Tag: featured

  • Tanzania: Umubyeyi wari utegereje impanga yahawe umwana umwe anaterwa ubwoba #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Aganira n’ikinyamukuru kitwa Mwananchi cyandikirwa aho muri Tanzania, cyamusanze iwe mu mpera z’icyumweru gishize, Zawadi wabyaye abazwe, akabyarira ku bitaro bya Somanda- Bariadi ku itariki 23 Gicurasi 2021, yavuze ko mu bihe bitandukanye yagiye ajya kwipimisha atwite, akabwirwa ko atwite impanga.

    Zawadi yagize ati “No ku itariki 23 Gicurasi 2021, ngezwa kwa muganga ngiye kubyara, umuganga wampimye yambwiye ko ku myaka mfite 16 ntashobora kubyara ku buryo busanzwe, ko ngomba kubagwa kuko abana bombi bamaze kunanirwa kandi bakaba bashaka kuvukira rimwe”.

    Lujiga Joyce nyina wa Zawadi wari wamuherekeje kwa muganga, yasabwe gusinya impapuro yemeza ko umubyeyi agiye kubagwa nyuma yo kubivuganaho n’umugabo we kuri telefoni, kuko we atari ari aho ku bitaro.

    Nyuma yo gusinya izo mpapuro ngo Lujiga yahawe urutonde rw’ibikenerwa mu kubyaza Zawadi kugira ngo ajye kubigura muri Farumasi yo hanze y’ibyo bitaro. Ajya kubigura arabizana, hanyuma umubyeyi yinjizwa mu cyumba babyarizamo, ariko birangiye Lujiga ngo yatangajwe n’uko bamuhereje umwana umwe aho kuba babiri nk’uko byari biteganyijwe.

    Zawadi we ntiyumvaga kuko ngo yari yatewe ikinya kimusinziriza, Lujiga abajije umuganga wabyaje Zawadi ndetse wanamupimye mbere yo kumubyaza akavuga ko atwite impanga, igituma bamuhaye umwana umwe aho kumuha babiri. Umuganga ngo yamusubije ko havutse umwana umwe gusa, yongeraho ko icyatumye bamubaga ari uko ngo umwana yari munini w’ibiro bine.

    Lujiga ati “Uwo muganga amaze kumbwira atyo nagumanye ibibazo byinshi mu mutwe uretse ko ntacyo nari mfite cyo kuvuga”.

    Zawadi ikinya kimaze kumushiramo bamubwiye ibyo umuganga yavuze ko havutse umwana umwe gusa, arabyakira abifata atyo, ndetse banatashye mu rugo babwira abo mu muryango ko havutse umwana umwe aho kuba impanga bari bategereje nabo barabyakira,bumva ko ari uko bimeze.

    Ikibazo cyongeye kubyuka nyuma y’ibyumweru bicyeya ubwo Zawadi yari asubiye kwa muganga kugira ngo barebe niba arimo akira neza nyuma yo kubyara abazwe ‘checkup’.

    Ngo mu gihe yari yicaye aho kwa muganga, haje umuforomokazi amubaza aho undi mwana ari kuko ngo yamubonanaga umwe. Zawadi ngo ntiyagira icyo asubiza kuko atari yiteze icyo kibazo. Nyuma umuromokazi aramubaza ati “Ntiwitwa Zawadi? Ndabyibuka wabyaye impanga z’abana babiri b’abahungu nari mpari bakubyaza”.

    Zawadi ngo yaratunguwe abura icyo avuga, arumirwa gusa, umuforomokazi abonye uko Zawadi yumiwe ngo yarigendeye ntiyongera kugira ikindi avuga, agenda Zawadi atamenye izina rye, ariko isura yayifashe ku buryo amubonye yamwibuka.

    Zawadi asubiye mu rugo ababwira ibyo yabwiwe n’umuforomokazi, bituma umuryango wiyemeza gutangira gushakisha ukuri kugira ngo bamenye aho undi mwana wa kabiri aherereye.

    Lujiga nyina wa Zawadi ni we wahise ajya kureba ubuyobozi bw’ibyo bitaro babyariyeho ngo bamubwire uko byagenze.

    Ahageze ngo bahamagaje abaforomo bari bahari Zawadi abyara ariko babonye uwo mukecuru ngo batangira kumubwira amagambo akomeye ko nta wundi mwana uhari, ngo azashakishe hose ntawe azabona.

    Umukecuru arataha abibwira umuryango, banzura ko bagiye kureka gukurikirana icyo kibazo, bavuga bati “abagize uruhare mu ibura ry’uwo mwana ni abantu bifite mu buryo bw’amafaranga kandi ubushobozi bwacu twe ni buke”.

