Tag: featured

  • Kera kabaye, The New York Times yirinze guheza inguni k’u Rwanda; ni ukwinyara mu isunzu? –

    Itangazamakuru mpuzamahanga ryo iyo rigeze kuri Afurika, riyigaraza nk’ikimoteri, ahantu hahora hatuma isazi, hari abantu inzara yahotoye birirwa bahondobera, batazi icyiza ndetse bahora mu miborogo y’intambara.

    Mu mboni z’ibinyamakuru byinshi byo mu Burengerazuba, usanga u Rwanda rugaragazwa nk’igihugu kitagira akeza kakirangwamo. N’ibyiza u Rwanda rwagezeho, abanyamakuru bo mu Burengerazuba usanga babyihunza, banabitangazaho inkuru runaka ugasanga bisa na ba bandi bataha ubukwe baje gutara imishono.

    The New York Times ni kimwe muri byo. Ni ikinyamakuru kimaze imyaka 169 kibayeho, Dean Baquet wakoze amateka yo kuganiriza Jay-Z agahishura uko nyina akundana n’uwo bahuje igitsina, ni we muyobozi ukomeye ushinzwe ibitangazwa byose [Executive Editor], umwanya yagiyeho mu 2014.

    Ni kimwe mu binyamakuru byakomeje gucuruza ibinyamakuru by’impapuro, kikaguka, kandi kigakundwa kubera amatohoza akomeye gikora. Kiza mu bya mbere mu makuru atomoye ku rwego rw’Isi.

    Umurongo w’iki kinyamakuru k’u Rwanda uteye kwibaza byinshi, ku buryo utabizi neza wagira ngo hari inyungu zacyo ruhutaza. Nk’urugero, witegereje ubwoko bw’inkuru The New York Times ikora k’u Rwanda, uhita ubona neza aho ihagaze.

    Dufashe urugero mu nkuru nibura enye ziheruka zanditswe ku rubanza rwa Paul Rusesabagina, harimo nk’iyo ku wa 27 Gashyantare 2021 ifite umutwe ugira uti “Umuyobozi mu Rwanda yemeye ko hari amategeko yahonyowe muri dosiye ya Rusesabagina”.

    Uwo wavugwagaho kwemera ko u Rwanda rwishe amategeko muri dosiye ya Rusesabagina ni Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye. Nyamara mu kiganiro yagiranye na Al Jazeera, ari na cyo The New York Times yashingiyeho yandika iyo nkuru, nta hantu na hamwe mu magambo ye Busingye yigeze yemera ko u Rwanda rwishe amategeko.

    Uwanditse iyi nkuru ni Umunya-Kenya ufite inkomoko muri Somalia, Abdi Latif Dahir, Ushinzwe Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba muri The New York Times kuva mu 2019.

    Uyu Dahir kandi yanditse izindi nkuru zirimo iyo yafatanyije na Lynsey Chutel, bahaye umutwe ugira uti “Utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda yiciwe muri Afurika y’Epfo’.

    Uwo bavugaga ni Seif Bamporiki wari mu buyobozi bw’umutwe w’iterabwoba wa RNC. Muri iyi nkuru yasohotse ku wa 22 Gashyantare, bitsa cyane ku buryo uyu mugabo w’imyaka 49 yari afite ibyo atumvikanaho na Leta y’u Rwanda, kandi ko na RNC yabarizwagamo yakunze kujujubywa n’u Rwanda ku buryo bisa n’ibifitanye isano nubwo Polisi ya Afurika y’Epfo yagaragaje ko yaguye mu bikorwa by’ubujura. Gusa ibi The New York Times yarabyirengagije, itunga agatoki Leta y’u Rwanda biratinda.

    Dahir yirengagije ko Afurika y’Epfo ari igihugu kibamo ubugizi bwa nabi ku rugero rwo hejuru ndetse ko iza mu bihugu bya mbere ku Isi biberamo ubwicanyi.

    Icyegeranyo cya Global Peace Index cyo mu 2020 kigaragaza ko Afurika y’Epfo iza ku mwanya wa 123 ku Isi mu bihugu 163 bitekanye, aho irushwa umutekano na za Djibouti, Bangladesh, Thailand, Burkina Faso n’ibindi byinshi irusha ubukire.

    Gusa ku rundi ruhande nta muntu wamurenganya, kuko umurongo wa The New York Times ugaragarira mu nshingano abanyamakuru bayo ku Mugabane wa Afurika baba barahawe n’ababakuriye, zitandukanye n’inshingano ubundi umunyamakuru utabogama yakabaye afite.

    Muri Nyakanga 2019, iki kinyamakuru cyatanze akazi k’umwanya w’umunyamakuru uzagihagararira muri Afurika y’Iburasirazuba. Mu itangazo ry’akazi The New York Times yashyize ahagaraga icyo gihe, ryarimo ko uzahabwa akazi agomba kuva mu butayu bwa Sudani, akajya mu bibazo byo mu ihembe rya Afurika, agacengera mu mashyamba ya Congo kugera ku mwaro w’inyanja muri Tanzania.

    Riti “Umuyobozi Mukuru w’ibiro by’i Nairobi, azaba afite amahirwe adasanzwe yo kuva imuzi amakuru yo mu bihugu bya Afurika, uhereye mu butayu bwa Sudani na ba rushimusi bo mu Nyanja mu ihembe rya Afurika, ukamanuka mu mashyamba ya Congo no ku nkuka z’inyanja muri Tanzania.”

    Ntabwo ryagarukiye aho kuko ryavugaga ko uzaba umuyobozi mushya azaba agiye gukorera “ ahantu hadasanzwe kandi hihariye haboneka inkuru zikomeye zirimo iz’iterabwoba, intambara zishingiye ku mitungo, ikibuga kirwanirwa n’u Bushinwa no kwamburana ubutegetsi kwa hato na hato utibagiwe n’igitugu”.

    Muri make, inkuru Dahir atangaza k’u Rwanda zihuye neza neza n’ibyo ba sebuja bashakaga mu munyamakuru bashakaga mu 2019, ku buryo nk’umukerarugendo ashobora kuzibona akumva ko mu Rwanda ibintu bicika, induru zihora zivuza ubuhuha.

    Bituma iyo uri gusoma inkuru za The New York Times k’u Rwanda, hari aho ushobora gushyira u Rwanda muri bya bihugu bizwi nka ’rogue states’, [État voyou] bitubahiriza amategeko mpuzamahanga mu buryo ndengakamere kugera no ku burenganzira bw’ibanze bwa muntu.

    Kera kabaye…

    Kera kabaye mu gihe kinini, ku wa 2 Werurwe 2021, The New York Times yabera yatambukije inkuru itandukanye n’izindi yari imaze igihe ikora. Gusa ariko nabyo si impanuka kuko uwayanditse si umukozi w’iki kinyamakuru.

    Ni Joshua Hammer, ubusanzwe uyu mugabo w’imyaka 63 nta kinyamakuru afitanye amasezerano ahoraho, ahubwo yandikira byinshi birimo GQ, The Atlantic, The New Yorker, National Geographic n’ibindi. Azi neza akarere ka Afurika y’Iburasirazuba kuko mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, yari umunyamakuru wa Newsweek ndetse yaje gutara inkuru mu Rwanda muri icyo gihe.

    Ejo bundi aha yanditse inkuru ndende y’amagambo 7900 ifite umutwe ugira uti “Yabaye intwari ya “Hotel Rwanda”, ubu ari gushinjwa iterabwoba”.

    Inkuru itangira avuga ko Paul Rusesabagina washimwe na benshi ku butwari yagaragaje mu 1994, kuri ubu ari gushinjwa kuba umuyobozi w’ibitero by’ubwicanyi, akibaza uko yahindutse, ari nabyo agaragaza mu nkuru ye akanagaruka ku buryo u Rwanda rwahindutse nyuma ya Jenoside.

