Tag: featured

  • Karemangingo yiciwe muri Mozambique arashwe – #rwanda #RwOT

    Amakuru y’urupfu rwa Karemangingo avuga ko yarashwe n’abantu bari mu modoka ya Toyota Fortuner.

    Ubwo bamurasaga, we yari mu modoka ya Toyota Vitz agana iwe ahitwa Liberdade, hanyuma aza kubona imodoka ebyiri zimwitambitse imwe ijya imbere indi inyuma ye ku buryo ntaho yari guhungira.

    Karemangingo yari ashinzwe umutungo mu ishyirahamwe ry’impunzi z’abanyarwanda muri Mozambique. Abo bantu bataramenyekana bamurashe amasasu atandatu ahita yitaba Imana.

    Yishwe nyuma ya Louis Baziga wari ukuriye Diaspora Nyarwanda nawe warashwe mu 2019.

    Karemangingo wahoze mu Ngabo z’u Rwanda, FAR, yari umwe mu bacuruzi bakomeye muri Mozambique. Mu 2019 yashyizwe ku rutonde rw’abantu batandatu bakekwaho kwica Louis Baziga wari ukuriye Diaspora Nyarwanda.

    Usibye kuba ari umucuruzi, bivugwa ko ari n’Umupasiteri. Mbere y’uko Baziga yicwa, byavugwaga ko hari ibibazo byinshi bagiranye bishingiye ku rusengero.

    Mu 2016 nabwo yari mu bagabo batatu b’abacuruzi bakorera i Maputo, bagejejwe mu rukiko bashinjwa gucura umugambi wo kwica Louis Baziga.

    Kuwa 22 Nyakanga uwo mwaka, nibwo Umushinjacyaha Octávio Zilo yatanze ikirego gishyira muri uwo mugambi w’ubwicanyi, Diomede Tuganeyezu, usanzwe ari umupasiteri akaba n’umucuruzi wahoze mu gisirikare, Benjamin Ndagijimana w’umucuruzi na Revocat Karemangingo, umucuruzi nawe wahoze mu gisirikare.

    Yavugaga ko ibikorwa by’ubugizi bwa nabi, abaregwa ngo bagiye babyitirira inzego z’ubutasi za Guverinoma y’u Rwanda bavuga ko ishaka guca intege abashyigikiye ubutegetsi bwo hambere batavuga rumwe n’uburi mu gihugu uyu munsi.

    Muri Mozambique habarirwa Abanyarwanda bagera ku bihumbi bitatu batuye mu bice bitandukanye by’iki gihugu. Mu Murwa Mukuru, Maputo, honyine habarizwa Abanyarwanda barenga 1500.

    Byakunze kuvugwa ko bamwe muri bo baba baba mu mitwe itavuga rumwe n’ubutegetsi nka RNC hanyuma bakajya bagira uruhare mu guhiga bagenzi babo babashinja kuba ba maneko b’u Rwanda.

    Polisi yo muri Mozambique ntacyo iratangaza ku rupfu rwa Karemangingo. Gusa bivugwa ko uyu mugabo yari yaramenyesheje inzego z’umutekano zo muri iki gihugu ko hari abantu bashaka kumwica.


    source : https://ift.tt/3AmAJpy

  • Uburangare mu mushinga wo kuhira wa miliyari 120 Frw bushobora kuzacyuza Leta umunyu – #rwanda #RwOT

    Mu bindi byari biteganyijwe harimo kubaka Ikigo cy’icyitegererezo mu Rubilizi mu Karere ka Kicukiro, Umujyi wa Kigali. Umushinga watangiye gushyirwa mu bikorwa ku ya 15 Mutarama 2015 hamaze kwishyurwa avanse ku bikorwa by’inyigo y’imicungire yawo.

    Ubwo Umugenzuzi w’Imari ya Leta yagenzuraga ibikorwa byawo mu 2020, yasanze ufite ubukererwe bwari bumaze kugera ku myaka itatu n’amezi atatu kuko wagombaga kuba waramaze gushyirwa mu bikorwa muri Nyakanga 2017.

    Icyo gihe ibikorwa byari bimaze kurangira byari ku buso bwa 12%, ni ukuvuga hegitari 877 mu 7000 ziteganyijwe. Miliyoni zirenga 17 z’amadolari angana na 14, 3% niyo yari amaze kwishyurwa.

    Impamvu z’ubukererwe buva ku minsi 164 kugeza kuri 590, zirimo kuba amasezerano adodeye kuri Exim Bank bitewe n’uko 75% by’ibikoresho na serivisi z’ubugishwanama byagombaga kuva mu Buhinde.

    Bivuze ko EXIM Bank yatanze inguzanyo ni na yo yagombaga gutanga isoko. Ibyo guhitamo kompanyi zigomba gukora akazi, mu masezerano byari biteganyijwe ko izo kompanyi zigomba kuba ari izo mu Buhinde.

    Mu bindi byatumye umushinga udindira harimo ubukererwe bukabije bwo gutanga isoko ryo gutunganya ibikorwa byo kuhira kuri site ya Mahama na Mpanga mu Karere ka Kirehe no kubaka Ikigo cy’icyitegererezo (Center of Excellence) mu Rubilizi.

