Tag: featured

  • Perezida Kagame na Suluhu bayoboye isinywa ry’amasezerano y’ubuhahirane #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame na Suluhu bayoboye isinywa ry
    Perezida Kagame na Suluhu bayoboye isinywa ry’amasezerano y’ubuhahirane

    Ayo masezerano yashyizweho umukono n’Abaminisitiri bashinzwe Ububanyi n’amahanga b’ibihugu byombi, ari bo Amb Liberata Mulamula ku ruhande rwa Tanzania, hamwe na Dr Vincent Biruta ku ruhande rw’u Rwanda.

    Ni amasezerano ashingiye ku mubano wa kivandimwe n’ubuhahirane nk’uko Abakuru b’ibihugu byombi babibwiye Itangazamakuru nyuma yo gusinywa.

    Andi masezerano ajyanye n’ikoreshwa ry’Ikoranabuhanga mu nzego zishinzwe Abinjira n’abasohoka yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paola na mugenzi we ushinzwe itumanaho muri Tanzania, Dr Faustine Ndugulile.

    Amasezerano yashyizweho umukono na ba Minisitiri b
    Amasezerano yashyizweho umukono na ba Minisitiri b’Ububanyi n’amahanga ku mpande zombi

    Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yatangiye avuga ko u Rwanda na Tanzania bisangiye ikirenze imipaka kuko hari n’amateka bihuriyeho.

    Perezida Kagame yavuze bimwe mu bigize ayo masezerano ati “By’umwihariko umuhanda wa gari ya moshi, gutanga amata ndetse n’imikorere inoze y’icyambu. U Rwanda rwiteguye gukorana bya hafi n’abavandimwe muri Tanzania mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba n’ahandi mu kwihutisha gukira icyorezo cya Covid-19”.

    Ku rundi ruhande, Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan yashimiye u Rwanda kuba rwarafashe mu mugongo Abanya Tanzania mu gihe uwari Perezida John Pombe Magufuli yari amaze gutabaruka.

    Perezida wa Repubulika y
    Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame

    Ashimira Perezida Kagame nka musaza we wamutumiye gusura u Rwanda ndetse n’Abanyarwanda nk’abavandimwe babana neza n’Abanya Tanzania.

    Perezida Samia Suluhu avuga ko amasezerano ibihugu byombi byashyizeho umukono ashingiye ahanini ku guteza imbere ubucuruzi ariko harimo n’aya Politiki igenga Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

    Perezida Samia Suluhu Hassan yagize ati “Tanzania n’u Rwanda turi mu bucuruzi, turi mu cyerekezo ndetse twabonye byinshi duhuriyeho, hakaba hari amahirwe menshi twakoresha mu rwego rwo kuzamura ubucuruzi n’iterambere ry’impande zombi uko ari ebyiri”.

    Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan
    Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan

    Perezida wa Tanzania avuga ko hari byinshi u Rwanda rurusha icyo gihugu bazaza kwiga kandi ko bashyigikiranye muri gahunda zo guteza imbere ibijyanye n’imiti.

    Ibyo Abanyarwanda n’Abanyatanzaniya bakwitega ku ruzinduko rwa Perezida Suluhu mu Rwanda

    Abasesenguzi bagaragaza ko uru ruzinduko rugamije koroshya urujya n’uruza rw’abantu n’ibicuruzwa hagati y’u Rwanda na Tanzania, nk’ibihugu bisangiye icyambu cya Dar-Es Salam, by’umwihariko kikaba ari cyo cyambu kiri hafi y’u Rwanda kurusha icya Mombasa muri Kenya.

    Inzira inyuzwamo ibiciruzwa bijya cyangwa biva ku cyambu cya Dar Es Salam muri Tanzania yagiye ivugwamo inzitizi zidashingiye ku mahoro (NTBs) nk’uko bisobanurwa n’Umudepite w’u Rwanda mu Nteko y’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba, Mme Oda Gasinzigwa.

    Gasinzigwa avuga ko mu byemezo n’amasezerano bifatwa n’abayobozi bo ku rwego rwo hejuru nta kibazo kibamo, ariko ngo bigera hasi mu baturage bikazamo imbogamizi.

    Yagize ati “Igicuruzwa runaka gishobora kugerayo bakavuga ko bari bwongere kureba ubuziranenge bwacyo, nyamara amategeko avuga ko iyo ibicuruzwa bivuye mu Rwanda byagombye guhita bigenda bikagera iyo bijya”.

    Amasezerano yashyizweho umukono kandi arareba ibijyanye n’uburyo bwo kwishyura inzego zikora isuzuma ry’ibicuruzwa kuri za bariyeri mu buryo bunoze kandi bwihuse.

    Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Abikorezi muri Tanzania (TAAFA), Edward Urio avuga ko bagenzi babo ku ruhande rw’u Rwanda, ngo bafite imbogamizi y’uko ibicuruzwa byabo bimara iminsi myinsi mu nzira bitewe n’inzitizi zidashingiye ku mahoro.

    Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru the Citizen, Leta ya Tanzania ivuga ko ifite icyifuzo cyo kubaka i Dar Es Salam, Ikigo gishinzwe koroshya urujya n’uruza, kigakemura ibijyanye n’imisoro n’amahoro ndetse no kureba amahirwe y’ishoramari yaboneka mu bihugu byombi (u Rwanda na Tanzania).

    Tanzania ikaba yifuza kubaka ububiko bw’ibicuruzwa bwajya bwakira ibiva hakurya muri Aziya (u Bushinwa, u Buhindi n’u Buyapani) akaba ari ho u Rwanda rwajya ruvana ibicuruzwa.

    U Rwanda ni cyo gihugu cya kabiri (nyuma ya DRC) kinyuza ibicuruzwa byinshi ku cyambu cya Dar Es Salam, bibarirwa hagati ya 30%-35% nk’uko the Citizen cyakomeje kibitangaza.

    Mu mwaka wa 2019 Tanzania yoherereje u Rwanda ibicuruzwa bifite agaciro k’ASmadolari ya Amerika miliyoni 247(ahwanye n’Amafaranga y’u Rwanda miliyari 247), ni mu gihe u Rwanda rwo rwajyanyeyo ibifite agaciro ka miliyoni zirenga eshanu z’amadolari ya Amerika (ni Amanyarwanda asaga miliyari eshanu).

  • Kigali: Biyemeje kurushaho kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Baravuga ko kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19 bagiye kurushaho kubigira ibyabo
    Baravuga ko kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19 bagiye kurushaho kubigira ibyabo

    Ni nyuma y’uko bari bamaze iminsi 15 muri gahunda ya Guma mu Rugo, bakavuga ko n’ubwo ari umwanzuro mwiza utuma barushaho kwirinda no gutuma imibare mishya y’abandura idakomeza kwiyongera, ariko ngo ku rundi ruhande hari byinshi ibangamira ku bikorwa byabo by’umwihariko iby’ubucuruzi.

    Kuba hari ibikorwa byabo by’ubucuruzi bitagendaga neza, ni ho abatuye n’abakorera mu Mujyi wa Kigali bahera bavuga ko bagiye kurushaho kwitwararika banubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19.

