Tag: featured

  • Uko MRCD ya Rusesabagina yitiriye u Rwanda ibitero byahitanye abantu mu Majyepfo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Paul Rusesabagina wari uyoboye ihuriro MRCD, Innocent Twagiramungu, umujyanama mu by
    Paul Rusesabagina wari uyoboye ihuriro MRCD, Innocent Twagiramungu, umujyanama mu by’amategeko wa MRCD na Mukashema Espérance wari uyoboye Radio Ubumwe bifashishaga, banogeje umugambi wo kwitirira Guverinoma y’u Rwanda ibitero byo muri Nyungwe

    Gusa, ubu birazwi ko Rusesabagina n’abagize impuzamashyaka MRCD, bateguye ndetse bakomeza kwitirira Guverinoma y’u Rwanda, ibitero byagabwe muri Nyungwe, bigabwe n’umutwe wa FLN (National Liberation Front).

    Ibijyanye n’uwo mugambi wihishe wo kwegeka ibitero byo muri Nyungwe kuri Guverinoma y’u Rwanda, ku buryo burambuye byagaragariye mu rubanza, Ubushinjacyaha bw’u Rwanda, bukaba bwarabibonye binyuze mu bufatanye mu buryo bw’ubutabera n’igihugu cy’u Bubiligi , nka kimwe mu bigize iperereza ku bijyanye n’ibitero by’iterabwoba byo mu 2018-2019.

    Ikinyamakuru KT Press cyabonye bimwe mu bimenyetso byaturutse muri za mudasobwa na telefoni zafatiwe mu nzu ya Rusesabagina mu Bubiligi, bikozwe n’abayobozi bo mu Bubiligi , Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bukaba bwarahawe kopi.

    Rusesabagina, inshuro nyinshi yagiye agerageza kwitandukanya n’ibikorwa bya FLN uko yitabaga urukiko, ariko ibimenyetso bigaragaza ko ahubwo yabigizemo uruhare rukomeye, harimo no kwifatanya n’ ubuyobozi bwa MRCD mu kwitirira Guverinoma y’u Rwanda ibitero byishe abantu muri Nyungwe .

    Mu butumwa bwa Whatsapp KT Press yabonye, bwerekana ko Rusesabagina yakiraga umunsi ku wundi ubutumwa bujyanye n’imigendekere y’ibitero bya FLN agatanga n’inama y’uko bakora.

    Mu kiganiro kuri whatsapp cyo ku itariki 17 Ukuboza 2018, Rusesabagina aganira n’uwitwa Twagiramungu Innocent, umujyanama mu mategeko wa MRCD , bavuganye uko bakwiye gutangaza ibijyanye n’ibitero bya Kitabi, barandika bati : “Amakuru mbonye mu kanya ava ku cyitabi ni uko haguye kandi hakomerekeye abantu benshi! Imodoka zarashwe ngo ni bus nini 3 zitwara abantu ku buryo abapfuye n’abakomeretse ari benshi! Umwuka ntumeze neza abantu bahahamutse !!!”

    Bakomeje baganira bati “Hari abavuga ngo hatangwe itangazo kuri Radio cyangwa hagire igikorwa ku bya Kitabi.”

    “Njyewe navuga ko twabyitwaramo ku buryo bubiri , uburyo bwa mbere ni uguceceka tukareka abahinzi (abarwanyi) bagakomeza ibikorwa byabo, tukajya tugira icyo tuvuga ari uko abibasiwe ari abasirikare cyangwa abapolisi, cyangwa ibindi bikorwa bitaguyemo abasivili. ”

    “Uburyo bwa kabiri, mu gihe hari igikorwa cyaguyemo abasivili, dushobora no gukora itangazo (communiqué) tukavuga ko ari DMI (rwahoze ari Urwego rw’Ubutasi bwa Gisirikare) yabikoze ngo ibitwitirire.”

    Rusesabagina na Innocent Twagiramungu bemeranyijwe kuri ubwo buryo bwa kabiri, ndetse bagerageza no gukwirakwiza ayo makuru atari yo (propaganda), cyane cyane babinyujije ku maradio mpuzamahanga.

    Uko Mukashema Espérance yinjiyemo

    Muri icyo kiganiro, Rusesabagina na Twagiramungu bemerenyijwe kugisha inama Espérance Mukashema, icyo gihe wari umuyobozi wa radio ‘Ubumwe’ bifashishaga mu bukangurambaga ndetse ikaba yaraterwaga inkunga na Rusesabagina, bakamubaza uburyo bwiza bakoresha kugira ngo bagere ku mugambi wabo neza.

    Muri icyo kiganiro, Rusesabagina yagaragaye asaba numero ya telefoni nshya ya Mukashema, Twagiramungu arayimuha.

    Mukashema Espérance, ni izina ryavuzwe kenshi mu rukiko mu gihe cyo kuburanisha Rusesabagina, aho ngo yemeje ko igitekerezo cyo kubishyira kuri Guverinoma y’u Rwanda ari cyo cyagira ingufu cyane.

    Icyo gihe Mukashema, ngo yavuze umuntu yumva wafasha mu gukwiza iyo nkuru ndetse aniyemeza gushaka umuntu ubishoboye.

    Mukashema, wapfuye muri Nyakanga aguye mu Buholandi, yatanze inama y’uko bakwifashisha ibiganiro bya BBC n’Ijwi rya Amerika (VOA) byo mu Kinyarwanda bikajya bibatangariza inkuru.

    Rusesabagina ukurikiranyweho ibyaha bigera ku icyenda bifite aho bihuriye n’ibitero FLN yagabye mu Majyepfo no mu Burengerazuba bw’u Rwanda hagati y’ukwezi kwa Kamena 2018 na Mata 2019, yikuye mu rubanza muri Werurwe uyu mwaka wa 2021. Birashoboka ko yaba yaratinye ko ibimenyetso byari byabonetse biturutse mu Bubiligi bimuhamya ibyaha ashinjwa birimo n’ibyo kwica abantu.

    Urubanza rwakomeje rurimo abantu b’ingenzi bo muri FLN, harimo n’abari abavugizi bayo babiri, Callixte Nsabimana na Herman Nsengimana, bo mu buhamya bwabo bakaba baragaragaje uburyo Rusesabagina yari afite ingufu mu bikorwa by’itsinda ryabo.

