Tag: featured

  • Kigali na Paris byiyemeje ubufatanye mu guteza imbere ikoranabuhanga n’umuco #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bashyize umukono ku masezerano y
    Bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu guteza imbere ikoranabuhanga n’umuco

    Kuva ku Cyumweru tariki 18 kugera ku wa Kane tariki 22 Nyakanga 2021, i Kigali hateraniye Inama mpuzamahanga y’Abayobozi b’Imijyi ikoresha ururimi rw’Igifaransa, bakaba bagize ihuriro ryitwa AIMF.

    Mu masezerano Rubungisa na Hildago bashyizeho umukono kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Nyakanga 2021, harimo agamije gufasha Kigali kugira iterambere rishingiye ku muco, ubugeni, kubungabunga no kubika amateka hashingiwe ku rugero rwa Paris.

    Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Pudence Rubingisa yagize ati “Paris iratubera icyitegererezo muri urwo rwego, ibyo tumaze kuvuga cyangwa gushyiraho umukono ntibigamije gusa kugira Imijyi isa neza, ahubwo igomba kuba inabereye abaturage ikabafasha guhindura ubuzima bwabo”.

    Ku rundi ruhande, Anne Hidalgo aremeza ko ubutwererane hagati ya Paris na Kigali buzatuma habaho ubushuti bushingiye ku muco n’ikoranabuhanga, bigatuma barushaho kwegera abaturage.

    Hidalgo ati “Mu byo tugomba gukora nk’abayobozi b’imijyi ikomeye ni ukuba hafi y’abaturage bacu ndetse no kubagezaho serivisi z’ingenzi nk’ikoranabuhanga n’umuco, kuko ari bimwe mu mpinduka zituma twumva neza ibintu”.

    Umunyamabanga Uhoraho wa AIMF, Pierre Baillet ubwo yasobanuraga iby’Inama barimo gukorera i Kigali, yavuze ko bazayisoza hasinywe amasezerano y’ubufatanye afite agaciro k’Amadolari ya Amerika agera kuri miliyoni ebyiri (ni Amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyari ebyiri).

    Kimwe mu bikorwa by’Abafaransa birimo guteza imbere umuco n’imyidagaduro i Kigali, ni umushinga wiswe ‘Kigali Cultural Village (KCV) wo kwerekana amafilime n’ibitaramo wubatswe ku musozi wa Rebero n’Ikigo ‘Vivendi Group’ kibarizwamo Canal+.

    Ku uwo wa Kabiri na none, Hidalgo yanasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi hamwe n’Ubusitani bwo Kwibuka buri i Nyanza ya Kicukiro, akaba yanatangaje ko amagambo ya Perezida Macron uherutse gusura u Rwanda ngo yatumye Abafaransa bemera amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

  • Mu Rwanda abandi bantu 11 bishwe na #COVID19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abitabye Imana ni abagore babiri b’imyaka 83 (Huye) na 61 (Kigali) n’abagabo icyenda b’imyaka 83 (Nyanza), 80, 61, 44, 42 (Kigali), 75 (Bugesera), 69 (Rusizi), 65 (Muhanga) na 52 (Gicumbi), bakaba bahise buzuza umubare w’abantu 677 bamaze kwicwa n’iki cyorezo mu Rwanda.

    Abarimo kuvurwa bose hamwe ni 16,513.

    Inzego zishinzwe ubuzima zisaba Abaturarwanda baba abakingiwe n’abatarakingirwa gukomeza kwitwararika birinda kwandura cyangwa kwanduza abandi icyorezo cya COVID-19 gikomeje kugaragaza ubukana mu Rwanda n’ahandi ku isi.

  • Ikibazo cya Vestine na Dorcas cyatumye RIB ibyinjiramo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibibazo byo gutandukana hagati y’abahanzi Vestine na Dorcas bakunzwe mu Rwanda mu ndirimo zo guhimbaza Imana na Irene Mulindahabi cyongeye kuvugwa mu itangazamakuru nyuma y’amakuru avuga ko Urwego rw’Ubugenzacyaha rwacyinjiyemo.

    Hari amakuru avuga ko Urwego rw’Ubugenzacyaha rwakiriye ikirego cya Mike Karangwa urega Irene Mulindahabi ibijyanye no kumuharabika.