    Muri aya masezerano, byari biteganyijwe ko hagomba kubakwa uruganda ruto rutanga umuriro ukomoka ku mirasire y’izuba rwa megawati 12 ariko igenzura ryasanze rutarashyirwaho.

    Umugenzuzi w’Imari ya Leta yavuze ko ingaruka z’ubu bukererwe mu gushyira mu bikorwa uyu mushinga zishyira leta mu gihombo kuko nk’ubu imaze kwishyura ibihumbi 270 by’amadolari, miliyoni 270 Frw (commitment fees) yishyurwa EXIM Bank kubera ko yemeye gutanga iyi nguzanyo, biturutse ku kuba amasezerano yaragiye agira ubukererwe mu kuyashyira mu bikorwa.

    Ikindi ni uko Leta yatangiye kwishyura umwenda n’inyungu umushinga utararangira. Ubwo igenzura ryakorwaga hari hamaze kwishyurwa miliyoni 8, 6 z’amadolari ndetse ngo igihombo kizakomeza mu gihe nta gikozwe.

    Ibi ni byo byatumye inzego zirimo Minagri, RAB na Minecofin zisabwa gufatanya kureba uburyo habaho guhindura bimwe mu bigize aya masezerano kugira ngo hirindwe ko igihombo leta yaguyemo cyakomeza kwiyongera.

    Icyagaragaye ni uko ari amasezerano ashyira ku ibere EXIM Bank yatanze inguzanyo ku buryo u Rwanda ruramutse rurangaye ntacyo rwazakuramo.

    Perezida wa Komisiyo ishinzwe kugenzura imikoreshereze y’imari n’umutungo bya leta, PAC, Muhakwa Valens, ubwo RAB yitabaga iyi komisiyo, yavuze ko bitumvikana ukuntu nyuma y’imyaka irindwi hasinywe amasezerano yo kugira ngo ibijyanye n’uburyo bwo kuhira bugezweho bushyirwemo imbaraga kandi bwihutishwe, hamaze gukoreshwa 12% by’ubuso bwari buteganyijwe.

    Ati “Ni ikibazo kiremereye cyatumye tunatumira RAB ngo badusobanurire niba badafite ubushobozi bwo gushyira mu bikorwa umushinga nk’uyu. Bigenda bigaragara ko mu mishinga ya RAB hari amafaranga aboneka ntabashe gukoreshwa.”

    Umuyobozi Mukuru wa RAB, Dr Patrick Karangwa yagize ati “Nta bisobanuro bihari.”

    Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Jean Claude Musabyimana yavuze ko kudakurikirana uyu mushinga byatewe n’uburangare.

    Depite Uwineza yamubajije ugomba kuryozwa ubwo burangare, ati “Uburangare ni ubwa nde byatumye tugera ubwo dutangira kwishyura inguzanyo twishyurira ubusa? Twishyire mu mwanya wa leta; ubu warasabye inguzanyo yo kubaka inzu, ugatangira kwishyura inzu ntayo ufite, ufite fondasiyo [mbivuge gutyo], wajya kwishyura wishimye? Kandi ukaza kubisobanuza uburangare? Erega turimo kwishyura amafaranga atagize icyo yamariye Abanyarwanda. Sinzi niba mwumva icyo kintu ukuntu kiryana, ntabwo ari byo rwose murimo murahemukira Abanyarwanda.”

    Musabyimana yasubije agira ati “Nta we byashimisha, ni uburangare butemewe butashyigikirwa…, ibyabaye rwose ni uburangare nta bindi bisobanuro bihari.”

    Umuyobozi Mukuru Wungirije ushinzwe ubuhinzi muri RAB, Dr Bucagu Charles yashimangiye iby’ubu burangare, ati “Nanjye ndunga mu rya bagenzi banjye. Iryo kererwa ntabwo risobanutse ariko iyo urebye amasezerano uko yari yasinywe ntabwo twagize uruhare runini mu biganiro ngo habeho gusonerwa imisoro.”

    Depite Muhakwa yabwiye abayobozi ba RAB ko nk’urwego rwagombaga gushyira mu bikorwa umushinga, ko bidakwiye ko yagombaga guharira byose Minecofin.

    Ati “Mwari mwiteguye ku ruhe rwego kugira ngo umushinga utangirire igihe? Biragaragara n’imyiteguro yanyu ni ukuyikemanga, niba nyuma y’imyaka [tuvuge ko ari itanu] muhawe ubwo burenganzira, mukaba mumaze gukora 12%, ubwo burangare na bwo muraza kubushyira kuri Minecofin?”

    Dr Bucagu ati “Hari impamvu zisobanura uku gukererwa zirimo iziduturukaho, intege nkeya zo kugira ngo uwo mushinga ukomeze gukorwa mu buryo bwihuse, izituruka ku miterere y’umushinga ariko inama nyinshi tumaze igihe dukora harimo ubufatanye ngo turebe uko uyu mushinga wakwihutishwa. Ntabwo bisobanutse natwe ntabwo tubyishimiye.”

    Dr Bucagu yijeje ko uyu mwaka uzashira nka Mpanga huhiwe hegitari zirenga 659.

    No mu yindi mishinga ikorerwa muri RAB , hagaragayemo ibibazo aho n’uwa PASP wanenzwe kutagira konti yihariye ishyirwaho impano byatumye miliyoni zisaga 900 z’amafaranga y’u Rwanda abikwa n’Ikigega Gitera Inkunga Imishinga y’Abagore n’Urubyiruko (BDF).