    Nyuma y’iminsi mike, ibitaro byahamagaje Zawadi na nyina Lujiga, bageze ku bitaro ubuyobozi bw’ibitaro ngo bwateranyije abaganga n’abaforomo bose bagize uruhare mu kubyaza Zawadi, nyuma busana Zawadi kwerekana umuforomo wamubwiye amakuru y’uko yabyaye abana babiri, Zawadi ngo ntiyashoboye kumwerekana kuko ntawari uri mu bari bateranirijwe aho.

    Ibyo birangiye umwe mu baganga ngo yabwiye Zawadi ko yajya mu rugo akaruhuka akita ku mwana afite, kuko ngo niba ashaka impanga azabyara izindi, naho umwana ashakisha we ngo ntazigera amubona.

    Uwo muganga kandi ngo yamubwiye ko akwiye kwima amatwi abamugira inama yo gukurikirana icyo kibazo kuko ngo ni abashaka ko agurisha imitungo ye igashira.

    Zawadi ati “Uwo muganga yanambwiye ko ntagomba kuvuga nabi ibyo bitaro, kuko n’undi munsi nzakenera serivisi zabo. Ibyo nabifashe nk’uburyo bwo kumfunga umunwa ngo ntakomeza kuvuga”.

  • Amadini n’amatorero ahangayikishijwe n’imibanire y’ingo z’ubu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Sheikh Hitimana Salim asanga amatorero n
    Sheikh Hitimana Salim asanga amatorero n’amadini akwiye gushyiraho gahunda yo kwigisha abantu igihe runaka mbere y’uko bashakana

    Abanyamadini n’amatorero bavuga ko igihe kigeze ngo buri rwego rufate ibibazo bibera mu miryango nk’ibyarwo, binashakirwe igisubizo kuko bitabaye ibyo ntaho umuryango Nyarwanda waba ugana mu gihe kiri imbere.

    Mu kiganiro baheruka kugirira kuri Flash TV, Mufti w’u Rwanda, Salim Hitimana na Musenyeri Alex Birindabagabo, bavuze ko imbarutso y’ibibazo bikomeje kugaragara mu ngo bikaziviramo gutandukana cyangwa guhora bene zo bakimbirana, ari uko abashakana babikora batabihaye umwanya uhagije wo kubanza gutekereza no kubiha agaciro kabyo.

    Sheikh Salim Hitimana, avuga ko ukurikije imibare ya za gatanya igenda igaragara biteye ubwoba n’agahinda, ko igihe cyari kigeze ngo inzego zose zihagurukire iki kibazo kuko ntaho umuryango Nyarwanda waba ugana mu gihe byakomeza nkuko bimeze.

    Ati “Nibaza ko iki ari cyo gihe, umuntu wese aho ari, twese mu byiciro turimo gutangira kureba uburyo dushiraho ingamba ndetse no kuganira iki kibazo mu buryo bweruye butari uburyo busa nk’aho bugishima ahubwo tukinjiremo tukimene. Abantu barebe impamvu z’ibi bintu, abahanga babiturebere twumvikane ku mpamvu zituma ibi bintu birimo kumera gutya, nitumara kuzumvikanaho dushake n’ibisubizo”.

    Musenyeri Alex Birindabagabo, avuga ko ahanini ibibazo bigaragara mu miryango biterwa n’uko mbere y’uko abagiye gushakana babana batabiha agaciro nk’ako bikwiye.

    Ati “Ntabwo abantu baha agaciro igikorwa cyo kubaka urugo, Ni ibintu abantu badahereza agaciro namba, kandi noneho n’amadini yageze aho barabemerera noneho bagahushura, umuntu akaza akakubwira ngo rwose mfite ubwira nabuze umwanya nagize gute, ariko nagira ngo mbabwire ko inzu yose ipfira muri fondasiyo. Iyo inzu yangirikiye muri fondasiyo kuyisana bisaba ubuhanga budasanzwe, n’ingo nyinshi kenshi wumva ngo abantu batandukanye bagiye gusaba gatanya, bigaterwa n’uko abantu bibwira ko ikintu cyo kubaka urugo ari ikintu umuntu ahubukira gusa”.

    Bamwe mu baturage na bo usanga badahabanye cyane n’ibivugwa n’abanyamadini n’amatorero kuko bemeza ko kutamarana igihe cy’ingo nyinshi zo muri iyi minsi akenshi biterwa n’uko abantu bahura bagahita bashakana.

