Tag: featured

  • Perezida Kagame yagaragaje ubuhinzi nk’umusemburo uzafasha Afurika kwigobotora ingaruka za Covid-19 – #rwanda #RwOT

    Ibi Umukuru w’Igihugu yabigarutseho mu nama yateguwe n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres, igamije kurebera hamwe ibikwiye gukorwa kugira ngo mu 2030, Isi izagere ku ntego 17 z’iterambere rirambye yiyemeje kuzaba yagezeho.

    Perezida Kagame wari Uhagarariye Umuryango w’Iterambere rya Afurika, NEPAD, yavuze ko ubuhinzi ari inkingi ya mwamba mu gufasha Afurika kwigobotora ingaruka z’icyorezo cya Covid-19.

    Yagize ati “Ubuhinzi, cyane cyane ubwo muri Afurika, buzadufasha kugera ku ntego z’iterambere rirambye. Ibi ni ukuri cyane cyane muri ibi turi kugerageza kubaka iterambere ryasubijwe inyuma n’icyorezo cya Covid-19.”

    Perezida Kagame yavuze ko buri gihugu gikwiye gushyiraho ingamba zihariye mu kuzamura urwego rw’ubuhinzi, ariko yongeraho ko ari ngombwa ko ibihugu bifatanyiriza hamwe mu guteza imbere urwego rw’ubuhinzi.

    Yavuze ko bitumvikana uburyo ubuhinzi bwa Afurika bukiri inyuma nyamara uyu Mugabane ufite abantu benshi bashobora gukora muri urwo rwego ndetse ukanagira ubutaka bwera.

    Ati “Muri Afurika, 70% by’abantu bafite ubushobozi bwo gukora, bakora mu rwego rw’ubuhinzi. Ariko usanga bigorana kugira ngo umusaruro uboneke kuko amasoko adateguwe neza [ku buryo kongerera] agaciro umusaruro w’ubuhinzi bitaragerwaho.”

    Ikoranabuhanga rihanzwe amaso

    Mu rwego rwo gukemura ibi bibazo biri mu rwego rw’ubuhinzi, ku buryo rwaba imwe mu nkingi yo kubakiraho iterambere rirambye, Perezida Kagame yavuze ko ikoranabuhanga rikwiye kwifashishwa mu kongera umusaruro w’ubuhinzi, nubwo ritaragera ku bahinzi benshi.

    Yagize ati “Ikoranabuhanga riri kugira uruhare mu [guteza imbere] ubuhinzi bwa Afurika, ariko abahinzi benshi ntibaragera kuri iryo koranabuhanga mu buryo busesuye. Serivisi z’imari, zirimo ubwishingizi ku bahinzi, nazo ntabwo ziragerwaho neza.”

    Uku kutagira ikoranabuhanga no kutabona uburyo bw’imari yo gushora mu buhinzi, bituma abashoramari bacika intege kuko baba bafite ibyago byinshi byo guhomba.

    Ati “Abakora mu rwego rw’ubuhinzi muri Afurika ntibabona inyungu bakwiriye, kandi bagomba guhangana n’ibibazo by’ibihombo ndetse no kutamenya ahazaza h’ishoramari ryabo. Impinduka [kuri ibi bibazo] ni ngombwa.”

    Perezida Kagame yasobanuye ko mu rwego rwo gushakira umuti ibi bibazo byugarije ubuhinzi bwa Afurika, NEPAD yashyizeho imirongo migari igizwe n’ingamba zizafasha Afurika kuruzahura.

    Izo ngamba zirimo gushyiraho gahunda ziteza imbere ubuhinzi, gushyiraho uburyo bwo guhunika imyaka, guteza imbere ishoramari rishingiye ku buhinzi ku buryo Leta za Afurika zishyiramo 10% by’ingengo y’imari, guteza imbere amakoperative y’abahinzi ndetse no guteza imbere ibijyanye no kumenya amakuru y’iteganyagihe.

    Perezida Kagame yavuze ko izi ntego zizagabanya ibikomoka ku buhinzi Afurika itumiza mu mahanga kandi yakabaye ibyikorera, dore ko 60% by’ubutaka bwera ku Isi ariko budakoreshwa, buri muri Afurika.

    Ku rundi ruhande, uyu Mugabane ushora miliyari 35$ mu gutumiza ibikomoka ku buhinzi ku yindi migabane ndetse nta gikozwe, iki kiguzi kizaba ari miliyari 110$ mu myaka itanu iri imbere.

    Perezida Kagame yagaragaje ubuhinzi nk’urwego ruzafasha Afurika kwigobotora ingaruka z’icyorezo cya Covid-19

  • Kigali: Abarwaye Covid-19 basabiwe kwambikwa ibikomo bagenzurirwaho – #rwanda #RwOT

    Iki cyifuzo kizamutse nyuma y’uko Polisi ifashe umuntu wari utwaye umurwayi wa Covid-19 mu modoka amujyanye mu kandi karere, ibyerekana ko bamwe batubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’iki icyorezo.

    Abaturage baganiriye na IGIHE, bavuze ko bafite impungenge z’abarwaye Covid-19 barenga ku mabwiriza ya Guma mu Rugo.

    Umujyanama w’Ubuzima ukorera i Nyamirambo witwa Munyakanyangezi Séraphine, yagize ati “Mu bigaragara, impamvu umurwayi yantiyuka gusohoka akagenda ni uko aba atambaye biriya bikomo byerekana aho bari, hari ubwo mba ndi kugenzura abarwayi mu ngo nkasanga harimo abadafite biriya bikomo, ku buryo biba byoroshye kuba yarenga ku mabwiriza yahawe n’abaganga kandi natwe tubakurikirana ntitwirirwana.”

    Mukasekuru Madeleine wo mu Murenge wa Kimihurura, we yagize ati “Njye numva umurwayi wese bamwambitse igikomo byatuma batava mu ngo zabo, kabone nubwo baba bagiye guhaha hafi, bigatuma badakwirakwiza iki cyorezo.”

    Niyondamya Zura yavuze ko kuba abantu benshi barwariye mu ngo bituma kubakurikirana bigorana.

    Ati “Buriya buri murwayi yambitswe igikomo ntabwo yajya asohoka, ariko ubu umuntu ararwara ntubimenye, nawe akicecekera akajya guhaha uko yishakiye. Ni gute se ubwandu butarushaho kwiyongera?”