    Abakurikiranira hafi uyu mushinga banenzwe no kunanirwa kugaruza amafaranga y’inkunga ku bagenerwabikorwa batandatu batujuje ibisabwa bahawe miliyoni 181, 6 z’amafaranga y’u Rwanda.

    Abadepite bagize Komisiyo ya PAC ubwo bumvaga ibisobanuro by’abayobozi ba RAB ku isesengura rya raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya leta ya 2019/2020

    Depite Murara Jean Damascène uri mu bagize PAC

    Perezida wa Komisiyo ya PAC, Muhakwa Valens

    Depite Mutesi Anitha, umwe mu bagize PAC

    Visi Perezida wa PAC, Uwineza Beline

    Depite Niyorurema Jean René, umwe mu bagize Komisiyo ya PAC

    Depite Bakundufite Christine

    Depite Mukabalis Germaine (ibumoso) na mugenzi we Uwimanimpaye Jeanne d’Arc

    Abayobozi muri RAB na Minagri batanze ibisobanuro basabwaga na PAC, bifashishije ikoranabuhanga

    Bimwe mu bikorwa by’umushinga wo kuhira i Mpanga uko byari bimeze mu mpera za 2020

    source : https://ift.tt/3nsBav6

  • Miss Ingabire Grace arashimira abamugariye ku rugamba rwo kubohora igihugu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Miss Ingabire Grace arashimira abamugariye ku rugamba rwo kubohora igihugu
    Miss Ingabire Grace arashimira abamugariye ku rugamba rwo kubohora igihugu

    Ni igikorwa cyateguwe mu rwego rwo kwizihiza umunsi wo kwibohora ndetse nk’urubyiruko guha ababohoye u Rwanda agaciro harimo no kubashimira ndetse no kubigiraho mu rugendo rwo gusigasira ibyagezweho.

    Miss Ingabire yavuze ko kuba izo ngabo zaramugariye ku rugamba bidakwiye kugira uwo byatera ipfunwe, kuko ni umukoro ukomeye ku rubyiruko rw’ubu.

    Akomeza avuga ko ingufu zabo zitapfuye ubusa kuko nk’urubyiruko rubashimira kandi ibyagezweho bizakomeza kubungwabungwa.

    Mu bikoresho byatanzwe harimo insimburangingo, inyunganirangingo, amagare yifashishwa n’abafite n’ubumuga, n’ibindi bitandukanye.

    Miss Ingabire Grace aganira n
    Miss Ingabire Grace aganira n’abo yasuye

    Jean Pierre uhagarariye ikigo cya HvP Gatagara yagize ati “Twe nk’ikigo iki ni icyemezo cyatworoheye cyane kuko dusanzwe dukorana na Commission ishinzwe gusubiza mu buzima busanzwe Ingabo. Na none tuzi neza icyo abagenerwa bikorwa bagejeje ku gihugu cyacu ni yo mpamvu tutabajya kure”.

    Yabijeje ubufatanye bazakomeza kugirana na Komisiyo ishinzwe gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe Ingabo, ndetse banasaba iyo Komisiyo ko bazakomeza imikoranire myiza.

    Brig. General Peter John Bagabo, Komiseri muri Komisiyo yo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abari abasirikare (RDRC), by’umwihariko ushinzwe Umujyi wa Kigali, yasabye izo Ngabo gukomeza discipline zigaragaza, ndetse ko igihugu kibatekereza mu byo bakora byose.

    Yakomeje ashimira abategura Miss Rwanda ndetse na ba Nyampinga bose ubufatanye bwiza bakomeje kugirana na Komisiyo dore ko atari bushya, ariko byose byerekana ko bifitanye isano no kuba urubyiruko rugomba guhora runezezwa n’iterambere rihari, ko rukwiye gukomeza gusigasira ibyagezweho, kuko ishimwe rya mbere ababohoye igihugu rizabanezeza ari ryo kubona u Rwanda rukomeza gutera imbere, rufite amahoro, ari igihugu gitemba amata n’ubuki kandi ibi byose bijyana n’iterambere rirambye.

    Miss Rwanda ukomeje gukora ibikorwa bitandukanye avuga ko iki gikorwa yagitekereje nk’urubyiruko, ariko na none nka Nyampinga w’u Rwanda agomba kumenya amwe mu mateka yaranze urugamba rwo kubohorora igihugu.

    Ati “Ibi bikoresho twazanye hano kubufatanye na HVP Gatagara ni ikimenyetso cy’uko tubaha agaciro kandi tuzi neza ko muri ab’agaciro mu buzima bwacu”.

    Brig. Gen Peter John Bagabo
    Brig. Gen Peter John Bagabo

    Yakomeje ashimira cyane ikigo cya HVP Gatagara nk’abafatanyabikorwa beza ndetse ashimira Komisiyo yemeye kumuha umwanya wo kugira amahirwe nk’ayo nka Miss Rwanda 2021 bimwigisha byinshi.

    Yongeye gushimira abamugariye ku rugamba ndetse n’Ingabo z’igihugu muri rusange kuba barabohoye u Rwanda.

