Tag: featured

  • BNR yihanangirije ‘Health People Group’ ishinja kwitwara nk’aho icuruza ubwishingizi –

    Mu itangazo BNR yashyize hanze ku wa 3 Werurwe, yavuze ko iyi sosiyete icuruza izi serivisi ku bantu ku giti cyabo n’ibigo ibinyujije mu bufatanye igirana n’abafatanyabikorwa batanga serivisi z’ubuvuzi.

    Muri iri tangazo BNR ikomeza ivuga ko ibi byose HPG ibikora nta burenganzira yabiherewe.

    Iti “Health People Group (HPG) ntiyigeze ihabwa uruhushya rwo gukora umurimo w’ubwishingizi na BNR kandi ari umurimo igenzura nk’uko biteganywa n’itegeko […] ryerekeye imitunganyirize y’umurimo w’ubwishingizi ribuza uwo ariwe wese gukorera umurimo w’ubwishingizi cyangwa ibindi bikorwa bifitanye isano nabwo kwirengera ingaruka zabyo.”

    “Ishingiye ku mategeko ndetse n’ibikorwa byavuzwe haruguru, BNR iramenyesha abantu bose ko Health People Group (HPG) atari ikigo cy’ubwishingizi cyemewe kuko nta ruhushya cyabiherewe.”

    Yakomeje iburira abakorana n’iyi sosiyete ko bakwiye kuzirengera ingaruka zaturuka ku masezerano bagirana.

    Ku murongo wa telephone, IGIHE yagerageje kuvugisha ubuyobozi bwa Health People Group (HPG), ariko umukozi wo muri iki kigo avuga ko batarabona iryo tangazo.

    Ku mbuga zitandukanye z’iyi sosiyete igaragaza ko itanga ubwishingizi

  • Cyusa yakoze indirimbo yakomoye ku butwari bwa nyina –

    Muri iyi ndirimbo mu nyikirizo aririmba ati “Mama wambyaye, Mama nkesha imico myiza, ukora ngo nishime, ngo nezerwe ushakashaka hose ngo mbeho neza. Mama wambyaye.”

    Mu gitero cya mbere agira ati “Nakugereranya na nde, nakunganya nkande, wowe wemeye kuba babiri uri umwe ,undata hose ngo bamenye uri igitego mu babyeyi uri imena mu bishongore, uri indatwa itaratwa n’uwo yakoreye gusa kuko imbabazi zawe zigaragara hose aho ugeze hose mama wambyaye.”

    Uyu muhanzi yabwiye IGIHE ko iyi ndirimbo yayihimbiye muri rusange abagore barera abana bonyine.

    Ati “Ni indirimbo nahimbiye ababyeyi b’abamama muri rusange, mvuga ubutwari bwabo muri rusange, kwigomwa kwabo kugira ngo tubeho neza twe abana. Ni indirimbo natuye ababyeyi bakora umurimo wo kuba se w’umwana na nyina.”

    Akomeza avuga ko by’umwihariko yayikomoye kuri mama we wamureze wenyine ariko agakora iyo bwabaga, ku buryo nta kintu yigeze amuburana mu buzima.

    Ati “Nayikomoye ku butwari mama wanjye yanderanye. Aba aha babiri papa atakiriho yarapfuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Akaba ankujije kugera ubu kandi ntacyo namuburanye nk’umubyeyi numva nayitura abanyarwanda bose cyane cyane ababyeyi.”

    Cyusa Ibrahim ni umuhanzi uzwi mu muziki gakondo. Uyu musore uri gusatira imyaka 31 amaze kwamamara mu bihangano bitandukanye bigaruka ku muco nyarwanda.

    Mu gihe amaze atangiye gushyira hanze ibihangano, ni umwe mu barangamiwe mu gisekuru cye kubera gutera umugongo injyana z’amahanga akimakaza gakondo.

    Amaze gukora indirimbo zirimo ‘Umutako’, ‘Mbwire nde’, ‘Rwanda Nkunda Migabo’, ‘Umwitero’ ndetse n’iza kera yasubiyemo nka ‘Imparamba’, ‘Muhoza wanjye’, ‘Umwiza’ n’izindi.