    KT Press ivuga ko inkuru zizakurikira iyi zizaba zigaragaza uburyo ibitangazamakuru bikomeye byifashishijwe mu gusakaza izo nkuru z’impimbano zigereka ibyo bitero kuri Guverinoma y’u Rwanda.

    Biteganyijwe ko umwanzuro w’urukiko ku rubanza rwa Rusesabagina na bagenzi be uzasomwa ku itariki 20 Nzeri 2021.

    source : https://ift.tt/3C7xbrJ

  • Umugore uherutse guhagarikisha ubukwe bw’umugabo we yishimiye gusubizwa abana be #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Uwo mugore winjiye mu rusengero afite abana batatu, yagaragaye asaba uburenganzira bwo gusubizwa abana be babiri b’impanga, yashinjaga umugabo we kubatwara mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

    Dukuzumuremyi Janvière uvuka mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, avuga ko yamenyanye n’uwo mugabo wo mu Karere ka Nyagatare, barakundana kugeza ubwo bashakanye badasezeranye mu buryo bwemewe n’amategeko.

    Ngo ubwo umugabo yari afite akazi akorera mu mujyi wa Kigali, byabaye ngomba ko yimura umuryango we, bajya gutura hafi y’akazi i Kigali.

    Uwo mugore avuga ko ubwo bari bamaze kubyara abana batatu, umukuru ari umukobwa ukurikirwa n’abahungu babiri b’impanga, ngo umugabo yaramutaye amusigira inda y’amezi atandatu, aho iyo nda yavutsemo impanga ebyiri, umuhungu n’umukobwa.

    Avuga ko mbere y’uko umugabo amusiga, yabanje gufata ba bana b’impanga z’abahungu arabatwara, ngo amusiga atabagaruye.

    Dukuzumuremyi avuga ko, nyuma y’uko umugabo we amusize mu nzu y’inkodeshanyo, ngo yigiriye inama yo kwimukira mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Karenge aho atuye kugeza ubu, nyuma y’uko yabonaga ko ubuzima bushobora kumworohera kuruta kuba i Kigali.

    Ati “Umugabo wanjye yamaze kugenda, ndeba uburyo ubuzima bw’i Kigali buhenze, nigira inama yo kwimukira i Rwamagana, kuko ho ubuzima burahendutse ntabwo inzu n’ibiribwa bihenze nk’uko i Kigali bimeze, ntabwo nacitse intege ngo umugabo aragiye, inda y’amezi atandatu yansigiye yavutsemo impanga, ubu ndakodesha ngakoresha amaboko yanjye mu mirimo isanzwe, umuntu ufite ubwenge ntiyakwicwa n’inzara mu gihe nta bumuga afite”.

    Ngo nyuma yo kwimukira i Rwamagana, yagezeyo atangira gushakisha imibereho acuruza ubuconsho, ashakisha uburyo we n’abana be babaho.

    Ntabwo natambamiye umugabo ngo adashaka, icyo nirukagaho ni ukubona abana banjye

    Ku kibazo cyo guhagarikisha ubukwe, Dukuzumuremyi avuga ko atigeze ashaka ko umugabo we adashaka, kuko ngo n’ubundi hari hashize imyaka irenga ibiri atamubona, ngo icyo yashakaga ni ugusubizwa abana be umugabo yatwaye mu buryo butazwi.

    Avuga ko amakuru y’umugabo we yo gusezerana mu rusengero yayamenye mu gitondo, ubwo yari aho atuye i Rwamagana, biba ngombwa ko atega imodoka mu buryo bwihuse.

    Ati “Ayo makuru nayamenye saa tatu, bari busezerane saa munani, ntabwo byangoye kuko n’iyo haba i Cyangugu nari kuba nahageze, nahoraga mpangayitse ku bana banjye, kandi burya iyo umuntu yakwanze uhorana impungenge z’uko atanakurerera, wenda abantu be kujya bagira ngo nari ngiye kumutambamira ngo ye gushyingirwa”.

    Aremeza ko icyamuteye kuza muri buriya bukwe atongana, yaharaniraga uburenganzira bwe bwo guhabwa abana yabyaye, bari baratwawe na se mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

    Ati “Ikintu naharaniraga ni ukumpa abana banjye, kuko nari maze igihe kirekire ntazi aderese ze (aho aherereye), kandi ntakunda no kumuhamagara ngo anyitabe, nari naragerageje no kubamwaka akabanyima, ntitaye rero ngo ari mu bukwe ntabwo nari kumenya aderese ye ngo mbireke, kuko njyewe ubukwe ntabwo nabuhaga agaciro nk’umwana wanjye, ntacyo byari bimbwiye rwose”.

    Arongera ati “Iyo aza no kuba yarabampaye mbere, ntabwo yari kumbona hariya, abana banjye numvaga ari ikintu cya ngombwa kigomba kuboneka mbere y’indi minezero, kuko nanjye nahoraga mpangayitse kubera abana banjye, ntabwo rero wagumya kwiruka inyuma y’ibyagusize, karya kanya nirukaga inyuma y’ibyanjye n’abana banjye”.

    Avuga ko atifuza kubuza umugabo uburenganzira bwe bwo gushaka, gusa icya ngombwa ni ukubahiriza ibiri mu mategeko agatanga ibisabwa umubyeyi.

    Ati “Ntabwo nzi niba ubukwe bukomeza, ntabwo mbizi nta n’ubwo bindeba, kuko amategeko y’igihugu avuga ko umugabo agomba gusezerana n’umugore ashaka, iyi saha nashaka asezerane n’abagore ijana niba afite ubushobozi bwo kubatunga, icyo ndeba ni abana twabyaranye n’uko tugomba kubarera, kuko bafite uburenganzira bwo kubaho uko bavuka kose, n’ubwo bavuga ngo umugore utarasezeranye aba ari indaya, ariko ibyo ntibikwiye kugira ingaruka ku mwana”.

    Arashimira ubuyobozi bwamuhesheje abana be babiri b’abahungu yari yarabuze

    Dukuzumuremyi akomeza ashimira ubuyobozi mu nzego zinyuranye z’igihugu bwakurikiranye ikibazo cye, ubu bukaba bwaramaze kumuhesha abana be ngo se yari yarajyanye kubareresha ahandi, aho ngo afite ibyishimo nyuma y’imyaka isaga ibiri yari amaze atababona.

