Tag: featured

  • Undi muntu ahanutse ku igorofa ry’Inkundamahoro #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abaganga bakora ubutabaze ku wari umaze guhanuka
    Abaganga bakora ubutabaze ku wari umaze guhanuka

    Uwo mucuruzi agize ati “Nsohotse njya kureba nsanga abapolisi n’imbangukiragutabara bamuriho, we ashobora kuba atapfuye ariko”.

    Yongeye ati “Ariyahuye, ariko nta makuru menshi mbifiteho, ashobora kuba yahanutse ava hafi kuko nabonaga ameze nk’utapfuye, ni ku rundi ruhande ntabwo ari hahandi uw’ejobundi yiyahuriye”.

    Ku wa Gatanu tariki 13 Kanama 2021, na bwo kuri iyo nyubako y’Inkundamahoro muri Nyabugogo, hiyahuriye umugabo wahanutse avuye mu igorofa rya gatandatu ahita apfa.


    source : https://ift.tt/3mbWFj0

  • Bamwe mu bakina hanze batangiye imyitozo mu Mavubi, abandi bazahurira nayo muri Maroc #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kuri Stade Amahoro ndetse na Stade ya Kigali i Nyamirambo, hakomeje kubera imyitozo y’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru “Amavubi”, mu gutegura imikino ibiri yo gushaka itike y’igikombe cy’isi kizabera muri Qatar 2022.

    Iyi mikino u Rwanda ruri mu itsinda E aho rugomba gukina n’ikipe y’Igihugu ya Mali tariki ya 01 Nzeri 2021, aho umukino uzabera Agadir muri Maroc, nyuma rukakira Ikipe y’Igihugu ya Kenya ku itariki ya 5 Nzeri 2021 kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo.

    Mu bakinnyi bahamagawe bakina hanze y’u Rwanda kugeza ubu uwatangiye imyitozo ni BUHAKE Twizere Clement ukina muri Strømmen IF yo muri Norvége. Undi mukinnyi waje avuye hanze ni Byiringiro Lague wari umaze iminsi akora igeragezwa hanze y’u Rwanda ariko bikaba bitaramukundira kubona ikipe.

    Myugariro RUKUNDO Denis wavuye Uganda agiye mu ikipe ya AS Kigali yamaze gusinyira, yahitiye mu kato k’iminsi irindwi nk’uko amabwiriza abiteganya, ubu nawe akaba ari gukorana imyitozo n’abandi bakinnyi b’Amavubi.

    Ku bandi bakinnyi bahamagawe bwa mbere baturutse mu gihugu cya Uganda ari bo NSENGIYUMVA Isaac (Express FC, Uganda) ndetse na Jamil Kalisa wa Vipers nabo kugeza ubu baracyari mu kato aho bagombagakongera gupimwa uyu munsi bakabona gusanga abandi uyu munsi mu myitozo

    Bizimana DJIHAD ukina mu ikipe ya KMSK Deinze azasanga abandi Agadir muri Maroc nyuma y’umukino afite tariki tariki 29/08/2021, naho abandi bakinnyi hataramenyekana igihe bazazira.

    source : https://ift.tt/3y26odX

  • Kigali: Mu cyumweru cya mbere cya Kanama inyubako 7 zatahuweho kwiba amashanyarazi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bamwe mu bakekwaho ubu bujura barafashwe bakaba barimo gukurikiranwa
    Bamwe mu bakekwaho ubu bujura barafashwe bakaba barimo gukurikiranwa

    Tariki ya 05 Kanama 2021 mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Jabana, Akagari ka Kabuye, Umudugudu w’ihuriro, inzu icumbikira abantu (Lodge), resitora, ndetse n’andi mazu y’ubucuruzi abiri by’uwitwa Nzeyimana ndetse n’abakodesha ayo mazu ye zafashwe zikekwaho gukoresha amashanyarazi y’amibano. Yaba Nzeyimana n’abo bakodesha ayo mazu ntibari bahari ngo babibazwe ubu baracyashakishwa.