    Umuyobozi Ushinzwe Ishami ryo Kurwanya no Kuvura Indwara mu Kigo cy’Igihugu cyita ku Buzima, RBC, Dr Albert Tuyishime, yatangaje ko nubwo Leta yatanze ibikomo ku barwayi ba Covid-19, nabo bakwiye kumva ko bafite inshingano zo kwirinda gukwirakwiza iki cyorezo.

    Ati “Ni inshingano za buri muntu kubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19, biri no mu nyungu z’umurwayi kugira ngo akire ariko na none ni inshingano ze kubahiriza ayo mabwiriza kugira ngo atagira abandi yanduza.”

    Yavuze ko iyo hari abarwayi bashyiriweho gahunda yo kuvurirwa mu rugo, basobanurirwa impamvu bakwiye kuguma mu rugo.

    Ati “Ubundi twigisha abo twapimye twasanze bafite iyo virusi tukabasobanurira impamvu bakwiye kuguma mu rugo. Ikindi dushyiraho izindi ngamba zimufasha ko umurwayi aguma mu rugo twifashishije inzego z’ibanze n’abajyanama b’ubuzima.”

    Abarwayi barenga ibihumbi 15 bari kuvurirwa Covid-19 mu ngo zabo.

    Abatuye mu Mujyi wa Kigali barifuza ko abarwaye ko Covid-19 bari kuvurirwa mu ngo zabo bambikwa ibikomo byerekana amerekezo yabo

  • Nyamasheke: Abaturage bujuje ibiro bifite agaciro ka miliyoni 12 Frw – #rwanda #RwOT

    Ni ibiro byuzuye mu gihe cy’umwaka umwe, bifite ibyumba bitatu birimo icyumba cy’ibiro by’umuyobozi w’umudugudu, akazakorana n’ushinzwe imibereho myiza ndetse n’ushinzwe amakuru n’umutekano.

    Ikindi cyumba kizakoreramo umuyobozi w’irerero ry’abana mu gihe ikindi kizaba kirimo iryo rerero, ndetse kikazaba gifite ubushobozi bwo kwakira inama.

    Maniriho Martha utuye muri uyu Mudugudu yavuze ko abaturage bagize uruhare rufatika mu kubaka ibi biro, ati “Twagiye dukora umuganda turi kubaka iki cyumba, twanishyuye amafaranga macye, twabyihiteyemo kugirango tujye tubona umudugudu hafi.”

    Uwamahoro Marie Louise yunzemo ati “Ndishimye kuko ibiro by’umudugudu binyegereye, umuntu yajyaga agira ikibazo akajya gushaka umuyobozi w’umudugudu mu rugo, ariko ubu noneho biroroshye kuko umuntu azajya ajya kumushakira ku biro by’umudugudu kuko hari amasaha baduhaye n’iminsi tuzajya tujya kubareberaho. Uko bose bakorana buri wese afite umwanya azajya yakiriraho abantu.”

    Umuyobozi w’Umudugudu wa Ninzi, Mushinzimana Jean Baptiste, avuga ko mbere yo kubona ibi biro bakoreraga inama mu muhanda, izuba ryava cyangwa imvura iguye ibyo byose bigahagarara.

    Yagize ati “Twakunze kujya dukora inama dushaka kugira icyo tuganira n’abaturage, tukayikorera mu muhanda. Izuba ryaravaga abantu bakigendera batumvise icyari kigambiriwe, imvura yagwa inama ikaba irasojwe. Niho abaturage bafashe umwanzuro wo kwishakamo ibisubizo nk’intore, bijyanye n’inama Umukuru w’Igihugu ahora atugira, bafata umwanzuro wo kwiyubakira umudugudu maze twandikira Umurenge, tuza kwakira ibaruwa iturutse ku Karere ibitwemerera, maze baduha ikibanza twubaka ibiro by’umudugudu bimeze neza.”

    Umudugudu wa Ninzi utuwe n’abaturage 627, bakavuga ko niba barabashije kwiyubakira ibiro by’umudugudu bifite agaciro karenga miliyoni 13 Frw, n’abandi baturage hirya no hino bashobora kubyikorera, bakikemurira ibibazo batarindiriye inkunga ya Leta.

    Abaturage bo mu Mudugudu wa Ninzi biyubakiye ibiro by’Umudugudu bifite agaciro ka miliyoni 12 Frw

  • Guverinoma izakoresha miliyari 27 Frw mu kugaburira abana ku mashuri – #rwanda #RwOT

    Mu 2014 nibwo Leta y’u Rwanda yatangije gahunda yo kugaburira abana biga mu burezi bw’ibanze bw’imyaka 9 na 12, hagamijwe kubafasha kuzamura urwego rw’imitsindire ntawe uguye isari.

    Umwaka ushize Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko iteganya kuvugurura no kunoza iyi gahunda no koroshya uburyo ibigo by’amashuri bihabwa amafaranga byifashisha.

    Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard, aherutse kubwira abagize Inteko Ishinga Amategeko, ko hashyizwemo ingengo y’imari yisumbuye kugira ngo bifashe abana bose kujya babona ibiribwa ku mashuri.

    Yavuze ko iyi gahunda ari ingirakamaro kandi yagaragaje ko ifasha abanyeshuri kwiga neza ari nayo mpamvu hakenewe ko inozwa kugira ngo abana bose n’abadafite ubushobozi bajye babasha kugaburirwa ku mashuri.

    Ati “Guverinoma ishaka ko abana bose bagira uburyo bunoze bwo kubona amafunguro ku mashuri kugira ngo bige neza bazavemo abaturage beza.”

    Nk’uko byari bisanzwe, guverinoma itanga amafaranga 56 Frw buri munsi kugira ngo umunyeshuri umwe abashe kugaburirwa ku ishuri. Ni ukuvuga ko andi mafaranga ari umubyeyi w’umunyeshuri uyatanga.
    Ku rundi ruhande ariko abagize Inteko Ishinga Amategeko ndetse n’abayobora ibigo by’amashuri bakunze kugaragaza ko amafaranga 56 Frw atangwa na guverinoma ari make cyane ndetse adahura n’ikiguzi cyo kubaho.

    Mu Ukuboza 2020, Minisitiri w’Intebe yari yavuze ko n’ubwo bivugwa ko ayo mafaranga ari make, bitabuza guverinoma gushoramo akayabo ka miliyari 38Frw ku mwaka ahanini bitewe n’uburyo umubare w’abanyeshuri bafashwa muri iyo gahunda ari munini.

    Imibare yatangwaga icyo gihe yagaragazaga ko abanyeshuri barenga miliyoni 3,3 ari bo bafashwa na leta binyuze muri iyo gahunda.

