Tag: featured

  • Kamonyi: Abayobozi bane bakurikiranyweho guhishira umwarimu ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri –

    Uyu mwarimu w’imyaka 39 yatawe muri yombi ku wa 26 Gashyantare 2021, aho akekwaho gusambanya abanyeshuri babiri barimo uw’imyaka 17 n’uwa 15.

    Iperereza ry’ibanze ryakozwe na RIB, ryagaragaje ko abayobozi bane muri iri shuri bagomba gukurikiranwa ku cyaha cyo guhishira uyu mwarimu.

    Abakurikiranywe ni Umuyobozi Mukuru w’iri shuri, Umuyobozi waryo, ushinzwe imyitwarire ndetse n’ukuriye komite y’ababyeyi barerera muri GS Ruyumba. Bari gukorwaho iperereza bari hanze mu gihe umwarimu we afungiye kuri station ya RIB ya Mugina.

    Bose bakurikiranyweho icyaha cyo kutamenyekanisha icyaha cy’ubugome cyangwa gikomeye, gishingiye ku kuba abana b’abakobwa barasambanyijwe n’umwarimu bo bagahitamo kubihishira.

    Ni icyaha kigengwa n’ingingo ya 243 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, iteganya ko kibahamye bahanishwa igifungo cy’amezi atandatu ariko kitarenze umwaka n’ihazabu y’ibihumbi 100 Frw ariko itarenze ibihumbi 300 Frw.

    Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yabwiye IGIHE ko abantu bakwiye kumenya ko iki cyaha cyo gusambanya abana gikomeye ku buryo ntawe ugomba kunga uwagikoze n’uwagikorewe ahubwo buri wese agomba kukimenyekanisha mu nzego zibishinzwe.

    Ati “Ni icyaha kitagomba guhishirwa haba mu buyobozi bw’ibigo runaka cyangwa ubw’inzego z’ibanze. Umuyobozi agomba kumenyekanisha igihe cyose akibonye, agomba kubimenyesha RIB. Ntawe ufite uburenganzira bwo kugiceceka ngo kirangirire aho bitamenyeshejwe ubutabera.”

    RIB yihanangirije abantu bose bafite umuco wo guhishira abasambanya abana, bitwaje inyungu zabo bwite cyangwa izindi izo arizo zose.


  • Uko bane bahoze mu buyobozi bwa ADEPR bakozweho iperereza ku cyaha cyo kuba mu mutwe w’iterabwoba –

    Abo bayobozi bane barimo Rev. Karuranga Ephrem wari Umuvugizi w’Itorero; Rev Karangwa John wari Umuvugizi wungirije; Umuhoza Aurélie ushinzwe Imari n’Ubutegetsi muri komite iyoboye ubu na Pasiteri Gatemberezi Muzungu Paul wari Umunyamabanga Mukuru.

    Aba bimye ingoma muri Gicurasi 2017 ubwo basimburaga Biro Nyobozi yari iyobowe na Bishop Sibomana Jean na Bishop Rwagasana Tom kugeza umwaka ushize ubwo bakurwagaho kubera umwuka mubi wari mu itorero ufitanye isano n’amakosa ashingiye ku miyoborere.

    Icyaha bari bakurikiranyweho gikuru muri byose, cyari icyo kunyereza Umutungo w’Itorero ari nacyo magingo aya bagikurikiranyweho mu nzego z’ubutabera kuko dosiye yabo yashyikirijwe Ubushinjacyaha ku wa 15 Ukwakira 2020.

    Inyandiko y’ibazwa IGIHE yabonye igaragaza ibyo umwe muri bo yabajijwe ubwo yitabaga RIB ku Kimihurura mu mwaka ushize. Uwo ni Umuhoza Aurelie ushinzwe Umutungo, Imari n’Imishinga muri Komite y’Inzibacyuho yashyizweho n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB.

    Yakozweho iperereza ku byaha birindwi birimo icyo gukoresha ibikangisho; kwiha ububasha ku mirimo itari iyawe; gufata icyemezo gishingiye ku itonesha, ubucuti, urwango, ikimenyane cyangwa icyenewabo; kunyereza umutungo; gukoresha nabi umutungo ufitiye rubanda akamaro; kwiha inyungu zinyuranyije n’amategeko no kuba mu mutwe w’iterabwoba.

    Ni iperereza rishingiye ku bikorwa we na bagenzi be bivugwa ko bakoze bigize ibyaha mu bihe bitandukanye guhera mu 2018, aho nko ku cyaha cyo gukoresha ibikangisho gishingiye ku gutera ubwoba umugenzuzi wakoze raporo ku mikoreshereze y’umutungo w’iri torero mu 2019.

    Iryo genzura ryakozwe kuva ku wa 10 kugera ku wa 20 Ukuboza 2019 aho ngo raporo y’uwo mugenzuzi yarimo ibyaha uyu mugore yakoze maze akamutera ubwoba ko mu gihe atahindura byazamugiraho ingaruka.

    Bivugwa ko mu bisobanuro uyu mugore yatanze mu nzego zibishinzwe, yatsembye akavuga ko nta muntu yigeze ashyiraho ibikangisho, ko n’abagenzuzi babiri birukanwe mu mirimo yabo muri iri torero atigeze abangira kuyisubiramo ahubwo ko icyo gihe babisabye uwari Umuyobozi Mukuru w’itorero.

    Umuhoza yarezwe kandi kuba ari mu bayobozi bo muri iri torero bashyizeho ikompanyi irinda umutekano w’ibikorwa bya ADEPR n’ibyo mu ngo zabo, hanyuma hakorwa ipiganwa iyatsinzwe yitwa EASCO akaba ariyo ihabwa isoko naho HIGH SEC yari yatsinze ntirihabwe yanandika ibaza uburenganzira bwayo ntisubizwe.

    Bivugwa ko uyu mugore inshuro nyinshi yagiye yumvikanisha ko ntaho ahuriye n’amasoko n’amasezerano ajyanye n’iryo soko.