    Zawadi ucururiza mu Karere ka Kicukiro, avuga ko ashimishijwe n’ibyemezo by’inama y’Abaminisitiri kuko n’ubwo we yari yemerewe gucuruza, ariko bitagendaga neza nk’uko bisanzwe bigenda atari mu minsi ya Guma mu Rugo ku buryo bagiye kurushaho gukaza ingamba.

    Ati “Tugiye gukaza ingamba, ntabyo kwongera kwirara, ugasanga umuntu avuye wenda nko kurya arabyihoreye gusubizaho agapfukamunwa, gukaraba ugasanga n’ikibazo, kwegerana byo ugasanga n’ibintu twagize ibyacu. Ubu ni ugukaza ingamba nitwongere kujya tubikerensa kuko muri iyi minsi abantu barapfuye cyane biteye n’ubwoba, ha handi nutarajyaga abyitaho yabibonye”.

    Nyiramacumu Christine ukorera mu Karere ka Nyarugenge, avuga ko bari bamaze iminsi imikorere ntayo bakaba bizera ko nyuma ya Guma mu Rugo ibintu bizarushaho kugenda neza.

    Ati “Urumva bari mu rugo, abenshi nta mafaranga bari bafite, abari bayafite bahahiye rimwe, twategerezaga abantu tukababura pe, umunsi ukira wakiriye nka batatu bonyine mu gihe mbere nko mu minota 30 washoboraga kwakira umuntu. Urumva rero ko tubyakiriye neza kandi dufite ingamba zo gukurikiza amabwiriza ya minisiteri y’ubuzima kugira ngo tubashe gukomeza kwirinda no kurinda abandi iki cyorezo”.

    N
    N’ubwo hari abacuruzaga muri Guma mu Rugo, ngo ntacyo bacyuraga kigaragara

    Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, asaba abaturage kurushaho kwitwara neza bubahiriza amabwiriza kuko ibyo ubuyobozi bukora biri mu nyungu zabo.

    Ati “Imyitwarire ya mbere n’ukumenya wowe ubwawe ko ubuzima utubahirije amabwiriza bakubwira ubushyira mu kaga, abantu bagiye bavuga ko Covid-19 ari iya mahanga none yatugezeho, yishe abantu, igeze n’aho yica abo muturanye urabibonye. Turagira ngo tubwire abaturage ko ibyo dukora byose nk’abayobozi biri mu nyungu zabo kuko ni bo tuba turinda ubwabo”.

    Inama y’Abaminisitiri yateranye ku itariki 30 Nyakanga 2021, yemeje ko Umujyi wa Kigali hamwe n’utundi turere umunani bari kumwe twari tumaze iminsi muri gahunda ya Guma mu Rugo, bongera gusohoka bakajya mu mirimo yabo aho ingendo zemerewe guhera saa kumi za mu gitondo kugera saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, ariko ibikorwa byose bigafunga saa kumi n’imwe.


  • Nyamagabe: BNR yatangiye gushumbusha abaturage bibiwe asaga miliyoni 90 Frw mu Murenge Sacco – #rwanda #RwOT

    Mu 2015 ni bwo abaturage bagera 1168 bo mu Murenge wa Nkomane baburiye amafaranga yabo muri iyo Sacco, ubuyobozi bwayo bushinjwa kuyanyereza ndetse na bamwe mu bari abayobozi bayo bahamwa n’icyo cyaha mu rukiko barafungwa.

    Nubwo abari bakurikiranyweho kunyereza ayo mafaranga bafunzwe, icyo gihe abaturage ntibayasubijwe. Byatumye iki kibazo kigezwa kuri BNR, ifata umwanzuro wo kuyabasubiza.

    Bamwe mu baturage batangiye kuyahabwa bavuga ko ari ikimenyetso kigaragaza ko Leta y’u Rwanda yita ku baturage bayo hagamijwe kubatera imbaraga mu bikorwa by’iterambere bakora.

    Bizimana Emmanuel wari warahaburiye amafaranga y’u Rwanda agera ku bihumbi 400 yagize ati “Muri icyo gihe nateganyaga kugura imbuto, igihombo nagize ni uko ntahise nyigura biba ngombwa ko mbanza kujya gushakisha aho nakura andi mafaranga. Kuba bayadusubije nabonye ko kubitsa muri Sacco bifite ubwishingizi.”

    Simpunga Célestin we avuga ko yahuye n’igihombo cyo kubura amafaranga yo gukoresha mu cyayi no guhemba abakozi, ariko akemeza ko kuri ubu abonye ko mu Rwanda hari imiyoborere myiza.

    Ati “Ikindi ni uko twabonye ko ubuyobozi bwitaye ku baturage babwo kuko uko twatakaga batubwiraga ko twihangana ko bagiye kureba icyakorwa tukabona amafaranga yacu.”

    Abamaze kuyahabwa bavuga ko bishimiye ko bagiye gukomeza gahunda zabo z’iterambere ziganjemo ubuhinzi, ubworozi n’ubucuruzi.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nkomane, Irakuzwa Aimé Patrick yavuze ko bagiye kongera ubufatanye hagati y’ubuyobozi na Sacco kugira ngo ibyabaye bitazongera.

    Ati “Ubona ko habayeho uburangare bw’inzego zitandukanye, noneho ubu twebwe nk’ubuyobozi bw’umurenge n’akarere n’izindi nzego, cyane cyane Sacco tuyiba hafi umunsi ku munsi tukamenya imikorere yayo kuko usanga ubuyobozi bwa Sacco bushobora gukingira ikibaba bamwe mu bafashe inguzanyo ntibishyure ku gihe. Turabaha icyizere ko bitazongera kuko turi hafi twarakangutse.”

    Umuyobozi muri BNR ushinzwe ibigo by’imari biciriritse, Mushimirwa Clarisse, avugana na RBA yavuze ko gusubiza abo baturage amafaranga yibiwe muri Sacco ari gahunda Leta yafashe mu rwego rwo gukomeza kuba hafi y’abaturage.

    Ati “Mu gihe rero habayeho imicungire mibi ntabwo Leta irebera ngo Abanyarwanda babure amafaranga yabo, ni yo mpamvu Leta y’u Rwanda yafashe icyemezo cyo gufasha Sacco zahuye n’ibibazo nk’ibyo ngibyo kugira ngo bakomeze basigasire umuco wo kuzigama ariko nanone ntabwo bikuraho gukurkirana abagize uruhare muri iyo micungire mibi.”

    Mushimirwa yasabye abaturage gukomeza kugirira icyizere za Sacco no gukorana nazo neza babitsa kandi banasaba inguzanyo.

    Abayobozi ba ‘Turwambuke Nkomane Sacco’ bakurikiranweho kurigisa ayo mafaranga y’abaturage ni uwari umucungamutungo n’umucungamari.

    Kugeza ubu uwari umucungamutungo yahamijwe icyaha akatirwa igifungo cy’imyaka itanu akaba atarakirangiza naho uwari umucungamari we yari yarakatiwe imyaka itatu akaba yararangije igihano cye.

    Kugeza ubu Turwambuke Nkomane Sacco ifite abanyamuryango basaga 5900, abari bibwe amafaranga yabo ni 1168 naho abamaze kuyasubizwa ni 547.