    Perezida wa Komisiyo y’Ubukungu mu Nteko Ishinga Amategeko, Munyaneza Omar, yavuze ko kwagura iyi gahunda yo kugaburira abana ku mashuri hongerwamo ingengo y’imari ari umwanzuro wafashwe n’Inama y’Abaminisitiri.

    Depite Munyaneza we yavuze ko ukongera amafaranga y’ingengo y’imari muri iyi gahunda bizakemura ibibazo bya bamwe mu banyeshuri wasangaga bagaburirwa abandi ntibagaburirwe kubera ikibazo cy’ubushobozi buke.

    Ku rundi ruhande ariko hari n’abandi banyeshuri bagiye bava mu mashuri biturutse ku kubura ubushobozi bwo kugaburirwa ku mashuri cyane ko benshi muri bo uba usanga badafite n’ibyo kurya iwabo mu miryango.

    Kuri ubu mu gihe bose baba bagaburirwa hari n’abazajya bajya ku mashuri kugira ngo babashe kubona iryo funguro.

    Depite Munyaneza ati “Iki gikorwa kizagira uruhare mu gukemura ibibazo by’abana bava mu mashuri.”

    Uko bizakorwa

    Imibare yatanzwe na Porogaramu y’Igihugu yo kugaburira abana ku mashuri, mu 2019, igaragaza ko abana bo mashuri mu yisumbuye [aya leta n’afashwa na leta], bafashwaga [abahabwaga inkunga ya leta ingana na 56Frw], ni 680.000.

    Mu 2020, guverinoma yatangaje ko iyi gahunda igiye kwagurwa abana bakagera kuri miliyoni 3,3 bo mu mashuri y’incuke, abanza n’ayisumbuye yose ya leta n’afashwa na leta.

    Ni ukuvuga ko abanyehsuri bagomba gufashwa binyuze muri iriya nkunga y’amafaranga 56 Frw atangwa na leta bagomba kwiyongeraho 398%.

    Ikindi kintu kizakorwa mu kwagura iyi gahunda, hazubakwa ibyumba byo gutekeramo [ibikoni], 2.648, n’ibindi bikorwa remezo byifashishwa mu gutekera ku mashuri birimo umuriro cyangwa biogas ikoreshwa ku mashuri amwe n’amwe.

    Mu ngengo y’imari ya 2018/2019, muri iyi gahunda yo kugaburira abana ku mashuri leta yakoresheje angana na miliyari 5,5Frw, mu gihe mu 2019, Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko yongeyeho akarenga miliyari 7 Frw mu 2019/2020.

    Uruhare rw’ababyeyi

    Minisiteri y’Uburezi igaragaza ko agaciro k’ibyo kurya umwana umwe agenerwa ku munsi ari 150 Frw hagendewe ku ibarura ryakozwe na Mineduc ifatanyije n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Biribwa (WFP).

    Muri iyi gahunda yo kugaburira abana ku mashuri, guverinoma itanga inkunga ya 56Frw kuri buri munyeshuri, [ku ifunguro ry’umunsi], bingana na 40%.

    Ni ukuvuga ngo kugira ngo umunyeshuri abashe kugaburirwa ku ishuri, umubyeyi we asabwa kwishyura andi 94Frw asigaye, angana na 60%. Umubyeyi yemerewe kuyatanga ari amafaranga cyangwa agatanga ibiribwa biyasimbura nk’uko biteganywa n’amabwiriza yashyizweho na leta.

    Hagendewe ku kuba umunyeshuri asabwa kwishyura 94Frw buri munsi, bivuze ko ku kwezi ashobora kwishyura 1.974Frw, ku gihembwe akaba 5.922Frw. Muri rusange umwana asabwa kwishyura 17.860Frw.

    Abishyura ibintu bivunjwa amafaranga, batanga inkwi, ibiribwa birimo ibishyimbo, imboga, ibirayi, ibitoki, imyumbati n’ibindi. Ibi bishobora kugenda bihinduranywa hagendewe ku byo ishuri rigaburira abanyeshuri.

    Kugira ngo bikorwe neza, Inama y’Ababyeyi ya buri shuri ni yo iterana hamwe n’ubuyobozi bw’ishuri bakemeza ibizajya bitangwa mu ntangiro za buri gihembwe.

    Gusa komite ishinzwe iyi gahunda yo kugaburira abana ku mashuri muri buri karere ni yo ifata umwanzuro ku ngano y’ibigomba gutangwa n’ababyeyi bijyanye n’ibirirwa biboneka muri ako gace ndetse n’ibiciro byabyo.

    Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri itaratangira, hari abana bigaga amasomo ya nyuma ya saa sita basinzira abandi bayura kubera inzara, mu gihe abandi batahaga bakagaruka ku ishuri bakerewe kubera ko basanze ibiryo bitarashya cyangwa se kubera urugendo rurerure.

    Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko muri uyu mwaka w’ingengo y’imari, yashoye miliyari 27 Frw mu kwagura gahunda yo kugaburira abana ku mashuri by’umwihariko abo mu y’incuke, abanza n’ayisumbuye

    Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard, yavuze ko Guverinoma igiye kongera amafaranga muri gahunda yo kugaburira abana ku mashuri

  • Gahunda yo kwakira inkingo, impamvu hari abapfuye barakingiwe … Ibisobanuro bya Minisitiri w’Ubuzima – #rwanda #RwOT

    Gukingira abaturage ku bwinshi ni yo ntwaro yitezwe n’ibihugu mu guhashya Covid-19, aho nko mu byamaze gukingira umubare munini w’abaturage, ubu ingamba zimwe na zimwe zo kwirinda zatangiye koroshywa.

    Muri Gashyantare 2021, ni bwo hatangijwe gahunda ya Minisiteri y’Ubuzima yo gukingira amatsinda y’abafite ibyago byinshi byo kwandura by’umwihariko abari mu nzego z’ubuzima, abageze mu zabukuru, abafite ibindi bibazo by’ubuzima n’abandi.

    Intego y’u Rwanda ni ugukingira nibura 30% by’abaturage kugera mu mpera ya 2021 na 60% kugera ku mpera ya 2022.

    Ni umuhigo ugoye kugerwaho mu gihe ibihugu bikize ku Isi bikomeje kwikubira inkingo bigatuma kugeza ubu ibyinshi bya Afurika bitarakingira abaturage babyo nibura barenga 5%.

    Inkingo u Rwanda rwakira zirimo izigurwa, izigomba gutangwa binyuze muri gahunda ya COVAX no muri gahunda ya Afurika Yunze Ubumwe ndetse n’izigenda zitangwa n’ibihugu by’inshuti.

    Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel, yavuze ko buri Cyumweru igihugu kiri kugenda cyakira inkingo zituruka ahantu hatandukanye ndetse by’umwihariko no kuri uyu wa Kabiri tariki 27 Nyakanga 2021, biteganyijwe ko hari izindi za Pfizer zizagera mu Rwanda.

    Ati “Inkingo ni ikintu dukomeje gushyiramo ingufu kugira ngo n’abatarazibona bazibone. Mwarabibonye ko buri Cyumweru dusigaye tubona inkingo ziza ndetse no ku wa Kabiri tuzakira izindi nkingo za Pfizer tugiye gutanga ibihumbi 56.”

    Yakomeje agira ati “Turi kugenda duha ibyiciro bitandukanye tuzirikana uturere twose uko tubabaye duhereye ku tubabaye kurusha utundi birumvikana.”

    Minisitiri Dr Ngamije yavuze ko nubwo inkingo zikomeje kuba ikibazo gikomeye hirya no hino ku Isi, u Rwanda ruzakomeza gukora ibishoboka byose izibonetse zigasaranganywa abari mu byiciro bifite ibyago byo kwibasirwa n’iki cyorezo cyane.

    Ati “Umugambi ni uko mbere y’uko umwaka urangira tuzagera ku turere twinshi nibura n’utudaheruka kubona inkingo nabo bakazibona duhereye ku bantu bashobora kuzahazwa n’iyi ndwara ariko bari no mu mirimo byose tukabikorera hamwe kugira ngo turebe uko twarinda Abanyarwanda. Ni ugusangira bike bihari, ntabwo biba byoroshye.”

    Kuva u Rwanda rutangiye ibikorwa byo gukingira ku wa 5 Werurwe 2021, rumaze gutanga inkingo ku baturage 426.558 bakingiwe byuzuye mu gihe 1.171 ari bo bamaze guhabwa dose ya mbere ariko batarahabwa iya kabiri.

    Guverinoma ikomeje gushaka inkingo hirya no hino, yaba izo igura n’izo ihabwa n’ibihugu by’inshuti

    Igitera uwakingiwe kwandura, akaremba ndetse agapfa

    Hari Raporo iherutse gushyirwa ahagaragara na leta ya Israel igaragaza ko inkingo za Covid-19 zakozwe na Pfizer-BioNTech zidafite ubushobozi bwo kurinda umuntu ubwandu bushya bwa virusi itera Covid-19, yihinduranya buzwi nka ‘Delt’.

    Iki gihugu cyavugaga ko urukingo rwa Pfizer-BioNTech rufite ubushobozi bwo kurinda uwarufashe ubwandu bushya ku gipimo cya 64%.

    Ibi ariko byiyongera ku kuba hirya no hino ku Isi hagenda hagaragara abantu batari bake baba barahawe inkingo dose ebyiri zagenwe ariko Covid-19 igakomeza kubahitana umunsi ku munsi.

    Minisitiri Dr Ngamije yavuze ko nko mu Rwanda aho byagaragaye ari ku bantu bari barakingiwe bakaza kwandura Covid-19 basanzwe bafite izindi ndwara zidakira.

    Ati “Inkingo zifite ubushobozi. Ku bantu bakingiwe, abapfuye babaga bafite n’ibindi bibazo by’ubuzima basanganywe kandi bigeze aho bigoye kugira ngo bakire, umuntu afite Cancer imaze gukwira umubiri wose, Covid-19, na yo ijemo, yabonye urukingo yego […] n’iyo Covid-19 itaza kuza kubera ko iyo Cancer yari imaze gukwira umubiri wose n’ubundi yari gupfa.”

    Yakomeje agira ati “Abapfuye rero bari basanzwe bafite ibindi bibazo by’ubuzima bikomeye na ho ubundi urukingo kugeza ubu iyo ukoze isesengura, abakingiwe bose […] hari abarwara bashobora kwandura no kwanduza ariko usanga bafite ibimenyetso bike, babyitwaramo neza. Keretse wenda uwabonye urukingo rumwe akarwara atarabona urwa kabiri.”

    Ubushakashatsi bwasohotse mu kinyamakuru The New England Journal of Medicine, bwagaragaje ko abantu bafashe dose ebyiri z’inkingo za Pfizer cyangwa AstraZeneca, umubiri wabo ufite ubudahangarwa bwo guhangana n’ubwoko bushya bwa Virus yihinduranyije izwi nka Delta.

    Ubu bushakashatsi bwasohotse tariki ya 22 Nyakanga 2021, bwagaragaje ko umuntu wafashe dose ebyiri za Pfizer, aba afite ubudahangarwa bw’urukingo buri ku kigero cya 88% kuri virusi ya Delta.


  • Bibye arenga miliyari 3 Frw: Uko ‘Forkbombo’, abajura bari barayogoje amabanki yo mu karere bahagamwe n’u Rwanda – #rwanda #RwOT

    Mu myaka yo hambere byari bigoranye kumva ko muri Afurika hari abantu bafite ubuhanga bwo kwinjira mu ikoranabuhanga rya banki bakayicucura miliyoni z’amadorali, bakabikora umwaka wa mbere uwa kabiri n’uwa gatatu.

    Abakurikiranye isomwa ry’urubanza rw’iri tsinda ryari rigizwe n’Abanyarwanda 11, Abanyakenya 10 n’Umugande umwe batunguwe no kumva ubuhanga ryakoresheje mu gucucura banki zo muri Kenya, Uganda n’u Rwanda bafashwe bamaze iminsi mike bototera.

    Abakatiwe ni Dedan Muchoki Murikuki, Robert Kagabo, Julius Kayitana, Eric Dickson Njagi Mutegi, Steve Maina Wambungu, Godfrey Gachiri Githinji, Reuben Kirongothi Nwangi, Samuel Wachira Nyuguto, Damaris Njeri Kamau, Kinyua Erickson Macharia, Kabera Seth, Ngabitsinze Eric, Kankunda Sareh , Apiini Fabrice, Uwingeneye Mediatrice, Rutaboba David, Dukundimana Jean Claude, Uwiringiyimana James, Katabogama Abel na Dorcas Nduta Gakuno.

    Igiteranyo cy’amafaranga yose aba bajura bibye ntikizwi neza, gusa hari amakuru avuga ko abarirwa muri miliyoni 400 Ksh (angana na miliyari 3.6 Frw).

    Ubwo hatangazwaga inkuru y’uko aba bantu bakatiwe n’urukiko, The Nation yakoze inkuru igaragaza ko akarere kose kiruhukije ndetse inagaruka ku mateka yihariye y’iri tsinda n’uburyo ryakoragamo ibi bikorwa by’ubujura.