    Miss Ingabire akomeje gukora ibikorwa byinshi bitandukanye aho mu minsi ishize yoroje amatungo magufi abajyanama b’ubuzima mu Karere ka Rwamagana.


    source : https://ift.tt/3kfjaT7

  • Mozambique: Umunyarwanda Révocat Karemangingo yishwe arashwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Révocat Karemangingo
    Révocat Karemangingo

    Karemangingo yari asanzwe akora ibikorwa by’ubucuruzi muri icyo gihugu, akaba yishwe n’abantu batahise bamenyekana.

    Abo bantu ngo bari mu modoka ebyiri baramwitambika imbere n’inyuma mu gihe na we yari mu modoka ye yenda kugera aho yari atuye mu mujyi wa Maputo aho bita Liberdade.

    Ukuriye ishyirahamwe ry’impunzi muri kiriya gihugu Cleophas Habiyaremye yabwiye BBC dukesha iyi nkuru ko yishwe n’abantu bari bamwiteguye kandi babipanze.

    Yagize ati “Yari ari hafi kugera iwe, abari mu modoka ya Toyota Fortuner ni bo bamurashe, bamurashe amasasu atandatu.”

    Bivugwa ko no mu mwaka wa 2016 uyu mugabo bashatse kumwica ariko akarusimbuka nyuma y’uko imodoka yari asanzwe atwara atari yo yatashyemo bamubura gutyo.

    Polisi ya Mozambique nta cyo yahise itangaza kuri ubu bwicanyi.


    source : https://ift.tt/3llONJZ

  • #COVID19: Abantu 3 bitabye Imana, abamaze gukingirwa doze zombi barenze Miliyoni #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abantu 3 bitabye Imana kubera icyo cyorezo, bituma umubare w’abamaze gupfa bose uba 1,175. Abitabye Imana ni abagore babiri n’umugabo umwe.

    source : https://ift.tt/3hq4Q8n

  • Polisi yerekanye 49 bafashwe batwaye ibinyabiziga basinze; umwe yanakoze impanuka – #rwanda #RwOT

    Saa Tanu z’amanywa yo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 13 Nzeri 2021, ni bwo Polisi yeretse itangazamakuru aba bantu 49, bari batwaye imodoka banyweye ibisindisha.

    Bamwe mu bafatiwe mu cyuho bemeye ko bari banyweye ibisindisha ariko babisabira imbabazi.

    Umwe muri bo ukora akazi ko gutwara abantu kuri moto, yemereye itangazamakuru ko gutwara ikinyabiziga yanyweye ibisindisha aribyo byatumye akora impanuka.

    Yagize ati “Bamfashe ntwaye moto nanyweye ku gacupa mfite igipimo cya 3,3; naguye hasi kubera gusinda ari nayo mpamvu ndi hano. Ndaboneraho gusaba bagenzi banjye gutwara banyweye ibisindisha.”

    Undi musaza we yemeza ko yafashwe atwaye imodoka yanyweye inzoga ariko agahakana ko yari yasinze.

    Ati “Bamfashe ndi kumwe n’umukoresha wanjye nanyweye icupa rya Primus ariko numvaga ntasinze ku buryo ariyo mpamvu numvaga nta kibazo.”

    Yaboneyego gusaba imbabazi anashishikariza abandi bantu kwirinda gutwara ibinyabiziga banyweye ibisembuye.

    Umuvugizi wungirije wa Polisi y’u Rwanda, CSP Sendahangarwa Apollo, yavuze ko aba bantu uko ari 49 bafashwe mu minsi ine ishize asaba abatwara ibinyabiziga kwirinda gutwara banyweye ibisindisha kuko biteza impanuka.

    Ati “Aba bafashwe banyweye ibisindisha birenze urugero bamwe bigaragara ko basinze rero dukomeje gushishikariza abantu kwirinda gutwara banyweye inzoga kuko bibujijwe cyane ko abantu badakwiye kubura ubuzima bwabo kubera kwitwara nabi.”

    Buri mushoferi wese ufashwe atwaye ikinyabiziga yanyweye ibisindisha acibwa amande y’ibihumbi 150 by’amafaranga y’u Rwanda.

    Polisi y’u Rwanda yerekanye 49 bafashwe batwaye ibinyabiziga basinze

    source : https://ift.tt/3tAJeek

  • Muhanga: Bane bapfiriye mu kirombe cy’amabuye y’agaciro – #rwanda #RwOT

    Icyo kirombe cya Sosiyete yitwa AFRICOM cyagwiriye abagicukuraga kuri uyu wa Mbere, tariki ya 13 Nzeri 2021, mu Mudugudu wa Rubimba mu Kagari ka Sholi.

    Abapfuye ni Turatimana Vianney w’imyaka 19, Rwendeye Medard w’imyaka 19, Dusabamahoro Ignace w’imyaka 21 na Nsabimana Eugène w’imyaka 24. Uwakuwemo ari muzima ni Habinshuti Eric w’imyaka 16 y’amavuko.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhanga, Rwakana John, yavuze ko bagwiriwe n’icyo kirombe mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere bahita batangira ubutabzi bwo kubakuramo. Uwa nyuma yakuwemo ahagana saa Sita z’amanywa.

