Tag: featured

  • Kigali: Abantu 28 bafashwe batwaye ibinyabiziga banyoye inzoga #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Aba bantu uko ari 28 beretswe itangazamakuru kuri uyu wa Gatatu tariki ya 10 Ugushyingo 2021, iki gikorwa kikaba cyabereye ku biro bya Polisi mu Karere ka Nyarugenge, Umurenge wa Rwezamenyo.

    Rwemera Leopord, umwe mu bafashwe yemeye ko yari yanyoye inzoga agatwara imodoka.

    Yagize ati “Nafashwe ku wa Gatandatu tariki 6 Ugushyingo 2021, nari ntwaye imodoka nanyoye inzoga nageze ku bapolisi bansuzumye basanga mfite igipimo cya kabiri cy’umusemburo wa Alukoro mu maraso. Ndicuza ibyo nakoze nkabisabira imbabazi ko ntazabisubira.”

    Nambajimana Claude na we yavuze ko yafashwe tariki ya 8 Ugushyingo 2021 atwaye moto yanyoye inzoga. Yavuze ko yafatiwe mu Murenge wa Kimihurura mu Rugando.

    Nambajimana yagiriye inama bagenzi be kujya birinda gutwara imodoka banyoye inzoga.

    Umuvugizi wa Polisi wungirije, Chief Superintendent of Police (CSP) Africa Sendahangarwa Apollo, yavuze ko bariya bantu bafatiwe mu bikorwa bya Polisi byari bigamije kurwanya impanuka zo mu muhanda.

    Yagize ati “Gutwara ikinyabiziga wanyoye inzoga ni imwe mu mpamvu ziteza impanuka mu muhanda ari yo mpamvu Polisi ikora ibikorwa byo kugenzura abo bantu. Aba bantu 28 bafashwe mu minsi ine bafatirwa mu bice bitandukanye mu Mujyi wa Kigali.”

    CSP Sendahangarwa yakomeje akangurira ba nyiri utubari kwirinda guha inzoga abantu batwaye ibinyabiziga.

    Yagize ati “Muri ibi bihe utubari twarafunguwe ,turakangurira abafite utubari n’abakoramo kujya bagenzura ko abakiriya babo baje batwaye ibinyabiziga ko batanyoye inzoga.”

    Yakomeje abagira inama yo kujya bashaka abantu batanyoye inzoga bo gutwara abakiriya babo. CSP Sendahangarwa yakomeje agira inama abatwara ibinyabiziga kwirinda kwica amategeko y’umuhanda nkana kuko bishyira ubuzima bwabo mu kaga ndetse n’ubw’abandi bakoresha umuhanda.

    Ni inkuru dukesha Polisi y’u Rwanda

    source : https://ift.tt/3F5CtWs

  • Perezida Kagame yayoboye inama yiga ku guteza imbere ikoranabuhanga muri Afurika #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame yavuze ko imikoranire y’abafatanyabikorwa mu ikoranabuhanga ari yo iha ingufu uyu muryango. Yashimye ibikorwa byakozwe na bimwe mu bihugu binyamuryango mu guteza imbere ikoranabuhanga nka Burkina Faso yatangije gahunda nshya y’ikoranabuhanga yifashishwa mu gihugu.

    Yashimye n’igihugu cya Ghana na cyo cyamaze gutangiza uburyo bwo kwishyurana hakoreshejwe ikoranabuhanga. Afurika y’Epfo na yo yashimwe kubera ubuhanga buzwi nka (artificial intelligence) yatangije ahifashishwa imashini zikoresha ikoranabuhanga mu kwihutisha ibikorwa. Ni mu gihe Zimbabwe na yo yashimwe kubera ikoranabuhanga yatangije muri iyi minsi ryifashishwa mu buhinzi.

    Perezida Kagame yashimye uruhare rw’abafatanyabikorwa muri iyi mishanga yose, asaba ko iyi mishinga yakomeza gushyigikirwa no kwaguka.

    Inama yari iyobowe na Perezida Kagame nk’umuyobozi w’inama y’ubutegetsi y’umuryango Smart Africa yahuje abahagarariye ibihugu 30 bya Afurika n’abafatanyabikorwa b’uyu mugabane mu ikoranabuhanga rigamije guteza imbere Afurika.

    President Kagame: I welcome you to our 10th board meeting. Please join me in welcoming two new board members: @Google and WestLink. We are very happy to have you with us.

    — Presidency | Rwanda (@UrugwiroVillage) November 10, 2021

    source : https://ift.tt/3wDrjoW

  • Kayonza: Umukozi wo mu rugo yatawe muri yombi akekwaho guhumanya amafunguro – #rwanda #RwOT

    Ibi yabikoze mu ijoro ryakeye ryo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 9 Ugushyingo 2021 mu Mudugudu wa Kayonza.

    Umunyambanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukarange, Gatanazi Longin, yabwiye IGIHE ko amakuru y’ihumanywa ry’uyu muryango yamenyekanye ahagana saa yine zijoro nyuma yo gufata amafunguro yateguwe n’umukozi.

    Yagize ati ” Byabaye saa yine z’ijoro umugabo n’umugore bavuye mu kazi bari hamwe n’abashyitsi babo babiri, bageze mu rugo umukozi ategura amafunguro nk’uko bisanzwe bararya, batarasoza batangira kuzengera no kuruka, bananirwa no kuvuga, bigakekwa ko umukozi wabo ashobora kuba yahumanyije ibyo kurya.”

