Tag: featured

  • Umukirisitu utazikingiza ntazaza muri Misa kuri Noheli -Musenyeri Hakizimana Célestin – #rwanda #RwOT

    Yabibwiye IGIHE nyuma y’uko hari bamwe mu baturage banga kwikingiza bitwaje imyemerere n’ubuhanuzi bakavuga ko urukingo rwa Covid-19 rwaba rukomoka kwa Satani cyangwa abarukoze hari ibindi bintu bibi bagamije kugirira ikiremwamuntu.

    Diyoseze ya Gikongoro ayoboye igizwe n’Akarere ka Nyamagabe, igice kimwe cy’uturere twa Nyaruguru, Nyanza na Huye.

    Musenyeri Hakizimana yagize ati “Ibyo kwikingiza tubikangurira abantu dufatanyije n’ubuyobozi bw’akarere kuko inkingo ziza bwa mbere Musenyeri na Meya twagiye kwikingiza dutanga urugero, no ku rukingo rwa kabiri ni ko twabigenje kandi tukabibwira n’abapadiri n’abakirisitu.”

    Yakomeje avuga ko batanze n’ishuri ryegereye Kiliziya kugira ngo abantu bagiye mu misa bakingirwe mu buryo bworoshye.

    Ati “Twatanze n’ishuri ryegereye Kiliziya kugira ngo abantu bahakingirirwe ndetse baduha n’itangazo turitanga mu Kiliziya kugira ngo abantu nibava mu misa bajye kwikingiza aho ngaho.”

    Musenyeri Hakizimana yavuze ko hari n’Abapadiri banze kwikingiza bigera aho babafatira ibyemezo.

    Ati “Mbere wabonaga bafite ubwoba bwo kwikingiza n’Abapadiri bangaga kwikingiza rwose, ariko ndababwira ngo utazikingiza ntazasoma Misa, kandi umukuriyeho misa nta kindi aba asigaranye, bahise bajya kwikingiza.”

    Yavuze ko bateganya gukora inama n’Abapadiri kuri iki Cyumweru no ku wa Mbere kugira ngo bafatire hamwe ingamba zo guhashya icyorezo cya Covid-19 bashishikariza abakirisitu kwikingiza hakiri kare.

    Ati “Hanyuma vuba aha tuzakora inama n’Abapadiri yo kurushaho kubikangurira abakirisitu no kugira ngo dushyireho agashya muri Gikongoro. Numva dushaka ko umuntu azajya aza mu misa azajya atwereka ko yikingije, utazikingiza tuzamubwira ko kuri Noheli atazaza mu Misa kandi tuzabigeraho.”

    Hari bamwe mu baturage bo muri Diyoseze ya Gikongoro babwiye IGIHE ko hari amakuru bagiye bumva avuga nabi urukingo rwa Covid-19 batinya kwikingiza.

    Mukantwari Agnes wo mu Karere ka Nyaruguru ati “Abantu baravugaga ngo urushinge urwiteje arapfa, abandi bakavuga ibihuha bitandukanye ku buryo nanjye natinye kwikingiza. Gusa ubuyobozi bwaratwigishije ndetse no mu rusengero batugira inama noneho turemera turikingiza kandi ntacyo twabaye. Naho ubundi twari twabanje kugira ubwoba.”

    Musenyeri Hakizimana yabibukije ko kwikingiza birinda abantu icyorezo cya Covid-19 kandi udashaka kwirinda atagomba kwanduza abandi, agira inama abaturage ko bakwiye kumvira abayobozi kuko bugamije ineza yabo.

    Musenyeri Hakizimana yavuze ko bashyize imbaraga mu gukangurira abakirisitu kwikingiza icyorezo cya Covid 19 kugira ngo bagire ubuzima buzira umuze

    Musenyeri Hakizimana asaba abakirisitu kwitabira kwikingiza kuko urukingo rufasha mu guhangana na Covid 19

    Abapadiri bari banze kwikingiza muri Diyosezi ya Gikongoro bagiriwe inama bahindura imyumvire

    Umukirisitu utazakingiza ashobora kutazemererwa kujya mu misa kuri Noheli

    Kuri za Kiliziya, nta bantu bari bamerewe kugendagenda hanze nk’uko mbere byabaga bimeze

    [email protected]


    source : https://ift.tt/3qbQV9o

  • #COVID19: Abantu 153 banduye babonetse mu bipimo 19,327 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nta muntu wishwe n’icyo cyorezo kuri uwo munsi, abamaze kwitaba Imana bose hamwe mu Rwanda bazize Covid-19 ni 1,344.

