Tag: featured

  • Alyn Sano ari mu myiteguro ya nyuma y’irushanwa rya The Voice rigeze ku musozo –

    Mu kiganiro uyu mukobwa yagiranye na IGIHE, yavuze ko ari mu myitozo ikaze isatira iya nyuma ndetse ari gukora ibishoboka byose kugira ngo azaheshe ishema igihugu.

    Ati “Kuva nagera hano Côte d’Ivoire, ntabwo nigeze nduhuka ahubwo ndi gukora imyitozo ubutitsa, nshaka kwerekana ko umuntu ashobora guserukira u Rwanda akazana igihembo n’ubwo akenshi iyo umuntu yagiye mu irushanwa nk’iri abizera ko ari butsinde baba ari mbarwa. Ndararikira Abanyarwanda kunshyigikira, ngiye gukora ibitangaza.”

    Yakomeje avuga ko mu rwego rwo kuzitwara neza ku rubyiniro azaba afite n’ababyinnyi, bazamufasha akaba yizeye ko ntaho bagenzi be bazamucikira.

    Ku Cyumweru tariki 18 Mata 2021, Alyn Sano yahagurutse ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali anyura i Addis Ababa muri Ethiopia akomereza muri Côte d’Ivoire aho yari agiye muri iri rushanwa.

    Tariki 24 Mata 2021 ni ukuvuga ku wa Gatandatu w’iki cyumweru, nibwo we na bagenzi be bazarushanwa. Iki gikorwa kizatambuka kuri Televiziyo Vox Africa saa tatu z’ijoro ku isaha ngengamasaha ya GMT, ubwo mu Rwanda bizaba ari saa tanu z’ijoro.

    Mu kiganiro na IGIHE, Alyn Sano yavuze ko yiha amahirwe 100% yo kwegukana iki gihembo.

    Ati “Nifitiye icyizere 100% cyo kwegukana umwanya wa mbere. Ndiyizeye kandi abo duhatanye nta kintu bandusha, niyo mpamvu niha amahirwe menshi. Nararikira abanyarwanda kuzamfasha kubyina intsinzi.”

    Muri Mutarama 2020 nibwo Abanyarwanda batandatu bahagurutse i Kigali berekeza muri Afurika y’Epfo aho bari bitabiriye irushanwa rya “The Voice Afrique Francophone”.

    Abanyarwanda bari bahatanye muri iri rushanwa barimo Ariel Wayz, Linda Montez, Ngabo Evy, Serpha, Edrissia na Alyn Sano.

    Aba bahanzi bafashwe amashusho y’ibyiciro bitatu bahataniyemo aribyo “Blind” aho uririmba abagize Akanama Nkemurampaka batakureba bakunda ibyo uri gukora bagahindukira bivuze ko iyo badahindukiye uba watsinzwe.

    Icyiciro cya kabiri ni “Battle”, aha babiri babiri barahatana bakaririmba barushanwa bityo uwitwaye neza akaba yahita akomeza undi agasezererwa.

    Icyiciro cya gatatu ni “Knockout”, aha naho babiri babiri baba bahatana, uwitwaye neza agakomeza uwarushijwe agahita asezererwa mu irushanwa.

    Ubu noneho igisigaye n’icya nyuma cy’iri rushanwa aho Alyn Sano na bagenzi 12 bazaba barushanwa mu buryo bwa “Live” kuri Televiziyo aho gufatwa amashusho ngo azabe ariyo ashyirwa hanze.

    Alyn Sano ahatanye n’abandi barimo abo mu bihugu nka Bénin, Togo, Sénégal na Côte d’Ivoire.

    “The Voice Afrique francophone” ni irushanwa ryo kuririmba ryitabirwa n’abanyempano baturuka mu bihugu byo muri Afurika bikoresha ururimi rw’Igifaransa.

    Iri rushanwa ryatangiye mu 2016 riri kuba ku nshuro yaryo ya gatatu. Ubwa mbere ryegukanywe n’umukobwa uturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo witwa Pamela Baketa, ubwa kabiri ryegukanwa n’ukomoka muri Togo witwa Victoire Biaku.

    Uwegukanye iri irushanwa akorerwa indirimbo imwe hamwe n’amashusho yayo ariko agahabwa n’igihembo cy’amafaranga ataratangazwa.

    Reba uko Alyn Sano yitwaye mu bindi byiciro

    Indirimbo za Alyn Sano ziheruka

    Ubwo Alyn Sano yavaga mu Rwanda

    Producer 37 MPH wakoze muri Coke Studio ari gufasha Alyn Sano mu myiteguro y’iri rushanwa

    Alyn Sano imyiteguro ayigeze kure

    Alyn Sano ari kumwe n’ababyinnyi bazamufasha

  • Kuba nta shuri ryisumbuye ryagenewe abafite ubumuga bwo mu mutwe, ihurizo ku babarera –

    Ibi babitangaje ubwo bari mu muhango wo kumurika ibikorwa by’Ishuri rya HVP Gatagara – Gikondo risanzwe ryakira abafite ubumuga.

    Bamwe mu babyeyi bafite abana bavukanye ubumuga bwo mu mutwe biga mu mashuri abanza babwiye IGIHE ko babangamirwa cyane n’uko abana babo iyo barangije amashuri abanza bahita bicara kuko nta mashuri yisumbuye bo bagira mu gihugu.

    Twizerimana Phineas, ufite umwana wavukanye ubumuga wiga muri HVP Gatagara – Gikondo yavuze ko kuba nta shuri ryisumbuye ry’abafite ubumuga bwo mu mutwe riba mu Rwanda ari ikibazo kuri aba bana.

    Ati “ Kuba nta shuri ryisumbuye bafite bibagiraho ingaruka zikomeye kuko nubwo baba bafite ubumuga bwo mu mutwe babasha kwiga bakanarangiza amashuri abanza ariko bagahita bigumira mu rugo mu gihe bagenzi babo badafite uburwayi bo bahita bikomeza. Twumva bafashwa hashyirwaho nk’ishuri ryisumbuye ryabo ku buryo ariryo bajya bahita bakomerezamo.”

    Aba babyeyi bavuga ko abana babo baramutse babonye amashuri yisumbuye bishobora kubafasha mu buzima bwabo cyane ko banasoza amashuri abanza bafite ubushobozi butandukanye burimo kwandikisha imashini, gucuranga, gukora imodoka n’ibindi.

    Hishamunda Jerome, na we ufite umwana wavukanye ubumuga bwo mu mutwe, yavuze ko aba bana babonye ishuri ryisumbuye byabafasha.

    Ati “Babonye nk’ishuri ryisumbuye na we urabyumva bagera kuri byinshi bajya banahabwa akazi kuko n’abo ni abantu nk’abandi ikindi kandi kuba batarifite ni ikigaragaza ko baba bameze nk’abahawe akato.”

    Yaboneyeho gusaba inzego zibishinzwe kuvugira aba bana bafite ubumuga bwo mu mutwe cyane ko amashuri bigamo aba ahenze cyane ugereranije n’andi ku buryo ari bimwe mu bituma bamwe batiga kuko ababyeyi babo nta bushobozi bafite.

    Umuyobozi wa HVP Gatagara – Gikondo, Nteziryayo Jean Pierre yasabye ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro iri shuri riherereyemo ubuvugizi kugira ngo n’aba bana bafite ubumuga bwo mu mutwe babone amashuri yisumbuye.

    Ati “Nibyo koko nta mashuri yisumbuye ry’abafite ubumuga ahari ni nayo mpamvu twasabye ko habaho ubuvugizi hakongerwa nk’ibyumba agashyirwaho kuko aba bana bafite mpano zitandukanye. Mwabonye imodoka bakoze n’ibindi bintu kandi twizeye ko ayo mashuri ashyizweho byabafasha cyane mu buzima bwabo.”

