Tag: featured

  • Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yagaragaje ubwihutirwe mu gushyigikira ubucuruzi mu bihugu bya Afurika – #rwanda #RwOT

    Ni ubutumwa yatanze kuri uyu wa Mbere, tariki ya 15 Ugushyingo, ubwo hatangizwaga ku mugaragaro IATF, izasozwa ku wa 21 Ugushyingo 2021.

    Imurikagurisha Nyafurika ry’Ubucuruzi ryitabiriwe n’abasaga 10.000, riri kubera mu Mujyi wa Durban muri Afurika y’Epfo, ahateraniye abamurika 1.000 bo mu bice bitandukanye bya Afurika.

    Itangizwa ry’iri murikagurisha ryitabiriwe na Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa; Olusegun Obasanjo wahoze ari Perezida wa Nigeria, uyoboye Inama Ngishwanama ya IATF n’abandi banyacyubahiro barimo abakuru b’ibihugu na Guverinoma.

    Iri murikagurisha riri kuba ku nshuro ya kabiri ryateguwe na Banki ya Afreximbank, Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) n’Ubunyamabanga bw’Isoko Rusange rya Afurika (AfCFTA).

    Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente uhagarariye Perezida Kagame yavuze ko iri murikagurisha ry’ubucuruzi ryabaye mu gihe gikwiye.

    Ati “Ryaje nk’amahirwe yo kubakira ku byagezweho mu Imurikagurisha Nyafurika ry’Ubucuruzi ryabereye mu Misiri mu 2018, aho ishoramari rya Afurika ryanditse ubushabitsi bufite agaciro ka miliyoni zirenga miliyari 32$.’’

    Umwe mu mishinga migari Afurika ihanze amaso mu cyerekezo 2063 ni ishyirwaho rya AfCFTA mu kwihutisha ubucuruzi buhuriweho n’ibihugu bya Afurika no gufasha umugabane kwisanga ku isoko mpuzamahanga.

    Muri uyu mwaka, IATF yibanze ku ntego yo gushyira mu bikorwa AfCFTA nk’uburyo bwo guteza imbere ubucuruzi n’ishoramari muri Afurika.

    Imibare yerekana ko ubukungu bwa Afurika buzava kuri 2.1% bwariho mu 2020 bukagera kuri 3.4% mu 2021 ndetse na 4.6% mu 2022.

    Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, ati “Usibye izahuka ryitezwe, indi mibare yerekana ko Afurika ikiri inyuma y’indi migabane. Iki ni cyo gihe cyiza cyo gushyigikira ubukungu bw’ibihugu bya Afurika.’’

    Yavuze ko u Rwanda rwashyize imbaraga mu kuba igihugu gitera imbere mu nzego zose; bizafasha mu kuzamura guhanga udushya, ubushakashatsi, ibikorwaremezo n’ahantu habereye gukorera ishoramari.

    Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente, yavuze ko u Rwanda n’abandi bafatanyabikorwa bari mu cyiciro cya nyuma cyo gushyiraho uruganda rw’inkingo zizafasha mu guhangana na COVID-19 n’ibindi byorezo.
    Perezida Cyril Ramaphosa yavuze ko muri Mutarama, ibihugu bya Afurika byashyize hamwe mu kwishakamo ibisubizo mu by’ubukungu.

    Yagize ati “Ibicuruzwa na serivisi byerekanwa muri iri murikagurisha, byerekana umuco wa buri gihugu muri Afurika. Ibi bifasha abacuruzi bo muri Afurika kubona amasoko no hanze y’Umugabane.’’

    Yasobanuye ko Abanyafurika bakeneye kubyaza umusaruro umutungo kamere uri ku Mugabane, ukavanwamo ibifite akamaro.

    Ati “Twizeye ko iri murika rizaha Afurika uburyo Abanyafurika bakora mu nganda bashobora gukora no gucuruza ibicuruzwa byinshi byakorewe ku Mugabane. Ndumva buri wese yifuza kuzabona ibyakorewe muri Afurika, atari ahandi.’’

    IATF iri kuba ku nshuro ya kabiri nyuma y’iya mbere yabereye mu Mujyi wa Cairo mu Misiri mu 2018. Iri murikagurisha riba buri myaka ibiri rigamije guhuriza hamwe sosiyete, inganda, ibihugu n’abandi bacuruzi Nyafurika bagasangira amakuru ku bucuruzi, ishoramari no kunguka abakiliya bashya hagamijwe kongera ubuhahirane hagati y’abatuye Umugabane wa Afurika.

    Olusegun Obasanjo yagize ati “Iri murikagurisha rizatanga amahirwe ku bamurika, bashobore kwerekana ibicuruzwa na serivisi zabo no kuganira ku ishoramari ryabo, byose bigamije gushyira mu bikorwa AfCFTA.’’

    Isoko rusange rya Afurika ryemejewe n’ibihugu bitandukanye ku mugabane, rizahuriza hamwe abaturage miliyari 1.3 batuye Afurika, n’ibihugu 55 bifite umusaruro mbumbe tiliyari 2.6$.

    Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yagaragaje ubwihutirwe mu gushyigikira ubucuruzi bukorwa hagati y’ibihugu bya Afurika

    Itangizwa ry’Imurikagurisha Nyafurika ry’Ubucuruzi ryabaye hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda COVID-19

    Imurikagurisha Nyafurika ry’Ubucuruzi riri kubera muri Afurika y’Epfo

    Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente (ibumoso) uhagarariye Perezida Kagame yanahuye na Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, bagirana ibiganiro byihariye

    Bahise basuzuhuzanya nyuma yo kuganira

    Uhereye ibumoso: Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa na Olusegun Obasanjo wahoze ari Perezida wa Nigeria akaba ayoboye Inama Ngishwanama ya IATF

    source : https://ift.tt/3qDHbXh

  • Ubushakashatsi mu bya Siyansi, guteza imbere abagore, urugendo rwe… Ikiganiro na Visi Perezida wa L’Oréal – #rwanda #RwOT

    L’Oréal Group ni ikigo gikomeye kuko gifite ibicuruzwa byongera ubwiza (brands), bigera kuri 36, ku rwego rw’Isi birimo ibihindura ibara ry’umusatsi, parfum, ibirinda uruhu kwangizwa n’izuba, ibirinda umusatsi kwangirika n’ibindi bitandukanye.

    Iki kigo cyavutse ahagana mu 1920, gikoresha abakozi barenga ibihumbi 85, kikaba cyarinjije inyungu ya miliyari 5,2 z’amayero mu 2020.

    Uretse ibikorwa by’ubucuruzi, L’Oréal inasanganywe ibindi bikorwa byo guteza imbere imibereho y’igitsinagore binyuze mu bushakashatsi, ari nayo mpamvu tariki ya 25 Ugushyingo, mu Rwanda hategerejwe igikorwa cyo guhemba abashakashatsi b’abagore bagera kuri 40, bafite imishinga ifite ubushobozi bwo kugira uruhare mu gukemura ibibazo byugarije Isi mu ngeri zitandukanye.

    Ibi bihembo byatangiye gutangwa mu 1998, byitwa For Women in Science (FWIS), aho bitangwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Uburezi, Ubumenyi n’Umuco (UNESCO), ndetse L’Oréal Group, binyuze mu kigo cyacyo gishinzwe guteza imbere imibereho myiza hibandwa ku bagore, Foundation L’Oréal.

    Uyu muhango uzabera mu Rwanda uzaba ubaye ku nshuro ya 12, aho abakobwa bagera kuri 40 baturutse impande zose z’Isi, bakoze ubushakashatsi bushobora gukemura ibibazo bitandukanye ku Isi, bazahatanira ibihembo bimaze kwegukanwa n’abagera ku 102 barimo Abanyafurika 11.

    Impamvu L’Oréal yibanda ku bagore bari mu mwuga w’ubushakashatsi, ni uko bari mu basigaye inyuma ku rwego rw’Isi muri uru rwego, kuko bagize 31,8% mu gihe mu Rwanda bagize 21,8% gusa ari nayo mpamvu iki kigo kibaha umwihariko.

    Mu Kiganiro na IGIHE, Visi Perezida Ushinzwe Ibikorwa by’iki kigo akaba na Visi Perezida wa Foundation L’Oréal, Alexandra Palt, yasobanuye iby’umuhango wo guhemba abashakashatsi bateganya gukorera mu Rwanda, ibirego binenga ikigo akorera kugira uruhare mu kwangirika kw’ibidukikije ndetse n’urugendo rwamugejeje mu bushorishori bwa kimwe mu bigo by’ubucuruzi bifite izina rikomeye ku rwego rw’Isi.

    IGIHE: Uri Visi-Perezida wa Foundation L’Oréal kuva mu 2017. Wagaragaye mu bikorwa byo kwita ku bidukikije no kubaka iterambere. Kuki L’Oréal ishyira imbere ibyo bikorwa?

    Palt: L’Oréal ni ikigo kinini, dufite ibicuruzwa bitandukanye bigera muri 35 ku rwego mpuzamahanga. Dufite ibicuruzwa nka L’Oréal Paris, ibicuruzwa byihagazeho nka L’Oreal Lancôme, dufite ibicuruzwa bitandukanye. Twizera ko nk’ikigo cy’ubucuruzi, inshingano zacu zitari ubucuruzi gusa, ubucuruzi bucuruza gusa ntabwo aba ari ubucuruzi. Iyo yari imitekerereze yo mu 1980 na 1990.

    Ikigo cy’ubucuruzi kiba gifite inshingano ndetse n’uruhare kigomba kugira mu guteza imbere umuryango gikoreramo. Uruhare rwacu ni uguhindura imiterere y’ubucuruzi bwacu mu buryo tutangiza ibidukikije (hakoreshejwe ibipimo bigaragaza umutungo w’Isi uba ukwiye gukoreshwa mu gihe runaka).

    Tunafite inshingano yo guteza imbere ibikorwa by’iterambere aho dukorera, ari nayo mpamvu dufite iyi foundation, dufite ikigega cyo guteza imbere abagore, dufite ishoramari twakoze mu kuzahura urusobe rw’ibinyabuzima kuko tuzi ko ikigo cy’ubucuruzi gifite inshingano mu guteza imbere aho gikorera.

    Kuva mu 2000, mufatanyije na UNESCO mu mushinga uzwi nka ‘For Women in Science’, kuki mwashyize imbaraga mu bikorwa by’ubushakashatsi bukorwa n’abakobwa?