    Ni inkuru irimo amateka y’u Rwanda uko avugwa n’abantu b’ingeri zitandukanye, abemeza ko ibyabaye mu 1994 ari Jenoside yakorewe Abatutsi, abayihakana, abarata ubutwari bwa Rusesabagina, abavuga ko ibyo yakoze nta butwari burimo ko ahubwo yamamaye kubera filimi, uburyo yafashwe, ubuhamya bwa Pasiteri Niyimwungere Constantin wamutanze, uko Rusesabagina yaryumyeho ntabwire umuryango we aho agiye ubwo yafatwaga, uko abajyanama be batunguwe no kumva amagambo yagiye avuga ahamagarira ibitero ku Rwanda n’ibindi nk’ibyo.

    Ararenga akaganiriza abajyanama ba Rusesabagina bamubwiraga ko urwango afitiye u Rwanda atari gusa, ko ahubwo ari ndengakamere n’ibindi nk’ibyo.

    Ni yo nkuru mu gihe kinini gishize umuntu yavuga ko yujuje ibyo itangazamakuru risaba, kuko iha ijambo buri ruhande ruvugwa kandi ntitange umwanzuro cyangwa ngo ibogame.

    Uko wigira imbere usoma iyo nkuru ndende ya Joshua Hammer, uhura n’ibitekerezo bisenya ibya Judi River uzwiho gupfobya Jenoside no kuvuga ko mu Rwanda habaye ebyiri, harimo ubusesenguzi bw’umwanditsi nk’umuntu wiboneye n’amaso ibyabaye mu Rwanda mu 1994, akanarubona nyuma aho avuga ko iterambere ryarwo ari ibintu bigaragarira amaso n’ibindi bidasanzwe byumvikana muri The New York times.

    Uyu Joshua Hammer kandi niwe uherutse kwandika indi nkuru ndende yatambutse muri GQ Magazine ivuga ku rugendo rw’imyaka 23 rwo guhiga Kabuga Félicien n’uko yaje gufatirwa mu Bufaransa aho yari amaze igihe yihisha.

    Ubwo Rusesabagina yatabwaga muri yombi, nk’umuntu wari waragizwe ikirangirire mu itangazamakuru, benshi mu banyamahanga baguye mu kantu, bumva ko ari umuntu udashobora gukora amabi, bumva ko ari intwari itajya mu mitwe y’iterabwoba n’ibindi nk’ibyo.

    Birengagije ibimenyetso byose maze bafata umwanzuro wo kwitunira k’u Rwanda, bavuga bati tugiye kurwanira Rusesabagina inkundura bashaka ikintu cyose cyatesha agaciro igihugu muri iyi dosiye.

    Ni bwo bamwe batangiye gukora za maguyi [magouilles] zo gushyira kuri televiziyo ibiganiro byabereye mu muhezo, abandi biyemeza kuba nk’abavugizi ba Rusesabagina ku buryo ijwi ry’u Rwanda riburizwamo, ari ko bakomeza kogagiza Rusesabagina nk’intwari, bitsa cyane ku kuba ngo yarashimuswe. Ni byo Perezida Kagame yavuze ejo bundi ko atumva uburyo abantu banze kumenya ukuri k’uburyo Rusesabagina yahindutse intwari.

    Umusesenguzi Phil Clark niwe uherutse kuvuga ko uru rubanza ruzasiga amasomo akomeye ku itangazamakuru mpuzamahanga kuko rizabona ko ridakwiriye kwihutira gufata umwanzuro kuko nubwo Rusesabagina yaba yarakoze ibikorwa by’ubutwari mu 1994, nta cyemeza ko atakora amahano mu 2021.

    Hari umusesenguzi wigeze kandi kuvuga ko itangazamakuru mpuzamahanga ryaguye mu mutego w’ubunebwe, wo kwizera iby’abavuga Icyongereza, rikirengagiza ko hari amakuru n’ubushakashatsi bugaragaza inkuru y’ukuri itandukanye k’u Rwanda ziri mu Gifaransa cyangwa se mu Cyarabu.

    Kubona The New York Times yatambukije inkuru nk’iriya ya Joshua Hammer k’u Rwanda, byateye benshi amarangamutima, bibaza niba aho yaba yinyaye mu isunzu cyangwa ari bya bindi by’urwishe ya nka. Ni ukubitega amaso!

    Dean Baquet ni umwe mu bantu bubashywe mu itangazamakuru ryo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kubera umwanya afite muri The New York Times

    Dahir yatangiye akazi mu 2019, akora neza ibyo ba sebuja bamushakagamo byo gufata umurongo ugaragaza byacitse muri Afurika y’Iburasirazuba

    Joshua Hammer yakoze inkuru itandukanye n’izindi zose zari zisanzwe zitambuka muri The New York Times

  • LIVE: Kurikira urubanza rwa Idamange Iryamugwiza Yvonne –

    Idamange w’imyaka 42 y’amavuko yatawe muri yombi ku wa 15 Gashyantare 2021, nyuma y’iminsi akoresha imbuga nkoranyambaga agatangaza amagambo arimo gushishikariza abantu gukora imyigaragambyo imbere y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu.

    Urubanza rwe ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo rwatangiye kuri uyu wa Kane tariki ya 04 Werurwe 2021, ruburanishwa mu buryo bw’ikoranabuhanga uregwa ari kuri Station ya RIB ya Remera aho afungiye mu gihe urukiko rwo rwari Kibagabaga mu Mujyi wa Kigali.

    Mu cyumba cy’iburanisha, harimo abanyamakuru ndetse n’abandi bantu bake bo mu nzego zishinzwe uburenganzira bwa muntu, mu gihe ku rundi ruhande Idamange ari kumwe n’umwunganizi we mu cyumba cya RIB.

    KURIKIRA URUBANZA UKO RURI KUGENDA

    11:20: Ubushinjacyaha buvuga ko inzego z’umutekano zitari gushobora kumva imvugo y’umuntu uhamagarira abantu guhaguruka bagahurira ku Rugwiro, ngo zikomeza gutegereza ngo iyo myigaragambyo itemewe ibe. Bwavuze ko gukomeza kurebera, byari kuba bisobanuye ko nta nzego zifatika zihari.

    11:15: Umushinjacyaha ahawe umwanya, avuga ko ubwo Idamange yajyaga gutabwa muri yombi, yanze gukingura kandi ko abagenzacyaha bafite uburenganzira bwo kwinjira ku ngufu ari nabyo byabaye. Iyo yemera agakingura, batari kwinjira ku ngufu kandi ko yari ahagaze hejuru kuri etage abareba akabihorera. Bwavuze ko ubwo abagenzacyaha bajyaga kumuta muri yombi, bari babisabiye uburenganzira.

    11:12: Amubajije niba yemera ko video ziri hanze zirimo amagambo agize ibyaha ubushinjacyaha bumurega ari we koko, maze asubiza ko ariwe ugaragara.

    -  Idamange yasabye imbabazi

    Mbere y’uko asoza umwanya yari ahawe, Idamange agize ati “Ndasaba imbabazi abantu bumvise ko imvugo nakoresheje ziremereye zikababangamira […] Ndabisabira imbabazi nk’umunyarwanda utifuza gukomeretsa abandi.”

    11:10: Ku cyaha cyo gutanga sheki itazigamiye, yavuze ko kitabayeho kuko iyo sheki yayitanze Nsabimana abizi neza ko nta mafaranga ari kuri konti ye. Yavuze ko ahubwo akwiye kurekurwa akajya kwita ku bana be bane bato kandi ko nta kimenyetso na kimwe ateganya gusibanganya, ko n’amashusho ye atazayasiba.

    11:05: Ku cyaha cyo gutambamira imirimo y’igihugu, ngo ibyo yavugaga yavugiraga abanyarwanda kuko yumvaga akunze abanyarwanda. Ngo ntabwo yigeze atesha agaciro Coronavirus, ahubwo ngo icyo yakoraga yasabaga abantu kuyirinda, bubahiriza amabwiriza kandi yabikoraga ashingiye ku byo amategeko amwemerera.

    11:00: Idamange yakomeje avuga ko ku cyaha cyo gutesha agaciro ibimenyetso bya Jenoside yakorewe Abatutsi, adashobora kugikora kuko atari umuntu wapfobya Jenoside ahubwo ko n’uwabikora yamurwanya.