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga, Ndayisaba Emmanuel yavuze ko iki kibazo bagiye kugihagurukira kugira ngo aba bana babone ishuri ryisumbuye bazajya bakomerezamo.

    Ati “Mbere wasangaga hari bigo bibitaho ariko ntibibahe serivisi nziza ariko HPV Gatagara-Gikondo yo yaragerageje kubera uburyo twagiye tuyikorera ubuvugizi kugira ngo turebe ko ryaba ishuri ntangarugero. Kuba babonye ko amashuri abanza abana bashoboye kuyiga ni nayo mpamvu basabye ayisumbuye. Natwe tugiye gukora ubuvugizi muri MINEDUC na REB kuko yo ifite ishami ry’uburezi budaheza n’uburezi bwihariye.”

    Umuhuzabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Umutesi Solange, na we yijeje iri shuri ry’abafite ubumuga rya HVP Gatagara – Gikondo ubuvugizi kugira ngo bazabashe gushyirirwaho amashuri yisumbuye y’abafite ubumuga bwo mu mutwe.

    Abana bo bafite ubumuga bwo mu mutwe biga mu mashuri abanza barasabirwa gushyirirwaho n’ayisumbuye

    Abana b’ababyeyi bafite ubumuga bwo mu mutwe bahangayikishwa no kuba nta mashuri yisumbuye bagira

  • Gisagara: Imibiri 2432 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi yashyinguwe –

    Byabaye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 21 Mata 2021 ubwo mu Karere ka Gisagara hibukwaga ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi, by’umwihariko abiciwe mu Murenge wa Gishubi.

    Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bavuze ko imitima yabo iruhutse kuko babashije gushyingura ababo ahantu heza.

    Rugayi Innocent ati “Iyi mibiri twayishyinguye mu 2002 muri cya gihe cyo kwirwanaho, abantu tugenda tubashakisha hirya no hino aho bagiye babajugunya; ubwo rero aho bari bari bashyinguye ntabwo ari mu rwibutso rubahesheje agaciro. Kuba tubashyinguye mu rwibutso rwiza rw’akarere, imitima yacu turumva iruhutse kuko abacu basubijwe agaciro bakwiriye.”

    Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Gisagara bavuze ko bamaze kwiyubaka kuko bakomeje urugendo rwo kwiteza imbere ndetse n’imibereho yabo yahindutse myiza.

    Karugara Janvière ati “Tugeze kure twiyubaka, umuntu asigaye atsindisha umwana akajya mu ishuri akajya muri Kaminuza nk’abandi; Perezida wa Repubulika yarabyoroheje badushyiriye amashuri hafi. Leta iradushyigikiye yaduhaye inka tubona amata duha abana bacu, imibereho yacu yabaye myiza.”

    Perezida wa Ibuka mu Karere Gisagara, Mbonirema Jérome, yavuze ko ubukangurambaga bukomeje kugira ngo abafite amakuru y’ahakiri imibiri itarashyingurwa mu cyubahiro bayatange.

    Ati “Turacyari mu bukangurambaga kugira ngo bagire umutima urekuye baturangire. Turasaba ko n’utahavuga yagenda akahashyira akamenyetso.”

    Umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka Gisagara, Gasengayire Clemence, yavuze ko bazakomeza kuganira n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi kugira ngo imibiri ikiri hirya no hino mu mva zubatswe kera ishyinguwe mu rwibutso rw’akarere.

    Nyuma yo kwimura iyi mibiri 2432 mu rwibutso rwa Kabuye, kuri ubu imibiri yose y’abishwe muri Jenoside ihashyinguye igera ku bihumbi 50.

    Imibiri 2432 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi yashyinguwe mu rwibutso rw’Akarere ka Gisagara

    Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bavuze ko imitima yabo iruhutse kuko babashije gushyingura ababo ahantu heza

    Kugeza ubu mu rwibutso rwa Jenoside rw’Akarere ka Gisagara hashyinguye imibiri igera ku bihumbi 50

    [email protected]


  • Kwiyandikisha gukora ibizamini byo gutwara imodoka byahagaritswe –

    Mu itangazo urwo rubuga rwashyize hanze, rwagize ruti “Turabamenyesha ko kwiyandikisha gukora ikizamini cyo gutwara ibinyabiziga byahagaze. Turabasaba kutwihanganira kubera ibibazo mwahuye nabyo murimo mwiyandikisha”.

    Bavuze ko barimo gukorana na Polisi y’u Rwanda, ari narwo rwego rukurikirana iby’impushya zo gutwara ibinyabiziga, kugira ngo icyo kibazo gikemurwe.

    Bagize bati “Ubu turimo gukorana na Polisi y’Igihugu mu kunoza iyi serivisi kugira ngo ubutaha muzabone serivisi nziza”.

    Polisi y’u Rwanda yari iherutse gusaba abantu bifuza uruhushya rw’agateganyo n’urwa burundu, kwiyandikisha ku rubuga rwa Irembo kugira ngo bazabone amahirwe. Ibi ariko byajemo ikibazo kuko abantu batangiye kwiyandikisha, bitabakundikiye.

    Urubuga rwa Irembo rwasabye abantu gukomeza gukurikirana amakuru ruhabwa na Polisi y’u Rwanda.

    Bati “Imirongo yose yafunzwe. Mukomeze mukurikirane ibiganiro bya Polisi y’u Rwanda ishami rya Traffic Police kuri radio Rwanda buri wa Gatanu saa moya za mu gitondo, hamwe n’imbuga nkoranyambaga za RNP na Irembo”.

    Irembo ni urwego rwashyizweho na Leta y’u Rwanda mu rwego rwo gufasha abaturage kubona serivisi zitandukanye za Leta bitabasabye kujya ku biro by’inzego z’ubuyobozi.

    Uru rubuga rutanga serivisi zirenga 100, ndetse n’ibyangombwa 28 bihabwa umuntu ubikeneye kuri email.

    Itangazo ryatanzwe na Irembo rivuga ko kwiyandikisha umuntu asaba gukora ibizamini byo gutwara ibinyabiziga byahagaritswe

  • Green Hills Academy yibutse Abatutsi bazize Jenoside, abarimu basabwa kutikoreza abanyeshuri ibikomere banyuzemo –

    Uyu muhango wahuje abanyeshuri n’abayobozi b’iki kigo watangijwe n’umukino wakinwe n’abanyaeshuri, ugaragaza uburyo Jenoside yashyizwe mu bikorwa n’uko u Rwanda rwiyubatse nyuma yayo.

    Nubwo aba banyeshuri bose bavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, amahano yagwiririye u Rwanda akaba badahari, bumva neza agaciro ko kwibuka kandi bagahamya ko ari inshingano zabo.

    Umunyeshuri witwa Manzi David yavuze ko kuri we kwibuka ari uguha agaciro inzirakarengane zazize uko zaremwe, kandi ko abikora kuko azi ko bikomeza ubumwe bw’Abanyarwanda.

    Ati “Ngomba kwibuka kugira ngo mpe agaciro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, uko twibuka bituma dukomeza kubona ibibi bya Jenoside bikadufasha kuyirwanya kugira ngo ntizongere kubaho ukundi.”

    Yakomeje avuga ko we nk’urubyiruko umusanzu abona akwiye gutanga ari uguhangana n’abapfobya bakanahakana Jenoside yakorewe Abatutsi, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga.

    Ati “Amateka twize yatweretse neza ko Jenoside yabayeho, abantu bayihakana baba bigiza nkana. Njye nk’urubyiruko kandi nkaba nkoresha imbuga nkoranyambaga ngomba kujya nshyiraho ukuri kuri Jenoside kunyomoza bamwe bahakana.”