    BNR yatangiye kwishyura abaturage bo mu Karere ka Nyamagabe bibiwe asaga miliyoni 90 Frw mu Murenge Sacco

    [email protected]


  • Perezida Kagame yakiriye Samia Suluhu wa Tanzania muri Village Urugwiro – #rwanda #RwOT

    Perezida Suluhu yageze i Kigali ahagana saa tatu z’igitondo. Nyuma yo kwakirwa na Perezida Kagame, bahise bagirana ibiganiro biza gukurikirwa n’isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye ku mpande zombi.

    Samia Suluhu yaherekejwe n’itsinda ririmo abayobozi bakuru muri Tanzania nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Minisitiri w’Ikoranabuhanga, Minisitiri w’Ibikorwaremezo n’ubwikorezi na Minisitiri ushinzwe ubucuruzi n’inganda, Minisitiri ushinzwe ishoramari.

    Uretse aba Perezida Samia Suluhu kandi yaherekejwe n’abayobozi bakuru b’ibigo birimo Icyambu cya Dar es Salaam n’ab’inganda zikorera muri Tanzania.

    Uruzinduko rwa Perezida Samia Suluhu rwagaragajwe na bamwe mu bikorera bo mu Rwanda nk’umwanya mwiza wo kunoza ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi ndetse no gukemura ibibazo bikiburimo.

    Fatuma Ndangiza wigeze guhagararira u Rwanda muri Tanzania yatangaje ko uruzinduko rwa Perezida Suluhu i Kigali ari ingirakamaro kandi rushimangira imibanire myiza ibihugu byombi bisanzwe bifitanye.

    Ati “Uruzinduko rwe ruzafasha no kureba ahaba hakiri inzitizi mu buhahirane, ubucuruzi n’imigenderanire.”

    U Rwanda na Tanzania bisanzwe bifatanya mu bikorwa byiganjemo ubucuruzi cyane ko uretse kuba Abanyarwanda bakoresha icyambu cya Dar es Salaam, hari n’ibicuruzwa biva mu Rwanda bijyanwa gucuruzwa muri Tanzania.

    U Rwanda kandi muri politiki yarwo yo korohereza ishoramari, mu baza gushora imari harimo abikorera bo muri Tanzania bakomeje kuvuga imyato uburyo boroherezwa ndetse bakaba biteze ko nyuma y’uruzinduko rwa Perezida wabo hari byinshi bishobora kwiyongeraho.

    Mu bakorera mu Rwanda harimo nk’ikigo cya Oilcom Rwanda Ltd, gifite ibigega by’ibikomoka kuri peteroli bifite ishoramari rya miliyoni 10$.

    Umuyobozi wa Oilcom, Dittfurth Patrick Joseph, yavuze ko gushora imari mu Rwanda ari igikorwa bishimira bitewe n’uko boroherezwa mu buryo bwose igihe nta buriganya umushoramari agaragaje mu mikorere

    Ati “Turishimira gukorera mu Rwanda, bitewe n’uko u Rwanda ari kimwe mu bihugu byorohereza ishoramari kuko buri wese ahabwa amahirwe angana, upfa kuba wishyuye imisoro neza, ubwo nawe uzakora ubucuruzi neza, nta buriganya cyangwa gukwepa imisoro bihari.”

    Yakomeje agira ati “Niba ukurikiza amategeko y’igihugu, aha ni ahantu heza ho gukorera kereka uri umuntu ufite uburiganya, naho ubundi na bagenzi bacu b’Abanyetanzania, duhora tubagira inama, ndetse na Ambasade ikatugira inama yo kubahiriza amategeko ya hano, uyubahirije rwose nta kibazo wagira.”

    Uhagarariye Tanzania mu Rwanda, Ernest Jumbe Mangu, we yavuze ko uruzinduko rwa Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan ari uruzinduko rufitiye inyungu abaturage bo mu bihugu byombi.

    Ati “Ni urugendo rufite agaciro cyane bitewe n’uko ibi ari ibihugu 2 bihana imbibi kandi dufitanye umubano mu bucuruzi, ni byiza ko duteza imbere umubano hagati y’ibi bihugu kugirango duteze imbere ubucuruzi.”

    Yakomeje agira ati “U Rwanda ni igihugu cy’ingenzi kuri Tanzania nk’uko na Tanzania ari igihugu gifite akamaro ku Rwanda, bitewe n’uko ni abaturanyi bakenerana kuri byinshi, kandi urabizi ko ntawuhitamo umuturanyi ni ngombwa rero ko ibi bihugu 2 bigomba gukora ibishoboka kugirango biteze imbere umubano wabyo.”

    Perezida Samia Suluhu asuye u Rwanda nyuma y’ingendo yagiye agirira mu bindi bihugu byo mu karere birimo Tanzania, u Burundi, Kenya na Uganda.

    Perezida Samia Suluhu yarahiriye kuyobora Tanzania muri Werurwe 2020 nyuma y’urupfu rutunguranye rwa Dr John Pombe Magufuli. Mbere yo kujya muri izi nshingano yari Visi Perezida.


  • Gisagara: Barasaba ko insoresore zajujubije abaturage zibiba zafatwa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umwe mu batuye aho i Nyeranzi witwa Hakizimana, avuga ko izo nsoresore zibarirwa mu icumi, zikaba zifite abantu zikorera bafite utubari ahitwa ku Rugogwe.

    Aho ku Rugogwe ni ho ngo zirirwa zinywa inzoga n’ibiyobyabwenge, byagera nimugoroba zikajya gutega abantu bitambukira zikabambura, ubundi zigatera no mu ngo zikiba.

    Agira ati “Uzi ko utubari tutemewe muri iyi minsi, nyamara abo bakorera na n’ubu barapima inzoga. Ni ho banywera ibiyobyabwenge, byagera nimugoroba bakambura abagenzi amaterefone, amagare n’amafaranga”.

    Akomeza agira ati “Si ibyo byonyine bakora kuko biba ihene cyane ndetse n’ingurube, bagiye kubimara ku baturage”.

    Izo nsoresore ngo zitwaza ibyuma ku buryo abaturage bazitinya, hakaba nta n’uwazitambika imbere zirimo gukora amakosa.

    Ni no muri urwo rwego baherutse gutwara ihene yahakaga y’uwitwa Minani ku manywa y’ihangu, bakayifomozamo utwana tubiri, bagatwara amaguru n’amaboko, umukuru w’umudugusu agasaba ba nyiri ihene kwihangana kuko ngo na we ntacyo yabikoraho.

    Minani ati “N’inzu barazipfumura, ihene n’ingurube bagatwara. Ntawe ucyumva atekanye”.

    Uwitwa Bazikuvuga we ngo baherutse kumwiba ihene eshanu, babona aho biciye eshatu, ariko ebyiri ziburirwa irengero. Ikimubabaza ngo ni uko hari uwo yari aziragiriye, ubu akaba agomba kuzishyura amafaranga ibihumbi 190.

    Abo bose bifuza ko izo nsoresore zafungwa, zikagororwa, cyane ko bamaze igihe bataka ariko ngo bakaba babona ntacyo ubuyobozi bw’akagari ndetse n’ubw’umurenge burakora ngo ibibazo bateza biveho.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gishubi, Théogène Nsanzimana, yemeza ko izo nsoresore zihari, ariko ko zibarirwa muri eshanu, kandi ko ubu barimo kuzishakisha ngo zifatwe.

