Tag: featured

  • Na Perezida wa Repuburika yitaba Inteko, abajyanama mujye mutumiza abayobozi bananiranye – Minisitiri Gatabazi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Minisitiri Gatabazi asaba abajyanama kujya batumiza abayobozi bananiranye
    Minisitiri Gatabazi asaba abajyanama kujya batumiza abayobozi bananiranye

    Minisitiri Gatabazi avuga ko hari abajyanama baheruka batorwa gusa manda zabo zikarangira nta nama n’imwe bagiranye n’abaturage nk’uko byagaragaye mu masuzuma yagiye akorwa, mu gihe nyamara ngo umujyanama akwiye kwegurira umwanya we abaturage akumva ibibazo bafite kugira ngo bikorerwe ubuvugizi.

    Minisitiri Gatabazi avuga ko Umuyobozi w’akarere, uw’umurenge n’uw’akagari batayobora inama Njyanama ahubwo ari zo ziyobora abo bayobozi, kandi abajayanama bafite inshingano zo kugenzura imikorere y’abayobozi kugira ngo aho bitagenda neza hashakwe umuti w’ikibazo.

    Agoira ati “Nimugenda mukiyicarira mukajya muvuga ngo gitifu ntakora yarananiranye, agoronome ntakora, abarimu ntabwo bigisha, izo ni zo nshingano zanyu zo kuvugira benshi badafite aho bahurira ngo bivugire. Na Perezida wa Repuburika yitaba Inteko, Minisitiri yitaba Inteko, Minisitiri w’Intebe yitaba Inteko, namwe mujye mutumiza ba gitifu badakora neza bisobanure”.

    Avuga ko akamaro k’umujyanama ni ako kureba ibitagenda, nk’uko abanyamakuru basuzuma ibitagenda bakabikorera ubuvugizi kugeza ubwo abaturage basigaye babizera cyane kandi nta ngengo y’imari bagira.

    Abagore 11 ni bo bahataniraga imyanya itanu y
    Abagore 11 ni bo bahataniraga imyanya itanu y’abazahagararira abandi mu nama Njyanama y’Akarere ka Muhanga

    Agira ati “Dore abaturage basigaye bazi ko abanyamakuru ari bo bakemura ibibazo byabo, kuki abaturage bazategereza ko umunyamakuru azabasanga muri Nyabinoni kubakemurira ibibazo, kandi wowe mujyanama wa Nyabinoni uhari uba umara iki?”

    Avuga ko kuzuza inshingano z’Ubujyanama ari ugushyigikira imiyoborere myiza irangajwe imbere na Perezida wa Repuburika, Paul Kagame, yo gushyigikira umuturage ngo Igihugu gitere imbere.

    Ubwo hatorwaga abajyanama ku rwego rw’akarere bahagarariye 30% by’abagore, umujyanama Kayitare Jacqueline, usanzwe unayobora Akarere ka Muhanga yagaragaje ko impanuro za Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu ari ingirakamaro ku bagore bagiye guhagararira abandi mu nama Njyanama z’uturere.

    Agira ati “Twarakoze muri manda ishize, kandi ibyo kubakirwaho birahari igisigaye ni ugufatanya na bagenzi bacu bazazamuka mu bajyanama rusange, icya mbere ni ugushyira imbere umuturage akazamuka kugira ngo ibyo duteganya kugeraho na we agaragaze uruhare rwe”.

    Kayitare avuga ko ibyo kubakiraho byakozwe igisigaye ari ukwegera umuturage
    Kayitare avuga ko ibyo kubakiraho byakozwe igisigaye ari ukwegera umuturage

    Amatora mu bagize inama Njyanama ku rwego rw’akarere arakomeza kuri uyu wa kabiri no ku wa kane, ahazatorwa abajyanama rusange bazitoramo komite nyobozi z’uturere.


    source : https://ift.tt/3wKYkzw

  • Iburasirazuba: Batangiye gukora umuganda wo kurwanya amapfa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bahagurukiye kurwanya amapfa
    Bahagurukiye kurwanya amapfa

    Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Geraldine Mukeshimana, avuga ko uyu muganda ugamije ko inzego zose zikangurira abaturage cyane abahinzi kuhira imyaka kubera ko hari aho imvura itaboneka neza bikaba byatuma hari imyaka ishobora gupfa kandi iri hafi y’amazi.

