Blog

  • U Rwanda na Kongo Kinshasa byageze ku masezerano yo gusenya FDLR #rwanda #RwOT

    U Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byemeranyije ndetse bishyira umukono kuri gahunda igaragaza uko umutwe wa FDLR uzasenywa, u Rwanda rugakuraho ingamba z'ubwirinzi rwashyizeho kubera impungenge ku mutekano warwo bitewe n'ibibazo biri mu Burasirazuba bw'iki gihugu.

    Iyo nyandiko izwi nka 'Experts' report on the Concept of Operations (CONOPS)' yemejwe mu biganiro byo ku wa mbere hagati ya Minisitiri Olivier Nduhungirehe w'u Rwanda na Minisitiri Thérèse Kayikwamba bahujwe na mugenzi wabo Téte António wa Angola.

    Mbere byatangajwe ko iyi nyandiko, ikubiyemo — mu buryo burambuye — ibigomba gukorwa ku ngingo ebyiri z'ingenzi bivugwa ko umuhuza — Angola — yahaye impande zombi kugira ngo haboneke amahoro. Izo ni:

    • Kurandura umutwe wa FDLR urwanya leta y'u Rwanda,
    • N'u Rwanda kureka ingamba zarwo zo kwirinda

    Ku ngingo ya mbere, u Rwanda rushinja leta ya DR Congo gukorana n'umutwe wa FDLR ruvuga ko uteye inkeke ubusugire n'umutekano w'igihugu.

    Ku ngingo ya kabiri, DR Congo ishinja leta y'u Rwanda gufasha umutwe wa M23, ndetse iyo ngingo abategetsi ba DR Congo bo bayisobanura ko ari u Rwanda kuvana abasirikare barwo ku butaka bwa Congo.

    Ubutegetsi bw'ibihugu byombi buhakana ibyo bushinjwa, nubwo byagiye byemezwa n'inzobere za ONU inshuro zirenze imwe.

    Nubwo agahenge kumvikanyweho muri Kanama(8) kakomeje guhonyorwa hakaba imirwano yatumye umutwe wa M23 wigarurira ibindi bice muri teritwari za Walikale n'ahandi, Angola yakomeje umuhate wo gushaka amahoro mu biganiro.

    Inyandiko ibiro ntaramakuru Angop bivuga ko yemejwe n'impande zombi ku wa mbere, mu kwezi gushize zari zananiwe kuyumvikanaho, buri ruhande rushinja urundi gushyiraho amananiza.

    Niba Kayikwamba na Nduhungirehe bumvikanye kandi bagasinya ku ngingo zigize inyandiko ya CONOPS, iyo ni intambwe ya kabiri — nyuma y'iyatewe n'inzobere za gisirikare — ibanziriza kuba abakuru b'ibihugu by'u Rwanda na DR Congo basinya amasezerano y'amahoro, mbere y'uko ashyirwa mu bikorwa.

    Ibiro ntaramakuru Angop bivuga ko mu nama yo ku wa mbere, impande zombi zumvikanye ko bikenewe ko 'vuba bishoboka' bakomeza ibiganiro 'no ku zindi ngingo zisigaye kuri iyo nyandiko y'ibanze y'ubwumvikane'.

    Umuhate w'amahoro urimo kuba iruhande rw'umwuka ugenda urushaho kuba mubi hagati ya leta z'ibihugu byombi kubera ibikorwa bya hato na hato.

    Mu gihe M23 — Kinshasa ivuga ko ifashwa n'u Rwanda — yakomeje kwigarurira ibindi bice by'Intara ya Kivu ya Ruguru, ibi byakomeje gutuma abategetsi bamwe ba DR Congo barushaho kuvuga amagambo yamagana abategetsi b'u Rwanda.

    Mu mpera z'icyumweru gishize, Constant Mutamba, Minisitiri w'ubutabera wa DR Congo, ubwo yari kuri gereza ya Munzenze i Goma, yumvikanye avuga amagambo mabi ku Rwanda

    Asubiza ku byavuzwe na Mutamba, umuvugizi wa leta y'u Rwanda, Yolande Makolo, yanditse ku rubuga X abyita 'ubushotoranyi bukabije' kandi bwakorewe 'muri kilometero nkeya uvuye ku mupaka w'u Rwanda'.