    10:55: Idamange yahawe umwanya kugira ngo atange ibisobanuro ku byo ubushinjacyaha bumushinja. Yavuze ko ku itariki 15 Gashyantare, iwe hagiyeyo abantu umunani ahagana saa munani z’amanywa. Ngo we yari ku ibaraza hejuru muri etage atuyemo.

    Yavuze ko uwo munsi Imana yakinze ukuboko, kuko ubwo abo bashinzwe umutekano binjiraga batigeze bakomanga ahubwo ngo iyo imbwa ziba zitaziritse zari kubarya. Hashize umwanya ngo abantu ba RIB bambaye impuzankano binjiye bamusaba kumanuka hasi muri etage ntiyamanuka, barazamuka bamwambika amapingu.

    Yavuze ko umupolisi bivugwa ko yakomerekeje ashobora kuba yarakomerekejwe n’urugi.

    Ati “Sinzi uko uwo muntu byamugendekeye, nta nubwo nzi ko atari bagenzi be bamukomerekeje.”

    10:50: Ubushinjacyaha bwasabiye Idamange gufungwa by’agateganyo mu gihe cy’iminsi 30 kubera uburemere bw’ibyaha bikomeye ashinjwa.

    10:40: Ku cyaha cyo gutanga sheki itazigamiye, gishingiye kuri sheki y’ibihumbi 400 yahaye uwitwa Nsabimana Emmanuel. Ngo banki yarebye kuri konti ye isanga nta mafaranga ariho gusa ngo mu ibazwa rye yavuze ko yishyuye uwo Nsabimana.

    10:35: Ku cyaha cyo gukubita no gukomeretsa, ngo Idamange utuye mu nzu ya etage, ubwo abashinzwe umutekano bajyaga kumufata, we n’abantu bari kumwe batangiye gutera amacupa abashinzwe umutekano maze umupolisi umwe arakomereka.

    10:30: Umushinjacyaha yavuze ko ubwo Idamange yajyaga gufatwa, abashinzwe umutekano bageze iwe bamwereka ibyangombwa ariko yanga ko binjira. Muri uko kwanga ko yinjira, yatambamiye inzego z’umutekano kandi zifite ibyangombwa biziranga.

    10:25: Ku cyaha cyo gutangaza amakuru y’ibihuha hakoreshejwe ikoranabuhanga, bwavuze ko kuba yaravuze ko abanyarwanda bayobowe n’umuzimu, ari imvugo iharabika Perezida wa Repubulika, ikojeje isoni ndetse ko ari imvugo z’ibihuha kuko nta gihamya na kimwe agaragaza.

    Bwavuze ko kujya kuri Youtube akavuga amagambo yateza impagarara mu baturage, ari ibintu yakoze abigambiriye.

    Bwanavuze ku magambo ye yavuze y’uko leta isigaye ari baringa, bushimangira ko nta muntu wari wamutumye, ndetse akanongeraho n’imvugo zo gutukana avuga ko leta iyobowe n’amabandi n’abagome.

    Umushinjacyaha yavuze ko uretse kuba ayo magambo ari ibihuha, ari imvugo nyandagazi.

    10:20: Ku cyaha cyo gutesha agaciro ibimenyetso bya Jenoside, bwasubiyemo amagambo yavuze ko leta itondeka imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi nk’isukari bacuruza. Bwavuze ko amagambo ye adaha agaciro imibiri y’abishwe n’uko bibukwa. Bwavuze ko abajya gusura urwibutso ari mu rwego rwo kumenyekanisha ibyabaye kugira ngo bitazongera kubaho ariko we atabiha agaciro.

    10:19: Ubushinjacyaha bwavuze ko mu biganiro bye yakunze kugaragariza abaturage ko leta y’u Rwanda ntacyo ikora, bukavuga ko nta muturage wari wamutumye, ko yahamagariye abaturage bose kujya kwigaragambya bamagana leta, anahamagarira n’abari mu mahanga ngo bahaguruke bajye kwigaragambya.

    Ngo aya magambo agaragaza ko nubwo nta mvururu zabaye, ashobora guteza imvururu mu baturage kuko kuvuga ko abanyarwanda barambiwe gufatirwaho imyanzuro idahwitse, bihura n’ibivugwa n’ingingo zisobanura icyaha cyo guteza imvururu muri rubanda.

    10:15: Sheki itazigamiye Ubushinjacyaha bwavuze ko yayihaye uwitwa Nsabimana y’amafaranga ibihumbi 400. Ubushinjacyaha bwavuze uko ibindi byaha byakozwe. Ku guteza imvururu muri rubanda, rwavuze ko gishingiye ku biganiro bye yagiye anyuza ku muyoboro wa Youtube.

    10:15: Umucamanza abajije Idamange niba yemera ibyaha aregwa, maze avuga ko byose nta na kimwe yemera.

    10:00: Umucamanza atangije iburanisha, asoma umwirondoro wa Idamange, abazwa niba ariwo maze asubiza ko hari aho ubushinjacyaha bwibeshye ku izina ry’umubyeyi we.

    Nyuma yo gukosora umwirondoro we, yasomewe ibyaha bitandatu aregwa, birimo kimwe gishya kitari cyaravuzwe mbere cyo gutanga sheki itazigamiye. Ibindi byaha birimo icyo guteza imvururu muri rubanda, gukubita no gukomeretsa ku bushake, gutesha agaciro ibimenyetso bya Jenoside.


  • U Rwanda rwabaye igihugu cya mbere cyakiriye inkingo za Pfizer muri Afurika binyuze muri Covax –

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 3 Werurwe 2021 ni bwo u Rwanda rwatangiye kwakira inkingo za Coronavirus, icyiciro cya mbere hakiriwe 240.000 za AstraZeneca mu gihe icya kabiri cyakiriwe ari iza Pfizer zingana na 102.960.

    U Rwanda ni cyo gihugu cya mbere muri Afurika cyakiriye inkingo za Pfizer zitanzwe muri gahunda ya Covax kuko ibindi byose bimaze kugerwaho n’urukingo (ni ukuvuga Ghana na Côte d’Ivoire) byahawe urwa AstraZeneca.

    Izi nkingo za Pfizer zakiriwe na Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel, hamwe n’abayobozi batandukanye barimo Ambasaderi w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi mu Rwanda, Nicola Bellomo.

    Uru rukingo ni rumwe mu zimaze gukorwa zifite ubushobozi bwo hejuru mu kurinda umuntu kuba yakwandura iki cyorezo. Ubushakashatsi bwagaragaje ko rwizewe ku kigero cya 95%. Rubikwa ahantu hari ubukonje bwa degere Celsius -70, mu gihe ryamadolari 20, ni hafi ibihumbi 20 Frw.

    Ubwo yakiraga icyiciro cya mbere cy’inkingo za AstraZeneca mu gitondo cyo kuri uyu wa 3 Werurwe 2021, Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel, yavuze ko urugamba rwo gukingira Coronavirus mu Rwanda rwatangiye.

    Ati “Umugambi ni uko dukingira Abanyarwanda bangana na miliyoni 7,8, bivuze ko rero urugendo rutangiye rwo kwakira inkingo uko ziboneka, muzi ko ibihugu byinshi bizishaka ariko igihugu cyacu kirakora uko gishoboye kugira ngo inkingo ziboneke tubashe gukingira abanyarwanda vuba dusubire mu murimo, ibya Guma mu Rugo tubivemo ahubwo dusubire ku kazi.”

    U Rwanda rufite gahunda yagutse yo gukingira abantu bagera kuri 30 ku ijana mu mpera za 2021 ikagera kuri 60 ku ijana by’abaturage bose mu mpera za 2022. Aba mbere bazahabwa inkingo ni abakozi bashinzwe ubuzima, abandi bakozi bafite ibyago byo kwandura, abasaza, abafite indwara zitandura, impunzi, abagororwa n’abarimu.

    Inkingo zagejejwe mu Rwanda guhera kuri uyu wa Kane zizatangira gukwirakwizwa mu gihugu cyose, abazazihabwa bazajya bamenyeshwa hanyuma bajye ku Bigo Nderabuzima ubundi bazihabwe nk’uko biteganywa.