    Uyu muyobozi yakomeje avuga ko hahise hahamagazwa Polisi iraza uwo mukozi w’umukobwa yanga kurya kuri ibyo biryo yatetse bahita batangira gukeka ko ashobora kuba yabihumanyije koko.

    Abagize uwo muryango n’abashyitsi bawo bajyanywe ku kigo nderabuzima cya Mukarange kugira ngo bitabweho, kuri ubu akaba ari ho bakirwariye.

    Ati “Umukozi bamuhaye ngo aryeho arabyanga duhita tumushyikiriza RIB ariko aracyakekwa ntabwo twabimuhamije kuko inzego z’umutekano zahise zitangira iperereza ibizavamo bakazabitangaza.”

    Gitifu Gatanazi yakomeje asaba abantu bakoresha abakozi kujya bababa hafi bagakemura ibibazo bagiranye hakiri kare.

    Ati ” Ubutumwa bwa mbere turihanganisha umuryango wagize ibi bibazo, ubwa kabiri turasaba abanyarwanda kuba hafi y’abakozi babo bagirana ibibazo bakabikemura hakiri kare aho gushaka kwihimura bashaka kuvutsa ubuzima bw’abantu.”

    Amakuru agera ku IGIHE ni uko umukozi uyu muryango wakoreshaga ataruzuza imyaka y’ubukure kuko afite imyaka 17 bikaba bivugwa ko ashobora kuba yari afitanye ibibazo n’abakoresha be.


    source : https://ift.tt/3bXJcoL

  • Ikiganiro kirambuye: Bishop Runiga wa M23 yashyize umucyo ku bateye Congo n’izingiro ry’ikibazo – #rwanda #RwOT

    Mu ijoro ryo ku Cyumweru bivugwa ko abarwanyi bahoze muri M23 bagabye ibitero muri Teritwari ya Rutshuru bagahangana n’Ingabo za RDC. Agace kagabwemo ibitero gaherereye mu bilometero birindwi uvuye ku mupaka uhuza RDC na Uganda, i Bunagana.

    Bivugwa ko FARDC yakuwe mu birindiro igasubizwa inyuma ndetse ikamburwa intwaro nyinshi ndetse umupaka uhuza Uganda na RDC ugafungwa.

    Abayobozi mu gisirikare cya RDC bavuze ko abarwanyi ba M23 bakigabye baturutse mu Rwanda gusa Igisirikare cy’u Rwanda cyarabihakanye ahubwo gishimangira ko ari abavuye muri Uganda bakigabye.

    Mu 2013 ubwo Umutwe wa M23 waneshwaga ugashyira intwaro hasi, abarwanyi bawo bamwe bahungiye muri Uganda abandi bajya mu Rwanda. Abarimo Jean Marie Runiga Lugerero binjiye mu Rwanda mu gihe ikindi gice kirimo Sultan Makenga cyo cyerekeje muri Uganda.

    Gen Sultan Makenga wari umuyobozi muri uyu mutwe yahungiye muri Uganda, ariko mu 2017 yahise asubirana n’abarwanyi yari ari kumwe nabo muri RDC, ubu bari ku mupaka wa Uganda muri RDC.

    Runiga yari Umuyobozi ushinzwe ibikorwa bya Politiki muri uyu mutwe ndetse mu bihe bitandukanye yabwiye IGIHE ko ajya avugana na Makenga.

    Mu kiganiro cyihariye yagiranye na IGIHE, yashyize umucyo ku bagabye igitero muri Rutshuru, avuga n’amaherezo ya M23.

    Bishop Jean Marie Runiga Lugerero yatangaje ko abarwanyi bahoze muri M23 nta gahunda bafite yo gushoza intambara kuri RDC ahubwo ko icyo bategereje ari uko ibikubiye mu masezerano ya Kigali byubahirizwa

    IGIHE: Lieutenant-Colonel Muhindo Luanzo, wungirije Umuyobozi wa Teritwari ya Rutshuru yatangaje ko abahoze muri M23 bateye agace ke baturutse mu Rwanda, hari icyo ubiziho?

    Bishop Runiga: Icya mbere, abahoze muri M23 bari mu Rwanda, twakoze amasezerano na Guverinoma ya Congo muri Nyakanga 2019, mu kwezi kwa cumi tujya kwemeza imirongo ngenderwaho y’ishyirwa mu bikorwa. Kugeza n’ubu dutegereje ko Guverinoma iyashyira mu bikorwa.

    Noneho n’aho yatinze, nta mwanzuro twari twafata wo kuvuga ko tutayashyigikiye. Nta musirikare n’umwe wa M23 wavuye mu Rwanda ngo ajye gutera Congo, nta n’umwe.

    Nta mugambi dufite wo gutera Congo, dutegereje ko Guverinoma ya Congo iza gufata abasirikare n’abakada tugasubira mu gihugu cyacu tukagikorera.

    Igitero cyabaye ku Cyumweru waracyumvise?

    Icyo abantu bagomba kumenya ni uko mu 2013 hari abasirikare ba M23 baje mu Rwanda, mu 2014 hari abandi bagiye muri Uganda. Nyuma mu 2017, Gen Makenga n’abasirikare bake basubira muri Congo.

    Bagiye mu ishyamba ryo muri Congo, ibyabaye [ku Cyumweru] abo nibo babikoze. Niba wasomye itangazo rya Bertrand [Bisimwa] we yavuze ko abasirikare ba Congo babateye, nabo birwanaho ariko niba hari n’ibyakozwe abo bari aho nibo babikoze ariko nta musirikare n’umwe wavuye mu Rwanda ajya gutera Congo.

