Tag: featured

  • Abanyeshuri 20 mu bakora ikizamini cya Leta muri Kigali barwaye Covid-19 – #rwanda #RwOT

    Ibizamini bisoza ibyiciro bitandukanye by’amashuri yisumbuye biratangira kuri uyu Kabiri tariki ya 20 Nyakanga, bikaba biri gukorwa mu gihe u Rwanda ruri guhangana n’inkundura ya gatatu ya Covid-19.

    Kuba hari abanyeshuri banduye Covid-19 ntibisobanuye ko badakora ibizami bya Leta ahubwo bategurirwa uburyo bwihariye bakoramo batanduje abandi ariko nabo batabuze amahirwe yo gukora ikizamini.

    Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe iby’ibizamini mu mashuri abanza, ayisumbuye, ay’imyuga n’ubumenyingiro (NESA), Eng Umukunzi Paul, yabwiye Radio Rwanda ko kugeza ubu mu Mujyi wa Kigali habarirwa abanyeshuri 20 bazokora ibizamini bafite Covid-19.

    Ati “Kugeza ubu mu Mujyi wa Kigali twari dufite abagera kuri 20 no mu tundi turere bagiye bareba imibare uko imeze. Kugeza ubu imyiteguro imeze neza, uko umwana wese ameze arabasha gukora.”

    Yakomeje avuga ko aba banyeshuri bazakora hubahirizwa ingamba zo kwirinda icyorezo.

    Yagize “ Abanyeshuri banduye Covid-19 barahari kandi batekerejweho baroroherezwa gukora ibizamini. Mu Mujyi wa Kigali hari imodoka zihari zigomba kubatwara zizajya zibasanga aho bari. Aho gukorera ikizami naho bateguriwe neza bijyanye n’ingamba zo kwirinda.”

    Nta kizahagarika ibizamini

    Ibi bizamini biratangira kuri uyu wa Kabiri, ni mu gihe Minisiteri y’Abakozi n’Umurimo yatangaje ko ari umunsi w’ikiruhuko mu kwizihiza umunsi mukuru wa Eid Al Adha ku bayoboke b’idini ya Islam.

    Eng Umukunzu, yavuze ko nubwo ari ikiruhuko nta kintu kigomba gusibiza ibizamini.

    Yagize ati “Nta mpinduka zihari ku ikorwa ry’ibizamini. Ni byo koko umunsi w’ikiruhuko wahuriranye n’umunsi wo gutangiriraho ikizami ariko twari twasabye ko ikizami gikomeza nk’uko byari biteguwe kandi inzego zibishinzwe zarabitwemereye.”

    Biteganyijwe ko Ibizamini bisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye bizakorwa n’abanyeshuri 122.320 barimo abahungu 67.685 n’abakobwa 54.635. Abanyeshuri bazakora ibizamini bisoza amashuri yisumbuye ni 52.145 barimo abahungu 22.894 n’abakobwa 26.892.

    NESA igaragaza ko mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro, abazakora ibizamini bya Leta ari 21.053 barimo abahungu 12.994 n’abakobwa 9.916

    Inzego zibishinzwe zatangaje ko nta gisibya ibizamini bya Leta kuri uyu wa Kabiri

  • Umuyobozi w’umudugudu akurikiranyweho gukura abaturage muri Guma mu Rugo – #rwanda #RwOT

    Hafashwe abaturage 31 abandi barimo na nyiri urugo baratoroka bakaba bakiri gushakishwa ngo bapimwe niba nta waba yaranduye Covid-19.

    Abo bantu bose bagera kuri 70 bari bateraniye mu rugo rwa Habyarimana Emmanuel w’imyaka 47 y’amavuko akaba n’Umuyobozi w’Umudugudu wa Nyamugari mu Kagari ka Gisizi mu Murenge wa Gahunga, mu Karere ka Burera.

    Ubuteka ni ibirori bikorwa n’umukobwa washyingiwe akazana ibiribwa n’ibinyobwa iwabo noneho nabo bagakusanya inkunga y’ibintu bitandukanye byiganjemo ibiribwa bigacyurwa n’umukobwa wabo mu rugo rushya.

    Bamwe mu bafatiwe muri ibyo birori, bemera ko bakoze amakosa bagasaba imbabazi n’ubwo bari bazi neza ko Akarere ka Burera batuyemo kari muri gahunda ya Guma mu Rugo.

    Mukankubana Ziripa, umugore wa Habyarimana Emmanuel nyiri urugo watorotse yagize ati ” Turemera ko twakoze amakosa yo guhuriza hamwe abantu. Wari umuhango wa gihanga witwa Ubuteka kandi bwari uburyo bwo gutera inkunga umwana kugira ngo tumushakire ibyo kurya.”

    “Dutuye ku ishyamba ibya Covid-19 turabyumva ariko nta muntu twari twabona yishe. Nkanjye waguye mu cyaha nashishikariza abandi kwirinda kuko iyo iyo umuntu aguye mu cyaha amategeko aramuhana”.

    Uwanyirigira, umukobwa wa Habyarimana ari na we wari waje gusura umuryango we na we yemera ko bakoze amakosa.

    Ati “Nibwo twari tukihagera, tukimara kwicara nibwo badufashe. Twari tuzi ko turi muri Guma mu Rugo ariko turemera ko twakoze amakosa tukayasabira imbabazi.”

    Umujyanama w’ubuzima muri uyu Mudugudu wa Nyamugari, Nsabimana Alphonse na we anenga iyi myitwarire yagaragaye ku muyobozi, avuga ko bagiye guharanira ko nta handi byagaragara muri ako gace.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gahunga Niringiyimana Jean Damascene yavuze ko agendeye ku byabaye, byabahaye umukoro wo gukomeza kwigisha ndetse no kugenzura niba abayobozi bumva amabwiriza yashyizweho.

    Ati “Ibyabaye ni agahomamunwa kuko biragaragara ko hari n’abayobozi batari babyumva ari nabo bagenda baduteza ibibazo. Ibi bigiye gutuma twegera cyane umuturage tumwigishe ku buryo imyumvire irazamuka.”

    “Uyu muyobozi yari asanzwe n’ubundi atitwara neza ariko kubera ko amatora atahita akorwa muri ibi bihe twari twabaye tumwigaho tunamwigisha ngo turebe ko yahinduka ariko ntabwo bikwiye ko umuntu w’umuyobozi uri ku ruhembe rw’uru rugamba aba ari we ukora biriya.”

    Umuhuzabikorwa w’ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu Ntara y’Amajyaruguru, CIP Alex Ndayisenga yasabye abaturage guhindura imyumvire bakamenya neza ko Covid-19 ihari kandi ihitana n’ubuzima.

    Yagize ati “Kugira ngo tubashe kugabanya no gutsinda Covid-19 birasaba ko abaturage bahindura imyumvire kuri iki cyorezo. Ntabwo Covid-19 ari indwara y’abanyamujyi, buri wese arayirwara kandi irica. Uko abaturage bakomeza kuyikerensa bica amabwiriza yo kuyinda, niko ikomeza kudutwara abantu no kudindiza ubukungu bwabo n’ubw’Igihugu kuko nk’ubu abari muri Guma mu Rugo ntibakora.

    Abafashwe uko ari 31 bahise bapimwa Covid-19. Abatanduye bajyanywe kwigishwa banacibwa amande y’ibihumbi 10Frw kuri buri muntu naho uwateranyije ibyo birori we azacibwa ibihumbi 100 Frw.

