Tag: featured

  • Ubuhamya bw’umusore wari urimbuye umuryango we kubera gukerensa Covid-19 – #rwanda #RwOT

    Ibi nibyo byabaye kuri Mugenzi (amazina yahinduwe), wafashwe n’ibicurane n’inkorora mu ntangiriro za Kamena ariko akagira ngo ni ibintu bisanzwe, agafata umwanzuro wo gusubira iwabo mu Karere ka Rubavu, nyuma y’uko ibikorwa birimo na kaminuza yigagamo byari bimaze gufungwa mu rwego kwirinda ikwirakwira rya Covid-19 muri Kigali.

    Mugenzi utarigeze atekereza ko ashobora kwandura icyorezo cya Covid-19, na nyuma y’uko inshuti ye icyanduye, yageze iwabo agifite ubushobozi bwo kwanduza abantu iyi virus, nubwo ku giti cye yumvaga afite akagufu.

    Rwanda Today yatangaje ko yaje kwanduza ababyeyi be bombi ndetse bakajya mu bitaro aho bari bakeneye kongererwa umwuka, dore ko umwe mu babyeyi be ari mu cyiciro cy’abantu bazahazwa na Covid-19 kuko arwaye indwara idakira. Umuvandimwe we nawe yaje kwandura iki cyorezo, ariko ntiyazahara nk’ababyeyi be.

    Yagize ati “Byari bingoye kugemurura ababyeyi banjye ku bitaro ndi njye nyine, ariko gutekereza ko ari njye wazanye iki cyorezo mu rugo kandi nshobora kubura umuryango wanjye wose, byanteye ubwoba.”

    Yongeyeho ko atari akibona ibitotsi kubera uburangare yagize bwatumye ababyeyi be bandura Covid-19, ati “Namaze amajoro ntasinzira ndi gutekereza icyo nakora mu gihe ababyeyi banjye baramuka bitabye Imana kubera uburangare bwanjye. Nicujije impamvu naje mu rugo nubwo nari nzi ko yabonanye n’umuntu wanduye Covid-19. Nari mfite ubwoba budasanzwe.”

    Ku bw’amahirwe, ababyeyi ba Mugenzi baje koroherwa, uretse ko umubyeyi we yakuyemo indwara z’ubuhumekero zidakira, akaba ari no kuri iyi mpamvu Mugenzi asaba urundi rubyiruko kudatesha agaciro uburemere bwa Covid-19, cyane muri ibi bihe gahunda zirimo Guma mu Rugo zakuweho.

    Ati “Nakabaye naritaye kucyo nitaga ibicurane. Iyo abantu baza kuba biyumva uko ndi kwiyumva ubu, ntibakabaye bateza abandi ibyago [byo kubanduza Covid-19]. Nari ndangaye icyo gihe, ari nacyo kintu nakomeje guhangana nacyo.”

    Mu bihugu birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ubushakashatsi bwagaragaje ko urubyiruko rwagize uruhare mu gukwirakwiza Covid-19 ku babyeyi babo, kuko bajyaga mu mijyi bakayandurirayo ariko ntibazahaze, noneho bakayishyira ababyeyi babo mu gihe bagiye kubasura, bikaza kurangira bayirwaye ikabazahaza, bamwe ikanabica.

    Inzego z’ubuzima ziragira abaturage inama yo kwirinda Covid-19, bakipimisha inshuro nyinshi mu rwego rwo kumenya uko ubuzima bwabo buhagaze

  • Uruzinduko rwa Perezida Suluhu: Hitezwe iki ku masezerano ashobora gusinyirwa i Kigali? – #rwanda #RwOT

    Perezida Samia Suluhu yatumiwe na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame. Ategerejwe gukandagira mu Rwanda ku wa Mbere, tariki ya 2 Kanama 2021.

    Perezidansi ya Tanzania yemeje iby’uru ruzinduko, ivuga ko Perezida Samia azagirana ibiganiro byihariye na Perezida Kagame, ndetse biteganyijwe ko bazakurikirana isinywa ry’amasezerano atandukanye mbere yo kugira ikiganiro n’itangazamakuru.

    Itangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa Perezidansi ya Tanzania, Jaffar Haniu, rivuga ko uru ruzinduko ari intambwe nziza ku mubano uhuriweho.

    Riti “Urwo ruzinduko rw’iminsi ibiri rugamije kurushaho kunoza umubano n’imikoranire hagati y’u Rwanda na Tanzania.’’

    Perezidansi ya Tanzania ntiyigeze itangaza byeruye ibikubiye mu masezerano azashyirirwaho umukono mu Mujyi wa Kigali.

    Abasesenguzi ba Politiki yo mu Karere bavuga ko mu bishobora kuganirwaho hagati y’impande zombi harimo ibijyanye n’ubucuruzi, umushinga w’iyubakwa ry’umuhanda wa Gari ya moshi ndetse n’umutekano wo mu Karere.