    Mu Rwanda abahoze muri M23 muri kumwe muri bangahe?

    Abavuye muri Congo baza mu Rwanda twari 682.

    Ubu mwese muracyari i Ngoma?

    Yego niho turi.

    Mubayeho mu buhe buzima?

    Guverinoma y’u Rwanda iradufasha mu byo kurya, idufasha ku bijyanye no kwivuza, dufite n’umutekano mwiza kandi ndayishimira kuko kuva 2013 kugeza n’ubu, nta musirikare wacu wabuze ibiryo, nta warwaye abura uko yivuza kandi dufite umutekano.

    I Ngoma aho muba nta muntu ushobora gusohoka ngo agende bitazwi aho agiye?

    Hari Military Police bacunga umutekano. Ni ukuvuga ngo umuntu uvuye mu nkambi tubamo, agomba kuba afite uruhushya. Ugiye tumenya aho agiye. Turi ku murongo kandi Guverinoma y’u Rwanda iradukurikirana.

    Bivuze ko igihe cyose Congo yaza kubatwarira mwahita mutaha?

    Ibyo twumvikanye babikore nta kindi.

    Ni ibiki?

    Twumvikanye ko bagomba gutanga imbabazi ku barwanyi ba M23, ababaye inyeshyamba za M23. Icya kabiri bagakuraho impapuro zisaba itabwa muri yombi ry’abahoze muri M23, twumvikana ko hazabaho gusubiza mu gisirikare no muri politiki ku buryo abasirikare bagaruka mu ngabo za Congo hanyuma abanyapolitiki nabo bagahabwa imyanya atari mu Nteko kuko hakorwa amatora.

    Icya kane ni ugucyura impunzi ariko ibyo bireba Guverinoma zombi [u Rwanda na Congo] na HCR ntabwo bitureba cyane. Ni ibyo gusa.

    Ko bimaze igihe kinini kuki bidakorwa?

    Amasezerano twakoze twari twumvikanye ko tariki 31 Ukuboza 2019, umuntu wa nyuma wa M23 yagombaga kuva mu Rwanda asubira muri Congo. Twumvikanye ko abasirikare bazajya mu myitozo hanyuma basubizwa mu gisirikare noneho Guverinoma ya Congo yari yavuze ko igiye gushaka ubushobozi ikaza gutwara abantu gusa.

    Ibindi byose twari twabyumvikanyeho, twe turategereje gusa. Ibyo twari twaranze ubwo Kabila yari ku butegetsi, twabyemeye kuri Tshisekedi, ni ukuvuga ko nta kibazo twe dufite n’ubu twiteguye gusubira mu gihugu cyacu.

    Abari muri Uganda bagenzi banyu muravugana?

    Yego turavugana.

    Nabo muhuje ibitekerezo?

    Nabo bategereje gusubira muri Congo.

    Bo ni bangahe?

    Ntabwo namenya umubare wabo kuko hari abasubiye muri Congo, hari abasubiye mu ishyamba bari kumwe na Makenga… Bo iyo ngiyo [muri Uganda] bari mu kajagari, hari abari mu nkambi ya Bihanga baza kuyifunga. Bo baratatanye. Twe hano turi mu murongo, ubuyobozi bukurikirana ibyo turimo.

    Nta bihugu mwitabaza ngo bibavuganire iki kibazo kibe cyakemuka?

    Oya, amasezerano ya Kigali yabaye kubera ko Guverinoma y’u Rwanda, Perezida w’u Rwanda na Perezida Tshisekedi bumvikanye ko bagomba gukemura ikibazo cy’abahoze muri M23. Noneho amasezerano ya Kigali, yabaye bigizwemo uruhare na Leta y’u Rwanda, ni yo yari umuhuza.

    Kugeza n’ubu ntabwo turabwira umuhuza ngo twavuye mu masezerano ngo tujye gutera Congo na Leta y’u Rwanda ntabwo iratubwira ngo byarananiranye. Dutegereje ko umuhuza atubwira aho bigeze.

    Ukeka ko ari iki cyatumye igisirikare cya Congo kivuga ko abateye baturutse mu Rwanda?

    Njye ntabwo nari mpari aho byabereye. Gusa iteka Guverinoma ya Congo ifata M23 nk’urwitwazo. Urabona ibihe bidasanzwe [Etat de siège] byashyizweho, ntabwo biri kugenda neza, umutekano abaturage bategereje ntabwo bawubonye.

    Abadepite mu Nteko bari kwanga kongera ibihe bidasanzwe. Noneho bumvise ko M23 yatangiye kugaba ibitero, nkanjye nk’umunyapolitiki uri gusesengura, navuga ko bashaka gufata M23 nk’urwitwazo ariko twe turacyari mu masezerano kandi turasaba Tshisekedi kuza agashyira mu bikorwa ibyo twumvikanye hanyuma arebe ko twanga.

    Ntutekereza ko mu gihe byaba bikomeje gutinda bishobora kubyara ibibazo bindi by’umutekano muke?

    Cyane rwose! Abantu baragwa. Imyaka icyenda ni myinshi.

    Ku buryo abahoze muri M23 bashobora kongera gufata intwaro?

    Nk’umuyobozi wa Politiki, ubu ntacyo navuga kuri icyo. Umunsi tuzakora isesengura tukareba ko Guverinoma ya Congo iri gukomeza kwanga gushyira amasezerano mu bikorwa, nzakumenyesha umwanzuro twafashe.