    Ryatangijwe n’uwahoze ari umupolisi wa Kenya

    Mu 2010 ubwo Kenya yari yugarijwe cyane n’ubujura bukoresha ikoranabuhanga, bwibasiraga cyane ibigo by’imari n’ibigo by’itumanaho, Urwego rw’Ubugenzacyaha muri Kenya, DCI rwashyizeho itsinda ry’abakozi bayo rishinzwe gukurikirana ibi byaha mu buryo bwihariye.

    Iri tsinda ryahawe izi nshingano mu 2010 ryari rimo na Calvin Otieno Ogalo, umupolisi wari umuhanga cyane mu by’ikoranabuhanga akaba n’umusore muto uzi gucukumbura.

    Kugeza mu 2012 Calvin Otieno Ogalo yari amaze gutahura abenshi mu bari bihishe inyuma y’ubu bujura, gusa aho kugira ngo abate muri yombi ahubwo yarabahuje ashinga umutwe waje kuyogoza akarere kose mu myaka mike yakurikiyeho.

    Uyu mutwe yashinze wari urimo Alex Mutungi Mutuku wamenyekanye cyane ubwo yinjiraga mu ikoranabuhanga rya sosiyete y’itumanaho ya Safaricom akiha ‘Airtime’ y’ibihumbi 20Ksh nta giceri na kimwe yishuye.

    Wari urimo kandi Reuben Kirogothi Mwangi, Eric Dickson Njagi, Godfrey Gachiri, Erickson Macharia Kinyua, Stanley Kimeu Mutua, Henry Achoka, Duncan Bokela, Martin Murathe, David Wambugu, Albert Komen na James Mwaniki.

    Kubera ubufasha bahabwaga na Calvin Otieno Ogalo, mu gihe gito aba basore bavuye ku kwiba amafaranga make baba abajura ba za miliyoni z’Amadorali.

    Kubera imikorere idahwitse mu 2012 Calvin Otieno Ogalo yaje kwirukanwa na DCI. Uku kwirukanwa kwamubereye amahirwe yo kunoza imikorere y’iri tsinda yari ayoboye mu ibanga maze ahita arihinduramo umutwe yise ‘Forkbombo’.

    Mu myaka mike yakurikiyeho batangiye kwiba ibigo bikomeye, kuva kuri Daily Nation na NCBA Bank kugeza ku Kigo cy’Imisoro n’Amahoro muri Kenya (KRA).

    Uyu mutwe wamenyekanye cyane ubwo watinyukaga kwinjira mu ikoranabuhanga ry’Isanduku ya Leta, ukagaragaza ko hari abantu bagomba kwishyurwa miliyoni 80Ksh bikarangira bazitwaye.

    Bivugwa ko muri ubu bujura, abagize iri tsinda bashyiraga porogaramu bakoresha mu kwiba muri mudasobwa z’ikigo bshaka kwiba. Ku bujura bwakorewe KRA ho ngo bafashe laptop yabo bayinjiza aho iki kigo gikorera itangira gukora nka ‘server’.

    Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro cya Kenya cyo iri tsinda ryabaye nk’aho rikigira ayo ifundi rigira ibivuzo, kuko ryakibye induru zikavuga. Byageze n’aho batangira kugenzura ikoranabuhanga ryacyo ku buryo bakoranaga n’abacuruzi b’imidoka bakabishyura ubundi imodoka baguze zikagaragara mu ikoranabuhanga nk’izishyuriwe imisoro kandi byahe byo kajya. Bivugwa ko binyuze muri ibi bikorwa KRA yahombye miliyari 3,9 Ksh.

    Iri tsinda ryari rigizwe n’abasore b’abahanga mu by’ikoranabuhanga

    Barafashwe, abasigaye bimurira ibikorwa Uganda

    Abagize Forkbombo bakomeje ibikorwa byabo by’ubujura, bayogoza abantu karahava ndetse baba nk’abashyekewe, kugeza mu 2017 ubwo bageragezaga kwiba bashaka kwiga Ikigo cy’Imari cya Polisi (the Kenya Police Sacco).

    Kuri iyi nshuro umenya ya minsi 40 yari yageze ku bagize Forkbombo kuko 11 muri bo bahise batabwa muri yombi ndetse haboneka n’ibimenyetso byo kubashinja mu kirego baregwagamo kwiba RRA.

    Ku ikubitiro hafashwe 10 barimo na Calvin Otieno Ogalo, Alex Mutungi Mutuku aza gufatwa nyuma y’icyumweru. Muri ibi bihe uyu mutwe wabaye nk’aho ucitse intege ndetse benshi batangira kwiyumvisha ko utazongera gukora.

    Mu rwego rwo kuziba icyuho, Reuben Kirogothi Mwangi wafatwaga nka nimero ya gatatu muri Forkbombo yatangiye kwegeranya bagenzi be batari barafashe na polisi barimo Erick Dickson Njagi, Godfrey Gachiri na Erickson Macharia Kinyua.

    Nyuma yo kwiyemeza gusubukura ibikorwa byabo binjije abandi basore muri iri tsinda barimo uwitwa Dedan Muchoki Muriuki, Samuel Wachira Nyuguto, Damaris Njeri Kamau na Steve Maina Wambugu.

    Kubera umutekano wari warakajijwe kandi bagenzurwa buri munsi, aba basore ntiborohewe no kongera kwiba muri Kenya, ahubwo bafashe umwanzuro wo kwimurira ibikorwa byabo muri Uganda. Gusa iki gihe mu buryo bw’ibanga inzego z’umutekano muri Afurika y’Iburasirazuba zari zaratangiye kujya zihana amakuru kuri iri tsinda.

    Mu 2018, Forkbombo igizwe n’abanyamuryango bashya yinjiye muri Uganda, maze Polisi ya Kenya na yo iburira iy’iki gihugu ko Uganda ishobora kuba igiye kugwa mu kaga ku bujura butigeze bubaho.

    Nyuma y’igihe biga iri soko rishya, muri Kamena 2019, Mwangi n’itsinda rye bagabye igitero kuri Development Finance Company of Uganda (DFCU Bank) maze bayicucura miliyoni 244 Ksh. DFCU Bank yamenye ko iri kwibwa hashize ukwezi.

    Muri ubu bujuru abagize Forkbombo bifashishije abakozi babiri ba DFCU Bank kugira ngo babafashe gushyira porogaramu bakoreshaga mu mashini zo ku kazi kabo.

