Tag: featured

  • #COVID19: Abantu 8 bitabye Imana, abanduye bashya babonetse ni 557 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abantu 8 bitabye Imana kubera icyo cyorezo, bituma umubare w’abamaze gupfa bose uba 977. Abitabye Imana ni bagore 2 n’abagabo 6.

    Abamaze gukingirwa bose hamwe ni 951,795 nk’uko imibare yatangajwe ibigaragaza.

    source : https://ift.tt/3jWgXug

  • Umuganura ufite uruhare runini mu kubaka Ubunyarwanda mu babyiruka #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Minisitiri Rosemary Mbabazi avuga ko Umuganura ufite Indangagaciro zubaka ubumwe mu Banyarwanda
    Minisitiri Rosemary Mbabazi avuga ko Umuganura ufite Indangagaciro zubaka ubumwe mu Banyarwanda

    Izo ndangagaciro fatizo enye harimo kubaka ubumwe, Ubupfura, gukunda umurimo, no gukunda Igihugu, zose zikaba zigamije gufasha Abanyarwanda by’umwihariko urubyiruko kuzuzanya kandi bagakundana hagati yabo.

    Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco, Rosemary Mbabazi, atangaza ko kubaka ubumwe byatumye Abanyarwanda bafatanyiriza hamwe gushaka ibisubizo by’ibibazo bya Covid-19, cyane cyane urubyiruko rukaba rukorera ubushake mu bukangurambaga bujyanye no kwirinda icyo cyorezo.

    Avuga ko mu rwego rwo kwizihiza umuganura muri uku kwezi kwa Kanama 2021 hari inzego nyinshi zirimo gukora ibishoboka ngo Umunyarwanda aho ari hose yumve atekanye kandi arangwe no gushyigikirana na mugenzi we baganuzanya kandi baganuza u Rwanda.

    Agira ati “Kuganura no kuganuza u Rwanda ni ukuba buri wese akora ikintu gifitiye mugenzi we inyungu, nko gukoresha imbaraga ku rubyiruko ngo bahashye icyorezo cya Covid-19, abaganga bafasha abarwayi, abasirikare ku mutekano ngo Umunyarwanda adahungabana, ibyo byose ni ugukunda igihugu, ni ukunga ubumwe”.

    Kwizihiza Umuganura mu muryango bihuza abakuru n’abato

    Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke, Deogratsias Nzamwita avuga ko mu gihe cya Covid-19 abantu batabonye uko basabana cyane ari na yo mpamvu umuganura wizihirijwe mu muryango, abana bakaganuza ababyeyi n’ababayeyi bakaganuza abana, ibyo bigafasha abo bombi kungurana ibitekerezo n’inama ku byo bashyiramo imbaraga kugira ngo umuganura w’ubutaha bazabe bageze ku rwego rushimishije.

    Agira ati “Iyo ababyeyi bahuye n’abana ku munsi nk’uyu bagomba kuganira bareba ibyo bagezeho mu muryango byaba ubuhinzi n’ubworozi cyangwa akandi kazi kabaha umusaruro, barebera hamwe niba hari icyo umuryango wungutse, ndetse haba haranabayeho ibibazo bakabona umwanya wo kubiganiraho no gushyiraho ingamba zo kubikemura, ibyo rero ni ibintu byiza bizatuma abana barebera ku bakuru uko barushaho kwitwara”.

    Umunyeshuri witwa Rutaganira wiga mu gihugu cy’u Burusiya mu bijyanye no gutubura ibiribwa, avuga ko ibyo yiga byahuzwa n’umuganura kuko niba umusaruro watubutse abantu bazihaza mu biribwa basagurire amasoko biteze imbere n’Igihugu muri rusange.

    Agira ati “Indangagaciro zacu nituzihuza n’ubumenyi dukura muri ibi bihugu bizatuma tuvomana ubumenyi ingufu n’imbaraga, tugira imihigo ku buryo umunsi tuzataha tuzaganuza u Rwanda nk’Igihugu cyacu, kuko Igihugu cyacu cyatuganuje kugera ku bumenyi natwe dukwiye kugira icyo tukiganuza”.