    Ati “Abana n’ubwo ari abanjye ariko ni abana b’igihugu, ni amaboko yacyo, ndashimira ubuyobozi bwacu bw’igihugu Mana yanjye!, nabuze uko nabushimira kuko ibyo bankoreye bampesha abana banjye byaruhuye umutima wanjye, Akarere kacu ka Rwamagana karakoze, ushinzwe abana mu karere yarampamagaye ati witegure ku wa kabiri turajya kuzana abana, nariteguye rwose uwo munsi ntibigeze bawuhindura, turagenda tuzana abana, ndumva umutima wanjye unezerewe”.

    Avuga ko abana be bamwishimiye cyane, aho yemeza ko azakomeza kubafata neza, abagaruramo urukundo rwa kibyeyi nyuma y’imyaka isaga ibiri batamubona, avuga ko azabasubiza mu ishuri aho bagiye gutangira mu mwaka wa mbere w’amashuri abanza, mu gihe umukuru agiye mu mwaka wa gatatu.

    Uwo mugore uvuga ko adateze kongera gushaka umugabo, ngo ikimuraje ishinga ni ukurera abana be bakazakura neza.

    Ati “Nafashe umwanzuro wo kurera abana banjye ntabwo nteganya kongera gushaka, iyo mba mbiteganya mba naragiye muha abana be ngashaka nk’uko na we yashatse, ntabyo nteganya pe, nta n’umugabo wanshuka, burya bashuka uwishutse, nta biyobyabwenge nywa, nta n’ubwo njya mu kabari ngo nzashukwa n’ubusinzi, kandi imyaka ibiri maze mba njyenyine iyo mba umuntu ushukika baba baranshutse”.

    Avuga kandi ko kuva ubukwe bwahagarara atongeye kumenya amakuru y’uwari umugabo we. Agaruka ku bakomeje gukwirakwiza ibihuha bavuga ko abana umugabo yari yaratwaye ari bo be, ko abandi atari abe bamushinja no kwica ubukwe, ibyo ngo si byo kuko atigeze ajya mu ngeso mbi.

    Ati “Umugabo ntabwo yigeze ahakana ko abana ari be, ariko abantu bakagenda bakwirakwiza ibihuha, ngo bariya bana yatwaye ni bo be, ngo abandi nabashatse ahandi.

    Ndagira ngo mbamenyeshe ko nta ngeso mbi nigeze, iyo biba ibyo nari kuza na bariya nkabamujugunyira ariko mwabonye ko nashakaga n’abo yatwaye, ibyo binyoma rero biveho, kandi uko byagenda kose niteguye kurera abana banjye, mwarabibonye ko abana banjye basa neza, nta n’umwe uri mu Mutuku (ufite imirire mibi)”.

    Uwo mugore arasaba Leta ubufasha nk’umuntu utishoboye, akaba yabonerwa aho atura, mu rwego rwo kumufasha kurera abana be batanu atekanye, agasaba kuzafashwa no guhabwa ibyo amategeko asaba umugabo mu kurera abana babyaranye.

    Ku Cyumweru tariki ya 29 Kanama 2021, nibwo ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho y’umubyeyi winjiye mu rusengero rwa EAR Paruwasi ya Gikondo Diyoseze ya Kigali, arira, afata mu mashati umugabo witeguraga gushyingiranwa n’umukunzi we, avuga ko yifuza guhabwa abana be babiri ndetse n’indezo ku bandi bana batatu arera wenyine.

    Mu bagarutse kuri iki kibazo ku mbuga nkoranyambaga harimo abanenze uwo mugabo uvugwaho guta urugo, agatwara abana ndetse akajya gusezerana n’undi mugore, basaba ko uburenganzira bw’uyu mugore n’ubw’abana be bwubahirizwa, basaba inzego zitandukanye zirimo iz’ubutabera, iz’umutekano, iz’uburinganire n’iterambere ry’umuryango gukurikirana iki kibazo.

    Icyo gihe Johnston Busingye wari Minisitiri w’Ubutabera yavuze ko iki kibazo kirimo gukurikiranwa kandi ko ubutabera buzatangwa.

    source : https://ift.tt/3A734jR

  • Baribaza irengero ry’umushinga w’Agasozi Indatwa kagombaga guhindura isura y’Umujyi wa Ruhango – #rwanda #RwOT

    Aka gasozi Indatwa gaherereye mu Mujyi wa Ruhango rwagati, ibibanza kashyizweho byahoze ari iby’abaturage biza kwegurirwa akarere ngo uyu mushinga ukunde ujye mu bikowa.

    Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Ruhango baganiriye na Radio1, bayibwiye ko badasobanukiwe byinshi kuri uyu mushinga, wagombaga gusiga hashyizwe imidugudu myiza yo guturamo.

    Umwe yagize ati “Ntabwo njye mbisobanukiwe niba ari abayobozi bazahatura cyangwa se abaturage basanzwe bahafata ibibanza. Twumva bavuga ngo ibibanza byaho birahenze.”

    Umwe mu baturiye hafi y’aka gasozi, yavuze ko bari barabwiye ko hazubakwa umudugudu w’icyitegererezo ndetse ko abahaturiye bazagurirwa bakimurwa, none amaso yaheze mu kirere.

    Yagize ati “Bari bavuze ko bazahubaka umudugudu ntangarugero none ntawubatswe. Barahafashe ntibubaka , baduhaye amafaranga dushaka twakigendera.”

    Aba baturage bakomeje basaba akarere ko kabaha amakuru ahagije kuri aka gasozi, kuri bo ari ibishoboka abaturage bahagura bakahatura, umujyi wabo ukagira inyubako zisa neza.

    Umwe yagize ati “Akarere kabwira abaturage batuye hano niba barakatuye cyangwa se hari umuturage runaka wundi ushobora kuhatura.”

    Undi ati “Urabona aka gasozi ni icyitegererezo, kagiyeho imiturirwa n’ubuyobozi bwaba buri kubona amajyambere, Ruhango icyeye ikaba icyeye koko.”

    Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens, yemeye ko uyu mushinga wadindiye biturutse ku kuba hatari harashyizweho igiciro fatizo cyo kuhagura ubutaka.

    Yagize ati “Twanashoyemo amafaranga agera hafi miliyoni 10 Frw, metero kare yaho ni ibihumbi bitandatu ariko ushaka guhita yubaka tuyimuhera bitatu.”