    L’Oréal ni Ikigo gifite aho gihuriye n’ibikorwa bya siyansi cyane. Twatangijwe n’umuntu wakoraga muri siyansi. Dukoresha abashakashatsi bagera hafi mu bihumbi bine mu itsinda ryacu.

    Mu myaka 23 ishize, twabonye ko abagore bakora mu bijyanye n’ubushakashatsi bwa siyansi ari bacye. Ntabwo bajya batsindira ibihembo ku rwego mpuzamahanga, ntibavugwa mu itangazamakuru.

    Nk’ubu mu bihembo bya Nobel Prize biherutse gutangwa, nta mugore watsinze mu bijyanye n’ubushakashatsi ku miterere y’isi (natural science), biragaragara neza ko hari ubusumbane buhari, kuko ntabwo abagore b’abashakashatsi babona amahirwe angana n’aya bagenzi babo, ntabwo babasha kwinjira muri uwo mwuga mu buryo bworoshye, kandi ibyo ntabwo ari byiza ku muryango mugari w’abatuye Isi.

    Ntabwo ari byiza kuko dukeneye impano zose, ibibazo bikomeye Isi iri guhura nabyo bikeneye ko impano zose zibyazwa umusaruro.

    Icya kabiri, ni uko Siyansi iba nziza iyo hari ibitekerezo bitandukanye. Ntekereza ko dutangira ibi bikorwa, ibyo twifuzaga kugeraho ari ukugira ngo abagore b’abashakashatsi bagaragare, bazabe icyitegererezo ku bandi bagore bazinjira muri uwo mwuga mu myaka iri imbere.

    Ibi twabigezeho ku bufatanye na UNESCO, ni umushinga munini kuko tumaze gutanga ibihembo ku bagore barenga ibihumbi bitatu. Wabaye umushinga munini nubwo imibare itazamuka nk’uko tubyifuza.

    Alexandra Palt ni Visi Perezida wa L’Oréal, Ikigo cya mbere ku Isi mu gukora cosmétique , yavuze ko igitsinagore gikwiye gushyigikirwa mu bikorwa by’ubushakashatsi

    Imishinga mwateye inkunga yageze kuki?

    Hari uburyo bubiri bwo gusobanura akamaro k’iyi mishinga. Hari ingaruka zigera ku muntu umwe, kuri buri mugore witabiriye. Ubwo abo bagore hafi ibihumbi bitatu, ubuzima bwabo bwarahindutse kuko ibi bihembo byabashoboje kugaragaza ubushakashatsi bwabo, bakavuga ibyo bakora.

    Ibi bihembo kandi bibafasha gukora ibyo bakunda, bakavugana n’abandi bana b’abakobwa bifuza kwinjira muri ibi bikorwa by’ubushakashatsi, bakababera icyitegererezo. Ibi byose bihindura urugendo rwa muntu, cyane cyane umugore.

    Icya kabiri ni uko tumurika aba bagore b’abashakashatsi. Tubamamaza ku bibuga by’indege ku Isi yose, tubafasha kuvugana n’itangazamakuru ku rwego rw’Isi kugira ngo Isi ibone uruhare rwa siyansi n’ubushakashatsi bwabo bigira mu muryango mugari.

    Hari inzego ebyiri [iki gikorwa cyagezeho, urwa mbere rukaba] ku bagore bitabiriye ibi bikorwa, ariko no ku ruhare byagize mu guteza imbere imyumvire ku ruhare rw’abagore muri siyansi.

    Hari ubushakashatsi buherutse gukorwa abantu basabwa gushushanya umuntu ukora ibijyanye na siyansi, ubusanzwe abantu bashushanyaga umugabo, ariko mu minsi ishize, abagera kuri 30% bashushanyije umugore, urabona ko imyumvire iri guhinduka. Haracyari urugendo rurerure kuri ku rwego rw’Isi, abagore bakora mu bijyanye n’ubushakashatsi ni hafi 33% gusa, ariko hari iterambere riri kubaho.

    Tukivuga ubushakashatsi, Afurika niwo Mugabane ufite abashakashatsi bacye ugereranyije n’abaturage bayituye. L’Oréal ni Ikigo kinini, mutekereza ko mushobora kugira uruhare mu kongera umubare w’abashakashatsi muri Afurika?

    Oya. Tugomba kureba ibintu uko biri. Ntabwo twahindura ukuri k’uko umwuga w’ubushakashatsi utabaye umwuga ukurura abantu benshi muri Afurika mu gihe kirekire. Ntabwo twagira uruhare mu gihe nta bikorwa bifasha mu bushakashatsi Bihari. Ariko icyo dushobora gukora ni ugufasha mu guteza imbere imyumvire iri gukwira henshi y’uko ubushakashatsi ndetse no guhanga udushya bifite uruhare runini ku hazaza ha Afurika.

    Ibyo bikorwa byombi ni ingenzi mu gufasha Isi guhangana n’ibibazo iri guhura nabyo. Ubu igikenewe ni ubushakashatsi bwa Afurika, bukozwe n’abashakashatsi b’Abanyafurika, bugakorerwa ibibazo bya Afurika kandi bukabera muri Afurika. Ntekereza ko ubu bukangurambaga buri kugenda bwaguka, kandi nizeye ko dushobora kugira uruhare ruto muri ibyo bikorwa.

    Ibikorwa byo gutanga ibihembo muri ‘For Women in Science’ kigiye kubera mu Rwanda. Kuki mwahisemo kukizana mu Rwanda?