    Tom Ndahiro wabaye muri Tanzania ndetse akaba akurikiranira hafi politiki y’ibihugu byombi, yabwiye IGIHE ko uruzinduko rwa Perezida Samia rugamije kunoza umubano uri mu bihe byiza.

    Yagize ati “Uru ruzinduko ruje neza no mu gihe Tanzania n’u Rwanda bimeranye neza. Hari byinshi dusanzwe duhuriyeho na Tanzania, umubano mwiza wakomeje kubaho cyane cyane mu gihe cya nyakwigendera Perezida Magufuli, uwo Samia yari abereye Visi Perezida.’’

    Yasobanuye ko mu mubano w’u Rwanda na Tanzania hari imbogamizi by’umwihariko mu bijyanye n’ubucuruzi zagiye zikurwaho cyane ko iki gihugu gikorana n’u Rwanda ubucuruzi bwinshi.

    Ati “Ibyari bibangamye byarakemuwe, birimo ubujura bwabagaho mbere aho ibicuruzwa byibirwaga ku byambu, twizere ko bitazongera.’’

    -  Ubucuruzi mu bishobora kwibandwaho

    Ndahiro yavuze ko u Rwanda na Tanzania bikorana ubucuruzi kuko ariyo nzira runyuzamo byinshi mu bicuruzwa bijyanwa n’ibivanwa mu mahanga.

    Raporo y’Ikigo cy’Ibarurishamibare yo muri Werurwe 2021, igaragaza ko ibicuruzwa u Rwanda rwakiriye biturutse muri Tanzania bifite agaciro ka miliyoni 33,75 $. Muri Gashyantare ibyari byatumijwe byari bifite agaciro ka miliyoni 27,97 $.

    Mu 2019, Ishoramari ry’Abanya-Tanzania ryanditswe mu Rwanda ryari rifite agaciro ka 5.461.583 $.

    Ndahiro ati “Igishoboka ni ugushimangira umubano wari usanzweho kurusha uko hari igishya cyatangira. Hari ibyari bisanzwe, byonyine niba inzira tunyuzamo ibintu byinshi biva n’ibijya mu mahanga binyura muri Tanzania bifite icyo bivuze. Iyo ibikorwa remezo byubatse neza, urugendo ruba rugufi kuko habaho kwihuta.’’

    Yongeyeho ko u Rwanda na Tanzania na mbere y’abakoloni byari bisanzwe bibana ariko hakwiye kureba icyakwiyongeraho.

    Ati “Niba bafite ibicuruzwa dukeneye, aho kubivana kure, twabivanye hafi hashoboka.’’

    Ndahiro avuga ko politiki ikwiye kwimakazwa ari ifitiye inyungu abaturage b’ibihugu byombi ndetse ikabateza imbere.

    -  Ibiganiro ku iyubakwa rya Gari ya moshi birarimbanyije

    Umwe mu mishinga migari witezwe hagati y’u Rwanda na Tanzania ni uwo kubaka umuhanda Gari ya Moshi w’ibilometero 532, uhuza Umujyi wa Isaka n’uwa Kigali.

    Amasezerano yo kubaka uyu muhanda uzatwara miliyari 3,6$ yashyizweho umukono ku wa 9 Werurwe 2018.

    Nyuma y’urupfu rwa Perezida John Pombe Magufuli uyu mushinga usa n’uwadindiye ariko kuri ubu wongeye guhabwa imbaraga.

    Ku wa 26 Nyakanga 2021, Minisitiri w’Ibikorwa remezo, Amb. Gatete Claver, yabwiye Abadepite ko Tanzania n’u Rwanda byasubukuye ibiganiro kugira ngo imirimo yo kuwubaka yihutishwe.

    Icyo gihe yagize ati “Twatangiye kuganira na Tanzania kuko nyuma y’icyo gihe nabwo hajemo amatora muri Tanzania hazamo n’ibyago bagize byo gupfusha umukuru w’igihugu akazi kagenda buhoro. Ubu twongeye kubisubukura no mu byumweru bibiri bishize twaganiraga na Tanzania kuri iki kibazo noneho dutangire dukore kuko ibyangombwa bindi byose byararangiye.”

    Ndahiro yavuze ko mu ruzinduko rwa Samia Suluhu, “uyu mushinga ushobora kuvugwaho kuko ukomeye cyane.’’

    Iyi Gari ya moshi yitezweho koroshya ingendo z’abantu n’ibicuruzwa bihererekanywa hagati y’ibihugiu byombi.

    Ati “Abenshi ntibatekereza kubaka gari ya moshi icyo byamara. Ituma ibiciro by’ibicuruzwa, ibyinjira mu gihugu bigabanuka ibiciro. Ibyo bigira akamaro mu iterambere ry’igihugu, iry’inganda n’ubucuruzi kuko n’inyungu ibivamo iriyongera.’’