    -  Ibijyanye n’icyaha cy’iterabwoba

    Mu Ukwakira 2018, Umuhoza yagiye mu Butaliyani mu butumwa bw’akazi. Icyo gihe ngo yari agiye kuganira ku masezerano ADEPR yagombaga kugirana n’ikigo cyo muri iki gihugu cyitwa DM Broadcast cyagombaga kuyiha ibikoresho bya radio [Life Radio] na televiziyo iri mu mishanga itekerezwaho mu gihe kiri imbere. Urwo rugendo ngo rwari rugamije kuganira, kuko itorero ryari ryananiwe kwishyura urwo ruganda.

    Icyo gihe ngo Rev. Karuranga Ephrem wari Umuvugizi w’Itorero yamusabye ko bahurira mu Bubiligi mu gikorwa cya “gishumba” cyo gusengera abapasiteri babiri barimo uwitwa “Mboneko Corneille” na “Habimana Vincent”.

    Amakuru agera kuri IGIHE avuga ko uwo Mboneko yahunze igihugu ahungira mu Bufaransa ndetse ko yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi agakatirwa n’Inkiko Gacaca mu yahoze ari Perefegitura ya Cyangugu, Rusizi y’ubu.

    Muri uwo muhango w’amasengesho, warangiye Habimana Vincent ahawe inshingano zo guhuza ibikorwa by’itorero mu Bubiligi no mu Bufaransa mu gihe Mboneko we yasengewe nk’umupasiteri ukorera mu Itorero ryo mu Bufaransa ariko ufite inshingano zo kuriyobora [itorero ryo mu Bufaransa] umunsi ku wundi.

    Muri uwo muhango kandi wo gusengera abo bapasiteri, bivugwa ko hari abandi bantu barimo uwitwa Mukasa Aloys ukorana n’Umutwe w’Iterabwoba wa RNC.

    Hari amakuru ko Umuhoza yicujije kuba yaritabiriye uwo muhango kuko ngo igikorwa kirimo abarwanya igihugu gihesha isura mbi itorero.

    Mu 2019 kandi ADEPR yashinze ishami muri Kenya, mu nkambi z’impunzi z’Abanyarwanda barimo abahunze banyuze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Abarundi ndetse n’Abanye-Congo. Muri iyi nkambi hashinzwemo icyumba cy’amasengesho cyiswe ADEPR Prayer Room Umoja III, cyahawe umugisha n’Ubuyobozi bwa ADEPR mu Rwanda.

    Hari nyuma y’uko Itorero rya ADEPR muri Uganda ricitsemo ibice abataremeye kuyoboka RNC bagatotezwa, bamwe bagafungwa abandi bagashaka uko bagaruka mu Rwanda igitaraganya.

    Aho muri Kenya abashaka abayoboke muri RNC berekejeyo amaso. Rev. Karuranga Ephrem yanditse ibaruwa yemerera ubufatanye abashinze iri shami muri Kenya mu gihe ngo bari bafite indi migambi ihishe. Bivugwa ko Umuhoza na we yari ashyigikiye ko ubwo bufatanye bubaho.

    Amakuru IGIHE ifite ni uko icyaha cyo gukorana n’imitwe y’iterabwoba Ubushinjacyaha butakibakurikiranyeho kuko nta bimenyetso bifatika byari bihari kandi amategeko arabiteganya.

    Hari umwe mu baganiriye na IGIHE wavuze ko bishoboka ko abo bayobozi batari bafite amakuru ahagije ku bikorwa by’abo bantu bagiye kwimika mu Bubiligi n’abo muri Kenya.

    Abakurikiranira hafi ibibera muri ADEPR bakunze kuvuga ko iri torero ryanagenze biguru ntege mu gikorwa cyo gutangiza itorero mu bihugu birimo Mozambique na Afurika y’Epfo kubera abatavuga rumwe na Leta bahabarizwa.

    Urugero rwa hafi ni urwo muri Werurwe 2018, ubwo Pasiteri Zigirinshuti Michael wari ukuriye Ivugabutumwa n’Amahugurwa, yerekezaga mu giterane cy’Itorero Fullness of God International Ministries rifatanyije na Parani Pentecostal Church Ministry muri Afurika y’Epfo kubwiriza. Ni urugendo rwavuzweho byinshi ariko ADEPR iza gutangaza ko ikosa yakoze ari ukujya mu ivugabutumwa atabimenyesheje nyamara we akavuga ko yanditse abimenyesha ubuyobozi.

    Aba ni abahoze mu buyobozi bwa ADEPR: Uhereye iburyo ni uwari Umuvugizi wa ADEPR, Rev. Karuranga Ephrem; uwari Umwungirije Rev. Past Karangwa John; uwari Umunyamabanga Mukuru, Pasiteri Gatemberezi Muzungu Paul n’Ushinzwe Imari n’Ubutegetsi, Umuhoza Aurélie. Bari muri dosiye imwe aho bakurikiranyweho gukoresha nabi umutungo w’itorero

    Mu Nkambi z’Impunzi muri Kenya hashinzwe “ADEPR Prayer Room Umoja III”, icyumba cy’amasengesho bikekwa ko abagikoreragamo bari bafite undi mugambi wihishe

    Abayobozi ba ADEPR bayobowe na Rev Karuranga ubwo basengeraga Pasiteri Mboneko Corneille upfukamye wambaye amadarubindi. Uyu muhango wabereye mu Bubiligi

    Muri Kanama 2019, ADEPR yahagaritse Pasiteri Mboneko Corneille, mu gihe cy’amezi atatu rimushinja gukora ibihabanye n’amahame y’itorero

  • PAC yasabye ko ingurane yakishyurwa mbere yo gukorera mu mutungo w’umuturage –

    Abadepite bagize PAC, nyuma yo kugezwaho raporo na Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga yakozwe kuri politiki y’imicungire y’ibiza, bishimiye ibimaze kugerwaho na Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi, MINEMA ariko isanga hari ibikwiye guhinduka.

    Ni ibiganiro byabaye hifashishijwe ikoranabuhanga ku wa 3 werurwe 2021 byahuje inzego zirebana n’ibikorwa birimo kwimura abaturage mu byabo kubera impamvu zitandukanye, arizo Minisiteri y’ibikorwa by’ubutabazi, Minisiteri y’imari n’igenamigambi, Minisiteri y’ibikorwaremezo, Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ndetse n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubwikorezi, RTDA.