    U Rwanda ruhagaze neza mu guteza imbere uburinganire. Iyo urebye, usanga umubare w’abagore bari mu myaka ya politiki uri hejuru, uburyo uburinganire bwagezweho mu nzego nyinshi, ibyo byose bituma haba ahantu heza ho kuzana iki gikorwa.

    Ibyo ariko binajyana n’uburyo u Rwanda rwashyize imbaraga mu guteza imbere ubukangurambaga ku bushakashatsi n’ikiranabuhanga, ibi byose byarebweho mu guhitamo u Rwanda, tutibagiwe n’uburyo rwateje imbere ibikorwa byo kwakira inama.

    Uretse gutanga ibihembo, ni ibiki bindi muzakora muri icyo gikorwa?

    Ntabwo tuzahemba abashakashatsi bo muri uyu mwaka gusa, ahubwo tuzanahemba abagombaga guhembwa umwaka ushize, batabikorewe kubera ingaruka z’icyorezo cya Covid-19.

    Mbere y’uwo munsi mukuru wo guhemba, abagore bazahabwa amahugurwa y’iminsi ine, aho bazigishwa ubumenyi bwunganira ubwo gukora ubushakashatsi basanganywe (soft skills), burimo kwiga imiyoborere, kumurika imishinga n’ibindi. Ibi bizafasha guteza imbere umwuga wabo, bitume ubushakashatsi bwabo bwemerwa aho babumuritse.

    Tuzabafasha kandi kuganira n’itangazamakuru ku rwego rw’Isi, kuko biri mu byo dushobora kubafasha.

    Hari undi mushinga witwa L’Oréal for the Future muherutse gutangiza, ugizwe n’iki?

    Nibyo, L’Oréal yari ifite ingamba z’icyiciro cya mbere mu bijyanye no kubungabunga ibidukikije. Icy’ingenzi ni uko twese twari mu Isi yabonaga umutungo kamere usa nk’utazashira, bituma n’abantu bawukoresha mu buryo ndengakamere, bituma haboneka imyanda myinshi [ari nayo igira ingaruka mu kwangiza ikirere, ubutaka n’inyanja, kandi bikagira ingaruka mbi ku buzima].

    Ubu rero twaje kumenya ko ibyo bintu byari ukwibeshya. Ntabwo Isi ifite umutungo kamere udashira, hari ihindagurika ry’ikirere, izimira ry’urusobe rw’ibinyabuzima, ibura ry’amazi n’ibindi bitandukanye [byaturutse ku gukoresha umutungo kamere w’Isi mu buryo bukabije].

    [Kugira ngo duhangane n’izo ngaruka], dukwiye guhindura imyubakire y’ubukungu bwacu, tugahindura uburyo dukoramo ubucuruzi bwacu. L’Oreal imaze imyaka 10 muri ibyo bikorwa, ariko turifuza kubigeza ku rundi rwego, aho twiyemeje ko kugera muri 2030, ibikorwa byacu bizaba biri mu mujyo umwe n’umutungo Isi idakwiye kurenza ikoresha.

    Umutungo udakwiye kurenzwa ushingiye ku bipimo mpuzamahanga bya siyansi byashyizweho, bigena ingano y’umutungo wakabaye ukoreshwa ntuteze ingaruka zikomeye ku mutungo w’Isi.

    Ni nk’uko buri wese yaba afite cake, ukaba utarya cake wagenewe, kuko nubikora gutyo urangiza ibidukikije, urusobe rw’ibinyabuzima n’ibindi. Icyo turi gukora ni ukubaho hashingiwe kuri bya bipimo ntarengwa, kandi inshingano zacu nk’ibigo by’ubucuruzi, ibihugu n’imijyi, ni ukubaho muri ubwo buryo.

    Icyo tuzakora ni uko tuzagabanya umwuka wangiza ikirere twohereza mu kirere (CO2), ku buryo mu 2025, inganda zacu zose, za laboratoire zacu n’ibindi bigo dukorana, nta mwuka wangiza ikirere uzaba uhaturuka. Mu 2030, tuzaba dukoresha pulasitiki zakoreshejwe (recycled plastics).

    Alexandra Palt yavuze ko L’Oréal iri gushora imari ifatika mu kurengera ibidukikije

    L’Oreal ni ikigo cya mbere kinini mu bijyanye n’ibikoresho by’ubwiza. Ni gute mwageze kuri urwo rwego?

    Duharanira gukora ibintu byiza gusa. Ubushobozi bwacu, amahitamo dukora mu buryo dutegura akazi kacu, ntekereza ko umuco wacu wo gukora ibyiza bishoboka, no gukora twirebaho, duharanira kwitwara neza no gukora ibyiza, nibyo bituma tugera ku ntego zacu.

    Inzego zirimo izikora ibikoresho by’ubwiza n’imideli zakomeje kunengwa kugira uruhare mu kwangiza ikirere. Nk’impuguke, wumva ibyo birego bifite ishingiro?

    Ntekereza ko buri wese akwiye guhinduka. Nibyo ibigo by’ubucuruzi byagize uruhare muri iki kibazo, nk’uko bimeze ku muguzi, twese twabigizemo uruhare. Ni nako twese dukwiye guhinduka, ibigo by’ubucuruzi bifite inshingano, L’Oreal ibi yabyumvise kare, twashyizeho intego zo guhangana n’iki kibazo mu 2009. Twamaze kugabanya 81% by’umwuka wangiza ikirere [ugereranyije n’uko byahoze mbere ya 2009]. Kuva mu 2005 twongereye ingano y’ibicuruzwa dukora, ariko twagabanyije ingano y’umwuka wa CO2 twohereza mu kirere.