    Ku munsi ukurikiyeho tariki 06 Kanama 2021 urugo rwa Nsengiyumva ndetse n’urwa Uwilingiyimana zose ziherereye mu Murenge wa Gatenga, Akarere ka Kicukiro, ndetse n’urugo rwa Nzeyimana ruherereye mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro zose zafashwe zikekwaho gukoresha amashanyarazi y’amibano.

    Ba nyiri aya mazu bahise bashyikirizwa RIB ya Kicukiro kugira ngo bakurikiranwe kuri ibyo byaha bakekwaho.

    Umuyobozi w’Ishami rishinzwe ubucuruzi mu Kigo cy’Igihugu Gishinzwe gukwirakwiza amashanyarazi (EUCL), Karegeya Wilson, avuga ko abakekwa bose bagezwa imbere y’ubutabera bagakurikiranwa kuri ibyo bikorwa bibi ndetse ashishikariza abaturage gukomeza gukorana na REG n’inzego z’umutekano kuranga izi nkozi z’ibibi cyane cyane ko kwiba amashanyarazi bimunga ubukungu bw’Igihugu.

    Karegeya yamaganye ibikorwa byo kwiba amashanyarazi, anasaba abaturage kubyirinda kuko ngo uretse kuba bidindiza iterambere ry’igihugu, bishobora no guteza impanuka za hato na hato.

    Ati “REG ifatanyije n’inzego z’umutekano n’abaturage buri gihe ikora ubugenzuzi bugamije guhagarika ibikorwa by’abantu biba amashanyarazi mu gihugu hose, kuko uretse kuba ari igihombo ku kigo, ni igihombo no ku gihugu kuko bibangamira intego z’iterambere ry’igihugu”.

    Imwe mu nyubako zafashwe zivugwaho kwiba amashanyarazi
    Imwe mu nyubako zafashwe zivugwaho kwiba amashanyarazi

    Abantu baranze inyubako ziba amashanyarazi hari igihembo bagenerwa na REG kubera icyo gikorwa bakoze.

    Kwiba amashanyarazi kandi ni icyaha gihanwa n’itegeko nimero Nº52/2018 ryo ku wa 13/08/2018 risimbura iryavuguruwe Nº21/2011 ryo ku wa 23/06/2011.


    source : https://ift.tt/37SyRZ9

  • Kigali: Mu cyumweru cya mbere cya Kanama inyubako 7 zafashwe zikekwaho kwiba amashanyarazi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bamwe mu bakekwaho ubu bujura barafashwe bakaba barimo gukurikiranwa
    Bamwe mu bakekwaho ubu bujura barafashwe bakaba barimo gukurikiranwa

    Tariki ya 05 Kanama 2021 mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Jabana, Akagari ka Kabuye, Umudugudu w’ihuriro, inzu icumbikira abantu (Lodge), resitora, ndetse n’andi mazu y’ubucuruzi abiri by’uwitwa Nzeyimana ndetse n’abakodesha ayo mazu ye zafashwe zikekwaho gukoresha amashanyarazi y’amibano. Yaba Nzeyimana n’abo bakodesha ayo mazu ntibari bahari ngo babibazwe ubu baracyashakishwa.

    Ku munsi ukurikiyeho tariki 06 Kanama 2021 urugo rwa Nsengiyumva ndetse n’urwa Uwilingiyimana zose ziherereye mu Murenge wa Gatenga, Akarere ka Kicukiro, ndetse n’urugo rwa Nzeyimana ruherereye mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro zose zafashwe zikekwaho gukoresha amashanyarazi y’amibano.

    Ba nyiri aya mazu bahise bashyikirizwa RIB ya Kicukiro kugira ngo bakurikiranwe kuri ibyo byaha bakekwaho.

