Tag: featured

  • Igisubizo cya Ambasaderi Karega ku bashinja u Rwanda ko rukijijwe na zahabu ya RDC – #rwanda #RwOT

    Ni mu gihe mu bitangazamakuru byo muri RDC hakunda kugarukwa ku nkuru zivuga ko amabuye y’agaciro atunganywa mu nganda z’u Rwanda aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kandi u Rwanda rukaba rushoza intambara muri iki gihugu kugira ngo ruyabone.

    Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ku wa 14 Kanama 2021, Amb. Karega yavuze ko ibirego bishingiye ku mabuye y’agaciro nta shingiro bifite.

    Yavuze ko bitangaje kuvuga ko u Rwanda rushoza intambara kugira ngo rubashe kubona amabuye y’agaciro mu gihe nta n’imwe rwigeze rurwana igamije kwigarurira cyangwa kwegukana ikirombe icyo ari cyo cyose.

    Ambasaderi Karega yakomeje avuga ko igitangaza bamwe ari uburyo u Rwanda rufite inganda zitunganya amabuye y’agaciro, bagakeka ko rwo rutayagira.

    Yagize ati “Ni ukuri koko u Rwanda rutunganya zahabu, coltan na gasegereti kandi ni byo birya abantu mu mitwe nkurikije ibyo numva mu bitangazamakuru bitandukanye bavuga ngo ni gute batunganya ibintu batagira? Muramutse muguze ikintu runaka mukagitunganya, ikibazo kiri he? Abakora imodoka ko bakoresha ibyuma, ababikora ni bangahe? Dutunganya ayo tugura mu bindi bihugu haba muri RDC cyangwa ahandi.”

    Zahabu si umwihariko wa RDC gusa

    Ambasaderi Karega yasobanuye ko zahabu atari umwihariko wa RDC gusa, ko itunganyirizwa mu Rwanda iva mu bindi bihugu birimo Ghana na Zambia, igatunganywa ikongera koherezwa mu mahanga kandi ko bidakorwa na leta ahubwo ari abashoramari bahisemo gushora imari mu rwego rw’ubucukuzi.

    Yavuze ko u Rwanda rwatejwe imbere no gushyira ingufu mu nzego zitandukanye zirimo ubuhinzi, uburezi, inganda zirimo izikora telefone n’ibindi.

    Yavuze ko abarushinja gukizwa n’amabuye ya Congo ari abagamije kuruharabika gusa.

    Ambasaderi Karega yavuze ko ibyo u Rwanda rukora byose bikorwa mu mucyo. Kuba haba hari abakwihisha inyuma bagakora ubucuruzi bwa magendu, Karega yavuze ko byo bishoboka cyane kuko magendu no mu bihugu byateye imbere ihaba.

    Ati “Ntabwo dushobora guhakana ko hatari za magendu, no mu bihugu bimaze igihe muri demokarasi nka Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyangwa u Bufaransa irahaba. Icyakora, u Rwanda nta rimwe rurishora mu bucuruzi butemewe muri Congo, ibyo rukora byose biragaragara.”

    Yakomeje avuga ko “Nta na rimwe twigeze duteza intambara igamije kwigaruira ikirombe runaka cyangwa amabuye y’agaciro runaka muri RDC. N’ikimenyimenyi, amasezerano na SAKIMA ni yo ya mbere mu bijyanye n’amabuye y’agaciro sosiyete yo mu Rwanda isinyanye n’iya Congo. Ntiwabona sosiyete z’amabuye y’agaciro muri Congo ziyobowe n’Abanyarwanda”.

    Aya masezerano ya SAKIMA Karega yavuze, ni aherutse gusinywa agamije kunoza ubucuruzi bwa zahabu yashyizweho umukono na Société Aurifère du Kivu et du Maniema (Sakima S.A) yo muri Congo, mu gihe uruhande rw’u Rwanda rwari ruhagarariwe na Dither Ltd.

    Ambasaderi Karega yavuze ko kuba u Rwanda rwagira inganda zitunganya amabuye y’agaciro rutayafite ku bwinshi, nta kibazo kirimo.