    Umuyobozi mukuru wungirije w’Inteko y’umuco bwana, Uwiringiyimana Jean Claude, avuga ko urubyiruko rufite amasomo menshi rwakura mu muganura rugendeye ku ndangagaciro zawo, kugira ngo irusheho kubaka Ubunyarwanda.

    Asaba urubyiruko gukurikira inyigisho zijyanye n’umuco w’u Rwanda kugira ngo iterambere rutegerejweho rizabashe gutanga umusaruro, kuko niho hari ingufu zizatuma bubaka Igihugu cyabo bakazanakiraga abazabakomoka.

    Agira ati “Ntabwo ibyo twiteze ku rubyiruko rw’ejo hazaza twazabibona igihe batavoma mu ndangagaciro za wa muco mwiza wacu urimo n’umuganura, kuko ziriya ndagagaciro ni nka moteri yo kubaha ingufu zo kubaka Ubunyarwanda”.

    Umuganura ni umwanya wo kubaka ubumwe bubyara ubufatanye

    Umukozi ushinzwe iby’amasoko no guhuza abakiriya muri Trans Union Rwanda (TUR), Ntazinda Marcel, avuga ko ku muganura ari ho hasanirwa Ubumwe bw’Abanyarwanda kandi urubyiruko rufite byishi rwaboma mo bizatuma ababyiruka bakomeza kunga ubumwe.

    Agira ati “Mu muganura ni ho dusanira ubumwe bwacu tukavuga ngo dusangire dusabane dukureho ibidutandukanya, tunemeze ibyo tuzageraho mu gihe kizaza, Imihigo y’umuryango kuzayigeraho ni ugufatanya, ubwo bufatanye bubyara ubumwe, iyo ubumwe buhari bugeza ku iterambere”.

    Yongeraho ko umubare munini w’Abanyarwanda ari urubyiruko kandi abakuru bamaze kubaka umusingi w’Ubumwe kandi uwo musingi ari urubyiruko rukwiye kuwubakiraho, rumenye kubaka ubumwe urubyiruko rumenye guhiga imihigo, rumenye ngo uyu mwaka twageze kuki umwaka utaha tuzagera kuki.

    Uwiringiyimana kandi asanga umuryango ari urubuga rwiza rwo kuganiriramo n’abato ibyarushaho kububaka bakarushaho kwiyumva mu iteremabere ry’igihugu no kurigiramo uruhare, dore ko insanganyamatsiko tuzirika igira iti “Umuganura Isoko y’Ubumwe n’ishingiro ryo Kwigira”

    Uwiringiyimana agira inama urubyiruko yo kugira ubumwe bushingiye ku muganura bufitiye urubyiruko akamaro igihe cyose ruzakunda umurimo ushingiye ku bupfura bigira ku bakuru, amasomo ava mu murage w’abakurambere, ntihitabwe ku byo usanga urubyiruko rushaka gushyira imbere kandi bihabanye n’indangagaciro z’abakurambere.


    source : https://ift.tt/384OEo5

  • Ikibuga Mpuzamahanga cy’indege cya Kigali cyashyizwe mu bya mbere mu bwiza #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ikibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Kigali cyashyizwe ku mwanya wa munani (8) mu bibuga byiza muri ‘EAC’, ndetse kiba icya karindwi (7) mu bibuga bifite isuku ku Mugabane wa Afurika.

    Ibibuga by’indege bitatu bibanza mu bwiza ni ibyo muri Afurika y’Epfo, harimo ikibuga cya ‘Cape Town’, ‘Durban King Shaka International Airport’ ndetse n’icya Johannesburg.

    Ku mwanya wa kane haza ikibuga cy’indege cya Mauritius, mu gihe ku mwanya wa gatanu haza ikibuga cya Marrakech muri Maroc.

    Mu bibuga by’indege bifite isuku muri Afurika, n’ubundi ikibuga cya Cape Town kiza ku mwanya wa mbere, kigakurikirwa n’icya ‘Durban Kinga Shaka International Airport’, ku mwanya wa gatatu haza Ikibuga cy’indege cya Mauritius, ku mwanya wa Kane hakaza icya Johannesburg mu gihe ku mwanya wa gatanu hari ikibuga cy’ indege cya Seychelles.