    Imirambo y’abapfuye yajyanywe ku bitaro bya Kabgayi gukorerwa isuzuma. Uwakomeretse na we niho ari kuvurirwa.

    pr[email protected]


    source : https://ift.tt/3huuQzu

  • Ishoramari rishya rya Israel mu Rwanda, umuti ku bahakana Jenoside: Ikiganiro na Amb Ron Adam (video) – #rwanda #RwOT

    Dr. Ron Adams ni we wahawe inshingano zo kuyobora iyi Ambasade, atangira gukorera ku Mugabane wa Afurika avuga ko ‘byahoze ari inzozi ze’ dore ko kuva yatangira gukorana na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Israel mu 1991, ari ubwa mbere yari abonye inshingano zo gukora ku Mugabane wa Afurika.

    Mu kiganiro na IGIHE, uyu mugabo yavuze ko gukorera muri Afurika byahoze ari inzozi ze. Ati “Nakoreye Umuryango w’Abibumbye igihe kinini, ariko umutima wanjye wari muri Afurika, rero ni ibintu byiza kuri njye [kuba ndi gukorera] muri Afurika, nkaba ndi no mu [gihugu cyiza nifuzaga] muri Afurika.”

    Umubano w’ibihugu byombi umaze gushinga imizi

    Mbere y’uko Ambasaderi Ron Adam atangira inshingano ze, umubano w’ibihugu byombi wari ushingiye cyane ku mutekano, nubwo imikoranire mu rwego rw’ubuhinzi yari yaratangiye mu 2012, ubwo u Rwanda rwatangiraga kohereza abanyeshuri muri Israel kugira ngo bihugure mu bijyanye n’ubuhinzi.

    Ambasaderi Adam yavuze ko amaze gutangira izi nshingano, yashyize imbaraga mu kwagurira umubano mu zindi nzego. Ati “[Mbere] Imibanire yari ishingiye cyane ku bikorwa by’umutekano, icyo nakoze ni ukwagura imikoranire ikagera mu zindi nzego. Icyo navuga ni uko ibintu byahindutse ugereranyije n’uko byari bimeze mbere.”

    Kuri ubu ibihugu byombi bifitanye umubano mu nzego zirimo uburezi, ubuhinzi, ikoranabuhanga, umutekano, ubuzima n’ibindi bitandukanye.

    Kuva Israel yafungura ambasade mu Rwanda, ibikorwa birimo ubukerarugendo hagati y’impande zombi byateye imbere, ndetse abakerarugendo baturutse muri icyo gihugu kiri mu biteye imbere, batangira kuza mu Rwanda ku bwinshi.

    Ambasaderi Adam yasobanuye ko hari abakerarugendo baherutse kuza mu Rwanda mu mpera z’umwaka ushize, aho basize mu Rwanda agera kuri miliyoni 1,2$ mu gihe bamaze mu Rwanda.

    Yagize ati “Abakerarugendo bamwe baraje mu Ugushyingo n’Ukuboza k’umwaka ushize, aho abakerarugendo 500 baje bagasiga mu Rwanda miliyoni 1.2$. Binteye ishema kuko nagize uruhare muri icyo gikorwa.”

    Icyakora ibi ntibihagije, kuko Adam yemeza ko abaturage benshi ba Israel bataramenya amakuru menshi ku Rwanda, uretse ajyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Yavuze ko “Kugira ngo abaturage ba Israel basure u Rwanda, ni ngombwa ko u Rwanda rukomeza kwiyerekana mu yindi sura kuko benshi mu baturage ba Israel nta kintu bazi ku Rwanda uretse Jenoside yakorewe Abatutsi, ibi bigomba guhinduka.”

    Hari amakuru avuga ko Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, runafite mu nshingano guteza imbere ubukerarugendo, ruri mu myiteguro yo gufungura ibiro muri Israel, bizagira uruhare mu gukurura abakerarugendo benshi baturutse muri iki gihugu, nacyo gisanzwe ari igicumbi cy’ubukerarugendo kuko mbere y’icyorezo cya Covid-19, cyakiraga abagera kuri miliyoni enye buri mwaka.

    Uretse ubukerarugendo, byitezwe ko uru Rwego ruzanagira uruhare mu guteza imbere ibikorwa by’abikorera hagati y’ibihugu byombi, ibi bikazoroshywa na RwandAir ikorera ingendo i Tel Aviv kuva mu 2019.

    Ku rundi ruhande, ibikorwa by’ishoramari biri gutera imbere hagati y’ibihugu byombi, aho mu minsi iri imbere, hari abashoramari baturutse muri iki gihugu bateganya kubaka ibitaro bifite ibitanda birenga 100.

    Israel kandi irateganya gutera u Rwanda inkunga y’ibitanda 55 biri ku rwego rwo hejuru, bishobora kwifashishwa mu kuvura abarwayi barimo n’abarembejwe n’icyorezo cya Covid-19.

    Israel kandi iri kwitegura kwakira abaganga batandatu bayobora ibitaro, bazajya gukarishya ubumenyi muri icyo gihugu mu bijyanye no kuyobora ibitaro.

    Urwego rw’ubuhinzi; inkingi ya mwamba mu mibanire y’ibihugu byombi

    Kuva mu 2012, u Rwanda rwohereza abanyeshuri 200 kujya kwihugura mu bijyanye n’ubuhinzi, na cyane ko iki gihugu kigizwe na kimwe cya gatatu cy’ubutayu, kiri mu bifite ubutaka buto, ariko kikaza mu bifite ubuhinzi buteye imbere ku Isi.