    Byatangiye Irene Mulindahabi ashyira hanze itangazo rimenyesha ko sosiyete yashinze MIE itandukanye n’abahanzi “Vestine na Dorcas” bakunzwe mu ndirimbo zo guhimbaza Imana.

    Benshi ntibishimiye iyi nkuru bitewe n’aho babonaga Irene yari amaze kugeza aba bana mu mwaka umwe ndetse indirimbo zabo zikunzwe n’abatari bake.

    Umubyeyi wa Vestine na Dorcas yumvikanye ashinja Irene Mulindahabi gukoresha abana be mu nyungu ze, ndetse akabatwara Channel ya YouTube bitangirije.

    Abantu bakomeje kuyoberwa ufite ukuri, abandi bajya ku ruhande rwa Mulindahabi bamushyigikira akazi yakoze, mu gihe abandi bagiye ku ruhande rw’umubyeyi bashinja Mulindahabi ubwambuzi.

    Murindahabi yumvikanye kuri channel ye ya YouTube avuga akagambane yakorewe ndetse agaragaza n’abakari inyuma ari ho izina Mike Karangwa ryumvikanye muri iki kibazo.

    Mulindahabi yavugaga abagabo babiri ari bo “Mike Karangwa na Nzizera Aimable.” Kuba inyuma yo gutandukana kwe n’abahanzi yari agejeje ku rwego rwiza kandi bafite ahazaza muri muzika nyarwanda mu ndirimbo zo guhimbaza Imana.

    N’ubwo uko amasaha yakurikiranaga ariko habonekaga amakuru mashya ndetse n’abantu batanga ibitekerezo bitandukanye, abashyizwe mu majwi byabagizeho ingaruka zirimo kwibasirwa n’abantu batandukanye babita abagambanyi n’abahemu ndetse n’amazina yabo asanzwe akomeye mu myidagaduro nyarwanda arushaho kwangirika.

    Irene Mulrindahabi mu gihe gito yumvikanye yasubiranye na Vestine na Dorcas, ndetse bakora ikiganiro bari kumwe na mama wabo wirinze kugira icyo atangaza.

    Cyakora n’ubwo imitima ya benshi yiruhukije kubera gukunda aba bana bafite impano kandi barimo kuzamuka neza, Mike Karangwa na we yakoze ikiganiro kigaragaza ko yabeshyewe ndetse aribasirwa mu kibazo avuga ko adafite aho ahuriye na cyo, maze asaba Irene Mulindahabi kumusaba imbabazi bitaba ibyo akamujyana mu butabera.

    Ibirimo kuba bigaragaza ko Irene Mulindahabi atasabye imbabazi cyangwa ngo bumvikane na Mike Karangwa wamaze gutanga ikirego mu bugenzacyaha, abantu bakaba bakomeje gutega amaso igikurikiraho.

  • Huye: Babiri barwaye Coronavirus bafashijwe gukora ibizamini bya Leta #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Byemejwe n’umuyobozi w’Akarere ka Huye wungirije ushinzwe imibereho myiza y’Abaturage, Annonciata Kankesha, ubwo yatangaga amakuru agaragaza uko abanyeshuri bari gukora ibizamini bya Leta bahagaze ku bijyanye n’icyorezo cya Coronavirus, ku wa 20 Nyakanga 2021.

    Uyu muyobozi yagize ati “Aba bana bombi barangije mu mwaka wa gatandatu. Umwe yiga ku ishuri ryisumbuye Regina Pacis riri mu Murenge wa Tumba, undi kuri G.S. Rukira ho mu Murenge wa Huye.”

    Yunzemo ati “Uwo kuri Pacis n’ubundi yari amaze iminsi arwariye mu rugo. Mbere y’uko yemererwa gukora ikizamini cya Leta babanje kumupima kugira ngo barebe niba yarakize, basanga aracyarwaye. Uwiga kuri GS Rukira we bari bayimubonyemo ejo ku buryo yari yanatashye, ariko uyu munsi yemerewe kuza gukora”.

    Aba bana bombi ubu ngo bari gukorera mu byumba byihariye ku bigo n’ubundi bagombaga gukoreraho, bafite n’abakurikirana uko bakora ibizamini, kandi n’ibigo nderabuzima bibegereye biri kubakurikirana.

    Visi Meya Kankesha ati “Bose bafite imbaraga, kandi bari gukora. Bitaweho mu buryo bushoboka.”

    Aba bana kandi ngo ntibahishiriwe ku ndwara bafite, hagamijwe ko bagenzi babo bamenya ko badakwiriye kubegera cyane.

    Icyakora n’ubundi abana muri rusange mbere y’uko binjira gukora ibizamini bibutswa amabwiriza yo kwirinda iyi ndwara iri kugenda irushaho gusakara, n’umubare w’abo yica aho kugabanuka ukaba ugenda wiyongera.

  • Uruhare rwa buri wese rurakenewe mu kwirinda no gukumira ibiza kugira ngo tugabanye ibihombo bidutera – Minisitiri Kayisire #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Minisitiri ushinzwe Ibikorwa by
    Minisitiri ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Kayisire Marie Solange

    Minisitiri ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Kayisire Marie Solange, ahamya ko umuntu wese ku rwego rwe ndetse n’inzego zitandukanye bashyize imbaraga mu gukumira ibiza byafasha kugabanya ingaruka n’ibihombo duterwa na byo ku buryo bugaragara.

    “Nk’urugero, umuntu aziritse neza igisenge cy’inzu ye ashobora gukoresha amafaranga ari hagati y’ibihumbi birindwi n’icumi (7,000 Frw na 10,000 Frw). Kandi iyo igisenge kitaziritse gisenywe n’umuyaga, ku nzu isanzwe y’umuturage usanga hakenewe asaga 250,000 Frw kugira ngo gisanwe.”

    Kugira ngo hubakwe ubudahangarwa ku biza mu nzego zitandukanye, hakenewe gukomeza ubufatanye bw’abaturage n’inzego zitandukanye zaba iza Leta cyangwa iz’Abikorera. By’umwihariko muri iki gihe cy’impeshyi, hakibandwa ku bikorwa bikumira ibiza biterwa n’imvura y’Umuhindo.

    “Ibikorwa by’ingenzi bikwiye gukorwa mu mpeshyi harimo gusana inzu zerekana ibimenyetso byo kuba zasenyuka, kwimuka mu manegeka abantu bakubaka ahagenwe hagenzuwe ko hatateza ibibazo abahatuye, kuzirika ibisenge by’inzu ku bikuta hakoreshejwe impurumpuru cyangwa imikwege,” Minisitiri Kayisire Marie Solange.

    Mu bindi bikorwa bikwiye kwibandwaho muri iki gihe cy’Impeshyi, hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Koronavirusi, harimo gusibura no guca imiferege iyobora amazi mu nzira zabugenewe, guca no gusibura imirwanyasuri ku misozi, guhoma neza inzu, kuzishyiraho fondasiyo hirindwa ko amazi yinjira mu nkuta, gutunganya imikingo yegereye inzu hagabanywa ubuhaname bwayo no gushyiraho uburyo bwo gufata amazi y’imvura akaba yanatugirira akamaro mu mirimo isanzwe yo mu rugo.

    Kuzirika ibisenge neza ni ingenzi kuko birinda ibihombo biterwa n
    Kuzirika ibisenge neza ni ingenzi kuko birinda ibihombo biterwa n’ibiza

    Minisitiri ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi avuga ko mu gihe cy’impeshyi kandi, inkongi z’umuriro haba mu ngo no mu misozi zangiza byinshi bitewe rimwe na rimwe n’uburangare, ndetse n’ibikoresho by’amashanyarazi bishaje cyangwa bidafite ubuziranenge.

    Buri wese agomba guhora agenzura inzu atuyemo akareba niba insinga z’amashanyarazi zimeze neza, akirinda gukoresha ibikoresho bikurura umuriro mwinshi urenze ubushobozi bw’insinga afite. Mu zindi ngamba zikwiye gufatwa mu gukumira inkongi z’umuriro harimo gushyira amashanyarazi mu nzu hifashishijwe ababifitiye ubumenyi kandi bagakoresha ibikoresho byujuje ubuziranenge.

    Abakoresha gazi barasabwa kugenzura umugozi uhuza ishyiga n’icupa rya gazi ko utangiritse, igashyirwa ahantu hari umwuka uhagije hadafunganye, kandi igafungurwa ari uko igiye gukoreshwa gusa kandi n’umuntu mukuru. Abantu kandi barashishikarizwa kugura utwuma tumenyesha ko icupa rihitisha gazi (gas sensor) kugira ngo bibarinde impanuka.