    Ku rwego rw’ Isi, ibibuga bya mbere byiza ni ‘Doha Hamad International Airport’ cyo muri Qatar, hagakurikiraho Ikibuga cy’ indege cya ‘Tokyo Haneda Airport’ cyo mu Buyapani, ku mwanya wa gatatu Hari ‘Changi Airport’ cyo muri Singapore, ku mwanya wa Kane hari ikibuga cy’indege cya ‘Seoul Incheon International Airport’ cyo muri Korea y’Epfo, mu gihe ku mwanya wa gatanu hari ikibuga cy’indege cya ‘ Tokyo Narita’ cyo mu Buyapani.

    Nk’uko bigaragara ku rubuga rwa Interineti rwa ‘Skytrax World Aiport’, ibihembo bya ‘Skytrax best airport awards’ bitorwa bigendeye ku biterekerezo by’abakiriya b’ibyo bibuga.

    Skytrax ivuga ko urutonde rw’ibibuga byiza cyangwa se bifite isuku, rukorwa hashingiwe ku byo rubanda rubikoresha ruvuga. Gusa ngo gutanga amanota ku bibuga by’indege muri iki gihe, na byo byagizweho n’ingaruka z’icyorezo cya Covid-19.

    Itangazo ryasohowe na Skytrax rigira riti “Skytrax World Airport Awards ya 2021 yateguwe hazirikanwa ingufu ibibuga by’indege byose byashyize mu guhangana n’ingaruka z’icyorezo cya Covid-19. Amezi 18 ashize, yaranzwe n’ibibazo ndetse arangwa n’ihungabana ry’ubukungu urwego rw’ ubwikorezi bwo mu kirere rutari rwarigeze rubona. Ibibuga by’indege byashoye imari mu gushaka uko byarinda abakiriya ndetse n’abakozi babyo muri iki gihe cy’icyorezo cya Covid-19”.

    Iyo nyandiko ikomeza igira iti” Ubu abagenzi benshi baratora ibibuga by’indege bakunda cyangwa babona byiza, bagendeye k’uko babibonaga mbere gato y’uko icyorezo cya Covid-19 cyaduka, mu gihe abandi barimo batora bagendeye ku byo babonye ku bibuga by’indege muri iki gihe cya Covid-19″.

    source : https://ift.tt/37PsDt9

  • RIB yafashe umwalimu ukekwaho gusambanya umwana yigishaga #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Tariki ya 05 Kanama 2021, nibwo Nshimiyimana Theodore bivugwa ko yasambanyije umwana w’umukobwa yigishaga, icyaha yakoreye mu Mudugudu wa Mitari, Akagari ka Kabatasi, Umurenge wa Rubona, Akarere ka Rwamagana ahita acika.

    Ku wa Mbere tariki ya 16 Kanama 2021, nibwo Nshimiyimana Theodore yafashwe ari kumwe na Nzabonimana Elissa w’imyaka 37 y’amavuko wari umuhishe banafatanwa amafaranga y’u Rwanda 800,000 bashakaga guha Umugenzacyaha kugira ngo yoroshye dosiye.

    Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr. Murangira B. Thierry, yavuze ko Nshimiyimana yakomeje kwihishahisha ariko aza kubona ko bitagishobotse ahitamo gutuma Nzabonimana Elissa ku mugenzacyaha kugira ngo bamuhe ruswa bityo dosiye ye yoroshywe.

    Yagize “Yabonye kwihishahisha bitamushobokera, bimaze kumugora abona nta herezo ryabyo akoresha umukomisiyoneri wari umuhishe iwe ngo agende avugane n’Umugenzacyaha bamuhe ruswa na we abona ari uburyo bwiza bwo gufata umunyacyaha, arabyemera bamwemerera 1,000,000 frs, bumvikana aho bahurira kwa Nzabonimana Elissa wari umukomisiyoneri wari unahishe Nshimiyimana, bafatanwa 800,000 frw andi 200,000 frw bari kuyamuha none.”

    Nshimiyimana Theodore na Nzabonimana Elissa bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Rubona mu gihe hagikorwa iperereza kugira ngo hakorwe dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

    Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yavuze ko nta muntu ushobora kugura ubutabera kugira ngo adakurikiranwaho icyaha anibutsa ko icyaha cya ruswa kitababarirwa.