    Abafatiwe mu birori bahise bapimwa Covid-19 mbere yo kujyanwa mu kato

    Umuhuzabikorwa w’ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu Ntara y’Amajyaruguru CIP Alex Ndayisenga yanenze abayobozi bashuka abaturage bagatuma barenga ku mabwiriza

  • Dr Ngamije yagaragaje kuboneza urubyaro nk’umuti w’itumbagira ry’ubwiyongere bw’abatuye Afurika – #rwanda #RwOT

    Inama y’Abayobozi b’Imijyi ikoresha Igifaransa iteraniye mu Rwanda ku nshuro ya 41, aho byitezwe ko izamara iminsi itatu, kuva ku wa 18 kugeza ku wa 22 Nyakanga 2021.

    Ni inama ifatwa nk’urubuga rw’abayitabira mu kungurana ibitekerezo ku ngingo zitandukanye, gusangira inararibonye mu bikorwa biteza imbere abatuye imijyi nta wuhejwe.

    Mu biganiro byo kuri uyu wa 19 Nyakanga 2021, abayitabiriye bagarutse ku ngingo zo kuboneza urubyaro no guteza imbere uburinganire bw’umugabo n’umugore nka bimwe mu byitezweho gukemura ikibazo cy’ubwiyongere bw’abaturage muri Afurika yo Munsi y’Ubutayu bwa Sahara.

    Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije, yavuze ko kwita kuri izi gahunda zo kuboneza urubyaro bifite inyungu ariko ko kubigeraho bikibangamiwe n’imyumvire ikomoka ku myemerere n’imico yo mu bihugu byinshi.

    Yagize ati “Kuringaniza imbyaro byagura ubushobozi bwo kurera, bikongerera ubushobozi umugore, bikagabanya ubwiyongere bw’abaturage. Byihutisha iterambere rusange bigatuma igihugu kigera ku iterambere cyiyemeje.”

    Dr Ngamije yavuze ko u Rwanda rufite ibyiza rwasangiza abandi muri urwo rwego aho serivisi zo kuboneza urubyaro zegerejwe abaturage ku rwego rw’Umudugudu, ibi bikiyongeraho kwita ku buzima bw’umubyeyi n’umwana no kwigisha urubyiruko ibijyanye n’ubuzima bw’imyororokere.

    Yavuze ko ibikorwa bikenewe hamwe n’ubukangurambaga ku kuboneza urubyaro bikwiye kugirwamo uruhare n’inzego zitandukanye.

    Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa, yavuze ko hakenewe ubufatanye bw’imijyi na sosiyete sivile mu gufasha abagore kugira uruhare mu bikorwa by’ubuzima by’umwihariko ibyo kuboneza urubyaro.

    Ibi biganiro byanitabiriwe n’Umuyobozi Mukuru wa Imbuto Foundatio, Sandrine Umutoni, wagaragaje bimwe mu bikorwa byayo mu bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere mu rubyiruko no kuboneza urubyaro.

    Yavuze ko Imbuto Foundation ifite imishinga ifasha mu kubaka ubushobozi bw’urubyiruko nk’abantu bagize umubare munini w’abatuye igihugu no gufasha abakobwa babyaye bakiri bato kubona amakuru ku buzima bw’imyororokere n’imyitwarire iboneye bakwiye kugira.

    Ibi bikorwa binyuzwa mu bukangurambaga bwaba ubwo abo bakobwa bakorerwa ubwabo ndetse n’imiryango bakomokamo kuko byagaragaye ko hari abahura n’ibibazo baterwa no kubura amakuru ku buzima bw’imyororokere bitizwa umurindi n’uko ababyeyi b’abagabo bibwira ko kubaganiriza kuri iyo ngingo bireba ababyeyi b’abagore gusa.

    GBO Prisca, Umwarimukazi i Abidjan muri Côte d’Ivoire, yavuze ko yungukiye mu biganiro by’uyu munsi ibizamubashisha gutanga umusanzu iwabo muri gahunda zo kuboneza urubyaro, kuganiriza urubyiruko ku buryo barenga bimwe mu bifatwa nk’imiziro ituma rutitabira kuboneza urubyaro.

    Ubushakashatsi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, NISR, bwakozwe mu 2019/2020, bwagaragaje ko 64% by’abagore bo mu Rwanda bitabira serivisi zo kuboneza urubyaro.

    Hakurikijwe imiterere y’uburumbuke mu Rwanda, abagore bo mu mijyi, nibura umwe abarirwa abana 3.4, naho uwo mu cyaro bakaba 4.3.

    Ni mu gihe mu 2005 umugore ugejeje igihe cyo kubyara yabarirwaga abana batandatu, mu 2014/2015 uwo mubare wari ugeze ku bana 4.2 ku mugore naho mu 2019/2020 bagera ku bana bane ku mugore.

    Iyi mibare yerekana kandi ko abatagerwaho na serivisi zo kuboneza urubyaro bavuye kuri 39% mu 2005, bagera kuri 14% mu 2019/2020.

    Imibare ya Loni igaragaza ko kugeza uyu munsi Afurika ituwe na 1.374.011.141 bangana na 16.72% by’abatuye Isi. Hatagize igikorwa uyu mubare wazaba wikubye kabiri mu 2050 ukarenga miliyari 2,2.

    Ni ikibazo abitabiriye iyi nama bavuga ko gikwiye guhagurukirwa bose bakareba mu cyerekezo kimwe kuko ubushakashatsi bukorwa bugaragaza ko ari ngombwa cyane kuringaniza imbyaro kugira ngo bateze imbere imijyi yabo.

    Abitabiriye iyi nama bavuze ko ikibazo cy’ubwiyongere bw’abaturage gikwiye guhagurukirwa kugira kidakomeza kubera inzitizi iterambere rya Afurika

    Umuyobozi Mukuru wa Imbuto Foundation, Umutoni Sandrine, asobanura bimwe mu bikorwa byayo mu byo kuboneza urubyaro n’ubuzima bw’imyororokere mu rubyiruko

    Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa, yavuze ko hakenewe ubufatanye bw’imijyi na sosiyete sivile mu gufasha abagore kugira uruhare mu bikorwa by’ubuzima by’umwihariko ibyo kuboneza urubyaro

    Dr Ngamije yavuze ko ibikorwa bikenewe hamwe n’ubukangurambaga ku kuboneza urubyaro bikwiye kugirwamo uruhare n’inzego zitandukanye

  • Nyagatare: RIB yafunze Mudugudu ukurikiranyweho gukubita umunyamakuru – #rwanda #RwOT

    Ntirenganya Charles ukorera Radio Flash yakubitiwe mu Mudugudu wa Rubona mu Kagari ka Rwisirabo mu Murenge wa Karangazi ubwo yari ari gutara inkuru.

    Amakuru avuga ko muri uyu Mudugudu kimwe n’ahandi hatandukanye hari hashyizwe abasore bafite inkoni babuzaga abaturage gutambuka bakabasubiza mu rugo, hari abashatse amazi babura uko bajya kuvoma, abandi bakabura uko bajya guhaha ni ko kwitabaza uyu munyamakuru ngo abavuganire agezeyo birangira ariwe ukubiswe.

    Nyuma yo gukubitwa yagiye kwa muganga ahabwa imiti ndetse anaterwa urushinge arataha, ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare bwari bwahakanye amakuru y’uyu munyamakuru yo gukubitwa aho bwavugaga ko nta muntu wigeze amukoraho.

    Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 19 Nyakanga 2021, ni bwo RIB yavuze ko Umuyobozi w’Umudugudu wa Rubona witwa Kalisa Sam na Mutsinzi Stiven w’imyaka 25 batawe muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo gukubita cyangwa gukomeretsa ku bushake Umunyamakuru wa Radio Flash FM witwa Ntirenganya Charles ufite imyaka 34 bakaba bamukubise ari mu kazi ko gutara amakuru.

    Abakekwa bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB Karangazi mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo hakorwe dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

    Icyaha bakurikiranyweho cyo gukubita cyangwa gukomeretsa ku bushake gihanwa n’ingingo ya 121 y’Itegeko No 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

    Uhamwe n’icyaha ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu ariko kitarenze imyaka itanu n’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi 500 Frw ariko atarenze miliyoni imwe.

    RIB yibukije abaturarwanda ko itazihanganira uwo ari we wese uzafatwa akora icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake yitwaje icyo akora ahohotera abo ashinzwe kuyobora inibutsa abantu ko ari icyaha gihanwa n’amategeko.


  • Kuvuka ku bw’amahirwe, gukurira mu buhunzi n’ibyo kujya ku rugamba: Ibidasanzwe ku buzima bwa Dr Sezibera – #rwanda #RwOT

    Mu 1963, mu Rwanda habaye ubwicanyi bukabije bwakorewe Abatutsi mu bice by’iyahoze ari Perefegitura ya Gikongoro. Mu bishwe harimo benshi mu bo mu muryango wa Amb. Dr Richard Sezibera uhereye kuri se.

    Ku bw’amahirwe nyina wa Sezibera, wari umutwite muri uwo mwaka, yaje kurokoka ndetse ahita ahungira i Burundi ari na ho uyu muhungu we yaje kuvukira tariki 5 Kamena 1964.

    Kimwe n’abandi Banyarwanda benshi, Sezibera yakuriye mu buhungiro, aza kwifatanya n’urundi rubyiruko rwa FPR Inkotanyi mu rugamba rwo kubohora u Rwanda ndetse na nyuma yo guhagarika Jenoside yakorerwaga Abatutsi mu 1994, akomeza gufatanya n’abandi mu kubaka igihugu.

    Amb. Dr Sezibera yakoze mu Biro by’uwari Perezida, Pasteur Bizimungu, nyuma aza kuhava ajya kuba Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ubwo yari ahagarariye Ingabo nk’uko byateganywaga n’amasezerano ya Arusha.

    Mu 1999, yaje kugirwa Ambasaderi w’u Rwanda muri Amerika, wareberaga inyungu z’u Rwanda mu bihugu nka Mexique, Argentine na Brazil. Agarutse mu Rwanda mu 2003, yagizwe Intumwa yihariye ya Perezida Kagame mu Karere k’Ibiyaga Bigari.

    Yabaye Minisitiri w’Ubuzima mu 2008 kugera mu 2011, nyuma aza kuba Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, kuva mu 2011 kugeza mu 2016, aho yavuye ajya kuba Umusenateri.

    Mu 2017, yagizwe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, umwanya yavuyeho mu 2019, kuri ubu akaba ari Intumwa yihariye y’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Icyongereza, Commonwealth.

    -  Kuvuka ku bw’amahirwe

    Amb Dr Sezibera yavukiye i Burundi ari na ho yize amashuri abanza kugeza mu mwaka wa kane. Nyuma umuryango we wimukiye muri Uganda ari na ho yize amashuri yisumbuye kugeza kuri kaminuza.

    Mu kiganiro yagiranye na Radio Rwanda, yagarutse ku buzima bwe, uko yavutse ku bw’amahirwe cyane ko mu gihe nyina yari amutwite ari bwo mu bice bitandukanye by’igihugu habaye ubwicanyi bwakorewe Abatutsi ariko agashobora guhungira mu Burundi.

    Yagize ati “Ngira ngo abantu bose kuvuka ni ku bw’amahirwe, kuvuka ni Imana. Ariko njye ku bindeba, icyo gihe uko abazi amateka y’u Rwanda bayazi, mu 1963, hari habaye Jenoside mu bice by’iyahoze ari Gikongoro, birumvikana ko rero benshi mu bo mu muryango wanjye bahatikiriye muri icyo gihe ndetse barimo n’umwe mu babyeyi banjye, data.”

    Yakomeje agira ati “Rero icyo gihe umubyeyi [Mama] wanjye yari antwite, nkaba naravutse, mvukira i Burundi ariko nk’uko ubyumva nawe icyo gihe iyo aza kuhagwa ntibyari gushoboka. Ngira ngo wenda abanditse ko ari ku bw’amahirwe ni icyo batekerezaga.”

    -  Kwiga amashuri byari hamana

    Mu bwana we, Dr Sezibera avuga ko kimwe n’abo bakuranye, byari ibihe bitoroshye haba mu kubona uko biga cyangwa n’ubundi buzima busanzwe ariko kubera umuco n’indangagaciro ababyeyi babatozaga byatumaga bakurana ishema ryo kuba Abanyarwanda.

    Ati “Ariko kubera umuco n’indangagaciro ababyeyi badutozaga, ntunabyumve, ntiwumve ko hari ibibazo ahubwo ukumva ko ukurana ishema ryo kuba Umunyarwanda. Nakuze rero ndi umwana wumva ko ndi Umunyarwanda aho nabaga ndi hose, kandi n’ababyeyi bacu banakubwiraga bati wowe uri Umunyarwanda, wowe iwanyu ni i Rwanda, uvuga Ikinyarwanda nubwo waba uri mu mahanga ariko umenye ko uri Umunyarwanda.”

    “Kandi Umunyarwanda atifata nk’abandi, yaba ari mu mvura, yaba ari mu nzara, yaba ari mu bukene, ntabwo Umunyarwanda yifata nk’abandi. Umunyarwanda agira agaciro ke adahabwa n’uko yifite cyangwa se atifite.”

    Amb. Dr Sezibera avuga ko iryo shyaka ryo kugira agaciro nk’Abanyarwanda byamufashije we n’abo bakuranye kuko ari byo byatumaga bagira imbaraga zo gukurana umurava no kumva ko icyo bakora cyose bagomba kugikora neza banafite intego.

    Ati “Numvaga rero no muri ibyo byose naciyemo ngomba kugira intego yo kwifasha ariko nkazanafasha abandi. Ni na yo mpamvu nize ubuganga, impamvu yabyo ni iyo. Numvaga icyangombwa ari ugufasha abantu nawe ukifasha.”

    Dr Sezibera avuga ko mu Burundi aribwo iwabo babaga mu nkambi ariko bageze muri Uganda, batangiye kuba mu bice bitandukanye birimo Kampala n’ahandi; ni ho yize mu buzima bugoye.

    Ati “Kwiga ntibyabaga byoroshye, urugero rumwe; njyewe mvuye i Burundi tugeze Uganda, urumva i Burundi twigaga mu Gifaransa n’Ikinyarwanda. Njyewe ngeze muri Uganda nsanga bari kwiga mu Cyongereza, bati ‘uyu mwana kubera ko nta Cyongereza azi agomba gusubira mu mwaka wa kabiri.”

    “Narabyanze rwose, ndagenda ababyeyi banshakira agashuri ko mu cyaro ahantu batagoranaga cyane, baranyemerera njya mu mwaka wa kane, nkicara mu ishuri nta rurimi nzi, nta Cyongereza nta Kigande, ariko umwaka wagiye kurangira nanjye maze kumenya ibyo bazi ndetse bimwe mbibarusha.”