    Mu ntangiriro za Nyakanga 2021, byatangajwe ko Hyundai Rotem yo muri Korea y’Epfo yatsindiye isoko rya miliyoni $296.5 ryo gutanga ibice bya Gari ya moshi ikoresha amashanyarazi, bigenewe Tanzania Railway Corporation.

    Bizashyirwa mu muhanda uhuza Dar es Salaam na Makutupora mu mushinga wagutse uzagera i Kigali, ukaba wakomereza i Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

    Tanzania ifite umushinga wagutse wa “Julius Nyerere Hydropower Station”, uzatanga amashanyarazi angana na megawatts 2,115 witezweho gutanga Gigawatt 5,920 ku mwaka.

    Ndahiro yavuze ko aya mashanyarazi ari menshi ku buryo ashobora gukoreshwa n’ibindi bihugu birimo n’u Rwanda cyane ko Gari ya moshi ruzakoresha izaba ikeneye ahamye, adacikagurika.

    Ati “Mu bindi mbona ni uko Tanzania ifite gaz y’umwimerere, bafite umushinga wo kubyaza amashanyarazi ahantu hazakorwa urugomero ruzabyara menshi kandi batazakoresha bonyine, natwe tukaba twayafataho. Uwo muriro ntushobora kuwukoresha wose, natwe twaba isoko ryawo.’’

    Uyu muriro ushobora kuba isoko nziza yo kwihaza k’u Rwanda nyuma y’aho amashanyarazi yagombaga kuva muri Ethiopia, akanyura muri Uganda, iki gihugu cyitambitse muri uwo mushinga.

    Ati “Tubinyujije muri Tanzania byadufasha kuko n’iyo gari ya moshi izaba ikoresha amashanyarazi kandi agomba kuba afatika.”

    U Rwanda rukeneye miliyari 1,3$ azarufasha kubaka inzira ya gari ya moshi ireshya n’ibilometero 138 mu gihe Tanzania ari na yo ifite igice kinini [394 Km] izakoresha miliyari 2,3$.

    -  Umutekano mu Karere no mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique uhanzwe amaso

    Perezida Samia agiye gusura u Rwanda nyuma y’uko mu minsi ishize abayobozi mu nzego nkuru bakoranye inama zitandukanye.

    Izi zirimo iyakozwe n’abayobozi bakuru mu nzego z’umutekano. Nko ku wa 9 Gicurasi 2021, Ambasaderi w’u Rwanda muri Tanzania, Major General Charles Karamba yahuriye na Minisitiri w’Ingabo wa Tanzania, Elias Kwandikwa i Dodoma, baganira ku ngingo zitandukanye.

    Nyuma y’umunsi umwe, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco, yakiriwe na mugenzi we uyobora ingabo muri Tanzania mu gihe IGP Dan Munyuza uyobora Polisi y’u Rwanda yari kumwe na Simon Nyakoro Sirro. Baganiriye byimbitse ku gucunga umutekano ku nyungu z’Akarere no kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka.

    Ndahiro yavuze ko mu byitezwe kuganirwaho harimo n’ibijyanye n’umutekano mu Karere.

    Ati “Ndibaza ko n’u Rwanda aho ruri mu gufasha Mozambique mu kurwanya ibyihebe, Tanzania ibifitemo inyungu.’’

    Tanzania iri mu Majyaruguru y’Uburengerazuba bwa Mozambique, ndetse iri mu bihugu bigirwaho ingaruka n’umutekano muke ubarizwayo. Iki gihugu cyakiriye neza icyemezo cy’u Rwanda cyo kohereza Ingabo n’Abapolisi 1000 mu bice birimo intambara by’umwihariko mu Ntara ya Cabo Delgado. Kuva ingabo z’u Rwanda zahagera zatangiye guhashya aba barwanyi b’Umutwe wa Al-Shabaab.

    Mu bindi byitezwe ko bishobora kuganirwaho harimo ubufatanye mu guhashya COVID-19, itumanaho, ubushakashatsi n’ibindi.

    Perezida Suluhu azasura Urwibutso rwa Kigali rwa Kigali ruri ku Gisozi ndetse n’Icyanya cyahariwe inganda kiri i Masoro mu Karere ka Gasabo, hazwi nka Kigali Special Economic Zone; ahaherereye AZAM, uruganda rutunganya ifarini, imitobe n’ibindi ikaba ifite ibikorwa byagutse muri Tanzania.

    Uruzinduko rwa Perezida Samia w’imyaka 61 mu Rwanda ni urwa kane azaba agiriye mu bihugu byo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba; ni nyuma ya Uganda yasuye muri Mata, Kenya yagendereye muri Gicurasi n’u Burundi yarimo muri Nyakanga 2021.