    Ati“Hari ibinyamakuru bitandukanye njya numva bivuga ngo kuki batunganya amabuye y’agaciro kandi ntayo bagira? None se kuki u Bwongereza butunganya ibikomoka kuri peteroli butayigira?”.

    “Dutunganya amabuye tugura hanze haba muri Congo n’ahandi. Ntabwo zahabu ari umwihariko wa Congo. Urugero, uruganda rukora zahabu mu Rwanda ruyikura no muri Zimbabwe na Ghana, ntabwo zahabu itunganyirizwa mu Rwanda ngo yoherezwe mu mahanga, byanze bikunze igomba kuba ivuye muri Congo.”

    Raporo yakozwe kuri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu 2020, igashyikirizwa Perezida w’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Umutekano, niyo yashyizwemo iby’uko hari amabuye y’agaciro anyura mu Rwanda agiye kugurishirizwa mu mahanga, bigakorwa n’imitwe yitwaje intwaro muri Congo. U Rwanda rwabyamaganiye kure, rugaragaza ko amabuye yose anyura mu Rwanda aba afite ibiyaranga n’aho yaturutse kandi ku buryo buzwi.

    Ambasaderi Karega yavuze ko u Rwanda rwihaye icyerecyezo 2050 gishingiye ku guteza imbere inzego nyinshi, ku buryo ibijyanye n’amabuye y’agaciro atari byo rurambirijeho gusa.

    Ati “Icyerekezo 2020 cyacu cyageze ku musozo, ubu turi mu cya 2050 kirangamiye iterambere rishingiye ku bushobozi no guhanga udushya. Ni ukuvuga kongerera agaciro ibishobora kongererwa agaciro byose. Tugeregeza kureba ubwoko bwose bw’inganda na serivisi bishobora kwinjiza ariko si ngombwa ko ziba zishingiye ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.”

    Agaruka ku biteza umutekano muke mu Burasirazuba bwa Congo, Vincent Karega yavuze ko imitwe yitwaje intwaro yayogoje aka karere ahanini igizwe n’Abanye-Congo kimwe n’abanyamahanga.

    Kuba imwe muri iyo mitwe yacuruza amabuye y’agaciro binyuranyije n’amategeko cyangwa mu buryo bwa magendu, yavuze ko ari ikibazo kitabazwa u Rwanda.

    Ati “Ndashaka gusobanura neza ko u Rwanda nka guverinoma nta ruhare na ruto ifite mu bucuruzi ku rwego rw’igihugu cyangwa mpuzamahanga. Guverinoma yacu yorohereza abashoramari baba Abanyarwanda cyangwa abanyamahanga. Si yo ubwayo yivanga mu bikorwa by’ubucuruzi bw’abikorera. Amabuye y’agaciro ya Congo ntabwo yinjira mu isanduku y’u Rwanda, ntacyo yinjiriza u Rwanda kidasanzwe.”

    Mu 2019 nibwo mu Rwanda hatangijwe uruganda rutunganya zahabu rufite ubushobozi bwo gutunganya toni esheshatu ku kwezi.

    Raporo y’Ikigo Impact gikora ubucuruzi bwa zahabu mu Karere, iheruka kugaragaza ko u Rwanda mu 2014 rwatangaje ko rwavanye miliyoni 8,1$ mu mabuye y’agaciro yoherejwe mu mahanga arimo na zahabu, yaje kugera kuri miliyoni 80,06$ mu 2016 naho Ugushyingo 2020 ya Banki Nkuru y’u Rwanda,yagaragaje ko umusaruro wavuye muri zahabu, wazamutseho 754,6%.

    Ku rundi ruhande imibare y’Ikigo cy’u Budage gishinzwe umutungo kamere yerekana ko buri mwaka RDC itanga umusaruro wa zahabu ubarirwa hagati ya toni 14 na 20 ku mwaka, zifite agaciro kari hagati ya miliyoni 543$ na miliyoni 812$.