    Yavuze ko abakeka ko bashobora gutanga ruswa mu bugenzacyaha, mu bushinjacyaha no mu nkiko ko ijisho ry’ubutabera ribareba.

    Yagize ati “Uretse kuba RIB itazihanganira icyaha cyo gusambanya umwana no kumuhohotera mu bundi buryo, ruswa na yo iri mu byaha bigomba kurwanywa bikaranduka. Ruswa ni mbi cyane kandi ikagira n’ingaruka mbi yo kuba abantu b’umutima mucye batuma ubutabera butagerwaho.”

    Yanashimiye kandi umugenzacyaha wagaragaje ubunyangamugayo akanga kwakira ruswa ahubwo agatuma umunyacyaha afatwa.

    Dr. Murangira kandi yanavuze ko biteye isoni, ikimwaro n’akababaro kubona hari abantu bagitekereza guhishira abakoze ibyaha bikomeye nyamara ahubwo bagomba kugira uruhare mu kubafata.

    Yasabye abaturage ubufatanye n’inzego z’umutekano, bagatangira amakuru ku gihe kugira ngo abanyabyaha bafatwe bahanwe. RIB kandi ngo iracyakomeje iperereza rigamije kumenya abahishe Nshimiyimana bose kugira ngo bahanwe.

    Nshimiyimana Theodore akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana gihanwa n’ingingo ya 04 y’itegeko No 69/2019 ryo kuwa 08/11/2019 rihindura itegeko No 68/2018 ryo kuwa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano rusange. Aramutse ahamwe n’iki cyaha yahanishwa igihano cy’igifungo kitari munsi y’imyaka 20 ariko kitarenze imyaka 25.

    Akurikiranyweho kandi icyaha cyo gusaba, kwakira cyangwa gutanga indonke gihanwa n’ingingo ya 04 y’itegeko No 54/2018 ryo kuwa 13/08/2018 ryerekeye kurwanya ruswa. Aramutse ahamwe n’iki cyaha yahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu (3) kugeza kuri eshanu (5) z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye.

    Naho Nzabonimana Elissa akurikiranyweho icyaha cyo kutamenyekanisha icyaha cy’ubugome cyangwa gikomeye gihanwa n’ingingo ya 243 y’itegeko No 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

    Aramutse ahamwe n’iki cyaha yahanishwa igihano cy’igifungo kitari munsi y’amezi atandatu (6) ariko kitarenze umwaka (1), n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya 100,000 frw ariko atarenze 300,000 frw.
    Hari kandi icyaha cy’ubufatanyacyaha ku cyaha cya ruswa gihanwa n’ingingo ya 84 y’itegeko No 68/2018 ryo kuwa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

    Aramutse ahamwe n’iki cyaha yahanwa nk’uwakoze icyaha cyo gusaba, kwakira cyangwa gutanga indonke.

    source : https://ift.tt/3iQEg9y

  • Kigali: Umusore w’imyaka 23 yafatanwe moto ebyiri zibwe mu rugo rw’Umunyamerika – #rwanda #RwOT

    Uyu musore yafashwe mu gitondo cyo ku wa 16 Kanama 2021, akaba yari mu itsinda ry’abantu batatu basunikaga moto bari bamaze kwiba bitewe n’uko bari bananiwe kuzifungura, babiri muri bo bakaba bacitse nyuma yo kubona abapolisi.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera yavuze ko uyu musore yafashwe ku bufatanye bw’abaturage na Polisi binyuze mu guhanahana amakuru.

    Yagize ati “Polisi yabonye amakuru atanzwe n’abaturage bo mu Murenge wa Kimihurura saa kumi n’ebyiri, bavuze ko hari moto ebyiri bacyeka ko zibwe n’abo bantu batatu barimo kuzisunika. Hashakishijwe bariya bantu bafatirwa mu Murenge wa Kimihurura mu kilometero kimwe uvuye mu rugo rw’umuturage (Umunyamerika) ari naho izi moto zari zibwe.”