    PAC yasabye inzego bireba zose ko ibitaratungana byose byashakirwa umurongo kandi bikihutishwa kugira ngo abaturage bakomeze kurindwa ibiza n’ingaruka zabyo.

    Ikindi basabye ko cyahinduka ni itegeko rirebana n’ingurane rikwiye kujya rishyirwa mu bikorwa n’uburenganzira bw’umuturage bukubahirizwa mbere y’uko ibikorwa bikorerwa mu mutungo we akabanza guhabwa ingurane ikwiye no kwimurwa.

    Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano yavuze ko izakomeza gukurikirana aho ivugururwa rya politiki y’imicungire y’ibiza rigeze no kumenya uko inzego zishinzwe gukumira no kurinda ibiza zuzuzanya mu bikorwa by’ubutabazi

    Komisiyo yashimangiye ko kandi hazakurikiranwa ishyirwa mu bikorwa rya gahunda yo kubakira abantu bagera ku 13.000 basenyewe n’ibiza, byagombaga kurangira mu Ukuboza 2020 ariko hakabamo gukererwa.

    Umubaruramari mukuru muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, Mukeshimana Marcel, yavuze ko mu gukemura ibibazo byo kwishyura ingurane, Minisiteri yashyizeho umukozi ushinzwe ibijyanye nabyo “expropriation” gusa, kugira ngo bihabwe umwihariko kandi bikemuke vuba, ubwishyu bubonwe ndetse ku gihe.

    Yemereye PAC ko kugeza ubu nta birarane Minisiteri itarishyura, ko hari ibitinda kubageraho kubera inzira ziteganywa bigomba kunyuramo ndetse n’ibiza birimo amakosa, ariko ko ibigeze muri MINICOFIN byuzuye neza bihita byishyurwa bitarenze iminzi 14.

    Umuyobozi Mukuru wa RTDA yemereye PAC ko hari ahabaye amakosa nk’aho byagaragaye ko hishyurwa ubuso bw’ubutaka buruta ubwanditse ku cyangombwa cy’ubutaka, asobanura ko ubu bisigaye byitonderwa hakabanza gupimwa neza ubutaka, icyangombwa kigakosorwa mbere yo kubarirwa ingurane.

    Abaturage hirya no hino bakunze kumvikana bavuga ko babaruriwe ibijyanye n’ingurane ariko ntibishyurwe nk’uko bikwiye cyangwa ku gihe nyamara ibyagombaga gukorerwa mu mitungo yabo byarakozwe.

    Mu gihe iyi politiki yo gutanga ingurane no kwimura umuturage mbere y’uko hagira igikorerwa mu mutungo we byakubahirizwa byazarinda abaturage gusiragira buri munsi ku ngurane zatindaga kubageraho.

    Akenshi abaturage bakunze kumvikana bavuga ko imirima yabo yanyuzemo umuhanda ariko bigakorwa ingurane itaratangwa

  • Musanze: Abapolisi bagera kuri 40 basoje amasomo yo kubongerera ubumenyi mu buyobozi –

    Aya masomo yasojwe ku wa Gatanu tariki ya 5 Werurwe 2021, yitabiriwe n’abapolisi 38 n’abacungagereza babiri aho bayamazemo ibyumweru 16 bingana n’amezi ane.

    Aya masomo kandi agamije gutegura abofisiye bari ku rwego ruto kugira ngo barusheho kunoza imirimo yabo ya buri munsi mu bijyanye n’imiyoborere.

    Umuyobozi wa Polisi wungirije ushinzwe abakozi n’imiyoborere DIGP/AP Juvenal Marizamunda yashimiye aba bofisiye uburyo bitwaye neza mu gihe cy’amezi ane bari bamaze bahabwa amasomo kandi bakaba barayakurikiye neza n’ubwo hari mu bihe bigoye by’icyorezo cya COVID-19.

    Yavuze ko Polisi y’u Rwanda ihora iharanira kongerera ubumenyi abapolisi kugira ngo babashe kurushaho kunoza imirimo bashinzwe ya buri munsi.

    Ati “Muri icyiciro cya 10 cy’abapolisi b’abofisiye mumaze guhabwa aya masomo muri Polisi y’u Rwanda, ikigamijwe ni ukubategura gukora inshingano neza mu mirimo mukora buri munsi. Twashyize imbaraga mu kubaka igipolisi cy’umwuga kijyanye n’igihe binyuze mu mahugurwa.”

    Marizamunda yakomeje avuga ko kubaka igipolisi cy’umwuga bitagarukira mu gutanga amahugurwa gusa ko ahubwo hanongerwa umubare w’ibikorwaremezo cyane cyane hibandwa ku ikoranabuhanga.

    Yavuze ko ubu Isi yabaye nk’umudugudu kubera ikoranabuhanga bityo n’abakora ibyaha barimo kurushaho kubikora bifashishije iryo koranabuhanga.

    Ati “Kuri ubu bitewe n’umuvuduko Isi ifite mu iterambere rishingiye ku ikoranabuhanga, abanyabyaha nabo barimo guhuriza hamwe bagakora ibyaha aho umwe ashobora kwicara mu gihugu kimwe agacura umugambi wo gukora icyaha afatanyije na mugenzi we uri mu kindi gihugu. Tujya duhura n’ingeri zitandukanye z’abantu nk’abo, ni yo mpamvu natwe tugomba guhugura abapolisi mu mikoreshereze y’ikoranabuhanga mu gutahura abo banyabyaha.”

    Umuyobozi wungirije muri Polisi y’u Rwanda ushinzwe abakozi n’imiyoborere yakomeje asaba abahuguwe kuzakoresha neza ibyo bigishijwe ntibizabe amasigaracyicaro.

    Yabasabye guhora barangwa n’ikinyabupfura nk’uko gisanzwe kiranga Polisi y’u Rwanda, yabasabye gukomeza kwirinda icyorezo cya COVID-19 kandi bafasha n’abaturage kukirinda.

    Umuyobozi w’ishuri rikuru ya Polisi riri i Musanze, CP Christophe Bizimungu, yashimiye ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda buhora buharanira kongerera ubumenyi n’ubushobozi abapolisi. Yanashimiye abapolisi uburyo bitwaye mu bihe by’amezi 4 bari bamaze biga.