    Avuga ko mu ntara y’Iburasirazuba huhirwa ubuso buto ugereranyije n’ubukenewe kuhirwa akaba ariyo mpamvu inzego zishinzwe ubuhinzi n’iz’umutekano bahisemo gufatanya mu bukangurambaga, bugamije gukangurira abaturage bafite imirima yegereye amazi kuhira.

    Ati “Ni ibikorwa bimaze iminsi ariko uko iminsi igenda yiyongera tukabona ko ubuso buba bukenewe kuhirwa ari bunini kurushaho, niyo mpamvu intara y’Iburasirazuba ifatanyije n’inzego z’ubuhinzi n’ubworozi ndetse n’iz’umutekano, bateguye iki gikorwa kibera mu turere dutandukanye kugira ngo abaturage bongere bibutswe ko nta myaka yakagombye kuma kandi iri hafi y’amazi.”

    Muri ubwo bukangurambaga kandi abaturage baributswa gufata amazi mu gihe imvura yabonetse no guhinga ibihingwa bidasaba amazi menshi kubera ko iki gihembwe cy’ihinga gifite imvura nkeya.

    Hari kandi no kuba hafi abahinzi mu gihe bigaragara ko imyaka yabo idakura neza.

    Minisitiri Mukeshimana avuga ko uretse Intara y’Iburasirazuba cyane mu turere twa Bugesera, Ngoma, Kirehe, Kayonza, Nyagatare n’umurenge umwe mu Karere ka Gatsibo hagwa imvura nkeya, ngo no mu Ntara y’Amajyepfo uturere twa Kamonyi na Nyanza na ho hari imvura nkeya.

    Avuga ko iki gikorwa kireba abayobozi mu nzego zegereye abaturage, inzego zishinzwe ubuhinzi n’ubworozi, iz’umutekano ndetse n’abikorera bagomba gucuruza ibikoresho byo kuhira ku buso buto.

    Abaturage bakaba bashishikarizwa kwishyira hamwe bagafatanya muri uyu muganda kuko bizakorwa kugeza imyaka yeze.

    Kuhira byashyizwe imbere
    Kuhira byashyizwe imbere

    Avuga ko ingengo y’imari yagenewe kuhira imyaka inyinshi yashyizwe mu ntara y’Iburasirazuba cyane mu kugura ibikoresho byo kuhira, no kubona imbuto zera vuba cyangwa yihanganira izuba nk’imyumbati, ibijumba n’indi ndetse no kubona amahema afata amazi.

    Abaturage bakaba basabwa kwegera imyaka yabo no kuyitaho ndetse hakoreshwa uburyo bwo kuhira no gufata amazi ava ku mazu rimwe na rimwe ateza ibiza.

    Abakora ubworozi by’umwihariko bo barasabwa gutera ubwatsi bw’amatungo kugira ngo azaramirwe hatabaye ibihe byiza.


    source : https://ift.tt/3cfiYhQ

  • Rugby: Thousand Hills na Muhanga Thunders yegukanye ibikombe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Thousand Hills yishimira igikombe yegukanye
    Thousand Hills yishimira igikombe yegukanye

    Byabaye ku wa Gatandatu tariki 13 Ugushyingo mu 2021, ubwo kuri sitade Amahoro i Remera haberaga imikino ya Rugby mu bagabo n’abagore, aho bahataniraga irushanwa ry’umunsi umwe rya Big Ant Studios Rugby Sevens Series.

    Amakipe 14 ni yo yitabiriye iryo rushanwa mu byiciro byombi aho mu cyiciro cy’abagabo hitabiriye amakipe 8, agabanyije mu matsinda 2 na ho mu cyiciro cy’abagore hitabira amakipe 6.

    Itsinda rya mbere mu bagabo: Kigali Sharks, Resilience Pumas, Burera Tigers. Itsinda rya kabiri mu bagabo ryarimo; Thousand Hills, Muhanga Thunders, UR Grizzlies, Rubavu Eagles.

    Itsinda rya mbere mu bagore ryarimo Kigali Sharks, Muhanga Thunders, Musanze Gorillas, na ho Itsinda rya kabiri mu bagore ryarimo Resilience, Ruhango na Rwamagana Campus.

    Imikino y’amajonjora, haba mu bagabo n’abagore yakinwe mu buryo buri kipe ihura na ngenzi yayo basangiye itsinda, mu bagabo hazamuka 2 no mu bagore.