    Cyusa yahimbiye indirimbo umubyeyi we

    Cyusa ni umwe mu bahanzi bagezweho bari mu njyana gakondo

  • LIVE: Paul Rusesabagina yasubiye mu rukiko, atanga inzitizi ko “yashimuswe” (Video) –

    Kuri uyu wa Gatanu hategerejwe kumvwa inzitizi zitangwa na Rusesabagina zituma adashobora kuburana mu mizi.

    Uru rubanza ruri kuburanishirizwa mu cyumba cy’Urukiko rw’Ikirenga ruri ku Kimihurura mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus.

    Rusesabagina Paul wabaye Umuyobozi w’Impuzamashyaka ya MRCD ufite Umutwe w’Ingabo wa FLN wagize uruhare mu bitero byagabwe ku Rwanda bikagwamo abaturage b’inzirakarengane mu bihe bitandukanye, yanagaragarije urukiko ko hari indi mbogamizi ikomeye ituma ataburana mu mizi.

    KURIKIRA UKO URUBANZA RURI KUGENDA:

    09:08: Hashize amasaha 40, Ubushinjacyaha bubonye umwanzuro

    Rusesabagina yabajije impamvu badahabwa umwanya uhagije wo gusuzuma umwanzuro.

    Ati “Nkuko babonye umwanya wo gusoma iyo dosiye, natwe turawukeneye ku buryo tuzahura tukaganira, turi ku ntebe imwe n’ameza amwe. Tureshya ntawe usumba undi.’’

    09:03: Me Rudakemwa yavuze ko buri gihe haba hagamijwe urubanza ruboneye kandi ibyo ntibyashoboka umuntu atiteguye ngo abone icyo mugenzi we yasubije ku nzitizi yatanze.

    Ati “Turasanga ari umutego, mumbabarire kuri iryo jambo. Ubwo Ubushinjacyaha buvuga ko butangaza ko bwitegura kuburana habura iki ngo imyanzuro ishyirwe muri system. Bagomba kubikora mbere, abantu bakagera hano biri mu buryo.’’

    08:57: Mu gusubiza, Ubushinjacyaha bwavuze ko atari ikosa ryabwo kuba butarasubije ku myanzuro ahubwo ari irya “Rusesabagina n’abamwunganira batinze gushyira imyanzuro muri system.’’ Bwagaragaje ko bwiteguye kuburana imyanzuro igashyirwa muri system nyuma.

    08:55: Me Rudakemwa yabajije impamvu Ubushinjacyaha ntacyo bwasubije ku nzitizi za Rusesabagina.

    -  RUSESABAGINA YAVUZE KO INZITIZI AFITE ARI UKO “YASHIMUSWE”

    08:52: Rusesabagina yavuze ko yagejejwe mu Rwanda ashimuswe.

    Ati “Ndi hano mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Narashimuswe. Ndashaka kubanza gusubizwa uburenganzira bwanjye, mfungurwe.’’

    -  Gatera Gashabana ntiyabonetse mu rukiko

    Gatera Gashabana wunganira Rusesabagina yandikiye Urukiko amenyesha ko ataboneka mu rukiko kubera urundi rubanza afite mu Mujyi wa Arusha muri Tanzania.

    Rusesabagina yunganiwe na Me Rudakemwa Félix.

    -  Urukiko rwasuye gereza rureba uko Rusesabagina afunzwe

    Nyuma y’ibiganiro byahuje urukiko, Rusebagina n’abunganizi be, abayobozi ba gereza, urukiko rwabonye ko hari ibigomba gukosorwa birimo uburyo afashwa mu gutegura urubanza rwe.

    Bitewe n’ubunini bwa dosiye, akwiye guhabwa imashini izashyirwamo dosiye, ndetse agahabwa igihe gihagije cyo gutegura urubanza rwe.

    Urukiko rwanasabye ko inyandiko za Paul Rusesabagina zirebana n’urubanza zitajya zifatirwa ariko inyandiko zindi zajya zikorerwa urutonde rugahabwa ubuyobozi bwa gereza.