    Mgr Alex Birindabagabo
    Mgr Alex Birindabagabo

    Iyamuremye Pierre Céléstin utuye mu Karere ka Kicukiro, avuga ko kuba hatakibaho umuranga abantu bagahurira ahabotse hose bagahita bakundana, baba bataramarana igihe bagahita babana ari kimwe mu mpamvu ziteza amakimbirane naza gatanya.

    Ati “Mbere habagaho icyitwa umuranga ukagira umukobwa umuntu akurangiye akakubwira ati uyu mukobwa ateye gutya none ubu n’uguhura gusa mu gahurira mu kabari, cyangwa muri alimentation mu gakundana mu gataha, urumva ko urugo baba bagiye kubaka baba batazi icyo ari cyo”.

    Amakimbirane yo mu miryango agira ingaruka ku bagize umuryango by’umwihariko abana kuko muri Kigali abagera kuri 90% bari mu mihanda usanga abenshi bafite ababyeyi ariko bakanga kuhasubira kubera umwiryane no kutumvikana bihora iwabo.


  • Muhanga: Guma mu Rugo ntitunguranye – Mayor Kayitare #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umujyi wa Muhanga
    Umujyi wa Muhanga

    Kayitare avuga ko nyuma yo gushyira mu bikorwa ingamba zo kwirinda Covid-19 ziteganywa n’amabwiriza y’Inama y’Abaminisitiri, n’ingamba zihariye ariko icyorezo kigakomeza kuzamuka bahise batangira kwitegura izindi ngamba zirimo na Guma mu Rugo.

    Kayitare avuga ko impamvu nyamukuru yatumye icyorezo kirusha ubukana ingamba zashyizweho kigakomeza gukwirakwira, ari ukubera imbaraga gifite mu gihugu no mu bice bihana imbibi n’Akarere ka Muhanga, ku buryo ntawe wavuga ko byatewe no kudohoka cyane ku mabwiriza.

    Agira ati “Mu by’ukuri ingamba twashyizeho zarubahirijwe ariko imyitwarire y’abantu iri mu byatumye ubukana bwa Covid-19 bukomeza kwiyongera haba mu karere kacu haba no mu tundi turere turi muri Guma mu Rugo. Abantu barasabwa gukomeza kubahiriza amabwiriza kuko ni yo nzira yonyine yo guhangana n’iki cyorezo”.

    Kayitare avuga ko ingamba zo kuguma mu rugo n’izindi zose bijyana zigomba kubahirizwa kuko ari cyo gisubizo gikurikira ingamba zafashwe ntizitange umusaruro wifuzwa, kuko abaturage bakomeje kuzirengaho kandi icyorezo cyo nta mpuhwe kigira gikomeza kwibasira abarenga ku mabwiriza.

    Imirenge irindrwi kuri 12 igize Akarere ka Muhanga ni yo yashyizwe muri Guma mu Rugo, ubuyobozi bukaba buvuga ko ingamba zafatwa zose zigomba kujyana n’imyitwarire y’abaturage kuko imyandurire y’icyorezo ijyana n’uko abantu bitwaye imbere yacyo.

    Kayitare kandi ahamya ko abitwaza imibereho bakica amabwiriza baba babikoze nkana kuko iyo umuntu umwe yanduriye muri iyo myitwarire aba agiye kwanduza abamukikije bose, kwirinda bikaba ari byo bigomba gushyirwa imbere mu gukurikiza amabwiriza.

    Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga avuga ko nta ngamba zihariye zari zateguwe zirimo nko kugoboka abahura n’ikibazo cy’inzara kubera Guma mu Rugo, ariko ko nyuma y’ingamba nshya hagomba gukorwa ibishoboka ngo zubahirizwe.


  • Polisi y’u Rwanda n’iya Malawi mu bufatanye bwibanda ku kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibiganiro by’uyu munsi byabereye mu murwa mukuru wa Malawi, Lilongwe, byari biyobowe n’umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza uri muri iki gihugu mu ruzinduko, yari kumwe na mugenzi we uyobora Polisi ya Malawi, Dr George Kainja.

    Ibi biganiro biri mu murongo wo gushyira mu bikorwa amasezerano y’ubufatanye yasinywe hagati y’inzego zombi mu mwaka wa 2019, amasezerano akubiyemo ibijyanye no guhugurana, guhuza ibikorwa, gukurikirana no guhanahana abanyabyaha, kurwanya iterabwoba, kurwanya ibiyobyabwenge, kurwanya ibyaha by’ikoranabuhanga, guhanahana amakuru ku banyabyaha bahungiye muri ibyo bihugu byombi ndetse n’ubufatanye mu bindi bintu bitandukanye bijyanye n’umutekano. Ibi biganiro bije bikurikira ibindi biherutse kubera hano i Kigali mu kwezi gushize kwa Kamena.