    Munyana Peace Rwagasana nawe yavuze ko kuvuka nyuma ya Jenoside bitamubuza kwibuka kuko abayizize bari abantu agomba guhabwa agaciro bambuwe.

    Yakomeje avuga ko asanga abapfobya bakanahakana Jenoside yakorewe Abatutsi, baba bashaka gusubiza u Rwanda ahabi bityo ko atazigera abihanganira.

    Ati “Bariya bantu bahakana Jenoside ni abashaka kongera kubiba amacakubiri n’urwango mu Banyarwanda, aho byarugejeje mbere twarahabonye. Ngomba guhangana nabo kuko sinatuma hari uwakongera guhungabanya igihugu cyacu.”

    Umuyobozi wa Green Hills Academy, Daniel Hollinger, yasabye abanyeshuri kwirinda ivangura iryo ariryo ryose rishobora kubageza ku kibi, ahubwo bagaharanira gukora ibyabateza imbere.

    Ati “Ndabasaba ko mwakwirinda ivangura ryose haba irishingiye ku bwoko, uruhu, akarere n’ikindi cyose gishobora kubageza ku makimbirane yabyara Jenoside.”

    “Ahubwo mwimike urukundo ndetse muhe agaciro kwibuka inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi. Ibi nimubikora hamwe no gushyira hamwe bizatuma muba mu gihugu cyiza.”

    Ubutumwa bwa Daniel Hollinger yabuhuriye na Ihumure Imra, warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi agahura n’ibikomere by’amateka nyuma yayo.

    Ihumure wari wageneye ikiganiro aba banyeshuri yabasabye gukoresha amahirwe bafite yo kuba mu gihugu kirimo amahoro bakarushaho kucyubaka.

    Ati “Abanyeshuri muri hano mwese mwavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, mwagize amahirwe akomeye yo kuvukira mu gihugu kirimo amahoro. Mukwiye kubyaza ayo mahirwe umusaruro mugatanga umusanzu mu gukomeza kucyubuka kuko nimwe mizero yejo hazaza.”

    Abarimu basabwe kumenya kwigisha amateka ya Jenoside

    Abana bari mu mashuri ubu abenshi bavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, amateka bayiziho bayabwiwe n’ababyeyi babo ndetse andi bayiga mu mashuri.

    Mu mashuri niho abana bakura amateka menshi kuko mu miryango hari abashobora kuyagoreka bikayobya umwana.

    Umushumba w’Itorero rya Angilikani mu Rwanda Paruwasi ya Remera, Rev Dr Rutayisire Antoine, nawe wari muri uyu muhango yasabye abarimu n’abayobozi ba Green Hills Academy kwitondera amateka bigisha abana ndetse no kutabikoreza ibikomere byabo.

    Ati “Abantu banyuze mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi bafite ibikomere byinshi by’amateka bahuye nayo, mukwiye kwitonda rero hatazagira umwana mubishyira ku mutwe kandi atari ahari. Niba umwana afite bene wabo bakoze Jenoside si we wayikoze wibimucyurira.”

    “Ikindi mu masomo mutanga kuri Jenoside mushyiremo ubwenge bwinshi, kandi mutange amakuru y’ukuri kuri yo, ibi bijyane n’ikigero umwana arimo mumubwire ibyo yabasha gusobanukirwa.”

    Green Hills Academy yibutse mu gihe u Rwanda ruri mu gihe cy’iminsi ijana yo kuzirikana inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Abayobozi n’abanyeshuri ba Green Hills Academy bahuriye mu gikorwa cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi

    Nubwo abenshi muri bo bavutse nyuma ya Jenoside bazi neza agaciro ko kwibuka

    Bavuze ko biteguye guhangana n’abagipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi
    JPEG - 135.2 kb
    Abana bagize umwanya wo kwerekana umukino bateguye ku mateka ya Jenoside

    Umwe mu banyeshuri ba Green Hills Academy acurangira ‘Violin’ abari muri uyu muhango

    Abanyeshuri bo muri Green Hills Academy basabwe gukoresha mahirwe yo kuba mu gihugu cyiza

    Munyana Peace Rwagasana yavuze ko atazigera aha umwanya abapfobya bakanahakana Jenoside yakorewe Abatutsi

    Ihumure Imra, warokotse Jenoside yasabye abanyeshuri ba Green Hills Academy gushaka icyateza u Rwanda imbere

    Umuyobozi wa Green Hills Academy, Daniel Hollinger yasabye abanyeshuri kwirinda ivangura iryo ariryo ryose rishobora kubageza ku kibi

    Antoinne Rutayisire yasabye abarimu ba Green Hills kutikoreza abanyeshuri umutwaro w’ibibi banyuzemo

    Amafoto: Niyonzima Moise


  • Kigali: Polisi yataye muri yombi abantu 10 barimo n’umunyamakuru barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 –

    Bafashwe kuwa 21 Mata 2021 saa Kumi n’imwe n’igice z’umugoroba bari mu birori by’isabukuru y’amavuko y’umwe muri bo.

    Aba bose bari baturutse mu bice bitandukanye byo mu Mujyi wa Kigali, bahurira mu rugo rw’uwo munyamakuru. Nyuma yo gufatwa basabwe kwipimisha COVD-19 ngo bamenye uko ubuzima bwabo buhagaze bacibwa n’amande.

    Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, CP John Bosco Kabera, yavuze ko aba bafashwe nyuma y’amakuru Polisi yari ihawe n’abaturage.

    CP Kabera yavuze ko abantu ko badakwiye kwirara kuko bamaze gukingirwa COVID-19, abasaba ahubwo ko bakwiye kurushaho gukaza ingamba.

    Ati “Ubutumwa ku rubyiruko ni uko bakwiye kumva ko bakwiye kugira uruhare mu kwirinda iki cyorezo bakarinda n’abandi.”

    CP Kabera yavuze ko umwe muri aba azakurikiranwa mu rwego rw’amategeko kubera gutuka inzego zishinzwe umutekano.

    Abafashwe bari barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19

    Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, CP John Bosco Kabera, yasabye urubyiruko kutirara bagakomeza kwirinda COVID-19

  • Uko yafungiwe mu Bufaransa: Ubuhamya bwa Perezida Kagame muri raporo ku ruhare rw’iki gihugu muri Jenoside –

    Iyi raporo y’amapaji asaga 600 yiswe “Jenoside yagaragariraga buri wese: uruhare rwa Leta y’u Bufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi’’. Yerekana ko iki gihugu ntacyo cyakoze ngo gihagarike Jenoside nyamara hari amakuru yerekana ko hacurwaga umugambi wo kurimbura Abatutsi.

    Mu 2017 ni bwo u Rwanda rwasabye Robert F. Muse n’Ikigo cy’abanyamategeko Levy Firestone Muse LLP gikorera i Washington DC gukora iperereza ku ruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside.

    Mu ikorwa ry’iyi raporo hifashishijwe inyandiko zitandukanye n’ibiganiro byatanzwe n’abatangabuhamya 230 barimo Perezida Kagame n’abandi bakada ba FPR Inkotanyi, abakoraga muri Loni, abahoze muri FDLR, abashakashatsi n’abandi.

    Raporo y’u Rwanda yibanze ku bihe byo kuva mbere ya Jenoside, mu gihe yakorwaga ndetse na nyuma yayo. Igaragaza uburyo mbere ya Jenoside uwari Perezida w’u Bufaransa, François Mitterrand yari inshuti y’akadasohoka ya Perezida Juvénal Habyarimana.