    Ati “Hari mu bihe bigoye by’icyorezo cya COVID-19 ariko mwabyitwayemo neza mukurikirana neza amasomo kandi mwubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo. Ni ibyo kwishimira kuko mwaranatsinze mwese nta wagize ikibazo mu myigire, turashimira n’abarimu bababaye hafi bakabigisha umunsi k’uwundi.”

    CIP Celine Benimana ni umwe mu bahuguwe, yavuze ko amahugurwa yari amazemo amezi ane hari byinshi amwunguye mu bijyanye n’akazi akora ka buri munsi.

    Ati “Aya mahugurwa ni ingenzi k’umupolisi wo mu cyiciro cyacu cy’abofisiye bato kuko mu kazi kacu tuba dufite inshingano zo kuyobora abandi bapolisi ndetse n’abaturage aho dukorera mu mashami ya Polisi, muri za sitasiyo za Polisi no mu turere. Ndushijeho kwiyungura mu bijyanye no gutegura akazi no kugatunganya hanyuma nkanagenzura ko karimo gukorwa nk’uko nagateguye, twabihuguwemo ariko noneho ubu tugiye kubishyira mu ngiro.”

    CIP John Twizerimana yavuze ko ubusanzwe yakoreraga mu ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ubucuruzi bwa magendu n’ibyaha byagambiriwe (Anti-Smuggling and organized Crimes). Kuri we ngo amahugurwa yahawe yayungukiyemo byinshi kuko mu kazi ke ka buri munsi asabwa kuba asobanukiwe n’amategeko.

    Aba bofisiye bahawe amahugurwa ajyanye n’imirimo ikorerwa mu biro ndetse n’imirimo ikorerwa hanze y’ibiro. Bahawe amasomo ajyanye no guhosha imyigaragambyo, amategeko, gucunga umutekano w’abantu n’ibyabo, ubumenyi ku mbunda, gutegura ibikorwa bya Polisi n’ibindi bijyanye nabyo.


  • Kayonza: Hari gushakishwa umugabo watemye mugenzi we mu buryo bukomeye amuziza kwahira ubwatsi –

    Ibi byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu mu Mudugudu w’Akamuyenzi mu Kagari k’Urugarama mu Murenge wa Gahini mu Karere ka Kayonza.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gahini, Rukeribuga Joseph, yabwiye IGIHE ko uyu mugabo yatemye mugenzi we yifashishije umuhoro yari afite.

    Ati “Uwo mugabo yagiye kureba aho ahinga ubwatsi asanga babwibye, noneho hari undi yakekaga ko abumwiba ajya kumureba agezeyo baratongana cyane birangira amutemye ku kuguru no ku kuboko mu buryo bukomeye cyane, yakoresheje umuhoro yari afite.”

    Gitifu Rukeribuga yakomeje avuga ko uyu mugabo akimara gutema mugenzi we yahise yiruka aburirwa irengero kuri ubu akaba ari gushakishwa n’inzego z’umutekano zifatanyije n’abaturage.

    Yakomeje agira ati “Ubutumwa duha abaturage ni ukwirinda kwihanira, nihagira ubona icyo atumvikana na mugenzi we, bajye bagana inzego z’ubuyobozi zibafashe cyangwa bagane inkiko bareke kwihanira kuko bishobora kubakururira ibintu bibi cyane.”

    Kuri ubu umugabo watemwe ukuguru n’ukuboko arwariye ku bitaro bya Gahini, mu gihe uwamutemye agishakishwa.


  • Gatsibo: Gitifu w’Akagari wavugwagaho kurwanya uw’Umurenge ari mu bitaro kubera inkoni yakubiswe –

    Kuwa Gatatu tariki ya 3 Werurwe 2021 ahagana saa Mbili z’ijoro mu Mudugudu wa Rwangendo mu Kagari ka Bibare mu Murenge wa Muhura, abantu icumi bafatiwe mu kabari k’uhagarariye abikorera muri aka Kagari, hari harimo na Gitifu w’aka Kagari aho byavugwaga ko yarwanyije inzego z’umutekano hamwe na Gitifu w’Umurenge.

    Abaturage bafatanwe mu kabari n’uyu muyobozi basobanuye uko byagenze byose n’uburyo uyu muyobozi w’Akagari yahohotewe kugeza ubwo ubu arwariye mu kigo nderabuzima cya Muhura, ubuyobozi bumukuriye bukavuga ko afunze azira imyitwarire mibi.

    Nsengiyumva Emmanuel utuye mu Mudugudu wa Rwangendo wafatanwe na Gitifu w’Akagari mu kabari yabwiye IGIHE ko amakuru avuga ko uyu Gitifu w’Akagari yasanzwe yasinze ari ukubeshya ngo ndetse ntiyigeze anarwanya abashinzwe umutekano, yavuze ko ahubwo yahohotewe n’aba bayobozi abaturage bose babibona.

    Yagize ati “Ubundi Gitifu w’Akagari arya mu kabari ko kwa Nzaramba ( aho babasanze) noneho rero bo baraje badufatira mu kabari nawe bashaka kumujyana kuko bahamusanze, nanjye nari mpari, yahise abasobanurira ko asanzwe arya aho ngaho ntibabyumva.”

    Yakomeje avuga ko bahise bavuga ko bamusanganye inzoga babasaba kubyemeza kugira ngo babarekure barabahakanira.

    Ati “ Ni ukuri yari amaze ibyumweru bibiri arwaye ari ku miti, nta nzoga bamusanganye bamusanganye Fanta, baratubwiraga ngo nitwemera ko yanywaga inzoga baratubabarira turabyanga, abatanze amande bahise babarekura hasigara bake batabonye amande babajyana ku modoka, bageze hepfo rero nibwo bamukubise.”

    Nsengiyumva yakomeje avuga ko uyu munyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari yanze kwinjira mu modoka, umu Dasso n’abandi bashinzwe umutekano baramukubita cyane ku buryo ngo n’abandi baturage bahise bahurura, Gitifu w’Umurenge arabirukana, Gitifu w’Akagari ngo yavuzaga induru ku buryo ngo abantu bose batuye hafi aho babyumvise ndetse ngo binabatera ubwoba.

