Tag: featured

  • Biteguye gukora ibizamini bubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Biteguye gukora ibizamini bubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19
    Biteguye gukora ibizamini bubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19

    Ni ubwa mbere ibizamini bya Leta bisoza icyikiro rusange ndetse n’ayisumbuye kigiye gukorwa kuva icyorezo cya Covid-19 cyagaragara mu Rwanda guhera ku wa 15 Werurwe 2020.

    Biteganyijwe ko ku wa 20 Nyakanga 2021 ari bwo ibyo bizamini bizakorwa mu gihugu hose bikaba bigiye gukorwa mu gihe kidasanzwe no mu buryo budasanzwe, bitewe n’icyorezo cyibasiye isi guhera mu mpera z’umwaka wa 2019.

    Abanyeshuri bazakorera ku rwunge rw’amashuri rwa St Vincent Palloti, bavuga ko batagomba kwivutsa amahirwe bagize yo kwemererwa gukora ibizamini bya Leta, ahubwo bagiye kuyabyaza umusaruro barushaho kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19.

    Uwimana Grâce n’umwe mu banyeshuri bazakora ikizamini cya leta mu cyiciro rusange, avuga ko ibizamini bije bikenewe.

    Ati “Iki kizamini kijye gikenewe bitewe n’igihe cyashize tuvuga ngo tuzakora ibizamini ariko ntitubikore bitewe n’impamvu za Covid-19. Nkatwe twahuye n’ingaruka zo kudakora ubushize kubera Corona, ubungubu dufite ingamba zo kuba twayikwirinda turimo gukora ibizamini, tukubahiriza amabwiriza ndetse tukita no ku bindi bijyanye no kwirinda icyo cyorezo”.

    Ishimwe Cedric na we n’umwe mu bagomba gukora ibizamini bya Leta, avuga ko kuba bagiye gukora ibizamini mu bihe bidasanzwe no mu buryo budasanzwe, bagomba kugira ingamba zidasanzwe.

    Ati “Nkanjye ingamba mfite n’uguhana intera n’abandi banyeshuri, kuba ufite ibikoresho byawe ku buryo nta bintu byo gutizanya kugira ngo tudakwirakwiza Corona byihuse, ikindi ni uko intego ari ugutsinda”.

    Nyirabyenda Marie Claudine n’umuyobozi w’urwunge rw’amashuri rwa St Vincent Palloti Gikondo, avuga ko bitewe n’uko abanyeshuri bazahakorera ubusanzwe biga bataha, biteganyijwe ko bazajya bahafatira ifunguro rya saa sita kugira ngo hirindwe ingendo.

    Ati “Iyo abana basohotse mu kiruhuko cya saa sita abenshi ntibabasha kujya iwabo, ukumva ngo bagiye mu tubutike. Twari dufite impungenge rero z’uko abana muri uko gusohoka bashobora kwanduzanya Covid-19, n’uko ikigo gitegura ko abana bose bazarira ku ishuri”.

    Biteganyijwe ko abana 520 baturutse mu bigo bine ari bo bagomba gukorera ibizamini bisoza icyikiro rusange ku rwunge rw’amashuri rwa St Vincent palloti, bakazakorera mu byumba 21 kuko mu cyumba hagomba kujyamo abatarenze 25 kandi buri wese akicara ku ntebe ye, kugira ngo hubahirizwe amabwiriza yo kwirinda Covid-19.

    Muri kino gihe cya Guma mu Rugo Minisiteri y’Uburezi yateguye uburyo abanyeshuri, abarezi ndetse n’abandi bose bafite aho bahuriye n’ikorwa ry’ibizamini bya Leta baturuka kure, bazoroherezwa mu ngendo.


  • Menya uko Abayisilamu mu Rwanda bazizihiza umunsi mukuru w’igitambo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu nyandiko yasinyweho na Mufti w’u Rwanda, Sheikh Hitimana Salim, basobanuye uko gahunda zo ku munsi mukuru w’igitambo zizagenda mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza ajyanye no kwirinda Covid-19.

    Isengesho rikorwa kuri uwo munsi mukuru w’igitambo cyangwa se ‘Iswala’, rizakorwa mu buryo bukurikira butandukanye.