    Mu biganiro by’uyu munsi IGP Munyuza yagaragaje ko uku guhura bigaragaza umuhate n’imibanire bikomeye mu gukomeza ubufatanye mu mutekano hagati ya Polisi ya Malawi na Polisi y’u Rwanda.

    Yagize ati” Ukurikije ibibazo by’umutekano uko bihagaze ku Isi no mu Karere, duha agaciro ingufu Leta ya Malawi ikoresha hagati yayo n’u Rwanda cyangwa n’ibindi bihugu mu gushaka amahoro arambye ku bibazo by’umutekano mu Karere n’ahandi”

    Muri ibi biganiro inzego zombi baganiriye ku zindi ngingo zirimo guhahana amahugurwa n’ubunararibonye, ibibazo bijyanye n’umutekano byambukiranya imipaka y’ibihugu byombi, mu Karere no ku mugabane muri rusange.

    Polisi y’u Rwanda yemereye Polisi ya Malawi kuzohereza ba ofisiye bakuru kuzaza kwiga mu ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda riherereye mu Karere ka Musanze.

    IGP Munyuza yavuze ko u Rwanda ruha agaciro ibikorwa n’ibihugu byo ku mugabane wa Africa mu gukemura ibibazo by’umutekano biterwa n’imitwe itemewe cyane cyane imitwe y’intagondwa.

    Yagaragaje ko igihe kigeze ngo hashyirwe mu bikorwa ibyo biyemeje mu masezerano y’ubufatanye. Yavuze ko igihe ari iki cyo guhura kuko kimwe n’ahandi ku Isi, mu gace k’Uburasirazuba bwa Africa no mu majyepfo hakomeje kwiyongera imitwe y’iterabwoba iteza umutekano muke mu Karere.

    Yagize ati “Twishimiye ko uyu munsi twongeye gushimangira tukanongera kwiyemeza gukorera hamwe cyane cyane mu mahugurwa mu mashuri yacu atanga amahugurwa. Ntagushidikanya ibi bihe Isi yabaye nk ‘umudugudu ubufatanye ni ingenzi mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka harimo n’ibi by’iterabwoba n’ibikorerwa ku ikoranabuhanga bikomeje kwibasira umugabane wacu. “

    IGP Kainja yavuze ko amasomo yize ubwo aherutse mu ruzinduko hano mu Rwanda mu kwezi gushize agiye gushyirwa mu bikorwa mu rwego rwo guteza imbere serivisi za Polisi ya Malawi.

    Yagize ati “Mu nama iheruka mu Rwanda twiyemeje gushimangira ubufatanye hagati ya Polisi zacu zombi. Uruzinduko rwanyu mu gihugu cyacu ni mu rwego rwo gushimangira ubwo bushake bizanatanga uburyo bwo gushyira mu bikorwa ibyo twiyemeje.”

    Yakomeje avuga ko amasezerano y’ubufatanye atanga icyerekezo cy’ubufatanye no gushyira mu bikorwa ibyo basezeranye. Yavuze ko inama iherutse kubera i Kigali Polisi zombi zemeranije guhuza mu gushyira mu bikorwa ingamba z’umutekano.

    Ati “Inama no kubaka ubushobozi ubwabyo ntabwo bizatsinda ibibazo by’umutekano biriho muri iki gihe nihatabaho gukomeza guhanahana amakuru. Tugomba gukoresha uburyo dufite kugira ngo turebe ko duhanahanye amakuru ku gihe. Ibi kandi ni ingenzi mu kurwanya imitwe ya Islam y’iterabwoba irimo guhungabanya abaturanyi bacu ba Mozambique.”

    Yakomeje avuga ko Leta ya Malawi na Polisi ya Malawi by ‘umwihariko bazakora ibishoboka byose kugira ngo iriya mitwe itsindwe.

    Ni inkuru dukesha Polisi y’u Rwanda

  • Rwamagana: Umugabo yiteye icyuma mu nda ku bw’umujinya wo gufuhira umugore we – #rwanda #RwOT

    Uyu mugabo yiteye icyuma ku mugoroba wo ku Cyumweru, tariki ya 25 Nyakanga 2021, yabikoreye mu Mudugudu wa Rambura mu Kagari ka Nyagasambu mu Murenge wa Fumbwe.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Fumbwe, Zamu Daniel, yabwiye IGIHE ko uyu mugabo yiteye icyuma nyuma yo gufuhira umugore we.