    “Icyari cyabiteye cyakemutse ni uko akarere twari tutarashyiraho ibiciro bifatika, hanyuma inama jyanama irabyitegereza kuko habagaho kuganira ibiciro habaho kumvikana bikaba byaratumaga hari n’abahatinya ariko habayeho gutanga umurongo w’igiciro gito.”

    Umushinga wo kubaka aka gasozi umaze imyaka 13. Hamaze kubakwa amazu 25 harimo atatu y’akarere mu mazu 101 yari ateganyijwe kuhubakwa.

    Inyubako zo mu gasozi Indatwa zagombaga guhindura isura y’umujyi wa Ruhango

    source : https://ift.tt/3ljYqIW

  • Rubavu: Basabwe kugura amatiyo barabikora, amazi aje bayahabwa umunsi umwe – #rwanda #RwOT

    Aba baturage bari bamaze igihe kirekire basaba ko bagezwaho amazi nk’abandi ariko baza kubwirwa na WASAC ko kuyabaha bitoroshye kuko amatiyo yayabagezaho ari mato kandi byasaba ingengo y’imari itaboneka mu gihe gito.

    Nyuma yo kubwirwa ko bihenze, aba baturage bishatsemo ibisubizo bakusanya amafaranga yo kugura ibikoresho ndetse biragurwa nyuma batungurwa n’uko amazi yaje ijoro rimwe.

    Uhagarariye aba baturage mu kiganiro yagiranye na Radio1, yavuze ko bakoze iyo bwabaga bakusanya amafaranga kugira ngo bahabwe amazi kuko hari haciye igihe. Buri rugo rwishyuye 18 500Frw ngo hakorwe imiyoboro.

    Yagize ati “Kubera umubabaro twari dufite twarababwiye ngo badukorere ibikenewe twishyire hamwe turebe ko twabikemura, babidushyiriremo tubone amazi.”

    “Aho tugiriye igitekerezo cyo kugura amatiyo turikusanya buri wese atanga 18 500Frw, kongeraho na 5000 Frw byo kugira ngo amazi agere mu rugo rwawe. Turayatanga batuzanira amatiyo.”

    Yakomeje avuga ko amazi bayahawe ijoro rimwe none hashize igihe batarongera kuyabona.

    Ati “Iryo joro amazi yaraje nyuma yaryo ubu hashize amezi atatu nta n’igitonyanga turongera kubona.”

    Nyuma yo kumara igihe nta mazi bafite, ikibazo cyabo bakigejeje ku nzego zitandukanye no ku mukozi ushinzwe gukwirakwiza amazi ku rwego rw’igihugu muri WASAC, basaba ko byibuze nabo basaranganwa amazi niyo atajya aza buri gihe ariko bakayabona.

    Umwe ati “Twahamagaye ushinzwe gutanga amazi ku rwego rw’Igihugu aratwiba ngo azaza aharebe turamwibutsa ntibyagira icyo bitanga, twongeye aratubwira ngo ari kumwe n’umuyobozi wa WASAC Rubavu aramuduha ahita atubwira ngo ejo muzabona amazi turarindira turaheba.”

    “Icyifuzo cyacu cya mbere niba habayeho isaranganya ry’amazi natwe batwibuke, niyo bayaduha iminsi ibiri gusa mu cyumweru yadufasha tukamenya ukuntu tubika amazi icyumweru cyose.”

    Ku ruhande rw’Umuyobozi wa WASAC ishami rya Rubavu, Murindabigwi Gilbert, avuga ko iki kibazo atari akizi.

    Yavuze ko aka gace kagiye gusurwa, ikibazo cyako kigasuzumwa kuko hatagoye kugezwa amazi.

    Yagize ati “Mbimenye rwose nabikurikirana ntabwo natinda kujyayo, icyo twababwira tugiye kohereza umutekinisiye ajye kureba uko bimeze n’icya korwa ngo bikorwe. Nitumara kubona ibikenewe turakora ibishoboka tuyabagezeho.”

    Guverinoma y’u Rwanda yihaye intego y’uko mu 2024 abaturage bazaba bafite amazi meza ku kigero cya 100%.

    Abaturage barasaba guhabwa amazi nyuma yo gusabwa kwigurira amatiyo bakabikora

    source : https://ift.tt/3EkAZIr

  • Umukarani yahanutse ku nyubako y’isoko rya Nyarugenge arakomereka – #rwanda #RwOT

    Uyu musore yahanutse ku igorofa rya Kabiri ry’inyubako y’Isoko rya Nyarugenge, mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki ya 12 Nzeri 2021,. Yahise ajyanwa ku bitaro kugira ngo akurikiranwe n’abaganga.

    Rimwe na rimwe ku Cyumweru ku nyubako y’isoko rya nNyarugenge haba hari abantu mbarwa ku buryo ibintu nk’ibyo bishobora kuba ariko ntihagire ubimenya. Niko byanagenze kuko umunyamakuru wacu yahageze hashize akanya bibaye gusa abantu babazwaga uko byagenze wasangaga bamwe nta makuru babifiteho.

    Umwe mubo byabaye areba, yabwiye IGIHE ati “Nagiye kubona mbona ingofero iratakaye ngira ngo wenda iramucitse, na we yahise asa nkaho amanutse ashaka nko kurira ikintu, yahise agwa abanjije amaguru.”

    Yavuze ko nubwo kwiyahura abifata nk’igikorwa kigayitse ariko bishoboka ko uwo musora yari afite ikibazo nubwo atabona ko igisubizo cyari icyo kwiyambura ubuzima.

    Ntabwo biramenyekana icyatumye uwo mukarane ahanuka nubwo hari abakeka ko yaba yagerageje kwiyahura.

    Ubuyobozi bw’Isoko rya Nyarugenge bwirinze kugira byinshi butangaza , ariko bwemerera IGIHE ko amashusho amugaragaza ahanuka ari kwifashishwa mu iperereza kugira ngo hamenyekane icyabiteye.

    Idirishya uyu mukarani bikekwa ko yahanutseho asa n’uri gushaka kuryurira

    Ku cyumweru akenshi ku isoko rya Nyarugenge nta rujya n’uruza ruba ruhari cyane

    Yaguye iruhande rw’abacunga umutekano w’abinjjira muri iri soko

    source : https://ift.tt/3E6lR1b

  • Imiryango isaga 500 yasezeye kubana mu makimbirane nyuma y’amahugurwa ku kugira ingo zitekanye – #rwanda #RwOT

    Aya masomo kwigisha abayitabiriye indangagaciro z’umuryango utekanye, yamaze igihe cy’umwaka, yatanzwe na Kiliziya Gatolika binyujijwe muri Komisiyo yayo ishinzwe umuryango, ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere, RGB, ku nkunga y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye wita ku Iterambere, PNUD.