    Mu bice byashyizwe muri gahunda ya guma mu rugo, Abayisilamu bahatuye bazakorera Iswala ya EIDIL AD’HA mu ngo zabo, kandi abagize buri rugo bakayikora bonyine bativanze n’abandi kuko gahunda yo gusurana no gusabana ibujijwe muri ibi bihe bya Covid-19.

    Mu bice bitashyizwe muri gahunda ya guma mu rugo, Abayisilamu bahatuye bazakorera Iswala ya EIDIL AD’HA mu misigiti yujuje ibisabzwa isanzwe yarahawe uburenganzira bwo gukora, buri musigiti ukazakira abantu ku kigero cy’umubare utarenze 30% by’ubushobozi bw’umusigiti, kandi abaje mu musigiti bakubahiriza n’izindi ngamba n’amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19, ibyo byose bigakorwa ku bufatanye n’inzego z’ibanze z’aho imisigiti iherereye kugira ngo gahunda igende neza.

    Gahunda yo gutanga igitambo izakorwa mu buryo bwubahirije ingamba n’amabwiriza yose yo kwirinda Covid-19, ikazakorwa mu buryo bukurikira: Mu bice byashyizwe muri gahunda ya guma mu rugo, igitambo kizatangwa mu buryo bwo kugeza inyama z’igitambo muri buri rugo, bigakorwa ku bufatanye n’inzego z’ibanze z’ahazatangwa igitambo ndetse hifashishijwe urubyiruko rw’abakorerabushake mu rwego rwo gukomeza kubahiriza ingamba zo kwirinda Covid-19.

    Mu bice bitashyizwe muri gahunda ya guma mu rugo, igitambo kizatangirwa ku misigiti yujuje ibisabwa isanzwe yarahawe uburenganzira bwo gukora.
    Icyo gikorwa ngo kigomba gutegurwa hubahirizwa ingamba zose zo kwirinda Covid-19, kandi ku bufatanye n’inzego z’ibanze z’aho imisigiti iherereye, bifashishije urubyiruko rw’abakorerabushake, kugira ngo gahunda igende neza kandi n’ingamba zo kwirinda Covid-19 zirusheho kubahirizwa.

    Ubuyobozi bukuru bw’Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda bwateguye iyi nyandiko, bwibukije ba Imamu ko mu mitegurire y’izo gahunda zose zijyanye n’Umunsi mukuru w’igitambo, bagomba gufatanya n’ubuyobozi bw’inzego bw’ahazabera ibikorwa bijyanye n’uwo munsi.

  • Menya uko Abayisilamu mu Rwanda bazizihiza umunsi mukuru w’igitambo? #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu nyandiko yasinyweho na Mufti w’u Rwanda, Sheikh Hitimana Salim, basobanuye uko gahunda zo ku munsi mukuru w’igitambo zizagenda mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza ajyanye no kwirinda Covid-19.

    Isengesho rikorwa kuri uwo munsi mukuru w’igitambo cyangwa se ‘Iswala’, rizakorwa mu buryo bukurikira butandukanye.

    Mu bice byashyizwe muri gahunda ya guma mu rugo, Abayisilamu bahatuye bazakorera Iswala ya EIDIL AD’HA mu ngo zabo, kandi abagize buri rugo bakayikora bonyine bativanze n’abandi kuko gahunda yo gusurana no gusabana ibujijwe muri ibi bihe bya Covid-19.

    Mu bice bitashyizwe muri gahunda ya guma mu rugo, Abayisilamu bahatuye bazakorera Iswala ya EIDIL AD’HA mu misigiti yujuje ibisabzwa isanzwe yarahawe uburenganzira bwo gukora, buri musigiti ukazakira abantu ku kigero cy’umubare utarenze 30% by’ubushobozi bw’umusigiti, kandi abaje mu musigiti bakubahiriza n’izindi ngamba n’amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19, ibyo byose bigakorwa ku bufatanye n’inzego z’ibanze z’aho imisigiti iherereye kugira ngo gahunda igende neza.