    Kigali Sharks 10-05 Resilience, Pumas 10-0 Burera Tigers, Kigali Sharks 05-05 Muhanga, Thousand Hills 31-0 Muhanga Thunders, UR Grizzilies 0-07 Rubavu Eagles, Resilience 07-05 Ruhango, Sharks 24-0 Pumas, Resilience 26-0 Burera Tigers, Kigali Sharks 0-0 Musanze Gorillas, Musanze GRC 0-5 Muhanga GRC, Thousand Hills 19-0 Rubavu Eagles, Muhanga Thunders 7-7 UR Grizellies, Ruhango WRC 15-0 Rwamagana Campus, Musanze Gorillas 12-0 Rwamagana Campus.

    Imikino ya kiwe cya kabiri yahise itangira mu bagabo Kigali Sharks itsinda 21 kuri 7 ya Rubavu Eagles, na ho Thousand hills itsinda amanota 7 ku busa bwa Resilience RC.

    Mu bagore Kigali Sharks WRC yatsinzwe amanota 5 kuri 15 ya Ruhango WRC, naho Muhanga Thunders itsinda amanota 5 ku busa bwa Resilience WRC.

    Umukino wa nyuma mu bagore wahuje Muhanga Thunders na Resilience WRC urangira amakipe yombi anganya ibitego 5 kuri 5 hitabazwa tombola yasize ikipe ya Muhanga Thunders yegukanye igikombe. Umukino wa nyuma mu bagabo warangiye Thousand Hills itsinze ibitego 28 kuri 7 bya Kigali Sharks.

    Mu bindi bihembo byatanzwe, Umukinnyi wahize abandi mu bagabo yabaye Isimbi Carlos ukinira Thousand Hills, Umukinnyi wahize abandi mu bagore yabaye Ndayishimiye Odette ukinira Resilience. Ikipe yabaniye neza izindi yabaye Rwamagana Campus.

    source : https://ift.tt/3cf9nHQ

  • Ibirego 3.213 byinjiye mu nkiko mu 2020: Uko biba byifashe mu cyumba cya gatanya – #rwanda #RwOT

    Uyu mugabo ufite abana batatu ni umuhanzi uhimbaza Imana, wamamaye ku izina rya ‘Svensson’. Mu 2001 ni bwo yinjiye mu rukundo, yahuye n’umukobwa wo mu rusengero, ashima imico ye n’imyifatire, bahuza umugambi wo kurushinga mu 2002.

    Svensson ntiyahiriwe mu rushako kuko urukundo rwahise rujyamo kidobya nyuma yo kuva mu kwezi kwa buki.

    Ati “Habonetse ibintu tudahuzaho. Byatangiye mu gihe gito nko mu cyumweru kimwe, bibiri, ukwezi utangira kubona ibintu bitari byiza mu rugo. Haje kubaho kwihangana mu gihe cy’imyaka itandatu. Twagiranye umugisha wo kubyarana ibibondo bitatu ariko bikomeza kwanga.’’

    Uyu mugabo washatse afite imyaka 22, ni we wateye intambwe ya mbere yo gusaba gatanya n’umugore we nyuma y’imyaka itandatu barushinze.

    Ati “Naramwicaje mubwira ko hari ibitazakunda. Imiryango yacu nta ruhare yabigizemo. Mu kurokora ubuzima bw’abana dutandukane. Twahise twanzura kugana mu nkiko.’’

    Mbere yo kwinjira mu rukiko, Svensson yabaye nk’utawe hanze ya ADEPR muri Paruwasi ya Kacyiru yabarizwagamo kuko abumvaga icyemezo cye cyo gutandukana n’umugore we ari mbarwa.

    Yakomeje ati “Aho nyuze bakandyanira inzara kugeza ku rwego aho nasengeraga nakuwe ku mirimo nakoraga, nsigara nicara mu rusengero gusa.’’

    Iyo uraranganyije amaso mu manza za gatanya zibaho usanga inyinshi ziterwa no guhubuka mu kurambagizanya, kuyoborwa n’urukundo rwo gukunda ibintu n’ubuhanuzi buyobya.

    Mu kubara inkuru ye, Svensson avuga ko yamaze imyaka nk’ibiri abana n’umugore we mu maso y’abantu ariko iwe umuriro usa n’uwatse, babana muri gatanya y’ibanga.

    Ati “Wabonaga ntacyo bimaze, ari ukubabara gusa. Ni hamwe yinjiraga undi agasohoka. Nanze gushimisha abantu kandi urugo nta ruhari, ngo mbeshye Imana kandi izi byose.’’