    Abagize Forkbombo bakoresheje ikoranabuhanga bafashe ‘debit cards’ z’abakiliya DFCU Bank yari yaramaze kwakira kuko zarengeje igihe ngo ibahe izindi nshya maze bazisubiza ku murongo batangira kugenda bazibikuzaho amafaranga gake gake.

    Byagiye kugera muri Nyakanga 2019 DFCU Bank imaze kwibwa miliyoni 244 Ksh hakoreshejwe ubu buryo. Iyi banki yaje kugeza ikirego kuri Polisi ya Uganda maze abakozi bayo babiri batabwa muri yombi, hanafashwe kandi abandi bantu babiri Forkbombo yakoreshaga mu kubikuza aya mafaranga.

    Nyuma yo kwiba aya mafaranga Forkbombo yabaye nk’ituje kugira ngo igabanye ukumvikana kwayo mu bashinzwe umutekano ari na ko abayigize bacura imigambi yo kwinjira ngo bayogoze n’u Rwagasabo.

    Mu 2017 abenshi mu bari bagize iri tsinda barafashwe

    Uko itsinda rya Forkbombo ryinjiye ku butaka bw’u Rwanda

    Forkbombo yinjiye ku butaka bw’u Rwanda mu ntangiriro z’Ukwakira 2019 ndetse abayigize batangira kwiga ikibuga cy’aho yagombaga gukorera, ni ukuvuga mu Mujyi wa Kigali.

    Bijya gutangira, ku wa 25 Ukwakira 2019, Ibiro bya Interpol muri Uganda (National Central Bureau-NCB) byandikiye iby’i Kigali, biyimenyesha ko Umunya-Kenya Dedan Muchoki ashakishwa ku byaha byo kwiba banki yakoreye muri Uganda na Kenya.

    Abagize inzego z’ubutasi bamenyesheje Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, ko abo ba-hackers bashakaga kwiba banki enye zirimo na Equity Bank y’Abanya-Kenya.

    Iri tsinda ryari rigizwe n’abantu 20 barimo Abanya-Kenya umunani, Umunya-Uganda umwe ndetse ryari ryamaze no kwinjizwamo Abanyarwanda 11. Aba bose bahamijwe ibyaha bifitanye isano n’ubujura mu by’ikoranabuhanga.

    Bakigera mu gihugu, amakuru yari yamaze kumenyekana ko bahari ndetse n’ubuyobozi bwa Equity Bank, Ishami rya Kigali, bubimenyesha inzego z’umutekano.

    Mu gutangira, iri tsinda ryakoreshaga amayeri yo kwiyegereza abarimo abakozi bo mu rugo n’abandi badafite amikoro; icyo gihe RIB yahise itungirwa agatoki ko Forkbombo yatangiye gushaka abo bakorana.

    Kugeza iki gihe amakuru y’ibanze yari yamaze kuboneka kuko iri tsinda ryari rimaze igihe mu Rwanda ariko RIB n’abakozi ba Equity bakomeza gutegereza igihe habaho gukoma imbarutso ku buryo bahita babafata.

    Mu bajura bibye Uganda hafashwemo umwe witwa Martin, uyu yaje gukoreshwa kugira ngo abinjiye mu Rwanda bafatwe; bityo binyuze muri Bariyo Andrew (Security Officer wa Equity Bank Rwanda), yatanze nimero z’uwitwa Kiiza Rogers byavugwaga ko azafasha rya tsinda ry’abajura ryari ryinjiye mu Rwanda. Izo nimero zahawe uwafatiwe i Bugande, na we aziha Dedan Muchoki Muriuki wari mu bagize iryo tsinda.

    Nyuma yo kubona nimero za telefoni za Kiiza Rogers, RIB yatangiye gukurikirana ingendo n’ibikorwa by’ako gatsiko k’abajura.

    Ku wa 23 Ukwakira 2019, Dedan yageze mu Rwanda ahita ahamagara Kiiza Rogers amubwira ko yahawe nimero ze kugira ngo amufashe, amusaba ko bahura ageze i Kigali.

    Ku mugoroba w’uwo munsi, Kiiza yahuriye na Dedan mu kabari i Remera, yamusanganye n’uwitwa Seth Kabera na Robert Kagabo bahicara umwanya muto, baza kuhava bajya ahandi bagiye gushaka ibyo kurya.

    Icyo gihe bahise bimukira mu kabari ka Master Grille, ari na ho abandi barimo uwitwa Erickson Kinyua Macharia alias Stevo, Damaris Njeri Kamau n’umukobwa w’inshuti ye bita Sonia n’undi mukobwa, baje kubasanga saa Mbili n’igice za nimugoroba.

    Mu byo baganiriye, abari kumwe na Dedan bamubajije niba bakwizera Kiiza Rogers ngo bakomeze ibiganiro byabo, abasubiza ko nta kibazo. Bamubajije niba afite konti muri Equity Bank na ATM, ababwira ko ayifite, bamubaza amafaranga ashobora kubikuza muri banki akoresheje ATM ku munsi arayababwira.

    Seth Kabera na Robert Kagabo babajije ingano y’amafaranfa bazajya bahabwa nyuma yo gushyirirwa amafaranga kuri konti nk’uko Dedan yari amaze kubibasobanurira, abasubiza ko bazasigarana 40% na ho 60% akajya ku mukoresha wabo muri Kenya. Muri ayo 40% bari gusigarana, 20% yari guhabwa uwatanze konti, andi 20 % agahabwa abo Banyakenya.

    Ibiganiro bagiranye kuri uwo mugoroba babicumbitse bitarangiye ndetse banzura ko babisubukura mu gitondo.

    Kiiza Rogers yahise ajyana Dedan na Dickson mu modoka ye, abajyana aho bagombaga kurara ku Kimironko muri Light House, abakobwa bajya kurara ukwabo.

    I Nyabugogo ni ho hatangiriye kugeragerezwa ubujura

    Ku munsi wakurikiyeho, mu gitondo saa Kumi n’Ebyiri ku wa 24 Ukwakira 2019, Kiiza yageze aho bari baraye, Robert na Seth baza bahamusanga basanga ari kumwe na Dedan. Dickson na we yahise abasanga, Kiiza abashyira mu modoka arabatwara.

    Seth na Robert bagiye ukwabo ariko basabye Kiiza kubajyana ahantu bashobora kuganirira, abarangira muri Olympic Hotel ari na ho Damaris na Sonia babasanze, bahita bahindura ibyicaro bamusaba ko yabajyana mu mujyi. Bageze Kimironko, Damaris na mugenzi we barasigara, agumana mu modoka na Dedan na Dickson, bamubwira ko Damaris agiye kujyana na Robert mu modoka yabo.