    Mu bufasha Mitterrand yahaye Habyarimana harimo n’ubwatanzwe hagamijwe guca intege ingabo za FPR Inkotanyi zari zatangije urugamba rwo kubohora igihugu mu Ukwakira 1990, ziyobowe n’abari biganjemo abafashije Yoweri Kaguta Museveni kugera ku butegetsi muri Uganda ndetse bari bafite amapeti akomeye muri NRA nyuma y’intsinzi ya Museveni mu 1986.

    Raporo y’u Rwanda yerekana ko mbere y’uko FPR itangiza urugamba, Museveni yari azi ko hari umugambi w’impunzi z’Abanyarwanda bashakaga gutaha, abaca intege abohereza kwiga mu bihugu bitandukanye.

    Paul Kagame wari Umuyobozi wungirije ushinzwe Ubutasi mu Ngabo za Uganda, yoherejwe muri Amerika muri United States Army Command and General Staff College, muri Kansas. Aha yahavuye nyuma yo kuraswa kwa Fred Gisa Rwigema wari uyoboye ingabo za RPA.

    Kagame yavuze ko yibuka ko ubwo Museveni yamenyaga iby’urugamba rwo kubohora u Rwanda rwatangijwe “yahise arakara’’.

    Amakuru y’icyo gitero cyagabwe na FPR Inkotanyi, Museveni yayabonye ari i New York aho na Habyarimana yari mu nama y’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye bari bitabiriye, icyo gihe Museveni asangiza amakuru y’iby’icyo gitero asa n’umuburira.

    Habyarimana yabanje gusa n’aho ibyo ntacyo bimubwiye, aguma i New York indi minsi ibiri nyuma yo kumenyeshwa iby’igitero cyagabwe. Amakuru ku guterwa k’u Rwanda yaracicikanye mu bayobozi b’Afurika bari bitabiriye iriya nama ya Loni, benshi batunguwe no kumubona we na Museveni muri icyo gikorwa nubwo mu bihugu byabo havugwaga igitero cy’inyeshyamba.

    Nyuma byaje kugaragara ko Habyarimana yavuganye na Museveni mu gihe kirenga isaha ariko amubwira ko “atazi iby’icyo gitero ndetse ntacyo yabikoraho’’ ariko ntiyamwizeye.

    Colonel René Galinié wari Umukuru w’Ishami ry’Ubutwererane mu bya gisirikare hagati y’u Bufaransa n’u Rwanda yabonaga neza ibyo bikorwa byategurwaga agendeye ku makuru y’ubutasi.

    Twigiye imbere gato tariki 4 Mata 1991, mu ibaruwa Colonel Galinié yanditse, yasobanuye ko inkunga u Bufaransa bwahaga u Rwanda ituma abategetsi bumva ko bashyigikiwe n’igihugu cy’igihangange bigatuma batsimbarara mu butagondwa bwabo.

    U Rwanda ruri mu bihugu byafashwaga cyane n’u Bufaransa ndetse bwari bumaze kuruha miliyoni 4,5$ mu 1989.

    Mu ruzinduko yaherukagamo i Paris, Mitterrand yemereye Habyarimana miliyoni $25,5 yo gufasha u Rwanda gutangiza televiziyo y’igihugu ndetse anamwemerera impano y’indege [Falcon 50] ifite agaciro ka miliyoni 10$ yo gusimbura iyo yari yarahawe na Perezida w’u Bufaransa, Georges Pompidou, mu 1974.

    Habyarimana wari ucuditse n’u Bufaransa yakomeje gushaka inkunga yo guca intege FPR Inkotanyi mu rugamba rwo kubohora igihugu.

    Perezida Kagame ni umwe mu batanze ubuhamya bwifashishijwe mu gukora raporo ku ruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi

    Museveni yarakariye Kagame

    Muri iyi raporo, Kagame avuga ko nyuma yo gutangira urugamba rwo kubohora igihugu Museveni yamurakariye.

    Ati “Yambwiye ko twatangije uru rugamba atabizi none Isi yose iri kumwuka inabi.’’

    Kagame yavuze ko yamwiseguyeho, anamubwira ko ahubwo bakeneye ubufasha bwe. Ibi byatumye Kagame abonana na Museveni inshuro nyinshi hagati ya 1990 na 1994, ariko rimwe na rimwe akamuhakanira amubwira ko bamuteje ibibazo byinshi.

    Yakomeje ati “Nihanganiraga buri gitutsi nkamubwira nti ‘urakoze’, ariko se wadufasha? Dukeneye iki na kiriya.”

    Kagame yavuze ko inshuro nyinshi Museveni yemereye FPR ibikoresho nk’intwaro n’amasasu ariko bikarangirira mu magambo gusa , ku buryo baje kwirwanaho bashaka uburyo butandukanye babonamo intwaro, imiti n’ibindi nkenerwa ku rugamba.

    Yunzemo ati “Ariko ku bijyanye no kurwana, twarwanye urugamba rwacu”, agaragaza uburyo Museveni atigeze abafasha bigaragara.

    - Uko Kagame yafungiwe mu Bufaransa

    Urugamba rwa FPR Inkotanyi rwihutishije cyane amasezerano y’amahoro ya Arusha hagati ya Guverinoma y’u Rwanda na FPR.

    Muri iyo mishyikirano, u Bufaransa bwashyigikiye Leta ya Habyarimana ndetse umwe mu bajyanama ba Perezida Mitterrand wabigizemo uruhare ni Paul Dijoud.

    Mu ibaruwa yo muri Kanama 1991, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Casimir Bizimungu, yandikiye Perezida Habyarimana yamumenyesheje ko yabonanye na Paul Dijoud amwizeza ko nta mpungenge Leta ikwiye kugira, ko u Bufaransa buyishyigikiye muri byose.

    Muri Nzeri 1991, Paul Dijoud yabonanye n’intumwa za FPR zari zatumiwe i Paris ziyobowe na Paul Kagame, azihanangiriza ko nubwo ari abahanga mu mirwano, bakaba barota kuzagera i Kigali ku ngufu, ko bazasanga imiryango yabo iba mu Rwanda yararimbuwe.

    Paul Dijoud yari afite intego yo kwerekana ko ibikorwa by’u Bufaransa mu Rwanda nta ruhande bihengamiyeho ndetse ko u Bufaransa ari inshuti ya buri wese, udasize inyuma FPR Inkotanyi.

    Nyuma y’inama bagiranye, Dijoud yabwiye Ambasaderi Martres ko Kagame “yanyuzwe” no kwakirwa muri Minisiteri ndetse akaba yiteguye kwakira ikizakorwa n’u Bufaransa mu gushaka umuti w’ikibazo.

    Ubusabe bwa Dijoud watangaga inama kuri FPR yo guhagarika urugamba, ntabwo yabyumvikanyeho na Kagame kuko we ibi atabikozwaga.

    Kagame yagize ati “[Dijoud] yakomeje kuvuga ko tugomba guhagarika kurwana. Namusobanuriye ko hari impamvu turi kurwana kandi tugomba kuyibonera umuti […] cyari ikiganiro gishyushye ariko mbere yo gusoza inama, yararakaye. Mu bisubizo natangaga, yamfashe nk’umuntu wabwirwaga ntiyumve ndetse utarahaga agaciro ibyo yansabaga gukora.’’

    Dijoud wumvaga amagambo atamuryoheye yasaritswe n’uburakari abwira Kagame ati “Twumva ko muri abarwanyi beza, numva ko mutekereza ko muzagenda mukagera muri Kigali ariko nubwo mwahagera, ntimuzasangayo abantu banyu. Aba bavandimwe banyu bose, ntimuzababona.’’