    CP Kabera yashimiye abaturage ku gikorwa bagaragaje mu kwicungira umutekano binyuze mu gutanga amakuru ku bantu bijandika mu byaha. Yashimiye uribyiruko rw’abakorerabushake by’umwihariko ku ruhare rwabo mu kurwanya ibyaha.

    Uyu musore wafashwe yahise ashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Kimihurura mu gihe hagishakishwa abandi babiri bari kumwe na we.

    Ukekwaho ubujura bwa moto yafashwe ari kuzisunika nyuma yo kunanirwa kuzifungura bakimara kuziba

    source : https://ift.tt/3mbupgG

  • MTN Rwanda yaremeye abangavu batewe inda – #rwanda #RwOT

    Ni igikorwa cyabaye ku wa Gatanu tariki ya 14 Kanama 2021, ubwo iyi sosiyete ifatanyije n’umuryango wo kwita ku bari n’abategarugori Empower Rwanda bashyikirizaga aba bangavu inkunga yo kubafasha kwiteza imbere.

    Inkunga yatanzwe ingana na miliyoni 1o z’amafaranga y’u Rwanda ikaba yahawe abangavu 110 barimo 60 bo mu Karere ka Rwamagana na 50 bo muri Gatsibo. Bagenewe amatungo magufi, ibikoresho by’isuku ndetse bashyirirwaho ikigo bazajya bigiramo kudoda.

    Umuyobozi ushinzwe Imibanire n’Imikoranire n’inzego muri MTN, Numa Alain, yavuze ko iki gikorwa cyateguwe kugira ngo begere aba bana, banabafashwe kwiteza imbere ngo hato batazagwa mu bishuko.

    Yagize ati “Tugamije kubegera nk’ikigo, kugira ngo bumve ko batari bonyine. Twaje kugira ngo tubabwire ko ejo habo ari heza batagomba gutakaza ibyiringiro. Ariko tubagenera ibintu bitandukanye kugira ngo babashe kwiteza imbere.”

    Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab, yashimiye MTN Rwanda na Empower Rwanda ku nkunga bahaye aba bangavu yizera ko izabagirira akamaro.

    “Iyi nkunga izadufasha kuko aho guha umuntu ifi uzamwigishe kuyirobera aha ni ko byagenze, bahawe ihene zizabyara izindi akajya agenda agurishaho azaba afite amafaranga. Buriya yabona n’amashunushunu ashobora kurinda abana imirire mibi. Ni ibintu byo gushimira MTN na Empower Rwanda.”

    Ku ruhande rw’abangavu batewe inda bavuze ko bagiye bashukishwa utuntu duto tukabaviramo guterwa inda.

    Mukeshimana Divine wo mu Karere ka Gatsibo yatewe inda afite imyaka 14 yavuze ko iyi nkunga izamurinda kongera kugwa mu bishuko.

    Yagize ati “Hari umuntu wajyaga aza iwacu rimwe arambwira ngo yavuye i Kigali hari akantu yanzaniye ningende akampe, ngiye ni bwo twaryamanye ndatwita.”

    Mukarugizwa Daphrose wo mu Karere ka Rwamagana yagize ati “Uwanteye inda yanshukishije amafaranga, kumwe uba ukeneye amavuta cyangwa umwambaro utari buwubone ni bwo buryo banshutse.”

    Bakomeje bavuga ko iyi nkunga bahawe bazayibyaza umusaruro mu kwirinda abakongera kubagusha mu bishuko.

    Mukeshimana yagize ati “Ndashimira MTN na Empower Rwanda kuba baduhaye iyi nkunga ndizera ko izamfasha nkabasha kubona ibyo nkeneye ku buryo ntawe uzongera kugira icyo anshukisha.”

    Abana batewe inda mu Karere ka Gastibo uyu mwaka bamaze kugera kuri 800, mu Karere ka Rwamagana ho habarirwa abangavu baterwa inda bari hagati ya 250 na 300 ku mwaka.