    Abavumvu barasabwa gukoresha imyambaro yabugenewe ntihakoreshwe umuriro mu guhakura, kwirinda gutwika ibiyorero mu mirima ndetse abanywa itabi bakirinda uburangare kugira ngo ridateza inkongi z’umuriro.

    Ibiza bikumiriwe mu nzego zitandukanye z’imirimo nk’ubuhinzi n’ubworozi, imyubakire n’ibindi bikorwa by’iterambere, hagabanuka mu buryo bugaragara n’ingengo y’imari ishyirwa mu gusana ibyangiritse.

    Leta y’u Rwanda ikoresha amafaranga menshi ku bikoresho bitangwa no gusanira abahuye n’ibiza mu kubashakira icumbi iyo amazu yabo yasenyutse burundu, kubashakira aho bongera gutura no gusana inzu zitasenyutse burundu. Mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2020/2021, hakoreshejwe amafaranga y’u Rwanda asaga Miliyari 10 muri ibi bikorwa birimo kubaka inzu 11,696 hirya no hino mu Turere twose kandi birakomeje. Mu by’ingenzi byakozwe harimo gushaka ibibanza ahakwiriye guturwa no kubaka inzu ku basizwe iheruheru n’ibiza.

    Muri iki gihe cy’Impeshyi, twese hamwe duharanire gushyira imbaraga mu bikorwa, bikumira ibiza bishobora guterwa n’inkongi z’umurino ndetse n’imvura y’Umuhindo.

  • Ruhango: Hari uwakoreye ikizamini cya Leta kwa muganga nyuma yo kubyara #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuyobozi w
    Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens, ni we watangije ibizamini

    Ibyo ni ibyagaragaye kuri uyu wa 20 Nyakanga 2021, ubwo ibizamini bisoza icyiciro rusange n’icyiciro cya kabiri by’amashuri yisumbuye byatangiraga, abanyeshuri bafite ibibazo byihariye mu Karere ka Ruhango bakaba bashyiriweho uburyo bwo kuborohereza kugira ngo hatagira ucikanwa.

    Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens, avuga ko abo banyeshuri bose bitabiriye ibizamni bya Leta kandi abafite ibibazo by’umwihariko bahawe ibizamini kandi bakanagenzurwa ko bakora bisanzuye kugira ngo na bo bazatsinde.

    Habarurema avuga ko uwabyariye kwa muganga arimo gukora ibizamnini nta kibazo kugeza igihe bizasorezwa, na ho ku bana barwaye Covid-19 ngo ubuzima bwabo ntabwo bumeze nabi cyane, ku buryo byaba intandaro yo gutsindwa.

    Agira ati “Yahawe ikizamini kandi arimo gukora nta kibazo, n’umwana arakomeza kumera neza yashyiriweho uburyo bwo kumuha amahirwe yo gukora ikizamini, na ho abana batatu barwaye Covid-19 bose bashyiriweho uburyo bwo gukora ibizamini kandi turimo kubitaho ngo na bo bazatsinde”.

    Rwigaraga Jean Calude uyobora Groupe Scolaire Indangaburezi, hamwe mu hakorewe ibizamini ahamya ko abanyeshuri bize neza mu byiciro byose kandi imyiteguro yakozwe hakorwa ibizamini bitandukanye, birimo n’ibyagiye bikorwa imyaka yashize.

    Asaba abanyeshuri gukora badahubuka kuko ibizamnini bya Leta ari nk’ibizami bisanzwe usibye kuba biba byakozwe hose mu gihugu.

    Agira ati “Twabateguye neza kandi si ubwa mbere bagiye gukora ibizamini bya Leta, ibi bizamini ni nk’ibindi bisanzwe usibye kuba gusa biba bikozwe ku rwego rw’Igihugu, turasaba abana kwitonda bagatuza ubundi bagakora bazatsinda kuko bize neza, turabasaba kandi kurangwa n’ikinyabupfura kugira ngo babashe kugendera ku mabwiriza agenga ikizamini”.

    Muri rusange abanyeshuri hafi 7000 nibo bateganyijwe gukora ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye icyiciro rusange n’icyiciro cya kabiri n’abiga imyuga n’ubumenyi ngiro mu karere ke Ruhango, bari gukorera kuri site 18 mu karere kose.