    Dedan, Kiiza na Dickson bagiye mu mujyi bahageze, bamusaba ko abajyana Nyabugogo, bajyayo bahasanga irindi tsinda ririmo abantu batanu ari bo Eric Dickson Njangi Mutegi, Godfrey Gathinji Gachiri, Samuel Wachira Nyoguto, Reuben Kirongothi Mwangi na Steve Maina Wambuga.

    Bavuye mu modoka baravugana, Kiiza asigaramo ariko hashize umwanya bagarukamo bamubwira ko bagenzi be barimo gukora igerageza ryo kureba ko amafaranga bakura kuri konti z’abantu bari bateganyije kwiba yashyirwa kuri konti zo kwibiraho bari bahawe n’abantu batandukanye ndetse bakaba bashobora no kubikuza ayo mafaranga.

    Kiiza, Dedan na Erickson bavuye Nyabugogo saa Cyenda z’amanywa, basubira mu kabari kitwa Naster Grille kari i Remera Gisimenti, bahura n’itsinda ririmo Robert Kagabo, Seth Kabera na Damaris Njeri, baraganira bisanzwe babwirwa ko bari muri testing ko igikorwa kizakorwa bucyeye bwaho, ku wa 25 Ukwakira 2019.

    Kiiza nk’umuntu wari inkingi ya mwamba muri iki gikorwa, yabwiye Seth Kabera na Robert Kagabo ko bamuha konti z’abantu babashije kubona kugira ngo na we azimenyeshe Equity Bank.

    Icyo gihe bamuhaye izo konti kuri WhatsApp hakoreshejwe nimero za Seth na we azoherereza Bariyo Andrew (security officer) kugira ngo babashe kugenzura izo konti.

    Kuri wa munsi bari biyemeje, ni ukuvuga tariki ya 25 Ukwakira 2019, Kiiza, Dedan na Erickson Macharia bazindukiye i Nyabugogo guhura na rya tsinda ryariyo ngo banoze uburyo bukoreshwa mu kubikuza amafaranga, bamaze kuvugana naryo basubiye i Remera.

    Bahise bajya ku Gisimenti bahura na Robert, Seth, Damaris Njeri na Eric Ngabitsinze wari wayobotse ibyo bikorwa kuri uwo munsi ndetse ni we babanje koherezaho amafaranga.

    Yajyanye na Erickson [Stevo] kuyabikuza bakoresheje ATM ya Eric Ngabitsinze, bageze ku cyuma biranga bagaruka bavuga ko bidakunze. Nyuma yo gusobanuza, basubiyeyo ariko Stevo abagira inama yo kwegera ahari icyuma kugira ngo birinde ingendo za hato na hato. Bafashe umwanzuro wo kuhava begera icyuma.

    Ngabitsinze na Erickson basubiye ku cyuma abandi baguma mu modoka cyane ko n’imvura yagwaga, mu kugaruka bavuyeyo ni bwo basanze bagenzi babo bamaze gufatwa n’abagenzacyaha ariko Ngabitsinze aracika.

    Bakimara gufatwa, bavuze ko hari n’irindi tsinda riri Nyabugogo bakorana, abarigize na bo barashakishwa barafatwa.

    Abagize iri tsinda bagerageje gukura amafaranga kuri konti z’abakiliya ba Equity Bank bagera kuri 23, ariko izabashije kubikuzwa ni umunani gusa, cyane ko Equity yari yamenye amakuru ya zimwe muri konti bari bushyireho amafaranga [zari zatanzwe na Kiiza Rogers] ikagenda izigenzura ndetse ikanazifunga. Amafaranga yari amaze kubikuzwa muri ubwo buryo ni 2.944.283 Frw.

    Raporo ya Preliminary Forensic Evidence ya Equity Bank igaragaza ko kugira ngo umugambi wo kwiba bawugereho bafunguye icyo bise EmCert ID, application ishyirwa muri mudasobwa cyangwa ikaba ishobora kubafasha kwinjira mu mirongo ya banki itandukanye.

    Iyo raporo yagaragaje ko ubwo buryo bwafunguriwe muri Kenya ku wa 19 Ukwakira 2019, buba ariho bugenzurirwa hakoreshejwe telefoni ya Dorcas Nduta Gakupio, uyu akaba ari umugore wa Samuel Wachira Nyuguto uri mu bashinze, akanayobora iri tsinda.

    Urubanza rw’ubu bujura rwamaze imyaka ibiri ndetse aba bahamywa ibyaha bitandukanye birimo kugera mu buryo butemewe ku makuru abitse muri mudasobwa cyangwa mu rusobe rwa mudasobwa, kugera ku makuru hagambiriwe gukora icyaha, guhindura amakuru yo muri mudasobwa cyangwa urusobe rwa mudasobwa utabyemerewe no kwinjira mu makuru abitse muri mudasobwa cyangwa mu rusobe rwa mudasobwa.

    Nubwo Forkbombo yibukirwa mu mateka, haracyari andi matsinda y’aba-hackers bakomeje kugusha mu bihombo banki n’ibindi bigo. Nka OnNet Africa ni kimwe mu bigo byagaragaje ko byinjiriwe mu bihe bitandukanye.

    Abanyamuryango ba Forkbombo batari bagikorana na Reuben Mwangi bahise bashinga “Silent Cards” ndetse mu 2019 yagabye ibitero kuri banki yiba miliyoni Sh400.


  • Umugabo w’i Rwamagana ‘yiteye icyuma mu nda’ #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Urugi rw
    Urugi rw’icyumba cy’inzu ya Tuyishimire aho bivugwa ko yiyahuriye

    Umugore wa Tuyishimire witwa Mukashyaka Rachel avuga ko umugabo we yageze mu rugo mu ma saa moya z’umugoroba avuye ku wundi mugore, abwira umwana we w’imyaka itanu ati ‘Imana izambabarire ndagiye’, anasezera kuri uwo mwana, yinjira mu nzu ahitira mu cyumba.

    Nyuma y’iminota mike Mukashyaka n’abaturanyi ngo bumvise Tuyishimire arimo kwanirira mu cyumba, basanga yiteye icyuma munsi y’agatuza aho inda itangirira, bihutira kumujyana kwa muganga kugira ngo bagishinguzemo(banamuvure).

    Umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima cya Nyagasambu, Christophe Bihibindi avuga ko bakiriye uwo murwayi, babonye arembye bamwohereza ku bitaro bya Rwamagana, icyakora kugeza ubwo twandikaga iyi nkuru ntacyo ibyo bitaro byari byatangariza umuryango wa Tuyishimire ku bijyanye n’ubuzima bwe.