    Ati “Ni ba bandi b’abana bagira urugomo bataba bashobotse. Hari n’abo bigeze gushaka gufunga basanga bataragira imyaka yatuma bafungwa. Ubu twabwiye ababakoresha kudufasha tukabafata, kuko tujya kubashaka tukababura, tukaba tutazi n’aho barara”.

    Uwo muyobozi anavuga ko nibamara kubafata bazabajyana mu kigo ngororamuco, kuko bakiri abana bakeneye kurerwa.

  • Ababyeyi bafite abana batangiye kwiga barasaba ko ibigo by’amashuri byaborohereza #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ubuyobozi bw
    Ubuyobozi bw’amashuri burasaba ababyeyi kubegera bakaganira kugira ngo hatabaho kubangamirana

    Abanyeshuri biga mu cyiciro cya mbere cy’amashuri abanza batangira igihembwe cya gatatu kuri uyu wa Mbere tari 2 Kanama 2021, nyuma y’ibyumweru birenga bibiri bari mu biruhuko, byakurikiranye na gahunda ya Guma mu Rugo uturere umunani twashyizwe ndetse n’Umujyi wa Kigali.

    Kuba ibiruhuko byabo byarahise bihurirana na gahunda ya Guma mu Rugo bikaba binarangiranye nayo, ni ho ababyeyi bahera basaba koroherezwa kuko bamaze igihe batari mu kazi kandi bakaba hari ibyo bagomba abana ndetse n’ibigo by’amashuri.

    Nayituriki Hawa, umubyeyi w’abana babiri bari mu batangiye ishuri, avuga ko batorohewe kuko nyuma y’umunsi umwe gusa bavuye muri Guma mu Rugo basabwe gusubiza abana ku ishuri.

    Ati “N’ibintu bitoroshye guhita umuntu abona ibikoresho by’abana no kubona ubushobozi bwo kubishyurira amafaranga y’ishuri. Twasabaga ko twakoroherezwa ntihazabeho ikintu nk’igisanzwe kibaho bumva ko umwana yize iminsi ibiri cyangwa itatu bagahita batangira kudutumaho ngo barashaka amafaranga y’ishuri, bihangane ntihazagire umwana wirukanwa ahubwo baduhe igihe runaka cyo gushaka amafaranga y’ishuri”.

    Umutoni Juliette ni umubyeyi w’abana bane akaba afite babiri bari basubiye ku ishuri, avuga ko habayeho koroherezwa byabafasha kuko kubonera rimwe ibyo bagomba abana n’ibigo by’amashuri bitaborohera.

    Ati “Twabasaba bakatworohereza niba ari amafaranga y’ishuri tukagenda tuyishyura mu byiciro kugira ngo tubashe gufashanya hagati y’ababyeyi n’ibigo bidufitiye abana”.

    Ubuyobozi bw’ibigo by’amashuri ya Leta Kigali Today yabashije kuganiriza, bwatangaje ko uretse no muri bino bihe bya Guma mu rugo bavuyemo, n’ubusanzwe nta bibazo byo kwirukana umunyeshuri kuko yabuze amafaranga y’ishuri bajya bagira.

    Ikibazo cyo kwirukana abanyeshuri kuko batarishyura amafaranga y’ishuri ahanini gikunze kugaragara mu bigo by’amashuri yigenga.

    Ku mashuri hateguwe ibikoresho bifasha abana gukaraba neza intoki
    Ku mashuri hateguwe ibikoresho bifasha abana gukaraba neza intoki

    Umuyobozi w’ikigo cy’ishuri cya Little Gems Academy, Gahongayire Emelda, avuga ko amafaranga atari yo bashyize imbere gusa kuko uko ibihe bihagaze nabo babibona.

    Ati “Natwe uko ibihe bihagaze turabibona, ntabwo icyo dushyize imbere ari amafaranga gusa, ariko turashaka ko abana biga kandi bakiga neza nta kibahutaje. Gusa ababyeyi nibaze tuganire kugira ngo twe kuzagira inkomyi iyo ari yo yose, uko biri kose bafite ibibazo ariko n’ubundi bagomba kwibuka ko amafaranga bishyura ari yo atuma ishuri rikora, tuzagerageza gukora ku buryo ntawe ubangamira undi”.

    Biteganyijwe ko abana baziga igihe kitageze amezi abiri kuko igihembwe cya gatatu cyatangiye kuri uyu wa 02 Kanama 2021 kizarangira ku itariki 18 Nzeri 2021.


  • Urubyiruko rw’abakorerabushake ruhuza gute izo nshingano n’indi mirimo? #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Muri iki gihe u Rwanda rwugarijwe n’icyorezo cya Covid-19, urwo rubyiruko rwibanda cyane ku gukangurira abantu kwambara neza agapfukamunwa, gukaraba intoki n’amazi meza n’isabuni cyangwa bakoresheje umuti usukura intoki, gupima umuriro, gukebura abanyuranya n’aya mabwiriza n’ibindi bitandukanye.

    Ibikorwa by’ubukangurambaga bugizwemo uruhare n’Urubyiruko rw’abakorerabushake, n’ubwo bisa n’ibyigaragaje cyane muri iki gihe icyorezo cyugarije u Rwanda, urubyiruko rw’abakorerabushake kuva rutangiye ibikorwa byarwo mu mwaka wa 2013, rukora ibikorwa bitandukanye, harimo no kubakira abaturage batishoboye inzu, ubwiherero n’uturima tw’igikoni, n’ubundi bukangurambaga butandukanye bakora, hagamijwe gushyigikira imibereho myiza y’abaturage no kurinda ko ibyo igihugu cyagezeho bihungabana.

    Urwo rubyiruko rwemeza ko izi nshingano bazikora mu bwitange badategereje igihembo, ndetse benshi bakazifatanya n’indi mirimo yabo ya buri munsi bakorera mu nzego za Leta cyangwa iz’abikorera.

    Anastase Kamizikunze, inshingano z’ubukorerabushake azifatanya n’akazi ka Leta, ko kuyobora Urwunge rw’amashuri rwa Kageyo mu Karere ka Gicumbi.

    Mu Kiganiro Ubyumva ute cyatambutse kuri Kt Radio tariki 29 Nyakanga 2021, yabajijwe uko izo nshingano zombi azihuza, n’uko abigenza kugira ngo hatagira ikibangamira ikindi.

    Yasubije ati “Nkoresha uko nshoboye nkiha gahunda ituma nta na kimwe kibangamira ikindi. Ahanini nk’iyo habonetse umwanya nyuma y’amasaha y’akazi cyangwa mu minsi y’impera z’icyumweru, njya kuri site tuba twateganyije gukoreraho cyane cyane ahahurira abantu benshi nko mu masoko, amavuriro n’ahandi, ngafatanya na bagenzi banjye mu gushishikariza abahagana kurwanya Covid-19”.

    Kamizikunze avuga ko kugira igihugu gihamye, bisaba ko abagituye bakomera ku muco wo kwigomwa igihe cyabo, guhunza amaboko n’ibitekerezo bifasha abaturage guhindura imyumvire, imitekerereze n’imikorere.