    Ku wa Gatanu, tariki ya 5 Werurwe 2021 ni bwo igikorwa cyo gukingira kizatangira, abazahabwa urukingo mu ba mbere bagiye guhabwa ubutumwa, aho bizajya bikorwa binyuze ku rwego rw’akarere no mu zindi nzego z’ibanze.

    Kanda hano urebe andi mafoto menshi

    Indege yari itwaye inkingo ubwo yageraga ku Kibuga Mpuzamahanga cya Kigali, i Kanombe

    Abakiriye inkingo kimwe n’abazigejeje aho zijyanwa bari bafite akanyamuneza

    Abayobozi bitabiriye iki igikowa bategereje ko inkingo

    Iki gikorwa cyitabiriwe n’abayobozi mu nzego zitandukanye

    Urukingo rwa Pfizer ni rumwe mu zimaze gukorwa zifite ubushobozi bwo hejuru mu kurinda umuntu kuba yakwandura iki cyorezo

    U Rwanda ni cyo gihugu cya mbere muri Afurika cyakiriye inkingo za Pfizer zitanzwe muri gahunda ya Covax

    Amafoto: Muhizi Serge


  • U Rwanda rwakiriye inkingo za Pfizer mu cyiciro cya kabiri, ku munsi zageze ku bihumbi 342 –

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 3 Werurwe 2021 ni bwo u Rwanda rwatangiye kwakira inkingo za Coronavirus, icyiciro cya mbere hakiriwe 240.000 za AstraZeneca mu gihe icya kabiri cyakiriwe ari iza Pfizer zingana na 102.960.

    U Rwanda ni cyo gihugu cya mbere muri Afurika cyakiriye inkingo za Pfizer zitanzwe muri gahunda ya Covax kuko ibindi byose bimaze kugerwaho n’urukingo (ni ukuvuga Ghana na Côte d’Ivoire) byahawe urwa AstraZeneca.

    Izi nkingo za Pfizer zakiriwe na Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel, hamwe n’abayobozi batandukanye barimo Ambasaderi w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi mu Rwanda, Nicola Bellomo.

    Uru rukingo ni rumwe mu zimaze gukorwa zifite ubushobozi bwo hejuru mu kurinda umuntu kuba yakwandura iki cyorezo. Ubushakashatsi bwagaragaje ko rwizewe ku kigero cya 95%. Rubikwa ahantu hari ubukonje bwa degere Celsius -70, mu gihe ryamadolari 20, ni hafi ibihumbi 20 Frw.

    Ubwo yakiraga icyiciro cya mbere cy’inkingo za AstraZeneca mu gitondo cyo kuri uyu wa 3 Werurwe 2021, Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel, yavuze ko urugamba rwo gukingira Coronavirus mu Rwanda rwatangiye.

    Ati “Umugambi ni uko dukingira Abanyarwanda bangana na miliyoni 7,8, bivuze ko rero urugendo rutangiye rwo kwakira inkingo uko ziboneka, muzi ko ibihugu byinshi bizishaka ariko igihugu cyacu kirakora uko gishoboye kugira ngo inkingo ziboneke tubashe gukingira abanyarwanda vuba dusubire mu murimo, ibya Guma mu Rugo tubivemo ahubwo dusubire ku kazi.”

    U Rwanda rufite gahunda yagutse yo gukingira abantu bagera kuri 30 ku ijana mu mpera za 2021 ikagera kuri 60 ku ijana by’abaturage bose mu mpera za 2022. Aba mbere bazahabwa inkingo ni abakozi bashinzwe ubuzima, abandi bakozi bafite ibyago byo kwandura, abasaza, abafite indwara zitandura, impunzi, abagororwa n’abarimu.

    Inkingo zagejejwe mu Rwanda guhera kuri uyu wa Kane zizatangira gukwirakwizwa mu gihugu cyose, abazazihabwa bazajya bamenyeshwa hanyuma bajye ku Bigo Nderabuzima ubundi bazihabwe nk’uko biteganywa.

    Ku wa Gatanu, tariki ya 5 Werurwe 2021 ni bwo igikorwa cyo gukingira kizatangira, abazahabwa urukingo mu ba mbere bagiye guhabwa ubutumwa, aho bizajya bikorwa binyuze ku rwego rw’akarere no mu zindi nzego z’ibanze.

    Kanda hano urebe andi mafoto menshi

    Indege yari itwaye inkingo ubwo yageraga ku Kibuga Mpuzamahanga cya Kigali, i Kanombe

    Abakiriye inkingo kimwe n’abazigejeje aho zijyanwa bari bafite akanyamuneza

    Abayobozi bitabiriye iki igikowa bategereje ko inkingo

    Iki gikorwa cyitabiriwe n’abayobozi mu nzego zitandukanye

    Urukingo rwa Pfizer ni rumwe mu zimaze gukorwa zifite ubushobozi bwo hejuru mu kurinda umuntu kuba yakwandura iki cyorezo

    U Rwanda ni cyo gihugu cya mbere muri Afurika cyakiriye inkingo za Pfizer zitanzwe muri gahunda ya Covax

    Amafoto: Muhizi Serge


  • Perezida Kagame yashimye kuba inkingo za COVID-19 zageze mu Rwanda nyuma y’igihe zitegerejwe –

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa 3 Werurwe nibwo u Rwanda rwakiriye icyiciro cya mbere cy’inkingo za Coronavirus ibihumbi 240 zo mu bwoko bwa AstraZeneca zatanzwe muri gahunda ya Covax igamije kuzikwirakwiza mu bihugu bikennye aho byitezwe ko nyuma y’izi ruza kwakira izindi zo mu bwoko bwa Pfizer-BioNTech.

    U Rwanda rwakiriye izi nkingo nyuma y’ibindi bihugu bya Afurika birimo Ghana na Nigeria.

    Perezida Kagame yagaragaje ko ari intambwe itewe kuba u Rwanda na Afurika muri rusange bigiye gutangira gukingira abaturage babyo nubwo byagiye byirengagizwa.

    Ati “Habayeho gutegereza igihe kirekire, bamwe bakoze ibikenewe neza ndetse bari biteguye… twirengagije ko hari bamwe bagaragaye ‘nk’abari hejuru y’abandi’ kandi mu gihe twese tuzikeneye mu buryo bwihuse. Ubu ni amakuru meza kubona inkingo za COVID-19 zigera muri Afurika hatangiriwe kuri Ghana… muri iki gitondo u Rwanda n’abandi. Murakoze #Covax.”

    Perezida Kagamwe ni umwe mu bakuru b’ibihugu bya Afurika batahwemye kugaragaza ko ibikorwa byo gusaranganya urukingo rwa Covid-19 bigaragaramo agasumbane gakabije cyane cyane gasigaza inyuma Afurika.

    Mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye n’umunyamakuru wa CNN, mu ntagiriro za Gashyantare yagaragaje ko atishimiye kuba ibihugu bya Afurika bisa n’ibyibagiranye mu rugendo rwo gukingira COVID-19.

    Ati “Turabona ibindi bice by’Isi bikingira twe ntiturabikora. Ntitwabonye inkingo nyinshi, ibyo bivuze ko tukiri inyuma kure ku murongo kandi uko mbibona bamwe mu bantu ntibari ku murongo na gato wo gushaka urwo rukingo.”

    Biteganyijwe ko izi nkingo u Rwanda rwakiriye zizakoreshwa mu gukingira abari mu byago byinshi byo kwandura COVID-19. Ku ikubitiro hazatangirirwa ku bari mu nzego z’ubuzima guhera ku mujyanama w’ubuzima kugera ku muganga uri mu bitaro bya Kaminuza, abakozi bafasha mu gikorwa cyo kwirinda COVID-19, abakuze bafite hejuru y’imyaka 65 n’abarwaye indwara karande zitandukanye.

    Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije ubwo yakiraga izi nkingo yavuze ko zizewe, kandi zikaba zuzuje ibisabwa byose ku buryo nta Munyarwanda ukwiye kugira impungenge zo kuzifata.