    Umuyobozi w’Ishami rishinzwe ubucuruzi mu Kigo cy’Igihugu Gishinzwe gukwirakwiza amashanyarazi (EUCL), Karegeya Wilson, avuga ko abakekwa bose bagezwa imbere y’ubutabera bagakurikiranwa kuri ibyo bikorwa bibi ndetse ashishikariza abaturage gukomeza gukorana na REG n’inzego z’umutekano kuranga izi nkozi z’ibibi cyane cyane ko kwiba amashanyarazi bimunga ubukungu bw’Igihugu.

    Karegeya yamaganye ibikorwa byo kwiba amashanyarazi, anasaba abaturage kubyirinda kuko ngo uretse kuba bidindiza iterambere ry’igihugu, bishobora no guteza impanuka za hato na hato.

    Ati “REG ifatanyije n’inzego z’umutekano n’abaturage buri gihe ikora ubugenzuzi bugamije guhagarika ibikorwa by’abantu biba amashanyarazi mu gihugu hose, kuko uretse kuba ari igihombo ku kigo, ni igihombo no ku gihugu kuko bibangamira intego z’iterambere ry’igihugu”.

    Imwe mu nyubako zafashwe zivugwaho kwiba amashanyarazi
    Imwe mu nyubako zafashwe zivugwaho kwiba amashanyarazi

    Abantu baranze inyubako ziba amashanyarazi hari igihembo bagenerwa na REG kubera icyo gikorwa bakoze.

    Kwiba amashanyarazi kandi ni icyaha gihanwa n’itegeko nimero Nº52/2018 ryo ku wa 13/08/2018 risimbura iryavuguruwe Nº21/2011 ryo ku wa 23/06/2011.


    source : https://ift.tt/3CYfoo7

  • Gatsibo: Abagabo 380 bateye abangavu inda batawe muri yombi mu mezi atandatu ashize – #rwanda #RwOT

    Ikibazo cy’abangavu baterwa inda gikomeje kwiyongera mu Rwanda aho usanga buri mwaka, abangavu baterwa inda biyongera.

    Iki kibazo kigaragarira mu mibare itangwa na Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda, igaragaza ko mu myaka itanu ishize abangavu basaga ibihumbi 98 bamaze guterwa inda imburagihe.

    Ikibabaje muri iki kibazo ni uko usanga abenshi mu bateye aba bana inda ari abagabo bakuze ndetse bakaba bakidegembya batarafatwa ngo babihanirwe.

    Akarere ka Gatsibo kari ku mwanya wa kabiri mu gihugu mu kugira abangavu benshi basambanyijwe bagaterwa inda, mu myaka itatu ishize harabarirwa abasaga 800 bamaze guterwa inda.

    Nyuma yo kubona ko iki kibazo giteye inkeke kandi abatera aba bana inda hari abatarabihanirwa, ubuyobozi bw’akarere n’abafatanyabikorwa bakoze urutonde rw’abagabo 500 bateye abangavu inda batarafatwa.

    Kuva muri Gashyantare 2021 kugeza ubu hamaze gufatwa abagabo 385, harimo abari barateye inda aba bakobwa bataruzuza imyaka 18 barangiza bakabagira abagore babo, harimo abandi bagiye babatera inda bakumvikana n’imiryango yabo ikabahishira ariko bikarangira bimenyekanye ko aribo babateye inda.

    Mu Kiganiro IGIHE yagiranye n’ Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, yavuze ko bamaze imyaka ibiri bakora urutonde rw’abasambanyije abangavu bakabatera inda ndetse muri Gashyantare batangiye kubafata bagashyikirizwa ubutabera.

    Yagize ati “Twakoze urutonde rw’abagabo bateye abana b’abangavu inda bagomba gufatwa bagashyikirizwa ubutabera, mu cyumweru gishize twari tumaze gufata abagabo bagera kuri 385 bose bashyikirijwe ubutabera. “

    “Hari abakatiwe n’abandi bakiburana ndetse hari n’abandi bagera kuri 70 bagizwe abere kubera ibimenyetso byabuze, aho abakobwa babashinjura cyangwa ababyeyi b’abana.”