    Twese dukwiye guhagurukira iki kibazo, kandi mu rwego rw’ibigo bikora ibikoresho by’ubwiza, hari intambwe nini yatewe. Birumvikana ntabwo ibyo bikorwa na buri ruganda, nk’uko bidakorwa na buri muntu cyangwa buri gihugu. Icya ngombwa ni ugushaka uburyo dufatanya twese kugira ngo impinduka zikenewe zibeho mu buryo bwihuse, kuko nta gihe kinini dusigaranye.

    Winjiye muri L’Oréal mu 2012, ugenda uzamuka kugera ku rwego uriho uyu munsi, ni iki cyagufashije?

    Ntekerezo ko ikintu cy’ingenzi ari ukubona ahantu ukorera, hahuje n’impano zawe, imiterere yawe n’ubushobozi bwawe, ku buryo wahagira uruhare mu iterambere ry’ikigo runaka, ahantu ushobora kwagukira.

    Ahantu hose ntabwo wahatangira umusaruro, njyewe mpuje neza na L’Oréal, kuko nanjye nkunda ibintu bikozwe neza, nkunda iyo ibintu biri kwihuta, nkunda guhangana ku buryo ngera ku ntego zanjye, kuyobora impinduka no guhora nteze imbere ibyo nshinzwe, niyo mpamvu nahuje cyane n’umuco wa L’Oréal.

    Nishimiye cyane aho nkorera, kuko ntekereza ko gukora akazi nkora, kajyanye no kurengera ibidukikije, [karanshimisha cyane]. Ugomba gukomeza kwitekerezaho, ariko ntiwitinye, ahubwo ukagira imbaraga zo gukomeza gukora. Uko kwinenga no kwitekerezaho, bikwiye kurushaho kukwerekeza ku nsinzi.

    Kuba mu myanya y’ubuyobozi, bisaba kugira umurava, ukagira ubushake bwo gufata inshingano, ukagira ubushake bwo guhangana no gucyemura ibibazo, ndetse no kugira ubushake bwo kumva.

    Ni izihe nama wagira abana b’abakobwa bifuza gutera imbere ku rwego mpuzamahanga?

    Icya mbere, nahuye n’abakobwa benshi bantunguye kubera imbaraga zabo, uburyo baharanira kugera ku ntego zabo, umurava wabo ndetse n’inyota yo kugera ku iterambere. Mbere yo kubagira inama iyo ari yo yose, ndifuza kubanza kubashimira.

    Ntekereza ko isomo ry’ingenzi nize, ari ugomba kuganira n’abandi bantu, kuko mu gihe utajya uganiriza abantu, ibintu uba ubyifitiye ubwawe. Najyaga ngira impungenge ku bushobozi bwanjye, uruhare rwanjye mbiri kubaho, nibaza niba nzagera ku nsinzi cyangwa ntazayigeraho, hari n’imbogamizi nahuye nazo, ariko naje kubona ko abagore bose bafite imyaka y’ubuyobozi, banyuze mu bintu bimwe nanjye, twagize ibibazo bimwe, twagize impungenge zimwe. Rero ntekereza ko gusangira ubunararibonye, kuganira, kungurana ibitekerezo, bifite imbaraga zikomeye.

    Ni ngombwa kuganira n’abandi, kuko ibyo unyuramo, ibyo ubamo, ni ibintu biterwa n’uko uri umugore mu muryango mugari [w’abatuye Isi] utaraha abagore uburenganzira bwuzuye.


    source : https://ift.tt/3HsEnCe

  • #COVID19: Abantu 12 banduye babonetse mu bipimo 8,603 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nta muntu wishwe na Covid-19 mu Rwanda kuri uwo munsi, bituma kugeza ubu mu Rwanda abamaze guhitanwa n’icyo cyorezo bose hamwe bakomeza kuba 1,338.

    source : https://ift.tt/30w5tI0

  • Kwiyongera kw’abatuye mu mujyi wa Muhanga byatumye amazi aba make #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Imashini zikora amazi mu ruganda rwa Gihuma ntizihaza abatuye umujyi wa Muhanga kuko biyongereye
    Imashini zikora amazi mu ruganda rwa Gihuma ntizihaza abatuye umujyi wa Muhanga kuko biyongereye

    Ibyo bitangajwe mu gihe abaturage bo mu mujyi wa Muhanga bitotomba ko batorohewe n’ikibazo cy’ibura ry’amazi kugeza n’aho hari ingo zishobora kumara icyumweru atarazigeraho, n’aho ageze aba ari make agahita yongera kugenda.

    Ibice bikunze gutaka amazi mu Mujyi wa Muhanga ni ibyo mu gice cya Cyakabiri, Karama ya Shyogwe n’iya Cyeza, Gihuma n’ibindi bice birimo guturwa vuba, n’ubwo n’ibisanzwe bituwe nabyo bitaka amazi make.