    Israel izwi cyane mu bijyanye no kuhira ndetse n’ubuhinzi bukorerwa mu nzu, gutunganya imyanda y’amatungo ikavanwamo ibindi bintu, ndetse n’ubuhinzi bubyara umusaruro kandi bwakorewe ahantu hato.

    Nk’ubu inka zo muri icyo gihugu nizo zitanga umusaruro mwinshi ku rwego rw’Isi, mu gihe Israel ifatwa nk’igihugu cya kabiri giteye imbere mu buhinzi, inyuma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ariko ikaba igihugu cya mbere ku Isi gishobora mu bijyanye n’ubushakashatsi mu nzego zirimo ubuhinzi, kuko ishoramo 4.3% by’umusaruro mbumbe wayo.

    Benshi mu rubyiruko rw’Abanyarwanda rwagiye rwoherezwa kwihugura mu buhinzi muri Israel, rwatangiye kubibyaza umusaruro

    Ambasaderi Adam yavuze ko ubu bunararibonye bw’iki gihugu ari bwo gisangiza u Rwanda. Ati “Mufite ubutaka buto ariko mushobora kububyaza umusaruro kurushaho, burenze. Ibyo nibyo tugerageza gukora hano, tukagerageza kubasangiza ubunararibonye bwacu ku buryo hakoreshwa ubutaka buto bukabyazwa umusaruro wisumbuye.”

    Ni gute u Rwanda rwarushaho guhangana n’abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi?

    U Rwanda na Israel bihuriye ku mateka ya Jenoside, ni ukuvuga iyakorewe Abatutsi mu 1994 mu gihe iyo muri Israel yakorewe Abayahudi, igahitana abarenga miliyoni eshashatu.

    Kimwe mu biranga Jenoside ku rwego rw’Isi, ni uko mu gihe yarangiye, abayigizemo uruhare bagerageza kwihunza uruhare rwabo muri icyo gikorwa kigayitse, bakabikora bahindura ukuri kw’ibyabaye, kugira ngo bareke kugibwaho n’ikimwaro.

    U Rwanda ruri kunyura muri iki cyiciro, aho abagize uruhare muri Jenoside ndetse n’ababakomokaho, bakomeje kumvikana bahakana, cyangwa bahindura amateka y’ibyabaye muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Ambasaderi Adam avuga ko ibi bidatangaje, ariko akavuga ko uburyo bwiza bwo gukomeza guhangana n’iki kibazo, ari ugukomeza kuvuga amateka y’ibyabaye mu Rwanda binyuze mu gutanga ubuhamya mu nyandiko, mu mashusho ndetse n’amajwi.

    Yagize ati “Icyo navuga ni uko hakenewe gukomeza gutanga ubuhamya [bw’ibyabaye]. Muri Israel dusohora ibitabo 200 buri mwaka bigaruka ku mateka ya Jenoside ya Holocaust. [Abarokotse] bakwiye gutanga ubuhamya bwabo, bakavuga uko byabagendekeye, bakabishyira muri video ndetse bigaca no kuri radio…Ibi birwanya ihakana rya Jenoside, bikomora ibikomere by’abagizweho ingaruka na Jenoside ndetse bikanigisha abato [ku mateka yayo].”

    Yongeyeho ati “Ntabwo warwanya ihakana rya Jenoside utagaragaza ubuhamya bw’ibyabaye. Abagize uruhare muri Jenoside bakiriho, bakomeza kuvuga ko nta kintu cyabaye, iyo nta muntu wo ku rundi ruhande ubahakanyije, ibintu bishobora kuguma gutyo.”

    Ibibazo bya Palestine…

    Ambasaderi Ron Adam yakoze igihe kirekire muri Minisitiri y’Ububanyi n’Amahanga ya Israel, ndetse zimwe mu nshingano yakoze zirimo gushakira umuti ikibazo cya Palestine.

    Uyu mugabo yavuze ko iki kibazo kizarushaho kugorana mu gihe umutwe wa Hamas wagenzura ibice byose bya Palestine.

    Yagize ati “Igisubizo kigomba kuboneka, ariko impande zombi zikwiye kwicara zikabiganiraho. Ariko ubu biragoye kuko Hamas iri kuyobora Gaza, mu gihe yaramuka itsinze amatora muri Western Bank, nta muntu wo kuvugisha uzaba ugihari kuko intego ya Hamas ari ukwangiza Israel, ibyo rero byadusubiza inyuma, aho kujya imbere.”

    Ambasaderi Ron Adam ni umuhanga mu bijyanye na Philosophy aho yabyize muri Kaminuza ya Haifa, ahakura impamyabumenyi yo ku rwego rw’Ikirenga. Uyu mugabo kandi afite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu mu bijyanye na politiki, ndetse n’impamyabumenyi mu bijyanye mu bijyanye n’amateka.

    Yakoreye Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Israel mu Muryango w’Abibumbye, aho yakoze imyaka 15.