    Undi muturage utifuje gutangazwa amazina ku mpamvu avuga ko ari iz’umutekano we, yavuze ko yatunguwe no kumva amakuru y’uko Gitifu w’Akagari ariwe warwanye nyamara yarakubiswe bose babireba.

    Ati “ Twari turi kumwe mu kabari ubwo bahadusangaga, baduca amande we baba bamuretse gusa nta nzoga yari yanyweye yari amaze iminsi arwaye, uwo mugoroba rero yari yaje kurya aka- brochette kuko ni naho asanzwe arya saa sita na nijoro.”

    Yakomeje avuga ko Gitifu w’Akagari yakubiswe barebera kugeza n’aho abaturage bamwe babwiye Gitifu w’Umurenge ko ibyo ari gukorera umuyobozi mugenzi we bidakwiriye.

    Ati “Ubu ari mu bitaro ndetse arimo serumu, nyuma yo kumukubita bahise bamujyana kwa muganga n’ubu niho akiri babanje kumujyana ku Murenge babona amerewe nabi bamujyana kwa muganga.”

    Umwe mu baganga bakora ku Kigo Nderabuzima cya Muhura utifuje gutangazwa amazina waganiriye na IGIHE, yavuze ko uyu Gitifu w’Akagari arwariye kuri ibi bitaro kandi ko arwaye inkoni yakubiswe.

    Ati “Ari mu bitaro, ku mugoroba bamushyizemo serumu ya kabiri, muri iki gitondo bamuteye urushinge, ku mugoroba yababaraga cyane mu mugongo no mu gatuza, urebye ni ukubera inkoni yakubiswe.”

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhura, Rugengamanzi Stiven yari yabwiye IGIHE ko uyu Gitifu w’Akagari yanasaganwe n’abantu icumi mu kabari, yanga kugirwa inama biba ngombwa ko acumbikirwa kuri sitasiyo ya Muhura.

    Ntiyigeze yemera ko yarwanye na we ahubwo yavugaga ko bashatse kumugira inama akanga bitewe n’uko yari yasinze cyane.

    Abaturage bahuriza ku kuba hakorwa iperereza ryimbitse kugira ngo uwagize uruhare muri iki gikorwa wese ahanwe n’amategeko, bavuze ko bakurikije ibyabaye ngo basanga hari abayobozi bakwiriye kubihanirwa.


  • Imyitwarire y’amadini n’amatorero mu bihe bya COVID-19 –

    Nta gushidikanya ko niba waragize impamvu yatumye utajya mu iteraniro ry’icyumweru cya mbere cya Werurwe 2020, ushobora kuba umaze amezi 12 yuzuye, ni ukuvuga umwaka wose utarabasha kugera mu rusengero [benshi dufata nk’Inzu cyangwa Ingoro y’Imana].

    Ku wa 14 Werurwe 2020, nyuma y’umunsi umwe Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda itangaje ko habonetse umuntu wanduye COVID-19, Guverinoma yahise ifata icyemezo cyo guhagarika byinshi mu bikorwa birimo ibihuza abantu benshi.

    Iki cyemezo cyari kigamije kwirinda ikwirakwira ry’iki cyorezo cyari gikomeje kogoga amahanga kugeza ubwo kigeze i Kigali. Insengero, amashuri, ibikorwa by’imikino n’imyidagaduro n’ibindi bihuza abantu byahise bifungwa mu buryo bwihuse ubw’agateganyo.

    Abemeramana babanje gukangarana!

    Icyorezo cya COVID-19, uretse kuba cyaramaze kwinjira mu mateka y’ikiremwamuntu nka kimwe mu byahitanye ubuzima bwa benshi, ariko n’imiterere yacyo yahinduye Isi, uburyo ibintu byakorwaga hafi ya byose birahinduka.

    Ku Bemeramana byari ibintu bitamenyerewe ko bazajya babasha gusengera mu ngo zabo batagiye mu materaniro ngo bafatanyirize hamwe gushima no guhimbaza Imana.

    Mu kiganiro aherutse kugirana na IGIHE, Arikiyepisikopi wa Kigali Antoine Cardinal Kambanda, yavuze ko iki cyorezo cyagaragaje ko iyogezabutumwa rikwiye guhera mu muryango aho umugabo cyangwa umugore ayobora isengesho bagafatanya n’abandi bagize urugo.

    Ati “Muri ibi bihe bya guma mu rugo, abantu bamaze igihe badashobora guterana mu kiliziya ngo basenge iyogezabutumwa rikorwe, bigakorerwa mu rugo akaba ariho basengera, ababyeyi bakigisha abana iyobokamana, bababwira Imana, babasomera ijambo ry’Imana bakabayobora mu isengesho.”

    Yakomeje agira ati “Umukuru w’umuryango akayobora isengesho ry’icyumweru ndetse n’andi masengesho n’abandi bakagira uruhare bakaririmba. Kiliziya yaramanutse ijya mu rugo n’ubundi mu rugo niyo kiliziya y’ibanze.”

    Nyuma y’ibyumweru bibiri insengero zifunzwe by’agateganyo, Inama y’Abaminisitiri yarateranye ifata imyanzuro irimo uvuga ngo ‘Insengero zizakomeza gufunga’. Ni ibintu byari bisanzwe kuko benshi bumvaga ko ari ibidashobora kumara ukwezi, abiri cyangwa umwaka.

    Ku rundi ruhande ariko, Guverinoma y’u Rwanda yatangiye kugira abantu inama yo gukorera ibikorwa bitandukanye mu ngo zabo cyangwa kwifashisha ikoranabuhanga mu bikorwa bitandukanye birimo no gusenga.

    Amaturo yavugishije benshi

    Abayobozi b’amadini n’amatorero nk’uko bari bakomeje kugirwa inama n’inzego za leta, bahinduye umuvuno batangira kwifashisha ibitangazamakuru, imbuga nkoranyambaga zirimo YouTube na Facebook.

    Umuyobozi w’Itorero ry’Abadivantisite b’Umunsi wa Karindwi mu Rwanda, Pasiteri Dr Byiringiro Hesron aherutse kubwira IGIHE ko muri ibi bihe insengero zidafunguye bakomeje kwifashisha Radio Ijwi ry’Ibyiringiro, mu kugeza ubutumwa ku bakristo.