    Muri uku kwezi, Onesphore Sematumba, umusesenguzi kuri DR Congo wo mu kigo cy'ubushakashatsi ku makimbirane, International Crisis Group (ICG), yabwiye BBC Gahuzamiryango ko bishobora kuzafata igihe kirekire kugira ibiganiro bya Luanda bigere 'ku musaruro unogeye abaturage'.

    Impamvu u Rwanda ruri mu biganiro bya Luanda ni uko ikibazo cy'umutekano muke cyo muri RDC cyagize ingaruka ku mubano w'ibihugu byombi, bishingiye ku birego ibihugu bishinjanya byo kwifatanya n'imitwe yitwaje intwaro, kandi hakaba hakenewe gucyura impunzi z'Abanye-Congo zahungiye mu bihugu byiganjemo ibyo mu karere birimo n'u Rwanda.

    Source : https://flash.rw/2024/11/26/u-rwanda-na-kongo-kinshasa-byageze-ku-masezerano-yo-gusenya-fdlr/

  • Abana 10 biciwe mu myigaragambyo y'amatora ya Mozambique #rwanda #RwOT

    Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu wavuze ko abashinzwe umutekano bafunze abandi bana babarirwa mu magana, bamwe muri bo bakaba bamaze iminsi mu buryo bunyuranyije n'amategeko mpuzamahanga, kuva mu kwezi gushize ibyavuye mu matora byatangajwe.

    Igihugu cya Afurika yepfo cyugarijwe n'imvururu nyuma y'uko umukandida w'ishyaka riri ku butegetsi bitangajwe ko yatsinze amatora yo ku wa 9 Ukwakira nubwo abatavuga rumwe n'ubutegetsi bavuga ko ari uburiganya ndetse n'indorerezi mpuzamahanga banenga ayo majwi, harimo n'itsinda ry'umuryango w'ubumwe bw'ibihugu by'Uburayi.

    Abategetsi ba Mozambike ntibatanze ibisobanuro birambuye ku mubare w'abantu bishwe cyangwa bafunzwe muri iyo myigaragambyo, ariko bakavuga ko imyigaragambyo yahindutse urugomo bityo bikaba ngombwa ko bahosha abashinzwe umutekano.

    Daniel Chapo byatangajwe ko yatsinze amatora ku wa 24 Ukwakira, ninako Chapo yiteguye gusimbura Perezida Filipe Nyusi, umaze manda ebyiri zose ari ku butegetsi.

    Ishyaka rizwi ku izina rya Frelimo, ryakunze gushinjwa kuba ryariganye amatora kugira ngo umuyobozi wabo agume ku butegetsi. Habayeho imyigaragambyo nyuma y'amatora yabaye mu mwaka ushize wa 2023, ariko iyi myigaragambyo yabaye ikibazo gikomeye ku butegetsi bwa Frelimo.

    Iyi myigaragambyo, abaturage bisutse mu mihanda mu murwa mukuru wa Maputo, no mu yindi mijyi minini itandukanye, ni nyuma yuko abantu babiri bakuru batavuga rumwe n'ubutegetsi bishwe n'abantu bitwaje intwaro batigeze bamenyekanye mu ijoro ryo ku wa 18 Ukwakir, dore ko ishyaka ryabo ryise ubwicanyi bwa politiki.

    Mondlane yavuye mu gihugu kubera gutinya umutekano muke, yavuze ko nyuma y'uko umwunganizi we ari umwe mu bayoboke babiri batavuga rumwe n'ubutegetsi bishwe ubwo imodoka barimo yaterwaga amasasu mu muhanda wo mu mujyi wa Maputo. Nta muntu n'umwe wigeze atabwa muri yombi muri ubwo bwicanyi.

    Imiryango mpuzamahanga iharanira uburenganzira bw'ikiremwamuntu ivuga ko byibuze abantu 30 bishwe n'inzego zishinzwe umutekano.

    Igihugu cy Mozambique cyatangaje ko abapfuye bagera kuri 50, naho Abavoka bo muri Mozambique bavuze ko mu ntangiriro z'uku kwezi ko babonye irekurwa ry'abantu barenga 2,700 bari bafunzwe n'inzego z'umutekano, benshi muri bo bari ingimbi.