    Inkuru bifitanye isano: Perezida wa Tanzania ategerejwe i Kigali mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

    Perezida Samia Suluhu ategerejwe mu Mujyi wa Kigali mu ruzinduko rw’iminsi ibiri rwitezeho gukomeza kunoza umubano w’igihugu cye n’u Rwanda

  • Perezida Suluhu yageze mu Rwanda (Amafoto) – #rwanda #RwOT

    Samia w’imyaka 61 yageze i Kigali mu masaha ya saa tatu z’igitondo. Ku kibuga cy’Indege i Kanombe, yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta.

    Mu ruzinduko rwa Samia, byitezwe ko ibihugu byombi bisinyana amasezerano y’imikoranire agamije iterambere mu ngeri zitandukanye.

    Ku munsi wa mbere w’uruzinduko rwe mu Rwanda, Samia araza kwakirwa na Perezida Kagame muri Village Urugwiro bagirane ibiganiro no muri Kigali Convention Centre mu musangiro.

    Ku munsi wa kabiri ari nawo wa nyuma w’uruzinduko rwe, byitezwe ko Samia na Kagame bazasura inganda zitandukanye zikorera mu cyanya cyahariwe inganda kiri i Masoro.

    Aha i Masoro, hakorera Sosiyete 120 zirimo izitunganya umusaruro ukomoka ku buhinzi, ibikoresho byifashishwa mu burezi, izitunganya ibindi bikoresho byo mu nganda n’izindi.

    Kugeza ubu, iki cyanya kimaze kwinjiza miliyoni 800$ aturutse mu bicuruzwa byoherezwa mu mahanga mu gihe cyahanze imirimo 13.000.

    Perezida Samia Suluhu Hassan yageze i Kigali mu ruzinduko rwe rw’iminsi ibiri mu Rwanda

    Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta, niwe wakiriye Suluhu ubwo yageraga i Kanombe

    Perezida Samia Suluhu Hassan yaherukaga mu Rwanda mu 2016. Icyo gihe yari Visi Perezida wa Tanzania, yari yitabiriye inama ya AU

  • Perezida Samiya Suluhu yageze mu Rwanda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida Samiya Suluhu yageze mu Rwanda
    Perezida Samiya Suluhu yageze mu Rwanda

    Akigera ku kibuga cy’indege i Kanombe, Perezida Suluhu yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, bikaba biteganyijwe ko kuri uyu munsi wa mbere w’uruzinduko rwe yakirwa na Perezida Kagame bakagirana ibiganiro.

  • Ngororero: Barahakana ko abanyeshuri batandatu bafungiye kwigaragambya #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    ESECOM Rucano
    ESECOM Rucano

    Mu ijoro ryo ku wa Kane tariki ya 29 Nyakanga 2021, ni bwo abana b’abahungu batandatu bivugwa ko bari batorotse ikigo bajya kunywa inzoga batahaga nijoro mu masaha ya saa mbiri (20:00′) maze batwika amasaso y’ibitanda ndetse banamena ibirahure by’inzu baryamamo.

    Mu gikorwa ubuyobozi bw’ishuri buvuga ko cyamaze nk’iminota 30 kikaza guhagarikwa n’inzego z’umutekano, zatabaye nyuma yo kumva ko abanyeshuri barangije ibizamini barimo gutwika ibikoresho by’ishuri.

    Icyo gikorwa cy’imyitwarire mibi ngo cyatewe no kuba abo bahungu bari basinze bagategura ibisa n’ibirori byo kwishimira ko barangaje amashuri yisumbuye ariko bakabikora nabi, kuko aho kwishimira gutsinda no kuba ibizamini birangiye badukiriye isaso z’ibitanda bitatu barazitwika.

    Icyakora ngo inzego z’umutekano zatabaye zasanze isaso imwe ari yo yamaze gukongoka izindi zitarafatwa, ni ko kubata muri yombi bajyanwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ngororero aho bafungiye kubera ibyo bakoze.

    Amakuru yacicikanye cyane yagaragazaga ko abo bana baba barakoze ibyo bikorwa kubera ko bangiwe gutaha ngo bategereze kuzataha hubahirijwe amabwiriza yo kwirinda Covid-19, muri ayo makuru kandi byagaragajwe ko harimo abari banyoye ibisindisha nk’uko ibipimo byafashwe na polisi bibigaragaza.

    Ibyabaye ni igikorwa cy’imyitwarire mibi kubera ubusinzi

    Umuyobozi wari ukuriye Santere y’ibizamini ya ESECOM Rucano, Bakundabate Jean Berchimas, atangaza ko ibyabaye kuri abo bana abifata nk’igikorwa cy’imyitwarire mibi kubera gusinda aho kuba imyigaragambyo.