    Ati “Abapasiteri bajya kuri radio bagatanga ibyigisho, natwe tukayifashisha dutanga ubutumwa bwaba ubw’ihumure ndetse n’ubwo kwibutsa abakirisitu ko bagomba kwirinda icyorezo cya COVID-19.”

    Muri Werurwe 2020, nabwo Antoine Cardinal Kambanda yari yavuze ko mu bihe bya COVID-19, bari bari kwifashisha za radiyo, televiziyo na YouTube mu kwegereza abakirisitu ijambo ry’Imana.

    Ati “Inyigisho turi kwifashisha ziranyura kuri Radiyo Maria, buri munsi haba igitambo cya Ukaristiya mu gitondo na saa 12h15 mu karuhuko, hanyuma ku cyumweru twifashishije radiyo na televiziyo by’igihugu, turi no gusaba ngo kuri iki cyumweru bazaduhe umwanya kuko inyigisho twatanze zafashije abantu.”

    Nyuma y’ibyumweru bibiri insengero zifunze ndetse bamwe batangiye kubona ko imiterere y’icyorezo cya COVID-19, itazazemerera gufungurwa mu bihe bya vuba, batangiye uburyo bushya bwo kwaka amaturo burimo ubwo kwifashisha za Mobile Money, Airtel Money n’ubundi buryo bw’ikoranabuhanga.

    Ibi ariko byanajyanaga n’uko inzego za leta zikomeje gushishikariza abantu kwirinda guhererekanya amafaranga, bakagirwa inama yo kwifashisha ikoranabuhanga mu kwishyura ndetse n’irindi hererekanya ry’amafaranga iryo ariryo ryose.

    Hari amwe mu madini yasabye abayoboke bayo kujya bakusanya ayo maturo bagashaka umunsi bakayohereza. Urugero ni ubutumwa bwa Paruwasi Gatolika ya Rwamagana, busaba abakirisitu kwegeranya ubushobozi bwabo bakajya babwohereza buri cyumweru.

    Mu mpera za Werurwe 2020, Umuyobozi w’Itorero Foursquare Rwanda, Dr Bishop Fidèle Masengo, yabwiye IGIHE ko “Dufite itangazo riba rinyura hasi ryereka abantu uburyo batangamo amaturo bifashishije Mobile Money na konti z’urusengero gusa ntabwo tubitindaho cyane kuko abantu batari kuza mu rusengero.”

    Pasiteri Dr Byiringiro yavuze ko “Mu gihe gishize twashatse uburyo bw’uko niba hari ugomba gutanga kimwe mu icumu n’amaturo agomba kubikora mu ikoranabuhanga, ukaba uri mu rugo wakumva hari icyo ushaka gutanga cy’ituro ukaba wabikora ku buryo hafi y’abaturage bose bafite telefone.”

    Ingingo yo gusaba amaturo abakirisitu ntabwo yavuzweho rumwe cyane ko izo ntama zakwaga amaturo zari mu bihe bigoye abenshi barahagaritse akazi, ndetse bari guhabwa ubufasha na leta mu bijyanye no kubona ibiribwa.

    Ibitekerezo byatanzwe kuri iyi ngingo ntabwo byagarukiye mu bakirisitu cyangwa abadafite ubushobozi gusa ahubwo n’abayobozi mu nzego za leta bagize icyo bavuga ndetse banasaba abayobozi b’amadini n’amatorero gushyigikira abakristo aho kubasaba amaturo.

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Bamporiki Edouard ndetse na Ambasaderi w’u Rwanda mu Buholandi, Nduhungirehe Olivier ni bamwe mu bayobozi basabye abayobora amadini n’amatorero ko ‘bagomba gutunga abayoboke bayo aho kugira ngo abayoboke bakomeze gutunga abashumba’.

    Icyo gihe Minisitiri Bamporiki abinyujije kuri Twitter, ubwo yasubizaga itangazo rya ADEPR risaba abayoboke gutanga amaturo, yagize ati “Mushumba wacu ADEPR, muri iyi minsi idasanzwe twari dukwiye gutekereza uko abashumba batunga intama, kurusha ko intama zatunga abashumba, kuko nizo zifite intege nkeya.”

    “Mubyiteho aho mubona bishoboka, mufashe abakene bo mu itorero ryacu. Tumaze imyaka dutura mukore mu kigega.”

    Amb Nduhungirehe we yavuze ko “Muri iyi minsi twugarijwe n’icyorezo cya Coronavirus, ntabwo amadini n’amatorero yari akwiriye gushaka kubyungukiramo, asaba abayoboke bayo amaturo cyangwa icya cumi. Ahubwo ayo madini yari akwiriye gushaka uburyo yafasha abayoboke bayo batakibona ikibatunga kubera COVID-19.”

    Ku rundi ruhande ariko, abayobora amadini n’amatorero bagaragaje ko amaturo yatswe abakirisitu yagiye akoreshwa mu gufasha abatishoboye mu buryo butandukanye.

    lgisonga cya Arikiyepiskopi wa Kigali, Musenyeri Uwumukiza Casimir aherutse kubwira RBA ati “Kiliziya Gatolika nayo yafatanyije n’igihugu muri gahunda yo kugoboka abatishoboye, twafatanyije n’abandi muri gahunda abakirisitu bakunze kwita amazina ‘ngo ese umuvandimwe wanjye ameze ate? No muri iyi minsi tugeze mu gisibo dukomeje gushishikariza abishoboye gufasha ab’intege nke.”

    Mufti w’u Rwanda, Sheikh Hitimana Salim, we yavuze ko mu mwaka ushize Idini ya Islam yakusanyije asaga miliyoni 192 Frw yaje guhita ashyirwa muri ibi bikorwa byo kugoboka abatishoboye.

    Ati “Idini ya Islam, dutegekwa gusenga no gutanga amaturo, amaturo yakomeje gutangwa nk’uko bisanzwe ariko njye nashimira Abayisilamu, hari inkunga twagiye dukusanya nyinshi, tugeza muri miliyoni zirenga 192 Frw zabonetse nk’inkunga yo kugoboka abatishoboye muri ibi bihe bya COVID-19.”