    Euphrem Mugwaneza, mu mwaka wa 2016 ni bwo yisunze bagenzi be b’urubyiruko b’abakorerabushake, akaba n’umwe mu bayobozi barwo mu Karere ka Gasabo, inshingano afatanya n’akazi ka Leta akorera mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe gutanga Indangamuntu NIDA.

    Agira ati “Mu rubyiruko rw’abakorerabushake harimo abarangije amashuri yisumbuye, ibyiciro bitandukanye bya Kaminuza yewe n’abikorera. Kimwe n’abo bagenzi banjye, inshingano dufite tuzikorana umutima w’ubwitange, bamwe muri twe baba banasanzwe bafite indi mirimo bakora, kandi tugashyira imbere kwirinda ko hagira gahunda ibangamira iyindi”.

    Yongera ati “Nkanjye nitanzeho urugero, akazi ka buri munsi nkora iyo ngasoje mu ma saa kumi n’imwe z’umugoroba, nkomereza mu bukangurambaga bwo kwigisha abantu kwirinda Covid-19, mfatanya na bagenzi banjye, aho tuba dukebura no kwibutsa abantu kutanyuranya n’amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo”.

    Mu mirimo itandukanye Urubyiruko rw’abakorerabushake rukomeje kugaragara rukora, benshi babifata nk’urugero rwiza rwo gukunda igihugu, byubakiye ku kwishakamo ibisubizo, cyane ko ibikorwa bitandukanye baba bashoyemo imbaraga n’amaboko nta kiguzi cyangwa igihembo bategereje.

    Mu rubyiruko rw’abakorerabushake rubarizwa mu gihugu hose, abagera ku bihumbi 10 ni bo bari mu bikorwa byo gukumira ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid-19 mu turere twose tugize igihugu uko ari 30.

  • Minisante yinjiye mu kibazo ‘cy’imikorere mibi n’akarengane’ mu bitaro bya Ruhango n’ibya Gitwe – #rwanda #RwOT

    Ku wa 19 Gicurasi 2021 ni bwo abakozi 14 bo mu rwego rw’ubuzima bimuwe n’ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango (barindwi muri bo bimuriwe mu Bitaro by’Akarere bya Gitwe bavanwe mu Bitaro by’Intara bya Ruhango, abandi batanu bimuwe mu bitaro by’Intara bya Ruhango bavanwe mu Bitaro by’Akarere bya Gitwe) ariko nyuma yaho bamwe muri bo bandikira Minisiteri y’Ubuzima bayisaba kurenganurwa.

    Minisiteri y’Ubuzima imaze kubona amabaruwa arimo iyo Akarere ka Ruhango kanditse kayisaba ko abo bakozi bimurwa n’amaburuwa ibyo bitaro byombi byandikiye akarere bikagezaho urutonde rw’abakozi basabirwa kwimurwa ndetse n’ayo abo bakozi bayandikiye basaba kurenganurwa, yashyizeho itsinda rijya gucukumbura ako karengane.

    Minisiteri y’Ubuzima yafashe umwanzuro wo kohereza itsinda ry’abakozi bayo batanu mu Karere ka Ruhango ku wa 14- 16 Nyakanga 2021 bacukumbura icyo kibazo bagitangaho raporo.

    Iryo tsinda ryasesenguye impamvu ziri inyuma yo kwimurwa kw’abo bakozi, rikorana inama n’ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango ndetse n’ubuyobozi bw’ibitaro byombi.

    Mu byakozwe harimo kuganiriza abakozi bimuwe; gusuzuma niba hari abakozi babirenganiyemo kugira ngo barenganurwe no kureba ibibazo bijyanye n’imitangire y’amasoko ndetse n’imyishyurire ya serivise mu bitaro by’Intara bya Ruhango.

    Ibyavuye mu isesengura rya Minisiteri y’Ubuzima

    Raporo yakozwe n’iryo tsinda igaragaza ko Umuyobozi Mukuru w’Ibitaro by’Intara bya Ruhango, Dr Namanya William, yasabiye abo bakozi kwimurwa kubera imyitwarire mibi yabarangaga.

    Yavuze ko “Kuva yagera mu Bitaro bya Ruhango mu mpera za 2019, yasanze hari itsinda ry’abakozi ryananiranye ndetse rituma hari abandi badakora neza. Yongeyeho ko abo bakozi bagiye bagirwa inama ariko ntibahindura imyitwarire, bityo biba ngombwa ko asaba ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango kwimura abo bakozi kugira ngo abasigaye babashe gukora neza.”

    Umuyobozi Mukuru w’Ibitaro bya Gitwe, Habituza Benjamin, we yabwiye iryo tsinda rya Minisitei y’Ubuzima ko abakozi yohererejwe n’Akarere ka Ruhango baturutse ku Bitaro by’Intara babayeho nabi bitewe n’uko imiryango yabo idatuye hafi aho bikaba bibasaba gutega moto bikabatwara amafaranga menshi y’urugendo.

    Yavuze “Ko bakiriye abakozi barindwi baturutse ku bitaro by’Intara bya Ruhango aho bari boherejwe n’Akarere ka Ruhango kandi bakaba babayeho nabi kuko abenshi imiryango yabo idatuye i Gitwe, ugasanga bifata umwanya kugira ngo batege moto basubirayo, ingendo bakora zikaba ndetse zibatwara n’amafaranga menshi.”

    Umuyobozi ushinzwe Imari n’ubutegetsi mu Bitaro bya Gitwe yabwiye itsinda rya Minisiteri y’Ubuzima ko abo bakozi bimuwe batarabisabye kandi batabyishimiye.

    Yerekana ko nta gihamya kigaragaza impamvu nyamukuru bagombaga kwimurwa kuko bose ntawigeze agira ikibazo cy’imyitwarire mibi mu kazi.

    Ati “N’umukozi wari ushinzwe Nursing (Ag Director of Nursing) yarimuwe ariko nta kosa ry’imyitwarire mibi yari afite, byose byari mu magambo.”

    Umuvugizi w’Ibitaro bya Gitwe, we yabwiye itsinda rya Minisiteri y’Ubuzima ko hari bakozi bahoraga bagumura abandi bababuza kwikingiza, ibyo bifatwa nk’aho ari imyitwarire mibi, nyamara abajijwe niba harabayeho kubandikira asubiza ko bitigeze bikorwa ndetse yemera ko ari ikosa.

    Abajijwe n’iryo tsinda impamvu yagendeweho kugira ngo batoranye abo bakozi batanu basabiwe kwimurwa, yasubije ko atigeze yita ku kubyinjiramo kuko byakozwe n’umuyobozi w’ibitaro.

    Abajijwe impamvu yohereje urupapuro rudafite nimero (numero de reference) yasubije ko atari azi ko iyo nimero itariho, ngo ni ikosa ryabaye kandi ngo nta mukozi yigeze yandikira ahubwo yandikiye Akarere ka Ruhango aba ari ko kabandikira.