    Mukashyaka Rachel avuga ko ikibazo basanzwe bafitanye n’umugabo we ari uko yamuharitse undi mugore, akaba ngo yamugiraga inama y’uko yakwitwara, ndetse ko ntacyo yishinja kijyanye no kumuhutaza.

    Mukashyaka avuga ko yari yaremereye umugabo we (Tuyishimire) kujya asambana n’uwo mugore w’inshoreke, ariko agasabwa gutaha hakiri kare akirinda kurarayo.

    Mukashyaka yagize ati “Yagendaga, akajya kuri uwo mugore yamara iminsi akagaruka, ubwa mbere yamaze nk’ibyumweru bibiri avayo ari uko tugiye kumucyura ndi kumwe n’ushinzwe umutekano, ambwira ko impamvu yiyahuye ari uko yanze kutureka twese, kuko ngo aradukunda twembi”.

    Mukashyaka n’abaturanyi be barimo Uwamurengeye Seth waduhaye aya makuru, bavuga ko atari ubwa mbere uwo mugabo arokotse umugambi wo kwiyahura.

    Bavuga ko mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2021 Tuyishimire yashatse kwitera icyuma baramubuza, ubwa kabiri mu kwezi kwa Mata na bwo ngo yamize ibinini byinshi cyane, bamuha amata arahembuka.


  • Hari abakeka uburiganya mu kurebwa cyane kw’indirimbo ya Meddy iherutse gusohoka #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nyuma y’iminsi 2 gusa yari imaze kurebwa n’abarenga miliyoni kuri YouTube, ibintu byishimiwe n’abafana be ndetse abandi batangira kubikemanga.

    Uwa mbere wahise abikemanga ndetse yemeza ko hari uburyo Meddy ashobora kuba yaguze views akoresheje software yabigenewe kugira ngo yerekane ko ari igitangaza, ni uwitwa The Cat uzwi cyane kuri instagram.

    Yagize ati “Finally Meddy arafashwe c’est mathematiquement impossible, ibaze kugura views ngo uce kuri Juno na Wayz, ibi bintu nabiherukaga kuri Harmonize, Ali Kiba na Burna Boy. Ibi ni fakeee saaana ese wihanganye ugashimira utu views ducye ubonye byagutwara iki, ndabaza, bafana mwihanganire umukobwa wanyu pressure ibaho”.

    Hari abatarakemanze uburyo uyu The Cat yakomeje kurwanya iyi ndirimbo ya Meddy bakemaza ko ahubwo ashobora kuba ari mu kazi ko gusakaza iyi ndirimbo.

    Uwitwa Mahirwe yagize ati “Erega The Cat aba ari mu kazi kose aba ari muri promotion baba babiziranyeho, ubu se iyo avuze atyo mwese ntimwirukankira kuri you tube kureba uko bimeze so, mbona ari agakino badukina”.

    Abenshi ndetse n’abanyamakuru batandukanye bashimye akazi kakozwe na Meddy bemeza ko indirimbo yakoze ari nziza.

    Hari abandi bakomeje guterana amagambo n’uyu mugabo witwa The Cat bemeza ko impamvu ahora ahanganye na Meddy, ari uko atajya amucaho ngo amufashe gusakaza indirimbo ze kugira ngo amuhe amafaranga.

    Umwe yagize ati “Jya wemera wangu nta competition uriho na Meddy kuko ni international kandi isi yose ntihuje amasaha n’u Rwanda”.

    Undi yagize ati “The Cat ntugakabye rwose Meddy yakoze indirimbo y’imyaka nta n’ubwo ari imyaka, ibi bigaragaza ko yakoze cyane, ca bugufi wemere ko uyu muhungu afite impano kandi uzanamusabe imbabazi”.

    Iyi ndirimbo ya Meddy My Vow, yagiye kuri YouTube tariki ya 22 Nyakanga 2021, kugeza ubu imaze kurebwa n’abarenga miliyoni imwe n’ibihumbi 300 ni indrimbo yakozwe na Madebeat afatanyije na Licky.

  • Tunisia: Perezida yirukanye Minisitiri w’Intebe anasubika ibikorwa by’Inteko Ishinga Amategeko #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida wa Tunisia, Kais Saied
    Perezida wa Tunisia, Kais Saied

    Iyo myanzuro Perezida wa Tunisia yayitangaje nyuma y’umunsi waranzwe n’imyigaragambyo y’abaturage hirya no hino mu gihugu.

    Ibyo byari bikubiye mu itangazo ryasohowe na Perezidansi ya Tunisia mu ijoro ryo ku wa 25 Nyakanga 2021, nyuma y’inama idasanzwe yahuje Perezida Kais n’inzego za Gisirikare n’iza Polisi.

    Perezida Kais Saied kandi yanavuze ko ahagaritse ibikorwa by’Inteko Ishinga Amategeko mu gihe cy’iminsi 30.

    Perezida Kais yatangaje ko we ubwe agiye gukurikirana ibikorwa byose bijyanye n’ubutegetsi, akazajya abifashwamo na Minisitiri w’Intebe mushya.

    Abatavuga rumwe na Perezida Kais, ngo bafite icyizere ko abaturage bazigaragambya kubera iyo myanzuro yafashe irimo n’uwo guhagarika ibikorwa by’Inteko Ishinga Amategeko.


  • Abongerewe iminsi ya Guma mu Rugo bagiye kongera guhabwa ibiribwa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abahawe ubufasha bw
    Abahawe ubufasha bw’ibiribwa bagiye kongerwa ibindi

    Yabitangarije mu kiganiro yagiriye kuri Radiyo Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki 26 Nyakanga 2021, ubwo yavugaga ku bijyanye n’iminsi itanu yongerewe ya Guma mu Rugo ku duce tuyisanzwemo, ikazatangira ejo ku ya 27 Nyakanga 2021.

    Minisitiri Gatabazi yavuze ko bataba barahaye ibiribwa abantu muri Guma mu Rugo y’iminsi icumi hanyuma yiyongereye barekere aho.

    Yagize ati “Ntabwo waba warafashije umuntu mu minsi icumi ishize ngo nibongeraho iminsi itanu umurekure, kuko ni urugendo n’ubundi. Ubu rero turiteguye, ubu mu Mujyi wa Kigali ibiryo byamaze gushyirwa mu modoka zigiye kubikwirakwiza mu mirenge, ku buryo guhera ejo bizatangira gutangwa”.