  • Musanze: Umurambo w’umukobwa w’imyaka 12 uherutse mu kizamini cya leta wasanzwe umanitse mu giti – #rwanda #RwOT

    Amakuru y’uko Iratuzi Solange wari urangije amashuri abanza yapfuye, yamenyekanye kuri uyu wa Mbere tariki 19 Nyakanga 2021.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kimonyi, Nteziryayo Epimaque yavuze ko bagiye gukoresha ibizamini bya muganga ngo hamenyekane neza icyaba cyishe uyu mwana.

    Yagize ati “Nibyo natwe twamenye amakuru ko uyu mwana amanitse mu giti mu ijosi harimo umupira bambara. Twarahageze duhamagara na RIB ngo idufashe. Kuri ubu umurambo wajyanwe ku Bitaro Bikuru bya Ruhengeri ariko muri iki gitondo amakuru bampaye ni uko bagiye kumujyana ku Bitaro bya Kacyiru ngo hakorwe ibizamini bya muganga habe hamenyekana icyaba cyamwishe.”

    Yakomeje avuga ko nta kibazo kizwi uyu mwana yari afite haba mu rugo no muri bagenzi be.

    Ati “Nagerageje kubaza amakuru mu muryango niba nta makimbirane yari arimo ariko nasanze nta kibazo gihari haba mu babyeyi ndetse n’abana, ikindi ni uko no ku ishuri yigagaho nabo bambwiye ko nta kibazo bari bazi kuri uyu mwana.”

    “Igiti cy’avoka bamusanzemo ngo ejo mu gitondo yari yakizindukiyemo ahanura avoka, batunguwe no kubona rero mu masaha yakurikiyeho amanitsemo yapfuye. Bikekwa ko yaba yiyahuye kuko yari afite umupira yambaraga mu ijosi.”

    Yasabye ababyeyi kujya baganira kenshi n’abana babo kugira ngo bamenye neza ibibazo bafite hakiri kare bifatirwe umwanzuro.


  • Intambwe yatewe n’uruganda Masaka Creamery Ltd mu kugabanya ikoreshwa rya ’plastique’ – #rwanda #RwOT

    Uru ruganda ruherereye mu Mujyi wa Kigali mu cyanya cyahariwe inganda i Masoro, rwatangiye gukora mu 2016, rukora yawurute (yogurts), ikivuguto, amavuta y’inka y’ubwoko butandukanye, fresh Cream, Ghee n’ibindi, byose bikenerwa n’abana ndetse n’abakuru.

    Mu 2019 nibwo hasohotse itegeko ribuza ikorwa, itumizwa mu mahanga, ikoreshwa n’icuruzwa ry’amashashi n’ibikoresho bikozwe muri ’plastique’ bikoreshwa inshuro imwe hagamijwe kurengera ibidukikije.

    Umuyobozi Mukuru w’ uru ruganda, Igiraneza Julie, yabwiye IGIHE ko mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije batangije gahunda yo kugabanya gupfunyika mu bikoresho bikozwe muri plastique hagamijwe kubahiriza iri tegeko.

    Ati “Nyuma y’aho leta isohoreye itegeko rijyanye no kubuza icuruzwa ry’amashashi n’ibikoresho bikozwe muri plastique bikoreshwa inshuro imwe, Masaka Creamery Ltd twatangiye gushaka ubundi buryo twakoresha kugira ngo bizadufashe gupfunyika ibicuruzwa kandi tubashe kugendana na gahunda ya leta yo kurengera ibidukikije. Ubu twatangiye gupfunyika ibicuruzwa bimwe mu bikozwe mu mpapuro kandi bashobora no gukoresha mu rugo.”

    Yavuze ko kuri ubu bari gutekereza uburyo bazagura imashini zishobora gukora ibikoresho byo gupfunyikamo ibicuruzwa ari na ko harengerwa ibicuruzwa.

    Ubushake bwo kureka plastique burahari

    Igiraneza yavuze kandi ko nubwo baba bakora ubucuruzi na bo bifuza gukomeza kujyana na gahunda ya leta yo kurengera ibidukikije.

    Ati “Gukoresha ibikoresho bikozwe muri plastique ntabwo ari byiza ku bidukikije , natwe dukora ubucuruzi ariko ntabwo twakorera ahantu hatubahirizwa uburyo bwo kurengera ibidukikije, natwe rero byatunezeza cyane dukorera ahantu hatangiza ibidukikije.”