    Yavuze ko umuturarwanda wese ugomba gukingirwa azaba yagezweho n’urukingo bitarenze Kamena 2022.

    Ati “Abaturage miliyoni 7,8 tugomba kubakingira kugeza icyo gihe, ubwo rero buri wese atekane, tuzamugeraho. Tuzajya dukingira tubikoreye mu bigo nderabuzima n’ubundi bibegereye, amakuru bazajya bayabona ku gihe.”

    Biteganyijwe ko guhera kuri uyu wa Gatatu izi nkingo zizatangira gukwirakwizwa mu gihugu cyose, ku buryo ibikorwa byo kuzitanga bizatangira ku wa 5 Werurwe. abazazihabwa bazajya bamenyeshwa hanyuma bajye ku bigo nderabuzima bazajya baziherebwaho.

    Uretse izi nkingo u Rwanda rwamaze kwakira biteganyijwe ko ku mugoroba wo kuri uyu wa 3 Werurwe rurakira zindi nkingo za Pfizer 102 960 hanyuma mu cyumweru gitaha mu ntangiro hakirwe izindi ibihumbi 500, buri kwezi hazajya hakirwa inkingo binajyane n’umubare w’abagomba gukingirwa.

    Perezida Kagame yashimye kuba inkingo za COVID-19 zaratangiye kugera muri Afurika

  • Hahishuwe uko gukorana na Pasiteri mu gutega umutego Rusesabagina byari nko kwizirikaho igisasu k’u Rwanda –

    Mu nkuru y’amagambo 7900 yatambutse muri New York Times , Umwanditsi Joshua Hammer wari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, yavuye imuzi ibikorwa byaranze Rusesabagina guhera mu 1994 kugera no ku isegonda rya nyuma ubwo yafatwaga.

    Ni inkuru igaragaramo ubuhamya bw’umugore wa Rusesabagina, Taciana Rusesabagina, ubw’abajyanama be mu Muryango yashinze, Hotel Rwanda Rusesabagina Foundation, harimo ubw’Umushinjacyaha Mukuru, Aimable Havugiyaremye, avuga uko uyu mugabo yafashwe ndetse n’ubwa Pasiteri Constantin Niyomwungere ugaruka ku rugendo rwose rwagejeje ku itabwa muri yombi n’uko ateganya gutanga ubuhamya bushinja uyu mugabo.

    Rusesabagina ageze i Dubai, ngo yandikiye umugore we amumenyesha ko ahageze, undi amubaza niba ameze neza nawe asubiza ati “Meze neza”. Yahise ajya muri Ibis Styles hotel yagombaga kuruhukiramo mbere y’uko akomeza urugendo rwe.

    Aho ku kibuga cy’indege niho inshuti ye Constantin Niyomwungere, umupasiteri ufite insengero mu Burundi, mu Rwanda no mu Bubiligi yari amutegerereje. Kugira ngo urwo rugendo rw’i Dubai rubeho bwari ku butumire bw’uyu mukozi w’Imana.

    Kitty Kurth, Umuvugizi w’Umuryango washinzwe na Rusesabagina, yavuze ko yabajije Rusesabagina icyo gihe agiye i Burundi, akanamwibutsa ko ari igihugu kiri hafi y’u Rwanda ku buryo ashobora gufatwa ariko undi ntagire icyo amubwira.

    Rusesabagina ngo ntabwo yari yigeze abwira umuryango we ko agiye mu Burundi, ahubwo yababwiye “agiye kureba abantu” i Dubai. Umugore wa Rusesabagina, Taciana, ati “Naramubajije nti ushobora kunyoherereza aho uherereye, inama zose uri bukore na nimero za telefoni? Numvaga ntashize amakenga iby’urwo rugendo”.

    Nk’uko byakunze gutangazwa, Rusesabagina ageze i Dubai yagiye muri hotel, ariyuhagira, araryama aruhuka amasaha atatu hanyuma afata urundi rugendo we na Niyomwungere. Bageze ku Kibuga cy’Indege, Pasiteri yafashe Pasiporo ye ajya gutereshamo kashe ku binjira n’abasohoka, hanyuma berekeza mu ndege yari yakodeshejwe. Ubwo bari bagezemo, buri wese bamusangije ikirahure cya Champagne, nyuma y’amasaha atanu aramukangura aramubwira ati “Tugiye kugwa i Bujumbura”.

    Ubwo ngo Rusesabagina yasohokaga mu ndege, yasanze abashinzwe umutekano batandatu bafite imbunda bamutegereje, bari abakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha, RIB, bamwambika amapingu hanyuma bamushyira mu modoka. Ni bwo Rusesabagina yamenye ko aguye mu mutego, amenya ko indege itaguye i Bujumbura nyuma yo kubona icyapa cyerekana ko ari ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali.

    Rusesabagina yatawe muri yombi biturutse ku iperereza ryari rimaze igihe rimukorwaho rishingiye ku bikorwa by’umutwe wa FLN yashinze wagabye ibitero k’u Rwanda mu 2018 bigahitana inzirakarengane mu Majyepfo y’Igihugu.

    Mu mpera za 2018, Rusesabagina yashyize kuri YouTube amashusho ari mu rurimi rw’Icyongereza ahamagarira abarwanyi be gushoza intambara k’u Rwanda. Hari nyuma gato y’ibitero byagabwe i Nyabimata mu Majyepfo y’u Rwanda.

    Icyo gihe Rusesabagina yagiranye ikiganiro na Radio Ijwi rya Amerika, abazwa niba nta mpungenge atewe n’uko ashobora kuba yatabwa muri yombi, yasubije ko we n’abantu be bitwararika, ati “Twanyuze mu nzira zikomeye, tuzabirenga”. Yavuze ko bari guharanira kubona uburenganzira bwabo nk’abanyarwanda kavukire.

    Joshua Hammer yasomeye aya magambo abajyanama ba Rusesabagina Kitty Kurth na Brian Endless, bombi babanza kugaragaza ko bafite impungenge ku mwimerere wayo, bahuriza ku kuvuga ko bitumvikana uburyo Rusesabagina yayavuga.

    Kurth yavuze ko niba ari ukuri, byaba ari ikimenyetso simusiga cy’uko Rusesabagina yashatse gushoza ibitero k’u Rwanda, gusa nyuma Kurth avuga ko ibitero bivugwa ko byagabwe mu Majyepfo bitabayeho ahubwo ari ikinyoma u Rwanda rwahimbye rushaka gushinja Rusesabagina mu gihe umugore we yavuze ko ayo magambo yafashwe uko atari.

    Mu 2019 nibwo u Rwanda rwashyize imbaraga mu gushaka guta muri yombi Rusesabagina. Hari nyuma y’ibitero bibiri bikomeye byagabwe mu Majyepfo y’u Rwanda ndetse Rusesabagina akajya ku karubanda akabyigamba.

    Polisi y’u Bubiligi yahise ihamagaza Rusesabagina wari warimukiye mu Mujyi wa Texas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika hanyuma imuhata ibibazo. Abanyarwanda babiri bakora mu nzego z’iperereza nabo bahise bajya mu Bubiligi muri icyo gikorwa. Rusesabagina yari kumwe n’umunyamategeko, yanga gusubiza ibibazo byinshi yabazwaga

    Hashize iminsi mike, umugore we yavuze ko Abapolisi bane basatse urugo rwe, bafata mudasobwa, telefoni ndetse n’inyandiko. Ati “Barebye munsi ya matola, n’ahantu hose. Bagiye mu gisenge ndetse no mu igaraje.”

    Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda, Aimable Havugiyaremye, yavuze ko inzego zishinzwe iperereza zagenzuye ubutumwa bwa WhatsApp bwa Rusesabagina n’abandi bantu, bareba ibyo baganiriye ku bitero byo mu 2018. Uwo baganiraga kuri ibyo bitero ni Constantin Niyomwungere.

    Mu ntangiriro za 2020, uyu mugabo yaje gutabwa muri yombi akurikiranyweho iterabwoba, yafashwe ubwo yari yasuye insengero ze ziri mu Rwanda.