    08:30: Perezida w’Inteko iburanisha, Muhima Antoine atangiye iburanisha avuga ko uyu munsi humvwa ubwiregure bwa Paul Rusesabagina.


  • PAC yasabye ko hakorwa ubugenzuzi ku kimoteri cya Nduba –

    Ibi Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite yabitangaje ku wa 2 Werurwe 2021, ubwo yagezaga raporo kuri Komisiyo ishinzwe kugenzura Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo bya Leta, PAC, ku ngendo Abadepite bakoze mu turere hakaza gufatwa umwanzuro ku isuku n’isukura.

    Mu Ukwakira 2020, Inteko Rusange yahaye PAC inshingano zo gukurikirana ibijyanye n’imikoreshereze y’ingengo y’imari yagenewe gutunganya no kubaka ikimoteri kigezweho cya Nduba nyuma yo kubona ko yagiye yiyongera ariko ntitange umusaruro.

    Raporo ya Komisiyo ishinzwe Ubukungu n’Ubucuruzi mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yagejeje kuri PAC mu Ukwakira 2020, yerekanye ko Ikimoteri cya Nduba gikusanyirizwamo imyanda yose yo mu Mujyi wa Kigali, cyaba gishyira mu kaga abagitururiye.

    Ubusanzwe iki kimoteri cyahoze mu Karere ka Kicukiro ariko kiza kwimurirwa i Nduba hatabayeho inyigo, ari nabyo Abadepite bagaragaza ko bituma ingengo y’imari igenda yiyongera.

    Iki kimoteri gifitwe mu nshingano na Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Umujyi wa Kigali, Ikigo gishinzwe Amazi Isuku n’Isukura, WASAC ndetse n’Ikigo gishinzwe kurengera ibidukikije, REMA, ariko kikaba gikurikiranwa na Sosiyete ya COWI.

    Perezida wa PAC, Muhakwa Valens, yavuze ko mu gusesengura ikibazo kijyanye n’ikimoteri cya Nduba ,PAC yasuzumye inyandiko zicyerekeye, inagira inama inzego zifite aho zihurira na cyo zirimo Umujyi wa Kigali.

    Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta yatangaje ko muri raporo yakoze, byagaragaye ko ikimoteri kimaze gutwara miliyari 2,5 Frw.

    Ubwo PAC yaganiraga n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, bwagaragazaga ko iki kimoteri kimaze gutwara miliyari 2,7 Frw.

    Perezida wa PAC yavuze ko komisiyo isanga ingengo y’imari yakoreshejwe mu micungire y’ikimoteri cya Nduba yaragiye yiyongera bityo ko hakenewe kumenya ingengo y’imari nyakuri igaragaza amafaranga yose amaze gukoreshwa kuri cyo.

    Perezida wa PAC, Muhakwa Valens, yabwiye IGIHE ko Umujyi wa Kigali wafashe umwanzuro wo kubanza gukora inyigo, izerekana amafaranga agomba gukoreshwa.

    Ati ”Ni yo mpamvu twafashe umwanzuro tuvuga tuti biragaragara ko ingengo y’imari igenda izamuka, bityo ko hakwiye ko hakorwa inyigo y’amafaranga amaze kugenda kuri kiriya kimoteri.”

    Yakomeje ati “Ubwo inyigo nayo ikazagaragaza ngo amafaranga amaze kugenda kuri kiriya kimoteri ni ayahe?”

    Yavuze ko Umujyi wa Kigali watanze igihe cyo kuba muri uku kwezi kwa Werurwe kuzarangira inyigo yarangiye.

    Ati “Tuganira n’Umujyi wa Kigali batubwiraga ko inyigo ukwezi kwa Werurwe gushobora kurangira yabonetse. Rero dufite icyizere ko niboneka izagaragaza amafaranga azagenda kuri kiriya kimoteri kugeza gitangiye kubyara umusaruro.”

    Mu bindi bibazo byagaragajwe muri raporo ni uko abaturage bari batuye hafi y’Ikimoteri bagombaga kwimurwa batahawe ingurane.