    Amagambo ya Dijoud yari nka gihamya ko abayobozi b’u Bufaransa babonaga ubwicanyi bwibasiraga Abatutsi ku butegetsi bwa Habyarimana, by’umwihariko nyuma yo gutera kwa FPR Inkotanyi.

    Muri urwo ruzinduko Kagame yahuye n’akaga kugeza ubwo mu gitondo cy’umunsi umwe, abapolisi bambaye impuzankano bamugose we n’itsinda bari kumwe muri Hilton Hotel kuri Avenue Suffren hafi ya Tour Eiffel mu Mujyi wa Paris.

    Mu kubara iyo nkuru Kagame yagize ati “Bantunze imbunda ndetse barimo basakuza bati ‘Haguruka!’ ‘Haguruka!’”.

    Kagame yasobanuye ko bari i Paris ku butumire bwemewe kuko bari baje mu biganiro bigamije gushakira umuti ibibazo byariho byanabaye imbarutso y’intambara. Gusa abo bapolisi babirenzeho bashinja abari bahagarariye FPR kuba mu “mutwe w’iterabwoba”.

    Icyo gihe bafashe Kagame na Emmanuel Ndahiro babafungira muri gereza iri ku Cyicaro cy’Urwego rushinzwe Iperereza mu gihugu, mu gashami gashinzwe kurwanya Iterabwoba.

    Dijoud yaje kuvuga ko intumwa za FPR zafatanywe amavalisi yuzuyemo amafaranga, bahita bafatwa bitamenyeshejwe Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga.

    Polisi yafunze intumwa za FPR kugeza saa mbili z’umugoroba, barekurwa nta kindi gisobanuro gitanzwe cyangwa ngo basabe imbabazi ku byabaye.

    Yaba Dijoud cyangwa Jean-Christophe Mitterrand, umuhungu wa François Mitterrand wari ushinzwe Afurika, nta waganiriye na Kagame ku byabaye.

    Ubwo yabazwaga n’Ikinyamakuru cyo mu Bufaransa Le Figaro niba abari babatumiye batari bamenyeshejwe, Kagame yasubije ko “bari babimenyeshejwe.”

    Raporo y’u Rwanda ku ruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi yerekanye ko na nyuma yo guhagarikwa kwayo, iki gihugu cyagize uruhare mu gukomeza guhishira ukuri kw’ibyabaye no gukingira ikibaba abayigizemo uruhare.

    Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Biruta Vincent, ku wa 19 Mata 2021, ubwo u Rwanda rwamurikaga raporo yarwo yavuze ko hari ibikorwa byinshi byakomeje kudindiza umubano w’ibihugu byombi.

    Yakomoje ku birego y’umucamanza Jean Louis Bruguière mu 2006, wavuze ko abayobozi ba FPR aribo bahanuye indege ya Habyarimana.

    Yagaragaje ko ibyo byatumye u Rwanda rutakaza umwanya rubyirukamo mu gihe bitari ngombwa.

    Raporo ivuga ko nubwo ibi birego byateshejwe agaciro bitakuyeho icyasha byateje.

    Igira iti “Kugeza mu 2006, imyaka 14 mbere y’uko iperereza rifungwa kubera kubura ibimenyetso, yari imaze kugaragaza FPR nk’ababikoze, inagerageza kumvikanisha impamvu ubutegetsi bwa Mitterrand hagati ya 1990 na 1994 bwakoreshaga ingabo zabwo mu kubuza FPR gufata ubutegetsi i Kigali.”

    Raporo y’u Rwanda yasohotse nyuma y’uko ku wa 26 Werurwe 2021, u Bufaransa nabwo bwashyize hanze raporo yitiriwe Duclert yerekanye ko iki gihugu cyagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Ni intambwe abasesenguzi berekanye ko itanga icyizere mu cyerekezo gishya cy’umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa nyuma y’imyaka myinshi, ibihugu birebana ay’ingwe.

    Amarembo y’Ibiro bishinzwe Iperereza mu Bufaransa biri mu Mujyi wa Paris. Ni byo byafungiwemo Perezida Kagame

    Gen Maj Paul Kagame ubwo yari ku Rusumo mu minsi ya mbere y’urugamba rwo kubohora igihugu

    Amarembo y’Ibiro bishinzwe Iperereza mu Bufaransa biri mu Mujyi wa Paris. Ni byo byafungiwemo Perezida Kagame

  • LIVE: Bizimana Cassien yashinjwe kwinjiza mu gihugu intwaro zakoreshejwe mu bitero byagabwe i Rusizi (Amafoto) –

    Mu iburanisha riheruka ryo ku wa 21 Mata 2021, Ubushinjacyaha bwasoje busobanura imiterere y’ibyaha biregwa Col Nizeyimana Marc birimo uko yatoranyaga abarwanyi bifashijwe mu bitero byagabwe ku butkana bw’u Rwanda mu bihe bitandukanye.

    Kuri uyu wa Kane, Urubanza rwakomeje Ubushinjacyaha busobanura imiterere y’ibyaha bitandatu biregwa Bizimana Cassien, alias Bizimana Patience, alias Passy, alias Selemani.

    UKO IBURANISHA RIRI KUGENDA:

    10:35: Iburanisha rirasubitswe mu kanya k’iminota 15. Rirasubukurwa Ubushinjacyaha bukomeza gusobanura ibyaha biregwa Matakamba Jean Berchmans.

    10:29: Umushinjacyaha Habimana Jean Cabin yavuze ko grenade yatewe mu gitero cyagabwe imbere y’akabari ka Stella mu Mujyi wa Kamembe, yari yatanzwe na Matakamba.

    Iki gitero cyari kigamije kwica abaturage ndetse abakirokotse batanze ubuhamya bwerekana ko cyabateye ubumuga buhoraho.

    Habimana yavuze ko ibyo bikorwa yabikoze abizi neza ko ari icyaha kandi akaba yarabikiye abarwanyi ba FLN intwaro ndetse yagiye no muri bimwe mu bitero bagabye, bikagira ingaruka ku baturage b’abasivili.

    Umushinjacyaha Habimana Jean Cabin

    10:20: Umushinjacyaha Habimana Jean Cabin yakomeje asobanura icyaha cy’Ubwinjiracyaha bw’ubwicanyi buturutse ku bushake nk’igikorwa cy’iterabwoba.

    Yavuze ko Matakamba ashinjwa kwinjiza intwaro n’amasasu mu gihugu, ndetse yifashishijwe mu bitero bitandukanye birimo icyagabwe ku Cyapa mu Murenge wa Nyakarenzo hafi y’Ikigo cya Gisirikare.

    Matakamba yavuze ko Bizimana Cassien yahawe kubika imbunda kuko yakekaga ko Ntibiramira Innocent ashobora kuzibisha.

    Andi mafoto y’ababuranyi mu rukiko

    10:14: Umushinjacyaha Habimana yavuze ko abinjijwe mu bikorwa by’iterabwoba na bo mu mabazwa atandukanye bashimangiye ko Matakamba ari we wabashishikarije kwinjira mu bikorwa byo kugaba ibitero muri Rusizi.

    10:07: Umushinjacyaha Habimana Jean Cabin yavuze ko Matakamba ashinjwa icyaha cyo kugambana no gushishikariza abandi gukora iterabwoba.

    Matakamba yasobanuye ko FLN yayimenye binyuze kuri Bugingo Justin bahuriye ku isoko i Bukavu. Yamutumye ku witwa Ntibiramira Innocent muri Gicurasi 2019, yemeye ko bajyana i Bukavu. Bahageze yasanze Bugingo ari kumwe na Bizimana Cassien.