    - Mu cyumba cya gatanya

    Iteka ntabwo ibintu bihora byera ngo de! Hari abo gatanya ibera umwanya wo gusebanya ugasanga umugabo yandagaje umugore kakahava, undi nawen akabigenza uko.

    Gusa muri iki gihe inyinshi mu manza za gatanya zibera mu muhezo, kuko ugiye kumva ibiba bivugirwamo ushobora kurwara ihungabana ukazinukwa gushaka niba ukiri ingaragu.

    Nk’ababa bashinjanya gucana inyuma hari ubwo biba ngombwa ko mu rukiko hagaragazwa ibimenyetso, ugasanga umwe afite nk’amashuka uwo bashakanye yari arwamanyeho n’undi muntu, amafoto se, amajwi, ubutumwa bugufi n’ibindi bimenyetso biba bifatwa nka simusiga muri icyo gikorwa.

    Mu myaka yo hambere, ushaka gatanya yashoboraga kwijyanira ikirego ku rukiko ariko ubu akenera umwavoka ubikora.

    Mu 2008 ubwo yajyaga kwaka gatanya Svensson yatanze igarama rya 2000 Frw [ubu agera ku 50.000 Frw].

    Uyu munyamategeko ni we ubwira impamvu ushaka gutandukana niba ari ubusambanyi, kwaya umutungo, kwitwara nabi, guhoza ku nkeke, gufata ku ngufu n’ibindi. Ibi iyo bigeze mu nyandiko ni byo bihabwa umwanditsi w’urukiko, na we akabishyikiriza Perezida warwo.

    Mbere yo kwinjira mu rukiko, Perezida warwo abanza kuganiriza abashaka gutandukana, ababaza impamvu bafashe uwo mwanzuro.

    Mu magambo ababwira harimo kubabaza ati “Murapfa iki, ko ufite umugore mwiza? Ese ibintu muri gupfa ntimwabireka? Ntimwabyaye, mugiye gutuma abana banyu babaho nabi? Wa mugabo we ni igiki uyu mugore agukorera utakwihanganira? Wa mugore we ni igiki umugabo wawe agukorera atakwihanganira? Musubire mu rugo, mubitekerezeho muzagaruke.’’

    Iyo amaze kubaganiriza inshuro nk’ebyiri ni bwo abemerera kwinjira mu rukiko, bagatangira kuburana.

    Svensson we yamaze amezi abiri atanze dosiye ye abona kwemererwa kugera mu rukiko.

    Ati “Uwari umugore wanjye na we yarabishakaga. Twatanze dosiye ari muri Nyakanga baduha kuburana mu Ugushyingo. Yahise avuga ko ashaka ko byihuta. Atanga impamvu z’uko ashaka kujya kwiga. Baduha muri Nzeri.’’

    Mu gusaba gatanya hari n’abashobora kumara umwaka cyangwa ibiri batarayibona. Iyo hagiyemo ibijyanye n’imitungo ho birushaho kugorana.

    Mu kuburana gatanya, umuntu ashobora kuburana mu ruhame cyangwa mu muhezo.

    Svensson yahisemo kuburana ku karubanda kuko yumvaga ntabyo gusebya umugore we byari birimo.

    Ati “Numvaga kujya mu muhezo, abantu bazibaza icyo mpunze. Uwumvise urubanza na we agira uko avuga ibintu. Njya muri gatanya nta muntu wo mu muryango wankurikiye kuva ntangiye kuburana kugeza birangiye. Bose bahise bampa akato, bamwe bambajije niba nasenze nkabaza Imana. Ntibari bazi umusonga wanjye.’’

    “Hari abahise bantuka, agahungu ko kwa pasiteri, abandi bati uriya mupagani, abandi bati ‘ararushye’. Nahise mvuga ko ibyo bazakora byose nzabyakira kuko nari ngiye ku ruvugiro. Kuvuga ko natanye, ko urugo runaniye byarabaye.’’

    Ari imbere y’abacamanza, Svensson yavuze ibimenyetso byose ashingiraho yaka gatanya, anasaba guhabwa abana be [yarabahawe ndetse ubu barabana].

    Impande zombi iyo zimaze kuvuga impamvu zishingiraho zisaba gatanya, urukiko rufata igihe cyo kuzisuzuma mbere yo gutangaza umwanzuro.