    Mu byo abangavu bahawe harimo n’imshini zo kudoda

    Abangavu batewe inda bahaweamatungo magufi n’ibindi bikoresho bizabafasha kwirinda kongera kugwa mu bishuko

    Empower Rwanda yiyemeje kwegera abana b’abakobwa batewe inda imburagihe

    Umuyobozi ushinzwe Imibanire n’Imikoranire n’inzego muri MTN, Numa Alain, yavuze ko iki gikorwa cyateguwe kugira ngo begere aba bana, banabafashwe kwiteza imbere ngo hato batazagwa mu bishuko.

    Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab, yashimiye MTN Rwanda na Empower Rwanda inkunga bageneye aba bangavu

    source : https://ift.tt/3D42nd5

  • Nyaruguru: Abaturage barinubira kugira imiyoboro n’amavomero bitagira amazi – #rwanda #RwOT

    Ibikorwaremezo bishyirirwaho kugira ngo abaturage babashe kugira ubuzima bwiza ariko hari aho usanga ibikorwa byarashyizweho, ntibigire umusaruro bitanga.

    Abaturage bo mu Murenge wa Cyahinda baganiriye na Radio1 bavuze ko nubwo bafite ibikorwaremezo by’amazi igihe kinini bakimara ntayo bafite, bakaba bagorwa no kujya kuvoma mu bishanga n’inzuzi.

    Umwe yagize ati “Dufite ikibazo cy’amazi ntabwo tuzi aho yapfiriye, tubona yarakamye ariko akanyaruka rimwe na rimwe akaza ariko nyuma y’iminsi ibiri akaba aragiye, iyo ntayo dufite tuvoma mu kabande.”

    Undi ati “Ayo mazi nubwo bayazanye usanga tutayabona, bavuga ko ahari kandi ntayo. Iminsi myinshi ntaba ahari, ubu kuva mu kwezi kwa kane nari ntarabona amazi, ejo bundi aje na bwo aba aragiye.”

    Aba baturage bavuga ko batazi impamvu amazi yabo aza agahita agenda, mu gihe Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu Murenge, Nirere Yvette Aline, asobanura ko ikibazo cy’amazi giterwa n’ibibazo bitandukanye birimo iyangirika ry’imiyoboro iterwa n’ikorwa ry’imihanda n’ibiza.

    Yagize ati “Ikibazo cyari gihari cy’amazi cyaturakaga ku muyoboro dufatiraho wa Nyabimata, ni ikibazo cy’akarere kose; wari warangiritse hashira igihe bari kuwukora, bawurangije bikubitana no kwimura amatiyo y’amazi kubera umuhanda wa kaburimbo.”

    “Ariko hari hashize iminsi abaturage bavoma natwe tuvoma ariko kubera imvura yaguye ni yo mpamvu yongeye akagenda ariko mu byumweru nka bitatu yari ahari.”

    Kuba hari abagifite ibikorwaremezo by’amazi ariko babibona bishobora gukoma mu nkokora gahunda ya Guverinoma y’u Rwanda, iteganya ko mu 2024 Abanyarwanda bose bazaba baramaze kwegerezwa amazi meza ku kigero cya 100%.

    Abaturage bo mu Murenge wa Cyahinda mu Karere ka Nyaruguru barataka ko batajya babona amazi mu buryo buhoraho

    source : https://ift.tt/3g7KW12

  • Nyabihu: Abaturiye Pariki y’Ibirunga barifuza ko bakemurirwa mu buryo buramye ikibazo cy’inyamaswa zibonera – #rwanda #RwOT

    Abatuye mu ri aka gace babwiye Radiyo Rwanda ko babangamiwe n’inyamaswa ziganjemo imbogo ziri kurenga imbibi za parike zikabonera imyaka irimo ibirayi baba barahinze bibavunnye.

    Bemeza ko ibi biri guterwa n’uko umuringoti wari waraciwe mu rwego rwo gukumira izi nyamaswa wuzuye ku buryo biri kubatera igihombo gikomeye. Umwe yagize ati “Hari gihe imbogo zisohoka ziri hagati ya 50 cyangwa 100.”

    Undi ati “Zimanuka (imbogo) ari nk’icumi cyangwa se 20 gutyo kandi nabwo zikamanuka ziri mu byiciro zimwe zimanukira kuri uru ruhande izindi muri kuri ruriya ruhande.”