    Ati “Yafuhiraga umugore ko bamusambanya, noneho arangije aravuga ngo aho kugira ngo nzarwane na we dupfuye uburyo bagusambanya ndigendeye, aragenda amara icyumweru. Gahunda ya guma mu rugo ntiyayikoreye inaha, nimugoroba rero ni bwo ngo yaje abaza umugore we niba agisambana undi amubaza niba yari yamufatana n’umugabo.”

    Uyu mugabo ngo yahise yinjira mu nzu ajya mu cyumba hashize iminota mike umugore ngo yumva umuntu ari gukubita imigeri, yagiye kureba asanga yiteye icyuma mu nda. Yahise ahuruza abaturanyi ngo baje basanga icyuma kimushinze mu nda we arashya imigeri bakimukuramo bamwohereza kwa muganga.

    Ageze ku Kigo Nderabuzima cya Nyagasambu ngo babonye ameze nabi bamwohereza ku Bitaro bya Rwamagana kugira ngo bakomeze bamwiteho.

    Urugo rw’uyu mugabo n’umugore we rwari bari zisanzwe zizwi mu zirangwamo amakimbirane ashingiye ku gucana inyuma gusa ngo ubwo abayobozi bajyaga kurusura babuze utanga ibimenyetso by’uko aca inyuma y’undi.


  • Gasabo: Abakirisitu 21 bafashwe mu rukerera basengera mu gishanga barenze ku mabwiriza ya Covid-19 – #rwanda #RwOT

    Aba baturage bafashwe kuri uyu wa Mbere, tariki ya 26 Nyakanga 2021, ahagana saa Kumi za mu gitondo, aho basengaga kandi banyuranyije n’amabwiriza yo kwirinda Covid-19.

    Ubwo berekwaga itangazamakuru, uwitwa Uhagaze Emmanuel, umwe mu bafashwe barimo gusenga yemeye ko barenze ku mabwiriza ya leta asaba imbabazi.

    Yagize ati “Nabyutse mu gitondo njya gusengera muri kiriya gishanga ariko sinari nzi ko nza kuhasanga abantu bangana gutya. Bagiye baza umwe umwe kugeza ubwo tubaye 21 Polisi iza kudufata. Ndasaba imbabazi kuko twarenze ku mabwiriza yo kurwanya Covid-19.”

    Yakomeje agira inama abantu bose kujya basengera mu ngo zabo abemerewe kuva mu ngo bakajya bubahiriza amabwiriza ajyanye no kujya mu nsengero.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yavuze ko bariya bantu kugira ngo bafatwe byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

    Yaboneyeho umwanya wo gukangurira abantu kubahiriza amabwiriza ya Guma mu Rugo naho abari muri Guma mu Karere na bo bagumemo.

    Yagize ati “Aba bantu ni Abanya-Kigali bose nta muntu uyobewe ko Umujyi wa Kigali umaze iminsi igera ku 10 uri muri Gahunda ya Guma mu Rugo ndetse iyi minsi yanongeweho indi itanu. Babirenzeho barasohoka bajya guteranira mu gishanga, ibintu birimo ibyago byinshi byo kwanduzanya icyorezo cya Covid-19.”

    “Icyo twibutsa ni uko nta kudohoka kandi nta no kurambirwa, bakomeze bubahirize amabwiriza kugira ngo duhashye iki cyorezo tuzasubire mu buzima busanzwe.”

    Abafashwe bajyanywe muri Stade ya ULK bongera kwibutswa amabwiriza yo kurwanya Covid-19, bapimwa icyorezo cya Covid-19, ku kiguzi cyabo nyuma bacibwa amande nk’uko biteganywa n’amabwiriza yashyizweho n’Umujyi wa Kigali.

    Muri aba bose harimo abari bafashwe bwa kabiri, ndetse bari baraciwe amande ku nshuro ya mbere ariko ngo barongeye basubira gusengera muri iki gishanga nk’uko byasobanuwe na CP Kabera.

    Ati “Babirenzeho barasohoka bajya guteranira mu gishanga, ibintu birimo ibyago byinshi byo kwanduzanya icyorezo cya Covid-19. Icyo twibutsa ni uko nta kudohoka kandi nta no kurambirwa, bakomeze bubahirize amabwiriza kugira ngo duhashye iki cyorezo tuzasubire mu buzima busanzwe.”