    Ambasaderi wa mbere wa Israel mu Rwanda, Dr. Ron Adam, yatangiye inshingano ze mu 2019

    source : https://ift.tt/3Abcsmz

  • RIB iraburira abakwirakwiza amacakubiri kuri YouTube #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Dr. Murangira Thiery avuga ko RIB itazihanganira abakwirakwiza amacakubiri kuri YouTube
    Dr. Murangira Thiery avuga ko RIB itazihanganira abakwirakwiza amacakubiri kuri YouTube

    Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira Thierry, avuga ko amategeko ahana umuntu watanze umuyoboro ukorerwamo ibyaha, kubera iyo mpamvu akaba asaba abafite izo mbuga kwigengesera mu gutumira abantu bakwirakwiza amacakubiri.

    Avuga ko byagaragaye ko nyuma yo gusaba abakoresha imbuga za YouTube kwirinda gukwirakwiza amacakubiri hazakurikiraho kubafata no kubakurikiranaho ibyaha bizaba byakorewe kuri izo mbuga, kabone n’ubwo uwakoze icyaha yaba yabinyujije mu butumwa bugira icyo buvuga ku byatangajwe (comments).

    Agira ati “Ntabwo RIB izarebera abakora ibyaha ku mbuga nkoranyambaga zirimo na YouTube kuko Itegeko Nshinga tugenderaho riteganya ibihano ku bakwirakwiza amacakubi, imvururu no guhembera urwango kuri izo mbuga, ni yo mpamvu tutazarebera”.

    Umuvugizi wa RIB avuga ko hari abakeka ko gufungura imbuga za Youtube no gushyiraho ibishobora kuba bigize icyaha bigamije ahanini kubona abakurikira izo mbuga kuko uko baba benshi ari na ko ba nyiraza babona amafaranga menshi. Nyamara ngo bigaragara ko abo bantu bataba bagamije gusa kubona ababakurikira ahubwo baba banagamije icengezamatwara.

    Dr. Murangira avuga ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi hashyizweho Leta y’Ubumwe bw’Abanyarwanda irwanya kandi inakumira ivangura iryo ari ryo ryose, ku buryo uwakongera guhembera amacakubiri inzira yose yanyuramo azakurikiranwa.

    Agira ati “Turasaba ba nyiri ziriya mbuga kutaba umuyoboro w’abashaka gusubiza Abanyarwanda inyuma, ntabwo bagomba guha rugari abashaka gukwirakwiza amacakubiri. Ibyo bitandukanye n’abavuga ko twaba tubangamiye kwisanzura kw’abantu mu gutanga ibitekerezo ahubwo turasaba ko abantu bareka gutangaza ibinyuranyije n’amategeko”.

    Dr. Murangira avuga ko usanga hari abantu bashaka gusubiza inyuma ibyo u Rwanda rugezeho kandi ibyo ntawe ukwiye kubyihanganira, kubijenjekera no kubitega amatwi kuko ibihano biteganyirijwe abadashaka kumva.


    source : https://ift.tt/3k8OnY4

  • Ibimenyetso byerekana uruhare rwa Rusesabagina mu bikorwa bya gisirikare bya FLN #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibimenyetso byerekana ko Rusesabagina, wagaragaye hano avugana n
    Ibimenyetso byerekana ko Rusesabagina, wagaragaye hano avugana n’umwunganizi we muri Werurwe 2021, yagize uruhare rukomeye mu bikorwa bya gisirikare bya FLN

    FLN ni umutwe w’ingabo ushingiye ku ihuriro rya MRCD (Rwanda Movement for Democratic Change) ryayoborwaga na Rusesabagina. FLN ishinjwa kuba yarishe abantu bagera ku icyenda (9) abandi benshi bagakomereka mu turere twa Nyaruguru, Nyamagabe, Rusizi na Nyamasheke, ndetse ikahangiza ikanasahura imitungo ifite agaciro kabarirwa muri za miliyoni.

    Rusesabagina yagaragaye muri za videwo no mu biganiro bitandukanye avuga ko atangije intambara kuri Guverinoma y’u Rwanda, ikindi kandi yavugaga ko ingabo za FLN zizaguma muri Nyungwe kugeza misiyo (mission) irangiye.

    N’ubwo ibyo biganiro bikiri kuri interineti, harimo na kimwe kiri ku rubuga rwa Radio Ijwi rya Amerika mu Kinyarwanda (https://www.radiyoyacuvoa.com/a/4886849.html ), Rusesabagina n’abamushyigikiye bakomeje gutsimbarara bavuga ko uruhare rwa Rusesabagina rugarukira gusa mu bya ‘dipolomasi na Politiki’.

    Gusa, ibimenyetso byaturutse mu madosiye Ubushinjacyaha bw’u Rwanda, bwabonye binyuze mu bufatanye mu buryo bw’ubutabera n’igihugu cy’u Bubiligi, byabonetse ubwo hasakwaga inzu ya Rusesabagina mu Bubiligi, bigaragaza uko Rusesabagina yagize uruhare mu gutegura, gutera inkunga no gushyira mu bikorwa ibitero byagabwe mu Rwanda.

    Rusesabagina, nk’umuyobozi mukuru, yabonaga amakuru ya buri kanya y’uko ibikorwa bya gisirikare bya FLN birimo gukorwa.

    Bumwe mu butumwa bwa WhatsApp KT Press dukesha iyi nkuru yabonye, bwemeza ko Rusesabagina yatanze amapeti anazamura mu ntera abarwanyi ba FLN.