    Abagera kuri 40% mu baturage 444 nibo bahawe ingurane.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Gasabo, Umwari Pauline, yabwiye IGIHE ko hari abari barahawe ingurane ariko ubu hari abandi 93 babaruriwe imitungo ariko batarahabwa ingurane.

    Umwari yavuze ko impamvu batinze kubarurirwwa, basanze harimo abagifite imbogamizi.

    Ati “Hari abakera bo kimoteri cya mbere bagera kuri 32 bari bafite ibibazo by’ibyangombwa, 12 barabyujuje n’amafaranga barayahawe.”

    “Muri barindwi basigaye harimo abagifite imbogamizi bisaba ko bajya mu nkiko ariko nabo bagiriwe inama y’icyo bagomba gukora.”

    Umwari Pauline yabwiye IGIHE ko kuri uyu wa Gatanu Njyanama y’Akarere ijya kuganira n’abatarabaruriwe ngo harebwe uko imitungo ihagaze babone kwishyurwa.

    Iki kimoteri kimenwamo imyanda irenga toni 500 buri munsi.

    Kiri ku buso bwa hegitare 24.42 mu gihe biteganyijwe ko kizagurwa kikangana na hegitare 54.

    Abadepite basabye ko hakorwa inyigo igaragaza amafaranga yose akoreshwa ku kimoteri cya Nduba /Ifoto: Kwizera Emmahuel

  • Hubert Védrine yakorogoshowe n’abanyamakuru bamubajije uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi –

    Mu magana y’abakomeje kwihunza uruhare rwabo muri Jenoside yakorewe Abatutsi harimo na Hubert Védrine, yabaye Umunyamabanga Mukuru w’Ibiro bya Perezida w’u Bufaransa (Elysée) ku bwa François Mitterrand, nyuma aba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga (1997-2002).

    Hubert Védrine yumvikana kenshi atangaza amagambo yo guhakana no gupfobya Jenoside.

    Uyu mugabo w’imyaka 73 muri iyi minsi ari kugarukwaho by’umwihariko mu bihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa asobanura igitabo cye “Dictionnaire amoureux de la géopolitique’’ kivuga ku mateka y’abantu n’ibintu bitandukanye.

    Iki gitabo cy’amapaji 372, cyibanda ku buzima bwa politiki y’Isi kuva mu bihe byashize, uko ibihugu bihanganye n’icyorezo cya COVID-19, imibereho y’abayobozi bakomeye ku Isi barimo Joe Biden, Vladimir Putin; ibyaranze ubutegetsi bwa Barack Obama n’ibindi.

    Mu kiganiro yagiranye na RFI ku wa Gatandatu, abanyamakuru bamubajije ku nyuguti ya ‘R’ ihagarariye u Rwanda mu gitabo cye, ariko icyo kiganiro kiza kurangira havutse amahari.

    Bitandukanye n’abandi banyamakuru, abakiriye Hubert Védrine bamubajije byimbitse ibyerekeye uruhare rw’u Bufaransa mu Rwanda hagati ya 1990-1994, kugeza ubwo yarakariye mu kiganiro anavuga ko ‘bahagarika ibibazo kuko atari mu ibazwa.’

    Hubert Védrine wari umuntu wa hafi ya Mitterrand yakunze kubazwa inshuro nyinshi ku byerekeye iyo nyuguti ya “R” ariko ntihatangwe igisubizo kimara ayo matsiko.

    Ibi ni ko byagenze ku wa Gatandatu, umunyamakuru yabyukije ibyerekeye inyandiko zabonywe n’umushakashatsi zerekana ko ku wa 17 Nyakanga 1994, Ibiro bya Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga byatanze itegeko ryo gutorokesha abajenosideri bari mu gace kagenzurwaga n’Ingabo z’Abafaransa.

    Yagize ati “Nta gishya kiri muri icyo kirego.’’

    Umunyamakuru yahise amubaza ko nubwo avuga ibyo hashize igihe hari indi nyandiko yabonywe aho nanone Védrine yavugaga ko nta kibazo ku guhagarika abicanyi. Ati “Barabaretse, bambuka umupaka.’’