    Umushinjacyaha Mukuru yavuze ko icyo gihe Niyomwungere yagaragaje ukwicuza kuko inshuti ye yakoze ibyaha “ikica inzirakarengane ikanatwika n’inzu”.

    Niyomwungere yashimangiye ko yaganiraga na Rusesabagina kuri ibyo bitero, akamubwira ko abarwanyi be aribo babigabye. Ati “Abo ni abantu banjye, bishe abo bantu bose mu Rwanda.”

    Uyu mugabo yavuze ko ubwo yamenyaga ko Rusesabagina yagize uruhare muri ibyo bitero by’iterabwoba, yumvise yagira uruhare mu bikorwa byafasha kugira ngo atabwe muri yombi. Umushinjacyaha Mukuru yavuze ko Niyomwungere yahisemo kudafungwa, akemerera gufasha ngo atege umutego Rusesabagina.

    Niyomwungere niwe watanze igitekerezo cy’uko ashobora guherekeza Rusesabagina mu nama n’abarwanyi ba FLN i Bujumbura mu Ntara ya Cibitoke hafi y’umupaka w’ibihugu byombi.

    Havugiyaremye ati “Yaravuze ati, mu gihe mwakodesha indege bwite, namwumvisha ko yakodeshejwe na Guverinoma y’u Burundi.”

    Niyomwungere ubwe yagize ati “Nkorana n’ubuyobozi bw’u Burundi. Nzi Guverinoma, mvugana na Perezida.”

    Uko niko umugambi wacuzwe, RIB ikodesha indege kuri kompanyi isanzwe ikorana n’u Rwanda.

    Ku wa 25 Kanama, umunsi umwe ngo Rusesabagina ahaguruke mu Mujyi wa San Antonio, Niyomwungere na we yafashe indege yerekeza i Dubai.

    Itsinda ry’Umushinjacyaha Mukuru ryari kuri dosiye ryari rifite impungenge zikomeye kuri icyo gikorwa, ibintu byasaga nko guhebera urwaje, ati “Twaribazaga tuti byagenda gute uyu mugabo atubeshye hanyuma agashaka gucika?”

    Ngo Niyomwungere yabwiye abagenzacyaha ati “Ndabizeza ko nzubaha isezerano ryanjye. Mfite insengero nshaka gukomeza kuyobora. Ntabwo nemeranya n’ibyo bakora. Munyizere.” Umushinjacyaha Mukuru ati “Twemeye kubyakira gutyo”.

    Gahunda ya Rusesabagina na Niyomwungere nk’uko yari yateguwe muri Ibis Styles hotel ni ko yagenze, hanyuma bageze ku kibuga cy’indege nibwo ibisa n’ibibazo byashatse kuvuka ubwo abapilote bavugaga ko indege yerekeje i Kigali ariko icyo gihe Rusesabagina na Niyomwungere bari bari kuganira ntiyabyumva.

    Ubwo Rusesabagina yari amaze gutabwa muri yombi i Kigali, yaketse ko na mugenzi we nawe yatawe muri yombi, nyuma y’iminsi mike nibwo yamenye ko yagambaniwe.

    Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye, yatangaje ko yavuze ko ibyo Guverinoma y’u Rwanda yakoze byari bikurikije amategeko kuko rwumvaga ko mu gihe Rusesabagina yashukwa akagera i Kigali azi ko agiye ahandi hantu, byaba ari ibintu byiza.

    Rusesabagina ari kuburana hamwe n’itsinda ry’abantu 20 bari muri FLN. Ubushinjacyaha buvuga ko buteganya kugaragaza abantu 80 bagizweho ingaruka n’ibikorwa bya Rusesabagina hamwe n’abandi batangabuhamya batatu bari abantu ba hafi ba Rusesabagina.

    Niyomwungere umaze amezi acungirwa hafi n’inzego z’u Rwanda ni umwe mu bazashinja Rusesabagina, yagize ati “Nishimiye gutanga ubuhamya bushinja umuntu ukora ibikorwa by’iterabwoba, umuntu wishe abantu. Yarampemukiye ndashaka gufasha ubutabera.”

    Pasiteri Niyomwungere azwi cyane mu Karere ka Muhanga, mu Murenge wa Nyamabuye ahazwi nko mu Ruvumera, kuko ahafite itorero yashinze rizwi nka Goshen Holy Church

    Rusesabagina ubwe yigeze kuvuga ko uko yageze mu Rwanda ari igitangaza

  • U Rwanda rwakiriye inkingo ibihumbi 240 za Coronavirus, bitarenze Kamena 2022 hazakingirwa abantu miliyoni 7,8 –

    Uru rukingo rwa AstraZeneca rwakozwe na Kaminuza ya Oxford hanyuma Ikigo cyo mu Buhinde cyitwa Serum Institute nicyo cyarutunganyije. Ku wa 15 Gashyantare nibwo OMS yatanze uburenganzira bwo kuba rwatangira gutangwa. Agacupa karwo kaba kari mu icupa ririho igipapuro cy’icyatsi cyanditseho ngo COVISHIELD.

    Mu nkingo zose za Coronavirus zimaze gukorwa, urwa AstraZeneca nirwo rwonyine rufite amabwiriza ashobora korohera abantu mu buryo bwo kurutwara no kurubika. Rushobora kubikwa mu bubiko busanzwe ahantu hari ubukonje ushobora no kubona muri firigo zikoreshwa mu buzima bwa buri munsi.

    Uru rukingo kandi nirwo ruhendutse muri zose. Dose imwe igura amadolari ane, ni hafi 4000 Frw, umuntu kugira ngo bibe byizewe ko yakingiwe neza, ahabwa ebyiri, hagati y’imwe n’indi haba harimo iminsi 21.

    Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel, ubwo yakiraga izi nkingo yavuze ko urugamba rwo gukingira Coronavirus mu Rwanda rwatangiye.

    Ati “Umugambi ni uko dukingira Abanyarwanda bangana na miliyoni 7,8, bivuze ko rero urugendo rutangiye rwo kwakira inkingo uko ziboneka, muzi ko ibihugu byinshi bizishaka ariko igihugu cyacu kirakora uko gishoboye kugira ngo inkingo ziboneke tubashe gukingira abanyarwanda vuba dusubire mu murimo, ibya Guma mu Rugo tubivemo ahubwo dusubire ku kazi.”

    Dr Ngamije yavuze ko ku ikubitiro abari mu nzego z’ubuzima guhera ku mujyanama w’ubuzima kugera ku muganga uri mu bitaro bya Kaminuza, abakozi bafasha mu gikorwa cyo kwirinda COVID-19, abakuze bafite hejuru y’imyaka 65 barwaye indwara karande zitandukanye aribo bagomba guhabwa urukingo guhera kuri uyu wa Gatanu tariki ya 05 Werurwe 2021.

    Yakomeje avuga ko izi nkingo zizewe, zuzuje ibisabwa byose kandi ko umuturarwanda wese ugomba gukingirwa azaba yagezweho n’urukingo bitarenze Kamena 2022.

    Ati “Abaturage miliyoni 7,8 tugomba kubakingira kugeza icyo gihe, ubwo rero buri wese atekane, tuzamugeraho. Tuzajya dukingira tubikoreye mu bigo nderabuzima n’ubundi bibegereye, amakuru bazajya bayabona ku gihe.”

    Ku wa Gatanu w’iki Cyumweru nibwo igikorwa cyo gukingira kizatangira, abazahabwa urukingo ku ikubitiro bagiye guhabwa ubutumwa, aho bizajya bikorwa binyuze ku rwego rw’akarere no mu zindi nzego z’ibanze.

    Izi nkingo guhera kuri uyu wa Kane zizatangira gukwirakwizwa mu gihugu cyose, abazazihabwa bazajya bamenyeshwa hanyuma bajye ku Bigo Nderabuzima ubundi bahabwe inkingo nk’uko biteganywa.

    Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu harakirwa izindi nkingo za Pfizer 102 960 hanyuma mu cyumweru gitaha mu ntangiro hakirwe izindi ibihumbi 500, buri kwezi hazajya hakirwa inkingo binajyane n’umubare w’abagomba gukingirwa.