    Gahunda yo gutanga igitambo izakorwa mu buryo bwubahirije ingamba n’amabwiriza yose yo kwirinda Covid-19, ikazakorwa mu buryo bukurikira: Mu bice byashyizwe muri gahunda ya guma mu rugo, igitambo kizatangwa mu buryo bwo kugeza inyama z’igitambo muri buri rugo, bigakorwa ku bufatanye n’inzego z’ibanze z’ahazatangwa igitambo ndetse hifashishijwe urubyiruko rw’abakorerabushake mu rwego rwo gukomeza kubahiriza ingamba zo kwirinda Covid-19.

    Mu bice bitashyizwe muri gahunda ya guma mu rugo, igitambo kizatangirwa ku misigiti yujuje ibisabwa isanzwe yarahawe uburenganzira bwo gukora.
    Icyo gikorwa ngo kigomba gutegurwa hubahirizwa ingamba zose zo kwirinda Covid-19, kandi ku bufatanye n’inzego z’ibanze z’aho imisigiti iherereye, bifashishije urubyiruko rw’abakorerabushake, kugira ngo gahunda igende neza kandi n’ingamba zo kwirinda Covid-19 zirusheho kubahirizwa.

    Ubuyobozi bukuru bw’Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda bwateguye iyi nyandiko, bwibukije ba Imamu ko mu mitegurire y’izo gahunda zose zijyanye n’Umunsi mukuru w’igitambo, bagomba gufatanya n’ubuyobozi bw’inzego bw’ahazabera ibikorwa bijyanye n’uwo munsi.

  • Iyo hatangwa ibiryo ntabwo buri wese ahabwa ibyo yifuza – MINALOC #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bitangajwe nyuma yo gutangira igikorwa cyo gutanga ibiryo ku miryango itishoboye yaryaga ari uko abayigize bakoze, ariko bakaba ntaho barimo kujya kubera gahunda ya Guma mu Rugo yatangiye ku wa 17 Nyakanga 2021 mu turere umunani hamwe n’Umujyi wa Kigali, mu rwego rwo kugira ngo hakumirwe ubwandu bushya bwa Covid-19.

    Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Gatabazi JMV, avuga ko babaze neza bakurikije ibyo umuntu akenera mu buzima ku munsi, ku buryo mu minsi icumi ya Guma mu Rugo abantu bose batekerejwe badafite ubushobozi bw’ibibatunga bazabibona bihagije, n’ubwo ngo buri wese adahabwa ibyo yifuza.

    Ati “Ariko iyo dutanga ibiryo ntabwo dutanga ibyo buri wese yifuza, kuko ushobora kuba wifuza inyama, ushobora kuba wifuza inzoga n’ibindi binyuranye ariko muri iki cyiciro turimo dutanga ibiryo n’ibishobora gufasha umuntu kugira ngo ya minsi yakoraga akabona ibyo arya kuri uwo munsi, azabone ibyo arya bimutungira ubuzima”.

    Gahunda yo gutanga ibiryo kuri iyi miryango itishoboye yatangijwe kuri uyu wa 18 Nyakanga 2021 mu Mujyi wa Kigali, ariko kandi bikaba byamaze no koherezwa mu tundi turere umunani turebwa na gahunda ya Guma mu rugo, ku buryo guhera kri uyu wa mbere naho bihita bitangira gushikirizwa abatishoboye kugira ngo badakomeza gukora ingendo zitari ngombwa bajya gushaka ibibatunga.

    Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu ivuga ko hamaze kubarurwa imiryango ibihumbi 220 igomba kuzafashwa mu Mujyi wa Kigali, hamwe n’indi miryango 34,750 yo mu turere umunani twashizwe muri Guma mu Rugo.

    Ibiryo birimo gutangwa birimo ibyubaka umubiri nka kawunga n’umuceri, ibitanga za proteyine nk’ibishyimbo hakazatangwa n’amata n’ifu ya shisha kibondo ku miryango ifite abana cyangwa ababyeyi batwite ndetse n’abonsa, bikaba byarabazwe mu buryo bw’ubuhanga ku buryo buri wese azabibona kandi bihagije.