    Abaturage bo muri Mozambique bigaragambye mu mujyi wa Maputo, nyuma yuko batishimiye ibyavuye mu matora yo ku wa 21 Ukwakira 2024. 

    Source : https://kasukumedia.com/abana-10-biciwe-mu-myigaragambyo-yamatora-ya-mozambike/

  • Trump yaba azohereza abimukira mu Rwanda? (Video) – #rwanda #RwOT

    Nibwo hatangiye gucicikana amakuru yibaza uburyo ibi bizashoboka, cyane ko uburyo Amerika isanzwe ikoresha bwo guhiga abimukira no kubasubiza mu bihugu byabo ku mbaraga, busa nk'ubudahagije ugereranyije n'uburemere bw'ikibazo cy'abimukira magingo aya.

    Mu bindi bisubizo byatekerejwe, harimo gukorana n'ibindi bihugu byakwemera kwakira abimukira, ndetse u Rwanda rwavuzwe muri ibyo bihugu bishobora gukorana na Amerika muri iyo gahunda, uretse ko nta rwego na rumwe rurabyemeza.

    Ese ubundi ibi birashoboka? Ni gute impande zombi zakungukira muri iyi gahunda?

    Ibi nibyo twagarutseho mu kiganiro Indiba y'Ibivugwa:


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/trump-azohereza-abimukira-mu-rwanda-video

  • Abikorera bo muri UAE biyemeje kwagurira ishoramari mu Rwanda – #rwanda #RwOT

    Sharjah ni imwe muri Emirati cyangwa Leta zigize UAE, ikaba umujyi wa gatatu utuwe cyane nyuma ya Dubai na Abu Dhabi.

    Ibiganiro byahuje Ambasaderi w'u Rwanda muri UAE, John Mirenge n'Umuyobozi Mukuru w'Urwego rushinzwe Ubucuruzi n'Inganda (SCCI), Abdallah Sultan Al Owais byibanze kukongera u Rwanda mu bihugu bya Afurika y'Iburasirazuba uru rwego ruzakoreramo ubucuruzi.

    Ibi bikurikiye umugambi batangiye wo gukorana ubucuruzi n'ibihugu bifite isoko ritanga amahirwe muri Afurika, hafungurwa imiryango mishya mu byerekeye ubucuruzi, ishoramari, ubukerarugendo, n'izindi nzego z'ubucuruzi.

    Abdallah Sultan Al Owais yagaragaje ko gukorana n'Urwego rw'Abikorera mu Rwanda bifite akamaro gakomeye mu iterambere ry'ubukungu n'ishoramari.

    Yavuze ko umubano mwiza uri hagati y'u Rwanda na UAE watumye habaho iterambere mu bukungu, kuko havuye abashoramari benshi muri iyi myaka ishize, barimo abo mu rwego rw'ingufu, ubuvuzi, ubuhinzi bugamije ubucuruzi, ibikomoka kuri peteroli na gaz, inganda, ubwubatsi n'ubukerarugendo.

    Al Owais yashimangiye ko amahirwe y'ubucuruzi agaragara mu Rwanda atanga icyizere ku kuhagurira ishoramari rya Sharjah mu bihe biri imbere.

    Sharjah24 yanditse ko impande zombi zemeranyije ko zigiye kubakira ku musaruro w'ibyaganiriwe mu nama y'ubucuruzi y'u Rwanda na UAE yabereye muri Sharjah mu 2023.

    Imyanzuro yayifatiwemo irimo amasezerano atatu yashyizweho umukono afasha mu koroshya ubufatanye mu bucuruz, kwagura ishoramari, kwagura ubucuruzi hagati y'impande zombi, ubufatanye mu iterambere rirambye, no gufatanya kurebera hamwe amahirwe mashya y'ishoramari mu bihugu byombi.

    Abikorera bo muri Sharjah biyemeje kwagurira ibikorwa by’ubucuruzi mu Rwanda


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abikorera-ba-emirati-ya-sharjah-biyemeje-kwagurira-ishoramari-mu-rwanda

  • U Rwanda na RDC byashyize umukono kuri gahunda yo gusenya FDLR – #rwanda #RwOT

    Iyi ntambwe yatewe nyuma y'ibiganiro byahuje impande zombi i Luanda muri Angola. Uruhande rw'u Rwanda rwari ruhagarariwe na Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga, