Tag: featured

  • U Buhinde: Ubushakashatsi bwagaragaje ko abishwe na COVID-19 bakubye inshuro 10 abatangazwa – #rwanda #RwOT

    Ubu bushakashatsi bwakozwe n’Ikigo cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kizwi nka ‘Center for Global Development’ buvuga ko u Buhinde bushobora kuba bwarapfushije abantu bari hagati ya miliyoni 3,4 na miliyoni 4,7 aho kuba abasaga ibihumbi 414 batangazwa n’ubuyobozi bw’u Buhinde.

    Ubu bushakashatsi bugira buti “Abapfuye ba nyabo bashobora kuba bari muri za miliyoni, ntabwo ari ibihumbi amagana, bituma aya ariyo mage akomeye agwiririye u Buhinde kuva bwabona ubwigenge.”

    Ubu bushakashatsi bugaragaza ko nibura kugera mu mpera za Gicurasi 2021 u Buhinde bwari bumaze gupfusha abantu bakabakaba miliyoni 2,2. Bugaragaza kandi ko mu bantu barindwi bicwa na COVID-19 mu Buhinde umwe ariwe umenyekana.

    Mu gukora ubu bushakashatsi, abakozi ba ‘Center for Global Development’ basesenguye amakuru y’abantu bari basanzwe bapfa mbere y’uko COVID-19 igera mu Buhinde no ku Isi muri rusange bayagereranya n’ay’abapfa muri ibi bihe.

    Ubu bushakashatsi buvuga ko u Buhinde budatanga amakuru ya nyayo ku bushake ahubwo ko bubiterwa n’uko ubukana bw’iki cyorezo bwamaze kurenga ubushobozi bw’Igihugu.

    Ibivugwa n’ubu bushakashatsi bibaye aribyo byaba bivuze ko aricyo gihugu cyapfushije abantu benshi ku Isi kubera COVID-19 aho kuba Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Brésil.

    Kugeza ubu Amerika ni cyo gihugu gifite abantu benshi bishwe na COVID-19 aho barenga 609.000, igakurikirwa na Brésil ifite abantu 542.000, u Buhinde bukaza ku mwana wa gatatu n’abantu barenga 414.000.

    Ku Isi yose ababarirwa muri miliyoni 191 banduye iki cyorezo mu gihe abo cyahitanye bagera kuri miliyoni 4.11.

    Ubushakashatsi bwagaragaje ko abishwe na COVID-19 mu Buhinde bakubye inshuro 10 abatangazwa

  • Kayonza: Umugore arakekwaho kwica nyina amuziza kumuha isambu nto – #rwanda #RwOT

    Ibi byabereye mu Mudugudu wa Duterimbere mu Kagari ka Kirehe mu Murenge wa Kabare mu Karere ka Kayonza.

    Ku wa Kabiri tariki 20 Nyakanga 2021 abatuye uyu Mudugudu basanze umurambo w’umukecuru mu muhanda aryamye hasi, abamugezeho bwa mbere ngo basanze avirirana bigaragara ko hari umuntu wamuturutse inyuma akamutemesha umuhoro mu mutwe.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kabare, Karuranga Léo, yabwiye IGIHE ko bakimara kumenyeshwa ko uyu mukecuru yapfuye, bahise bahamagara Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, bafatanya mu gukora iperereza ry’ibanze bafata umwana wa nyakwigendera nk’umwe mu bakekwaho ubu bwicanyi.

    Ati “Nyakwigendera abaturanyi bahise bamumenya bigaragara ko abantu bamuturutse inyuma bakamukubita umuhoro mu mutwe agwa hasi yubitse inda, bashobora kuba baramukurikiye atabizi. Bamaze kumwica bamushyira isuka iruhande.”

    Karuranga yavuze ko bagerageje gukurikirana amakuru basanga yari afitanye ikibazo n’abana be babiri aho bavuga ko yabahaye isambu nto nk’umunani yari yabemereye.

    Ati “Umwe rero ni we wagaragaye muri iki kibazo, umwaka ushize ngo yari yabwiye nyina ko atazamumarana umwaka, bari batonganye bapfa ko yamuhaye isambu nto nk’umunani, iyo mvugo rero yavuze icyo gihe nk’uko byemejwe n’abaturage ni yo twahereyeho tumukurikirana.”

    Yakomeje avuga ko uyu mugore yashyikirijwe RIB sitasiyo ya Ndego mu gihe iperereza rigikomeje ngo hamenyekane ukuri.

    Muri uyu Murenge mu Kagari kabereyemo ubu bwicanyi mu cyumweru gishize nabwo hari hagaragaye ubundi bwicanyi aho umugabo yishe undi akoresheje umuheto n’umwambi.

    Umugore wo mu Karere ka Kayonza arakekwaho kwica nyina amuziza kumuha isambu nto

  • Bamwe barabyaye, abandi bararwara: Abasaga 1000 ntibakoze ibizamini bya leta – #rwanda #RwOT

    Ku wa kabiri tariki ya 20 Nyakanga 2021, nibwo abanyeshuri basaga ibihumbi 195 batangiye gukora ibizamini bya Leta bisoza icyiciro rusange, amashuri yisumbuye n’ay’imyuga n’ubumenyingiro ariko byagaragaye ko hari abatarabikoze bitewe n’impamvu zitandukanye.

    Umuyobozi wa NESA, Dr Bahati Bernard, yabwiye IGIHE ko abari bateganyijwe gukora ibizamini, muri bo 1.164 batabashije kugaragara kuri site z’ibizamini, biganjemo umubare munini w’abigaga mu cyiciro rusange.

    Bahati yavuze ko abanyeshuri baba baracikanywe n’ikizamini cya mbere batavutswa amahirwe yo gukora ibisigaye mu gihe bagaragaza ko bifuza kubikora.

    Ati “Ntabwo umunyeshuri utabashije gukora ikizamini runaka abuzwa gukora ibindi, turamwihorera akabikora kuko hari impamvu ziba zitandukanye wenda yarwaye, ariko kugeza ubu ntabwo bivuze ko niba utakoze ikizamini ubuzwa amahirwe yo gukora ibindi.”

    Yavuze ko impamvu bahabwa n’inzego z’ibanze zituma aba banyeshuri badakora ibizamini zirimo uburwayi, kuba bamwe barabyaye na ho abandi bakaba barimutse aho bari batuye.

    Muri rusange imibare ya NESA igaragaza ko mu banyeshuri 1164 batakoze ikizamini abari bagiye gusoza icyiciro rusange ari 873, abarangije amashuri yisumbuye ni 205 mu gihe abanyeshuri bari bagiye kurangiza mu myuga n’ubumenyingiro ari 86.

    Mu minsi yashize abana hafi 4000 ntibigeze bakora ikizamini gisoza amashuri abanza.

    Ibizamini byatangiye gukorwa ku wa 20 Nyakanga 2021, bizasozwa ku wa 27 Nyakanga 2021 gusa abanyeshuri bakora ibizamini ngiro, bo bazabitangira ku 28 Nyakanga.

    Abanyeshuri basaga igihumbi ntibakoze ikizamini ku munsi wa mbere

  • Meya wa Paris yashenguwe n’ibyo yabonye ku rwibutso rwa Gisozi na Nyanza – #rwanda #RwOT

    Anne Hidalgo ari mu ruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda, aho yitabiriye inama y’Inteko ya 41 y’Ihuriro ry’Imijyi ikoresha Igifaransa [41ème Congrès de l’Association Internationale des Maires Francophones] abereye umuyobozi.

    Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter yagaragaje amarangamutima yatewe n’ibyo yabonye ku Nzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, avuga ko Paris yifatanyije na Raporo Duclert mu gushyira ukuri ahagaragara ku ruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside.

    Ati “Nzahora nzirikana ibyo nabonye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ndetse n’urw’i Nyanza. Mu gihe Raporo Duclert iri kwerekana uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Paris yifatanyije nayo muri iki kigorwa cyo gushakisha ukuri, gifite byinshi kivuze mu kubaka uhazaza duhuriyeho.”

    Anne Hidalgo yashimiye imbaraga Abanyarwanda n’izi nzibutso bashyize mu gusigasira amateka yaranze Jenoside ndetse yunamira inzirakarengane zihashyinguye anashyira indabo ku mva zishyinguyemo imibiri yazo.

    Perezida wa Ibuka, Nkuranga Egide, yashimiye Meya wa Paris ndetse anamuha ubutumwa bugenewe Perezida Macron mu izina ry’Abacitse ku icumu.

    Yagize ati “Madamu Meya, turashaka kubabwira ibyiyumvo by’abacitse ku icumu rya Jenoside nyuma y’uko Perezida Emmanuel Macron asuye u Rwanda. Bumvise banyuzwe cyane n’ubutumwa bw’ubumwe yagenewe abacitse ku icumu.”

    Anne Hidalgo kuva yatangira uruzinduko rwe mu Rwanda tariki 20 Nyakanga 2021, yasuye ibice binyuranye mu Rwanda harimo ahari agace katunganyijwe kazajya gakorerwamo ubukerarugendo ndetse abantu bashobora no kuzajya baruhukira i Nyandungu, yagiranye kandi ibiganiro byihariye na Meya w’Umujyi wa Kigali Prudence Rubingisa.

    Kuva mu 2006, Umujyi wa Paris utera inkunga imishinga imwe n’imwe mu Rwanda nk’ifasha abana mu myigire n’ibijyanye no kurwanya imirire mibi binyuze mu marerero y’abana.

    Ihuriro ry’Imijyi ikoresha Igifaransa, AIMF, riyobowe na Meya wa Paris nibura buri mwaka rishora miliyoni 10 z’Amayero mu mishinga y’iterambere ishyirwa mu bikorwa n’imijyi iri muri iri huriro mu nzego zitandukanye.

    Anne Hidalgo yanashyize indabo ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi

    Yashyize indabo ku mva ziruhukiyemo imbiri y’abazize Jenoside ku Rwibutso rwa Nyanza ya Kicukiro

    Yuhiye igiti yasize ateye mu 2019 ubwo aheruka mu Rwanda

    Perezida wa Ibuka, Egide Nkuranga, yamushimiye ku bwo kwifatanya n’Abanyarwanda agasura Inzibutso za Jenoside ndetse amubwira ko igiti yateye gisobanuye ‘ubuzima’ mu muco wa Kinyarwanda

    Amafoto: Twitter Ibuka Rwanda, Anne Hidalgo


  • Icyizere cyo kugeza amazi meza ku Banyarwanda bose mu 2024 kiri he? – #rwanda #RwOT

    Amazi aberanye no kunyobwa ni yo yitwa ‘meza’. Mu 2020, Intego z’Ikinyagihumbi (MDGs) zishyirwaho zagenaga ko mu 2015 abaturage batagerwaho n’amazi meza bagombaga kuba bagabanyijwe kugeza kuri kimwe cya kabiri ku isi.

    Hakurikijwe ibiteganywa mu Ntego z’Iterambere Rirambye (SDGs) mu 2030 abatuye isi bose bazaba bagerwaho n’amazi meza hagamijwe gukemura ibibazo biterwa n’ikoreshwa ry’amazi mabi birimo impfu z’abagera kuri miliyoni eshanu buri mwaka.

    Ishami rya Loni rishinzwe ubuzima, OMS, rigaragaza ko gukoresha amazi meza bifasha mu kurinda impfu z’abana bagera kuri miliyoni 1,4 bazira impiswi buri mwaka.

    Muri gahunda y’Igihugu y’Iterambere (NST1), u Rwanda rwihaye intego ko mu 2024, abanyarwanda bose bazaba bagerwaho n’amazi meza. Mu bice by’ibyaro umuntu azaba adashobora kurenza urugendo rwa metero 500 agiye kuvoma naho mu mijyi buri wese akaba ashobora kugira amazi mu rugo aho bidashobotse akaba atavoma aharenze muri metero 200.

    Nubwo bimeze bityo ariko ikigo gifite izi nshingano zikomeye (WASAC), kimaze imyaka itari mike kirimo ibibazo bikomeye byaba iby’imiyoborere, imicungire y’umutungo n’ibindi bishobora kubera inkomyi uyu muhigo.

    Ni na zo mpungenge abadepite bagaragaje ubwo Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Amb. Gatete Claver, yitabaga Inteko Ishinga Amategeko ku wa 14 Nyakanga, asabwa ibisobanuro kuri ibyo bibazo.

    Abarimo Depite Mukamana Elizabeth, bagaragaje ikibazo cy’imiyoboro y’amazi isaza ntisanwe, iyapfuye ntisimbuzwe, amazi menshi apfa ubusa babona ko bikiri imbogamizi kuri gahunda yo kugeza amazi kuri bose.

    Ati “Icyizere kiri he? Ingufu zashyirwa he kugira ngo ikigero cya 100% kizabashe kugerwaho?”

    Minisitiri Gatete ati “Ntabwo ari akazi koroshye ariko tugomba kugakora”

    Ikibazo cy’ibura ry’amazi meza kiracyagarukwaho mu bice bitandukanye by’igihugu cyane cyane mu Ntara y’Iburasirazuba no mu Mujyi wa Kigali by’umwihariko.

    Inganda zitunganya amazi akwirakwizwa mu Mujyi wa Kigali zagaragayemo ibibazo byo kudatanga umusaruro ungana n’ubushobozi bwazo bwanashowemo akayabo.

    Mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’amazi adahagije mu Mujyi wa Kigali, WASAC yashoye asaga miliyoni 66 z’amadolari mu kwagura inganda zitunganya amazi no kubaka inshya.

    Izo nganda ni Nzove I, Nzove II na Nzove III, buri ruganda rukaba rwaragombaga gutanga metero kibe ibihumbi 40 ku munsi.

    Nyamara Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, yasanze kuva muri Mutarama kugeza Ukwakira 2019 zarakoze ku kigereranyo kiri hasi kuko kiri hagati ya 41% na 49% by’ubushobozi bwazo.

    Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Amb. Claver Gatete yavuze ko hari gukorwa inyigo zigamije gukemura ikibazo cy’amazi mu gihugu, hamwe na hamwe zikaba zaramaze kurangira

    Amb. Gatete yavuze ko iki kibazo giterwa n’imiyoboro mito n’ibigega bidahagije bituma amazi akomeza kubura kuko aho akwiye kugera hose atahagera. Agera mu bigega aba ari make no mu gihe yuzuye akabura ahandi ajya mu buryo bwihuse ngo hinjiremo andi kubera ko ibigega bidahagije.

    Yavuze ko iki kibazo kiri gukemurwa binyuze mu kwagura imiyoboro aho mu Mujyi wa Kigali hari ibirometero 568 bizagurwa mu gihe mu mijyi yunganira Kigali hari 1112 kandi ko imirimo igomba kuba yarangiye bitarenze Ukuboza 2021. Ati “Ntabwo ari akazi koroshye ariko ni akazi tugomba gukora.”

    Inyigo zo gukemura ikibazo cy’amazi mu buryo burambye hamwe zararangiye

    Minisiteri y’Ibikorwaremezo itangaza ko kuri ubu hamaze gukorwa igishushanyombonera cy’ibikorwa byo gukwirakwiza amazi mu Mujyi wa Kigali (Kigali City Water Supply Master Plan) kizashyirwa mu bikorwa kugeza mu 2050, ku nkunga y’Abayapani.

    Nibura mu 2050 Umujyi wa Kigali uzaba ukenera amazi angana na metero kibe 1, 070 000 ku munsi, kugira ngo bizashoboke bisaba kongera inganda ziyatunganya n’ubushobozi bwayo nk’uko Amb. Gatete yakomeje abisobanura.

    Hamwe mu ho ayo mazi azava ni kuri Nzove ahaziyongeraho metero kibe ibihumbi 88 ku munsi, Karenge haziyongeraho ibihumbi 102, Masaka ibihumbi 120, ibihumbi 240 kuri Nyabarongo, ibihumbi 280 i Gahanga, ibihumbi 18 ku Rwesero na metero kibe ibihumbi 80 zizava i Rutonde.

    Ati “Muri uyu mushinga icyo twateganyije ni ukugira amatiyo n’ibigega binini ku buryo amazi aje adatinda mu bigega ahubwo agahita agenda. Twongeyeho umuyoboro wa diyametero 900 uzava Nzove ukagera Ntora. Icyo gihe amazi yageraga Ntora aziyongeraho metero kibe ibihumbi 87; yose azaba akoreshwa.”

    Ibigega by’amazi bizava kuri 75 byakoreshwaga ubu, bigere kuri 232 bifite ubushobozi bwo kwakira metero kibe 118589 ku munsi.

    Amb. Gatete yakomeje ati “Mu Mujyi wa Kigali by’umwihariko ubushobozi bw’amazi twari dufite buzikuba kabiri biduha icyizere ko ikibazo cy’amazi kizaba gikemutse burundu.”

    Biteganyijwe ko kandi hari amazi azavanwa kuri Nzove akoherezwa ku Rugalika mu Karere ka Kamonyi ahazajya metero kibe ibihumbi 20 ku munsi.

    Inyigo ireba igihugu cyose yo biteganyijwe ko izarangira muri Ugushyingo uyu mwaka.

    Mu bindi bice by’igihugu hazubakwa inganda zirimo iza Gihira muri Rubavu ruzajya rutanga metero kibe ibihumbi 15, Moya muri Rusizi, Mushogoro muri Karongi, Muhazi muri Gatsibo, Ngoma muri Nyagatare, Sake muri Ngoma, Busogwe muri Nyanza n’ahandi.

    Muri gahunda y’Igihugu y’Iterambere (NST1), u Rwanda rwihaye intego ko mu 2024, abaturage bose bazaba bagerwaho n’amazi meza mu gihe kuri ubu abagera kuri 86% ari bo bayabona.

    Uruganda rutunganya amazi rwa Nzove ni rumwe mu zizongererwa ubushobozi kugira ngo amazi rutanga na yo yiyongere

  • Harabura imyaka itatu: Intambwe yatewe mu gutuza abaturage muri Kigali n’imijyi iyigwa mu ntege (Amafoto) – #rwanda #RwOT

    Mu gihe cy’imvura kuhava cyangwa kuhagera muri aka gace byari ingorabahizi ahanini kubera imiterere y’itaka ryaho rifatira; byatondaga abasilimu b’Abayisilamu bamwe bahora mu makanzu maremare yiganjemo ayera, dore ko ari no mu gace gatuwemo na benshi.

    Nyuma y’imyaka itanu ariko intero ntikiri ya yindi kuko ubu aka gace kagejejwemo imihanda yirabura, ndetse inashyirwaho amatara atuma abahatuye bagenda batikandagira ku manywa na nijoro.

    Ni ibikorwa abahaturiye bavuga ko bishimiye ndetse bihindura imibereho yabo ya buri munsi, binatanga umutekano ku bakora ishoramari rinyuranye.

    Asuma Sauda ucururiza butike ku Ryakabiri muri Cité mu Mujyi wa Kamembe, yabwiye IGIHE ko umuhanda wubatswe muri aka gace wazanye impinduka mu bushabitsi bwe.

    Ati “Habaye heza cyane. Twarishimye, nubwo imihanda yatinze ariko igihe cyarageze iruzura. Mbere imvura yaragwaga ntidusohoke. Hano hari hameze nabi cyane.’’

    Yavuze ko nyuma y’iyubakwa ry’imihanda mishya no kuyicanira, abagana aka gace bitinyutse birushijeho “n’ubucuruzi bwe bugenda neza.’’

    Ibi bikorwaremezo byegerejwe abatuye muri Cité si umwihariko waho kuko no mu tundi duce twa Rusizi byahegerejwe hagamijwe kuduteza imbere no gufasha abaturage kubona serivisi z’ibanze.

    Umuyobozi wungirije ushinzwe Ubukungu mu Karere ka Rusizi, Kankindi Leoncie, yavuze ko ibikorwaremezo by’imihanda bikenewe kuko bifasha mu iterambere ry’umujyi.

    Ati “Ibi birafasha umujyi gukura kandi neza. Aho imihanda inyuze biha agaciro ubutaka kandi umujyi ukagenda ukura. Bituma tubona abashoramari kuko haragendeka, hanasa neza.’’

    Rusizi ifite amahirwe yo gukora ku mipaka ibiri irimo uw’u Burundi na RDC, amahirwe y’ubukerarugendo bunyuze muri Nyungwe, aho Umwami Musinga yaciriwe i Kamembe, Ikiyaga cya Kivu n’ibindi byakurura abakerarugendo.

    Iyubakwa ry’ibi bikorwaremezo birimo imihanda, kwegereza abaturage amazi n’amashanyarazi bikubiye muri gahunda ya Leta y’u Rwanda yo guteza imbere imijyi itandatu yunganira uwa Kigali; iyo irimo Nyagatare, Musanze, Muhanga, Huye, Rusizi na Rubavu.

    Imijyi yunganira yashowemo miliyoni 100$ hubakwa imihanda na ruhurura zitandukanye. Uyu mushinga watangiye muri Kamena 2016, mu cyiciro cyawo cya mbere hagati ya Nyakanga 2016 na Ugushyingo 2018, hubatswe imihanda y’ibilometero 28,3 na ruhurura zireshya n’ibilometero 13,3; yatwaye miliyoni 28$. Icya kabiri cyubatswemo imihanda ireshya n’ibilometero 43,69 na ruhurura za kilometero 12,015, cyatangiye mu Ukuboza 2018, kizasozwa muri Nyakanga 2021.

    Ibi bikorwa byiyongeraho ibyo kuvugurura utujagari two mu Mujyi wa Kigali mu duce twa Biryogo ahangana na hegitari 12,46, Kiyovu kuri hegitari 20,1 na Rwampara kuri hegitari 26,42. Uyu mushinga Guverinoma y’u Rwanda yatanzemo miliyoni 5$ na Banki y’Isi ishoramo miliyoni 95$.

    Imijyi wakwita ko igwa mu ntege Kigali yatangiye gushyirwamo ibikorwa bikurura abashaka kuyubakiramo imibereho. Bikorwa mu ntego yo guhanga imirimo mishya idashamikiye ku buhinzi no kugabanya abashakira ubuzima i Kigali, ahubwo za serivisi z’ingenzi bakazisanga aho batuye.

    Ibi bikorwa hari abatangiye kubiganuraho, binyuze mu ihangwa ry’imirimo mishya, izamuka ry’agaciro k’ubutaka ndetse abandi bamaze kubengukwa aho bazakora ishoramari.

    Umunyarwanda uba muri Amerika, Irene Basil, yabwiye IGIHE ko agiye gutangiza uruganda rukora ibikoresho by’isuku aho abinyujije muri Basil Industries Ltd agiye gutangira kubaka inyubako ruzakoreramo mu Cyanya cy’Inganda cya Muhanga.

    Yakomeje avuga ko uburyo hasurwa bitanga icyizere cy’iterambere ryaho. Ati “Abantu benshi baraza kuhasura, ni hafi y’umujyi. Ibibazo birimo ujya kuhagura abikora yamaze kubyerekwa, ko aho hantu hatarajya mu maboko ya Minicom.’’

    Ibi bikorwa bihegerezwa bigamije ahanini gufasha u Rwanda kugera ku ntego rwihaye yo gutuza Abanyarwanda neza kandi mu buryo butekanye.

    Ibikorerwa mu mijyi yunganira Kigali no gutuza neza abaturage bijyana n’igishushanyombonera [cyakozwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imyubakire ku bufatanye na Surbana Jurong] cyatangiye gukorwa ndetse hari aho cyasojwe, usibye ko mu turere nka Rubavu hasabwe ko gisubirwamo ahanini kubera imitingito yibasiriye aka gace.

    -  Abaturage 18.4% ni bo batuye mu mijyi, icyizere ko intego Leta yihaye gishingirwa kuki?

    U Rwanda rwiyemeje ko mu 2024, abaturage bangana na 35% bazaba batuye mu Mujyi wa Kigali no mu yindi itandatu iyunganira, iyo mibare yitezweho kugera kuri 50% mu 2035 mu gihe mu 2050 izaba ari 70%.

    Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Amb. Gatete Claver, yabwiye IGIHE ko Leta yashyize imbaraga mu kubaka ibikorwaremezo bifasha abari mu mijyi gutura neza no kubaka uburyo butuma abayirimo barushaho kuyisangamo.

    Yagize ati “Kuba ahantu heza hakenera ibikorwaremezo kandi ibyo si imihanda gusa. Hakenerwa amazi n’amashanyarazi n’ibindi umuntu akenera mu buzima kugira ngo atere imbere. Igisanzwe gitunga abantu ni akazi, ni ibikorwa ukora. Ibyo bitanga umusingi wa mbere ariko ni ho bihera. Ni yo mpamvu twubaka isoko ngo abaturage babone aho gucururiza, ngo babone ibibatunga.’’

    “Iyo tuvuga ibikorwaremezo, turareba amashuri, amavuriro n’ibindi byose bisabwa. Mu gihe ibi babihawe kandi bakaba bazi ko igishushanyombonera kigomba kubahirizwa bizakomeza kugenda neza. Turabona ko dutera intambwe mu buryo bufasha imijyi yacu muri rusange.’’

    Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Amb. Gatete Claver, yashimangiye ko Leta ishaka kuzamura agaciro k’ibikorwaremezo mu mijyi no guteza imbere abaturage bahatura

    Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare [NISR] yo mu 2018 yerekana ko abaturage bangana na 18.4% ari bo batuye mu mijyi. Biteganyijwe ko umwaka utaha ari bwo hazakorwa igenzura ryerekana aho u Rwanda ruhagaze.

    Minisitiri Gatete yagize ati “Imibare yerekana aho duhagaze izaboneka umwaka utaha kuko aribwo hazakorwa ibarura mu gihugu hose kuri buri rugo. Ubu nta mibare ihari. Ni bwo tuzabona imibare y’abatuye mu mijyi yose. Ubwo ni bwo tuzaba twabonye imibare yose. Turashaka ko imijyi ikomeza gukura kandi turabona ko hari ibimenyetso byinshi.’’

    Abaturage bo mu mijyi yunganira Kigali begerejwe imihanda yabahinduriye ubuzima, boroherezwa kugera ahari ibikorwa rusange nk’ibitaro, amashuri, amahoteli n’ibindi. Muri buri mujyi hubatswe imihanda itandukanye mu guhuza abantu no kubafasha guhahirana.

    Mu 2050, byitezwe ko u Rwanda ruzaba rutuwe n’abaturage basaga miliyoni 22, barimo 70% bazaba batuye mu mijyi naho 30 batuye mu byaro.

    Muri uwo mwaka, biteganyijwe ko abantu miliyoni 15,4 bazaba batuye mu mijyi 101 izaba iri mu Rwanda, mu gihe miliyoni 6,6 bazaba batuye mu byaro ariko nabo bagatura mu midugudu.

    Nyuma y’ibyiciro bibiri bigamije guteza imbere Imiturire igezweho mu gihugu (Rwanda Urban Development Project-RUDP), hatekerejwe ku cya gatatu n’icya kane bizibanda ku kubaka imihanda muri iyi mijyi yunganira Kigali.

    Uyu mushinga washyizwemo arenga miliyari 160 Frw, azakoreshwa mu kuvugurura no gushyiraho ibikorwaremezo muri utwo duce no kuvugurura utujagari muri Kigali hubakwa imihanda na ruhurura bigezweho; kizashyirwa mu bikorwa hagati ya Nyakanga 2021 na 2025.

    Muri Cité ho mu Mujyi wa Kamembe harasirimutse. Aka gace gatuwe n’umubare munini w’Abayisilamu kagenewe gukorerwamo ubucuruzi nk’uko biteganywa n’igishushanyombonera cya Rusizi

    Asuma Sauda ucururiza butike ku Ryakabiri yavuze ko nyuma yo kubakirwa imihanda mishya, ubuzima bwarushijeho koroha

    Imihanda yakozwe ku bwinshi. Aha ni imbere y’Umurenge wa Gihundwe ahazwi nko ku Gatolika ku muhanda uva ku Cyapa, ukanyura ku Bitaro bya Gihundwe no ku Badive

    Kivu Marina Bay ni yo hoteli ifite inyenyeri nyinshi [enye] mu Karere ka Rusizi. Ni ikimenyetso cy’uko iterambere ritari muri Kigali gusa

    Mu kubaka ibikorwaremezo hanazirikanwe kurimbisha imijyi yunganira uwa Kigali. Uyu muhanda wubatswe mu Karere ka Rusizi , uva ku Karere ka Rusizi, ukanyura kuri stade, ugakomereza kuri Centre Pastorale Inshuti werekeza ku Mupaka wa Rusizi uhuza u Rwanda na RDC

    Umuhanda uva mu Gatandara ugana ku Mupaka wa Rusizi I watunganyijwe neza, ushyirwamo kaburimbo. Aka gace gakorerwamo ubucuruzi bwiganjemo ubwambukiranya umupaka

    Umuyobozi wungirije ushinzwe Ubukungu mu Karere ka Rusizi, Kankindi Leoncie, yavuze ko ibikorwa remezo by’imihanda bifasha mu kureshya abashoramari

    Abashoramari batangiye kubenguka Icyanya cy’Inganda cy’i Muhanga

    Imihanda yubatswe mu bice bitandukanye bya Muhanga yahinduye isura yayo. Aka karere gafatwa nk’igicumbi cy’ubucuruzi buhuza ibice bitandukanye by’igihugu

    Muhanga ifatwa nk’Umujyi w’ubucuruzi ndetse igaburira uduce tuyikikije mu Majyepfo no mu Burengerazuba bw’u Rwanda

    Umujyi wa Muhanga wanyurwagamo n’imihanda ibiri ya kaburimbo irimo ujya i Huye ugana ku Mupaka w’u Burundi n’ukomeza Ngororero na Karongi. Imihanda yubatswe yaranacaniwe

    Uruganda rwa Basil ruzubakwa i Muhanga ku buso bungana na hegitari hafi ebyiri. Uyu mushinga washowemo miliyoni 3,5$. Ruzubakwa mu byiciro bibiri aho icya mbere kizibanda ku bikoresho by’isuku birimo impapuro zo mu bwiherero, Cotex, Diper, Wipes n’ibindi mu gihe icya kabiri kizaba icyo gukora amasabune