    Imibare ya Polisi y’Igihugu igaragaza ko mu minsi 10 ishize ya guma mu rugo, mu Mujyi wa Kigali, hafashwe abaturage barenze ku mabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo 14.000 mu gihe mu tundi turere twashyizwe muri Guma mu rugo abagera ku bihumbi 40 ari bo bafashwe.

    Abakirisitu 21 bafashwe mu rukerera basengera mu gishanga barenze ku mabwiriza ya Covid-19

  • COVID-19: Imirenge 50 yashyizwe muri Guma mu Rugo mu gihugu hose – #rwanda #RwOT

    Mu itangazo ryashyizwe umukono na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, rivuga ko iyi gahunda izatangira kubahirizwa kuva ku wa 28 Nyakanga kugeza ku wa 10 Kanama 2021.

    Icyemezo cyo gushyira iyi mirenge muri Guma mu rugo cyafashwe hashingiwe ku isesengura ryakozwe n’lnzego z’buzima ku miterere y’uburyo icyorezo cya COVID-19 gihagaze mu gihugu no kugira ngo utwo duce dukomeze gukurikiranwa neza.

    Imirenge yashyizwe muri Guma mu rugo iherereye mu turere 13 twose twari muri gahunda ya Guma mu Karere aho ibikorwa byinshi byakorwaga ariko ingendo ziva n’izijya muri ako gace zikaba zitemewe. Intara y’Amajyepfo ni yo ifitemo myinshi, igera kuri 25; Iburasirazuba ni 16, Iburengerazuba ni itandatu mu gihe Amajyaruguru afite itatu gusa.

    -  Urutonde rw’imirenge yashyizwe muri Guma mu rugo:

    • Mu Ntara y’Amajyepfo:

    a. Mu Karere ka Ruhango: Irnirenge ya Kinazi, Mbuye, Ntongwe, Ruhango, Byimana na Kinihira.

    b. Mu Karere ka Muhanga: Imirenge ya Shyogwe, Kiyumba, Cyeza, Nyamabuye, Rugendabari, Muhanga na Mushishiro.

    c. Mu Karere ka Nyamagabe: Imirenge ya Kamegeri, Kibumbwe, Gasaka na Mugano.

    d. Mu Karere ka Huye: Imirenge ya Tumba, Kinazi na Gishamvu.

    e. Mu Karere ka Nyanza: lmirenge ya Busoro, Mukingo, Kibilizi na Kigoma.

    f. Mu Karere ka Nyaruguru: Umurenge wa Ngera.

    • Mu Ntara y’Amajyaruguru:

    g. Mu Karere ka Rulindo: Imirenge ya Cyungo, Burega na Shyorongi.

    • Mu Ntara y’lburasirazuba:

    h. Mu Karere ka Kayonza: Imirenge ya Mukarange, Mwiri, Gahini. Murundi, Rukara na Nyamirama.

    i. Mu Karere ka Bugesera: lmirenge ya Rilima. Juru, Nyamata. Ruhuha na Shyara.

    j. Mu Karere ka Gatsibo: Imirenge ya Muhura, Kageyo, Remera, Kabarore na Murambi.

    • Mu Ntara y’lburengerazuba:

    k. Mu Karere ka Nyamasheke: Irnirenge ya Nyabitekeri, Shangi na Bushenge.

    l. Mu Karere ka Rusizi: Imirenge ya Nyakabuye na Gitambi.

    m. Mu Karere ka Karongi: Umurenge wa Murambi.

    Minaloc yibukije abatuye mu mirenge yashyizwe muri Guma mu Rugo gukomeza kubahiriza amabwiriza agenga iyi gahunda n’akurikizwa mu Mujyi wa Kigali n’Uturere umunani twashyizwe muri gahunda ya Guma mu rugo.

    Iryo tangazo rikomeza riti “lbikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi bizakomeza hubahi rizwa ingamba zo kwirinda COVID-19. lnzego z’ibanze n’iz’umutekano zirasabwa gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’aya mabwiriza.’’

    Umwanzuro wo gushyira iyi mirenge muri guma mu rugo wafashwe mu gihe Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije, ku wa 25 Nyakanga 2021, yagaragaje ko hari utundi duce tw’igihugu bigaragara ko imibare y’abantu bandura Covid-19 igenda izamuka.

    Yabigarutseho mu kiganiro yatangiye kuri RBA cyagarukaga ku ishusho y’uko icyorezo gihagaze mu gihugu by’umwihariko mu Mujyi wa Kigali n’utundi turere twashyizwe muri Guma mu Rugo y’iminsi icumi yongereweho indi itanu.

