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu by’ikirere, yatumye kuva ku wa 2 Kamena 2013, Sosiyete Nyarwanda y’Ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir itangira ingendo zigana mu Mujyi wa Accra.

    Mu Ugushyingo 2020, Minisitiri Biruta yari aherutse kugirira uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Ghana, aho yanabonanye na Perezida w’iki gihugu. Muri uru ruzinduko kandi yatashye ambasade y’u Rwanda muri iki gihugu.

    Aha hari mu ruzinduko Minisitiri Dr. Vincent Biruta yagiriye muri Ghana mu Ugushyingo 2020 abonana na Perezida w’iki gihugu

    Perezida wa Ghana Nana Akufo-Addo yarahiriye kuyobora iki gihugu muri manda ya kabiri

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/dr-vincent-biruta-yitabiriye-irahira-rya-perezida-nana-akufo-addo

  • Abarimu barenga ibihumbi 17 bashyizwe mu myanya badakoze ibizami by’akazi – #rwanda #RwOT

    Byatangarijwe mu kiganiro n’abanyamakuru cyo ku wa 7 Mutarama 2021, cyari kirimo Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine, Abayobozi bakuru muri iyi minisiteri ndetse n’abayobora ibigo biyishamikiyeho.

    Umwe mu myanzuro y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yo mu Ukuboza 2019, wasabaga Minisiteri y’Uburezi “Kwihutisha mu gihe kitarenze imyaka ibiri, igikorwa cyo kubaka amashuri hagamijwe kugabanya ubucucike n’urugendo rurerure abana bakora bajya ku ishuri.”

    Muri Kamena uyu mwaka hirya no hino mu gihugu hatangijwe iyubakwa ry’ibyumba by’amashuri 22 505 n’ubwiherero 31 932, bigamije gufasha kugabanya ubucucike mu mashuri n’ingendo ndende zikorwa n’abanyeshuri hamwe na hamwe.

    Ubwo yatangarizaga Abaturarwanda uko igihugu gihagaze ku wa 21 Ukuboza 2020, Perezida Paul Kagame yavuze ko hamaze kubakwa ibyumba by’amashuri birenga ibihumbi 22.

    Minisiteri y’Uburezi itangaza ko kugeza ubu ibyumba by’amashuri byubatswe bingana na 80% y’ibyari bikenewe byose.

    Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine yavuze ko uku kongera umubare w’amashuri byagombaga kujyana no kongera ibikoresho n’umubare w’abarimu.
    Ni mu gihe kandi mu mashuri yari yatangiye muri Mutarama 2020, hari harimo icyuho cy’abarimu bagera ku 7000.

    Minisitiri Dr Uwamariya ati “Twagombaga kuziba icyo cyuho ariko tugashaka n’abarimu bagomba kujya mu mashuri mashya ari kubakwa ubu ngubu.”
    Yakomeje avuga ko kuri ubu ikigereranyo cy’abarimu bakenewe gushyirwa mu myanya ari 24 410.

    Ati “Byumvikane ko ari umubare munini cyane cyane ku bashaka mu bihe nk’ibi aho dusabwa kubahiriza amabwiriza ajyanye no kwirinda icyorezo cya COVID-19.”

    Hakoreshejwe uburyo budasanzwe mu gutanga akazi

    Minisitiri Dr Uwamariya yavuze ko muri uko gushyira abarimu mu myanya barebye basanga bizafata igihe kinini kandi bari bakenewe mu bihe bya vuba biba ngombwa ko hashyirwaho uburyo budasanzwe bwo gushyira mu kazi abatabanje gukora ibizami by’akazi, hagendewe ku manota babonye haba ku mpamyabumenyi n’impamyabushobozi zabo.

    Imibare igaragaza ko kugeza ubu mu mashuri abanza hari abarimu bagera ku 1449 bamaze gukorerwa isuzuma, harebwa ko bujuje ibisabwa birimo n’amanota. Mu mashuri yisumbuye hakenewe abandi 2980.

    Ati “Twarebye gukomeza dukoresha ibizamini tubona bizatwara igihe kinini. Aba ngaba bamaze bamaze gushyirwa mu myanya ubu icyo turimo ni iryo suzuma.”

    Biteganyijwe ko abarimu 17,979 bashyizwe ku rutonde rw’agateganyo aribo bazashyirwa mu myanya yabo bitarenze ku wa 10 Mutarama 2021. Barimo abo mu mashuri abanza 14,999 mu gihe abandi ari abo mu yisumbuye.

    Uko byagiye bikorwa, niba umuntu yarize ubwarimu akaba adafite akazi basabwe gutanga ibyangombwa bigaragaza amanota bagize muri kaminuza [Transcripts], noneho hakabaho kubatoranya bigendeye kuho bakenewe, amasomo bize ndetse n’ibigo by’amashuri bakeneweho.

    Nk’urugero rwo mu mashuri abanza abari basabye bagera ku 27 372 mu gihe hari hakenewe abari munsi y’ibihumbi 14 bari bakenewe. Ayisumbuye hasabye 32 150 hakenewe abari munsi ya 3000.

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi Ushinzwe Amashuri Abanza n’Ayisumbuye, Twagirayezu Gaspard yavuze ko iki cyiciro cyiswe icya gatatu cyo gushyira abarimu mu myanya cyatinze bitewe n’uko cyasabaga ubushishozi.

    “Icyagaragaye ni uko niba usabye indangamanota, abantu bize mu mashuri atandukanye kandi mu bihe bitandukanye. Byasabye umwanya kugira ngo abo bantu bose bibanze bishyirwe ku bipimo bimwe kugira ngo nitubashyira mu myanya bigendere ku gipimo kimwe.”

    Ubusanzwe Minisiteri y’Uburezi ibinyujije mu kigo cyayo gishinzwe guteza imbere uburezi, REB, niyo ishyira umwarimu mu kazi, noneho iyo umwarimu amaze gushyirwa mu mwanya, ahita ahabwa ibaruwa imushyira mu kazi [itangwa n’akarere] bityo agahita ahinduka umukozi w’akarere.

    Kubera uburyo hari hakenewe abarimu benshi, Mineduc yatangaje ko hari abashyizwe mu myanya hagendewe ku manota bagiye bagira aho bize

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abarimu-barenga-ibihumbi-17-bashyizwe-mu-myanya-badakoze-ibizami-by-akazi