    Amashuri yisumbuye, Dr Sezibera yayize muri St. Mary’s College Kisubi, aho yishyurirwaga na Leta, nyuma arangije ajya muri Kaminuza ya Makerere ariko aza guhura n’imbogamizi y’uko icyo gihe abanyamahanga batemererwaga kwiga Ishami ry’Ubuganga ‘Medicine’.

    Ati “Kugira ngo umuntu yemererwe kujya kwiga ubuganga byari hamana, kugera ko bari banze bavuga bati mwebwe Abanyarwanda mugomba kujya kwiga ibindi, mbese bari bavuze ngo nta munyamahanga wabyiga.”

    Yakomeje agira ati “Bari banze kunyandika ko njya kwiga ubuganga, ariko hari umuntu mwiza wakoraga mu biro by’ushinzwe kwandika [muri Kaminuza ya Makerere]. Yaje kumbwira ati ‘ejo uzagaruke hano hazaba hari inama irimo abaterankunga, bazaza kureba umuyobozi w’iyi kaminuza’, wowe uzabe wicaye aha nibasohoka uzahite uvuga ikibazo cyawe.”

    Amb Dr Sezibera avuga ko uwo munsi aribwo yahise avuga ikibazo cye ndetse uwari Umuyobozi wa Kaminuza ya Makerere ni we wahise amwiyandikira, kuva ubwo ahita atangira kwiga ubuganga muri iyi kaminuza.

    Amb Dr Sezibera avuga ko agendera ku ndangagaciro eshanu zirimo gukunda Imana, igihugu n’abantu

    -  Ibyemezo bitatu bikomeye yafashe mu buzima bwe

    Amb Dr Sezibera avuga ko kuri we atigeze arota inzozi zo kuzaba umunyepolitiki, ahubwo ubuzima bw’ubuhunzi yakuriyemo ari na yo mpamvu igihe cyageze akumva ko agomba gufatanya n’abandi mu rugamba rwo kubohora igihugu.

    Ati “Icyo gihe rero nta kundi byari kugenda, abantu bari barubatse politiki y’ikinyoma, ishingiye ku ivangura, ari mu gihugu ndetse n’abari hanze y’igihugu bakavutswa uburenganzira bwabo bwo kuba Abanyarwanda.”

    “Kumva ko hari umuntu wavuga ngo aba ni Abanyarwanda abandi si bo, ntabwo byari byo, uwo mwanya rero ubonetse kumva ko nagira uruhare mu guhindura ayo mateka nditabira nk’uko n’abandi benshi mu rubyiruko babyitabiriye. Urugamba rurangiye nkomereza mu mirimo igihugu cyanshinze. Ntabwo ari uko nashakaga kuba umunyepolitiki, ni inshingano amateka yacu yaduhaye, igihugu cyadusabaga kugira icyo ukora ukaba utabyanga.”

    Amb. Dr Sezibera avuga ko ubuzima bwa muntu akenshi bushingira ku byemezo afata mu mibereho ya buri munsi ndetse ashimangira ko we iyo asubiye inyuma mu bwana yibuka ko ibyemezo bitatu bikomeye yafashe mu buzima aribyo byamugize uwo ariwe uyu munsi.

    Ati “Ubuzima bw’umuntu ntibushingira ku ho wavukiye, uko wavutse umeze […] Oya, bushingira k’uko wowe ufata icyemezo, ibyemezo ufata mu buzima ndetse n’uko ufatanya n’abandi mu nshingano zirenze izawe ku giti cyawe.”

    Kuri we ngo icyemezo cya mbere yafashe ni ukudaheranwa n’amateka yari abayemo y’ubuhunzi, ahari ibibazo bitandukanye, amashuri bigagamo atujuje ubuziranenge nk’aho yibuka mu Nkambi y’i Mushiha bigiraga munsi y’igiti amashuri yarasenyutse.

    Akomeza agira ati “Habamo ibibazo byinshi, bimwe abantu bikabaherana ugasanga ari abana, urubyiruko kubera ibyo bibazo bakananirwa kubyihanganira, bakajya mu bindi bibatesha umurongo, icyo rero cyo kuba naravuze nti reka no muri ibi bibazo nkomeze amashuri kandi ngire intego yo kuzaba umuntu muzima. Icyo ni icyemezo cya mbere numva cyiza kandi n’abandi benshi bafata.”

    Amb. Dr Sezibera avuga ko ikindi cyemezo gikomeye yafashe ari ugufatanya n’abandi Banyarwanda mu rugamba rwo kubohora igihugu cyane ko icyo gihe hari benshi bari barihebye batumva uko bazagera aho ngo bagire uburenganzira ku gihugu cyabo.

    Ati “Icya kabiri kintera ishema kurusha ibindi, ni ukuba narafatanyije n’abandi kubohora igihugu cyacu. Abazi amateka y’u Rwanda hari igihe cyageze abantu bakaba barihebye, bakumva bitashoboka ko abantu babaga mu mahanga hanze bagaruka mu gihugu cyabo. Hakaba n’abandi bari mu gihugu ubwo bari bafite ibibazo byabo bumva ko akarengane kabaye akarande, bakumva ko ni uko bigomba kugenda.”

    Yakomeje agira ati “Kuba rero twaragize Imana, tukagira abayobozi beza barimo Nyakwigendera Fred Gisa, intwari y’u Rwanda na Perezida Paul Kagame, bagashyira abantu hamwe bakavuga bati nimureke aka karengane tugace, nkabyitabira, ni icyemezo numva kimpesha ishema ku giti cyanjye. Ibi nanabyifuriza n’abandi bana n’urubyiruko rwose kuko udafite igihugu nta gaciro waba ufite. Ni icyemezo numva kintera intege kikampesha n’agaciro.”

    Ati “Icya gatatu ni icyemezo nafashe cyo gushinga umuryango wanjye, ubundi hari ibintu byinshi cyane umuntu ajyamo kubera ko ariko bimeze, ariko iyo umuntu afashe icyemezo cyo gushaka icyo ni icyemezo cye. Ariko ntabwo ari no gushaka gusa ni icyemezo cyo kubaka umuryango wawe uko ubishoboye.”

    -  Inama ku bakiri bato muri iki gihe

    Iki gihugu kugira ngo kibe kigeze aho kiri uyu munsi, byatwaye imbaraga nyinshi ariko hanabaho amahirwe adasanzwe y’ubuyobozi bwiza buhamye burangajwe imbere na Paul Kagame, haba mu gihe cy’urugamba ndetse na nyuma mu myaka 27 ishize Abanyarwanda babohowe.

    Amb. Dr Sezibera avuga ko abakiri bato bakwiye kumva ko badakwiye gutana ngo batandukire indangagaciro Nyarwanda ahubwo bakagerageza kwiyubakamo ubushobozi bwazababashisha kuba abayobozi beza b’ahazaza.

    Ati “Icya kabiri ni ukwiyubaka umuntu ku giti cye, kuko ntiwagira uruhare mu iterambere, utariyubatse muri wowe ngo ugire indangagaciro nzima. Niba uri urubyiruko ukabyuka mu gitondo ukirirwa uzerera, uri mu biyobyabwenge n’izindi nzozi zidahwitse, ugakura ari uko uteye, ntabwo ushobora kugira uruhare mu iterambere.”

    “Ugira uruhare mu iterambere ni uwiyubatse we ubwe. Kandi ntabwo wiyubaka kubera ko uriho neza gusa, uriho neza aba akwiye kwiyubaka agakoresha ubushobozi afite kugira ngo yiyubake, yubake n’abandi ariko n’uriho nabi aba agomba kwiyubaka. Kwiyubaka rero ntabwo bishingira ku byo ufite cyangwa ibikuzungurutse, bigushingiraho wowe ubwawe.”