    Ati “Ikigomba gukorwa ni uko tugomba kuyirangiza (imibare), nk’uko bisanzwe tukaganira na Minaloc, murabizi no mu kwezi kwa gatanu n’ukwa gatandatu twigeze kujya dushyira uduce cyangwa imirenge imwe y’uturere yo muri Huye, muri Gisagara muri Guma mu Rugo. Nyuma yo gusesengura imibare rero umurenge umwe ukaba washyirwa muri Guma mu Rugo, ibyo ni ibintu dusanzwe dukora ariko dushingiye ku cyo imibare iba yatweretse, reka tubanze tunoze imibare yacu hanyuma tuzabikoraho nk’uko bisanzwe.’’

    Kuva ku wa 17 Nyakanga 2021, Umujyi wa Kigali n’uturere twa Burera, Gicumbi, Musanze, Kamonyi, Rwamagana, Nyagatare, Rubavu na Rutsiro turi muri gahunda ya Guma mu Rugo; iminsi icumi twashyiriweho yongereweho itanu ndetse biteganyijwe ko izarangira ku wa 31 Nyakanga 2021.

    Abaturarwanda bose basabwe gukomeza kubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19 yatanzwe n’inzego z’ubuzima.

    Umurenge wa Cyungo mu Karere ka Rulindo ni umwe muri 50 yashyizwe muri Guma mu rugo/ Ifoto: Dushimimana Pacifique

  • Venant Rutunga ukekwaho ibyaha bya Jenoside yoherejwe mu Rwanda – #rwanda #RwOT

    Uyu mugabo w’imyaka 72 yahoze ari Umuyobozi mu Kigo cy’Ubushakashatsi mu by’Ubuhinzi cya ISAR Rubona kiri mu Mudugudu wa Rubona, Akagari ka Kiruhura, Umurenge wa Ruhashya mu Karere ka Huye.

    Rutunga yatawe muri yombi mu 2019 mu Buholandi aho yari amaze imyaka irenga 10 atuye. Uyu mugabo yari yarashyiriweho impapuro zo kumuta muri yombi.

    Bivugwa mu 1994, Abatutsi barenga 1000 bahungiye muri ISAR Rubona, Rutunga akaba ari we wahamagaye Interahamwe zaje kubicira muri icyo kigo.

    Nyuma yaje guhunga ndetse mu 2000 yaka icyangombwa cy’ubuhunzi ariko ntiyagihabwa na Leta y’u Buholandi. Nyuma yaje kujurira ariko nabwo aratsindwa.

    Uyu mugabo yahoze akora nk’umushakashatsi udahoraho muri Kaminuza ya Wageningen mu Buholandi.

    Si we Munyarwanda wa mbere woherejwe n’ubutabera bw’u Buholandi mu Rwanda, kuko mu 2016, Jean Baptiste Mugimba na Jean Claude Iyamuremye nabo boherejwe mu Rwanda bagatangira kuburanishwa ku byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Venant Rutunga ukekwaho ibyaha bya Jenoside yagejejwe mu Rwanda

  • Polisi yatahuye amayeri adasanzwe yakoreshwaga n’abamotari batwara abantu kandi bitemewe – #rwanda #RwOT

    Abafashwe ni abamotari babiri barimo uhetse umugore yavugaga ko amujyanye kwa muganga n’undi wari utwaye umugabo yabwiye Polisi ko ari se. Ni mu gihe amabwiriza mashya avuga ko gutwara abantu kuri moto muri ibi bihe bitemewe.

    Aba bose hamwe n’umushoferi w’imodoka wafashwe yasabye uruhushya rujya i Ngoma na Kirehe, afatirwa i Gicumbi, ndetse anatwaye imodoka ifite purake itandukanye n’iyo yasabiye uruhushya rumwemerera gukora muri ibi bihe.

    Ubwo aba bose berekwaga itangazamakuru kuri uyu wa 26 Nyakanga 2021, Mutabazi Jean Pierre, wari utwaye iyo modoka yavuze ko iye ya mbere ari nayo yasabiye ibyangombwa yagize ikibazo agatira iya mugenzi we.

    Ati “Ikosa nakoze ni uko nafatiwe i Byumba ndi kujya i Gatsibo, nagiye mu karere ntafitiye pass. Muri iyi minsi kubera akajagari kabayeho k’amamodoka menshi ntabwo bari gutanga pass zaragabanutse.”