    Umuntu waba wumva ko muteganya gufata intwaro wamubwira iki?

    Namubwira ko twe M23 ishaka amahoro, turashaka amahoro n’umutekano ko bigaruka muri Congo kandi iterambere rikagerwaho. Nta mugambi ubu dufite wo gutera Leta ya Congo ahubwo turasaba ko ishyira mu bikorwa ibyo twumvikanye tugatanga umusanzu wacu mu kubaka igihugu.

    Ikindi ndashimira leta y’u Rwanda yakomeje kutuba hafi, kuko umusirikare utari gukora, utari guhembwa, ntabwo byashoboka ko aguma ahantu hamwe. Bari kugenda bagasubira mu mashyamba, ndashimira Leta y’u Rwanda uko badufashe.

    Mu 2019 watubwiye ko hari icyizere ko ubutegetsi bwa Tshisekedi buzaba bwiza kurusha ubwa Kabila, uracyafite icyo cyizere?

    Ndagifite ariko kiri kugabanuka gake gake, ndacyagifite. Kubera ko mvuze ko ntacyo mfite, naba mvuze ko mvuye muri ayo masezerano. Gusa ubu ntangiye kugira impungenge, kuko ntabwo numva impamvu bataza gufata abantu ngo bashyire mu bikorwa ibyo twumvikanye. Ubu ndacyari mu masezerano.

    Brig Gen Sultani Makenga bivugwa ko ariwe uyoboye abarwanyi bahanganye n’Ingabo za RDC

    Mu masezerano ya Kigali, harimo ko impunzi zose zahunze imvururu zatewe n’intambara yashyamiranyije M23 na FARDC zigomba kucyurwa

    source : https://ift.tt/3wyPDYQ

  • Hongrie yashoye miliyoni 52$ mu mishinga ya WASAC yo gukwirakwiza amazi muri Kigali – #rwanda #RwOT

    Aya masezerano yashyizweho umukono kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Ugushyingo 2021. Uruhande rw’u Rwanda rwari ruhagarariwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta.

    Uruhande rwa Hongrie rwo rwari ruhagarariwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubucuruzi, Péter Szijjártó.

    Aya mafaranga azakoreshwa mu mushinga wo kwagura no kongerera ubushobozi uruganda rw’amazi rwa Karenge ruherereye mu Karere ka Rwamagana.

    Uru ruganda rufite ubushobozi bwo gutanga metero kibe ibihumbi 15 ku munsi harimo ibihumbi 12 byoherezwa mu Mujyi wa Kigali na 3,000 bihabwa abaturage b’Akarere ka Rwamagana.

    Minisitiri Péter Szijjártó yavuze ko bimwe mu bizakorwa kuri uru ruganda harimo kurwongerera ubushobozi rugatangira gutanga metero kibe ibihumbi 36.

    Ati “Uyu munsi twasinye amasezerano y’inkunga ya miliyoni 52$, aho ibigo byo muri Hongrie bizavugurura ndetse bikongera ubushobozi mu bijyanye no gutunganya amazi muri Kigali, izavugurura uruganda rw’amazi, tuzazamura ubushozi bwarwo bwa buri munsi buve kuri metero kibe ibihumbi 15 bugere kuri 36 kandi hazubakwa umuyoboro wa kilometero esheshatu kugira ngo tubashe gutanga amazi meza yanyobwa.”

    Yakomeje avuga ko iyi mirimo izagirwamo uruhare n’ibigo byo muri Hongrie ndetse hagakoreshwamo ikoranabuhanga n’ibikoresho byo muri iki gihugu.

    Ati “Ibigo byo muri Hongrie bizatanga umusanzu mu bijyanye n’igenamigambi ndetse n’ubumenyi, bazakora igenzura ndetse n’ikoranabuhanga n’ibyuma by’Abanya-Hongrie bizakoreshwa muri uru ruganda rutanga amazi ruzaba rwavuguruwe.”

    “Ibi bivuze ko ikoranabuhanga ry’Abanya-Hongrie mu bijyanye no kugeza rizabona amahirwe mashya mu bijyanye n’isoko muri kimwe mu bihugu biri gutera imbere muri Afurika.”

    Minisitiri Péter Szijjártó yavuze ko igihugu cye cyiteguye kubyaza umusaruro amahirwe y’ishoramari ari muri Afurika.

    Ati “Hongrie ni kimwe mu bihugu bifite ubukungu bufunguye ku Isi kandi ibihugu bya Afurika biri gutanga amahirwe menshi, ku bw’ibyo Guverinoma ya Hongrie ifite inshingano zo gufasha ibigo byo muri Hongrie kubasha kwitwara neza ku isoko rya Afurika. Ihangana rirakomeye kubera ko atari Hongrie gusa cyangwa ibigo byo muri Hongrie bibona amahirwe ari ku isoko rya Afurika.”

    Uretse aya masezerano mu bijyanye no kugeza amazi mu Mujyi wa Kigali, u Rwanda na Hongrie byasinyanye andi masezerano atandukanye arimo ajyanye n’ubwikorezi bwo mu kirere, gukora inkingo za COVID-19 ndetse n’ajyanye no guha buruse abanyeshuri b’Abanyarwanda zo kujya kwiga muri iki gihugu.

    Minisitiri Biruta yavuze ko umubano w’u Rwanda na Hongrie uhagaze neza kandi uri kugenda urushaho gutera imbere.