    Ntabwo twatsinze

    Nyuma yo kumara hafi amezi ane insengero zifunze, ku wa 15 Nyakanga 2020 ni bwo inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye ifatirwamo umwanzuro ko Insengero n’Amadini byongera gukora nyuma y’igihe kitari gito bihagaze kubera icyorezo cya Covid-19.

    N’ubwo Abemeramana bari bongeye gukomorerwa ariko amabwiriza yashyizweho kugira ngo bajye mu materaniro yari akakaye ku buryo hari benshi mu bakirisitu n’ubundi batigeze babasha kujya mu nzu y’Imana.

    Kugira ngo byumvikane neza, nyuma y’iminsi ibiri [ubwo hari tariki 17 Nyakanga], Itorero ry’Abahamya ba Yehova mu Rwanda ryasohoye itangazo rivuga ko Inzu z’Ubwami bw’Abahamya ba Yehova [insengero zabo] zitazafungura.

    Icyo gihe uwavugiye iri torero, Nkurikiyinka Valens yabwiye itangazamakuru ko “Ikintu cya mbere gikomeye kidufasha nuko twe twubaha ubuzima, kandi Bibiliya nayo ikadusaba kubaha ubuzima. Nk’urugero naguha Bibiliya itubwira ko iyo umunyamakenga abonye ikibi kije aracyikinga. ariko iyo atabigenje gutyo arakomeza akagenda agahura n’akaga.”

    Muri rusange insengero zafunze bwa mbere ku wa 14 Werurwe 2020 zongera gufungura ku wa 15 Nyakanga 2020, bigeze ku wa 22 Ukuboza 2020 zongera gufunga zikaba zarafunguye nanone ku wa 19 Gashyantare 2021.

    Inshuro zose insengero zagiye zifungura hashyirwaho amabwiriza yihariye yo kubahiriza arimo kwakira 30% by’abo zisanzwe zakira, kuba abana bato n’abantu bakuze cyane batemererwa kujya mu nsengero ndetse n’andi mabwiriza.

    N’ubwo biba bimeze gutyo ariko, hari amabwiriza yihariye ashyirwaho ku buryo urusengero rwemererwa gufungura rugomba kuba ruyubahirije. Ibintu bituma insengero zemererwa gukora ziba ari mbarwa.

    Nk’urugero, mu idini ya Islam ubwo insengero zafungurwaga muri Gashyantare uyu mwaka, mu Misigiti irenga 600, iyemerewe gufungura ntabwo igeze kuri 200.

    Ibi biri mu bituma abakurikiranira hafi ibijyanye n’imyemerere bagaragaza ko izi ziri mu mpamvu zishobora gutuma bamwe bava mu kwemera ku buryo n’ubwo insengero zazemererwa gukora nk’uko byahoze aba bantu bakwigumira mu buzima bari babayeho muri COVID-19.

    Ku rundi ruhande hari Abayobozi b’amadini bavuga ko abayoboke babo batazavaho ahubwo ari igihe cyiza babonye cyo kwizera Imana.

    Umushumba wa Diyosezi ya Kigali, mu Itorero ry’Abangilikani mu Rwanda, Bishop Rusengo Nathan Amooti, bishoboka ko hari abateshutse bakava ku gakizi bitewe no kuba batagihura ariko hakaba hari n’abandi bagize ububyutse bwo kugarukira Imana bitewe n’ibihe bikomeye.


  • Sankara yagereranyije Rusesabagina n’umunyeshuri w’umunyabwoba uhora asaba mwarimu kwimura umunsi w’ikizami –

    Ibi Sankara yabigarutseho kuri uyu wa 5 Werurwe ubwo we n’abandi 19 barimo na Paul Rusesabagina bongeraga kugezwa imbere y’abacamanza b’Urugereko rwihariye rw’Urukiko rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka.

    Muri uru rubanza byari biteganyijwe ko kumvwa inzitizi zitangwa na Rusesabagina zituma adashobora kuburana mu mizi.

    Muri uru rubanza Rusesabagina yunganirwaga na Me Rudakemwa Félix kuko Gatera Gashabana usanzwe umwunganira yandikiye Urukiko amenyesha ko ataboneka mu rukiko kubera urundi rubanza afite mu Mujyi wa Arusha muri Tanzania.

    Rusesabagina yatangiye agaragariza urukiko ko atagakwiye kuba afunze mu gihe we yemeza ko ari mu Rwanda ‘binyuranyije n’amategeko’.

    Ati “Ndangira ngo mbabwire ko inzitizi mfite kandi ikomeye, nasubiyemo inshuro nyinshi cyane ni uko njyewe ndi hano mu buryo bunyuranyije n’amategeko, njye nageze hano nshimuswe ndetse n’ubungubu kuba ndi hano mpari nk’ingwate, ku bw’ibyo rero niba narashimuswe nkaba mpari nk’ingwate, njyewe ndagira ngo bwa mbere mbanze nsubizwe uburenganzira bwanjye mfungurwe.”

    Mu gihe Urukiko rwari ruhaye umwanya, Sankara n’umwunganira. Uyu mugabo yavuze ko Rusesabagina n’umwunganira bameze nk’abanyeshuri batinya ikizamini.

    Ati “Icyo nongera gushimangira ni uko urubanza ruratureba twese, turuhuriyemo turi benshi. Nkurikije rero ubushize na none ko umwunganizi wa Rusesabagina yavugaga ngo arashaka gutegura inzitizi ariko akavuga ko adashobora kuyitangaza mugatanga igihe, none uyu munsi nabwo bakaba basaba ikindi gihe njyewe ndabona Rusesabagina n’umwunganira, sinzi ariko bimeze nk’ababanyeshuri twiganaga batinya ikizamini.”

    “Mu gihe habaga habaye ikizamini cyangwa ibazwa, bavugaga bati muryimure, bagahora bavuga ngo mwimure ibazwa kugeza nubwo n’abanyeshuri bagirira impuhwe mwarimu bakavuga bati reka tuguhe umwanya uhagije uzagende ujye gutegura ikizamini ngo turabona ko nta mwanya wabonye kubera akazi kenshi ufite. Ibyo ndabishingira ku kuba numvaga bagera ku ruhande rwo kuvuga ngo abashinjacyaha nta mwanya babonye, bagasabira umwanya abashinjacyaha.”