    Mu gutanga gatanya, urukiko rwanzura ruvuga ko ‘rutanze ubutane ku makosa ya bombi cyangwa umwe mu bashakanye’, rukanagena uko abana bazarerwa niba bahari n’uko imitungo izagabanywa.

    Uruhande rutishimiye imikirize y’urubanza ruhita rujurira ndetse abahawe gatanya basabwa no kujya mu murenge guhinduza irangamimerere, bakwiyandukuza.

    Urukiko ni rwo rutanga icyemezo cya gatanya ndetse ni cyo gihabwa Umurenge kugira ngo uhindure irangamimerere.

    Mu myaka yo hambere hatangwaga icyemezo cy’ubuseribateri, ubu hatangwa icy’uko yahawe gatanya.

    - Gatanya zikomeje kuba umutwaro kuri sosiyete Nyarwanda

    Imibare y’Inkiko yerekana ko mu 2019 hinjiyemo ibirego 2.796 mu gihe mu 2020 zakiriye ibirego 3.213 .

    Izi manza zishobora kuba zirenga kuko hari izitangwa n’inkiko z’ibanze ndetse zimwe zikajuririrwa kugera mu nkiko zisumbuye n’inkuru.

    Nubwo itegeko rigena ko imanza za gatanya zigomba kuburanishwa bitarenze imyaka ibiri haracyari izitinda kurangizwa zageze mu nkiko.

    Izi ziyongeraho izikorwa mu ibanga nk’aho usanga ababana badasangira uburiri, badahurira ku meza ariko bagera mu bandi bakiyumanganya. Usanga binabaviramo amakimbirane aganisha ku kwicana n’izindi ngaruka zikomeye ku muryango.

    Umuyobozi w’Akanama Ngishwanama k’Abahuza, Prof Sam Rugege, yabwiye IGIHE ko imanza za gatanya ziyongera ahanini kuko mu bakiri bato bashakana hashira igihe bikarangira.

    Ati “Sinibwira ko hari impamvu zituma abantu batandukana cyangwa bemererwa gutandukana nk’ubusambanyi, guhoza ku nkeke, guhohoterwa n’uwo mwashakanye, guta urugo hagashira amezi 12 cyangwa kutabana hagashira imyaka ibiri. Kuri ibyo nta cyahindutse ngo cyatuma abantu boroherezwa mu gukora gatanya. Ahubwo ngira ngo icyahindutse ni imibanire y’abantu muri iyi minsi bijyanye n’iterambere.’’

    Yahuje izi mpinduka n’iterambere ry’abagore aho basigaye biga, bakajya no mu mirimo ituma bashobora kwibeshaho ndetse bamenya uburenganzira bwabo.

    Ati “Ndibwira ko bituma abagabo bagira kwitinya cyangwa impungenge, bakumva badatekanye kuko abagore babarusha amashuri, amafaranga cyangwa bafite imirimo iri ku rwego rwo hejuru kurusha iyabo. Uko kudatekana gutuma haba kutumvikana, hakaba amakimbirane hakaba hashobora kubaho umwe guhohotera undi, bigatuma haba gatanya.’’

    “Abagore bamenye uburenganzira bwabo, ko batagomba gukomeza kubana n’ababahohotera, ko bashobora kwibeshaho nta mugabo, ibyo kera ntibyabagaho. Iby’umuco bakabishyira iruhande, kuko ubundi wasaga nk’aho ubahatira kuguma mu rugo kubera abana, kubera isura y’umuryango muri sosiyete ariko ni byo batangiye kumenya ko atari byo ko bafite uburenganzira bwo kwiteza imbere no gukora ibyo bashoboye bateza imbere igihugu.’’

    Yavuze ko kuba gatanya ari nyinshi atari ugutsindwa k’ubuhuza ahubwo bishobora kuba ari uburyo bwo guhuza abashakanye burimo icyuho.

    Ati “Itegeko rivuga ko umucamanza mbere y’uko ajya mu rubanza rw’ubutane, agomba guhuza abashakanye akabashishikariza kongera kubisuzuma kugira ngo bongere babane akabaha amezi atatu. Abacamanza ntibabihuguriwe cyane abo mu nkiko z’ibanze n’izisumbuye, ntibize iby’ubujyanama n’igenamitekerereze. Bimaze kuba nk’umuhango, tugende mu rukiko mvugane n’umucamanza baduhe amezi atatu twongere tugaruke baduhe gatanya, ntabwo bifasha.’’