    Habaguhirwa Uzziel wafashwe atwaye umugenzi kuri moto kandi bitemewe yavuze ko yari asanzwe ari umumotari akaba yari avanye umugenzi ku Muhima amujyanye mu Bitaro byitiriwe Umwami Faisal.

    Ati “Nasabye uruhushya mvuga ko arinjye ugiye kwa muganga, uwo muntu na we kubera ko twari twavuganye ambwira ko afite uruhushya, numvaga ko kuba ntwaye umuntu ufite uruhushya kandi nanjye mfite uruhushya numvaga nta kibazo.”

    Yakomeje agira ati “Ubutumwa naha abamotari bagenzi banjye ni ukwihangana ibinyabiziga bakabirekera mu rugo bakazatwara abantu mu bihe byemewe.”

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yavuze ko kugeza ubu hari abantu bakomeje gusaba impushya ariko bakazikoresha ibinyuranye n’ibyo bazisabiye.

    Ati “Byagiye bigaragara ko iyo ari Guma mu Rugo, urugo ruba ruto nyine, naho yaba guma mu karere akarere kakaba gato. Turagira ngo twibande ku bantu bahawe impushya bigaragara ko bari kuzikoresha nabi.”

    Yakomeje agira ati “Ubundi abari muri gahunda ya Guma mu Rugo iyo usabye uruhushya rwo gusohoka ntabwo urusabira mugenzi wawe mutabana mu rugo.”

    Mu minsi icumi ya Guma mu Rugo, abantu bagera ku bihumbi 99 ni bo basabye impushya harimo 75.000 bazisabye banyuze mu rubuga rwa internet naho ibihumbi 24 bakoresheje uburyo busanzwe kuri telefoni, muri bo abasaga ibihumbi 57 ni bo bazemerewe.

    Abarenze ku mabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19 beretswe itangazamakuru

    Uyu mumotari yafashwe atwaye umugenzi abwira Polisi ko ari umubyeyi yari ajyanye kwa muganga

    Polisi ikomeje gufata abarenga ku mabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19

  • Abasoje amasomo muri UR bagiye guhabwa impamyabumenyi hifashishijwe ikoranabuhanga – #rwanda #RwOT

    UR yatangaje ko abanyeshuri bazakora ibirori byo gusoza amasomo mu byiciro binyuranye ku wa 27 Kanama 2021 hifashishijwe ikoranabuhanga mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19.

    Impamyabumenyi zigiye gutangwa ni izagombaga gutangwa umwaka ushize wa 2020 cyane ko icyorezo cya Covid-19 cyatumye hataba ibirori byo gusoza amasomo ku banyeshuri bagera ku bihumbi umunani.

    Umuvugizi wa Kaminuza y’u Rwanda, Murangwa Darius, yabwiye IGIHE ko ibirori byo gusoza amashuri bizakorwa bagendeye ku miterere y’icyorezo cya Covid-19.

    Yavuze ko bishobora kuzakorwa mu buryo bw’ikoranabuhanga ariko abayobozi ba Kaminuza, abagiye guhabwa impamyabumenyi z’ikirenga, abasoje icyiciro cya gatatu cya Kaminuza (Masters) n’abasanzwe ari abayobozi bahagarariye abandi muri Kaminuza bashobora kuzaba bari hamwe.

    Biteganyijwe kandi ko abanyeshuri bazaba bari ku masite yatoranyijwe ariko bagakurikirana umuhango ku buryo bw’ikoranabuhanga, gusa mu gihe icyorezo cyaba gikomeje gukaza umurego ibi bikorwa byose bizaba hifashishijwe ikoranabuhanga.

    Ati “Bizaterwa n’uko ibihe bya Covid-19 bizaba bimeze. Ubusanzwe bizaba biri kuri internet ariko bishobora kuzaba hari bake bari kumwe ahatoranyijwe bitewe n’ingamba zizaba ziriho. Turateganya ko twazategura amasite atandukanye, hakaba hari abanyeshuri bake batoranyijwe ariko tukazafungura ku mugaragaro twifashishije ikoranabuhanga.”

    Hari abanyeshuri bavugaga ko bagakwiye guhabwa impamyabumenyi zabo mbere y’uko ibi birori biba cyane ko bamaze amezi atari make bazitegereje ariko avuga ko bitashoboka abasaba kwihangana.

    Abanyeshuri bijejwe ko batazatinda kubona impamyabumenyi zabo kuko zisigaye zikorerwa ku butaka bw’u Rwanda.

    Abanyeshuri ba Kaminuza y’u Rwanda bagiye gukora ibirori bisoza amasomo yabo mu buryo bw’ikoranabuhanga