    Inyandiko y’ibanga yo ku wa 15 Nyakanga 1994 ya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, yayoborwaga na Alain Juppé yohererejwe uwari Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda, Yannick Gérard. Uyu icyo gihe yari yamaze kwandikira Guverinoma y’u Bufaransa asaba amabwiriza agomba kubahirizwa kugira ngo hatabwe muri yombi abayobozi yanditse muri télégramme agaragaza ko ‘bagize uruhare rukomeye muri Jenoside.’

    Abayobozi benshi bo muri Leta yakoze Jenoside barimo Perezida Théodore Sindikubwabo, bari mu gace kagenzurwaga n’Ingabo z’u Bufaransa hafi y’Umupaka w’icyari Zaïre. Yaje guhungira muri icyo gihugu muri Nyakanga 1994, afashijwe n’Ingabo z’u Bufaransa. Yapfuye mu 1998 ndetse yari atarabazwa ku byaha yakoze.

    Umunyamakuru wa RFI yakomeje kumwotsa igitutu abaza Védrine ku ruhare rwe n’urw’igihugu rwe bituma azabiranwa n’umujinya ararakara.

    Mu kumusubiza no kwerekana ko adashimishijwe n’icyo yabajijwe, Védrine yagize ati “Mubireke, si ibazwa.’’

    Ubusanzwe abanyamakuru bakiraga uyu musaza bakundaga gusa n’abaruma bahuhaho ndetse bacaga ku ruhande ibibazo bijyanye n’uruhare rwe muri Jenoside, kugeza ubwo abaharanira inyungu z’abacitse ku icumu bibutsa iteka ko bakwiye kubazwa urwo ruhare kugira ngo batange ibisobanuro, nibiba ngomba n’ubutabera bukore akazi kabwo.

    Mu Gitabo cye, Védrine akomoza ku nyandiko ebyiri ‘thèses’, zirimo ishinja u Bufaransa n’itera utwatsi ibyo birego.

    Abahanga berekana ko mu kubara iyo nkuru hari aho umwanditsi yanyuranyije n’ukuri kw’ibyabaye.

    Védrine avuga ko ‘U Bufaransa bwinjiye mu Rwanda’ bushaka guhagarika ‘Intambara ya Gisivili’ nyuma y’igitero cya FPR yinjiye mu gihugu inyuze ku Mupaka wa Uganda mu 1990.

    Mu by’ukuri izo ngabo zari abana b’impunzi z’abo mu bwoko bw’Abatutsi bameneshejwe mu byabo mu Rwanda kubera ubwicanyi bakorewe.

    Mu nyandiko ye, avuga ku nyuguti ya “R” ihagarariye u Rwanda, ntakomoza kuri iryo hohoterwa n’icengezamatwara ry’urwango ryakorewe Abatutsi hagati ya 1990 na 1994 cyangwa se nibura avuge ijambo ku bagize uruhare muri Jenoside.

    Hari aho yivuyemo yandika ko muri Mata 1994, ubwo ubwicanyi bwatangiraga FPR ‘yinjiye mu gihugu’.

    Ibi bihabanye n’ukuri kuko ingabo za FPR zari zarageze mu gihugu ndetse no mu Murwa Mukuru wa Kigali, kuva ubwo amasezerano y’amahoro yashyirwaga mu bikorwa.

    Védrine akomeza abara inkuru kugeza ku wa 6 Mata 1994, ubwo indege yari itwaye Perezida Habyarimana Juvénal yaraswaga ‘ibyo avuga nk’imbarutso ya Jenoside’ nyamara akirengagiza ko ari umugambi wacuzwe by’igihe kirekire.

    Nyuma y’urupfu rwa Habyarimana, benshi mu bari bagize Guverinoma yakoze Jenoside bahawe ikaze mu Bufaransa, basaba ubujyanama n’intwaro mu gihe Jenoside yari irimbanyije.

    Mu 2014, Védrine ni bwo yemereye Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ko bakomeje gutanga intwaro nyuma y’uko ubwicanyi butangiye. Azi neza kandi ko ku wa 22 Gicurasi 1994, Habyarimana yandikiye François Mitterrand amushimira inkunga u Bufaransa bwatanze kugeza ‘uwo munsi’.