    Ku wa 4 Kamena 2021, mu muhango wo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wahariwe kurengera ibidukikije, usanzwe uba tariki 5 Kamena ku rwego rw’Isi Leta y’u Rwanda ifatanyije n’abikorera yamuritse umushinga uzatunganya imyanda ya ‘Plastique’ ikoreshwa inshuro imwe maze igakorwamo ibindi bikoresho mu rwego rwo kurengera ibidukikije.

    Ikizakorwa muri uyu mushinga ni ukubaka uruganda ruzajya rukusanyirizwamo amacupa cyangwa ibindi bikoresho bya ‘Plastique’ bikoreshwa inshuro imwe maze bigakorwamo ibindi bikoresho, aho kubishyira mu muhanda cyangwa mu mirima aho byangiza ibidukikije.

    Urwo ruganda ruzajya rugura iyo imyanda ya ‘Plastique’, aho ufite ikilo kimwe cy’iyo myanda kizajya kishyurwa 90 Frw, bivuze ko ufite ibilo 1000 yakwishyurwa ibihumbi 90 by’amafaranga y’u Rwanda.

    Itegeko N° 17/2019 ryo ku wa 10/08/2019 ribuza ikorwa, itumizwa mu mahanga, ikoreshwa n’icuruzwa ry’amasashe n’ibikoresho bikozwe muri plastique bikoreshwa inshuro imwe.

    Naho ingingo ya 10 ivuga ko umuntu utumiza mu mahanga amasashe n’ibikoresho bikozwe muri plastique bikoreshwa inshuro imwe ahanishwa kwamburwa ayo masashe n’ibyo bikoresho no kwishyura ihazabu yo mu rwego rw’ubutegetsi ingana n’inshuro icumi z’agaciro k’ayo masashe n’ibyo bikoresho bikozwe muri plastique bikoreshwa inshuro imwe.

    Masaka Creamery Ltd yatangiye gushaka ibikoresho byo gupfunyikamo bitangiza ibidukikije

    Uru ruganda rufite intego yo guca ibyinshi mu bikoresho bya plastique bapfunyikagamo

  • Muhanga: Abacururiza mu isoko rishya barinubira ibiciro by’ubukode bihanitse – #rwanda #RwOT

    Aba bacuruzi barasaba ko ibiciro by’ubukode bishyuzwa buri kwezi byakaturwa kuko ngo bihanitse bagereranyije n’aho bakoreraga mbere.

    Bamwe mu baganiriye na IGIHE, bavuze ko iyo aya mafaranga y’ubukode yiyongereyeho imisoro basanga bakorera mu gihombo.

    Umwe muri aba bacuruzi utarifuje ko imyirondoro ye ijya hanze yagize ati “ Ibihumbi 30 Frw ni amafaranga menshi, ongeraho n’imisoro dusora, abakiliya bagorwa no kugera hano kuko ni kure. Akenshi imboga n’imbuto zirarara zigapfa. Benshi bigira kureba abazunguzayi bakorera hasi, kugaruza n’ayo twashoye na byo ubwabyo biratugora. Bakwiye kutugabanyiriza ubukode.”

    Iby’uyu mucuruzi yavuze abihuriyeho na mugenzi we wavuze ko yishyuye amezi abiri ariko afite impungenge z’uko atazayagaruza.

    Ati “Nishyuye amezi abiri ibihumbi 60 Frw ariko ndanika ibicuruzwa ntawe ubireba kandi hasi mu muhanda hari abacuruza badasora. Umuntu ntiyakurira hejuru aha asize hariya hasi. Amafaranga batwishyuza ni menshi rwose.”

    Aba bacuruzi b’imboga n’imbuto bavuga ko isoko bakoreragamo mbere bishyuraga 8000 Frw ku kwezi.

    Perezida w’abacuruzi mu isoko rishya rya Muhanga, Rukazabyuma Emile, ahuriza ku bivugwa n’aba bacuruzi b’imboga n’imbuto, akemeza ko n’abandi bacuruzi ibi biciro bibabangamiye.

    Ati “Nkanjye aho nkorera ahareba ku muhanda munini Kigali-Huye, nishyura ibihumbi 250 Frw. Twese ntabwo ibiciro tubyishimiye kuko birahanitse, turateganya kwandikira ba nyir’isoko n’akarere bakaba batugabanyiriza ibiciro.”

    Uhagarariye abashoramari bubatse iri soko rya kijyambere bibumbiye mu cyitwa MIG (Muhanga Investment Group), Dushimimana Claude, yabwiye IGIHE ko ikibazo cy’abacuruzi b’imboga kiri kwigwaho, yemeza ko abandi binubira ibiciro ari abagiye ahatari mu rwego rwabo.