    Bugingo na Bizimana babasabye ko bakorana bakajya babaha amafaranga, banababwira ko batakiri muri FDLR ahubwo bari muri CNRD.

    Iyo gihe babasabye ko bajya babaha amakuru, bakanafasha ingabo za FLN kujya babambutsa mu Burundi.

    Nyuma y’igihe, Bugingo yababwiye ko inzira yo kunyura mu Burundi bayihinduye ariko abasaba ko babafasha kugaba ibitero muri Rusizi.

    Matakamba yabwiye Bugingo ko atazi kurasa ariko amushakira Byukusenge Jean Claude wari warabaye muri FDLR.

    • Ibyaha Matakamba Jean Berchmans ashinjwa

    -  Kugambana no gushishikariza abandi gukora iterabwoba

    -  Ubwinjiracyaha bw’ubwicanyi buturutse ku bushake nk’igikorwa cy’iterabwoba

    -  Kuba mu mutwe w’iterabwoba

    -  Gukoresha binyuranyije n’amategeko ikintu giturika ahantu hakoreshwa na rubanda

    10:04: Umushinjacyaha Habimana Jean Cabin ni we ugiye gusobanura ibyaha bishinjwa Matakamba Jean Berchmans.

    Matakamba ni mwene Byakatsi Célestin na Mukanganizi Verdiane. Yavukiye mu Kagari ka Kagarama, mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi ho mu Ntara y’Uburengerazuba mu 1962.

    Yashakanye na Mukandutiye Judith, bafitanye abana 10. Yunganiwe na Me Mukaruzagiriza Marie Chantal.

    09:55: Bizimana Cassien anashinjwa gukoresha binyuranyije n’amategeko ikintu giturika ahantu hakoreshwa na rubanda.

    Umushinjacyaha Habarurema Jean Pierre yavuze ko Bizimana yahaye Matakamba Jean Berchmans na Motard Damascène grenade ndetse zajugunywe ahantu hahurira abantu benshi. Yavuze ko muri izo grenade harimo iyajugunywe imbere y’akabari kitwa Stella mu Mujyi wa Kamembe.

    Matakamba mu nyandikomvugo ye yagaragaje ko grenade yatewe muri Kamembe, ari iyo yahawe na Bizimana Cassien.

    Yavuze ko icyo gitero kijya kuba Damascène yagiye kuzana grenade muri Congo, azihisha mu murima, avanamo eshanu. Nyuma y’iminsi ibiri yabwiwe guha Nikuzwe Simeon ebyiri.

    Ubushinjacyaha buvuga ko grenade yatewe hafi y’Akabari ka Stella hari abo yakomerekeje kandi ko ubuhamya bwabo.

    09:45: Umushinjacyaha Habarurema Jean Pierre yatangiye asobanura icyaha cya gatanu kiregwa Bizimana Cassien cyo gutwikira undi ku bushake inyubako, ibigenewe gutwara abantu cyangwa ibintu nk’igikorwa cy’iterabwoba.

    Yavuze ko ibi bikorwa byakozwe na MRCD/FLN biciye muri Bizimana Cassien. Bimwe muri ibi bikorwa byakozwe na Bizimana Cassien ubwe, ibindi bikorwa n’abarwanyi bifashishije intwaro yari yabahaye.

    Ingabire Joyeux mu buhamya yahaye Ubushinjacyaha yavuze ko igitero cya grenade cyo muri Mutarama 2019, cyatwitse imodoka yo mu bwoko bwa RAV4.

    Mahoro Jean Damascène na we yavuze ko hari igitero cyo mu Karangiro cyatwitse imodoka ye ya Daihatsu, ndetse ubu buhamya bunashimangirwa n’ibivugwa na Bizimana Cassien n’abo bari kumwe bemeye ko babikoze.

    Bizimana Cassien yemeje ko yatwitse iyo modoka kandi ari we wari uyoboye icyo gitero. Icyo gihe yamennye ibirahuri by’imodoka, ayimenaho lisansi, arayitwika.

    Umushinjacyaha Habarurema yavuze ko Bizimana yari azi neza ko gutwikira undi ari icyaha gihanwa n’amategeko.

    Ati “Byari bigamije gutera abaturage ubwoba kuko ntacyo bari bakoze.’’

    Umushinjacyaha Habarurema Jean Pierre

    09:35: Umushinjacyaha Habarurema yavuze ko mu bitero bitandukanye byagabwe mu bice bitandukanye byari bigamije kwica abaturage.

    Yavuze ko ubwo Byukusenge Jean Claude [uregwa muri dosiye] wateye grenade hafi y’akabari kitwa Stella mu Kagari ka Kamashangi mu Mujyi wa Kamembe, yashakaga kwica abari bakarimo.

    Mu batanze ubuhamya harimo abagaragaje ko ibitero byagabwe mu Karere ka Rusizi byabagizeho ingaruka.

    Rutayisire Félix uri mu batangabuhamya watewe grenade yasobanuye ko yasigiwe ubumuga buhoraho yasigiwe n’utuvungukira twayo.

    Nsabimana Joseph na we yasobanuye ko yagizweho ingaruka n’igitero cya grenade ndetse raporo yakozwe yagaragaje ko yamuteye ubumuga buhoraho.

    09:31: Bizimana Cassien nk’umwe mu bagize umutwe wa FLN yinjije intwaro mu gihugu zirimo amasasu, imbunda na grenade azikuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

    Ashinjwa ko izo ntwaro yazikoresheje, izindi zigahabwa abo bakoranaga bakazifashisha mu kurasa abaturage bagamije kubica.

    Umushinjacyaha Habarurema yavuze ko Bizimana ubwo yari mu Bushinjacyaha yiyemereye ko yinjije intwaro zifashishijwe mu bikorwa by’iterabwoba mu Karere ka Rusizi.

    Yavuze ko yakoranaga na Shabani Emmanuel wamwerekaga inzira. Iyo yabizanaga byambutswaga na Matakamba Jean Berchmans wabikuraga i Nyabibwe aho FLN yari ifite ibirindiro. Yavuze ko yazanye imbunda ebyiri za Kalashnikov, grenade ebyiri n’amasasu 160.

    09:28: Umushinjacyaha Habarurema yatangiye gusobanura imiterere y’icyaha cya kane kiregwa Bizimana Cassien kijyanye n’ubwinjiracyaha nk’igikorwa cy’iterabwoba.

    09:10: Umushinjacyaha Habarurema yasobanuye ko uruhare rwa Bizimana Cassien ari ukugambana na Bugingo, bateye intambwe mu gushishikariza abandi kwinjira muri uwo mugambi.

    Mu ibazwa rye, Bizimana yagize ati “Maze kuvugana n’abo bantu tuzakorana namubwiye [Jeva] ko nkeneye ibikoresho. Nazanye imbunda eshatu, grenade ebyiri n’amasasu 160.’’

    Bugingo yahuje Bizimana Cassien na Matakamba n’abandi babasaba ko babafasha ibyo bikoresho bikambutswa.

    Bizimana avuga ko we na Shabani bafashe intwaro bazigeza ku Mugezi wa Rusizi, hanyuma za ntwaro bazihambira mu ishashi nini barazambutsa.

    09:00: Umushinjacyaha Habarurema Jean Pierre yatangiye asobanura uko Bizimana Cassien yakoze icyaha cya gatatu cyo kugambana no gushishikariza abandi gukora iterabwoba.

    Bizimana Cassien wari umaze koherezwa na Gen Jeva mu Mujyi wa Bukavu aho yateguraga ibitero azagaba mu Karere ka Rusizi.

    Akihagera yabonanye na Bugingo Justin wari uhagarariye FLN mu Mujyi wa Bukavu.