    Ni amahugurwa yahawe imiryango 543 yabanaga mu makimbirane n’urubyiruko 263 rwitegura gushinga ingo.

    Bamwe mu bahawe aya masomo, bavuga ko bahungukiye byinshi mu mibanire yabo n’iterambere kandi ko bagiye gutanga umusanzu wabo mu guharanira ko habaho imiryango ifite ubushobozi bwo kwikemurira ibibazo no kwiteza imbere babikesha ubumenyi bahawe.

    Baganizi Pontien wo mu Murenge wa Busengo mu Karere ka Gakenke, yavuze ko urugo rwe rwabayeho mu buzima bubi bw’ihohotera yakoreraga umugore we no kumusahura umutungo nyuma yo kumuca inyuma.

    Yagize ati “Nabaye aho nza guca inyuma umugore wanjye twari tumaranye imyaka icumi, icyo gihe twabanye mu makimbirane umutungo w’urugo nkawusahura kugeze aho n’inka nayitwaye nkayigurisha, twarahombye bihagije. Naje guhabwa inyigisho ariko icyo gihe sinabanaga n’umugore wanjye, turigishwa tugerageza kuganira ngo dusubirane ubu tubanye neza n’turumvikana.

    “Umugore nari narashatse naramuretse ubu turi kwiteza imbere ku buryo tumaze kugura inka n’imyaka turi kweza. Inama nagira abandi bagabo ni uko babana neza n’abagore babo, bakajya inama bagatera imbere.”

    Florentine Dusabeyezu, umugore wa Baganizi yavuze ko umugabo we yahindutse nyuma y’inyigisho bagiye bahabwa.

    Ati “Ubu turumvikana, dushyize hamwe kandi n’abana babonye aje barishima cyane ku buryo aya masomo tuzayasangiza n’indi miryango yaba ibanye nabi igahinduka agatera imbere.”

    Nshakirabandi Alphonse wo mu Murenge wa Rwerere mu Karere ka Burera, na we yagize ati “Njyewe nari umurembetsi nikorera kanyanga nkayinywa n’ibitabi byose, nagera mu rugo nkakubita umugore akenshi akarara hanze kugeza ubwo yagiye kundega ku murenge asaba ko dutana, twaje kwiga aya masomo ku buryo ubu turi kwiteza imbere.”

    Hategekimana Gilibert, umwe mu rubyiruko rwahawe ayo masomo yavuze ko ko mu byo bize harimo n’ibikorwa bibateza imbere bityo ko agiye kubisangiza n’abandi.

    Yagize ati “Iyi nyigisho nakuyemo amasomo menshi kuko twiganye n’abantu bakuze bashinze ingo badusangiza uburyo tugomba kwitwara kandi zimfashije kujya mu itsinda turizigamira.”

    Umuyobozi wa Komisiyo y’umuryango muri Diyoseze Gatolika ya Ruhengeri, Padiri Achille Bawe yavuze ko bajya gutanga izi nyigisho bari bagamije gufasha umuryango Nyarwanda kugira imiryango yishimye kandi itekanye.

    Yagize ati “ Iyo umugabo n’umugore babanye batishimye, bibagiraho ingaruka nyinshi mu mibanire no mu iterambere, ibyo twagiye tubatoza ni ugufata indangagaciro bigishijwe bakazishyira mu bikorwa ndetse bakazishyira n’abandi.”

    Izi nyigisho zatanzwe kuva muri Ukwakira 2020 zisozwa muri Nzeri 2021 zihawe imiryango 543 n’urubyiruko 263 bo mu Mirenge ya Kivuye na Rwerere muri Burera, iya Busengo na Kamubuga yo muri Gakenke na Rwaza yo muri Musanze.

    Padiri Achille Bawe ushinzwe komisiyo y’Umuryango muri Diyoseze Gatolika ya Ruhengeri

    Imiryango yahuguwe yiyemeje kurushaho gukangurira bagenzi babi kubana mu mahoro

    source : https://ift.tt/3tyJlad

  • Ibanga ryatumye u Rwanda rushyirwa ku mwanya wa karindwi mu kugabanya icyuho mu buringanire – #rwanda #RwOT

    Iyi raporo yasohotse muri Werurwe uyu mwaka, yerekana ko u Rwanda rwagabanyije iki cyuho hagati y’umugabo n’umugore ku kigero cya 80.5%. Ibihugu bya mbere kuri uru rutonde ni Iceland na Finland bigakurikirwa na Lithuania, Namibia, Nouvelle Zelande,Norvège, Suède, Rwanda na Ireland.

    Ibipimo by’iyi raporo bigaragaza ko ugereranyije n’iyaherukaga gukorwa mu mwaka wari wabanje, amanota y’u Rwanda yazamutseho 1.4% bituma narwo ruzamukaho imyanya ibiri kuri uru rutonde.

    Mu bijyanye no kugabanya icyuho hagati y’abagabo n’abagore mu by’ubukungu ndetse n’anandi mahirwe abushamikiyeho, iyi raporo igaragaza ko u Rwanda ruri ku mwanya wa 48 ku Isi n’amanota 72.6%.

    Umubare w’abagore bari mu myanya yo hejuru mu buyobozi bw’ibigo bitandukanye iyi raporo igaragaza ko wikubye kabiri uva kuri 14,1% ugera kuri 28,6%. Umubare w’abagore bakora mu bijyanye n’ubumenyingiro wazamutseho 1,7% ugera kuri 40%.

    Kugira ngo u Rwanda rugere kuri uyu mwanya, iyi raporo igaragaza ko rubikesha kuba rwaragabanyije cyane ubusumbane bw’abagabo n’abagore mu bijyanye na politike, aho rwabugabanyije ku kigero cya 56.3%. Iyi raporo igaragaza ko umubare w’abagore bari muri Guverinoma n’Inteko Ishinga Amategeko urenga 50%, ibintu bigaragara nk’umwihariko w’u Rwanda ugereranyije n’ibindi bihugu byo muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara kuko abagore bari muri iyi myanya bari ku kigero cya 20%.

    Mu bijyanye n’uburezi, u Rwanda rwabashije kuziba icyuho hagati y’abana n’abakobwa n’abahungu ku kigero cya 95,7%.

    Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Prof Jeannette Bayisenge yavuze ko hari byinshi u Rwanda rwakoze kugira ngo uyu munsi rube ruri kuri uyu mwanya birimo kwemeza amasezerano atandukanye ajyanye n’uburinganire ndetse no kubwimakaza mu mirongo migari ya politike yarwo.

    Ibi yabigarutseho ku wa 10 Nzeri 2021, ubwo hizihizwaga imyaka 18 ishize hasinywe amasezerano yerekeranye n’Uburenganzira bw’Abagore muri Afurika azwi nk’Amasezerano ya Maputo.

    Yavuze ko u Rwanda uyu munsi rufatwa nk’icyitegererezo mu bijyanye n’uburinganire, rwabigezeho binyuze mu kubwimakaza mu nzego zitandukanye.

    Ati “Kugira ngo tugere kuri uyu muhigo, icya mbere Guverinoma y’u Rwanda yashyize uburinganire imbere mu bijyanjye n’impinduka zikwiye kuba mu mibereho, ubukungu, imiyoborere myiza, demokarasi ndetse n’amahame y’uburenganzira bwa muntu. Icya kabiri, amategeko, imirongo migari igenga ibigo, amasezerano mpuzamahanga n’ay’akarere yaramejwe ndetse atangira gushyirwa mu bikorwa hagamijwe uburinganire.”

    Yakomeje avuga ko aho byagiye biba ngombwa hari politike zagiye zivugururwa ndetse hagashyirwaho n’izindi nshya.

    Ati “Politike z’Igihugu ziravugururwa mu buryo buhoraho, inshya zishyirwaho, ndetse n’ingamba zirimo guhanga udushya zirimakazwa hagamijwe impinduka zirambye, aho umugabo n’umugore mu Rwanda bagira uburenganzira n’amahirwe angana.”

    “Hejuru y’ibi, uburinganire bwashyizwe imbere mu nzego zose mu cyerekezo cya 2020 n’icya 2050 ndetse no muri gahunda y’imyaka irindwi u Rwanda rwihaye yo kwihutisha iterambere ry’ubukungu n’imibereho, NST1 (yatangiye 2017 ikazageza 2024). Ibyo byose byatumye u Rwanda rushyirwa ku mwanya wa 7 ku Isi.”

    Prof Bayisenge yavuze ko mu Rwanda hari amategeko atandukanye ashimangira ko rwimakaje uburinganire kuko nta ngingo zirimo zibubangamira arimo Itegeko Inshinga ryo mu 2003 ryavuguruwe mu 2015, Itegeko rigenga ubutaka mu Rwanda riha umugabo n’umugore uburenganzira bungana n’itegeko rihana rikanakumira ihohotera rishingiye ku gitsina.

    Haracyari urugendo…

    Minisitiri Prof Bayisenge yakomeje avuga ko nubwo u Rwanda rumaze kugera kuri byinshi mu bijyanye n’uburinganire, hakiri urugendo kuko hakiri ibibazo byibasira abagore n’abakobwa.

    Ati “Nubwo hari ibyagezweho, haracyari imbogamizi abagore n’abakobwa b’Abanyarwanda bahura nazo kurenza bagenzi babo b’abagabo. Zimwe muri izo ni umubare munini w’abagore n’abakobwa basambanywa bikaganisha ku nda ziterwa abangavu, ihohotera rishingiye ku gitsina, kutagira uburyo bukwiye bwo gufasha abakorewe iri hohoterwa kongera kwibona muri sosiyete ndetse no kutagira amakuru ahagije na serisi zijyanye n’imyororokere.”

    Yavuze ko uretse u Rwanda, hirya no hino ku Isi hakigaragara icyuho kinini mu bijyanye n’uburinganire bw’abagabo n’abagore.

    Ati “Hirya no hino ku Isi, turacyabona icyuho mu bijyanye n’uburinganire hagati y’abagabo n’abagore, abakobwa n’abahungu mu kubaka ubukungu n’imiryango bitagira abo biheza. Raporo ya World Economic Forum igaragaza ko bizadufata imyaka 135 ngo turandure iki cyuho ku Isi.”

    Yavuze ko iki cyuho kikigaragara mu bijyanye na politike, ubukungu n’amahirwe abushamikiyeho, uburezi ubuzima n’ibindi.

    Iyi raporo igaragaza ko Umugabane wa Afurika uza ku isonga mu bijyanye no kutimakaza uburinganire, ibintu Minisitiri Prof Bayisenge asanga biterwa n’impamvu zitandukanye zirimo n’umuco.

    Ati “Muri Afurika, abagore n’abakobwa bamaze igihe kinini bahura n’imbogamizi zirenze ubushobozi bwabo, akenshi umuco ukoreshwa nk’impamvu zo kwima abagore uburenganzira bwabo, nubwo buri muryango ugira imigenzo yawo, imwe muri iyi migenzo yagiye igaragaza ko ihutaza abagore.”

    “Imwe mu mico yacu itiza umurindi ihohotera rishingiye ku gitsina, kwiharira ijambo kw’abagabo n’abagore mu bijyanye n’izungura, kwima abagore uburenganzira mu bya politike no kubuza abakobwa kugera ku nzozi z’ahazaza habo binyuze mu burezi.”

    Nubwo u Rwanda rumaze gutera intambwe ishimishije mu bijyanye n’uburinganire, hari ahakigaragara ibibazo cyane cyane mu rwego rw’abikorera nk’aho umubare w’abagore bihangira imirimo ukiri hasi ugereranyije n’abagabo.

    Raporo ivuguruye ya Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango yashyize hanze mu ntangiriro za 2011 yagaragaje ko umubare w’abagore bikorera ukiri hasi cyane cyane mu bice by’icyaro aho bangana na 17%.

    Iyi raporo ivuga ko abagore batinyutse kwikorera ku giti cyabo mu mijyi bangana na 45% mu gihe mu bice by’icyaro bangana na 17%.

    Migeprof yatangaje ko kuba abagore bo mu bice by’icyaro bataraba benshi mu cyiciro cy’abikorera biterwa ahanini n’imyumvire ikire hasi no kwitinya kuri bamwe.

    Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Prof Jeannette Bayisenge yavuze ko kugira ngo u Rwanda rushyirwe ku mwanya wa karindwi ku Isi mu kurwanya icyuho mu buringanire byaturutse ku ngamba zitandukanye rwafashe

    source : https://ift.tt/3tAVPy6

  • Uko MRCD ya Rusesabagina yitiriye Guverinoma y’u Rwanda ko ari yo yagabye ibitero byahitanye abantu mu Majyepfo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Paul Rusesabagina wari uyoboye ihuriro MRCD, Innocent Twagiramungu, umujyanama mu by
    Paul Rusesabagina wari uyoboye ihuriro MRCD, Innocent Twagiramungu, umujyanama mu by’amategeko wa MRCD na Mukashema Espérance wari uyoboye Radio Ubumwe bifashishaga, banogeje umugambi wo kwitirira Guverinoma y’u Rwanda ibitero byo muri Nyungwe

    Gusa, ubu birazwi ko Rusesabagina n’abagize impuzamashyaka MRCD, bateguye ndetse bakomeza kwitirira Guverinoma y’u Rwanda, ibitero byagabwe muri Nyungwe, bigabwe n’umutwe wa FLN (National Liberation Front).

    Ibijyanye n’uwo mugambi wihishe wo kwegeka ibitero byo muri Nyungwe kuri Guverinoma y’u Rwanda, ku buryo burambuye byagaragariye mu rubanza, Ubushinjacyaha bw’u Rwanda, bukaba bwarabibonye binyuze mu bufatanye mu buryo bw’ubutabera n’igihugu cy’u Bubiligi , nka kimwe mu bigize iperereza ku bijyanye n’ibitero by’iterabwoba byo mu 2018-2019.

    Ikinyamakuru KT Press cyabonye bimwe mu bimenyetso byaturutse muri za mudasobwa na telefoni zafatiwe mu nzu ya Rusesabagina mu Bubiligi, bikozwe n’abayobozi bo mu Bubiligi , Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bukaba bwarahawe kopi.

    Rusesabagina, inshuro nyinshi yagiye agerageza kwitandukanya n’ibikorwa bya FLN uko yitabaga urukiko, ariko ibimenyetso bigaragaza ko ahubwo yabigizemo uruhare rukomeye, harimo no kwifatanya n’ ubuyobozi bwa MRCD mu kwitirira Guverinoma y’u Rwanda ibitero byishe abantu muri Nyungwe .

    Mu butumwa bwa Whatsapp KT Press yabonye, bwerekana ko Rusesabagina yakiraga umunsi ku wundi ubutumwa bujyanye n’imigendekere y’ibitero bya FLN agatanga n’inama y’uko bakora.

    Mu kiganiro kuri whatsapp cyo ku itariki 17 Ukuboza 2018, Rusesabagina aganira n’uwitwa Twagiramungu Innocent, umujyanama mu mategeko wa MRCD , bavuganye uko bakwiye gutangaza ibijyanye n’ibitero bya Kitabi, barandika bati : “Amakuru mbonye mu kanya ava ku cyitabi ni uko haguye kandi hakomerekeye abantu benshi! Imodoka zarashwe ngo ni bus nini 3 zitwara abantu ku buryo abapfuye n’abakomeretse ari benshi! Umwuka ntumeze neza abantu bahahamutse !!!”

    Bakomeje baganira bati “Hari abavuga ngo hatangwe itangazo kuri Radio cyangwa hagire igikorwa ku bya Kitabi.”

    “Njyewe navuga ko twabyitwaramo ku buryo bubiri , uburyo bwa mbere ni uguceceka tukareka abahinzi (abarwanyi) bagakomeza ibikorwa byabo, tukajya tugira icyo tuvuga ari uko abibasiwe ari abasirikare cyangwa abapolisi, cyangwa ibindi bikorwa bitaguyemo abasivili. ”

    “Uburyo bwa kabiri, mu gihe hari igikorwa cyaguyemo abasivili, dushobora no gukora itangazo (communiqué) tukavuga ko ari DMI (rwahoze ari Urwego rw’Ubutasi bwa Gisirikare) yabikoze ngo ibitwitirire.”

    Rusesabagina na Innocent Twagiramungu bemeranyijwe kuri ubwo buryo bwa kabiri, ndetse bagerageza no gukwirakwiza ayo makuru atari yo (propaganda), cyane cyane babinyujije ku maradio mpuzamahanga.

    Uko Mukashema Espérance yinjiyemo

    Muri icyo kiganiro, Rusesabagina na Twagiramungu bemerenyijwe kugisha inama Espérance Mukashema, icyo gihe wari umuyobozi wa radio ‘Ubumwe’ bifashishaga mu bukangurambaga ndetse ikaba yaraterwaga inkunga na Rusesabagina, bakamubaza uburyo bwiza bakoresha kugira ngo bagere ku mugambi wabo neza.

    Muri icyo kiganiro, Rusesabagina yagaragaye asaba numero ya telefoni nshya ya Mukashema, Twagiramungu arayimuha.

    Mukashema Espérance, ni izina ryavuzwe kenshi mu rukiko mu gihe cyo kuburanisha Rusesabagina, aho ngo yemeje ko igitekerezo cyo kubishyira kuri Guverinoma y’u Rwanda ari cyo cyagira ingufu cyane.

    Icyo gihe Mukashema, ngo yavuze umuntu yumva wafasha mu gukwiza iyo nkuru ndetse aniyemeza gushaka umuntu ubishoboye.

    Mukashema, wapfuye muri Nyakanga aguye mu Buholandi, yatanze inama y’uko bakwifashisha ibiganiro bya BBC n’Ijwi rya Amerika (VOA) byo mu Kinyarwanda bikajya bibatangariza inkuru.

    Rusesabagina ukurikiranyweho ibyaha bigera ku icyenda bifite aho bihuriye n’ibitero FLN yagabye mu Majyepfo no mu Burengerazuba bw’u Rwanda hagati y’ukwezi kwa Kamena 2018 na Mata 2019, yikuye mu rubanza muri Werurwe uyu mwaka wa 2021. Ngo bishoboka ko yaba yaratinye ko ibimenyetso byari byabonetse biturutse mu Bubiligi bimuhamya ibyaha ashinjwa birimo n’ibyo kwica abantu.

    Urubanza rwakomeje rurimo abantu b’ingenzi bo muri FLN, harimo n’abari abavugizi bayo babiri, Callixte Nsabimana na Herman Nsengimana, bo mu buhamya bwabo bakaba baragaje urugero Rusesabagina yari ashyigikiyemo itsinda ryabo.