    Yakomeje agira ati “Icya gatatu, ni ukwicisha bugufi, abantu bakamenya ibyabaye, ibigezweho n’impamvu yabyo. Ntiwabona iyi mihanda yubakwa ngo uyigendereho gusa, wagakwiye kuvuga uti uyu muhanda wubakwa gute, bikenera iki? Ugomba guhorana inyota y’ubumenyi, naho ubundi ntabwo wicara aho gusa ngo nzaba umuyobozi, utumva neza uko ibintu bikorwa. Umuntu agomba kwiga.”

    Amb Dr Sezibera avuga ko abakiri bato n’Abanyarwanda muri rusange bakwiye kugira indangagaciro yo gukunda igihugu kuko na cyo ari icyemezo cy’umuntu agira ku giti cye kandi akagifata akiri muto.

    Ati “Ubikoze ibyo, njye numva iri terambere rizafata indi ntambwe, n’umuvuduko urushijeho mu gihe kiri imbere.’’

    Yakomeje agira ati “Urubyiruko rero, hari ubwo rugira imbaraga zitajyanye n’ubumenyi, ugasanga barakora ibintu gusa kubera ko amaraso yashyushye, bafite imbaraga ariko urubyiruko rufite ubumenyi, rukabihuza n’imbaraga n’indangagaciro aba ari urubyiruko rwuzuye.”

    Amb. Dr Sezibera avuga ko muri rusange urubyiruko ruramutse rugize indangagaciro n’ubumenyi bukenewe rwagera ku byo rwifuza cyangwa igihugu cyabo kirwifuzaho.
    Ati “Mu buzima icya ngombwa ni uko abantu bamenya icyo bashoboye bakagikora neza bakakinoza ariko bakanicisha bugufi, kugira ngo ukomeze guhaha ubumenyi ugomba kwicisha bugufi. Birafasha iyo umuntu yicishije bugufi gato, akumva n’abandi agafatanya na bo. Ikindi urubyiruko rw’ubu rufite amahirwe y’igihugu kibakunda.”

    -  Umufana wa APR FC uhangayikishwa n’Amavubi

    Kimwe n’undi muntu wese, Amb Dr Sezibera, nyuma y’inshingano zikomeye yagiye akora, mu mwanya wo kuruhuka akunda siporo cyane by’umwihariko kureba cyangwa gukina Tennis.

    Avuga ko uretse gukina kandi akunda gusoma ibitabo ndetse akanakunda kwihugura mu buryo butandukanye. Mu bindi bimunezeza avuga ko ari ukubana n’umuryango n’abantu bungurana ibitekerezo, baganira bishimye.

    Yakomeje agira ati “Ikindi ariko nkunda kureba umupira, mfana APR FC n’Amavubi […] ariko Amavubi rero hari ubwo nyafana nkenda kurwara umutima, ngira ngo nzajya kubaha facture […] Ariko mfana Amavubi na APR FC, muri football APR yo igira na Basketball na yo ndayifana.”

    Amb Dr Sezibera avuga ko nubwo iby’umuziki atabijyamo cyane ariko akunda kumva indirimbo gakondo ndetse akaba ari umukunzi wa Jazz cyane.

    Ni umugabo ugendera ku mahame atanu y’ingenzi ariyo; gukunda Imana, gukunda igihugu, gukunda abantu, kwanga umugayo no guhora ashakisha ubumenyi.

    Ni umuntu uvuga ko nta kintu kimutera ubwoba bitewe n’ibyo yanyuzemo ariko ngo atinya icyatuma igihugu gisubira inyuma, kigasubira aho cyavuye.

    Mu byo Dr Sezibera atazibagirwa mu bwana bwe, ni urukundo rw’umuryango ndetse n’ishyaka yabonanaga abana babanye mu buhunzi, bagafatanya nk’abavandimwe.

    Amb Dr Sezibera yakoze mu myanya itandukanye. Aha yarahiriraga kuba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane mu 2017

    Amb Dr Sezibera avuga ko ubuyobozi bwiza burangajwe imbere na Perezida Kagame aribwo igihugu cyubakiyeho

  • Huye: Abanyeshuri 5203 ni bo bakora ikizamini cya Leta gisoza icyiciro cya 1 n’icya 2 cy’ayisumbuye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abanyeshuri bagejejweho amabwiriza y
    Abanyeshuri bagejejweho amabwiriza y’uko bagomba kwitwara

    Yabitangaje ubwo bari mu myiteguro yo gutunganya aho abo banyeshuri bakorera ibizamini bya Leta batangira kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Nyakanga 2021.

    Mu Karere ka Huye, ikizamini cya Leta kirakorwa n’abanyeshuri 3448 barangiza icyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye (Tronc Commun) ndetse n’abanyeshuri 1755 barangiza amashuri yisumbuye hamwe na 516 barangije kwiga mu mashuri y’imyuga.

    Aba banyeshuri basanzwe biga mu bigo 34 bigiramo bataha, na 16 bigiramo banabibamo. Ariko barakorera mu bigo 24.

    Muri rusange barakorera mu bigo bitari kure cyane y’aho basanzwe bigira, ku buryo bazajya bakora ibizamini bataha iwabo (ku basanzwe biga bataha) cyangwa mu bigo basanzwe bigiramo (ku biga baba mu bigo), uretse abanyeshuri biga mu ishuri ry’imyuga ryo mu Rwabuye byabaye ngombwa ko begera abigira kuri TSS Kabutare.

    Kubera ko buri munyeshuri azicara ku ntebe wenyine, aho intebe zabaye nkeya zakuwe ku bigo bitazakorerwamo kugira ngo zongerwe ahabera ibizamini
    Kubera ko buri munyeshuri azicara ku ntebe wenyine, aho intebe zabaye nkeya zakuwe ku bigo bitazakorerwamo kugira ngo zongerwe ahabera ibizamini

    Ku bijyanye no kurinda abakora ibizamini kuba bakwandura cyangwa bakwanduzanya indwara ya Coronavirus, biteganyijwe ko nta munyeshuri wicarana n’undi, buri wese aricara ku ntebe ye bwite.

    Muhire ati “Hateganyijwe ko abana bajya binjira mu bizamini bamaze gukaraba intoki, kandi bose bambaye udupfukamunwa neza. Mu gihe cyo gufata amakaye ari ho ibizamini buri mwana arajya ayifatira, si abahagarariye ibizamini bayabahereza. Bo barajya bafungura ifaride, buri munyeshuri yihe ikayi y’ikizamini.”

    Kandi ngo ntawe uhagarariye ikizamini cya Leta uzakora ku munyeshuri agira ngo arebe niba ntabyo yazanye mu mufuka. Umunyeshuri azajya asabwa kuba ari we ugaragaza ko nta byo afite mu mufuka.

    Mu gihe hagize umunyeshuri bigaragara ko yanduye Coronavirus, ngo ntabwo azabuzwa amahirwe yo gukora ikizamini, ahubwo azashyirwa mu cyumba cyihariye cyabugenewe.

    Abanyeshuri beretswe aho bazicara, kandi aho buri wese yicara hari agapapuro kanditseho izina rye
    Abanyeshuri beretswe aho bazicara, kandi aho buri wese yicara hari agapapuro kanditseho izina rye


  • #COVID19: Mu Rwanda abakize ni 1005, abapfuye ni 17 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abitabye Imana ni abagore cumi n’umwe b’imyaka 85 (Rusizi), 83 (Gicumbi), 83 (Nyanza), 82 (Musanze), 79, 67 (Bugesera), 75, 69, 56, 48 (Kigali) na 73 (Huye) n’abagabo batandatu b’imyaka 83, 73, 64, 30 (Kigali), 66 (Karongi) na 52 (Rusizi), bakaba bahise buzuza umubare w’abantu 666 bamaze kwicwa n’iki cyorezo mu Rwanda.