    Ikindi ni uko mu Mujyi wa Kigali ndetse na buri karere mu turere twa Burere, Gicumbi, Musanze, Kamonyi, Nyagatare, Rwamagana, Rubavu na Rutsiro, hashyizweho imirongo ya telephone izafasha abaturage bazaba basimbutswe cyangwa barenganyijwe kuba bahabwa ibiryo.

    Ariko kandi ngo hari umuntu ushobora kuba atarabazwe bitewe n’uko yari azwi nk’umuntu ufite ibimutunga ariko bikaba atari ko bikimeze, icyo asabwa n’ukwimenyekanisha ku buryo nta muntu uzacikanwa kuko igihugu gifite ubuhunikiro burimo ibishobora kuba byafasha Abanyarwanda, igihe habaye ingorane zirimo ibiza, imyuzure ndetse n’ibindi byatungurana byose.

  • Abantu 13 bapfuye bazize ikamyo itwaye lisansi yakoze impanuka igahita ishya #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibyo byabaye ku wa Gatandatu tariki 17 Nyakanga 2021, impanuka ikimara kuba, abantu bahise bahururana amajerekani baza kuvoma lisansi yari muri iyo kamyo yari imaze gukora impanuka, ari byo yahise ifatwa n’inkongi.

    Polisi ya Kenya ikorera muri ako gace kabereyemo impanuka, itangaza ko abantu bagera kuri 24 ubu bari mu bitaro nyuma yo gutwikwa cyane na lisansi, ikongeraho ko mu bakomeretse harimo n’abana.

    Abashinzwe iperereza barimo gushakisha ahabereye impanuka kugira ngo barebe niba hari abantu bahiye bagakongoka ku buryo imibiri yabo itakigaragara, ibyo ngo bikaba bivuze ko imibare y’abahitanywe n’iyo mpanuka ishobora kwiyongera.

    Umuyobozi wa Polisi muri icyo gihugu, Charles Chacha yagize ati “Dukeneye kubanza gukora igenzura ryimbitse kugira ngo hamenyekane niba hari abantu bahiriye ahabereye impanuka bagakongoka burundu, kuko hari amagufa yahabonetse”.

    Byafashe amasaha abiri kugira ngo abashinzwe kuzimya inkongi z’umuriro bagere ahabereye impanuka hafi y’Umujyi wa Malanga, uherereye mu birometero 320 mu majyaruguru y’Iburengerazuba bwa Nairobi, Umurwa mukuru wa Kenya.

    Ikamyo itwaye amata yari mu kindi cyerekezo cy’umuhanda, ngo ni yo yagonganye n’iyo kamyo itwaye lisansi nk’uko ababibonye bari hafi aho babivuze.

    Umwe mu bakomerekeye muri iyo mpanuka witwa Wycliffe Otieno, yabwiye ibiro ntaramakuru ‘AFP’ ukuntu we n’abandi baje bazanye amajerekani yo kuvoma lisansi nyuma yo kumva iyo mpanuka y’ikamyo, n’ukuntu we yagize amahirwe akarokoka mu gihe hari abahasize ubuzima.

    Otieno, aganira n’icyo gitangazamakuru aho aryamye mu bitaro yagize ati “Nashoboye kwiruka ndahunga, Sinzi uko nagize ayo mahirwe kuko numvise ko hari abandi bantu mu bo twari kumwe batashoboye kurokoka “.

    Ikinyamakuru BBC dukesha iyi nkuru gitangaza ko muri Kenya hakunze kubaho impanuka zo muhanda zitejwe n’amakamyo afite umuvuduko mwinshi agongana n’ibindi binyabiziga.

    Muri Kenya kandi, ngo abantu bagera hafi ku 3.000 bapfa baguye mu mpanuka zo mu muhanda buri mwaka.

  • Polisi yarokoye abantu 7 bari barohamye mu kiyaga cya Kivu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nzabahimana Elia w’imyaka 33 niwe wari utwaye ubwato bwarimo abo bantu 7, yavuze ko bahagurutse ku cyambu kiri mu Murenge wa Boneza ku isaha ya saa yine n’iminota 15 za nijoro bajyanye ibicuruzwa by’ibiribwa mu Karere ka Rubavu mu isoko rya Nyamyumba. Ikibazo baje kukigirira hagati mu kiyaga cya Kivu bamaze amasaha atatu bagenda.