    I Kigali hatangiye kuvugururwa imiturire y’utujagari

    Imihanda ya Rwampara mu Mujyi wa Kigali yatangiye guhindura isura y’aka gace karimo akajagari. Bamwe batangiye guhabwa ibyangombwa byo kuvugurura inyubako zabo

    Mu Mujyi wa Kigali hubatswe imihanda ifasha mu kurwanya akajagari no gutuza abaturage neza. Uyu muhanda uva ku Bisima ugana mu Rugunga ahazwi nko ku Kadege, waratunganyijwe ndetse watangiye gukoreshwa

    Ahazwi nka Byahi muri Rubavu hamaze guhinduka agasantere kihagazeho nyuma yo guhabwa umuhanda wa kaburimbo

    Abakoresha ibinyabiziga batangiye gukoresha imihanda yubatswe mu mijyi yunganira uwa Kigali. Aha ni mu Karere ka Rubavu gahana imbibi n’Umujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo

    Inyubako zigezweho ni zo zikorerwamo ubucuruzi butandukanye kandi bugezweho mu Karere ka Huye

    Imihanda ishyirwamo kaburimbo, inashyirwaho amashanyarazi afasha abaturage kuyikoresha no mu masaha y’ijoro nta nkomyi

    Imihanda yoroheje ubuhahirane mu batuye Umujyi wa Musanze. Aka karere gafatwa nk’ak’ubukerarugendo bushingiye ku ngagi zo mu Birunga n’ibindi byiza nyaburanga

    Umujyi wa Musanze uri mu mijyi yunganira Kigali. Ishoramari rishingiye ku bukerarugendo buwukorerwamo rituma benshi bagira inyota yo kuwubamo

    Inyubako zigezweho z’amagorofa ziri kuzamurwa i Musanze mu bice bitandukanye, zitangirwamo serivisi zituma abaturage babona serivisi z’ingenzi bakenera

    Mu Karere ka Musanze iterambere rirakataje. Aka gace ni mu Kizungu, ahazubakwa imihanda mishya mu korohereza ingendo abahatuye

    Mu Karere ka Nyagatare hamaze kubakwa ibikorwaremezo byiganjemo imihanda yoroheje ubuhahirane n’imigenderanire. Biri mu bifasha abaturage koroherwa no kugera aho babona serivisi bifuza

    Umuhanda wubatswe ugana kuri Stade Nyagatare ahakinira ikipe ya Sunrise yo mu Burasirazuba bw’u Rwanda. Uri mu yatewe inkunga na Banki y’Isi ifatanyije na Guverinoma y’u Rwanda

    Binyuze mu mushinga ugamije guteza imbere imijyi yunganira uwa Kigali, mu Karere ka Nyagatare hubatswe imihanda ireshya na 14.2km yatanzweho asaga miliyari 9 na miliyoni 106 Frw

    Henshi mu hubatswe imihanda mishya i Nyagatare, hanashyizwe amashanyarazi mu gufasha abayituriye kubona ibikorwaremezo nkenerwa by’ingenzi mu buzima bwabo

    Amafoto: Niyonzima Moïse


  • Musanze: Hari abifuza gusobanurirwa neza imikorere y’igipimo cya Covid-19 gifatwa mu mazuru #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bakeneye amakuru ku gipimo cyo mu zuru
    Bakeneye amakuru ku gipimo cyo mu zuru

    Ubwo bapimwaga Covid-19 mu murenge wa Cyuve, hari abagiye bava ku murongo bashyizweho bategereje gusuzumwa ubwo babonaga abapimwa bashyirwa igipimo mu zuru, bakagenda badapimwe kubera ubwoba ndetse haba n’abahitagamo kwihisha inzego z’ibanze zabakanguriraga kwipimisha kubera gutinya icyo gipimo.

    Umukecuru witwa Mukanyindo ati “Kariya kantu bambwiye ko karyana mu muhogo ku buryo natinye kujya kwipimisha, naratinye rwose bambwiye ko nkanjye ushaje kampitana, naratinye pe ariko ubwoba namaze kubushira ngiye kujyayo menye uko mpagaze, menye ko nta Corona mfite, ndaje mpagere bampime. Ni abantu rwose bantera ubwoba nahoze nshaka kujyayo najya kugerayo nkabakwepa nkagaruka, ariko ubu nafashe icyemezo ndagiye keretse ningerayo ubwoba bukagaruka”.

    Nsengamungu ati “Kariya kantu baragatinye cyane, hari n’abo nzi bemera kurembera mu rugo bakanga kujya kwa muganga ngo batabapima kubera kugatinya, Leta ikwiye kubisobanurira abaturage bakakamenya”.

    Nshimiyimana Evariste ati “Ndi mu bantu bagiye kwipimisha ubwoba bwanyishe ntitira kubera gutinya kariya kantu baseseka mu zuru, mbere y’uko bampima nari mfite ubwoba burenze igipimo kandi ni byo, burya akantu baseseka mu mazuru ntiwabura kugira ubwoba. Bakimara kukanshyiramo numvise nta kibazo, abantu ni batinyuke bajye kwipimisha ntacyo gatwaye nta n’ubwo karyana rwose”.

    Leta irimo gufasha abaturage kwipimisha Covid-19 ku buntu
    Leta irimo gufasha abaturage kwipimisha Covid-19 ku buntu

    Abaganiriye na Kigali Today bakimara kwipimisha aho abatuye mu kagari ka Kabeza mu murenge wa Cyuve bari bateganyirijwe kwipimisha Covid-19, abenshi muri bo bagaragaye bafite ubwoba bwinshi mbere yo gusuzumwa, kubera gutinya icyo gipimo gishyirwa mu mazuru.

    Gusa bakimara kwipimisha bagiye bagaragaza ko amakuru bari bafite kuri icyo gipimo ari ibihuha, kuko uko babwiwe ko kiryana mu mazuru ngo siko babisanze.

    Umwe mu bakobwa bari baje kwipimisha ati “Njye hari abo twazanye basubiyeyo bakibona ko bakanshyize mu zuru, no mu rugo hari abanze kuza bavuga bati ako kantu bari gushyira mu izuru kagahinguka mu gahanga kampitana! Nanjye nari muri abo bagafitiye ubwoba ariko nsanze nta kibazo, ndasaba abaturage kwikuramo ubwoba bakaza bagapimwa”.