    Aba bombi baje gushishikariza abandi kwiyunga kuri bo, babona Shabani Emmanuel na murumuna we Nikuzwe Simeon ndetse na Matakamba Jean Berchmans, bagombaga kubafasha mu bikorwa by’iterabwoba byagabwe muri Rusizi hagati ya Gicurasi na Ukwakira 2019.

    Bizimana Cassien yabashakiye ibikoresho bazajya bakoresha mu kugaba ibitero ndetse abafasha kubyambutsa binyuze mu Mugezi wa Rusizi.

    08:49: Umushinjacyaha Dushimimana Claudine yasobanuye ibyaha bibiri birimo icyo kuba mu mutwe w’iterabwoba no kuba mu mutwe w’ingabo utemewe bishinjwa Bizimana Cassien.

    Bizimana ashinjwa kuba muri FDLR Foca na FLN. Akiri muri FDLR yavuraga abarwanyi babaga bakomeretse. Yaje kuva muri uyu mutwe ajya muri CNRD, mu gice cyajyanye na Gen Irategeka Wilson aho yinjiye mu gisirikare cya CNRD akaza gufatwa afite ipeti rya Sous Lieutenant.

    Muri FDLR yari umusivili, muri CNRD ahageze ahabwa amahugurwa ya gisirikare ndetse binatuma ahabwa ipeti. Ku wa 23 Ukwakira 2019 ni bwo yafashwe.

    Umushinjacyaha Dushimimana Claudine
    • Ibyo wamenya kuri Bizimana Cassien

    Bizimana Cassien, alias BIZIMANA Patience, alias Passy, alias Selemani ni mwene Gasigwa Donatien na Nyirahavugimana Leontie. Yavutse 18 Kamena 1974, yavukiye mu yahoze ari Perefegitura ya Cyangugu, Komini Gafunzo, Segiteri ya Mukoma. Yashakanye na Mukamana Chantal. Yunganiwe na Me Murekatete Henriette.

    • Ibyaha Bizimana Cassien ashinjwa

    -  Kuba mu mutwe w’iterabwoba

    -  Kuba mu mutwe w’ingabo utemewe

    -  Kugambana no gushishikariza abandi gukora iterabwoba

    -  Gukoresha binyuranyije n’amategeko ikintu giturika ahantu hakoreshwa na rubanda

    -  Ubwinjiracyaha bw’ubwicanyi buturutse ku bushake nk’igikorwa cy’iterabwoba

    -  Gutwikira undi ku bushake inyubako, ibigenewe gutwara abantu cyangwa ibintu nk’igikorwa cy’iterabwoba

    08:43: Umushinjacyaha Dushimimana Claudine yatangiye asobanura imiterere y’ibyaha bitandatu bishinjwa Bizimana Cassien.

    Abaregwa bose bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’iterabwoba

    Urutonde rw’abaregwa muri uru rubanza

    1. Nsabimana Callixte alias Sankara

    2. Nsengimana Herman

    3. Rusesabagina Paul

    4. Nizeyimana Marc

    5. Bizimana Cassien, alias BIZIMANA Patience, alias Passy, alias Selemani

    6. Matakamba Jean Berchmans

    7. Shabani Emmanuel

    8. Ntibiramira Innocent

    9. Byukusenge Jean Claude

    10. Nikuze Simeon

    11. Ntabanganyimana Joseph alias Combe Barume Matata

    12. Nsanzubukire Félicien alias Irakiza Fred

    13. Munyaneza Anastase alias Job Kuramba

    14. Iyamuremye Emmanuel alias Engambe Iyamusumba

    15. Niyirora Marcel alias BAMA Nicholas

    16. Nshimiyimana Emmanuel

    17. Kwitonda André

    18. Hakizimana Théogène

    19. Ndagijimana Jean Chrétien

    20. Mukandutiye Angelina

    21. Nsabimana Jean Damascène alias Motard

    [KANDA HANO UREBE ANDI MAFOTO MENSHI

    Amafoto: Igirubuntu Darcy


  • Bugesera: Umusaruro w’igikoni cy’Umudugudu mu kurwanya imirire mibi n’igwingira mu bana –

    U Rwanda ni kimwe mu bihugu byiyemeje kurandura imirire mibi mu mwaka wa 2024 aho abana bafite iki kibazo bazava kuri 33% bakagera kuri 19%. Iyi ntego izagerwaho hifashishijwe kwigisha ababyeyi guteka indyo yuzuye no kwita ku bana babo.

    Abaturage bo mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Mwogo ni abahamya b’uburyo igikoni cy’Umudugudu cyahinduye ubuzima bw’abana babo nyuma y’uko abari bafite abana bafite ikibazo cy’imirire mibi bigishijwe guteka indyo yuzuye.

    Ubu buryo babwigishwa n’abajyanama b’ubuzima nyuma yaho bahuguriwe na Minisiteri y’Ubuzima ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC).

    Ahishakiye Angelique utuye mu Mudugudu wa Rukira mu Kagari ka Rugunga mu Murenge wa Mwogo, yavuze ko umwana we wari ufite imyaka ibiri yapimwe n’umujyanama w’ubuzima agasanga afite ibiro bine n’andi magarama make, yarazingamye ku buryo buteye agahinda.

    Ngo iyo abantu bamubazaga niba umwana we nta yindi ndwara arwaye yabasubizaga ko ntayo akumva ko umwana we azagera aho agakura neza.

    Ati “ Mbere ntaraza hano napfaga gutekera umwana uko mbonye, nafataga nk’ibijumba nkagerekaho ibishyimbo nkumva ko muhaye ibiryo byamugirira umumaro abajyanama b’ubuzima bamupimye basanga ari mu mutuku, sinarinzi ko habaho imboga zongerera intungamubiri umwana.”

    Ahishakiye yavuze ko ubu umwana we amaze kugira ibiro umanani ndetse ngo bitewe n’ibiryo agaburirwa abona ibiro bye bikiyongera cyane.

    Ati “Hano batwigisha guteka, mbere sinarinzi ngo ndabyuka ntekere umwana igikoma mbone kujya mu murima, narabyukaga bya bijumba naraye ntetse akaba aribyo njyana mu murima, ariko ubu ndazinduka nkamutekera igikoma nkanamutekera ibiryo nkabijyana mu murima mbipfundikiye ku buryo abirya bigishyushye.”

    Mukandayisenga Josephine utuye mu Kagari ka Gitaba mu Mugudu wa Gisaso we avuga ko umwana we yapimwe ibiro asanga afite bitanu nyamara afite umwaka n’igice, icyo gihe ngo umwana we yasanzwe mu mutuku amerewe nabi cyane.

    Ati “ Urebye nabiterwaga n’ubushobozi buke hamwe no kutamenya guteka neza indyo yuzuye, ibyo byose rero byampuriragaho ugasanga umwana abigendeyemo ntarye neza.”

    Mukandayisenga yavuze ko bimwe mu byo yigiye ku gikoni cyo ku Mudugudu ari uko amafaranga yose yaba afite yayakoresha mu gutekera umwana we neza.

    Ati “ Ubu namenye ko amafaranga 500 Frw ashobora guhaza umwana wanjye kuko naguramo ibifite intungamubiri ku buryo umwana wanjye arya neza, mu minsi mike maze hano umwana wanjye yiyongereyeho ibiro ku buryo nanjye ngiye gukomerezaho ntasubire inyuma.”

    Umujyanama w’ubuzima mu Mudugudu wa Misatsi mu Kagari ka Gataba, Mukarwego Drocella, yavuze ko umwaka ushize bagitangira gupima abana muri uyu Murenge bahasanze abana 63 bafite ikibazo cy’imirire mibi barimo batanu bari mu mutuku n’abandi 58 bari mu muhondo, aba bana barabakurikiranye ngo bakabagaburira ku gikoni cy’umudugudu kugeza ubwo hasigaye abana icumi gusa.