    Abarimo kuvurwa bose hamwe ni 16,523.

    Inzego zishinzwe ubuzima zisaba Abaturarwanda baba abakingiwe n’abatarakingirwa gukomeza kwitwararika birinda kwandura cyangwa kwanduza abandi icyorezo cya COVID-19 gikomeje kugaragaza ubukana mu Rwanda n’ahandi ku isi.

  • Kuvuka ku bw’amahirwe, gukurira mu buhunzi n’ibyo kujya ku rugamba:Ibidasanzwe ku buzima bwa Dr Sezibera – #rwanda #RwOT

    Mu 1963, mu Rwanda habaye ubwicanyi bukabije bwakorewe Abatutsi mu bice by’iyahoze ari Perefegitura ya Gikongoro. Mu bishwe harimo benshi mu bo mu muryango wa Amb. Dr Richard Sezibera uhereye kuri se.

    Ku bw’amahirwe nyina wa Sezibera, wari umutwite muri uwo mwaka, yaje kurokoka ndetse ahita ahungira i Burundi ari na ho uyu muhungu we yaje kuvukira tariki 5 Kamena 1964.

    Kimwe n’abandi Banyarwanda benshi, Sezibera yakuriye mu buhungiro, aza kwifatanya n’urundi rubyiruko rwa FPR Inkotanyi mu rugamba rwo kubohora u Rwanda ndetse na nyuma yo guhagarika Jenoside yakorerwaga Abatutsi mu 1994, akomeza gufatanya n’abandi mu kubaka igihugu.

    Amb. Dr Sezibera yakoze mu Biro by’uwari Perezida, Pasteur Bizimungu, nyuma aza kuhava ajya kuba Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ubwo yari ahagarariye Ingabo nk’uko byateganywaga n’amasezerano ya Arusha.

    Mu 1999, yaje kugirwa Ambasaderi w’u Rwanda muri Amerika, wareberaga inyungu z’u Rwanda mu bihugu nka Mexique, Argentine na Brazil. Agarutse mu Rwanda mu 2003, yagizwe Intumwa yihariye ya Perezida Kagame mu Karere k’Ibiyaga Bigari.

    Yabaye Minisitiri w’Ubuzima mu 2008 kugera mu 2011, nyuma aza kuba Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, kuva mu 2011 kugeza mu 2016, aho yavuye ajya kuba Umusenateri.

    Mu 2017, yagizwe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, umwanya yavuyeho mu 2019, kuri ubu akaba ari Intumwa yihariye y’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Icyongereza, Commonwealth.

    -  Kuvuka ku bw’amahirwe

    Amb Dr Sezibera yavukiye i Burundi ari na ho yize amashuri abanza kugeza mu mwaka wa kane. Nyuma umuryango we wimukiye muri Uganda ari na ho yize amashuri yisumbuye kugeza kuri kaminuza.

    Mu kiganiro yagiranye na Radio Rwanda, yagarutse ku buzima bwe, uko yavutse ku bw’amahirwe cyane ko mu gihe nyina yari amutwite ari bwo mu bice bitandukanye by’igihugu habaye ubwicanyi bwakorewe Abatutsi ariko agashobora guhungira mu Burundi.

    Yagize ati “Ngira ngo abantu bose kuvuka ni ku bw’amahirwe, kuvuka ni Imana. Ariko njye ku bindeba, icyo gihe uko abazi amateka y’u Rwanda bayazi, mu 1963, hari habaye Jenoside mu bice by’iyahoze ari Gikongoro, birumvikana ko rero benshi mu bo mu muryango wanjye bahatikiriye muri icyo gihe ndetse barimo n’umwe mu babyeyi banjye, data.”

    Yakomeje agira ati “Rero icyo gihe umubyeyi [Mama] wanjye yari antwite, nkaba naravutse, mvukira i Burundi ariko nk’uko ubyumva nawe icyo gihe iyo aza kuhagwa ntibyari gushoboka. Ngira ngo wenda abanditse ko ari ku bw’amahirwe ni icyo batekerezaga.”

    -  Kwiga amashuri byari hamana

    Mu bwana we, Dr Sezibera avuga ko kimwe n’abo bakuranye, byari ibihe bitoroshye haba mu kubona uko biga cyangwa n’ubundi buzima busanzwe ariko kubera umuco n’indangagaciro ababyeyi babatozaga byatumaga bakurana ishema ryo kuba Abanyarwanda.

    Ati “Ariko kubera umuco n’indangagaciro ababyeyi badutozaga, ntunabyumve, ntiwumve ko hari ibibazo ahubwo ukumva ko ukurana ishema ryo kuba Umunyarwanda. Nakuze rero ndi umwana wumva ko ndi Umunyarwanda aho nabaga ndi hose, kandi n’ababyeyi bacu banakubwiraga bati wowe uri Umunyarwanda, wowe iwanyu ni i Rwanda, uvuga Ikinyarwanda nubwo waba uri mu mahanga ariko umenye ko uri Umunyarwanda.”

    “Kandi Umunyarwanda atifata nk’abandi, yaba ari mu mvura, yaba ari mu nzara, yaba ari mu bukene, ntabwo Umunyarwanda yifata nk’abandi. Umunyarwanda agira agaciro ke adahabwa n’uko yifite cyangwa se atifite.”

    Amb. Dr Sezibera avuga ko iryo shyaka ryo kugira agaciro nk’Abanyarwanda byamufashije we n’abo bakuranye kuko ari byo byatumaga bagira imbaraga zo gukurana umurava no kumva ko icyo bakora cyose bagomba kugikora neza banafite intego.

    Ati “Numvaga rero no muri ibyo byose naciyemo ngomba kugira intego yo kwifasha ariko nkazanafasha abandi. Ni na yo mpamvu nize ubuganga, impamvu yabyo ni iyo. Numvaga icyangombwa ari ugufasha abantu nawe ukifasha.”

    Dr Sezibera avuga ko mu Burundi aribwo iwabo babaga mu nkambi ariko bageze muri Uganda, batangiye kuba mu bice bitandukanye birimo Kampala n’ahandi; ni ho yize mu buzima bugoye.

    Ati “Kwiga ntibyabaga byoroshye, urugero rumwe; njyewe mvuye i Burundi tugeze Uganda, urumva i Burundi twigaga mu Gifaransa n’Ikinyarwanda. Njyewe ngeze muri Uganda nsanga bari kwiga mu Cyongereza, bati ‘uyu mwana kubera ko nta Cyongereza azi agomba gusubira mu mwaka wa kabiri.”

    “Narabyanze rwose, ndagenda ababyeyi banshakira agashuri ko mu cyaro ahantu batagoranaga cyane, baranyemerera njya mu mwaka wa kane, nkicara mu ishuri nta rurimi nzi, nta Cyongereza nta Kigande, ariko umwaka wagiye kurangira nanjye maze kumenya ibyo bazi ndetse bimwe mbibarusha.”

    Amashuri yisumbuye, Dr Sezibera yayize muri St. Mary’s College Kisubi, aho yishyurirwaga na Leta, nyuma arangije ajya muri Kaminuza ya Makerere ariko aza guhura n’imbogamizi y’uko icyo gihe abanyamahanga batemererwaga kwiga Ishami ry’Ubuganga ‘Medicine’.