    Ati “Ubufatanye bwacu buri kugenda neza kandi dufite intego yo kurushaho kuwuteza imbere, haba mu bijyanye n’umubano wa Guverinoma kuri Guverinoma, ubucuruzi ku bucuruzi n’abantu ku bantu. Tugiye gushyira imbaraga muri ibi kandi twizeye ko uyu mubano uzagira uruhare mu gushyigikira gahunda z’iterambere z’u Rwanda.”

    Hongrie iherereye mu Burayi hagati, ni kimwe mu bikize kuri uyu mugabane, kuko ni icya cyenda ku Isi mu bifite ubukungu buteye imbere, aho cyohereza ibicuruzwa byinshi hanze ndetse kigashorwamo imari cyane kubera ko gifite abaturage benshi bize.

    Umusaruro mbumbe (GDP) wa Hongrie wanganaga na miliyari 154,56$ mu 2020 aho 55,8% byawo byavuye muri serivisi iki gihugu gitanga; 25,2% uva mu nganda mu gihe 3,45% wavuye mu buhinzi, aho cyeza cyane ibigori, isukari, ibihwagari, imizabibu, pome, ibirayi n’ibindi.

    Aha Biruta yakiraga mugenzi we wa Hongrie, Péter Szijjártó

    Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubucuruzi, Péter Szijjártó yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta

    Péter Szijjártó na Dr Vincent Biruta bagize umwanya wo kuganira n’itangazamakuru

    Péter Szijjártó yanagiranye ibiganiro n’abakozi ba Minisiteri y’Ubucuruzi

    Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda Beata Habyarimana yitabiriye ibi biganiro

    Péter Szijjártó aganira na Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda w’u Rwanda, Habyarimana Beatha

    source : https://ift.tt/3D3Y6Wv

  • Inkoni y’Umwamikazi mu Rwanda: Ku munsi wa kabiri yatambagijwe muri Pariki ya Nyandungu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nk’uko bisanzwe, mbere y’imikino ya Commonwealth ihuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza, Umwamikazi w’u Bwongereza agenera ubutumwa ibihugu bizayitabira aho abucisha mu nkoni izenguruka ibyo bihugu byose ariko ubwo butumwa bugasohozwa mbere ho umunsi umwe ngo irushanwa ribe.

    U Rwanda ni igihugu cya cumi iyi nkoni iri gutambagizwamo mu bihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza mu gihe izazenguruka ibihugu 72 mbere y’uko imikino ya Commonwealth izakinirwa i Birmingham mu mwaka utaha wa 2022 mu kwezi kwa karindwi.

    Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Ugushyingo 2021, iyi nkoni yatambagijwe muri Pariki y’ubukerarugendo ya Nyandungu iherereye mu Mujyi wa Kigali. Uyu muhango witabiriwe na Minisitiri wa Siporo madamu Munyangaju Aurore Mimosa,Uumuyobozi w’Umujyi wa Kigali Pudence Rubingisa n’abandi bayobozi batandukanye.

    Ku mugoroba w’uyu munsi, iyi nkoni yakomereje mu ishuri rya Lyceé de Kigali riherereye mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Nyarugenge mu Kagari ka Kiyovu ahabereye umukino wa Basketball wo mu bwoko bwa Three on Three 3×3 (Abahungu) mu rwego rwo guhuza Siporo n’uburezi.

    Iyi mikino ya Commonwealth ihuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza u Rwanda rumaze kuyitabira inshuro 3 rwikurikiranya, ni ukuvug muri 2010, 2014 na 2018. Imikino itaha ya 2022 izabera mu gihugu cy’u Bwongereza mu mujyi wa Birmingham aho biteganyijwe ko n’u Rwanda ruzahagararirwa mu mikino itandukanye.

    source : https://ift.tt/3HaTC2H

  • Abashinwa badukana umuceri mu Cyiri, hari abangaga kuwurya bawita amagi y’ibimonyo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abashinwa ni bo bazanye bwa mbere igihingwa cy
    Abashinwa ni bo bazanye bwa mbere igihingwa cy’umuceri mu Rwanda

    Nk’uko bivugwa na Esdras Nzabamwita utuye mu Mudugudu wa Musambi, Akagari ka Cyiri, Umurenge wa Gikonko, ubu ufite imyaka 65, akaba yarigeze no kuba mu buyobozi bwa koperative z’abahinzi b’umuceri mu gace atuyemo, umuceri watangiye kugeragezwa n’Abashinwa mu Cyiri mu mwaka wa 1967. Icyo gihe ngo yigaga mu mashuri abanza, ariko akaba yari azi ubwenge kuko ibyabaga icyo gihe abyibuka.

    Agira ati “Igerageza ry’igihingwa cy’umuceri mu gishanga cya Cyiri ryakozwe n’Abashinwa bane. Kugera mu gishanga ntibyari byoroshye kuko nta muhanda wahabaga. Igishanga cyari gikikijwe n’ibihuru ndetse na cyo ubwacyo cyarimo ibyatsi byishi birimo urukangaga n’umuberanya.”

    Akomeza agira ati “Abashinwa twabareberaga ku musozi ahirengeye, twitegereza ibyo bakora, haba gutemurura aho bahinga ndetse no guhinga nyir’izina. Batatu barahingaga, uwa kane agateka ibyo baza kurya.”