    U Rwanda rufite inganda zitunganya amabuye y’agaciro arimo na zahabu

    Ambasaderi Vincent Karega yavuze ko zahabu atari umwihariko kuri RDC

    source : https://ift.tt/2W0NeYK

  • Kaminuza y’u Rwanda i Huye yasubitse amasomo kubera ubwiyongere bwa Covid-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuyobozi Nshingwabikorwa muri Kaminuza y’u Rwanda, Nzitatira Wilson, avuga ko Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye yakira abanyeshuri babarirwa mu 2000 bataha mu Murenge wa Tumba, kandi uwo murenge washyizwe muri Guma mu Rugo, hakaba hari impungenge z’uko bakwirakwiza ubwandu bwa Covid-19.

    Nzitatira avuga ko nyuma y’amabwiriza y’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri iheruka yashyize Umurenge wa Tumba muri Guma mu Rugo, hari habayeho kuganira n’ubuyobozi bw’Akarere ka Huye bemeranya ko abanyeshuri ba kaminuza bo bashobora kuza kwiga berekanye ikarita y’ishuri, bemererwa kugenda ariko nyuma byaje kugaragara ko biteje imbogamizi.

    Agira ati “Inzego z’ubuyobozi ntabwo zari ziri kubasha gukurikirana neza ishyirwa mu bikorwa ry’amabwiriza ya Guma mu Rugo kubera abo banyeshuri basohoka buri munsi baje kwiga, icyakozwe rero ni ukubahiriza amabwiriza asanzwe ya Guma mu Rugo kugira ngo ubwo bwandu bugabanuke”.

    Amasomo araba asubitswe kugira ngo hatabaho gusigana

    Nzitatira avuga ko kuba hari umubare munini w’abanyeshuri bari mu rugo bagenzi babo bacumbikiwe muri Cumpus batahabwa amasomo kuko habaho gusigana, abanyeshuri bose bakaba basabwa gukoresha neza uwo mwanya bagasubiramo amasomo kugeza igihe inzego zibishinzwe zizafata umwanzuro kuri gahunda zatanzwe mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri.

    Agira ati “Hari ubwiyongere bw’ubwandu, hari n’ikibazo cyo gukurikinarana abari muri Guma mu Rugo abandi bemerewe kugenda, urumva abantu bagera hafi 2500 bagendagenda ni ikibazo, ni yo mpamvu abasigaye muri Cumpus bataribukomeze kwiga ahubwo bazategereza bagenzi babo”.

    Ku kijyanye no kuba hari abanyeshuri bemerewe kuza gufatira amafunguro muri Campus berekanye amakarita yabo, Nzitatira avuga ko nta kibazo biteye ku rujya n’uruza kuko ababarirwa muri 30 ari bo bonyine bagana Resitora ya Kaminuza.

    Agira ati “Abanyeshuri 34 ni bo batuye Tumba baza gufatira amafunguro muri Campus, urumva ko kureka bakaza kurya atari kimwe no kureka abarenga 2000 binjira muri Capus, ku kijyanye n’abandi nta kibazo baratugezaho dutekereza ko bo bitekera kuko n’ubundi amaresitora yo hanze ntarimo gukora”.

    Avuga ko muri rusange ubwandu ku banyeshuri biga muri UR-Huye ari nk’uko bimeze n’ahandi mu baturage, ariko ikigambiriwe ari ugukumira ko ubwandu bw’abatuye Tumba bwaza no muri Kaminuza kubera urwo rujya n’uruza.

    Mu yandi mabwiriza akubiye mu itangazo rya UR-Huye ni uko abarimu basabwe kuba bakosora ibizamini byari bimaze gukorwa, mu gihe abandi bakozi bakorera mu ngo, hategerejwe ko abanyeshuri bagaruka gukomeza ibizamini.

    source : https://ift.tt/3xV9LDJ

  • Barahamya ko kubahera serivisi hanze bizarushaho kubarinda Covid-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bishimiye kwakirirwa hanze kuko bumva bizabarinda Covid-19
    Bishimiye kwakirirwa hanze kuko bumva bizabarinda Covid-19

    Benshi mu bakunda gufatira amafungura muri resitora bavuga ko gahunda yashyizweho yo kuba basigaye bakirirwa hanze aho kuba mu nzu nk’uko byari bisanzwe, ari nziza kuko ituma bisanzura kurusha mbere aho wasangaga begerana cyane ahantu hatoya hatisanzuye, ku buryo bitabashobokeraga kubahiriza neza amabwiriza yo kwirinda Covid-19 nk’uko bisabwa.