    Ati “Kugira ngo umuntu yemererwe kujya kwiga ubuganga byari hamana, kugera ko bari banze bavuga bati mwebwe Abanyarwanda mugomba kujya kwiga ibindi, mbese bari bavuze ngo nta munyamahanga wabyiga.”

    Yakomeje agira ati “Bari banze kunyandika ko njya kwiga ubuganga, ariko hari umuntu mwiza wakoraga mu biro by’ushinzwe kwandika [muri Kaminuza ya Makerere]. Yaje kumbwira ati ‘ejo uzagaruke hano hazaba hari inama irimo abaterankunga, bazaza kureba umuyobozi w’iyi kaminuza’, wowe uzabe wicaye aha nibasohoka uzahite uvuga ikibazo cyawe.”

    Amb Dr Sezibera avuga ko uwo munsi aribwo yahise avuga ikibazo cye ndetse uwari Umuyobozi wa Kaminuza ya Makerere ni we wahise amwiyandikira, kuva ubwo ahita atangira kwiga ubuganga muri iyi kaminuza.

    Amb Dr Sezibera avuga ko agendera ku ndangagaciro eshanu zirimo gukunda Imana, igihugu n’abantu

    -  Ibyemezo bitatu bikomeye yafashe mu buzima bwe

    Amb Dr Sezibera avuga ko kuri we atigeze arota inzozi zo kuzaba umunyepolitiki, ahubwo ubuzima bw’ubuhunzi yakuriyemo ari na yo mpamvu igihe cyageze akumva ko agomba gufatanya n’abandi mu rugamba rwo kubohora igihugu.

    Ati “Icyo gihe rero nta kundi byari kugenda, abantu bari barubatse politiki y’ikinyoma, ishingiye ku ivangura, ari mu gihugu ndetse n’abari hanze y’igihugu bakavutswa uburenganzira bwabo bwo kuba Abanyarwanda.”

    “Kumva ko hari umuntu wavuga ngo aba ni Abanyarwanda abandi si bo, ntabwo byari byo, uwo mwanya rero ubonetse kumva ko nagira uruhare mu guhindura ayo mateka nditabira nk’uko n’abandi benshi mu rubyiruko babyitabiriye. Urugamba rurangiye nkomereza mu mirimo igihugu cyanshinze. Ntabwo ari uko nashakaga kuba umunyepolitiki, ni inshingano amateka yacu yaduhaye, igihugu cyadusabaga kugira icyo ukora ukaba utabyanga.”

    Amb. Dr Sezibera avuga ko ubuzima bwa muntu akenshi bushingira ku byemezo afata mu mibereho ya buri munsi ndetse ashimangira ko we iyo asubiye inyuma mu bwana yibuka ko ibyemezo bitatu bikomeye yafashe mu buzima aribyo byamugize uwo ariwe uyu munsi.

    Ati “Ubuzima bw’umuntu ntibushingira ku ho wavukiye, uko wavutse umeze […] Oya, bushingira k’uko wowe ufata icyemezo, ibyemezo ufata mu buzima ndetse n’uko ufatanya n’abandi mu nshingano zirenze izawe ku giti cyawe.”

    Kuri we ngo icyemezo cya mbere yafashe ni ukudaheranwa n’amateka yari abayemo y’ubuhunzi, ahari ibibazo bitandukanye, amashuri bigagamo atujuje ubuziranenge nk’aho yibuka mu Nkambi y’i Mushiha bigiraga munsi y’igiti amashuri yarasenyutse.

    Akomeza agira ati “Habamo ibibazo byinshi, bimwe abantu bikabaherana ugasanga ari abana, urubyiruko kubera ibyo bibazo bakananirwa kubyihanganira, bakajya mu bindi bibatesha umurongo, icyo rero cyo kuba naravuze nti reka no muri ibi bibazo nkomeze amashuri kandi ngire intego yo kuzaba umuntu muzima. Icyo ni icyemezo cya mbere numva cyiza kandi n’abandi benshi bafata.”

    Amb. Dr Sezibera avuga ko ikindi cyemezo gikomeye yafashe ari ugufatanya n’abandi Banyarwanda mu rugamba rwo kubohora igihugu cyane ko icyo gihe hari benshi bari barihebye batumva uko bazagera aho ngo bagire uburenganzira ku gihugu cyabo.

    Ati “Icya kabiri kintera ishema kurusha ibindi, ni ukuba narafatanyije n’abandi kubohora igihugu cyacu. Abazi amateka y’u Rwanda hari igihe cyageze abantu bakaba barihebye, bakumva bitashoboka ko abantu babaga mu mahanga hanze bagaruka mu gihugu cyabo. Hakaba n’abandi bari mu gihugu ubwo bari bafite ibibazo byabo bumva ko akarengane kabaye akarande, bakumva ko ni uko bigomba kugenda.”

    Yakomeje agira ati “Kuba rero twaragize Imana, tukagira abayobozi beza barimo Nyakwigendera Fred Gisa, intwari y’u Rwanda na Perezida Paul Kagame, bagashyira abantu hamwe bakavuga bati nimureke aka karengane tugace, nkabyitabira, ni icyemezo numva kimpesha ishema ku giti cyanjye. Ibi nanabyifuriza n’abandi bana n’urubyiruko rwose kuko udafite igihugu nta gaciro waba ufite. Ni icyemezo numva kintera intege kikampesha n’agaciro.”

    Ati “Icya gatatu ni icyemezo nafashe cyo gushinga umuryango wanjye, ubundi hari ibintu byinshi cyane umuntu ajyamo kubera ko ariko bimeze, ariko iyo umuntu afashe icyemezo cyo gushaka icyo ni icyemezo cye. Ariko ntabwo ari no gushaka gusa ni icyemezo cyo kubaka umuryango wawe uko ubishoboye.”

    -  Inama ku bakiri bato muri iki gihe

    Iki gihugu kugira ngo kibe kigeze aho kiri uyu munsi, byatwaye imbaraga nyinshi ariko hanabaho amahirwe adasanzwe y’ubuyobozi bwiza buhamye burangajwe imbere na Paul Kagame, haba mu gihe cy’urugamba ndetse na nyuma mu myaka 27 ishize Abanyarwanda babohowe.

    Amb. Dr Sezibera avuga ko abakiri bato bakwiye kumva ko badakwiye gutana ngo batandukire indangagaciro Nyarwanda ahubwo bakagerageza kwiyubakamo ubushobozi bwazababashisha kuba abayobozi beza b’ahazaza.

    Ati “Icya kabiri ni ukwiyubaka umuntu ku giti cye, kuko ntiwagira uruhare mu iterambere, utariyubatse muri wowe ngo ugire indangagaciro nzima. Niba uri urubyiruko ukabyuka mu gitondo ukirirwa uzerera, uri mu biyobyabwenge n’izindi nzozi zidahwitse, ugakura ari uko uteye, ntabwo ushobora kugira uruhare mu iterambere.”

    “Ugira uruhare mu iterambere ni uwiyubatse we ubwe. Kandi ntabwo wiyubaka kubera ko uriho neza gusa, uriho neza aba akwiye kwiyubaka agakoresha ubushobozi afite kugira ngo yiyubake, yubake n’abandi ariko n’uriho nabi aba agomba kwiyubaka. Kwiyubaka rero ntabwo bishingira ku byo ufite cyangwa ibikuzungurutse, bigushingiraho wowe ubwawe.”