    - Itegeko rigenga umuryango riri kuvugururwa, gatanya ntiyarengejwe ingohe

    Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Prof Jeannette Bayisenge, aherutse gutangaza ko igihugu cyifuza kubaka umuryango ushoboye kandi utekanye.

    Ati “Icyo twifuza ni ukubaka umuryango urambana atari uw’imyaka ibiri cyangwa itatu kuko bigira ingaruka cyane cyane ku bana. Urugo ni umushinga w’ubuzima bwose, aha rero iyo udafashe umwanya uhagije ngo uwutegure neza usanga hajemo na bya bindi byose mwavugaga.’’

    Yasobanuye ku mu kuvugurura itegeko ry’umuryango hari gushyirwa imbaraga mu bujyanama buhabwa umuryango.

    Yakomeje ati “Mu byo turi kugerageza kuvugurura harimo na biriya abashaka gatanya bagenda bakabanza kubaha amezi yo kwiyunga no kwitekerezaho; harimo no gutekerezwa ko byanavaho kuko byagaragaye ko nta musaruro bitanga.’’

    Rugege yavuze ko itegeko rikeneye kongerwa gusuzumwa ku buryo umucamanza mbere yo kwakira abashaka gatanya yajya abohereza mu bajyanama babyigiye cyangwa mu bahuza ngo “babafashe kurangiza ikibazo cyabo mu bwumvikane, byaba ari ukubaha gatanya bakayibaha kandi bumvikanye ku ngingo zose.’’


    source : https://ift.tt/323Suhl

  • #COVID19: Mu Rwanda abantu 11 banduye babonetse mu bipimo 17,567 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nta muntu wishwe na Covid-19 mu Rwanda kuri uwo munsi, bituma kugeza ubu mu Rwanda abamaze guhitanwa n’icyo cyorezo bose hamwe bakomeza kuba 1,338.

    source : https://ift.tt/3Hq7zd6

  • Imyambarire idasanzwe mu byaranze igitaramo cya Omah Lay (Amafoto) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Indirimbo za Omah Lay nka Damn, Godly, Understand kuza kugera kuri Free my Mind yasohotse ageze i Kigali aje gutaramira Abanyarwanda, zakoze ku mutima abakunzi ba muzika bumva batatangwa kujya kumwereka urukundo bamufitiye.

    Ubwitabire bwari buri hejuru muri icyo gitaramo bishingiye ku nyota abakunzi b’umuziki bari bafite nyuma y’igihe kirenga umwaka n’igice ibitaramo byarahagaze kubera Covid-19.

    Abahanzi Nyarwanda barimo Davis D, Platini, Bushali, Ish Kevin, Ariel Ways na Juno Kizigenza berekanye ko umuziki Nyarwanda ufite imbaraga, ndetse Abanyarwanda bawunyotewe kuwumva no kuwubyina.

    Omah Lay agakote yari yaje yambaye byageze hagati akajugunya mu bafana kubera uburyo abakunzi be bamwakiriye ku rubyiniro.

    Omah Lay utarashoboye guhishira amarangamutima ye ku nkumi z’Abanyarwandakazi, yaje gusaba babiri muri bo kuza bakamusanga ku rubyiniro maze umuziki si ukuwuceka biratinda.

    Uyu muhanzi kandi yasabye umwe mu bafana bari begereye ku rubyiniro kumutiza telefone ye ngo amusigire agafoto k’urwibutso nyuma yaho abonyeko benshi mu bitabiriye iki gitaramo bamaze umwanya munini bari kubika gihamya cy’uko bari kumwe, maze na we akoresha telefone y’umufana yifotora ifoto azatunga nk’urwibutso.

    Itsinda rya Symphony ryaje gufasha uyu muhanzi ku rubyiniro, ryaserukanye umwambaro w’amajipo nyuma y’uko mu gitaramo cya Bruce Melodie bongeye guseruka bambaye umwambaro wagaragaye muri filime igezweho kuri ubu ya Squid Game, ibintu byatangaje cyane abari baje kwitabira icyo gitaramo.

    source : https://ift.tt/30tKFkC

  • Amb Hazza Alqahtani yeretse abanyeshuri ba ‘Islamic Secondary School’ ibanga ryatuma bajya kwiga muri UAE – #rwanda #RwOT

    Ibi yabigarutseho mu ruzinduko yagiriye muri iryo shuri, aho yaganiye n’abanyeshuri baho bakamubaza ibibazo bitandukanye ku mahirwe bafite yo gukomereza amasomo muri UAE nyuma y’uko yari amaze kubasobanurira ingamba icyo gihugu cyashyizeho mu gushyigikira uburezi.

    Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB), Dr Mbarushimana Nelson, abarimu bo muri iryo shuri n’Umuyobozi waryo ndetse n’Umuyobozi Mukuru wa Islamic Cultural Center, Abdellatif Aouid, bitabiriye ibyo biganiro.

    Ambasaderi Alqahtani yashimiye abo banyeshuri kubera urwego rw’imitsindire bariho magingo aya, aho abaheruka gukora ikizamini cya Leta batsinze 100%.

    Ati “Ndashimangira ko Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu ziyemeje kugenzura ko amahirwe akomeye y’uburezi agera kuri bose, atari abenegihugu gusa. Kandi igihugu cyanjye kiri mu mikoranire n’u Rwanda, igamije guha abafite impano zikomeye amahirwe yo kugera ku burezi bwo ku rwego rwo hejuru, muri kaminuza zo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu ziri ku rwego mpuzamahanga.”

    Kuva mu 2002 Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu zashyigikiye uburezi mu Rwanda zibinyujije mu Muryango Al Maktoun Foundation, aho zafashaga ibigo bibiri birimo icya Hamdan Bin Rashid Al Maktoum Girls Secondary School for Sciences giherereye i Muhanga, na Hamdan Bin Rachid Kimisange Secondary School kiri muri Kigali. Abanyeshuri baho bose bitwaye neza mu bizamini bya Leta biheruka baratsinda.

    Mu myaka nibura 10 ishize, UAE ibinyujije mu Muryango wa Khalifa Bin Zayed Al Nahyan Foundation yafashije Islamic Secondary School for Sciences ku gipimo cya 100%.

    Mu bufatanye bwa Guverinoma y’u Rwanda n’iya UAE, hatangwa amahirwe yo kuba Abanyarwanda bajya kwiga muri Kaminuza zo muri icyo gihugu ku buntu binyuze mu mushinga wa UAE Technical Assistance Program.

    Ambasaderi Alqahtani yakomeje ati “Uwo mushinga uzatuma abanyeshuri babasha kubaka ejo hazaza habo heza, banatange umusanzu mu kugera ku iterambere ryifuzwa haba ku gihugu no ku muryango mugari.”

    Kuva mu 2018, abanyeshuri 20 barimo abagore n’abagabo bavuye mu Rwanda bagezweho n’ayo mahirwe yo kujya kwiga muri kaminuza zo muri UAE ku buntu, mu masomo arebana n’imyubakire, ibinyabuzima, ibinyabutabire, ibya mudasobwa, ubukanishi n’iby’amashanyarazi.

    Mu 2019, Abanyarwanda 10 bemerewe kujya kwiga icyiciro cya kabiri cya kaminuza muri Surbone Abu Dhabi University ku buntu.

    Amb Hazza yashimye iri shuri kuba rikomeje gufasha abanyeshuri gutsinda ndetse abanyeshuri ko abazahiga abandi bazahabwa ayo mahirwe yo kujya kwiga kaminuza muri UAE ku buntu.

    Inyigo yamuritswe na British Council mu 2017, yagaragaje ko UAE iri mu bihugu bya mbere bishyigikira uburezi mpuzamahanga.

    Yamuritswe kandi nyuma y’igenzura rya kabiri ryakozwe mu bihugu 38 harebwa ku rwego rw’uburezi mpuzamahanga bitanga.

    Icyo gihe UAE yabaye iya kabiri mu birimo uburezi bufite ireme ndetse iba iya gatanu mu bitanga impamyabumenyi zemerwa henshi.

    Icyo gihugu cyashyize mu mashuri makuru ingamba zinoze mu buryo butandukanye mu gihe gito. Kaminuza yacyo yatangijwe mu 1976 ni yo nkuru muri urwo rwego.

    Kuva yashingwa, UAE imaze kugira amashuri makuru na za kaminuza 76, arimo ay’imbere mu gihugu gusa n’ari ku rwego mpuzamahanga nka Soburne Abu Dhabi University, New York University na American University of Sharjah.

    Guverinoma ya UAE yagiye ifasha abanyeshuri b’Abanyarwanda bashaka gutyaza ubumenyi bwabo mu yisumbuye banyuze muri ayo mashuri ya Leta n’ayigenga, ikabishyurira muri UAE University na Sorbonne Abu Dhabi University.

    Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) mu Rwanda, Hazza Alqahtani, yasabye abanyeshuri ba ‘Islamic Secondary School for Sciences’ gukora cyane

    Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi bw’ibanze (REB), Dr Mbarushimana Nelson ni umwe mu bitabiriye ibi biganiro

    Umuyobozi Mukuru wa Islamic Cultural Center Abdellatif Aouid yahawe umwanya muri ibyo biganiro

    Ibi biganiro byitabiriwe n’abanyeshuri, abarezi n’abayobozi b’iri shuri

    source : https://ift.tt/2YNSmRS

  • Kirehe: Inka 13 zapfuye mu buryo bw’amayobera #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    RAB irimo gushakisha icyateye urupfu rw
    RAB irimo gushakisha icyateye urupfu rw’izo nka

    Nyuma y’urupfu rw’izo nka, haketswe ko zaba zazize amasaka zonnye mu murima w’umuturanyi.

    Umukozi w’Umurenge wa Mpanga ushinzwe imiyoborere, Etienne Sibongo, avuga ko atakwemeza ko zazize amasaka ahubwo harimo gushakishwa icyo zaba zarazize.

    Ati “Urumva iyo byabaye kuriya abantu bavuga byinshi ariko ntitwabyemeza, ahubwo dutegereje igisubizo cya cy’Ikigo cy’igihugu cyita ku buhinzi (RAB), abakozi bayo bafashe ibizamini, ubwo turategereje ibisubizo”.

    Sibongo avuga ko nyuma y’ibisubizo bya RAB aribwo hazamenyekana icyakorwa mu rwego rwo gufasha uwahuye n’icyo kibazo.


    source : https://ift.tt/3ovXzq8

  • Libya: Umuhungu wa Gaddafi agiye guhatanira umwanya wa Perezida #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Saif al-Islam al Gaddafi
    Saif al-Islam al Gaddafi

    Icyo gikorwa Saif al-Islam al Gaddafi w’imyaka 49, yagikoreye ku biro bya Komisiyo y’amatora biherereye mu Mujyepfo y’umujyi wa Sebha muri icyo gihugu.

    Ku rutonde rw’abazahatana na Saif Gaddafi wari umaze imyaka igera ku 10 atagaragara, unafatwa nk’ufite ingufu muri ayo matora, hari Khalifa Haftar, hari Minisitiri w’Intebe, Abdulhamid al-Dbeibah ndetse na Aguila Saleh, nk’uko byatangajwe na Reuters.

    Saif ni umwe mu babashije kurokoka mu muryango we uretse ko yaje gufatwa agafungwa, ubwo habagaho imyivumbagatango muri Libya mu 2011, yanabaye intandaro y’urupfu rw’umubyeyi we, Muhammar Gaddafi, wayoboraga icyo gihugu.


    source : https://ift.tt/3wNaCYg

  • Ferwafa yasobanuye ikibazo cya Rafaël York wavuye mu mwiherero w’Amavubi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ku wa Gatanu w’iki cyumweru ni bwo ikipe y’igihugu Amavubi yerekeje muri Kenya, aho igiye gukina umukino wa nyuma mu guhatanira itike yo kwerekeza mu gikombe cy’isi kizabera muri Qatar.

    Iyi kipe ikigera muri Kenya, Rafaël York yahise afata indege yerekeza muri Sweden aho asanzwe akina, aho hari amakuru yari yatangajwe avuga ko icyatumye agenda ari ukutumvikana n’abakinnyi bagenzi be.

    Kuri iki Cyumweru, Ferwafa ibinyujije kuri twitter yatangaje ko amakuru yavuzwe ari ibihuha, ko uyu mukinnyi yagiye kubera urupfu rw’inshuti ye ya hafi.

    Itangazo Ferwafa yanyujije ku rubuga rwa Twitter

    FERWAFA iramenyesha abanyarwanda bose ko umukinnyi mpuzamahanga RAFAEL York yavuye mu mwiherero w’Amavubi Stars agasubira muri Sweden kubera ibyago byo kubura inshuti ye ya hafi cyane.

    FERWAFA iboneyeho umwanya wo kunyomoza ibyavuzwe mu bitangazamakuru bitandukanye ndetse n’imbugankoranyambaga kuko nta kibazo na kimwe uyu mukinnyi afitanye na bagenzi be, abatoza ndetse n’ubuyobozi bwa FERWAFA.

    Mugire Amahoro

    source : https://ift.tt/3DfCBSt