    Umuyobozi wa WASAC mu Karere ka Muhanga, Joseph Sematabaro, atangaza ko kuba ibikorwa remezo by’amazi bitiyongera kandi abaturage biyongera bituma ibice bishya by’umujyi birimo guturwa, amazi agerayo ari make ku buryo hari n’aho atagera bigatuma abakiriya bakomeza kwitotomba.

    Avuga ko amazi ari make muri Muhanga kuko uruganda ruyatunganya rwubatswe muri 1985, icyo gihe abaturage bari bakeya ariko ubu ntibasiba kwiyongera umunsi ku wundi, ku buryo bigoye ngo amazi abakwire kuko yo atiyongera.

    Agira ati “Kuko amazi ari make ntabwo twabasha kuyahaza abaturage b’umujyi wa Muhanga, nk’urugero mu myaka ibiri maze hano muri Muhanga, kuva muri 2018 twari dudite abafatabuguzi 8.000, none ubu bamaze kugera ku 12.000 ni ukuvuga ko biyongereyeho 50%, urumva ko bikubye kenshi”.

    Sematabaro avuga ko kubera amazi make iyo Abashinwa bakoze igerageza ku bigega barimo kubaka nabwo amazi ahita abura, kuzongera kuzuza ikigega kinini bikaba imbogamizi zikomeye.

    Gusarangaya amazi ni bwo buryo bwonyine busigaye mu gihe umuyoboro wa Kagaga utaruzura

    Sematabaro avuga ko hari umushinga wo kubaka umuyoboro wa Kagaga uzatanga meterokibe 9000 ku munsi, mu gihe ubu amazi aboneka angana na meterokibe 4000 ku munsi, atangwa n’uruganda rwa Gihuma rumaze igihe rutanga amazi akoreshwa mu mujyi wa Muhanga.

    Ikigega cya Fatima cyo mu myaka ya za 1980 nicyo gitanga amazi agaburira Umujyi wose wa Muhanga
    Ikigega cya Fatima cyo mu myaka ya za 1980 nicyo gitanga amazi agaburira Umujyi wose wa Muhanga

    Avuga ko imirimo yo kubaka urwo ruganda imaze kurangira ku gice cyarwo cya mbere ahamaze kubakwa ibigega n’imiyoboro igeza amazi mu bice bitandukanye by’umujyi wa Muhanga, ubu hakaba hakurikiyeho igice cya kabiri cyo kubaka uruganda nyirizina ishoboka gutangira vuba.

    Hagati aho ngo amazi azaba asaranganywa uko angana hakurikijwe uko Umujyi uteye ku buryo nk’uwabonye amazi ku wa mbere ashobora kongera kuyabona ku wa kane bityo bityo.

    Agira ati “Ubu tugiye gukora ingengabihe ihamye yo gusaranganya amazi kugira ngo ibice by’umujyi ajye abigeraho, abavomye uyu munsi bagende basimburana n’abazavoma ejo n’ejobundi, nibahetura twongere duhe abo twatangiriyeho”.

    Ku bijyanye n’abavuga ko WASAC ikwiye kugurira ibigega bifata amazi abafatabuguzi bayo bakajya bishyura make make, ngo ibyo ntabwo WASAC yari yabitekereza kuko bikorwa n’ibindi bigo.


    source : https://ift.tt/30vvVS4

  • Umwana w’umukobwa w’imyaka 11 yarokotse impanuka y’indege abandi barapfa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Iyo ndege yari itwaye abantu batanu, ngo yahanutse igeze hafi y’Ikibuga cy’indege cya Welke Airport mu Majyaruguru ya Michigan, nk’uko byatangajwe na Polisi ya Charlevoix.

    Umwe mu barinda ku nkombe abinyujije ku rubuga rwa twitter, yari yabanje kuvuga ko harokotse abantu babiri muri iyo mpanuka, ariko nyuma abayobozi bavuga ko hapfuye abantu bane harimo na Se w’uwo mwana w’umukobwa warokotse.

    Ubuyobozi bwatangaje ko uwo mwana warokotse yari ajyanywe mu Bitaro bya McLaren by’i Petoskey aho muri Michigan.

    Mu gihe yari muri iyo ndege yari imujyanye kwa muganga, ngo abaganga bagendaga bamwongerera umwuka.

    Gusa, ubuyobozi bwirinze gutangaza imyirondoro y’abo bandi baguye muri iyo mpanuka, kuko ngo bisaba kubanza kumenyesha imiryango yabo.

    Icyateye impanuka y’iyo ndege nticyahise kimenyekana, ngo bisaba kubanza gukora iperereza ryimbitse.

    source : https://ift.tt/3wMmdXv

  • Rayon Sports yahawe imodoka zifite agaciro ka Miliyoni 15 Frws #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Imodoka ebyiri Rayon Sports yahawe
    Imodoka ebyiri Rayon Sports yahawe

    Kuri uyu wa Mbere ikipe ya Rayon Sports yasinye amasezerano ndetse n’ikigo cya Tom Transfers Ltd gicuruza kikanakodesha imodoka, amasezerano azamara umwaka umwe w’imikino (2021-2022).

    Perezida wa Rayon Sports n’uwari uhagarariye Ni amasezerano azamara umwaka, bakaba bakomeje ibiganiro ku buryo hashobora no kuzaboneka bus itwara abakinnyi.