    Yongeyeho ko izi mbogo zibonera buri munsi ku buryo hari n’ubwo abashinzwe kurinda imirima y’ibirayi batinya kubisikana nazo bakazihunga.

    Bakomeza bavuga ko ikibabaza ari uko batishyurwa ingurane z’ibyo izi nyamaswa ziba zangije nk’uko bikorerwa abaturage bo mu Kinigi mu Karere ka Musanze batuye hafi ya Pariki y’Igihugu y’Ibirunga.

    Umuyobozi w’Ikigega cy’Ubwishingizi ku mpanuka no ku bangirijwe n’inyamaswa, Dr Joseph Nzabonikuze yavuze ko iyo babonye raporo y’ibyangijwe byose n’inyamaswa byishyurwa.

    Yavuze ko ikibazo cy’abaturage batishyurwa ingurane ku myaka yabo iba yangijwe n’inyamaswa hari igihe usanga byapfiriye mu nzego z’ibanze.

    Ati “Ni ibintu bishoboka y’uko umuntu ashobora nko gutanga dosiye akayiha umunyamabanga Nshingwbaikorwa ntayitugezeho kubera impamvu zitandukanye, bibaho kuko baba bafite amadosiye menshi cyane, ndumva ejo bundi baraje bafite amadosiye ageze mu 2000 y’abangirijwe n’inyamaswa mu mezi nk’atatu ashize aho.”

    Yavuze ko kuri ubu imirimo yo kubarura abangirijwe n’inyamaswa yarangiye hasigaye kuyisuzuma ubundi amafaranga y’indishyi agashyirwa kuri konti zabo.

    Abaturiye Pariki y’Ibirunga mu Karere ka Nyabihu barifuza ko ikibazo kinyamaswa zirimo imbogo zibonera cyakemurwa vuba

    source : https://ift.tt/3yYqNCi

  • Gisozi: Agakiriro kongeye kwibasirwa n’inkongi y’umuriro yangije byinshi (Amafoto) – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 17 Kanama 2021, ahagana saa tatu za mu gitondo ni bwo aka gakiriro kongeye kwibasirwa n’inkongi y’umuriro, ku gice gikoreramo Koperative ADARWA.

    Bamwe mu baturage bagakoreramo babwiye IGIHE ko iyi nkongi yatewe n’ibishashi by’umuriro byaturutse ku bikorwa byo gusudira byaje kugwa kuri matela bituma umuriro utangira gufata ibindi bintu bitandukanye byari aho hafi.

    Uwase Clarisse yagize ati “Iyi nkongi yatewe n’uwasudiraga noneho akantu k’igishashi gatakara muri matela zihita zitangira gushya.”

    Yasabye inzego zibishinzwe ko zakangurira abahakorera kugira kizimyamoto kugira ngo igihe inkongi yibasiriye aka gakiriro bajye bahita babasha kuyizimiriza itarafata ibintu byinshi.

    Umusore witwa Habimana Selemani yavuze ko matela zikwiye gukurwa muri aka gakiriro kugira ngo hakumirwe n’inkongi za hato na hato zikunze kuhagaragara anashishikariza abagakoramo kugira ubwinshingizi ngo kuko benshi mu bahakorera ntabwo bagira.

    Ubwo iyi nkongi yibasiraga aka gakiriro, kizimyamoto eshanu za polisi zahise zihagera zitangira kuyizimya uretse ko kugeza saa ine n’igice z’amanywa yari itarazima, ibyangiritse bikababaka miliyoni 400 z’amafaranga y’u Rwanda.

    Ibikoresho bitandukanye byahiye birakongoka

    Abakorera mu gakiriro bafashije polisi mu kuzimya inkongi

    Ubukana bw’inkongi mu Gakiriro bwatumye benshi bakuka umutima abandi bababazwa n’ibyabo byangiritse

    Mu byangiritse harimo n’imashini zifashishwaga mu bikorwa bitandukanye

    Imbaho na zo zafashwe n’inkongi zirashya

    Ibikorwa byo kuzimya iyi nkongi byamaze umwanya munini bitaratanga umusaruro

    Polisi yatabaye vuba ihita itangira kuzimya iyi nkongi

    Amafoto: Thamimu Hakizimana


    source : https://ift.tt/3m9DM09