    Habimana Elia, umwe mu bo twasanze mu Biryogo agace kazwiho kuba gafite ibikorwa byinshi by’ubucuruzi bwa resitora, avuga ko mbere serivisi zigitangirwa mu nzu byagoranaga kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19.

    Ati “Mbere twajyaga tuba turimo kunywera mu nzu dukoranaho, twegeranye ariko uyu munsi wa none k’ubwo kwirinda icyorezo dusigaye dutatana tugahana intera ndetse tukicara mu muhanda tugateramo intebe. Urabona ko harimo umutaka kugira ngo turusheho kugira icyo dufata ariko twirinda n’icyorezo cya Covid-19”.

    Mugenzi we witwa Nizeyimana Didier Ati “Hari igihe winjiraga mu nzu ari ukugira ngo wirwaneho ariko mu by’ukuri ukabangamira gahunda za Leta kandi natwe zitureba ariko uyu munsi wa none kubera tuba turi hanze ahantu hisanzuye tubasha gufata ifunguro uko bikwiye ugashyiramo intera, ibintu byo gukoranaho bikavaho, ntacyo bidutwaye kuko tukirwanya ku buryo bushoboka”.

    Umwe mubakorera ubucuruzi bwa resitora mu Biryogo witwa Nizeyimana Beidha, avuga ko kuba batangira serivisi hanze ari byiza.

    Ati “Abafite amazu matoya bakoreramo byarabafashije cyane kuko babashije kujya mu muhanda bashyiraho imitaka, ubona ko mu maresitora yabo batakihakorera, ariko natwe wenda dufite ahantu hanini ntacyo bidutwaye kubera ko urajya hanze ukabona ni byiza byaradufashije cyane”.

    Uretse abahabwa serivisi n’abacuruzi, abakorerabushake na bo bavuga ko gahunda yo gutangira serivisi hanze yaborohereje akazi kuko mbere kwinjira mu mazu bitaboroheraga kuko byabaga ari nko gucunganwa, ariko ubu buri wese kwirinda akaba yarabigize ibye ku buryo batagihura n’akazi kenshi nk’ako bahuraga na ko mbere.

    Minisitiri w’ubuzima Dr. Daniel Ngamije, avuga ko abantu bakwiye kumenya ko bagomba guhana intera.

    Ati “Abantu bamenye ko bagomba guhana intera kandi tugire umuco wo kwipimisha umuntu amenye uko ahagaze kuko ubu ibipimo turimo kubitanga ku mafaranga ibihumbi bitanu gusa mu mavuriro y’abikorera. Niba ufite gahunda yo kujya gusangira na mugenzi wawe muri resitora cyangwa muri hoteli, ufate gahunda mwisuzumishe, igisubizo kimara icyumweru cyose nyuma y’icyumweru wongere wisuzumishe ugire umutekano bibe umuco ugire umutekano w’uwo mwicaranye”.

    Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda isaba abikorera by’umwihariko abakora ubucuruzi bwa resitora gutangira gutekereza uburyo bajya bakorera hanze ahantu hisanzuye mu rwego rwo kurushaho kwirinda Covid-19.


    source : https://ift.tt/3CUfXzu

  • Rubavu: Abangirijwe n’imvura irimo urubura bashyikirijwe ubufasha #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Imvura yaguye yibasiye imirenge ya Busasamana, Nyakiriba na Rubavu yangiza ibirayi bihinze kuri Hegitare 29 mu mirenge ya Busasamana na Nyakiriba, ibishyimbo bihinze kuri hegitare 112 mu murenge wa Nyakiriba.