    Rayon Sports izajya yamamaza ibikorwa bya Tom Transfers ku mbuga zitandukanye zirimo kuri Twitter, Youtube, Instagram no ku kibuga ahazajya hashyirwa ibyapa bibamamaza

    Ni imodoka zizajya zifasha ikipe mu kazi k’ubuyobozi harimo gutwara abakozi b’iyi kipe, aho Tom Transfers yemeye no kuzajya itanga amavuta na serivisi zirimo gukora izi modoka zaba zagize ikibazo .

    source : https://ift.tt/3wMK4Gv

  • Abatsinze ibizamini bisoza amashuri yisumbuye mu cyiciro cy’ubumenyi rusange baragabanutse #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Minisitiri w
    Minisitiri w’Uburezi avuga ko n’ubwo mu cyiciro cy’ubumenyi rusange habayeho gutsindwa ariko ahandi batsinze neza

    Mu banyeshuri 47,638 biyandikishije gukora ibizamini mu cyiciro cy’ubumenyi rusange, abakoze ni 47399, hatsinda 40.435 bangana na 85.3% mu gihe 14.7% batigeze bagira inota fatizo, na ho abari biyandikishije mu mashuri y’inderabarezi (TTC) ni 2,988 hatsinda 2,980 bangana na 99.9%, mu gihe abataragize inota fatizo ari 2%.

    Mu banyeshuri 22,686 biyandikishije gukora ibizamini mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro (TVET), abashoboye gutsinda ni 21,768 bangana 95.7%, abagera kuri 4.3% bo ntibigeze bageza ku inota fatizo.

    Abdul Karim Mugisha wigaga ‘PCM’ kuri Riviera High School ni we munyeshuri wahize abandi mu cyiciro cy’abarangije mu bijyanye n’ubumenyi rusange, akurikirwa na Umuhuza Gatete Kelia wigaga ‘MPG’ muri Gashora Girls Academy of Science and Technology.

    Muri icyo cyiciro umwihariko urimo ni uko abanyeshuri 10 ba mbere mu gihugu bize ibijyanye na siyansi (Sciences).

    Minisitiri w’Uburezi, Dr. Valentine Uwamariya, avuga ko muri uyu mwaka habayeho kugabanuka ku mitsindire y’abanyeshuri bo mu cyiciro cy’ubumenyi rusange.

    Ati “Mu cyiciro cy’ubumenyi rusange habayeho kugabanuka, kuko umwaka ushize igipimo cy’imitsindire cyari 89.5%, uyu mwaka kiba 85.3%, bigaragara ko n’ubundi hano habayeho kugabanuka, ariko iyo ugiye kureba mu mashuri ya TTC, igipimo cy’imitsindire cyarazamutse. Muri 2019 cyari kuri 98.2%, ubu ngubu bikaba byarabaye 99.9%, mu gihe mu mashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro byari 91.2%, uyu mwaka akaba ari 95.7%, bigaragara ko muri TTC na TVET byarazamutse”.

    Abdul Karim Mugisha avuga ko n’ubwo bakoze mu gihe cya Covid-19 ku buryo kwiga bitari biboroheye, gusa ngo ntabwo yatunguwe no kuba yatsinze kuko yabikoreye kugira ngo azabigereho n’ubwo atari yiteze kuba uwa mbere.

    Ati “Ntabwo navuga ko byantunguye cyane kubera ko nari nabikoreye niga, ariko ntabwo nabikoraga nzi ko nzaba uwa mbere, nakoraga kugira ngo ntsinde amasomo yanjye. Nabwira abandi gukomeza gushyiraho umwete mu kwiga, natwe n’ubwo twize bitugoye, na bo babishobora”.

    Abdul Karim Mugisha wabaye uwa mbere yahembwe mudasobwa igendanwa
    Abdul Karim Mugisha wabaye uwa mbere yahembwe mudasobwa igendanwa

    Ali Kabera n’umubyeyi wa Mugisha, avuga ko burya kugira ngo umwana atsinde kandi neza bisaba n’uruhare rw’umubyeyi.

    Ati “Uruhare rw’umubyeyi icya mbere n’ukwegera umwana ugakorana n’abarimu, kuko abarimu bonyine ntabwo bahagije, ukegera abarimu ukababaza, umwana ameze ate, akora ate, namufasha nte nk’umubeyi, uruhare rwanjye n’uruhe, bakakubwira mugurire ibi, akeneye ibi, aha ngaha afite iki kibazo. Nta bindi nta rindi banga ririmo, n’ugukorana n’abarimu, ugakorana n’umwana ukareba ibyo akeneye mu myigire ukabimuha”.

    Abanyeshuri batashoboye kugezaku inota fatizo ngo baba bemerewe kongera gukora ibizamini ariko noneho bakabikora nk’abakandida bigenga.


    source : https://ift.tt/3ccBB5R

  • Amavubi yongeye gutsindwa, asoza ku mwanya wa nyuma #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kuri Nyayo National Stadium iherereye i Naïrobi muri Kenya, ni ho Amavubi yakiniye umukino wa nyuma wo gushaka itike yo kwerekeza mu gikombe cy’isi kizabera muri Qatar.

    Amavubi yatsinzwe igitego hakiri kare ku munota wa kabiri gusa ku gitego cyatsinzwe na Michael Olunga.

    Ku munota wa 15 gusa Kenya yaje kubona igitego cyatsinzwe kuri Penaliti, ni nyuma y’ikosa ryari rikozwe n’umunyezamu Ntwari Fiacre, iza guterwa na Richard Odada.