    Aya magambo ya Sankara yasaga n’aho asubiza ayari amaze kuvugwa na Rusesabagina ndetse n’umunyamategeko we bagaragaza ko bwakwiye guhabwa igihe cyo gusoma imyanzuro yatanzwe n’Ubushinjacyaha ku nzitizi bashyize mu ikoranabuhanga ryifashishwa n’inkiko mu Rwanda.

    Umwunganizi wa Rusesabagina yabanje kugaragaza impungenge z’uko nta mwanzuro ubushinjacyaha bwatanze ku nzitizi we n’umukiliya we bashyize muri iryo koranabuhanga.

    Ubushinjacyaha bwavuze ko bwatinze kuwushyiramo kuko Rusesabagina n’umwuganira bakomeje kugenda bashyira muri system inyandiko zitandukanye zigira icyo zivuga ku nzitizi, ariko bwemeza ko bwiteguye ku buryo Rusesabagina n’umwunganira basobanura impamvu zabo nabwo bukazisubiza ari nako bushyira umwanzuro wabwo wanditse muri system.

    Umucamanza yabajije umunyamategeko wa Rusesabagina niba aribo basabira Ubushinjacyaha igihe kandi bwo bugaragaza ko bwiteguye kuburana kuri iyi nzitizi. Uyu munyamategeko yavuze ko atari ukubasabira igihe ko ahubwo nabo babifitemo inyungu nk’abantu biregura.

    Si ubwa mbere Sankara yumvikanye asa nk’ujora impamvu zitangwa na Rusesabagina n’abamwunganira cyane ko no mu iburanisha ryabanje ubwo uyu mugabo yavugaga ko atari Umunyarwanda, uyu mugenzi we yabyamaganiye kure, akavuga ko ari agamije gutinza urubanza.

    Sankara yavuze ko atummva uburyo Rusesabagina yifata nk’umunyamahanga, kandi bararwanaga ashaka kuyobora u Rwanda.

    Nsabimana Callixte wiyise Sankara, avuga ko gutinza urubanza bimugiraho ingaruka kuko amaze imyaka ibiri ategereje guhabwa ubutabera.

    Kurikirana uko iburanisha riri kugenda umunota ku wundi.


  • Kayonza: Abana babiri baturikanywe na Grenade –

    Ibi byabaye kuri uyu wa Kane tariki ya 4 Werurwe 2021 bibera mu Mudugudu wa Miyange mu Kagari ka Kayonza mu Murenge wa Mukarange.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukarange, Murekezi Claude, yabwiye IGIHE ko iyi grenade yaturikanye aba bana nyuma yo kuyikinisha bayitiranya n’inyundo nini ikoreshwa n’abafundi.

    Ati “ Ni abana babiri umwe w’imyaka 13 n’undi w’imyaka 17 nyina w’uwa 13 yari yagiye guhinga atoragura grenade ayizana azi ko ari icyuma gisanzwe ayitiranya n’inyundo, ni uko agiha umwana atangira kugikinisha bukeye uwo mubyeyi ajya guhingira amafaranga ku baturanyi ajyana n’umuhungu we ajyana na ya grenade.”

    Yakomeje avuga ko bagezeyo uwo mwana yakomeje gukinisha iyo grenade we n’uwo musore w’imyaka 17 iza kubaturikana bakomereka mu buryo budakabije cyane.

    Gitifu Murekezi yasabye ababyeyi kwirinda gukinisha ikintu batazi ngo kuko gishobora kuba ari igisasu kikabakurura ibibazo.

    Ati “ Turabasaba kwirinda gukinisha ikintu icyo aricyo cyose badasobanukiwe kuko cyabakururira ibibazo, niba babonye icyuma batazi byaba byiza babajije ubuyobozi kuko hari ubwo kiba ari grenade cyangwa ikindi kintu gishobora kubakurira ibibazo.”

    Mu mezi abiri ashize hagiye hatoragurwa grenade zishaje hirya no hino mu giturage zimwe zigaturikana abazitoraguye ariko kuko ziba zimaze igihe ntizibakomeretse mu buryo bukabije.


  • Abadepite basabye impinduka muri “Army Shop” –

    Ibyo byasabwe ubwo iyo nteko yari iteranye ku wa Gatatu tariki 3 Werurwe 2021 hifashishijwe ikoranabuhanga, nyuma yo kugezwaho raporo ya Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano igaruka ku isuzumwa ry’imicungire ya Army Shop.

    Inteko yemeje iyo raporo ndetse ishima ibiyikubiyemo, ariko isaba ko amashami ya Army Shop 15 ahari kugeza ubu yakongerwa.

    Mu butumwa Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, yashyize kuri Twitwer, yagize iti “Inteko Rusange yemeje raporo ya Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano ku isuzumwa ry’imicungire y’Ihahiro ry’Ingabo na Polisi by’u Rwanda, ishima ibimaze gukorwa, isaba ko ryakongera amashami.”

    Army shop yashyizweho n’iteka rya Minisiriri w’Intebe ku wa 8 Nzeri 2011, hagamijwe korohereza Ingabo, Abapolisi, Abacungagereza, n’imiryango yabo [abo bashakanye cyangwa abana] kugura ibikoresho by’ibanze n’ibiribwa mu buryo bworoshye kandi bibahendukiye. Mu 2018 abacungagereza nabo bongewe ku barebwa n’iryo hahiro.

    Umuyobozi wa Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano, Rwigamba Fidèle, aherutse kubwira The New Times ko abakora mu nzego zirebwa n’iryo hahiro bahembwa amafaranga atari menshi kandi ugasanga bakunze kuba kure y’imiryango yabo, bityo rikaba ryitezweho gufasha imiryango yabo ntiyicwe n’inzara.

    Army shop kugeza ubu igurirwamo ibikoresho by’isuku, ibyo mu gikoni n’ibiribwa bica mu nganda nk’umuceri, amavuta, ifu, amata, imitobe n’ibindi.

    Ibiciro byabyo biba biri hasi ugereranyije no ku isoko risanzwe. Umwe mu barihahiramo yavuze ko nk’ikintu kigurishwa ikilo 1000 Frw, “ho usanga kigura 600-650 Frw”.

    Army shop ihahirwamo n’Abasirikare, Abapolisi n’abacungagereza / Ifoto: AFOS