    Asobanura ko ubwo abo bana bajyaga kunywa inzoga batorotse ntawe ubizi, batashye bateza umwuka mubi mu kigo babikoreshejwe n’inzoga, icyakora ngo n’ubundi abo bana bigaragara ko bari basanzwe bitwara nabi kuko hari umwe muri bo wari warigeze guhanishwa igihano cyo gutanga amafaranga yo kugura umufuka wa sima wo gusana aho yigeze gusenya n’ubundi yatorotse ikigo nk’uko biri mu bihano biteganywa n’amabwiriza ngengamyitwarire y’imbere mu kigo.

    Agira ati “Njyewe nk’umuntu wari ushinzwe ibizamini kuri iki kigo ntabwo nemeranya n’abavuga ko abo bana bigaragambije, ahubwo mpamya ko ibyo bakoze ari imyitwarire mibi yatewe n’ubusinzi kuko n’ubundi bari basanzwe batitwara neza”.

    Ku kijyanye no kuba haravuzwe ko abana bigaragambije kubera kwangirwa gutaha, Bakundabate avuga ko ntaho bihuriye kuko abana batangiwe gutaha ahubwo imodoka yabatwaye yahamagawe na Polisi yari icunze umutekano kuri icyo kigo, kugira ngo harebwe niba umwe mu bana bayigiyemo ntaho ahuriye n’ubujura bwari bumaze kuvugwa nyuma y’uko imodoka ibatwaye.

    Agira ati “Abana bamaze kuriba bisi hatangwa amakuru ko muribo hari uwaba wibye ibikoresho bya mugenzi we wari ugikora ibizamini, imodoka barayihamagaye iragaruka twasanze ibimenyetso bidafata uwo mwana ntabwo kwari ukubangira gutaha”.

    Icyakora Bakundabate ngo nta makuru afite niba bamwe muri abo bana bafunzwe haba harimo abagaruwe batashye ngo umuntu abe yavuga ko ibyo bakoze baba barabitewe koko n’umujinya wo kwangirwa gutaha.

    Yaba Bakundabate, yaba n’umuyobozi usanzwe wa ESECOM Rucano n’abandi baturage baturiye ishuri bavuga ko ibyabaye atari ukwigaragambya ahubwo ari imyitwarire mibi y’abanyeshuri, icyakora ngo inzego z’umutekano ni zo zizemeza ukuri nyako hakurikijwe iperereze abana bari gukorwaho.

    Kugeza ubu abana bategereje gutaha kuri icyo kigo ngo bameze neza nta kibazo kuko n’abari bafashwe batararangiza ibizamini bagarutse kubikora bagasubira kuri Sitasiyo ya Pilisi ya Ngororero, twakomeje gushaka amakuru ku muvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba ariko ntitwabasha kumubona kuri telefone.


  • Gare ya Muhanga irakomeza gufungwa n’ubwo ingendo henshi zasubukuwe – Guverineri Kayitesi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Gare ya Muhanga ntiyemerewe kwakira imodoka n
    Gare ya Muhanga ntiyemerewe kwakira imodoka n’abagenzi kuko iri mu murenge uri muri Guma mu Rugo

    Guverineri Kayitesi atangaza ko imodoka zemerewe guca mu mujyi wa Muhanga zijya mu bindi bice ariko zitemerewe kuhahagarara zikuramo cyangwa zinjizamo abantu kuko nta muntu wemerewe kujya no kuva muri iyo mirenge.

    Intara y’Amajyepfo ifite imirenge yashyizwe muri Guma mu Rugo ibarirwa muri 25 kubera ubwandu bwinshi bwa Covid-19, nk’uko byagaragajwe n’imibare y’ibipimo byagiye bifatwa muri iyo mirenge.

    Umujyi wa Muhanga uri hagati mu Gihugu ukananyurwamo n’abagana Intara zitandukanye n’umujyi wa Kigali, uri muri Guma mu Rugo mu mirenge yawo yose iwugize ariko hakaba abibaza uko amabwiriza azakomeza kubahirizwa igihe imodoka zizaba ziwucamo zigana mu bindi bice.

    Hari abavuga ko abaturage bashobora kwihereza ingendo kuko ntawamenya niba utwaye ikinyabiziga yaba avuye Muhanga, hari n’abavuga ko abantu banyura mu yandi mayira bakajya mu mujyi wa Kigali kuko byoroheye uri i Muhanga kujya gutegera imodoka ku Kamonyi no mu tundi duce.

    Guverineri Kayitesi avuga ko inzego z’ubuyobozi zafashe ingamba zo kugenzura ko amabwiriza akomeza gukurikizwa kandi abaturage ubwabo basabwa gukomeza kuguma mu rugo kuko ari bo bifitiye akamaro.