    Uretse imyaka yangijwe n’urubura, amazu 9 n’ibirimo byangijwe n’amazi muri Busasamana na Nyakiriba naho izindi nzu 3 zarasenyutse mu mirenge ya Rubavu na Nyakiriba.

    Epimaque Hagenimana, umuyobozi w’ishami rishinzwe imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka Rubavu avuga ko abahuye n’ibiza bafashije nyuma y’ibyo bafite byangijwe n’imvura.

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwamaze kugezaho abangirijwe n’imvura ibiryamirwa, ibiribwa birimo umuceri, kawunga, ibishyimbo hamwe n’ibikoresho by’isuku.

    source : https://ift.tt/3iQwwV1

  • UR-Huye yafashe ingamba zihariye ku banyeshuri batuye mu Murenge uri muri guma mu Rugo – #rwanda #RwOT

    Umurenge wa Tumba wo mu Karere ka Huye umaze igihe warashyizwe muri gahunda ya Guma mu Rugo kandi utahamo abanyeshuri benshi biga muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye.

    N’ubwo uwo murenge uri muri Guma mu Rugo, byari bisanzwe byemewe ko abanyeshuri n’abakozi ba kaminuza y’u Rwanda bawutuyemo bajya kwiga no ku kazi berekanye ibyangombwa.

    Itangazo ryatanzwe n’ Umuyobozi ushinzwe ubutegetsi muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, Nzitatira Wilson, rivuga ko bafashe uwo mwanzuro bashingiye ku cyemezo cya Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu cyo ku wa 11 Kanama 2021 cyashyize imirenge 10 irimo n’uwa Tumba muri gahunda ya Guma mu Rugo.

    Uwo mwanzuro uratangira gushyirwa mu bikorwa kuri uyu wa Kabiri tariki ya 17 Kanama 2021.

    Uwo mwanzuro uvuga ko abanyeshuri bacumbika mu Murenge wa Tumba bagomba kuguma mu rugo kugeza igihe uwo murenge uzakurwa muri gahunda ya Guma mu Rugo n’inzego zibishinwe.

    Abakozi ba Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye batuye mu Murenge wa Tumba nabo bazakorera mu rugo kugeza igihe uwo murenge uzakurwa muri Guma mu Rugo.

    Kwigisha mu buryo bw’abanyeshuri bari kumwe na mwarimu mu ishuri (Physical classes) nabyo byahagaritswe kugeza igihe Umurenge wa Tumba uzavira muri Guma mu rugo.

    Gusa abanyeshuri bafatira amafunguro muri resitora iri muri Kaminuza y’u Rwanda bemerewe kujya kurya bamaze kwerekana ikarita y’ishuri n’ikarita y’iyo resitora.

    Basabye abarimu ba Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye gukoresha iki gihe bakosora ibizamini byamaze gukorwa.

    Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange, yabwiye IGIHE ko icyemezo cyafashwe na UR-Huye gikwiye kuko umurenge wa Tumba ufite abantu benshi banduye Covid-19.

    Ati “Tumba ni wo murenge ukigaragaramo ubwandu bwa Covid-9 buri hejuru ndetse ufite n’abarwayi benshi barwariye mu rugo. Kugabanya urujya n’uruza bizatuma ikwirakwira ry’ubwandu rigabanuka no gufasha gukurikirana abantu mu ngo abafite ibimenyetso bagapimwa.”

    Gusa kugeza ubu abanyeshuri biga cyiciro cya mbere cy’amashuri abanza n’abiga mu y’incuke bo bemerewe gukomeza amasomo mu Murenge wa Tumba n’ahandi hose biga.

    Akarere ka Huye kamaze iminsi ibiri ikurikiranye kaza imbere y’utundi mu kugira umubare munini w’abandura Covid-19. Kuri uyu wa Gatanu hagaragaye abantu bashya banduye 62, naho ku munsi wawubanjirije bari 48.