    Imibare y’abagaragaraho COVID-19 mu Rwanda bigaragara ko ikomeje kuzamuka, dore ko mbere yaho ku wa Kane tariki 16 Ukuboza 2021 mu Rwanda hari habonetse abanduye Covid-19 bashya 142 mu bipimo 12,246.

    Ni mu gihe ku wa Gatatu tariki 15 Ukuboza 2021 mu Rwanda hari habonetse abanduye Covid-19 bashya 125 mu bipimo 9,816.

    source : https://ift.tt/3yBhxoh

  • Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu yashimiye Polisi uko isohoza imirimo ishinzwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ubwo yari muri iyi nama, Minisitiri Gasana yavuze ko iyi nama nkuru ya Polisi ari umwanya mwiza wo kuganira no gutanga umurongo ku ngingo z’ingenzi zirebana n’umutekano w’Igihugu.

    Yagize ati “Ndashimira Polisi y’u Rwanda kuba yantumiye muri iyi nama nkuru yayo nyuma y’iminsi micye mpahwe inshingano zo kuba Minisitiri w’umutekano. Inama nkuru ya Polisi ni umwanya mwiza wo kuganira ku bintu by ‘ingenzi bijyanye n’umutekano kandi tukabiha umurongo.”

    Minisitiri w
    Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Alfred Gasana

    Yakomeje avuga ko akazi Polisi ikora gasaba imbaraga, umuhate n’ubushobozi. Yavuze ko Polisi igira uruhare mu kubumbatira umutekano no kugenzura iyubahirizwa ry’amategeko, avuga ko bishimishije kandi ari byo byari biyitezweho mu gufasha abaturage.

    Minisitiri Gasana yagaragaje ko imiryango itandukanye ishyira u Rwanda ku mwanya mwiza mu bihugu bitekanye.

    Yagize ati “Imiryango mpuzamahanga ishyira u Rwanda mu myanya myiza ku Isi mu bihugu bifite umutekano. Byose ni ku bikorwa byiza mugenda mugeraho kandi bishimisha abaturarwanda.”

    Yakomeje ashima uruhare rwa Polisi mu kugenzura iyubahirizwa ry’amabwiriza yo kurwanya COVID-19, abasaba gukomeza uwo muhate.

    Minisitiri Gasana yasezeranyije Polisi y’u Rwanda ubufatanye mu guhangana n’imbogamizi izo ari zo zose.

    Umuyobozi wa Polisi y'u Rwanda (IGP) Dan Munyuza

    Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda (IGP) Dan Munyuza

    Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza yagaragaje ko hashyizweho ingamba mu gukomeza kubumbatira umutekano, anavuga ko inama nkuru ya Polisi ari umwanya mwiza wo gusuzuma no gusesengura ibintu bitandukanye bigamije kwimakaza umutekano cyane cyane mu bihe by’iminsi mikuru.

    Yagize ati “Polisi ntizigera itezuka ku kubumbatira umutekano no kugenzura iyubahirizwa ry’amategeko mu gihugu ndetse n’andi mabwiriza aba yashyizweho. Mu mikoranire n’abafatanyabikorwa bacu, twakoranye kandi turacyakorana n’abafatanyabikorwa bacu mu bikorwa bitandukanye mu kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19. Kandi ibyo bikorwa bizakomeza ntibizigera bihagarara.”

    IGP Munyuza yashimiye ubuyobozi bw’Igihugu ku gufasha Polisi y’u Rwanda mu kwiyubaka no kubaka ubushobozi n’ibikorwaremezo. Yavuze ko Polisi izakora ibishoboka byose mu kugenzura iyubahirizwa ry’amategeko no gukumira ibyaha.