    Agira ati “Turakomeza gusobanurira abaturage ko amabwiriza akomeza kubahirizwa uko ari kugira ngo hatagira abashaka izindi mpamvu. Nk’ubu gare ya Muhanga irafunze kuko nta wemerewe kwinjira no kuva mu Murenge wa Nyamabuye iherereyemo, aho abantu bemerewe kugenda baragenda ariko mu mirenge iri muri Guma mu Rugo bikomeze kubahirizwa kugira ngo turebe ko ubwandu bwagabanuka”.

    Yongeraho ati “Abaturage bari muri Guma mu Rugo bifuza gukora ingendo na bo barubahiriza ibisabwa bake impushya zibibemerera, abashaka kugenda barasaba izo mpushya abatazifite ntabwo bemerewe kugenda. Guma mu Rugo yashyizweho ku neza y’abaturage kugira ngo ubwandu buri hagati yabo bukomeze gukurikiranwa nta kubukwirakwiza”.

    Guverineri Kayitesi avuga ko kwitwararika ari yo nzira yo gukurwa muri Guma mu Rugo nk’uko byagenze mu tundi turere n’umujyi wa Kigali.


  • #COVID19: Abantu 13 bitabye Imana, abanduye bashya ni 648 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Iyo Minisiteri itangaza kandi ko kuri uwo munsi abasezerewe mu bitaro ari 19 mu gihe ababyinjiyemo bashya ari 24, abarembye ni 56.

  • Menya ibikubiye mu ruzinduko rwa Perezida wa Tanzania Samia Suluhu mu Rwanda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Samia Suluhu Hassan
    Samia Suluhu Hassan

    Biteganyijwe ko kuri uyu wa Mbere tariki 02 Kanama 2021 akigera mu Rwanda yakirwa na Perezida Kagame muri Village Urugwiro, ndetse bagirane n’ibiganiro.

    Baraganira kandi n’itangazamakuru, bashyire n’umukono ku masezerano ahuriweho n’ibihugu byombi u Rwanda na Tanzania.

    Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, Perezida Kagame arakira mugenzi we wa Tanzania Suluhu Hassan ndetse n’abamuherekeje ku meza mu nyubako ya Kigali Convention Centre.

    Biteganyijwe ko ku wa Kabiri tariki 03 Kanama 2021 Perezida Kagame na Perezida Suluhu Hassan bazasura amakompanyi atandukanye harimo n’akorera mu cyanya cyahariwe inganda (Special Economic Zone) ahakorera amakompanyi abarirwa mu 120. Ibikorerwa muri iki cyanya bigira uruhare rukomeye mu guteza imbere ibyoherezwa mu mahanga no gutanga imirimo, dore ko cyatumye hahangwa imirimo ibihumbi cumi na bitatu (13.000).

    Perezida Samia Suluhu Hassan yatangiye kuyobora Tanzania muri Werurwe uyu mwaka wa 2021 asimbuye Dr. John Pombe Magufuli wari umaze kwitaba Imana, icyakora n’ubundi Samia Suluhu akaba yari asanzwe yungirije Magufuli.

  • Umuganura ugiye kongera kuba mu bihe bidasanzwe, Abanyarwanda basabwe kuganuza abaturanyi babo – #rwanda #RwOT

    Muri uyu mwaka ibirori byo kuwizihiza ntabwo bizaba nk’uko byari bisanzwe ahubwo uzizihizwa hifashishijwe ikoranabuhanga mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19 gikomeje gukaza umurego mu Gihugu.

    Nk’uko byagenze umwaka ushize n’ubundi ibikorwa byo kuwizihiza byabaye hifashishijwe ikoranabuhanga n’ibitangazamakuru, na bwo ni ko bizagenda.

    N’ubwo abantu batazahurira hamwe ari benshi ngo basabane ariko hateganyijwe ibikorwa bitandukanye mu cyumweru cy’Umuganura.

    Iki cyumweru gishobora no kurenga bitewe n’uko Abanyarwanda batuye mu mahanga hari ibikorwa bazajya bakora mu bihe bitandukanye bijyanye na wo kugera tariki ya 31 Kanama 2021.

    Muri uyu mwaka ufite insanganyamatsiko igira iti: “Umuganura, isoko y’ubumwe n’ishingiro ryo kwigira”, ishingiye ku ndangagaciro z’umuco w’u Rwanda ari zo gukunda Igihugu, kurangwa n’ubupfura, gukunda umurimo n’ubumwe.

    Abanyarwanda basabwe kuganuzanya

    Ubusanzwe umunsi w’Umuganura warangwaga no kwishimira ibyagezweho no guhamya ingamba z’igihe kirekire.

    Aha ni ho hashimwaga abakoze neza kurusha abandi ndetse abandi na bo bagasuzuma impamvu yaba yaratumye badatera imbere uko babyifuzaga, bagafata ibyemezo bigamije kugera ku musaruro ushimishije umwaka ukurikiyeho.