    Yakomeje agira ati “Icya gatatu, ni ukwicisha bugufi, abantu bakamenya ibyabaye, ibigezweho n’impamvu yabyo. Ntiwabona iyi mihanda yubakwa ngo uyigendereho gusa, wagakwiye kuvuga uti uyu muhanda wubakwa gute, bikenera iki? Ugomba guhorana inyota y’ubumenyi, naho ubundi ntabwo wicara aho gusa ngo nzaba umuyobozi, utumva neza uko ibintu bikorwa. Umuntu agomba kwiga.”

    Amb Dr Sezibera avuga ko abakiri bato n’Abanyarwanda muri rusange bakwiye kugira indangagaciro yo gukunda igihugu kuko na cyo ari icyemezo cy’umuntu agira ku giti cye kandi akagifata akiri muto.

    Ati “Ubikoze ibyo, njye numva iri terambere rizafata indi ntambwe, n’umuvuduko urushijeho mu gihe kiri imbere.’’

    Yakomeje agira ati “Urubyiruko rero, hari ubwo rugira imbaraga zitajyanye n’ubumenyi, ugasanga barakora ibintu gusa kubera ko amaraso yashyushye, bafite imbaraga ariko urubyiruko rufite ubumenyi, rukabihuza n’imbaraga n’indangagaciro aba ari urubyiruko rwuzuye.”

    Amb. Dr Sezibera avuga ko muri rusange urubyiruko ruramutse rugize indangagaciro n’ubumenyi bukenewe rwagera ku byo rwifuza cyangwa igihugu cyabo kirwifuzaho.
    Ati “Mu buzima icya ngombwa ni uko abantu bamenya icyo bashoboye bakagikora neza bakakinoza ariko bakanicisha bugufi, kugira ngo ukomeze guhaha ubumenyi ugomba kwicisha bugufi. Birafasha iyo umuntu yicishije bugufi gato, akumva n’abandi agafatanya na bo. Ikindi urubyiruko rw’ubu rufite amahirwe y’igihugu kibakunda.”

    -  Umufana wa APR FC uhangayikishwa n’Amavubi

    Kimwe n’undi muntu wese, Amb Dr Sezibera, nyuma y’inshingano zikomeye yagiye akora, mu mwanya wo kuruhuka akunda siporo cyane by’umwihariko kureba cyangwa gukina Tennis.

    Avuga ko uretse gukina kandi akunda gusoma ibitabo ndetse akanakunda kwihugura mu buryo butandukanye. Mu bindi bimunezeza avuga ko ari ukubana n’umuryango n’abantu bungurana ibitekerezo, baganira bishimye.

    Yakomeje agira ati “Ikindi ariko nkunda kureba umupira, mfana APR FC n’Amavubi […] ariko Amavubi rero hari ubwo nyafana nkenda kurwara umutima, ngira ngo nzajya kubaha facture […] Ariko mfana Amavubi na APR FC, muri football APR yo igira na Basketball na yo ndayifana.”

    Amb Dr Sezibera avuga ko nubwo iby’umuziki atabijyamo cyane ariko akunda kumva indirimbo gakondo ndetse akaba ari umukunzi wa Jazz cyane.

    Ni umugabo ugendera ku mahame atanu y’ingenzi ariyo; gukunda Imana, gukunda igihugu, gukunda abantu, kwanga umugayo no guhora ashakisha ubumenyi.

    Ni umuntu uvuga ko nta kintu kimutera ubwoba bitewe n’ibyo yanyuzemo ariko ngo atinya icyatuma igihugu gisubira inyuma, kigasubira aho cyavuye.

    Mu byo Dr Sezibera atazibagirwa mu bwana bwe, ni urukundo rw’umuryango ndetse n’ishyaka yabonanaga abana babanye mu buhunzi, bagafatanya nk’abavandimwe.

    Amb Dr Sezibera yakoze mu myanya itandukanye. Aha yarahiriraga kuba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane mu 2017

    Amb Dr Sezibera avuga ko ubuyobozi bwiza burangajwe imbere na Perezida Kagame aribwo igihugu cyubakiyeho

  • Ntibarebe isura mu gutanga ibiribwa – Umuturage w’i Kigali #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Uwitwa Nizeyimana utwara moto, avuga ko yagiye muri “Guma mu rugo” yari amaze igihe kinini adakora kubera uburwayi, ariko uwamwitegereza abona ko ari umuntu ubyibushye kandi wambaye ibintu bisukuye.

    Nizeyimana akagira ati “Mu gutanga ibiribwa ntibarebe isura, ibiryo babitange uko biri nta byo kureba isura ngo umuntu afite inda, yambaye gute, ubwo se ko umuntu aba ari mu rugo ntaba abonye akanya ko kubikura wa mwenda aho wari ubitse!”

    Nizeyimana avuga ko urugo rwe rugizwe n’abantu batanu n’ubusanzwe rwafunguraga ibiro bibiri by’ibishyimbo mu gihe cy’iminsi ine, akaba yishimiye guhabwa ibiro bitanu yemeza ko bizamara iyi minsi umunani isigaye ya “Guma mu rugo”.

    Uwitwa Mukahigiro ukora ubucuruzi buciriritse bw’ibiribwa, avuga ko muri iyi minsi ibiri ishize adakora, urugo rwe rushonje cyane kuko ngo nta kintu babasha kwizigamira gisaguka ku mafaranga akorera buri munsi.

    Abaturage batuye ku Gisozi baganirije na Kigali Today bishimira kuba mu biribwa bahawe harimo n’umuceri, ndetse bamwe bakaba banyuzwe n’ingano y’ibirimo gutangwa.

    Umuceri wiyongereye ku ifu y’ibigori (kawunga) n’ibishyimbo byari bisanzwe bitangwa ku baturage muri “Guma mu rugo” ya mbere n’iya kabiri, aho umuryango ufite abantu kuva kuri 1-2 uhabwa ibiro bibiri by’ibishyimbo, ibiro 2.5 bya kawunga hamwe n’ibiro 2.5 by’umuceri.

    Umuryango ufite abantu 3-5 uhabwa ibiro bitanu by’ibishyimbo, ibiro 4.5 bya kawunga hamwe n’ibiro 4.5 by’umuceri, naho umuryango ufite abantu kuva kuri 6 kuzamura ugahabwa ibiro 10 by’ibishyimbo, ibiro 9 bya kawunga hamwe n’ibiro 9 by’umuceri.

    Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Gasabo, Umwali Pauline yijeje ko abaturage bakeneye ibiribwa bose ko bari bubihabwe ariko bakaba bagomba kuguma mu rugo, kugira ngo badasohoka bakajya kwandura Covid-19.

    Umwali yagize ati “Abantu bashonje bakeneye ibyo kurya bose tugomba kubaha ntibagire ikibazo, ni ukubibashyira mu rugo kuko dufite abayobozi ku rwego rw’umudugudu, abatwarasibo, urubyiruko rw’abakorerabushake n’abandi bafashamyumvire bagomba gukora uwo murimo, abaturage baturize mu rugo rwose ibyo kurya turabibashyira”.

    Gahunda ya “Guma mu rugo” i Kigali no muri tumwe mu turere twagaragayemo ubwandu bwa Covid-19 bukabije iramara iminsi 10 guhera tariki 17 Nyakanga 2021.

    Icyakora Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko hari uduce tuzafatirwa ingamba zihariye mu gihe igikorwa cyo gupima cyarangiye kuri iki cyumweru kizaba cyagaragaje ko ari two dufite ubwandu bwinshi bwa Covidi-19.