    Inkuru dukesha Polisi y’u Rwanda iravuga ko iyi nama nkuru ya Polisi yitabiriwe n’abapolisi 210 harimo abapolisi bakuru bayobora amashami atandukanye, abayobozi ba Polisi mu Ntara no mu turere, hari kandi ba ofisiye bato n’abandi bari bahagarariye abapolisi bato.

    source : https://ift.tt/3p5tO0N

  • Abahanzi nyarwanda bemeza ko guhangana na Covid-19 ari urugamba rubareba #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Andy Bumuntu na Peace Jolis bemeza ko abahanzi bagize uruhare rukomeye mu guhangana na Covid-19
    Andy Bumuntu na Peace Jolis bemeza ko abahanzi bagize uruhare rukomeye mu guhangana na Covid-19

    Abahahanzi bavuga ko aho bagiye bagera bashishikarizaga abantu kwirinda Covid-19, abaturage bagiye babafatiraho urugero kimwe n’uko abagiye bakurikira indirimbo zitandukanye babashije kuzibonera ku mbuga nkoranyambaga, aho bumvaga ubutumwa bubasaba kwirinda Covid-19.

    Mu kiganiro cya Master Card Foundation ifatanyamo n’abahanzi kwirinda Covid-19 cyatambutse kuri KT Radio, umuhanzi Andy Bumuntu avuga ko n’ubwo hari bamwe mu bahanzi bagiye bafatwa batakurikije amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo, byashoboraga gukoma mu nkokora gahunda zo gushishikariza abaturage kwirinda icyo cyorezo, ariko bitatumye ubutumwa butumvikana ku babikoze neza.

    Agira ati “Twese twasabwaga kuba intangarugero tugatanga ubutumwa natwe tubasha kubahiriza ariko ababirenzeho baganiriye n’izengo zibishinzwe, ariko hari n’ababikoze neza kandi ubutumwa buratambuka ku buryo byari bihagije kumva abo beza kurusha ababyitwayemo nabi”.

    Ku kijyanye no kuba hari ubwandu bushya bwa Covid-19 yihinduranya ya Omicron, Andy Bumuntu avuga ko abantu bakwiye kwitwararika muri iki gihe cy’iminsi mikuru y’impera z’umwaka bakarangiza umwaka neza no gutangira undi ibintu bidasubiye inyuma”.

    Agira ati “Ni ugukomeza gukaza ingamba ku buryo ibintu bizamera neza abantu bagasubira hamwe dukumbuye, ni byo byarushaho kudufasha”.

    Andy Bumuntu
    Andy Bumuntu

    Umuhanzi Peace Jolis ukunze kuririmba indirimbo zishimisha abana avuga ko muri Covid-19 indirimbo ze zatumye abana bumva ku buryo bworoshye akamaro ko gukaraba intoki, kuko ari bumwe mu buryo bukomeye bwafashije kurwanya ubwandu bwa Covid-19.

    Agira ati “Kwirinda ni ibintu buri wese akwiye kumva bitanamusabye kumva radio igihe cyose ukunda umuryango wawe ni byiza ko ubarinda, abantu bagerageze banafate urukingo rushimangira kuko ubu ntibyoroshye guhuriza abantu hamwe, ibintu tubigire ibyacu kuko kwirinda si ibya Leta”.

    Ku kijyanye no kuba abahanzi bakora za video ugasanga batambaye udupfukamunwa nka bumwe mu buryo bwo kurwanya ubwandu bwa Covid-19, Andy Bumuntu avuga ko abagaragaye barenze ku mabwiriza bagiye bakurikiranwa bakanabihanirwa n’inzego zibishinzwe.

    Peace Jolis avuga ko kuri iyo ngingo abantu bakunze gukorana video bagombaga kuba bipimishije Covid-19, naho abagiye bafatwa ngo byaterwaga rimwe na rimwe n’imiterere y’igihangano ku buryo warenga ku mabwiriza kandi ababiguyemo bigishijwe impamvu icyorezo kigomba kwirindwa.

    Peace Jolis
    Peace Jolis

    Abakunzi b’abahanzi Nyarwanda bagaragaza ko bafite inyota yo kwegerwa kugira ngo bafatanyirize hamwe kurwanya Covid-19, abahanzi na bo bakizeza ko bashishikajwe no kubona intsinzi kuri icyo cyorezo ku buryo abantu babaho mu gihugu kitagira Coid-19, kandi birashoboka igihe abantu bakomeza guhana amakuru azira kudohoka ku kwirinda.

    source : https://ift.tt/3sepoXp

  • Ivumburamatsiko ku ibanga ryihishe mu gushyingirana kabiri k’umuryango wa Habyarimana n’uwa Kabuga – #rwanda #RwOT

    Nubwo bidakunze kubaho, ibi byagaragaye mu muryango wa Juvénal Habyarimana wari Perezida w’u Rwanda n’uw’umunyemari, Félicien Kabuga ukurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Umuhungu wa Habyarimana witwa Jean‐Pierre Habyarimana yarongoye umukobwa w’uyu munyemari witwa Bernadette Uwamariya, nyuma y’aho undi mukobwa wa Kabuga witwa Françoise Mukanziza arongorwa n’umuhungu wa Habyarimana witwa Léon Habyarimana.