    N’ubwo ari ibihe bidasanzwe ariko ubundi kwizihiza umunsi mukuru w’Umuganura wari umwanya mwiza wo gusabana kw’abayobora n’abayoborwa, inshuti n’abavandimwe, uwejeje n’utarejeje, bikagaragaza ubufatanye n’ubumwe bw’abagize umuryango nyarwanda.

    Kuri iyi nshuro bitewe n’icyorezo cya Covid-19 gikomeje gutwara ubuzima bw’abatari bake hirya no hino ku Isi, Abanyarwanda basabwe kuzawizihiza bifatanya na bagenzi babo bashegeshwe na cyo.

    Itangazo Inteko y’Umuco yashyize ahagaragara rigira riti “Mu guhangana n’ingaruka z’icyorezo cya Coronavirus, Abanyarwanda barakangurirwa gukomeza kugira umutima uzirikana abandi cyane cyane abo iki cyorezo cyagizeho ingaruka ntibabashe kugira icyo basarura aho bari babibye. Umutima uzirikana abandi ntusaba kuba ufite byinshi kandi uduke ufite twaramira udafite na mba kuko ubusabusa buruta ubusa gusa.”

    Ibiganiro bijyanye no kwizihiza Umuganura bizanyuzwa mu bitangazamakuru bitandukanye kandi bikurikiranwe mu miryango y’Abanyarwanda bari mu Gihugu no mu mahanga.

    Ibikorwa biteganyijwe mu cyumweru cy’Umuganura

    Nk’uko bisanzwe mu cyumweru cy’Umuganura hategurwa ibiganiro mu ngeri zitandukanye bigamije gufasha abanyarwanda baba mu Rwanda no mu mahanga gusobanukirwa agaciro ko kwizihiza Umunsi Mukuru w’Umuganura.

    Inteko y’Umuco yatangaje ko kwizihiza uyu munsi bizakorerwa mu miryango kandi abantu babana mu nzu akaba ari bo bawizihiriza hamwe, aho gutumira abanyamuryango bataba muri urwo rugo mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19.

    N’ubwo icyumweru cyo kwizihiza uyu munsi gishobora kurenga ariko hari amatariki y’ingenzi y’ibikorwa bizakorwa.

    Tariki ya 3 Kanama 2021: Ikiganiro n’Abanyarwanda baba mu mahanga kizakorwa mu buryo bw’ikoranabuhanga “Webex”. Ni ikiganiro kizibanda ku nsanganyamatsiko yo kwizihiza Umuganura uyu mwaka.

    Tariki ya 5 Kanama 2021: Hateganyijwe Inama nyunguranabitekerezo ku Muganura no kwimakaza indangagaciro ziwukubiyemo. Iyi nama izagirwamo uruhare n’inzego n’inararibonye zinyuranye.

    Tariki ya 6 Kanama 2021: Hari Ikiganiro Dusangire Ijambo kizatambuka kuri Televiziyo Rwanda ndetse na Radiyo Rwanda, kizatumirwamo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco n’umwe mu bayobozi ba Unity Club Intwararumuri.

    Icyo kiganiro kizibanda ku gutanga ubutumwa bujyanye n’Umunsi w’Umuganura no gutanga ubutumwa bwo gutangiza ibikorwa byo kuganuza Abanyarwanda bagizweho ingaruka na Covid-19 , bigakorwa ku rwego rw’umuryango.

    Mu bindi bikorwa bizakorwa kuri uwo munsi harimo kuganuza abahanzi ba muzika umusaruro wavuye mu bihangano byabo ku bufatanye bw’Inteko y’Umuco na RSAU (Rwanda Society of Authors) ndetse n’igikorwa cy’Umuganura muri gahunda ya E-itorero Indahanganwa cyateguwe na Komisiyo y’Igihugu y’Itorero. Unity Club Intwararumuri, ubwo izaba yizihiza imyaka 25 igiyeho, izagaragaza uruhare rwayo mu kuganuza Abanyarwanda ubumwe n’ubwiyunge.

    Abanyarwanda bongeye kwibutswa ko kwizihiza Umuganura ari umwanya mwiza wo kwishimira uburyo Leta y’u Rwanda iha agaciro abaturage kandi ikanafasha buri wese kugira ubuzima buzira umuze.

    Ni umwanya kandi wo gufatanyiriza hamwe gukomeza urugendo rw’iterambere Abanyarwanda batangiye, bahuriza hamwe imbaraga mu miryango mu kwirinda icyahungabanya ubuzima bwa buri wese.