    Ati “Ikibazo cy’abacuruzi b’imboga n’imbuto cyo turakizi kandi turi kubyigira hamwe n’abo bireba ngo harebwe uko bagabanyirizwa. Abandi wasanga ari abagiye ahatari ku rwego rwabo babona barimo basubira inyuma bakitwaza ko ibiciro biri hejuru, ibiciro ntabwo ari twe twabigennye twenyine byaganiriweho.”

    Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Kayiranga Innocent, yavuze ko mu gushyiraho ibi biciro babanje bakarebera ku yandi masoko agezweho yagiye yubakwa hirya no hino mu gihugu.

    Yavuze ko ikibazo abona ari uko abantu bataramenyera iri isoko, aho kuba ibiciro biri hejuru.

    Ati “Ibiciro bijyaho twarebeye ku masoko agezweho mu mijyi yunganira Kigali nka Musanze na Huye, kubera ibi bihe bya Covid-19 turimo, tutirengagije ko impinduka zigora, bataranamenyera aho bimuriwe, ntibyabuza ko habaho utubazo nk’utwo. Turabasaba gukora bagatuza, abantu bazagenda bahamenya na bo bamenyere, ntabwo ibiciro twabishyizeho tugamije guhombya abaturage, twabikoze ngo bakorere ahantu heza kandi hatekanye.”

    Kayiranga Innocent aburira abacuruzi b’imboga bavuga ko ibiciro bitagabanyijwe bajya gucururiza mu muhanda, kuko ngo batazabarebera bahesha isura mbi umujyi.

    Iri soko rya kijyambere riherereye mu Mujyi wa Muhanga ryubatswe n’abashoramari bihurije hamwe muri Muhanga Investement Group (MIG). Ibiciro byo kurikoreramo byagenwe ku bufatanye bw’akarere, urwego rw’abikorera n’abashoramari baryubatse.

    Muri iri soko imiryango y’ubucuruzi ireba ku muhanda Kigali-Huye ikodeshwa 250,000 Frw ku kwezi, hakaba ahandi hakodeshwa ibihumbi 150,000Frw, 100,000Frw, mu gihe abacuruzi b’imboga n’imbuto bashyiriwemo ameza bishyura 30 000 Frw.

    Ni ibiciro bisa n’ibihanitse kuko mu isoko rishaje ikibanza ku bacuruzi b’imboga n’imbuto cyari 8000 Frw mu gihe abari bafite imiryango bayikodeshaga 25 000Frw.

    Abacururiza mu isoko rigezweho rya Muhanga barinubira ibiciro by’ubukode bavuga ko biri hejuru

  • Volkswagen Rwanda yatangiye kugerageza imashini zihinga zikoresha amashanyarazi – #rwanda #RwOT

    Herbert Diess ukuriye Inama y’Ubutegetsi ya Volkswagen Group, yatangaje ko iyi mashini ihinga ikoresha amashanyarazi (E-Tractor] “ikora neza” cyane. Ubu mu Rwanda igerageza ryayo riri gukorwa bigizwemo uruhare n’Umuryango w’Abadage wita ku iterambere (GIZ) ndetse na Kaminuza y’u Rwanda binyuze muri Koleji yayo y’Ubumenyi na Siyansi.

    Diess ati “Twatangiye umushinga wo kurengera ubuhinzi, ubuhinzi buzirana n’umwuka uhumanya wa CO2 aho abahinzi bashobora gusaba gukoresha e-tractor bagahabwa n’umushoferi uzobereye mu kuyikoresha.”

    Iyi mashini ikoresha batiri zishyirwamo umuriro bitandukanye n’izari zisanzwe zakoreshaga mazutu cyangwa se lisansi.

    Itsinda rigizwe n’Abanyarwanda, Abanya-Afurika y’Epfo ndetse n’Abadage niryo riri gukora kuri uyu mushinga.

    Iyi mashini ikora imirimo itandukanye uhereye ku gutunganya ubutaka kugera ku gusarura.

    Iyi mashini izajya ikoresha ingufu z’amashanyarazi bitandukanye n’izisanzwe zikoresha lisansi na mazutu

    Igeragezwa riri gukorwa bigizwemo uruhare na GIZ na Kaminuza y’u Rwanda