    Hari abakeka ko kuba iyi miryango ibiri yarashyingiranye ubugira kabiri byaba byaraturutse ku bucuti busanzwe, ariko si ko bimeze kuko uhereye no mu bwana bw’aba bagabo bombi ntaho bari baziranye.

    Kugira ngo wumve neza umubano w’aba bagabo bombi birasaba ko duca mu mateka avunaguye ya buri umwe. Juvénal Habyarimana yabonye izuba ku wa 8 Werurwe 1937, avukira muri komine Rambura ho muri Gisenyi. Se yari Jean‐Baptiste Ntibazirikana, umuyoboke ukomeye wa Kiliziya Gatolika nyina akaba Suzanne Nyirazuba.

    Ku rundi ruhande Kabuga we yavukiye mu yahoze ari Komine Mukarange, Perefegitura ya Byumba. Ubu ni mu Karere ka Gicumbi Intara y’Amajyaruguru mu 1935.

    Nyuma y’aya mateka igirukiraho ni ukwibaza uburyo aba bagabo bavukiye mu bice bitandukanye baje kuba inshuti magara kugeza n’aho Kabuga ashyigikira umugambi wa Jenoside wateguwe na Leta ya Habyarimana wari waramushyingiye abakobwa babiri.

    Kabuga yateye inkunga politiki mbi y’ubwicanyi bwakorerwaga Abatutsi. Yabaye Perezida wa Komite y’agateganyo yiswe Fonds de Défense Nationale (FDN), anaba Perezida wa Komite yatangije Radiyo RTLM yamamaje umugambi wo kurimbura abatutsi mu 1994.

    Zimwe mu ngero zibigaragaza ni uko, Kabuga, ari umwe bantu, bashyizeho Ikigega cyo kurengera igihugu hagamijwe gukusanya amafaranga yo gushyigikira mu rwego rw’imari n’ibikoresho ibikorwa by’Interahamwe byo kwica no kugirira nabi Abatutsi.

    Byagizwemo uruhare n’umugore wa Habyarimana

    Abakurikiraniye hafi ubutegetsi bwa Habyarimana bavuga ko ibyakorwaga byose byagirwagamo uruhare n’umugore we, Agathe Kanziga Habyarimana.

    Agathe Kanziga yarushijeho kwigaragaza cyane muri Repubulika ya kabiri ubwo umugabo we yari amaze guhirika Kayibanda, umuryango we awinjiza mu nda y’ingoma bashinga ‘Akazu’ kaje kuba inzira yo kwigwizaho ubutunzi bw’igihugu, kwikiza abashakaga kwitambika imigambi y’ubutegetsi no gutegura umugambi wa Jenoside.

    Muri uku gushinga akazu, Agathe Kanziga yari akeneye abantu bafite amafaranga bazajya batera inkunga ubucuruzi bwabo. Uku niko Agathe Kanziga yaje guhura na Kabuga. Amakuru yizewe IGIHE ifite ni uko aba bombi bahujwe na Joseph Nzirorera wa Minisitiri w’Ibikorwaremezo.

    Umwe mu bazi neza amateka y’umuryango wa Habyarimana n’uwa Kabuga waganiriye na IGIHE, yavuze ko umugore wa Habyarimana yahuye na Kabuga ataraba umucuruzi ukomeye cyane.

    Ati “Kabuga yari umucuruzi usanzwe nk’abandi bose ariko biza kugaragara ko Agathe Habyarimana ari kubaka akazu, agakenera rero abantu b’abacuruzi bazajya babona amasoko ya Leta. Kabuga yari aziranye na Nzirorera wari Minisitiri w’Ibikorwaremezo, niwe wamugejeje ku mugore wa Habyarimana.”

    Bakimara kumenyana, umugore wa Habyarimana ngo yatangiye kujya aha Kabuga amasoko yose ya Leta. Ibi yabikoraga afatanyije na Colonel Elie Sagatwa wari musaza we.