    Umuceri uhingwa mu bishanga bifite amazi ahagije
    Umuceri uhingwa mu bishanga bifite amazi ahagije

    Abo bashinwa ngo bagiye babahimba amazina bitewe n’uko bababonaga.

    Ati “Amazina babitaga sinyibuka yose, ariko harimo uwo bitaga Mataratara kuko yambaraga amataratara, ndetse n’uwo bitaga Muhengezi kuko yagenda asa n’uhengamye.”

    Ngo babanje guhinga imirima itanu, barayitera, hanyuma babonye umuceri umeze neza bayiha urubyiruko kugira ngo ruyiteho, n’ibivuyemo ruzabyitwarire.

    Uko iminsi yagiye ishira hagiye haza n’abandi Bashinwa, bagahinga imirima bakanayiteramo umuceri hanyuma bakayegurira abahinzi b’Abanyarwanda, biza kugera aho babigisha kwihingira, hanyuma babonye bamaze kubimenya baragenda.

    Nzabamwita ati “Sinibuka igihe bagendeye, ariko mu mwaka w’1973 ntibari bagihari.”

    Imbuto y’umuceri bazanye ngo yeraga umuceri utukura. Ntiwari umweru nk’uboneka ku masoko kuri iki gihe. Byatumaga iyo bawutekaga waravagamo amazi atukura, asa n’amamininwa.

    Ngo ntiwaryoheraga abawuryaga nk’uwubungubu kuko ariya mazi atukura yabaga arimo amakakama. Kuba cyari ikiribwa gishya byatumaga hari abasaza n’abakecuru bawangaga bakabwira abo mu rugo iwabo ngo “Nimwirire, njyewe sinarya amagi y’ibimonyo!”

    Umuceri ugeze igihe cy
    Umuceri ugeze igihe cy’isarura

    Icyo gihe umuceri bahingaga wabaga ari uwo kwirira mu rugo, kandi ngo abantu bagiye birwanaho mu kuwutonora, kuko nta mashini zibikora zari zihari.

    Nzabamwita ati “Kugira ngo ibishishwa bishireho neza, abahinzi bize ubwenge bwo gushyiramo utuzi, abandi bakawusekurana n’amashara ndetse n’imbagara, kugira ngo umuhini ubashe kubona aho ufata, bityo n’ibishishwa biveho. Na ho ubundi ntibyakundaga kubera ko umuceri udatonoye unyerera.”

    Buke bukeya ubuhinzi bw’umuceri bwagiye butera imbere, bigera aho amatsinda abahinzi bari bagiye bashyirwamo n’Abashinwa mu rwego rwo kugira ngo bakorere hamwe, babashe gutemurura imirima neza bakuramo ibyatsi byo mu gishanga, yaje guhurizwa mu byo bitaga perimetere (Périmètre).

    Icyo gihe ni na bwo inzego z’ubuyobozi zari zatangiye gukurikirana iby’ubu buhinzi, ni uko Ikigo cy’ubushakashatsi mu by’ubuhinzi cyitwaga ISAR mu magambo ahinnye y’Igifaransa, gitangira gukora ubushakashatsi ku mbuto y’umuceri, ari na cyo cyaje kuzana imbuto zihingwa ubungubu, zinyuranye na ya yindi ya kera.

    Kandi uko abahinzi b’umuceri bakomezaga kugenda biyongera, batangiye kuzajya bawujyana ku isoko. Icyo gihe bajyanagayo udatonoye, abawuguze bakajya kwisekurira, ngo waguraga amafaranga atari menshi, kuko ngo wigeze no kugura 15 ku kilo.

    Hari abangaga kurya umuceri bawita amagi y
    Hari abangaga kurya umuceri bawita amagi y’ibimonyo

    Nzabamwita anavuga ko urebye ayo mafaranga atari makeya, kuko bitabuzaga umuhinzi kunguka.

    Ati “Icyo gihe nta mafumbire abantu bifashishaga, nta n’imirimo myinshi bakoreraga umuceri kuko baherukaga bahinga banatera, bakazasubiramo bagiye kuranduramo ibyatsi byamezemo. Ntabwo babagaraga inshuro zigera kuri eshatu cyangwa enye nk’ungubu.”

    Na none ariko, agereranyije ngo asanga umusaruro uboneka kuri iki gihe ari wo mwinshi, bitewe n’inyongeramusaruro zisigaye zifashishwa.

    Uko abahinga umuceri bagiye biyongera, n’inzego z’ubuyobozi zigatangira kubafasha, umuceri wabanje kujya ujya gutunganyirizwa mu ruganda rw’i Kabuye, hanyuma haza gutangizwa n’urwa Gikonko.

    Ubuhinzi bw’umuceri kandi bwahinduye ubuzima bw’abaturiye igishanga cya Cyiri, kuko n’ubwo mbere igihingwa bakuragaho amafaranga ari ikawa gusa, n’abahinga umuceri batangiye kujya batera imbere.

    Nzabamwita ati “Iyo abantu bishyurwaga amafaranga y’umuceri, babyukiraga i Butare bakajya kugura amagare. Icyo gihe igare rishyashya ryaguraga hagati y‘ibihumbi 15 na 20. Hari n’abaguraga amabati, abandi amategura. Urebye hano iwacu nyakatsi yahacitse kera.”

    Icyo gihe ngo hari n’abatangiye kubaka amaduka, abandi bagashinga za butike, babikesha amafaranga yavuye mu buhinzi bw’umuceri.