    Yagize ati “Twageze mu mazi hagati haza umuyaga mwinshi uzamura amazi menshi yuzura mu bwato buribirindura. Moteri yahise izima, ariko nagerageje kuramira telefoni mpamagara inshuti yanjye impamagarira Polisi. Ntabwo byatwaye iminota 10 Polisi yahise ihagera iradutabara, nta muntu wagize icyo aba kuko bose bari bambaye amakote ababuza kurohama(life Jacket).”

    Nzabahimana yashimiye Polisi y’u Rwanda yahise ibatabara kuko iyo itinda ibibazo byari kuvuka ndetse hakagira abitaba Imana. Yanashimiye inshuti ye yihutiye kubatabariza Polisi muri iryo joro.

    Umuyobozi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu mazi, Assistant Commissioner of Police (ACP) Elias Mwesigye yashimiye uwari utwaye ubwato wahise atabaza Polisi hakiri kare nayo ikabasha kubatabarira ku gihe. Yongeye kwibutsa abantu bakora ingendo banyuze mu kiyaga cya Kivu ko bagomba kwitonda muri iki gihe cy’impeshyi kuko harimo umuhengeri mwinshi kubera umuyaga.

    Yagize ati “Muri ibi bihe turimo by’izuba ryinshi (Icyi) mu kiyaga cya Kivu harimo umuyaga mwinshi bigatuma hahora umuhengeri amasaha yose. Abaturage rero usanga bakoresha amato ya gakondo akoze mu biti adafite imbaraga zo guhangana n’uwo muhengeri ari nabyo byabaye kuri bariya baturage.”

    ACP Mwesigye yakomeje akangurira abatwara abantu mu bwato ndetse n’abagenzi kujya bambara amakoti yabugenewe atuma batarohama kuko nabyo biri mu byatumye batabarwa nta kibazo bagize. Yanabasabye kujya bakora ingendo habona.

    Ati”N’iyo waba uzi koga ni ngombwa ko mbere yo kujya mu bwato wambara ikoti ryabugenewe (life jacket) kuko rifasha gukomeza kureremba iyo habaye impanuka, rinakurinda kugira imbeho ndetse rikakurinda kuba wakomereka. Tunabagira inama yo kujya bakora ingendo habona kumwanywa kugira ngo gutabarwa byoroshye kandi bakabanza gusuzuma ko ubwato bumeze neza.”

    Umuyobozi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi yibukije abantu kujya batunga nimero za telefoni za Polisi bakwifashisha igihe bahuye n’ikibazo bari mu mazi. Izo nimero ni: 110, 0788311545 cyangwa bakaba bahamagara 112.

    Abakoze impanuka Polisi yahise ibatwara mu bwato bwayo ibageza ku nkombe ahitwa i Kigufi mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Nyamyumba. Bose nta n’umwe wagize icyo aba cyatuma ajya kwa muganga bategereje gushaka uko basubira mu miryango yabo.

    Ni inkuru dukesha Polisi y’u Rwanda

  • Umunsi w’ikiruhuko wa Eidil-Ad’ha ntuzabuza abanyeshuri gutangira ibizamini bya Leta #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umunsi w
    Umunsi w’ikiruhuko wa Eidil-Ad’ha ntuzabuza abanyeshuri gutangira ibizamini bya Leta

    Ni umunsi mukuru uzaba kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Nyakanga 2021, Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) mu itangazo ryayo, ikaba imenyesha abakandida bose bazakora ibizamini, ko gahunda y’ibizamini ikomeza, bikazatangira kuri uwo munsi nk’uko byari biteganyijwe.

    Mu yandi mabwirizwa akubiye muri iryo tangazo, abanyeshuri bose bazakora ibizamini baributswa kujya ku ma santere bazakoreraho ibizamini kuri uyu wa Mbere tariki 19 Nyakanga 2021, bitarenze saa tatu za mu gitondo kugira ngo bamenyeshwe gahunda izagenderwaho, n’amabwiriza ajyanye no gukora ibizamini, kandi ko nta wemerewe gusiba.