    Ati “Kabuga yazamutse kuko bamuhaga amasoko yose, urumva ko ufite amasoko ya Leta ntabwo uriha imisoro na we rero yamenya ko umugore wa Habyarimana akeneye amafaranga yihutirwa, akabwira Kabuga akayamuha.”

    Mu masoko Kabuga yagiye ahabwa harimo ajyanye no kugemurira abasirikare ibyo kurya, kuva ku cyayi cya mu gitondo kugeze ku ifunguro rya nijoro. Kabuga kandi yahawe isoko ryo kugurira abasirikare imyambaro n’inkweto.

    Uretse aya masoko mu bijyanye n’igisirikare, Kabuga abifashijwemo n’umugore wa Habyarimana yagiye ahabwa n’andi masoko arimo ayo kugura ibyuma byakoreshwaga na Electrogaz mu kugeza amazi n’amashanyarazi ku baturage.

    Imvano yo gushyingirana ubugira kabiri

    Nyuma yo kubona ko Kabuga ari kugenda arushaho gutera imbere, umugore wa Habyarimana yashatse uburyo yarushaho kumwiyegereza kugira ngo azanabafashe gusohoza umugambi wa jenoside wari urimo utegurwa na Akazu.

    Agathe Habyarimana abigiriwemo inama na basaza be, yeretswe ko nta buryo ibi yabigeraho atari ugushyingira abahungu be abakobwa ba Kabuga.

    Uyu mutangamakuru yakomeje agira ati “Kabuga yabaye umukire ukomeye cyane, kugira ngo Agathe Habyarimana amwiyegereze, abahungu ba Kabuga barongora abakobwa ba Habyarimana.”

    Ubukwe bwa Jean‐Pierre Habyarimana na Bernadette Uwamariya, ababubonye bavuga ko ari bumwe mu bw’igitangaza bwigeze buba mu Rwanda. Bwabereye mu Mujyi wa Kigali bwitabirwa n’abantu bakomeye barimo n’umuryango w’uwari Perezida w’u Bufaransa, François Mitterrand, n’uwa Zaïre, Mobutu Sese Seko.

    Boniface Rucagu yigeze kuvuga ko mbere y’uko umuhungu wa Habyarimana arongora umukobwa wa Kabuga, uyu mugabo yari umucuruzi usanzwe.

    Ati “Mbere umuhungu wa Habyarimana ataraza gusaba umukobwa wa Kabuga, muri iki gihugu abantu beza abantu bavugaga b’intama z’Imana bavugaga Kabuga. Yari umucuruzi ufite amafaranga ucisha make kandi wiyoroshya. Ibintu byahindutse aho ashyingiriye kwa Habyarimana, nibwo yatangiye kujya mu mabanga y’Akazu, aninjira muri politike.”

    Yavuze ko uku gushyingirana kwatumye imiryango yombi irushaho gushyigikirana ndetse Kabuga yinjizwa mu mugambi wa Jenoside atangira no kwerekwa uko azawutera inkunga.

    Ati “Igihe bakeneye gutera inkunga Interahamwe Kabuga niwe watanze amafaranga, bashatse gushinga RTLM Kabuga niwe watanze amafaranga.”

    Yamaze umwaka acumbikiye Agathe

    Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, Agathe Habyarimana yahungiye mu Bufaransa, ariko amakuru yizewe IGIHE ifite ni uko yagiye akomeza kugirira ingendo mu bihugu bitandukanye birimo Gabon na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

    Ubwo hatangiraga intambara yo guhirika Mobutu ku butegetsi, Agathe Habyarimana wari muri Congo yahise ahungira muri Kenya, aho bivugwa ko Kabuga yabaye igihe kinini.

    Avuga kuri ibi, uyu mutangamakuru yagize ati “Kiriya gihe cya Kabila atera Congo yagize ubwoba ajya kuba muri Kenya, Kabuga niwe wamwakiriye amuha inzu yo kubamo. Ni we wamuhaye ibikenewe byose amutunga umwaka wose, kandi bari bafitanye icyo gihango cyo kuba abana bararongoranye, Kabuga yari azi ko uriya mugore ariwe wamukijije.”

    Yakomeje avuga ko no mu gihe Agatha Habyarimana yari amaze kujya i Burayi yakomeje kujya yohererezwa amafaranga na Kabuga.