    Yakomeje avuga ko hari abatorotse bakimara kumenya gahunda ihari ariko ko batazigera babona amahoro bazashakishwa kugera bafashwe.

    Ati “Turakomeje kuko urutonde turarufite, hari abatorotse bamaze kumenya ko bashakishwa ariko icyo tugambiriye ni uko bose bazafatwa kugira ngo bashyikirize ubutabera.”

    Meya Gasana avuga ko kuva batangira gufata aba bagabo ubona ko imibare y’abangavu baterwa inda igabanuka bisobanuye ko batangiye gutinya.

    Yagize ati “Hari abahakana tugafata ADN tugasanga aribyo. Uru rugamba turukomeyeho cyane kuko gufata abagabo turabona birimo bitanga umusaruro kuko n’ubitekereza aravuga ngo katubayeho ugasanga ntibabikora cyane.”

    Usibye gufata abagabo bateye aba bangavu inda , Akarere ka Gatsibo gafasha aba bangavu bamaze guterwa inda gusubira mu buzima busanzwe, harimo gusubizwa mu mashuri.

    Meya Gasana yagize ati “Hari uburyo bwinshi twegera aba bana burimo kubanza kubakurikirana mu kurera abana babyaye, tubahuza n’imiryango yabo ndetse no kubaganiriza.”

    “Ikindi dukora ni ukubasubiza mu mashuri cyangwa mu mirimo bakoraga ariko abangavu benshi baba ari abanyeshuri. Ubu hari abasaga 120 twamaze gusubiza mu ishuri mu gihembwe gishize, abandi tubajyana kwiga imyuga.”

    Ingingo ya 133 y’Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ivuga ko uhamijwe n’urukiko icyaha cyo gusambanya umwana, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka 20 ariko kitarenze imyaka 25.

    Iyo gusambanya umwana byakorewe ku mwana uri munsi y’imyaka 14 igihano kiba igifungo cya burundu kidashobora kugabanywa kubera impamvu nyoroshyacyaha. Iyo gusambanya umwana ufite cyangwa urengeje imyaka 14 byamuteye indwara idakira cyangwa ubumuga, igihano kiba igifungo cya burundu.

    Abangavu batewe inda bakomeje gufashwa ari nako abazibateye bahigishwa uruhindu

    source : https://ift.tt/2VY1odb

  • Centrafrique: CSP Kanyamihigo yatowe nk’umupolisi w’indashyikirwa w’ukwezi – #rwanda #RwOT

    CSP Kanyamihigo ayoboye abapolisi b’u Rwanda 140 bashinzwe kurinda abanyacyubahiro bo muri iki gihugu cya Repubulika ya Centrafrique (PSU), abayobozi b’intumwa z’umuryango w’abibumbye baba muri iki gihugu ndetse bakanarinda bimwe mu bikorwaremezo bikomeye byo muri iki gihugu.

    Nk’uko bigaragara mu kinyamakuru cya MINUSCA (ECHO de la Police) nimero yacyo ya 30 ku rupapuro rwa 28 yasohotse tariki ya 15 Kanama 2021, haragaragara uko CSP Innocent Kanyamihigo n’itsinda ry’abapolisi 140 barimo abagore 22 barimo gusohoza inshingano zabo neza mu gihe gito cy’amezi atatu bamaze bageze muri kiriya gihugu kuva tariki ya 15 Gicurasi.

    Baragira bati ” Innocent, Umuyobozi w’itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda bashinzwe kurinda abanyacyubahiro akomeje kubumbatira imiyoborere myiza n’ubunyamwuga biranga itsinda ayoboye. Iri tsinda ryageze mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye tariki ya 15 Gicurasi 2021 rigizwe n’abapolisi 140 harimo abagore 22.

    Umuhate no kwita ku murimo bashinzwe biranga iri tsinda birifasha kuzuza neza inshingano z’ubutumwa bw’umuryango w’abibumbye barimo muri Repubulika ya Centrafrique, by’umwihariko uburyo bacungira umutekano abanyacyubahiro bigaragaza imiyoborere myiza ye (CSP Innocent Rutagarama Kanyamihigo).”