    Uwahoze ari Umuyobozi w’agateganyo w’Ibitaro bya Gitwe, Dr Nyarwaya Aimable, yabwiye itsinda rya Minisiteri y’Ubuzima ko imyanzuro yafashwe yo kwimura abo bakozi yashingiye ku biganiro yagiranye n’Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango hamwe n’inama zatanzwe kuri icyo kibazo.

    Gusa ariko ngo urutonde rwazanywe n’akarere babasaba gusinya, ariko bisabwa atakiri mu nshingano z’ubuyobozi bw’ibitaro, umuyobozi mushya yanga kubisinya.

    Raporo iti “Hanyuma Dr Nyarwaya Aimable n’Umuvugizi w’Ibitaro bya Gitwe barasinya kubera uburyo Ubuyobozi bw’Akarere bwabashyiragaho igitutu cyo kubikora. Akaba ari yo mpamvu urwandiko rwagiye mu karere rutari rufite nimero ya reference.”

    Itsinda rya Minisiteri y’Ubuzima ryaganirije buri mukozi wimuwe hagamijwe kumenya icyo batekereza ku cyemezo cyabafatiwe no kumenya niba hari ikindi kibyihishe inyuma.

    Abaganirijwe bose bavuze ko batunguwe no kwimurwa kandi byatangiye kubagiraho ingaruka mbi mu mibereho no mu kazi bashinzwe.

    Uwitwa Niyitegeka Charlotte yavuze ko “Yahamagawe bimutunguye abwirwa kwitaba ku karere agahura na Visi Meya ushinzwe imibereho myiza atazi impamvu. Yageze ku karere atungurwa ngo guhabwa ibaruwa imwimura, gusa kubyakira ngo byaramunaniye ntiyongera gusinzira bituma ajya kwivuza kuri CARAES Ndera. Gusa ngo ubu yagize amahirwe Minisiteri y’Ubuzima yamwohereje CHUK.”

    Undi witwa Uwamahoro Claudine we yavuze ko akimara kubona ibaruwa imwimura yatunguwe bimuviramo n’ikibazo cy’ihungabana.

    Itsinda rya Minisiteri y’Ubuzima ryanagiriye n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango ku wa 17 Nyakanga 2021, Umuyobozi w’ako karere asobanura ko bafashe umwanzuro wo kwimura abo bakozi ku bitaro byombi, bashingiye ku mpamvu z’inyungu z’akazi, ariko yemera ko abakozi bashyizwe mu kazi na Minisiteri y’Ubuzima yabimuye atabifitiye ububasha, bityo akaba ategereje umwanzuro w’iyo minisiteri.

    Umwanzuro wavuye mu isesengura

    Nk’uko raporo yo kwa 29 Nyakanga 2021 yakozwe ibigaragaza, nyuma yo gusesengura imiterere y’ibibazo mu bitaro byombi itsinda rya Minisiteri y’Ubuzima ryavuze ko ryasanze Ibitaro by’Intara bya Ruhango bifite ikibazo cy’imiyoborere mibi idakurikije amategeko, bityo bikaba biri gutuma hagaragamo ibibazo by’imicungire mibi y’abakozi hamwe n’umutungo.

    Hari aho bagira bati “Ikigaragara neza ni uko urutonde rw’abakozi batanzwe ngo bimurwe byari mu rwego rwo kubikiza, dore ko nta makosa yo kwica akazi bigeze bakurikuranwaho mu buryo bukurikije amategeko.”

    Uretse kuba itsinda rya Minisiteri y’Ubuzima ryatanze inama ko abakozi bimuwe basubizwa aho bari basanzwe bakorera, mu isesengura ku bibazo biri mu Bitaro by’Intara bya Ruhango ryasanze umukozi ushinzwe amasoko (Procurement Officer) n’umucungamari mukuru (Ag. Chief Accountant) ari abakozi bakora kinyamwuga, bagerageje uko bashoboye kugira ngo amategeko yubahirizwe hagamijwe kudahombya Leta, bityo bikaba ari ngombwa ko bagarurwa.

    Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango yagiriwe inama yo gusubiza abakozi uburenganzira bwabo bagasubira aho bari basanzwe bakorera kuko muri dosiye zabo nta kigaragaza imyitwarire mibi no kubangamira imitangire ya serivise nk’uko byagaragaye mu nzandiko z’abayobozi b’ibitaro byombi.

    Gusa abakozi babangamiwe no kuba basubira ku bitaro bari basanzwe bakoreraho, bibaye ngombwa bakwimurirwa ahandi mu buryo bukurikije amategeko mu rwego rwo gukora batekanye.

    Ibitaro by’Akarere bya Gitwe byacukumbuwemo akarengane ku bakozi n’imiyoborere mibi

    [email protected]


  • Guhangana na COVID-19, ibyerekezo bishya, imikoranire ya RwandAir na Qatar Airways: Ikiganiro na Yvonne Makolo – #rwanda #RwOT

    Sosiyete Nyarwanda ikora Ubwikorezi bwo mu Kirere, RwandAir, nayo yagezweho n’izi ngaruka z’icyorezo cya Covid-19, kandi ziracyakomeje ari nako ubuyobozi bushyira imbaraga mu kwishakamo ibisubizo.

    Mbere y’uko Covid-19 iza, RwandAir yari ikomeje kuba ikirango cy’u Rwanda mu bukerarugendo. Yatumye mu 2019 u Rwanda rwakira abagenzi 1.059.612. Gusa Covid-19 yakomye mu nkokora ingendo ituma mu 2020 bagabanuka aho abageze mu gihugu barenga gato ibihumbi 300.

    Muri Gicurasi 2021, Ihuriro ry’Ibigo by’indege rigamije kunoza ibijyanye n’ingendo zo mu kirere ku bagenzi, ryashyize RwandAir mu cyiciro cyo hejuru cy’ibigo bifite indege zitekanye kandi zirimo isuku ishobora gufasha umugenzi kutandura COVID-19.

    RwandAir yashyizwe kuri uru rwego ruzwi nka ’Diamond status’ binyuze muri gahunda y’iri huriro yitwa ‘APEX Health Safety Powered by SimpliFlying’ igamije kureba uko ibigo by’indege bishyiraho kandi bikanubahiriza amabwiriza agamije kurinda abakiriya babyo COVID-19.

    Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Manzi Makolo, yagiranye ikiganiro n’Urubuga rwa Travel Radar rukunze kunyuzwaho inkuru zijyanye n’ingendo zo mu kirere, agaruka ku buryo RwandAir yakomeje kwishakamo ibisubizo muri ibi bihe bya Covid-19 n’izindi ngingo zitandukanye.

    Avuga ko muri rusange icyo RwandAir ishyira imbere ari ubuzima bwiza n’umutekano w’abakiliya n’abakozi bayo ari nayo mpamvu yaharaniye ko [abakozi] bose bakingirwa icyorezo cya Covid-19, kugira ngo bizere ko batekanye.

    Ati “RwandAir yari iya mbere mu bigo bitwara abantu n’ibintu mu ndege muri Afurika byatangiye gukingira Covid-19, abakozi bacu bose kandi ubu twamaze gukingira bose, ibintu bituma tuba aba mbere batekanye kuri uyu mugabane.”