    Kugeza na n’ubu kandi abahinzi b’umuceri babyitayeho byagiye bibateza imbere, kuko ngo nk’iyo habaye inama yabo muri Gisagara, usanga aho bahuriye hari imodoka zitari munsi y’eshatu z’abahinzi, moto zitari munsi ya 20 ndetse n’amagare atabarika, kuko nta muhinzi w’umuceri ujya mu nama n’amaguru.

    Ubuhinzi bw’umuceri kandi bukomeje kugenda burushaho kwitabirwa mu bishanga byo hirya no hino mu Rwanda, ari na ko ibi bishanga uhingwamo bitunganywa.

    Nko mu gishanga cya Cyiri hamaze gutunganywa ubuso bwa hegitari 300, n’ubwo ubuhingwaho umuceri ari hegitari 280 bitewe n’uko ahandi ari mu nkuka zitageramo amazi ahagije, zihingwaho imboga n’indi myaka. Igishanga gisigaye gutunganywa kiri kuri hegitari 50.

    Icyakora mu Karere ka Gisagara kose, hamwe no mu duce twa Huye na Nyanza twatangiye guhingwamo umuceri kera, hose hamwe habarirwa koperative 7 z’abahinzi b’umuceri, bahinga kuri Hegitari 2100.

    Uretse mu Cyiri ndetse n’ahandi hahegereye, igihingwa cy’umuceri cyagiye gikwirakwira no mu bindi bice by’Intara y’Amajyepfo, kandi cyagiye gihindura imibereho y’abagihinga mu rwego rw’ubukungu.

    Nko mu Gishanga cya Mukunguri mu Karere ka Kamonyi, umuceri batangiye kuwuhinga mu myaka ya 1960, abawuhahinga bavuga ko watumye batera imbere.

    Uwitwa Yvonne Umutesi agira ati “Ubu ndava mu gishanga mfite umuceri nkagaburira abana, amafaranga angeraho ntagombye gusabiriza umugabo. Umuceri twawufataga nk’ibiryo by’abakire twe twirira ibijumba ariko ubu turawihingira tukawurya tukinjiza n’amafaranga. Turashimira Leta yacu ikomeje gutsura umubano n’u Bushinwa mu iterambere”.

    Callixte Ufitamahoro uhinga umuceri mu gishanga cya Kanyegenyege mu Karere ka Ruhango, avuga ko ubuhinzi bw’umuceri babutangiye mu mwaka wa 2003, kandi ko bumaze kubateza intambwe mu iterambere.

    Agira ati “Umuceri twawuryaga ku munsi mukuru gusa tuwuguze amafaranga menshi. Ariko uyu munsi turawuhinga tukawurya, tukinjiza n’amafaranga. Mbese turashimira umubano w’u Bushinwa n’u Rwanda watumye natwe tubyaza ibishanga umusaruro, tugahinga umuceri tukarya tukanasagurira isoko. Ntawe ucyumva ko umuceri ari uw’abakire gusa!”

    N’ubwo Abashinwa batakigaragara mu mirima y’abaturage babigisha uko bahinga umuceri, bakomeje ibikorwa by’ubushakashatsi bwo gufasha mu gutuma ubuhinzi bwawo burushaho gutera imbere mu Rwanda.

    Umuceri ubu uraribwa mu ngo nyinshi zo mu gihugu
    Umuceri ubu uraribwa mu ngo nyinshi zo mu gihugu

    Ni muri urwo rwego ubu bakorana n’Ikigo gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB), bakerekera abantu uko ukwiye guhingwa ukarushaho gutanga umusaruro ufatika.

    Santere bafite mu kigo cya RAB (China Rwanda Agriculture Technology Demonstration Center), ikurikirana iby’ubuhinzi bw’umuceri, yita ahanini ku guteza imbere ubuhinzi bw’ibihumyo, ari na yo yatangije uburyo bwo guhinga ibihumyo hifashishijwe imigina.

    Iyi nkuru Marie Claire Joyeuse yayikoze afatanyije na Ephrem Murindabigwi


    source : https://ift.tt/3wz3kXE

  • Abunganizi mu mategeko bo mu Rwanda n’u Burundi ntibemerewe gukorera muri Kenya #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abunganira abandi mu mategeko bakomoka muri Tanzania na Uganda bo bemerewe gukorera umwuga wabo muri Kenya nk’uko biteganywa mu ngingo ya 12 na 13 z’itegeko rigenga abavoka.

    Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe iby’ubutabera muri Kenya, ivuga ko ibihugu byose bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), bikwiye gushakira umuti iki kibazo mbere y’uko Kenya ifungurira amarembo u Rwanda, u Burundi na Sudani y’Epfo mu by’ubutabera.

    Ikinyamakuru The East African, kivuga ko abanyamategeko 13 b’Abanya-Kenya bakoreraga mu rugaga nyarwanda rw’Abavoka basabye Inteko Ishinga Amategeko ya Kenya gukurikirana vuba uko u Rwanda n’u Burundi byakwinjizwa mu bihugu birebwa n’itegeko kugira ngo bizorohere Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga kurahira no kwakira ubusabe bw’abaturuka muri ibi bihugu bashaka gukorera muri Kenya.

    Inteko Ishinga Amategeko ya Kenya mu mavugurura yakoze ku itegeko rya 2012, yavuguruye ingingo ya 12 n’iya 13 y’itegeko rigenga abavoka kugira ngo hongerwemo abo mu Rwanda n’u Burundi ariko Urukiko rw’Ubujurire mu 2019 rwitambitse ayo mavugurura rukumira ibi bihugu.