    Abanyeshuri ba UR Huye batuye mu murenge wa Tumba basabwe kuguma mu rugo mu rwego rwo kwirinda Covid-19

    [email protected]


    source : https://ift.tt/3xSLcqM

  • Polisi yataye muri yombi bane bakekwaho uruhare mu rupfu rw’umusore i Musanze – #rwanda #RwOT

    Uyu musore bivugwa ko yaburiwe irengero tariki 13 Kanama 2021, ubwo yavaga mu mujyi wa Musanze yerekeje Kidaho mu karere ka Burera kugurisha mudasobwa ye.

    Umuryango we warategereje uramubura, bakomeza kumushakisha ariko baraheba.

    Bivugwa ko urupfu rwe rwaje kumenyekana ubwo habonekaga umuntu ufite telefone n’imyenda ya nyakwigendera agiye kuyigurisha, yabazwa aho nyirabyo ari akavuga ko yapfuye.

    Polisi y’u Rwanda ibinyujije kuri Twitter, yatangaje ko bane mu bakekwa batawe muri yombi, mu gihe iperereza rigikomeje.

    Bagize bati “Muraho, Twafashe abantu bane bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Habimana Gad bakaba bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Muhoza mu gihe hagikorwa iperereza.”

    Muraho,

    Twafashe abantu bane bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Habimana Gad bakaba bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Muhoza mu gihe hagikorwa iperereza. Murakoze https://t.co/IGwks7hQD0

    — Rwanda National Police (@Rwandapolice) August 16, 2021

    Ntabwo icyihishe inyuma y’urwo rupfu kiramenyekana.

    Bane bakekwaho uruhare mu rupfu rw’uyu musore batawe muri yombi

    source : https://ift.tt/3sAmQBr

  • Rwamagana: Umwarimu washakishwaga akekwaho gusambanya umwana yatawe muri yombi agerageza gutanga ruswa – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa 16 Kanama 2021, ni bwo RIB yafunze uyu Nshimiyimana akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana w’umukobwa ufite imyaka 15, ndetse n’icyo gutanga indonke ingana n’ibihumbi 800 Frw kugira ngo dosiye ye yoroshywe n’Umugenzacyaha.

    Uyu mwarimu wari umaze iminsi ashakishwa yafatiwe aho yari yihishe ku mugabo mugenzi we witwa Nzabonimana Elissa na we ukurikiranyweho ubufatanyacyaha ku cyaha cya ruswa no kutamenyekanisha icyaha cy’ubugome cyangwa gikomeye.

    Amakuri IGIHE yamenye ni uko aba bombi bafatiwe mu cyuho aho bari bagiye guha Umugenzacyaha amafaranga kugira ngo dosiye izoroshywe.

    Bivugwa ko uyu Nshimiyimana yasambanyije umwana w’umukobwa ufite imyaka 15, tariki 5 Kanama 2021, ahita atoroka.

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) rurashakisha uwitwa Nshimiyimana Théodore ukekwaho icyaha cyo gusambanya umwana agahita acika. pic.twitter.com/eMEBdygYRd

    — Rwanda Investigation Bureau (@RIB_Rw) August 9, 2021

    Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yabwiye IGIHE ko uwo mugabo yafashwe nyuma y’igihe yari amaze iminsi yihisha.

    Ati “Yihishahishaga, ariko aza kwigira inama yo gutuma komisiyoneri kumuteretera Umugenzacyaha akamuha miliyoni 1 Frw ngo azayahe umugenzacyaha ngo yice dosiye.”

    Yakomeje agira ati “Umugenzacyaha yarabyemeye ariko ashaka kugera ku ntego ze zo gufata uwo muntu washakishwaga ku cyaha cy’ubugome. Uyu munsi ni bwo yafatiwe mu cyuho amaze gutanga ibihumbi 800 Frw, ibindi bihumbi 200 Frw yagombaga kubitanga ejo.’’

    Uwari ukurikiranyweho icyaha ndetse n’umukomisiyoneri yari yifashishije bombi batawe muri yombi.

    RIB yibukije abaturarwanda ko itazihanganira uzafatwa akora icyaha cyo guhohotera umwana; inakangurira abantu kwirinda gutanga ruswa ngo bakorerwe ibinyuranyije n’amategeko.