    Nyirarukundo ati “Rwose bamaze kunsuzuma ntegereje igisubizo, naje ndi mu bafite ubwoba bwa kariya gapimo ko mu mazuru, ariko numvise nta kibazo”.

    Nirere Divine ati “Baransuzumye, biri kuryana ariko ntabwo ari cyane, namaze hano isaha yose natinye ko bakanshyiramo ngeze aho nishyiramo akanyabugabo ndaza bakanshyiramo ubwoba nsigaranye ni ubw’igisubizo naho kiriya gipimo nta kibazo. Uko bakambwiye ngo kararyana nsanze atari byo, turashimira Leta yaduhaye urukingo rw’ubuntu”.

    Mu gihe bamwe mu baturage bafite amakuru mabi ku gipimo cyo mu zuru, Leta yamaze kubona n’ubundi buryo buzakoreshwa aho abantu bazajya basuzumwa Covid-19 hifashishijwe amacandwe.

    Mu minota 15 bahabwaga ibisubizo
    Mu minota 15 bahabwaga ibisubizo

    Ubuyobozi mu Karere ka Musanze burishimira ko umubare minini w’abaturage bakomeje kwitabira gahunda yo kwisuzumisha Covid-19 ku buntu.

    Muhawenimana Alphonsine, SEDO w’Akagari ka Kabeza mu Murenge wa Cyuve, arashima abaturage bakomeje kwitabira icyo gikorwa anashimira kandi abaganga babegereye bakaba barimo gupima abaturage, aho muri ako kagari gafite abaturage 10,562 hapimwa abangana na 20%.


  • Menya uko abajyanama b’ubuzima bafasha abagore batwite banduye Covid-19 barwariye mu ngo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nyuma ngo yaje kumva ababara mu ngingo, aza no kugira umuriro. Agiye kwipimisha basanze yaranduye Covid-19, kubera kumva iyo nkuru imutunguye, ngo yahise agira ubwoba bwinshi.

    Yagize ati, “Ikintu cya mbere natekereje ni uko umwana wanjye uri mu nda agiye gupfa. Ngira ubwoba cyane, ntangira guhamagara buri muntu nzi”.

    Ikigo cy’igihugu cyita ku buzima (RBC) kivuga ko nta gihamya ko abagore batwite bibasirwa na Coronavirus cyane kurusha abandi, ariko kuko bafatwa nk’abanyantege nke, bisaba kubahozaho ijisho.

    Nyuma yo kwitabwaho n’abaganga, Mujawamariya yoherejwe mu rugo nk’uko bigenda no ku bandi barwayi ba Covid-19 badafite ibimenyetso bikomeye, akajya akurikiranwa n’abajyanama b’ubuzima.

    Umuhoza Jeanne ufite imyaka 48 y’amavuko, amaze imyaka itatu ari umujyanama w’ubuzima mu Kagari ka Rubirizi, Umurenge wa Kanombe, Akarere ka Kicukiro, yavuze ko ikintu cya mbere bakorera umurwayi wa Covid-19 ugiye gukurikiranirwa mu rugo ari ukumuganiriza.

    Agira ati “Abantu bamenye ko barwaye, barahangayika ariko ku bagore batwite ho birushaho. Bahita batekereza ko bagiye gupfa, akazi kacu ni ukubahumuriza, tukamenya ko umubyeyi akomeje kwita ku buzima bwe n’ubw’umwana atwite”.

    Nk’uko Umuhoza akomeza abisobanura, Umujyanama w’ubuzima agomba gusura umugore utwite kenshi kurusha uko asura abandi barwayi ba Covid-19, kugira ngo amenye niba umubyeyi n’umwana atwite bameze neza.

    Yagize ati “Umugore utwite tumupima umuriro buri munsi, tukamukurikiranira hafi. Ashobora kugira ikimenyetso gikomeye ku buryo butunguranye, icyo gihe duhamagara imbangukiragutabara ikamujyana ku bitaro kugira ngo afashwe n’inzobere”.

    Nkusi Niyonsaba Jérôme, ni umujyanama w’ubuzima ubimazemo imyaka ibiri, akaba atuye mu Kagari ka Kibagabaga, mu Murenge wa Kimironko.

    Avuga ko ikibazo abagore batwite banduye Covid-19 bakunze kugira ari umuhangayiko, uko guhangayika rero ngo bibongerera umuvuduko w’amaraso utameze neza, kuko hari ababyeyi batwite bakunze kugira icyo kibazo.

    Nkusi avuga ko umwanya we munini awumara arimo kubahumuriza kugira ngo ababwira ko n’ubwo banduye Covid-19, ariko bagiye kwitabwaho kugeza babyaye abana babo.

    Yagize ati, “Umuntu wese afite ubwoba bwa Covid-19 (Delta variant), ariko ku bagore batwite bo birarenze. Jyewe mfata umwanya munini mbabwira kwikuramo umuhangayiko, mbibutsa ko n’ubwo barwaye iyo virusi ya Covid-19, bazitabwaho neza kugeza babyaye”.

    Dr. Félix Sayinzoga ushinzwe ubuzima bw’umwana n’ubw’umubyeyi muri ‘RBC’, yabwiye Ikinyamakuru ‘The New Times’ ko abajyanama b’ubuzima bahawe amahugurwa abafasha kumenya igihe umugore utwite afite ibibazo n’igihe akeneye ubufasha.

    Yagize ati, “Barabizi uko babireba, kandi n’amabwiriza arasobanutse neza. Hari ibyo bashobora gufasha umubyeyi, hari n’ibyo batashobora, icyo gihe bahita bahamagara ku bitaro bibegereye kugira ngo umugore utwite yitabweho byihutirwa”.

    Sayinzoga nawe yemeza ko akazi kanini k’umujyanama w’ubuzima ari uguhumuriza umugore utwite, kuko iyo ahangayitse cyane bigira ingaruka mbi ku buzima bwo mu mutwe, kandi ubuzima bwo mu mutwe bw’umugore utwite bugira uruhare mu bikurikiraho byose.