    Ku munsi w’Umuganura Abanyarwanda basangira ibyo bejeje, abana bagahabwa umwanya wihariye

    Mbere ya COVID-19 uyu munsi wizihizwaga mu birori bikomeye

    Abanyamahanga basura u Rwanda n’abarutuyemo nabo ntibibagirana ku munsi w’Umuganura

    Umusaruro w’amata ni umw mu byishimirwa ku munsi w’Umuganura

    Mbere y’iki cyorezo, ibirori by’Umunsi w’Umuganura byitabirwaga n’abayobozi bakuru b’Igihugu, aha Minisitiri w’Intebe, Edouard Ngirente yari ari kumwe na Senateri, Espérance Nyirasafari

    Umunsi w’Umuganura wakunze kurangwa no gusangira imyaka Abanyarwanda bejeje

  • Abakozi ba Afrimax TV bafashwe barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 (Video) – #rwanda #RwOT

    Aba bantu berekanywe kuri iki Cyumweru tariki 1 Kanama 2021 kuri Sitasiyo ya Polisi i Nyamirambo mu Mujyi wa Kigali mu murenge wa Rwezamenyo.

    Abafashwe barimo umuyobozi wa Afrimax Tv uzwi nka Nameless Camposs wamenyekanye akora amashusho y’indirimbo, umunyarwenya Zaba Missed Call; uwitwa Yezu, Afande cyangwa Regis ndetse n’abandi bantu bari mu birori bya mugenzi wabo washakaga kwereka bagenzi be umukobwa benda kurushinga.

    Mu kiganiro n’itangazamakuru, Nameless Camposs yabwiye itangazamakuru ko kugira ngo bafatwe byaturutse ku mashusho basakaje bari kwishimira ko bujuje miliyoni imwe y’ababakurikira kuri Afrimax mu ishami ry’Icyongereza.

    Ati “Ntabwo twafashwe ahubwo ni amashusho yacu yagaragaye turi mu birori. Abantu twari kumwe mu nzu bake niko twakatanye umutsima. Turi benshi hari abatari bahari ariko abo twari kumwe nibo twafatanyije muri ibyo byishimo cyane ko dufite ikipe y’abantu dukorana mu rugo.”

    “Icyo navuga ni uko dusaba imbabazi. Iyo turi muri guma mu rugo turebamo ab’ingenzi. Abo twari kumwe bari abantu duhorana buri munsi.”

    Yabajijwe niba atari isura mbi ku bantu bazwi bakomeje kugenda berekanwa barenze ku mabwiriza, avuga ko ibintu byababayeho bitatwarwa mu cyiciro cy’ibyamamare ahubwo byavugwa nk’ibyabaye ku muntu ku giti cye.

    Ati “Ntabwo ibi bintu biba kubera ko umuntu azwi. Ni ibintu bibaho ku giti cy’umuntu. N’abantu basanzwe byababaho. Ubutumwa natanga ku bantu ni ukwirinda kuko COVID-19 irahari. Ubutumwa natanga ni uko twakurikiza amabwiriza.”

    Umuvugizi wungirije wa Polisi y’u Rwanda, Chief Inspector of Police (CSP) Africa Apollo Sendahangarwa, yavuze ko bashimira abaturage batanga amakuru y’abarenze ku mabwiriza yo kwirinda, anenga abatayubahiriza.

    Ati “Twafashe abantu bari barenze ku mabwiriza benshi muri bo bari muri za house party. Aba bantu bafashwe ejo nimugoroba. Aba mbere ba Afrimax bari bagize miliyoni y’ababakurikira kuri YouTube, abandi ni abantu benshi cyane bari bakoze ibirori banarenga ku ibwiriza bajya kogera muri piscine. Icyo dushima ni uko abaturage aribo baba batanze amakuru. Twashatse kuberekana ngo bisubireho kuko imyitwarire nk’iyi nikomeza tutazatsinda icyorezo.”

    Yavuze ko ikintu bagamije atari uguhana abantu ahubwo ari ugukomeza gukora ubukangurambaga ngo abantu birinde kuko Coronavirus idatoranya.

    Ati “Ikigamijwe si uguhana ahubwo ni ukugira ngo icyorezo gicike. Guhana ni byiza ariko tugendeye no ku bindi byaha ntabwo turabona icyaha cyacitse kubera ko gifite igihano kiremereye. Icya mbere ni ukwigisha abantu.”

    Aba bafashwe nyuma y’aho ku wa 29 Nyakanga 2021, Polisi y’u Rwanda yafashe ibindi byamamare birimo Ruhumuliza James uzwi nka King James, Muhire William (K8 Kavuyo) na Mbabazi Shadia uzwi nka Shaddyboo, bafatiwe i Rutsiro barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19.

    Zaba Missed Call ari mu bafashwe barenze ku mabwiriza yo kwirinda Coronavirus

    Uyu musore asanzwe akina ari afande mu rwenya runyuzwa kuri YouTube