    Makolo yavuze kandi ko nk’uko byatangijwe n’Ikigo Mpuzamahanga gishinzwe Ingendo zo mu Kirere (IATA), RwandAir irimo kugerageza uburyo bwo gukoresha ikoranabuhanga rizwi nka ‘IATA TRAVEL PASS’ rizajya rifasha abagenzi, haba mu kuba bafite umutekano mu ngendo zo mu kirere ariko bakanagerwaho na serivisi nziza kandi zihuse.

    Yakomje agira ati “Ibyo twamaze gushyira mu bikorwa birimo kuva ku kugira isuku, gutera imiti yica udukoko na virusi mu ndege kugeza ku gusaba abagenzi bose kwambara agapfukamunwa mu rugendo, kuva aho barutangiriye kugeza indege igeze ku butaka aho ijya.”

    Makolo yavuze ko izo ngamba n’izindi nyinshi zashyizweho ndetse n’amavugurura agenda akorwa muri serivisi za RwandAir ari bimwe mu byashingiweho iki kigo gishyirwa mu rwego rwa Diamond Status, kikaba icya mbere muri Afurika kibigezeho.

    Ibyerekezo bishya n’ahazaza ha RwandAir

    Kugeza ubu RwandAir ifite indege 12 ikoresha mu byerekezo 26 biri mu bihugu 20, gusa nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bw’iki kigo ngo kirateganya kwagura ibyerekezo hirya no hino mu bihugu birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ahandi.

    Makolo yavuze ko muri gahunda y’imyaka itanu, bateganya kwagura ibyerekezo bakinjira ku masoko yo hirya no hino ku Isi kandi baharanira kujyanisha n’ibikenewe kuri ayo masoko ndetse bajyana n’impinduka.

    Ati “Gahunda yacu y’imyaka itanu ni ugukuba hafi kabiri ibyerekezo byacu mu gihe dushaka uburyo bushya bwo kwinjira ku yandi masomo mu murongo ujyanisha n’ibikenewe.”

    Makolo kandi yavuze ko ibyo byose biri kujyana no kwagura ikibuga cy’indege no kuba ikibuga cy’indege gishya kiri kubakwa kizaba cyabonetse bigatuma ibikorwa byaguka kandi na serivisi zikarushaho kuba nziza.

    Imirimo yo kubaka ikibuga cy’indege cya Bugesera igeze kure nyuma y’aho igishushanyo mbonera cyacyo kibonetse kuri ubu ikaba igeze kuri 34,5%.

    Makolo ati “Muri uko kugenda twagura ibikorwa, hari imirimo myinshi iri kugenda ikorwa mu kubaka ikibuga cy’indege gishya kizadufasha kongera ibikorwa byacu tunatanga serivisi niza ku bajyana natwe cyangwa abakiliya bacu.”

    Yakomeje agira ati “Gahunda dufite ni ziramuka zigenze uko twaziteguye, turateganya ko icyiciro cya mbere cy’ikibuga cy’indege gishya kizakira abagenzi bagera kuri miliyoni zirindwi.”

    Makolo avuga ko muri rusange mu bihugu bya Afurika ariho iki kigo kuri ubu gifite isoko ryagutse ndetse ari naho kibona amahirwe menshi.

    Yakomeje agira ati “I Burayi, naho ni isoko rikomeye kuri twe, kuri ubu dukorera ingendo i Bruxelles, ahantu hari aba Diaspora benshi ba Afurika babayo. I Londres naho hari isoko ry’ingenzi mu bijyanye n’ibicuruzwa byoherezwayo ndetse n’abakerarugendo ndetse no hanze y’u Bwongereza by’umwihariko muri Amerika na Canada.”

    Yunzemo ati “Uko amabwiriza akumira ingendo agenda yoroshywa, turi kureba uko twakongeraho serivisi nyinshi haba i Bruxelles na Londres mu gukomeza kuzahura ibyashegeshwe n’icyorezo no gukomeza kubaka RwandAir, ikomeza kugira uruhare rw’ingenzi mu rwego rw’indege muri Afurika.

    Hitezwe impinduka nyuma y’itangira rya AfCFTA

    Ihuriro ry’ibigo by’indege muri Afurika rigaragaza ko nibura mu mwaka ushize, uru rwego rwahombye asaga miliyari 10,2$ biturutse ku mbogamizi zitandukanye zirimo n’icyorezo cya Covid-19.

    Muri rusange ubuyobozi bw’Ibihugu bya Afurika bukomeje gushyira imbaraga mu guhuza uyu mugabane hakurwaho imbogamizi zose zituma abantu batagenderana.

    Ibi kandi bijyana n’uko umuvuduko w’urwego rw’ubwikorezi bw’indege muri Afurika rwitezweho kuzamuka ku kigero cya 5% buri mwaka mu myaka 20 iri imbere, bikazagirwamo uruhare n’ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Isoko Rusange rya Afurika, AfCFTA.

    Makolo ati “Kubera ishyirwa mu bikorwa ry’ibiteganywa n’amasezerano ashyiraho AFCTA, byatangiye twiteze kubona ubwiyongere bw’urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu hagati y’ibihugu.”

    Yakomeje agira ati “Ibi bijyana n’uko RwandAir yazanye uburyo bw’imikorere mpuzamahanga yita ku buzima n’isuku by’abakiliya n’abakozi bacu, mu kirere, ku butaka by’umwihariko iwacu mu Mujyi wa Kigali ku bagenzi bahaza.”

    Ibyitezwe ku mikoranire na Qatar Airways

    Mu ntangiriro za 2020, Qatar Airways yatangaje ko iri mu biganiro bigamije kuzatuma igira imigabane ingana na 49% muri Sosiyete Nyarwanda y’Ubwikorezi bwo mu Kirere, RwandAir.

    Ni nyuma gato y’uko n’ubundi Qatar Airways yari imaze gusinyana amasezerano y’ubufatanye na Leta y’u Rwanda, ajyanye no kugira imigabane ingana na 60% mu Kibuga Mpuzamahanga kiri kubakwa mu Karere ka Bugesera kizaba gifite agaciro ka miliyari 1,3$, kikazaba cyakira abantu miliyoni zirindwi ku mwaka mu cyiciro cya mbere na miliyoni 14 mu cyiciro cya kabiri.

    Qatar Airways ifite indege 235, ikora ingendo mu byerekezo 173 ndetse ikoresha abakozi barenga ibihumbi 50.

    Mu 2019, Qatar Airways yatwaye abagenzi miliyoni 32,4, yunguka miliyari 13$ n’ubwo Qatar yari ikiri mu bihano yafatiwe n’ibihugu by’Abarabu birimo Arabie Saoudite, Bahrain, Misiri na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, UAE.

    Makolo avuga ari amahirwe akomeye kuri RwandAir, kuko imikoranire na Qatar Airways izatuma iki kigo kizamura urwego rwacyo, bitewe n’ubunararibonye kizavoma kuri Qatar Airways iri mu bigo bikomeye ku rwego rw’Isi.

    Qatar Airways kandi yemereye RwandAir ko izafasha bamwe mu bakozi bayo kujya gukarishya ubumenyi i Doha muri Qatar ku cyicaro gikuru cyayo, kugira ngo iki kigo kibashe guhangana n’ibindi bigo bikomeye ku Isi.