    Urwego Ngishwanama mu birebana n’ubutabera rukorera muri Kenya rwavuze ko guhindura ingingo ya 12 mu itegeko rigenga abavoka mu rwego rwo kwemerera abatari Abanya-Kenya gukorera ubutabera mu gihugu kandi ibihugu byabo bidaha ikaze abavoka bo muri Kenya byaba ari ugutesha agaciro ububasha bw’Inteko Ishinga Amategeko.

    Bivugwa ko kandi ubusanzwe hari ikibazo cy’uko ibishingirwaho mu kwemerera umuntu kwinjira muri kaminuza zigisha iby’amategeko no kwinjira mu ngaga z’abavoka muri EAC atari bimwe.

    Iki kinyamakuru cyongeraho ko ibi bishobora kuba impamvu ituma ibihugu byo muri uyu muryango bitemera guhererekanya abanyamategeko.

    source : https://ift.tt/3kpjZZb

  • Hongria yemereye u Rwanda inguzanyo ya Miliyoni 52 z’Amadorali #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Minisitiri Dr Uzziel Ndagijimana na mugenzi we Péter Szijjártó nyuma yo gusinya ayo masezerano
    Minisitiri Dr Uzziel Ndagijimana na mugenzi we Péter Szijjártó nyuma yo gusinya ayo masezerano

    Amasezerano y’iyo nguzanyo yashyizweho umukono na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr. Uzziel Ndagijimana, ndetse na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubucuruzi wa Hongria, Péter Szijjártó.

    Nyuma yo gusinya ayo masezerano, Minisitiri Ndagijimana yatangaje ko iyo nguzanyo izishyurwa ku nyungu ya 0% mu gihe cy’imyaka 30, kwishyura bigatangira nyuma y’imyaka itandatu.

    Avuga ko Umujyi wa Kigali n’uduce tuwukikije bikomeje kwaguka ku bwinshi ari na yo mpamvu amazi na yo akenewe cyane bityo ishoramari mu bikorwa remezo by’amazi rikaba ari ngombwa.

    Ati “Umujyi wa Kigali n’uduce tuwukikije bikomeje kwaguka ku muvuduko mwinshi ari na yo mpamvu amazi akenewe na yo akomeje kwiyongera bityo bikaba bisaba kongera ishoramari mu bikorwa remezo by’amazi, isuku n’isukura. Ni yo mpamvu Guverinoma y’u Rwanda ishima iyi nkunga ya Hongria.”

    Ni umushinga uzakorwa na WASAC, uruganda rwa Karenge rwagurwe, ubushobozi rwari rufite bwikube inshuro ebyiri ruve kuri M3 15,000 rugere kuri M3 36,000 ku munsi.

    Muri aya masezerano bakaba bumvikanye ko imwe mu mirimo izakorwa na kompanyi zo muri Hongria zisanzwe zizobereye mu bikorwa byo gutunganya amazi.

    Muri ubu bufatanye kandi ibigo by’ubucuruzi by’Abanyahongiriya n’Abanyarwanda bizahabwa miliyoni 46 kugira ngo birusheho kwagura ubucuruzi bwabyo.

    Minisitiri Péter Szijjártó yavuze ko yubaha cyane uburyo u Rwanda rugenda rutera imbere kandi igihugu cye cyishimiye kugira uruhare muri iryo terambere.

    Yavuze ko Hongria ari kimwe mu bihugu bifite ubukungu bufunguye ku Isi kandi banabizi ko basabwa guhatana cyane kugira ngo babashe kugera ku Isoko rya Afurika.

    Yizeje ko uyu mushinga bateyemo inkunga uzaba ikitegererezo mu bigo by’ubucuruzi bya Hongria.

    Ikindi ni uko ngo Banki yabo yashyizeho miliyoni 46 z’Amadorali ya Amerika mu rwego rwo gufasha ibigo by’ubucuruzi byo muri Hongria n’u Rwanda kwaguka no gukorana kuri iri soko.

    Yagize ati “Twizeye ko uyu mushinga uzaba intangiriro nziza ibigo byo muri Hongria bigatangira gushora imari mu Rwanda.”

    Minisitiri Vincent Biruta na we yakiriye mugenzi we Péter Szijjártó
    Minisitiri Vincent Biruta na we yakiriye mugenzi we Péter Szijjártó

    Minisitiri Szijjártó avuze kandi ko kugira ngo barusheho kongera umuvuduko mu by’ubucuruzi, mu ntangiriro z’umwaka utaha i Kigali hazafungurwa ibiro bihagarariye inyungu za Hongria mu Rwanda ariko by’umwihariko bigamije gushimangira ubutwererane mu by’ubukungu n’ubucuruzi.

    Igihugu cya Hongria n’u Rwanda kandi barasinyana amasezerano y’ubufatanye agamije gufasha u Rwanda gukora inkingo ndetse n’andi ajyanye n’imikoreshereze y’ikirere (Air service Billateral Agreement) ndetse u Rwanda rukaza no kwakira inkunga y’inkingo za COVID-19 zisaga 300,000 zo mu bwoko bwa Sino Farm na AstraZeneca igihugu cya Hongria cyarugeneye.

    Mu ruzinduko arimo mu Rwanda, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubucuruzi wa Hongria yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali yunamira inzirakarengane ziharuhukiye, ndetse abonana na mugenzi we w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr. Vincent Biruta.

    source : https://ift.tt/2YzHua1