    Ati “ Dufite ibipimo dukoresha dupima ikizigira ubundi tukanamupima ibiro n’uburebure bwe, ibi iyo tubikoze tubona niba umwana akura neza cyangwa niba asubira inyuma mu mikurire, ibi iyo tubikoze mu bana bose dufite tubona abakwiriye kwitabwaho.”

    Mukarwego avuga ko imyumvire, ubukene no kutamenya guteka neza biri mu bidindiza imikurire y’abana hirya no hino, yavuze ko iyo babahurije ku gikoni cy’umudugudu bibafasha kubona indyo yuzuye.

    Ati “ Iyo tubazanye ku gikoni cy’umudugudu dutekera hamwe indyo yuzuye, nkabikora bareba, nkababwira nti uyu ni umuceri utera imbaraga, izi ni imboga zirinda umubiri indwara, ibi ni ibishyimbo byubaka umubiri ku buryo bamenya buri kimwe n’umumaro wacyo hari nubwo bambaza akamaro k’igi nkabasobanurira bakabimenya.”

    Uyu mujyanama w’ubuzima yavuze ko buri mubyeyi iyo avuye ku gikoni cy’Umudugudu bamukurikirana bakamutegeka gukora akarima k’igikoni iwe mu rugo kugira ngo ajye abona aho akura imboga, yavuze ko buri mubyeyi bakomeza kumukurikirana kugeza umwana akuze.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umusigire w’Umurenge wa Mwogo, Muhoza Jean, yavuze ko igikoni cy’Umudugudu hamwe n’amarerero biri mu byifashishwa mu kwita ku bana bafite ikibazo cy’imirire mibi muri uyu Murenge.

    Uyu muyobozi yavuze ko kuri ubu bagenda bakurikirana imiryango itandukanye bareba icyatumye abo bana bagira ikibazo cy’imirire mibi aho hari aho basanze biterwa n’amakimbirane aba agaragara mu miryango yabo hakabaho kubanza kuyakemura.

    Ababyeyi bafite abana bagaragara mu mutuku ndetse no mu muhondo bagaburirirwa ku gikoni cy’umudugudu kugeza umwana agaruye ibiro bimukwiye

    Ahishakiye yavuze ko umwana we amaze kwiyongeraho ibiro bine abikesha kugaburirirwa ku gikoni cy’umudugudu

    Indyo yuzuye ihabwa buri mwana wese ugaburirirwa ku gikoni cy’umudugudu

    Umujyanama w’ubuzima, Mukarwego Drocella yavuze ko ku gikoni cy’umudugudu bahigishiriza ababyeyi guteka indyo yuzuye kandi ko bifasha benshi

  • Kayonza: Minisitiri Gatabazi yagejejweho ikibazo cya nkongwa ikomeje kwibasira ibigori –

    Ibi yabyeretswe kuri uyu wa Gatatu mu rugendo rw’iminsi itatu uyu muyobozi ari kugirira mu Ntara y’Iburasirazuba aho ari gusura uturere dutandukanye. Mu Karere ka Kayonza uyu muyobozi yasuye imirima y’abaturage bo mu Murenge wa Ndego ahari ubutaka burenga hegitari 200 bwahujwe buhingwaho ibigori ndetse binateganyijwe ko hazakorerwa ibikorwa byo kuhira.

    Nyuma yo gusura iyi mirima, uyu muyobozi yabonanye n’abayobozi bo mu nzego z’ibanze ndetse n’abavuga rikumvikana muri uyu Murenge.

    Nkongwa yamunze ibigori bitaranakura

    Muri uyu Murenge wa Ndego ahahujwe ubutaka burenga hegitari 200 hari ikibazo cya nkongwa yatangiye kumunga ibigori bitaranakura ku buryo buteye inkenke.

    Abaturage baganiriye na IGIHE bavuze ko batera imiti inshuro nyinshi ariko ko iyo miti bahabwa n’abashinzwe ubuhinzi ntacyo ibafasha, bagasaba leta gushaka indi yabafasha guhangana n’iyi nkongwa yatangiye kwangiza ibigori bitaranageza igihe cyo guheka.

    Mukantanganzwa Liberatha utuye mu Mudugudu wa Kibare mu Kagari ka Isangano, yavuze ko batera imiti kenshi ariko ko nta kintu gihinduka kuko ngo ikomeza ikangiza ibigori byabo.

    Ati “Ikibazo cya nkongwa kiduteye inkeke, twahinze ibigori baduhaye tunashyiramo ifumbire, none nkongwa yabimaze, turatera imiti bwacya tugasanga n’ubundi nkongwa yagarutse, imiti baduhaye turayitera ariko nta kintu ihindura kuri nkongwa.”

    Mukamunyana Claudine utuye mu Mudugudu w’Akamahoro mu Kagari ka Isangano nawe yavuze ko nkongwa zimereye nabi imirima yabo nyamara batera imiti kenshi, yavuze ko birirwa mu mirima bayishakishamo bakayikuramo ariko ngo iranga ikagaruka agasaba ko hagira igikorwa ntibazahingire ubusa.

    Sebazungu Augustin we yagize ati “Ikibazo cya nkongwa kirakomeye cyane inaha kije muri uyu mwaka, turahinga ikajya mu bigori ikabicagagura ku buryo ikigori kitazamuka, turasaba ko umuntu wese bamuha umuti akajya yiterera, uwo baduhaye ntabwo ufata bawuduhaye rero buri wese akajya yiterera yanamenya n’amasaha meza yo gutera.”

    Umujyanama w’ubuhinzi mu Mudugudu wa Kabusunzu, Kabanda Jean Claude, yavuze ko imiti bahabwa impamvu abaturage bavuga ko idakora ari ukubera ubuke bwayo, yavuze ko iki kibazo kiri mu mirima hafi ya yose ariko ngo abahabwa imiti usanga ari mbarwa, yanavuze ko amapombo yo gutera iyi miti ari make ku buryo no kubona uko bayitera usanga ari ikibazo.

    Minisitiri Gatabazi wifatanyije n’aba baturage mu gutera imiti yica nkongwa, yavuze ko uyu munsi nkongwa yabonye mu Karere ka Kayonza iteye ubwoba ariko ko umuti bashoboye gutera hari icyo uri bukore.

    Yavuze ko mu byo babonye uwo muti ushobora kuba uhenze cyane ku muturage avuga ko bagiye kubakorera ubuvugizi ku buryo haboneka imiti abaturage bashobora kugura itabahenze, ikica nkongwa.

    Yagize ati “Icyo tugiye gukora ni ukubakorera ubuvugizi, turabigeza kuri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi na RAB babishinzwe umunsi ku munsi ku buryo bashaka imiti ijyanye n’igihe kandi ishobora kwica nkongwa mu buryo bwa burundu.”

    Yasabye abaturage gushyira hamwe bagahinga mu buryo buhuje ubutaka ku buryo bashobora kuyishakira umunsi umwe cyangwa bakagura imiti batereye rimwe nibura bakabasha guhashya iyi nkongwa.

    Minisitiri Gatabazi, Guverineri Gasana ndetse n’abandi bayobozi bo mu nzego z’umutekano bifatanyije n’abaturage mu gutera imiti yica nkongwa

    Minisitiri Gatabazi ubwo yifatanyaga n’abaturage mu gutera imiti

    Nkongwa yibasiye ibigori bikiri bito byo mu Murenge wa Ndego

    Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yijeje abaturage ko agiye kubakorera ubuvugizi ku buryo ikibazo cya nkongwa gicika