    Yagize ati, “Abenshi bariheba iyo bamenye ko banduye Covid-19, ni ngombwa cyane kubahumuriza no kubabwira uko bitwara kugira ngo ubuzima bukomeze. Urebye ubu, duhumuriza n’abatarandura icyo cyorezo cya Covid-19, kugira ngo bamenye ibyo bakwiye kwitega mu gihe baramuka bacyanduye”.

    Dr Sayinzoga yongeraho ko umugore utwite urwaye Covid-19 atayanduza umwana atwite cyangwa se ngo ayanduze umwana yonsa binyuze mu mashereka.

  • Abagore barasaba amabanki gutanga inguzanyo ku bikoresho by’ikoranabuhanga #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ugirumurera avuga ko telefone zigezweho zikoresha ikoranabuhanga zihagazeho ku isoko ku buryo atari buri mugore wapfa kuyigongondera
    Ugirumurera avuga ko telefone zigezweho zikoresha ikoranabuhanga zihagazeho ku isoko ku buryo atari buri mugore wapfa kuyigongondera

    Abagore bakoresha ikoranbuhanga bavuga ko ukurikije ibyiciro by’ubushobozi bwabo bikigoye benshi kwibonera ubushobozi bwo kugura ibikoresho bijyanye n’igihe, bigatuma hari abakomeza gusigara inyuma ugereranyije n’abagabo.

    Abagore bafite ubushobozi buke mu kwigondera ikoranabuhanga rigezweho harimo nk’abacuruzi baciriritse bavuga ko kubona terefone zigezweho bisaba ubushobozi burenze igishoro bakoresha, bikaba bibangamiye abagore benshi bakora ubucuruzi buciriritse kubona uko bakoresha imbuga nkoranyambaga mu kugaragaza ibyo bakora no gutumanaho n’abakiriya ku buryo bw’ikoranabuhanga.

    Josiane Ugirumurera, umucuruzi w’imbuto mu Mujyi wa Kigali, avuga ko muri iki gihe cy’icyorezo cya Covid-19 ikoranabuhanga rya telefone ryamufashije kugemurira imbuto abakiriya hirya no hino, aho avugana na bo ku ikoranabuhanga rya (WhatsApp) akaboherereza imbuto mu ngo na bo bakamwishyura kuri telefone.

    Avuga ko n’ubwo we abigeraho bitoroheye abagore benshi bacuruzanya na we, kuko usanga abenshi nta bushobozi bafite bwo kugura izo telefone zigezweho.

    Agira ati “Ikoranabuhanga riramfasha mu kazi ariko usanga nk’uburyo bwo kwishyura ikorabuhanga bitoroshye, usanga kandi telefone zihenze kuko izishoboye gukoresha ikoranabuhanga imwe itaca munsi y’amafaranga ibihumbi 100frw. Telefone ziramutse ziguze makeya abazikoresha bakwiyongera bityo abagore benshi bakagera ku ikoranabuhanga”.

    Ibikoresho by’ikoranabuhanga binahenda abakora umwuga w’itangazamakuru

    Peace Hilary Tumwesigyire ukora umwuga w’itangazamakuru, na we agaragaza ko ikoranabuhanga ryamufashije cyane kubona amakuru ageza ku bakurikira igitangazamakuru cye, kandi ko ikoranabuhanga ryatinyuye abagore bagenda batinyuka gufungura ibitangazamakuru kandi baratangiye bakorera abagabo.

    Ahamya ko ikoranabuhanga rikenewe cyane ku bagore, ariko ubushobozi bwabo bukiri buke kandi ibikoresho bikenewe bihenze, ibyo bikaba bimwe mu bibangamiye abagore bakoresha ikoranabuhanga.

    Agira ati “Nk’amakamera dukoresha usanga agura amafaranga menshi ku buryo bitoroshye ngo tubone ibikoresho bijyanye n’igihe bishobora gutuma dukora ibiganiro imbonankubone (live streaming)”, ibyo ni imbogamizi ikumira abagore benshi mu rugendo rw’ikoranabuhanga”.

    Abagore bakoresha ikoranabuhanga bagaragaza ko ibijyanye n’umubare w’abagana amashuri y’ikoranabuhanga bakiri bake kubera imyumvire y’igihe kirekire ikumira abakobwa mu ikoranabuhanga mu mashuri.

    Umukunzi Sandrine ushinzwe ubuyobozi mu muryango uharabnira iterambere n’uburenganzira bw’umwana, urubyiruko n’umugore (SGO), avuga ko bakora ubukangurambaga bugamije gutuma umugore abona amahirwe ku ikoranabuhanga kugira ngo yiteze imbere.

    Avuga ko bumwe mu buryo bumva bwafasha abagore ari uko abashoramari n’abikorera bakumva ko umugore abakeneye ngo ibikorwa byabo bitere imbere, kandi umugore afite ibyamukomokaho biteza imbere igihugu, igihe bahawe amahirwe aho gusigazwa inyuma.

    Agira ati “Turifuza ko amabanki yashyiraho uburyo bwo gutanga inguzanyo y’bikoresho by’ikoranabuhanga ku bagore nk’uko bigenda ku bindi bikoresho nk’inzu n’imodoka bitangirwa inguzanyo”.

    Tumwesigyire Peace avuga ko ibikoresho by
    Tumwesigyire Peace avuga ko ibikoresho by’ikoranabuhanga mu bagore bakora itangazamakuru bihenze

    Ni igitekerezo ahuriyeho na Sylvie Nsanga, umwe mu bagore baharanira iterambere n’uburenganzira bw’abagore aho agaragaza ko abashoramari n’abikorera bafite ibikorwa by’ikoranabuhanga bakwiye kuzirikana ko hari amahirwe ahari ku bagore mu kwiteza imbere.

    Agira ati “Ishoramari mu ikoranabuhanga ku bagore ritanga amahirwe y’umurimo kandi winjiza igihe bene abo bakwinjiza abagore mu bikorwa byabo by’ikoranabuhanga, amabanki akabaha inguzanyo, abakora ubucuruzi bugari bakabakopa ibikoresho by’ikoranabuhanga, baba baguye ibikorwa byabo kandi umugore yageze ku ikoranabuhanga.