    Ubusanzwe iri tsinda ry’abapolisi b’u Rwanda rifite inshingano zo kurinda intumwa zihagarariye z’umunyamabanga w’umuryango w’abibumbye harimo ahatuye intumwa idasanzwe y’umunyamabanga mukuru w’umuryango w’abibumbye muri Centrafrique.

    Barinda Perezida w’inteko ishinga amategeko, Minisitiri w’intebe na Minisitiri w’Ubutabera. Iri tsinda kandi rinakora ibindi bikorwa bihuza abaturage n’abapolisi bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye muri iki gihugu cya Repubulika ya Centrafrique.

    Iri tsinda ry’abapolisi b’u Rwanda bamaze amezi atatu gusa muri iki gihugu kuko basimbuye bagenzi babo tariki ya 15 Gicurasi 2021, mbere y’uko aba bapolisi bajya mu butumwa bw’umuryango w’Abimbye bahabwa impanuro n’abayobozi bakuru muri Polisi y’u Rwanda.

    CSP Kanyamihigo ayoboye abapolisi b’u Rwanda 140 bashinzwe kurinda abanyacyubahiro bo muri Centrafrique

    CSP Innocent Kanyamihigo yashimiwe uburyo itsinda ayoboye risohoza neza inshingano

    source : https://ift.tt/3k69Ak4

  • Rulindo: Yafashwe yangiza umuyoboro w’amazi ashaka ibyuma byo kugurisha – #rwanda #RwOT

    Yari ayikuye mu muyoboro w’amazi uhuza utugari twa Kigarama na Shengamure twose two mu Murenge wa Masoro mu Karere ka Rulindo.

    Umuyobozi wa Polisi w’agateganyo mu Karere ka Rulindo, Chief Inspector of Police (CIP) Pacifique Semahame Gakwisi yavuze ko gufatwa k’uwo musore byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage bari bamaze kumubona avuye ahacikiye amazi.

    Yagize ati” Yamaze guca uwo muyoboro amazi arabura, ariko abaturage bari bamubonye ava ahacikiye amazi. Bahise batanga amakuru bavuga ko ari we ushobora kuba abikoze, abapolisi baramukurikiranye bamufashe basanga afite umufuka urimo ibyuma byinshi (Injyamani) harimo n’iyo tiyo y’icyuma.”

    Uwo musore amaze gufatwa, yiyemereye ko ari we wari umaze kucuyikura agiye kuyigurisha mu bagura ibyuma bishaje.

    CIP Semahame yashimiye abaturage bagize uruhare rwo gutuma uwo musore afatwa, abibutsa ko buri muturarwanda afite inshingano zo kurinda no gufata neza ibikorwaremezo Leta igeza ku baturage bayo.

    Umuyobozi wa Polisi w’agateganyo mu Karere ka Rulindo yibukije abaturage ko ibyakozwe n’uwo musore ari ukwangiza ibikorwaremezo ndetse abikoze mu buryo bw’ubujura bikaba bihanirwa n’amategeko.

    Yahise ashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Murambi kugira ngo akorerwe idosiye.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange Ingingo ya 182 ivuga ko Umuntu wese usenya cyangwa wonona ku bw’inabi, ku buryo ubwo ari bwo bwose, inyubako yose cyangwa igice kimwe cyayo, inzu, iteme, urugomero, uruhombo rw’amazi n’inzira yarwo, inzira ya gari ya moshi cyangwa ibikoresho ibyo ari byo byose by’itumanaho cyangwa by’ingufu z’amashanyarazi, amariba cyangwa izindi nyubako zose bitari ibye, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu (3) ariko kitarenze imyaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW).