    Umufaransa Hubert Védrine yarakaye ubwo yahatwaga ibibazo ku ruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

  • Haravugwa imirwano ikaze i Burundi hafi y’umupaka n’u Rwanda; FDLR na FLN ziratungwa agatoki –

    Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI, yavuze ko iyi mirwano yatangiye gututumba ubwo inyeshyamba za FDLR n’abarwanyi ba FLN bafite ibirindiro mu Ishyamba rya Kibira bagabaga ibitero mu bice byegeranye n’u Rwanda baturutse muri Komini Mabayi mu Ntara ya Cibitoke.

    Amakuru agera kuri IGIHE avuga ko iyi mitwe yari ifite intego yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda gusa ntiyabasha kubigeraho kuko yakomwe mu nkokora, imirwano ibera ku butaka bw’u Burundi.

    Kugeza ubu muri ibi bice bihana imbibi n’u Rwanda umutekano wakajijwe kugeza naho Leta y’u Burundi ifata icyemezo cyo kongera umubare w’ingabo zibarizwa muri ako gace.

    Hari hashize iminsi hatumvikana ibitero bya FDLR na FLN biturutse mu Burundi, iki kikaba ari ikimenyetso cy’uko imikorere y’iyi mitwe muri iki gihugu yongeye kubura nubwo yazahajwe bikomeye nyuma yo gupfusha benshi mu barwanyi bayo baguye mu bitero bagiye bagabwaho n’ingabo za Leta ya Congo Kinshasa ’FARDC’. Hari na bamwe muri aba barwanyi b’iyi mitwe kuri ubu bafungiye mu Rwanda.

    Umutekano muke mu bice by’u Burundi byegereye u Rwanda waherukaga muri Kamena 2020 ubwo abantu bitwaje imbunda batamenyekanye baturutse i Burundi bateye Ikigo cya Gisirikare kiri mu Murenge wa Ruheru mu Karere ka Nyaruguru mu Majyepfo y’igihugu.

    Iki gitero cyaje gikurikira ibindi bitandukanye FLN yagiye igaba mu Majyepfo y’u Rwanda uturutse mu Burundi cyane cyane mu Murenge wa Nyabimata muri Nyaruguru bigahitana inzirakarengane zitandukanye ariko ingabo z’igihugu zikahagoboka.

    Ingabo z’u Burundi zoherejwe ku bwinshi ku Mupaka uhuza iki gihugu n’u Rwanda/ Ifoto: MARCO LONGARI / AFP

  • Gatsibo: Gitifu w’Akagari yafatiwe mu kabari, arwanya abarimo Gitifu w’Umurenge –

    Ibi byabaye Saa Mbili zo mu ijoro ryo kuwa Gatatu tariki ya 3 Werurwe 2021 bibera mu Kagari ka Bibare mu Murenge wa Muhura.

    Uwahaye amakuru IGIHE yavuze ko ubwo bari bari kugenzura uko amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19 ari kubahirizwa, inzego z’umutekano n’ubuyobozi bw’Umurenge bageze mu Kagari ka Bibare basanga ukayobora by’agateganyo ari mu kabari n’abandi bantu benshi basinze.

    Ubwo ngo babakuraga mu kabari, Gitifu w’Akagari wari wasinze cyane ngo yanze kugasohokamo ahubwo asingira umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge amukubita inshyi nyinshi n’ingumi barabakiza, abandi ngo babaciye amande we bamujyana kumufunga.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhura Rugengamanzi Steven yabwiye IGIHE ko koko uyu Gitifu w’Akagari ka Bibare yasanganwe n’abantu icumi mu kabari k’uhagarariye abikorera muri ako Kagari kandi ngo si ku nshuro ya mbere bari bihanangirijwe.

    Yakomeje agira ati “ Ibyemezo byashyizweho n’inama Njyanama y’Akarere ni uko ufatiwe mu kabari acibwa ibihumbi icumi nyirako agacibwa 100 000 Frw hakabaho kubagira inama, abo rero si ubwa mbere tubafatiyemo kandi abenshi aribo twagafatanyije kureba abaturage barenga ku mabwiriza.”