    Ubutumwa bumwe bagaragaramo uko Rusesabagina yazamuye mu ntera Nsengimana Herman, na we uri mu bakurikiranywe mu rubanza rwa FLN, amuha ipeti ryagombaga gutuma ashobora kuba umuvugizi wa FLN, kugira ngo asimbure Nsabinama Callixte, wari waramaze gufatwa icyo gihe ndetse yaranagejejwe mu Rwanda.

    Muri ubu butumwa, Rusesabagina na Gen. Irategeka bajyaga inama ku kuzamura mu ntera Nsengimana, bavugana mu mvugo ijimije

    Mu kiganiro cyabaye ku itariki ya 1 Gicurasi 2019, kigaragaza uko Rusesabagina yaganiriye na Gen. Wilson Irategeka (nitegekawil) kuri numero ya telefoni yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, amubaza ipeti yumva bakwiye guha Nsengimana.

    Nyuma Rusesabagina abitangiye uburenganzira, bemeranyjwe ko Herman Nsengimana yahabwa ipeti Nsabimana yari afite ariko bakuyeho rimwe , kuko Nsabimana Callixite yari afite ipeti rya ‘Major’ ubwo Herman Nsengimana yahise ahabwa ipeti rya ‘Captain’ hanyuma ahita agirwa umuvugizi wa FLN.

    Itangazo ryasohotse ku itariki 5 Gicurasi 2019, ryasinywe na Rusesabagina, ryemezaga Nsengimana Herman nk’umuvugizi mushya wa FLN, rikuraho ibyari byabanje gutangazwa ko Capt. Nahimana Straton ari we muvugizi mushya.

    Rusesabagina yagize ati “Capitaine Herman Nsengimana aje afite uburambe mu kazi gasanzwe ka Gisirikari, akaba kandi yarakoranye bya hafi na Major Callixte SANKARA, bityo tukaba tumuhaye izi nshingano tuzi neza ko azagera ikirenge mu cy’uwo asimbuye.”

    Ibi Rusesabagina akaba yarabivuze, asaba abantu gushyigikira umuvugizi mushya ndetse no gusabira Nsabimana.

    Iri ni itangazo ryashyizweho umukono na Rusesabagina ryavugaga ku ishyirwaho rya Herman Nsengimana nk’umuvugizi mushya wa FLN

    Muri iryo tangazo, Rusesabagina yanavuze ko ngo barimo gukora ibyo bashobora byose kugira ngo batabare Nsabimana wari uzwiho kuvuga cyane, ndetse asaba abarwanyi kudacika intege no kuba yafashwe.

    Nsabimana Callixte akaba yarakundaga kumvikana cyane cyane kuri Radio BBC n’Ijwi rya Amerika ashima ibikorwa by’abarwanyi ba FLN mu ishyamba rya Nyungwe no mu nkengero zaryo, agatanga n’ubutumwa buburira Guverinoma y’u Rwanda.

    Rusesabagina ati “ Mu gihe cy’impinduramatwara nk’iki, byanze bikunze hagomba kubaho ibitambo, kandi ko amaraso y’ibyo bitambo ari kimwe mu bizatuma urugamba rwihutishwa.”

    Uko amakuru y’urugamba yageraga kuri Rusesabagina

    Nk’umuyobozi w’urugamba , Rusesabagina yakiraga raporo umunsi ku wundi zituruka kwa Gen. Irategeka na Gen. Antoine Jeva Alexis, bakurikiranaga ibikorwa bya FLN, bakoherereza Rusesabagina amakuru y’aho imirwano igeze, ibimaze kugerwaho, ibikenewe ndetse n’ibyo bateganya gukora mu minsi ikurikiraho.

    Rusesabagina yanagize uruhare mu gukemura ibibazo byo kurwanira ubuyobozi byari hagati ya Gen. Irategeka na Gen. Jeva, byashingiraga ku micungire y’amafaranga yabaga yoherejwe na Rusesabagina.

    Gen. Jeva ngo yajyaga arenga ku muyobozi we Gen. Irategeka, akavugana na Rusesabagina. Ibyo rero ngo ntibyashimishije Irategeka. Kuko Rusesabagina yari azi ko akeneye abo bagabo bombi, yakoze uko ashoboye kugira ngo bakomeze gukorana neza.

    Mu biganiro n’inyandiko zitandukanye, hagaragaramo uko Gen Jeva yahoraga yoherereza Rusesabagina amakuru, by’umwihariko ayerekeye uko ibintu byabaga bimeze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

    Mu kiganiro bagiranye ku itariki 29 Mutarama 2019, Gen Jeva yabwiye Rusesabagina ko bahuye n’ikibazo cy’ingabo za Guverinoma ya Congo-Kinshasa (FARDC) n’indi mitwe y’abarwanyi nka Mai Mai NDC na Nyatura, ikorana na Kigali.

    Gen. Jeva yabwiye Rusesabagina ku mirwano yabereye mu duce dutandukanye aho muri Congo-Kinshasa, harimo ahitwa Masisi na Gatare, aho ngo bishe abasirikare 8 ba Guverinoma ya Congo. Jeva yabwiye Rusesabagina ko bavuye mu birindiro byabo aho bari bafite imyaka bahinze, bakaba ngo batangiye kugira ikibazo cy’ibiribwa.

    Rusesabagina yijeje abarwanyi, ko barimo gukora uko bashoboye kose, kugira ngo baboherereze ubufasha.

    source : https://ift.tt/3ntRT15