    Magingo aya, muri gahunda ntabwo abantu bafite munsi y’imyaka 18 bari mu bazahabwa urukingo ku ikubitiro.

    Ku Isi yose inkingo miliyoni 249 nizo zimaze gutangwa, muri zo abantu miliyoni 54 nibo bakingiwe mu buryo bwuzuye, ni ukuvuga bahawe dose ebyiri zisabwa bingana na 0,69% by’abatuye Isi. U Bwongereza nicyo gihugu kimaze gutanga inkingo nyinshi dore ko mu mpera z’icyumweru gishize cyari kimaze gukingira abaturage miliyoni 20.

    Indege ya Qatar Airways itwaye inkingo za COVID-19 ubwo yageraga ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali

    Inkingo za Coronavirus zikurwa mu ndege

    Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije ni umwe mu bayobozi baje kwakira izi nkingo

    Amafoto: Kazungu Armand


  • Hahishuwe uko gukorana na Pasiteri Niyomwungeri mu gutega umutego Rusesabagina byari nko kwizirikaho igisasu k’u Rwanda –

    Mu nkuru y’amagambo 7900 yatambutse muri New York Times , Umwanditsi Joshua Hammer wari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, yavuye imuzi ibikorwa byaranze Rusesabagina guhera mu 1994 kugera no ku isegonda rya nyuma ubwo yafatwaga.

    Ni inkuru igaragaramo ubuhamya bw’umugore wa Rusesabagina, Taciana Rusesabagina, ubw’abajyanama be mu Muryango yashinze, Hotel Rwanda Rusesabagina Foundation, harimo ubw’Umushinjacyaha Mukuru, Aimable Havugiyaremye, avuga uko uyu mugabo yafashwe ndetse n’ubwa Pasiteri Constantin Niyomwungere ugaruka ku rugendo rwose rwagejeje ku itabwa muri yombi n’uko ateganya gutanga ubuhamya bushinja uyu mugabo.

    Rusesabagina ageze i Dubai, ngo yandikiye umugore we amumenyesha ko ahageze, undi amubaza niba ameze neza nawe asubiza ati “Meze neza”. Yahise ajya muri Ibis Styles hotel yagombaga kuruhukiramo mbere y’uko akomeza urugendo rwe.

    Aho ku kibuga cy’indege niho inshuti ye Constantin Niyomwungere, umupasiteri ufite insengero mu Burundi, mu Rwanda no mu Bubiligi yari amutegerereje. Kugira ngo urwo rugendo rw’i Dubai rubeho bwari ku butumire bw’uyu mukozi w’Imana.

    Kitty Kurth, Umuvugizi w’Umuryango washinzwe na Rusesabagina, yavuze ko yabajije Rusesabagina icyo gihe agiye i Burundi, akanamwibutsa ko ari igihugu kiri hafi y’u Rwanda ku buryo ashobora gufatwa ariko undi ntagire icyo amubwira.

    Rusesabagina ngo ntabwo yari yigeze abwira umuryango we ko agiye mu Burundi, ahubwo yababwiye “agiye kureba abantu” i Dubai. Umugore wa Rusesabagina, Taciana, ati “Naramubajije nti ushobora kunyoherereza aho uherereye, inama zose uri bukore na nimero za telefoni? Numvaga ntashize amakenga iby’urwo rugendo”.

    Nk’uko byakunze gutangazwa, Rusesabagina ageze i Dubai yagiye muri hotel, ariyuhagira, araryama aruhuka amasaha atatu hanyuma afata urundi rugendo we na Niyomwungere. Bageze ku Kibuga cy’Indege, Pasiteri yafashe Pasiporo ye ajya gutereshamo kashe ku binjira n’abasohoka, hanyuma berekeza mu ndege yari yakodeshejwe. Ubwo bari bagezemo, buri wese bamusangije ikirahure cya Champagne, nyuma y’amasaha atanu aramukangura aramubwira ati “Tugiye kugwa i Bujumbura”.

    Ubwo ngo Rusesabagina yasohokaga mu ndege, yasanze abashinzwe umutekano batandatu bafite imbunda bamutegereje, bari abakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha, RIB, bamwambika amapingu hanyuma bamushyira mu modoka. Ni bwo Rusesabagina yamenye ko aguye mu mutego, amenya ko indege itaguye i Bujumbura nyuma yo kubona icyapa cyerekana ko ari ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali.

    Rusesabagina yatawe muri yombi biturutse ku iperereza ryari rimaze igihe rimukorwaho rishingiye ku bikorwa by’umutwe wa FLN yashinze wagabye ibitero k’u Rwanda mu 2018 bigahitana inzirakarengane mu Majyepfo y’Igihugu.

    Mu mpera za 2018, Rusesabagina yashyize kuri YouTube amashusho ari mu rurimi rw’Icyongereza ahamagarira abarwanyi be gushoza intambara k’u Rwanda. Hari nyuma gato y’ibitero byagabwe i Nyabimata mu Majyepfo y’u Rwanda.

    Icyo gihe Rusesabagina yagiranye ikiganiro na Radio Ijwi rya Amerika, abazwa niba nta mpungenge atewe n’uko ashobora kuba yatabwa muri yombi, yasubije ko we n’abantu be bitwararika, ati “Twanyuze mu nzira zikomeye, tuzabirenga”. Yavuze ko bari guharanira kubona uburenganzira bwabo nk’abanyarwanda kavukire.

    Joshua Hammer yasomeye aya magambo abajyanama ba Rusesabagina Kitty Kurth na Brian Endless, bombi babanza kugaragaza ko bafite impungenge ku mwimerere wayo, bahuriza ku kuvuga ko bitumvikana uburyo Rusesabagina yayavuga.

    Kurth yavuze ko niba ari ukuri, byaba ari ikimenyetso simusiga cy’uko Rusesabagina yashatse gushoza ibitero k’u Rwanda, gusa nyuma Kurth avuga ko ibitero bivugwa ko byagabwe mu Majyepfo bitabayeho ahubwo ari ikinyoma u Rwanda rwahimbye rushaka gushinja Rusesabagina mu gihe umugore we yavuze ko ayo magambo yafashwe uko atari.

    Mu 2019 nibwo u Rwanda rwashyize imbaraga mu gushaka guta muri yombi Rusesabagina. Hari nyuma y’ibitero bibiri bikomeye byagabwe mu Majyepfo y’u Rwanda ndetse Rusesabagina akajya ku karubanda akabyigamba.

    Polisi y’u Bubiligi yahise ihamagaza Rusesabagina wari warimukiye mu Mujyi wa Texas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika hanyuma imuhata ibibazo. Abanyarwanda babiri bakora mu nzego z’iperereza nabo bahise bajya mu Bubiligi muri icyo gikorwa. Rusesabagina yari kumwe n’umunyamategeko, yanga gusubiza ibibazo byinshi yabazwaga

    Hashize iminsi mike, umugore we yavuze ko Abapolisi bane basatse urugo rwe, bafata mudasobwa, telefoni ndetse n’inyandiko. Ati “Barebye munsi ya matola, n’ahantu hose. Bagiye mu gisenge ndetse no mu igaraje.”

    Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda, Aimable Havugiyaremye, yavuze ko inzego zishinzwe iperereza zagenzuye ubutumwa bwa WhatsApp bwa Rusesabagina n’abandi bantu, bareba ibyo baganiriye ku bitero byo mu 2018. Uwo baganiraga kuri ibyo bitero ni Constantin Niyomwungere.

    Mu ntangiriro za 2020, uyu mugabo yaje gutabwa muri yombi akurikiranyweho iterabwoba, yafashwe ubwo yari yasuye insengero ze ziri mu Rwanda.

    Umushinjacyaha Mukuru yavuze ko icyo gihe Niyomwungere yagaragaje ukwicuza kuko inshuti ye yakoze ibyaha “ikica inzirakarengane ikanatwika n’inzu”.

    Niyomwungere yashimangiye ko yaganiraga na Rusesabagina kuri ibyo bitero, akamubwira ko abarwanyi be aribo babigabye. Ati “Abo ni abantu banjye, bishe abo bantu bose mu Rwanda.”