    Makolo ati “Turizera ko iyi gahunda ari intambwe ikomeye iganisha ku bufatanye bukomeye hagati y’indege zikomeye ikaba n’imwe mu zitwara abantu ku rwego mpuzamahanga, kandi dutegereje kurushaho kuzamura inyungu z’abanyamuryango bacu.”

    Ubu bufatanye kandi buzagira inyungu kuri RwandAir, kuko iki kigo kizagabanya igihombo ndetse kigatangira kugira inyungu.

    Byitezwe ko kandi igishoro cya Qatar Airways muri RwandAir kizagabanya amafaranga Leta y’u Rwanda ishoramo, kuko nko mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2020/2021, Leta yari yashoye miliyari 145 Frw muri iki kigo.

    Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Manzi Makolo, yatangaje ko imikoranire ya RwandAir na Qatar Airways ari intambwe yitezwemo byinshi cyane

    Bitewe n’ingamba zikomeye zo kwirinda COVID-19 RwandAir yashyizeho kandi ikazubahiriza, iri mu bigo byizewe ku mutekano w’abagenzi muri ibi bihe.

  • Ahandi ibyihebe barabyahuranya – Senateri Uwizeyimana avuga ku mpuhwe Rusesabagina yagiriwe – #rwanda #RwOT

    Ibi Senateri Uwizeyimana yabigarutseho mu ijoro ryo ku wa 1 Kanama 2021, mu kiganiro ‘Ukuri Iwacu’ cya One Nation Radio. Ni ikiganiro cyagarutse ku gusesengura impamvu hari abantu bakomeje gusaba ko Rusesabagina arekurwa n’icyo babishingiraho.

    Iki kiganiro kandi cyari cyatumiwemo abandi bantu barimo umwanditsi akaba n’umushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, Yolande Mukagasana n’Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Uturere n’Umujyi wa Kigali (Ralga) Ngendahimana Ladislas.

    Abajijwe niba kuba Rusesabagina afite ubwenegihugu bw’u Bubiligi akaba n’umuturage wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika bishobora kuririrwaho na bamwe mu bamushyigikiye bagasaba ko arekurwa, Senateri Uwizeyimana yavuze ko bidashoboka kandi ko hari n’igihe aba yumva ababisaba biganirira.

    Ati “Njye ngira ngo niba hari n’ababivuga ni ukwiganirira ariko, nagira ngo wenda mvuge ikintu kimwe kijyanye n’uko igikuru muri ibi ari uko hari umuntu ukurikiranywe, kuvuga ngo afite ubwenegihugu runaka cyangwa ngo ni Umunyamerika cyangwa si we nubwo haza umuntu udafite icyo ahuriyeho n’u Rwanda mu buryo bw’ubwenegihugu cyangwa se nashake abe ari muri Hongrie agabe ibitero ku Rwanda, u Rwanda rufite uko rwamufata n’uko rwakemura icyo kibazo.”

    Yakomeje avuga ko kuba Rusesabagina yaba Umunyamerika cyangwa imfubyi Mbiligi nk’uko yabyivugiye ubwo yagezwaga imbere y’ubutabera bitamuha ubudahangarwa.

    Ati “Ku buryo rero kuba Rusesabagina yaba Umubiligi cyangwa akaba Umunyamerika cyangwa kuba imfumbyi Mbiligi nk’uko abivuga ibyo nta budahangarwa bimuha icyo nicyo abantu bakwiye kuba bumva. Nta budahangarwa na buke bimuha.”

    “Icyo abantu bareba ni ibyaha yakoreye ku butaka bw’u Rwanda bigamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda kandi byaguyemo abaturage b’u Rwanda, u Rwanda rero nk’igihugu, mpereye kuri Leta ifite inshingano na Perezida wa Repubulika n’inzego z’umutekano, inshingano Itegeko Nshinga ribaha ni ukurinda ubusugire bw’Igihugu no kurinda umutekano w’abaturage no kurinda ibintu byabo.”

    Ahandi ibyihebe byarabyahuranya

    Senateri Uwizeyimana yavuze ko bijyanye n’ibyaha by’iterabwoba Rusesabagina yakoze akanatangaza ko ashoje intambara mu Rwanda, kugezwa imbere y’urukiko ari impuhwe yagiriwe.

    Ati “Kuba uyu munsi ari mu rubanza njye ngira ngo habaye no kugira impuhwe njye ni ko nabivuga ahandi ibyihebe barabyahuranya nta muntu ubijyana mu rukiko, kuko iyo umuntu yigize umurwanyi ntabwo aba ari kuvuga ngo ndashaka ubutabera, ntabwo uwo muntu umwanya we ari mu rukiko.”

    “Ntabwo Abanyamerika bananiwe kuzana Bin Laden mu rukiko, hari n’ikindi cyihebe bahuranyije ejo bundi, nta muntu bagomba ibisobanuro. Umutekano w’igihugu urawurinda mu nzira zose zishoboka.”

    Yakomeje avuga ko mu ntangiriro byagaragaraga ko ikibazo cya Rusesabagina kijyanye n’umutekano w’igihugu.

    Ati “Ikibazo rero cya Rusesabagina njye uko nakibonaga ku itangiriro cyari ikibazo kijyanye n’umutekano w’igihugu, cyari ikibazo kijyanye no guhungabanya umutekano w’igihugu, ku Isi yose rero ibihugu bifite inshingano zo kurinda umutekano w’abaturage, umutekano w’ibintu byabo n’umutekano w’imbibi z’Igihugu.”

    Rusesabagina yatawe muri yombi muri Kanama 2020. Yagejejwe imbere y’ubutabera bwa mbere ku wa 14 Nzeri 2020 ngo yiregure ku byaha icyenda aregwa byose bifitanye isano n’ibikorwa by’iterabwoba, byagizwemo uruhare n’umutwe w’Iterabwoba wa MRCD/FLN.

    Kuva uyu mugabo yatabwa muri yombi hari benshi barimo n’abagize Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika bakunze kumvikana basaba ko yarekurwa ngo kuko batizeye ko azahabwa ubutabera bukwiye, nubwo Leta y’u Rwanda itahwemye kugaragaza ko urubanza rwe runyuze mu mucyo.

    Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye, aherutse kuvuga ko nk’uwakurikiranye urubanza rwa Rusesabagina Paul asanga ari rumwe mu zaciye mu mucyo kandi zubahirije amategeko mpuzamahanga.

    Rusesabagina wikuye mu rubanza ubushinjacyaha buherutse kumusabira igifungo cya burundu.

    Rusesabagina Paul wabaye Umuyobozi w’Impuzamashyaka ya MRCD ufite Umutwe w’Ingabo wa FLN wagize uruhare mu bitero byagabwe ku Rwanda bikagwamo abaturage b’inzirakarengane mu bihe bitandukanye, ntiyari mu rukiko ubwo yasabirwaga ibihano.

    Biteganyijwe ko urubanza rw’uyu mugabo n’abandi 20 bareganwa ruzasomwa ku wa 20 Kanama 2021.

    Senateri Uwizeyimana Evode yavuze ko kuba Rusesabagina Paul ari imbere y’ubutabera ari impuhwe yagiriwe ugereranyije n’ibyaha yakoze