    Biteganyijwe ko umwanzuro w’urukiko ku rubanza rwa Rusesabagina na bagenzi ku itariki 20 Nzeri 2021.


    source : https://ift.tt/3C9NSTL

  • Abantu 360 banduye Covid-19 mu Rwanda – #rwanda #RwOT

    Imibare ya Minisante igaragaza ko kuva iki cyorezo cyagera mu Rwanda, abamaze kwitaba Imana ari 1.164 mu gihe abanduye bo ari 92.025 ubariyemo 368 babonetse ku wa Gatandatu.

    Kuri uwo munsi, umubare munini w’ubwandu wabonetse mu Karere ka Gicumbi kuko bari 64, Nyagatare haboneka 51, Ngororero baba 31 . uturere dutandatu nitwo tutabonetsemo umuntu n’umwe wanduye.

    Ku bijyanye no gukingira, abamaze kubona dose ebyiri z’urukingo ni 953.654 mu gihe abahawe iya mbere gusa bo ari 1.783.585.

    Ubu abarwayi barembye bari mu bitaro ni 17.

    11.09.2021 Amakuru mashya | Update | Mise à jour

    Twihanganishije imiryango y’abagore 3 n’abagabo 3 bitabye Imana / Condolences to families of 3 women and 3 men who passed away / Condoléances aux familles de 3 femmes et 3 hommes qui sont décédés pic.twitter.com/VkrmL3OscT

    — Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) September 11, 2021


    source : https://ift.tt/3z3WJEt

  • Musanze: Bafatiwe mu cyuho batekera umutwe umuturage ngo bamwambure – #rwanda #RwOT

    Bafatiwe mu Karere ka Musanze, Umurenge wa Muhoza mu Kagari ka Mpenge, Umudugudu wa Mpenge.

    Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Musanze w’agateganyo, Chief Inspector of Police(CIP) Kayitesi Speciose yavuze ko gufatwa kw’abo bantu byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage bitewe n’uko bari basanzwe bazi bariya bantu.

    Yagize ati” Abaturage basanzwe bazi bariya bantu ko bambura abantu bakoresheje ubushukanyi ndetse banazi amayeri bakoresha, bahise babibwira abapolisi bari mu kazi hafi aho bakurikirana bariya bacyekwaho gushaka kwambura umuturage baburizamo uwo mugambi .Umwe yagerageje kwiruka abaturage baramufata undi abapolisi bari bamaze kumufata.”

    Umwe muri bariya bafashw yemeye ko bari bagiye kwambura uriya muturage telefoni igezweho yari afite mu ntoki (Smart Phone) ndetse n’isakoshi yari afite.

    Yagize ati” Dufata impapuro nyishi tukazicagagura wazibona ukagaira ngo ni amafaranga, noneho tugafata inoti nzima z’amafaranga tukazorosa kuri za mpapuro hanyuma tugacunga umuntu tubona ufite amafaranga cyangwa ufite ikintu cy’agaciro tuza kumwambura. Uko turi babiri umwe ajya imbere y’uwo dushaka kuza kwambura undi akamujya inyuma, uri imbere ajugunya hasi cya gipfunyika kirimo ibipapuro byorosheho amafaranga hanyuma undi akihutira kugitoragura.”

    Yakomeje avuga ko iyo umwe amaze gutoragura cya gipfunyika mugenzi we agaruka nk’undi umuntu akamusaba ko ayo mafaranga atoraguye bayagabana, ubwo bihutira kubwira na wa muturage bacunze bashaka kwiba bakamwinjiza mu mubare w’abantu batoraguye amafaranga nawe bakamwizeza ko baza kumuha kuri ayo mafaranga bafatanije gutoragura.

    Ati” Uwo muntu wundi dushutse ko tugiye kugabana ayo mafaranga tumusaba kuva aho abantu bareba tukamubwira ko tujya kugabanira hirya. Iyo aje duhita tumushikuza ibyo afite byose tukiruka cyangwa umwe muri twe agahita yigendera noneho usigaye akabwira wa muntu dushaka kwambura ko agiye kumusigira cya gipfunyika cy’amafaranga bari bagiye kugabana ariko nawe akamushuka akamwaka telefoni amubwira ko agiye guhamagara mugenzi we wagiye, undi agasigarana bya bipapuro agira ngo bamusigiye amafaranga baragaruka bayagabane nibatagaruka ayajyane wenyine.”

    CIP Kayitesi yavuze ko ari muri ubwo buryo bari bagiye kwamburamo uwo muturage gusa k’ubw’amahirwe abaturage bababona hakiri kare batanga amakuru bafatwa batarasohoza umugambi wabo.

    Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Musanze w’agateganyo yavuze ko ubwambuzi nk’ubu bumaze igihe buvugwa mu Karere ka Musanze cyane cyane mu Mujyi wa Musanze.

    Yavuze ko hari abaturage batandukanye bagiye batanga amakuru y’uko bamburwa muri buriya buryo ariko hakabura ibimenyetso. Yaboneyeho gukangurira abaturage kuba maso kandi babo abantu nk’abo bakihutira gutanga amakuru hakiri kare.

    Yagize ati “Abaturage bamaze iminsi bagaragaza ikibazo cy’abantu bagenda babambura muri buriya buryo bwo gucura umugambi bakagenda bitoraguza amafaranga mu nzira barangiza bakavuga ko bagiye kuyagabana. Hari ababashuka ngo Polisi irimo gusaka amafaranga na telefoni bagashuka abantu ngo babahe envelope babikamo amafaranga cyangwa telefoni bafite Polisi itaza kubibambura, ayo yise ni amayeri bagenda bakoresha kugira ngo bambure abaturage. Turagira inama abantu kujya bima amatwi abantu nka bariya ndetse bitondere ababizeza inyungu runaka, ahubwo bamenye ko ari abafite umugambi wo kubambura ibyabo.”

    Abafashwe bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Muhoza kugira ngo hakorwe iperereza.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange Ingingo ya 174 ivuga ko Umuntu wese wihesha umutungo w’undi, imari ye yose cyangwa igice cyayo mu buryo bw’uburiganya yiyitiriye izina ritari ryo cyangwa umurimo adafitiye ububasha cyangwa akizeza icyiza cyangwa agatinyisha ko hari ikibi kizaba, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri (2) ariko kitarenze imyaka itatu (3) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW).


    source : https://ift.tt/3955F1y