    Yakomeje agira ati “ Bamwe twabagiriye inama tubaca amande baragenda noneho umuyobozi we biza kugenda uko, ariko ntabwo yankubise, yagiye kugirwa inama kuko urumva iyo umuntu yanyweye agasembuye ntabwo aba atekereza neza.”

    Gitifu Rugengamanzi yahakanye amakuru yo kumukubita avuga ko bitashoboka ko arwana n’uwo ayobora. Ati “ Yahise ajya kugirwa inama kubera ko nyuma habayeho imyitwarire itarangwa umuyobozi kubera uburyo yari amezemo.”

    Ati “ Uyu muyobozi ntiyashatse kugirwa inama kandi yasanzwe ahantu atari akawiriye kuba ari, rero niho yazamukiye agira umujinya kuko yasanzwe mu kabari yanasinze, urumva yafatiwe mu makosa anashaka kugumura abaturage kandi ari no mu makosa rero haraza gufatwa icyemezo kimubereye.”

    Kuri ubu uyu Gitifu w’Akagari afungiwe kuri sitasiyo ya Polisi Muhura mu gihe ategerejwe ibindi bihano ngo kuko mu byo yakoze yanashatse kugumura abaturage.

    Ibiro by’akarere ka Gatsibo, mu ntara y’Iburasirazuba

  • Nyamasheke: Biyemeje kwikura mu bukene babikesheje ubuhinzi bw’icyayi –

    Ni abaturage basanzwe bafashwa n’umuryango Compassion International, bagize icyo gitekerezo. Buri munyamuryango yishakamo ibihumbi 15 Frw maze uwo muryango ubinyujije mu itorero rya Ababatisita (UEBR) Paruwasi ya Gatabe, ikabashakira imbuto .

    Ndikubwimana Charles umwe muri bo yagize ati “Twabanje gukorera mu matsinda dupanga gahunda yo kugura umurima, twiyemeza guhinga icyayi kuko hari uruganda rumaze igihe gito rutwegerejwe (Cyato plantation tea factory).”

    Aba baturage bagize itsinda ‘Igisubizo’ bavuga ko bari basanzwe batifashije kuburyo kubona ubwisungane mu kwivuza n’ibindi bitandukanye mu mibereho ya buri munsi byabagoraga ariko bakaba bizeye ko iki cyayi nikimara kwera, ibyo bibazo bizakemuka.

    Niyitegeka Christine ati “kigiye kudufasha kwiteza imbere, kikadukura mu ngoyi z’ubukene zirimo kutabona mituelle , habonekemo imirimo nko kugisoroma no kukigurisha ku ruganda maze bitugeze ku iterambere rirambye.”

    Bakomeza bavuga ko hegitare ebyiri ari nke ariko ko bafite umushinga wo kwagura ubuso kuburyo buzagera kuri hegitare 10 kandi imirima yacyo igakikizwa n’igihingwa cya makadamiya.

    Ntabwoba Samuel ati “Turashaka guhinga tukagura ubuso tukagera ku rwego rwa koperative ndetse kikazengurukwa n’igihingwa cya makadamiya kugira ngo umusaruro n’amafaranga kizinjiza bizabashe gufasha abantu bahatuye”

    Ntaganira Josue Michael, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu yavuze ko iyi ari intambwe ya mbere aba baturage bateye mu gushyigira uwo mushinga.

    Yagize ati “Akarere ka Nyamasheke gafite gahunda yo kubyaza umusaruro ubutaka bukora kuri Nyungwe, haterwaho icyayi n’abaturage cyane ko dufite inganda zitwegereye kandi harateganywa kubakwa izindi ebyiri uko ubushobozi buboneka. Uyu mukandara wa Nyungwe ujyaho icyayi kivaho amafaranga ateza imbere abaturage, akaba ariwo aba baturage barimo.”

    Icyayi aba baturage batangiye gutera gifite agaciro ka Miliyoni 5.2 Frw harimo miliyoni imwe n’igice yatanzwe na Compassion International, andi asigaye akaba yaratanzwe n’abanyamuryango biri tsinda.