    Ku munota wa 25 w’igice cya mbere, umutoza Mashami Vincent yasimbuje Nsanzimfura Keddy ashyiramo rutahizamu Ernest Sugira, igice cya mbere kirangira ari 2-0.

    Mu gice cya kabiri Mashami yongeye gusimbuza akuramo Nshuti Innocent hinjiramo Muhadjili Hakizimana, aza no gukuramo Denis Rukundo hinjiramo Serumogo Ally.

    Ku munota wa 66, Niyonzima Olivier Sefu yatsinze igitego rukumbi cy’Amavubi kuri Coup-Franc yari itewe na Muhadjili.

    Amavubi muri aya majonjora yasoje ari ku mwanya wa nyuma n’inota rimwe kuri 18, aho yatsinze gusa ibitego bibiri mu mikino itandatu.

    Abakinnyi babanje mu kibuga

    U Rwanda: Ntwari Fiacre, Rukundo Denis, Rutanga Eric, Manzi Thierry, Nirisarike Salomon (c), Niyonzima Olivier, Nsanzimfura Keddy, Muhire Kevin, Nshuti Innocent, Usengimana Danny na Nshuti Dominique Savio.

    Kenya: James Saruni, Joseph Okumu, David Ochieng, Amos Nondi
    Omar Abud, Anthony Akumu, Kenneth Muguna, Hassan Abdalla, Eric Ouma, Richard Odada na Michael Olunga (c).

    source : https://ift.tt/30sqjrp

  • Gahunda yo guha abaturage telefone zigezweho yasubukuwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umunyamabanga wa Leta muri MYICT, Yves Iradukunda, ashyikiriza smartphone umuturage
    Umunyamabanga wa Leta muri MYICT, Yves Iradukunda, ashyikiriza smartphone umuturage

    Icyo gikorwa cyasubukuriwe mu turere turindwi ari two Gicumbi, Bugesera, Gatsibo, Nyabihu, Ngororero, Gisagara na Huye, ahatangwa smartphones 4,144.

    Umunyamabanga wa Leta muri MYICT, Yves Iradukunda, yatangarije Kigali Today ko kuva tariki 2019 gahunda ya Connect Rwanda yatangira hamaze gutangwa telefone 7000, na ho kugera tariki 3 Ukuboza 2021 hazatangwa izindi ibihumbi 16 byuzuza ibihumbi 23.

    Mu Karere ka Nyabihu ahatanzwe telefone 469, abaturage batangaje ko bari bazikeneye kugira ngo bagere ku ikoranabuhanga mu miryango, mu gutanga amakuru no kuyashaka byihuse.

    Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko François, avuga ko smartphone ikoreshwa mu kwihutisha amakuru no kwaka serivisi mu buryo bwihuse haba serivisi z’ irangamimerere, serivisi za banki n’iz’ubuzima na Ejoheza bidasabye umuntu gukora ingendo, avuga ko iyo telefone itagomba kuba iy’uwayihawe gusa, ahubwo iba iy’umuryango.

    Agira ati “Smartphone igenewe umuryango, igafasha umwana kwiga, umubyeyi gusaba serivisi, gushaka amakuru no kuyatanga, bigatuma umuryango wihuta mu iterambere.”

    Guverineri Habitegeko François ashyikiriza umuturage smartphone
    Guverineri Habitegeko François ashyikiriza umuturage smartphone

    Habitegeko avuga ko gukoresha smartphone mu ikoranabuhanga aribyo abaturage bitezweho, ariko bagomba kwirinda n’ibikorwa bibi bizikorerwaho nko gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, gukwirakwiza ibihuha n’ibindi byaha bihanwa n’amategeko.

    Iradukunda avuga ko bifuza ko ukwezi k’Ukuboza 2021 kuzatangira nibura umuturage umwe mu Mudugudu afite smartphone.

    Mu Rwanda abaturage babarirwa muri miliyoni ebyiri barakennye ntibashobora kwigurira smartphone, Leta y’u Rwanda ikaba irimo kuganira n’abafatanyabikorwa uburyo abantu bajya bafata izo telefone bakagenda bishyura buhoro buhoro.

    Kuva 2019 hari abantu bemeye gutanga smartphone ariko bakaba batarazishyikiriza Minisiteri y’Ikoranabuhanga, aho izemewe zari ibihumbi 44 nyamara izimaze gutangwa zibarirwa mu bihumbi 23.

    Umuturage wahabwaga telefone agomba kuzuza no gusinya impampuro zabugenewe
    Umuturage wahabwaga telefone agomba kuzuza no gusinya impampuro zabugenewe

    Iradukunda akaba ashishikariza Abanyarwanda n’ibigo gukomeza gutanga smartphone zihabwa abaturage, ariko yibutsa abatanze isezerano ryo kuzitanga kuryubahiriza.

    Uyu muyobozi avuga ko akamaro ka smartphones kagaragaye mu gihe cya Covid-19, kuko zafashije abana gukurikirana amasomo hamwe no gufasha abaturage kumenya amakuru.


    source : https://ift.tt/3ChVbbx

  • Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente ari muri Afurika y’Epfo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Minisitiri Ngirente yakiriwe na Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, nk’uko byatangajwe n’ibiro bya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda.

    Inkuru irambuye turacyayikurikirana…

    source : https://ift.tt/30wclp0