    Nubwo umugambi wo kongera gushyingirana nawo wari waratangiye gutegurwa mbere ya 1994 waje kugerwaho mu 1995 maze Françoise Mukanziza, undi mukobwa wa Kabuga arongorwa na Léon Habyarimana. Ubukwe bwabo bubera muri Kenya.

    Bernadette Uwamariya, umukobwa wa Kabuga ubwo yasohokaga mu rubanza rwa se i Paris

    Umuhungu wa Habyarimana witwa Léon Habyarimana yashyingiranywe na Françoise Mukanziza, umukobwa wa Kabuga

    Abana babiri ba Habyarimana bashatse mu muryango wa Kabuga

    Kabuga yari yarubatse ubushuti bukomeye hagati ye n’umuryango wa Habyarimana kubera amafaranga yari umukire

    source : https://ift.tt/31ZDqB6

  • Nyagatare: Abafite ubumuga bishimira ko batagisabiriza ibiribwa ahubwo basaba amajwi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abafite ubumuga ntibagisabiriza ibiribwa ahubwo basigaye basaba amajwi n
    Abafite ubumuga ntibagisabiriza ibiribwa ahubwo basigaye basaba amajwi n’akazi

    Akarere ka Nyagatare gatuwe n’abaturage 643,108, abafite ubumuga bakaba ari 18,983 bangana na 3% by’abaturage bose b’akarere.

    Ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga w’abafite ubumuga mu Karere ka Nyagatare, Badege yavuze ko hari ibyo kwishimira byinshi.

    Avuga ko utangira kwizihizwa mu Rwanda bwa mbere mu mwaka wa 1997, batigeze bahabwa umwanya ahubwo habaye icyo agereranya n’inama yo kubigaho.

    Ashima ko ubu bahabwa uruhare runini mu kwizihiza umunsi wabo kandi hakaba hari byinshi Leta imaze kubakorera kuko batagihezwa muri byose, umusaruro ukaba ari imibereho myiza batangiye kugira.

    Ati “Mutekereze ba bantu nababwiye bari mu Kiyovu hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’abafite ubumuga 1997, basaba ibiceri, basaba ibyo kurya, bakaba bavuyemo abantu basaba amajwi ku rwego rw’Igihugu, bakaba bavuyemo abayobozi.”

    Akomeza agira ati “Kera nka 80% cyangwa 100% abantu bafite ubumuga bari batunzwe n’imiryango yabo ariko uyu munsi Meya araparika imodoka n’umuhuzabikorwa agaparika indi. Ni ikintu dukwiriye gushimira ubuyobozi bwacu burangajwe imbere na Perezida Kagame.”

    Avuga ko ubu kugira ubumuga bitakiri ikibazo kandi ko batagitewe ikibazo n’inyito bamwe mu bantu babita ahubwo igisigaye ari uko abafite ubumuga babona amafaranga ubwabo badategereje gutungwa n’abandi.

    Abana bafite ubumuga barifuza ko ababita amazina abatesha agaciro bakwiye guhanwa
    Abana bafite ubumuga barifuza ko ababita amazina abatesha agaciro bakwiye guhanwa

    Urwunge rw’amashuri rwa Rwisirabo rufite uburezi budaheza ni ho kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe abafite ubumuga wabereye ku rwego rw’akarere.

    Mugisha Steven, umunyeshuri mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishami ry’Amateka, Ubukungu n’Ubumenyi bw’Isi, akaba afite ubumuga bw’uruhu n’ubwo kutabona neza, avuga ko akiga mu mashuri abanza yagorwaga no kureba ku kibaho ndetse n’akato yahabwaga na bagenzi be kuko yicaraga ku ntebe wenyine.

    Kuri ubu ngo yiga neza kandi ntagihabwa akato na bagenzi kuburyo ubu buri wese yifuza kwicarana nawe.

    Yasabye abafite ubumuga bagenzi be kwigirira ikizere, ubunyangamugayo no kwihangana ariko na none yifuza ko abakibita amazina abatesha agaciro bahanwa kuko bagihari.

    Yagize ati “Ndasaba bagenzi banjye kwigirira ikizere, bakaba inyangamugayo ariko by’umwihariko bakihangana kuko hari abantu hanze aha bakitwita amazina adutesha agaciro ariko nkasaba ko bakwiye kujya bahanwa kuko amategeko ahari.”

    Umuhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga mu Karere ka Nyagatare, Ngoboka James, yavuze ko n’ubwo bamaze kuzamuka mu iterambere ariko na none hari abagifite ikibazo cy’inyunganirangingo n’insimburangingo, kujya bahabwa inguzanyo zishyurwa ku nyungu nto, gutizwa ubutaka cyane ubw’ibishanga bagakorera imishinga ibateza imbere n’ibindi.

    Badege Sam avuga ko mu bafite ubumuga hamaze kwiga benshi ku buryo bagabanyiriza umutwaro imiryango yabo na Leta
    Badege Sam avuga ko mu bafite ubumuga hamaze kwiga benshi ku buryo bagabanyiriza umutwaro imiryango yabo na Leta

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho myiza, Murekatete Juliet, avuga ko inyunganirangingo n’insimburangingo ziri hafi kubageraho kuko hari umufatanyabikorwa wemeye kuzibaha.

    By’umwihariko ariko yizeje ubuvugizi ku kubakira icumbi abana bafite ubumuga kugira ngo abataha kure bagere ku ishuri bitabagoye ndetse n’abaturuka mu mirenge ya kure babuze uko bakwiga babone uburyo bwaborohereza.

    Ati “Ikifuzo natwe dufite ni uko aba bana icyaborohera ni uko bakwiga baba hano mu kigo, nibura hakubakwa uburyamo bakitabwaho nk’uko baba bari mu ngo iwabo kuko barakora ingendo kandi kubona ugusunika mu kagare ni ikibazo ndetse hari n’uwo mu kandi karere wakwifuza kuza kwiga hano akabona ayo mahirwe.”


    source : https://ift.tt/3IMfceQ

  • APR FC yabonye amanota atatu, AS Kigali inganya na Etincelles FC #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    APR Fc yabanje mu kibuga
    APR Fc yabanje mu kibuga

    Ikipe ya APR FC kuri stade ya Kigali i Nyamirambo yahatsindiye ikipe ya Bugesera FC ibitego 2-1, aho ku munota wa 27 ku mupira wari uvuye kwa Manishimwe Djabel, Mugisha Gilbert yarobye umuzamu wa Bugesera FC, Nsabimana Jean de Dieu Shawulini, ariko akawugaruza ikiganza myugariro wa Bugesera FC, Muhinda Brian, ananirwa gukuraho umupira wahise usubizwa mu izamu na Mugunga Yves akabonera APR FC igitego cya mbere.

    Nyuma y’iminota 2 gusa, ku munota wa 29 w’umukino ikipe ya Bugesera FC ibifashijwemo na Ishimwe Ganijuru Elie watwaye umupira Byiringiro Lague ku ruhande rw’iburyo rwa APR FC ahagana ku izamu, maze ahinduye umupira asa nushakisha ba rutahizamu umupira uruhukira mu rushundura rw’izamu ryari ririnzwe na Ishimwe Pierre.

    Mbere yuko igice cya mbere kirangira ariko ku mupira wari uturutse kuri Ruboneka Jean Bosco hagati mu kibuga, wakinwe neza hagati ya Mugunga Yves na Mugisha Gilbert wahise atera ishoti mu izamu rya Bugesera FC, abonera iyo kipe y’Ingabo z’igihugu igitego cy’intsinzi.

    Icyo gitego cyari icya kabiri kuriyo, ari na cyo cya nyuma kuko mu gice cya kabiri nta cyigeze gihinduka uretse uburyo butandukanye bwagiye bugeragezwa n’amakipe yombi ariko ntibubyare umusaruro.

    Mbere y’uyu mukino saa sita n’igice ikipe ya Kiyovu Sports kuri iyi sitade yari yakiye Gasogi United, aho amakipe yombi yanganyije igitego 1-1, igitego cya Kiyovu Sports cyabonetse ku munota wa 30 gitsinzwe na Bigirimana Abed ku mupira yari ahawe na Ismael Pichou mu gihe cyishyuwe na Hassan Djibrine ku munota wa 36, ku mupira wari uhinduwe na Nkubana Marc.