    Ingingo ya 166 ivuga ko Umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2) ,ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW), imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu (6) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.


    source : https://ift.tt/37QAoPs

  • Itariki y’isomwa ry’urubanza ruregwamo Rusesabagina yimuwe – #rwanda #RwOT

    Umuvugizi w’Inkiko, Mutabazi Harrisson yabwiye IGIHE ko rwimuwe kubera ubunini bwa dosiye, itariki nshya yo kurusoma ikazatangazwa kuri uyu wa Gatanu.

    Yagize ati “Rwimuwe, isomwa ryari kuwa Gatanu ntabwo rizaba ariko nibwo hazamenyekana indi tariki ruzasomerwaho.”

    Yakomeje agira ati “Rwimuwe kubera ubunini bwarwo, ntawe utabibona ko urubanza rwamaze amezi angahe ruburanishwa, bigoye kurufataho umwanzuro mu kwezi kumwe.”

    Rusesabagina Paul wabaye Umuyobozi w’Impuzamashyaka ya MRCD ufite Umutwe w’Ingabo wa FLN wagize uruhare mu bitero byagabwe ku Rwanda bikagwamo abaturage b’inzirakarengane mu bihe bitandukanye, ashinjwa ibyaha bitandukanye birimo iterabwoba.

    Muri Kamena uyu mwaka, ubushinjacyaha bwamusabiye igifungo cya burundu.

    Rusesabagina Paul uheruka mu rukiko muri Werurwe uyu mwaka, aregwa hamwe n’abandi batandukanye barimo Nsabimana Callixte wiyise ‘Sankara’ wahoze ari Umuvugizi wa FLN. Bari kumwe kandi na Nsengimana Herman wasimbuye Nsabimana Callixte “Sankara” ku buvugizi bw’Umutwe w’Iterabwoba wa FLN n’abandi.

    Ibyaha by’iterabwoba baregwa byakozwe hagati ya 2018 na 2019, ubwo abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa MRCD-FLN bafataga intwaro bakagaba ibitero muri imwe mu Mirenge ya Nyaruguru , Nyamagabe na Rusizi.

    Ubushinjacyaha buheruka gusabira Rusesabagina igihano cya burundu

    Rusesabagina aregwa hamwe n’abandi 20

    source : https://ift.tt/3xXM0e3

  • Amatora mu nzego z’ibanze agiye gusubukurwa; azatwara miliyari 3 Frw – #rwanda #RwOT

    Ubusanzwe abayobozi b’inzego z’ibanze kuva ku rwego rw’akarere kugeza ku Mudugudu bagira manda y’imyaka itanu. Iheruka yatangiye mu 2016 aho byari biteganyijwe ko igomba kurangira muri Gashyantare 2021.

    Amatora ntiyigeze aba ahubwo Sena yatoye itegeko rivuguruye rigenga amatora ryemerera abayobozi b’ibanze gukomeza inshingano zabo kubera ingamba zo kurwanya Covid-19 zabuzaga ko abantu bahurira hamwe ngo babe batora.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Amatora, Munyaneza Charles, yabwiye New Times ko umwanzuro wa nyuma w’igihe amatora azabera uzafatwa mu mpera z’uku kwezi.

    Yagize ati “Twagize ibiganiro byinshi tureba aho icyorezo cya Covid-19 kigana ariko kugeza ubu turabona bishoboka ko amatora yaba bitarenze uyu mwaka.”

    Munyaneza yavuze ko amatora agomba kubaho kubera ko umusaruro w’abari mu myanya kandi bararangije bigaragara ko ugenda uba muke.

    Kugeza ubu ibikoresho by’amatora byaraguzwe, lisiti z’itora zaravuguruwe ndetse urutonde rw’abakandida rwarakiriwe kugeza ku ya 22 Mutarama nk’uko Komisiyo y’Amatora ibisobanura.