    Uyu mugabo yavuze ko ubwo yamenyaga ko Rusesabagina yagize uruhare muri ibyo bitero by’iterabwoba, yumvise yagira uruhare mu bikorwa byafasha kugira ngo atabwe muri yombi. Umushinjacyaha Mukuru yavuze ko Niyomwungere yahisemo kudafungwa, akemerera gufasha ngo atege umutego Rusesabagina.

    Niyomwungere niwe watanze igitekerezo cy’uko ashobora guherekeza Rusesabagina mu nama n’abarwanyi ba FLN i Bujumbura mu Ntara ya Cibitoke hafi y’umupaka w’ibihugu byombi.

    Havugiyaremye ati “Yaravuze ati, mu gihe mwakodesha indege bwite, namwumvisha ko yakodeshejwe na Guverinoma y’u Burundi.”

    Niyomwungere ubwe yagize ati “Nkorana n’ubuyobozi bw’u Burundi. Nzi Guverinoma, mvugana na Perezida.”

    Uko niko umugambi wacuzwe, RIB ikodesha indege kuri kompanyi isanzwe ikorana n’u Rwanda.

    Ku wa 25 Kanama, umunsi umwe ngo Rusesabagina ahaguruke mu Mujyi wa San Antonio, Niyomwungere na we yafashe indege yerekeza i Dubai.

    Itsinda ry’Umushinjacyaha Mukuru ryari kuri dosiye ryari rifite impungenge zikomeye kuri icyo gikorwa, ibintu byasaga nko guhebera urwaje, ati “Twaribazaga tuti byagenda gute uyu mugabo atubeshye hanyuma agashaka gucika?”

    Ngo Niyomwungeri yabwiye abagenzacyaha ati “Ndabizeza ko nzubaha isezerano ryanjye. Mfite insengero nshaka gukomeza kuyobora. Ntabwo nemeranya n’ibyo bakora. Munyizere.” Umushinjacyaha Mukuru ati “Twemeye kubyakira gutyo”.

    Gahunda ya Rusesabagina na Niyomwungere nk’uko yari yateguwe muri Ibis Styles hotel ni ko yagenze, hanyuma bageze ku kibuga cy’indege nibwo ibisa n’ibibazo byashatse kuvuka ubwo abapilote bavugaga ko indege yerekeje i Kigali ariko icyo gihe Rusesabagina na Niyomwungere bari bari kuganira ntiyabyumva.

    Ubwo Rusesabagina yari amaze gutabwa muri yombi i Kigali, yaketse ko na mugenzi we nawe yatawe muri yombi, nyuma y’iminsi mike nibwo yamenye ko yagambaniwe.

    Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye, yatangaje ko yavuze ko ibyo Guverinoma y’u Rwanda yakoze byari bikurikije amategeko kuko rwumvaga ko mu gihe Rusesabagina yashukwa akagera i Kigali azi ko agiye ahandi hantu, byaba ari ibintu byiza.

    Rusesabagina ari kuburana hamwe n’itsinda ry’abantu 20 bari muri FLN. Ubushinjacyaha buvuga ko buteganya kugaragaza abantu 80 bagizweho ingaruka n’ibikorwa bya Rusesabagina hamwe n’abandi batangabuhamya batatu bari abantu ba hafi ba Rusesabagina.

    Niyomwungere umaze amezi acungirwa hafi n’inzego z’u Rwanda ni umwe mu bazashinja Rusesabagina, yagize ati “Nishimiye gutanga ubuhamya bushinja umuntu ukora ibikorwa by’iterabwoba, umuntu wishe abantu. Yarampemukiye ndashaka gufasha ubutabera.”

    Pasiteri Niyomwungeri azwi cyane mu Karere ka Muhanga, mu Murenge wa Nyamabuye ahazwi nko mu Ruvumera, kuko ahafite itorero yashinze rizwi nka Goshen Holy Church

    Rusesabagina ubwe yigeze kuvuga ko uko yageze mu Rwanda ari igitangaza

  • Rubavu: Bahangayikishijwe n’agatsiko karara gatera amabuye ku nzu zabo –

    Uretse kuba bahangayikishijwe n’umutekano, ngo ibi binabangiriza inzu kuko aya mabuye aterwa amena ibirahure by’amadirishya akabasanga aho baryama. Aba baturage bavuze ko ijoro ryose bataryama kuko baba bategereje urupfu kubera ubwinshi bw’amabuye aterwa ku nzu zabo akangiza ibirahuri.

    Kahambo Judith yavuze ko hashize ibyumweru bibiri we n’umuryango we bataryama bisanzuye kubera amabuye batera ku nzu umunsi ku munsi asaba ubuyobozi kubatabara.

    Ati “Kuva ku wa Gatandatu taliki 20 Gashyantare iyo bigeze saa Moya batera amabuye ku ngo zose aba ameze nk’amasasu. Abanyerondo baraje bageze iwanjye babura aho amabuye ava barabireka, batubwiye ngo tujye kurega dutegereje ikizavamo. Badutabare kuko ubu twiryamira saa Kumi, ubuyobozi nibudutabare kuko turahangayitse’’

    Habimana Samuel we yavuze ko ibibabaho atari ubujura ahubwo ari urugomo kuko biba buri munsi ku masaha amwe.

    Ati “Byatubereye urujijo uburyo aya mabuye aza ni ibintu bidasanzwe. Uba wumva ari ingo zose utamenya aho aturuka kuko aba ava hirya no hino, si ubujura kuko biba iminsi yose kuva 20 Gashyantare buri munsi badutera amabuye, ubuyobozi budufashije bwakurikirana abakora uru rugomo.’’

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugerero, Nkurunziza Faustin yavuze ko bufatanye n’inzego z’umutekano bari gurikirana iki kibazo ngo hari n’abafashwe bagomba gukorwaho iperereza.

    Ati “Aba baturage baratabaje twarabatabaye hamwe na polisi na RIB hamwe n’ubuyobozi dukurikirana amakuru haza kugaragara ko aho byabereye hari ingo ebyiri zisanzwe zifitanye amakimbirane. Mu bushishozi twabashyikirije Urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha sitasiyo ya Rugerero kugira ngo bakore iperereza ukuri kugaragare n’ababiri inyuma bamenyekane.’’

    Aba bantu batazwi batera amabuye mu ngo z’abaturage bibasira ingo zirindwi z’abaturage bo muri uyu Mudugudu wa Kabarora. Nubwo abayobozi bavuga ko hari imiryango ibiri ifitanye amakimbirane, aba baturage bavuga ko ntaho bahuriye n’amakimbirane kuko bitatuma umudugudu wose urara udasinziriye.

    Hakunzwe kuvugwa agatsiko gakora ibikorwa by’urugomo kiyita Abuzukuru ba Shitani mu Murenge wa Gisenyi abaturage bakaba bavuga ko baba aribo bimukiye mu Mirenge ya Rugerero na Rubavu akaba ari nabo baba barimo guteza umutekano muke nubwo ubuyobozi butabyemera.

    Aya mabuye aterwa ku nzu z’aba baturage yangiza ibirahure akabasangamo imbere

    Barasaba ko ubuyobozi bwabafasha kuko ngo bahangayikishijwe n’umutekano wabo

    Iki gikorwa cy’urugomo ngo cyatangiye kwibasira aba baturage muri Gashyantare

  • U Rwanda rwakiriye inkingo ibihumbi 240 za Coronavirus –

    Uru rukingo rwa AstraZeneca usibye kuba rwarakozwe na Kaminuza ya Oxford, Ikigo cyo mu Buhinde cyitwa Serum Institute nicyo cyarutunganyije. Ku wa 15 Gashyantare nibwo OMS yatanze uburenganzira bwo kuba rwatangira gutangwa. Agacupa karwo kaba kari mu icupa ririho igipapuro cy’icyatsi cyanditseho ngo COVISHIELD.

    Inkuru irambuye ni mu kanya…

    Inkingo za Coronavirus zageze mu Rwanda zitwawe n’indege ya Qatar Airways / Ifoto: The NewTimes