    Dr Murangira yakomeje ati “Abakeka ko bashobora gukora ibyaha, bakumva ko bakoresha amafaranga bagura ubutabera, ngo ibyo byaha ntibabiryozwe baribeshya cyane, bazakomeza gukurikiranwa. Ubutabera bushingira ku bimenyetso, ntibugurwa buraharanirwa. Abantu bakwiye kwitondera ibyo byaha bakora, kuko RIB ntizabihanganira.’’

    Aba bombi bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Rubona mu gihe iperereza rigikomeje kugira ngo hakorwe dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

    Nshimiyimana aramutse ahamwe n’icyaha cyo gusambanya umwana yahanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka 20 na 25.

    Mu gihe ku cyaha cyo gusaba, kwakira cyangwa gutanga indonke cyo gihanishwa igifungo kirenze imyaka itanu ariko kitarenze imyaka irindwi n’ihazabu y’amafaranga yikubye inshuro kuva kuri eshatu kugeza kuri eshanu z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye.

    Ukurikiranyweho icyaha cyo kutamenyekanisha icyaha cy’ubugome cyangwa gikomeye, kimuhamye yahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi atandatu ariko kitarenze umwaka umwe n’ihazabu y’atari munsi y’ibihumbi 100 Frw ariko atarenze ibihumbi 300 Frw.

    Ku kindi cyaha cy’ubufatanyacyaha ku cyaha cya ruswa cyo umufatanyacyaha ahanwa nk’uwagikoze.

    Umwarimu wo mu Karere ka Rwamagana ukurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya umwana no gutanga indonke yatawe muri yombi. Yafatanywe n’ukekwaho kumufasha kugerageza gutanga ruswa

    source : https://ift.tt/3yTDdv7

  • Musanze: Abantu bane batawe muri yombi bakekwaho kwica umuntu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Habimana Gad wo mu kigero cy’imyaka 21, abo mu muryango we ngo bamuheruka tariki 13 Kanama 2021, ababwira ko agiye ahitwa mu Kidaho(mu Murenge wa Cyanika) mu Karere ka Burera.

    Habimana Gad yari amaze iminsi umuryango we waramubuze
    Habimana Gad yari amaze iminsi umuryango we waramubuze

    Guhera uwo munsi ntibongeye kumuca iryera, ndetse na telefoni ze ngendanwa, ntizongeye gucamo. Amakuru Kigali Today ikesha zimwe mu nshuti za hafi z’umuryango wa nyakwigendera, avugo mu masaha yo ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere, tariki 16 Kanama 2021, ari bwo umurambo wa Habimana Gad, wasanzwe mu bwiherero, bikekwa ko yishwe.

    Polisi yifashishije urubuga rwayo rwa Twitter, itangaza ko yamaze guta muri yombi abantu bane bakekwaho uruhare mu rupfu rwa Habimana Gad. Igira iti: “Twafashe abantu bane bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Habimana Gad, bakaba bafungiye kuri Station ya Polisi ya Muhoza mu gihe hagikorwa iperereza”.

    Nyakwigendera yari atuye mu Murenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze. Ubwo twakoraga iyi nkuru, hari hagishakishwa uko umurambo ukurwa mu bwiherero, aho bawusanze mu Murenge wa Cyanika, kugira ngo ujyanwe gukorerwa isuzuma bityo hamenyekane icyamwishe.


    source : https://ift.tt/2Uqhc8c

  • Mu Rwanda abantu 969 bamaze kwitaba Imana kubera #COVID19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abantu 10 bitabye Imana kubera icyo cyorezo, bituma umubare w’abamaze gupfa bose uba 969. Abitabye Imana ni bagore 5 n’abagabo 5.

    Iyo Minisiteri yatangaje kandi ko ku wa Mbere abasezerewe mu bitaro ari 7 mu gihe ababyinjiyemo bashya ari 11, abarembye ni 37.

    Abahawe doze ya mbere y’urukingo ku wa Mbere ni 8,759 naho abamaze gukingirwa bose bakaba ari 898,754.

    source : https://ift.tt/2W0215Q