    Abaturage 250 bishyize hamwe batangira ubuhinzi bw’icyayi buzabafasha kwivana mu bukene

  • Kayonza: Yafashe umugore we amuca inyuma ashaka kumutema –

    Mu rukerera rwo ku wa Gatatu tariki ya 3 Werurwe 2021 ni bwo uyu mugabo yashatse gutema uyu mugore wahoze mu buraya amuziza ko yamuciye inyuma.

    Amakuru aturuka mu Mudugudu wa Akabuga aho aba bombi batuye avuga ko bari bamaze igihe gito babana mu buryo butemewe n’amategeko.

    Umuturage witwa Twahirwa Issa yavuze ko atari inshuro ya mbere uyu mugabo asanze umugore we asambana n’abandi bagabo.

    Yagize ati “Buri munsi yumva ko umugore yamuciye inyuma bikamutera umujinya. Bahora barwana ku buryo no mu minsi ishize yamufashe ari gusambana. Hatagize igikorwa ngo babatanye bazakwicana.”

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukarange, Murekezi Jean Claude, yavuze ko imibanire y’uyu mugabo n’umugore we iteye inkeke kuko bakunze kunywa bagasinda.

    Ati “Ubusanzwe twavuga ko atari umugore we ahubwo ari indaya ye kuko yari indaya baza kubana. Ni abantu babana ku miguruko kuko ntibafite gahunda yo kubana cyangwa gushyingiranwa ahubwo ni abantu b’abasinzi. Baje kurwana umugore ariruka noneho umugabo atemagura ibintu byose.”

    Umugabo yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), aho afungiye kuri Sitasiyo ya Mukarange.

    Ifoto ya satellite igaragaza mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza

  • Gatsibo: Bamaze imyaka 20 babana n’amatiyo atagira amazi –

    Aba baturage bavuga ko babangamiwe n’uburyo bamaze imyaka myinshi barahawe imiyoboro y’amazi ariko bakaba batari babona n’amazi anyura muri ayo matiyo.

    Bamwe mu baganiriye na RBA bemeza ko bamaze imyaka igera kuri 20 bashyiriweho aya mavomo ndetse ko batari babona acamo amazi.

    Umwe yagize ati “ Tumaze igihe hano barahashyize amavomo ariko nta mazi na rimwe twari twabonamo kandi n’ibintu bimaze imyaka n’imyaka.’

    Undi ati “ Baduhaye amazi natwe tukaba nk’abandi baturage byadufasha cyane kuko kubona amazi hano hafi biratugora.”

    Meya w’Akarere ka Gatsibo Gasana Richard, yabwiye IGIHE ko impamvu aba baturage babuze amazi byatewe n’amatiyo yangijwe n’ibikorwa ry’imihanda iri mu gace gaherereyemo.

    Ati “ Ikibazo turakizi ariko kuvuga ko kuva amatiyo yajyaho batari babona amazi ntabwo ari byo. Njye navuga ko atari byo kuko tukimara kuwukora warakoze ndetse n’aho amazi agomba kuva aracyahari, amazi arahari gusa uwo muyoboro wahuye n’ibindi bikorwa remezo nabyo byagombaga gukorwa.”

    Yongeyeho ko nyuma y’uko bujuje uwo muyoboro banamaze kuwutaha, bahise batangira gukora umuhanda wa Rwimbogo nawo wari wasabwe n’abaturage.

    Ati “ Tukimara kuwutaha hari andi matiyo yangiritse biba ngombwa ko asanwa bitwara igihe, birangiye abaturage batangiye kuvoma noneho tuba dutangiye undi muhanda munini Kabeza-Munini w’ibirometero bibiri. Amakuru twamenye nyuma ni uko hari andi matiyo yanyuraga ku nkengero z’uwo muhanda yangiritse.”

    Yavuze ko basabye WASAC na Rwiyemezamirimo ko mu gihe umuhanda ugikorwa bafata amatiyo bakayanyuza ku ruhande abaturage bakabona amazi noneho bakazayasubiza mu mwanya wayo nyuma y’uko uwo muhanda urangije gusanwa.