    Ku bakandida bigenga bazakora ibizamini, barasabwa kuva mu rugo cyangwa agasubirayo bitwaje amafishi biyandikishijeho, ndetse n’ikarita y’irangamuntu ye kugira ngo yoroherezwe mu ngendo.

    Ni mu gihe abanyeshuri bo mu Mujyi wa Kigali n’abandi bafite inshingano mu bizamini kandi bafite ikarita bahawe na NESA, bazafatira imodoka ku byapa basanzwe bategererezaho zikazabageza ku byapa byegereye aho bazakorera ibizamini guhera saa kumi n’imwe n’igice za mu gitondo, aho zizongera kubafasha gutaha guhera saa cyenda n’igice (15h30).


  • Burera: Abasaga 70 basanzwe mu birori ku Muyobozi w’Umudugudu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nyuma y’uko umwe mu baturage atanze amakuru, inzego z’umutekano zahise zijyayo; abantu 31 barimo abagore 28 barafatwa, abasaga 40 biganjemo abagabo baratoroka barimo na nyiri urugo wari Umukuru w’Umudugudu.

    Mu gihe bagishakishwa, abafashwe bajyanywe ku biro by’Umurenge wa Gahunga mu gihe bagiye gupimwa Covid-19 bakajyanwa mu kato.

    Ibyo bibaye mu gihe Akarere ka Burera kari mu turere 8 turi muri Guma mu Rugo hamwe n’Umujyi wa Kigali.

  • Kazungu Claver ntakiri umuvugizi wa APR FC #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kazungu Claver
    Kazungu Claver

    Nk’uko Kazungu Claver yabyitangarije, yavuze ko yamaze gutandukana na APR FC guhera kuri uwa Mbere tariki ya 18 Nyakanga 2021.

    Yabitangarije mu kiganiro ‘Urukiko’ gitambuka kuri Radio 10, aho yemeje ko mu myaka itanu yari amaze ari umuvugizi wa APR FC abyishimira.

    Yagize ati “Impamvu natinze ni akanama nabanjemo, guhera ubu sinkiri umuvugizi wa APR FC kandi na byo nabishimiye kuko natangiye bavuga ngo sinzamara n’umwaka umwe ndi umuvugizi wa w’iyo kipe”.

    Yavuze ko gutandukana na APR FC nta ruhare yabigizemo, ahubwo ubuyobozi bw’ikipe ari bwo bwifuje kutamwongerera amasezerano.

    Yavuze ko n’ubundi yari yahawe ako kazi atagaharaniye ahubwo ari ikizere ubuyobozi bwamugiriye.

    Ntiharatangazwa uwamusimbuye ariko ubu inshingano akaba yazisigiye umunyamabanga w’ikipe.

  • Kazungu Clever ntakiri umuvugizi wa APR FC #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kazungu Clever
    Kazungu Clever

    Nk’uko Kazungu Clever yabyitangarije, yavuze ko yamaze gutandukana na APR FC guhera kuri uwa Mbere tariki ya 18 Nyakanga 2021.

    Yabitangarije mu kiganiro ‘Urukiko’ gitambuka kuri Radio 10, aho yemeje ko mu myaka itanu yari amaze ari umuvugizi wa APR FC abyishimira.

    Yagize ati “Impamvu natinze ni akanama nabanjemo, guhera ubu sinkiri umuvugizi wa APR FC kandi na byo nabishimiye kuko natangiye bavuga ngo sinzamara n’umwaka umwe ndi umuvugizi wa w’iyo kipe”.

    Yavuze ko gutandukana na APR FC nta ruhare yabigizemo, ahubwo ubuyobozi bw’ikipe ari bwo bwifuje kutamwongerera amasezerano.

    Yavuze ko n’ubundi yari yahawe ako kazi atagaharaniye ahubwo ari ikizere ubuyobozi bwamugiriye.

    Ntiharatangazwa uwamusimbuye ariko ubu inshingano akaba yazisigiye umunyamabanga w’ikipe.