    Bugesera yabanje mu kibuga
    Bugesera yabanje mu kibuga

    Kuri stade Umuganda i Rubavu mu mukino wabayemo impaka nyinshi kubera iminota 10 y’inyongera yongewe ku minota isanzwe y’umukino, Ikipe ya AS Kigali yongeye gutakaza amanota inganya na Etincelles FC igitego 1-1, aho ku munota wa 50 Akayezu Jean Bosco yatsindiye Eteincelles FC igitego cyishyuwe ku munota wa 102 na Sugira Ernest watsindaga igitego cye cya kabiri muri AS Kigali muri uyu mwaka w’imikino, As Kigali yuzuza imikino 3 inganyije mu mikino 4 iheruka gukina itsindamo umwe.

    Umunsi wa 3 wa shampiyona hinjijwe ibitego 15 ku mpuzandengo y’igitego 1.87 ku mukino, umunsi wa 9 wa shampiyona ukazakinwa hagati ya tariki 17 na 19 Ukuboza 2021.


    source : https://ift.tt/3m0aDUq

  • Madamu Jeannette Kagame yitabiriye Prix Galien muri Senegal, asaba Afurika guhuza kugira ngo yihaze mu by’ubuvuzi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ni umuhango witabiriwe n’abantu bakomeye harimo Abayobozi nka Perezida wa Senegal Macky Sall, Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus, abashakashatsi n’abakuru b’imiryango yagize udushya igeraho mu bijyanye no kwita ku buzima bw’abantu.

    Madamu Jeannette Kagame yagaragaje ibyo Abanyarwanda bagezeho, birimo ubushakashatsi bwakozwe na Dr Leon Mutesa bwerekanye uruhererekane rw’ihungabana ku bakomoka ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

    Yavuze ko ubu bushakashatsi bwafashije kuvura indwara zitandukanye abarokotse Jenoside n’ababakomokaho, bituma bagira ubuzima bwiza binabarinda guheranwa n’amateka mabi.

    Madamu Jeannette Kagame yavuze ko ubumenyi n’ubushakashatsi bishingiye ku Ikoranabuhanga bizafasha Afurika kugera ku cyerekezo yifuza mu rwego rw’ubuzima, abazabaho mu binyejana bizaza bakazagira ubuzima bwiza.

    Ashima ko u Rwanda rufite Kaminuza mpuzamahanga yigisha ibijyanye n’ubuvuzi bufite ireme kandi budaheza(UGHE), ikaba itoza abaganga, abaforomo n’abashakashatsi kugera ku cyerekekezo cy’isi na Afurika by’umwihariko.

    Gahunda yo kugeza amaraso n’indi miti ku barwayi hakoreshejwe utudege tutagira abadereva(drones) na yo Madamu wa Perezida wa Repubulika yayigarutseho mu Ijambo yagejeje ku Ihuriro Prix Galien Afrique muri Senegal.

    Madamu Jeannette Kagame yavuze ko ibi hamwe n’ibindi bitahindura ubuzima bw’Abanyafurika hatabayeho ubufatanye bw’abahanga mu by’ubuvuzi n’imiti Afurika imaze kugira, babifashijwe n’inzego zifata ibyemezo.

    Yakomeje agira ati “Tugomba gukomeza ubufatanye n’ubumwe twakomeje kugaragaza mbere y’icyorezo cya COVID-19, kuko kubaho neza kwa buri wese ari ko kuzatuma abantu bose bamererwa neza.”

    Madamu Jeannette Kagame avuga ko Afurika idakwiye gusigara inyuma mu bijyanye no kubona abahanga n’abashakashatsi, imiti hamwe n’inkingo byafasha guteza imbere ubuzima bw’abayituye.

    Yashimye ko u Rwanda na Senegal byitegura kubaka inganda zikora inkingo n’imiti mu rwego rwo gufasha Afurika kwihaza mu bumenyi no kwikorera imiti.

    Yakomeje agira ati “Kubera iki umugabane wacu wakomeza kwibasirwa n’ingaruka z’ibyorezo udashobora guhagarika kubera kubura ibikorwa remezo biteye imbere mu buvuzi! Kuki twakomeza gutega amaboko abafatanyabikorwa bacu bo hanze kugira ngo tubone ibikoresho by’ubuvuzi kandi mubona ingorane byateye muri iki gihe cy’icyorezo cya COVID-19!”

    Igihembo kizwi nka Prix Galien Afrique gitangwa n’Umuryango ‘Foundation Galien International’ mu rwego rwo gushimira abashakashatsi, abahanga n’ibigo byakoze ubushakashatsi mu bijyanye n’ubuvuzi n’imiti muri Afurika.

    source : https://ift.tt/3oMyetB