    Imyanya igera ku 340 ni yo ihatanirwa ikaba irimo iy’abakuru b’Imidugudu, Njyanama z’Utugari, Imirenge n’Uturere (uretse utwo mu Mujyi wa Kigali) wongeyeho abahagarariye ibyiciro byihariye birimo abagore, urubyiruko, n’abafite ubumuga.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Amatora, Munyaneza Charles, yatangaje ko umwanzuro w’igihe amatora azabera uzamenyekana mu mpera z’uku kwezi

    source : https://ift.tt/3srUBVi

  • Umwanda mu mujyi wa Rubavu ugiye kuba amateka – #rwanda #RwOT

    Ibi Guverineri Habitegeko yabigarutseho ku wa 17 Kanama 2021, ubwo Akarere ka Rubavu kishimiraga ibyagezweho mu mihigo y’umwaka wa 2020/2021, igikorwa cyahuriranye no gusinya umuhigo w’isuku.

    Habitegeko yabwiye abayobozi b’aka karere ko bitumvikana ukuntu kunganira Kigali kakabaye kagaragaramo umwanda, abasaba gushyira hamwe ngo bakemure iki kibazo.

    Ati’’Uyu mujyi wahawe amahirwe yo kuba wakunganira Kigali ariko iyo urebye muri rusange ubona hari byinshi byo gukora cyane cyane mu bijyanye no kunoza umuco w’isuku muri uyu mujyi, niyo mpamvu byagarutsweho cyane kuko ntabwo wavuga umujyi wunganira Kigali kandi hakigaragara utubazo tumwe na tumwe tw’umwanda hirya no hino. Isuku irahari muri rusange ariko haracyari ibyo kunoza.”

    Ikibazo cy’isuku nke mu Mujyi wa Rubavu nticyagarutsweho na Guverineri Habitegeko gusa kuko n’Umuyobozi wa Diviziyo ya gatatu mu Ngabo z’Igihugu ikorera mu Ntara y’Iburengerazuba, Gen Maj Alex Kagame yavuze ko isuku itakabaye ihigirwa kuko ari umuco, asaba abahize guhindura amateka umwanda ugaragara mu Mujyi wa Rubavu ugacika.

    Ati’’Isuku niwo muhigo udakenera ingengo y’imari, isuku ni ikintu cyo guhozaho uhereye ku mubiri w’umuntu njye numva yakabaye iboneka ahantu hose, umuntu wese ayifite, ahantu hasukuye, ingo zisukuye, imihanda ikubuye. Iyo tugeze aho gusinyira umuhigo w’isuku ni ukuvuga ko haba harimo akantu katagenda neza kandi hano muri Rubavu biraboneka henshi n’iyo ugiye ukabona amashashi ahari, ukareba ibyatsi byameze mu bibanza cyangwa se urebye abana bari ku mihanda uko basa. Ubwo mubihigiye nihagire ibihinduka’’.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gisenyi, Tuyishime Jean Bosco yavuze ko ikibazo cy’umwanda cyagarutsweho n’abayobozi bakuru cyagiye giterwa n’amakosa yagiye akorwa mu bihe byahise, yemeza ko kigiye kuba amateka.

    Ati’’Mu byukuri ntabwo wavuga ngo umwanda hari ikindi cyawuteraga kidasanzwe ahubwo ni ubukangurambaga bwari buri hasi ariko ubu abaturage turi kumwe mu rugamba.”

    Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu butangaza ko uyu muhigo uzahera mu ngo z’abaturage mu midugudu, utugari n’imirenge. Bimwe mu bizakorwa harimo gutera ibiti n’indabo ku mihanda, mu mahoteli, restaurant no mu bigo nderabuzima.

    Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba, Habitegeko François yasabye abayobozi b’Akarere ka Rubavu gukemura ikibazo cy’umwanda kikigaragara mu mujyi

    Umuyobozi wa Diviziyo ya Gatatu y’Ingabo z’Igihugu ikorera mu Ntara y’Uburengerazuba, Gen Major Alex Kagame yavuze ko isuku yagakwiye kuba ubuzima bwa buri munsi

    Abayobozi b’Akarere ka Rubavu bari bitabiriye uyu muhango bavuze ko bagiye gushyira imbaraga mu bikorwa byo kurwanya umwanda ukigaragara muri aka karere

    source : https://ift.tt/37V8dyM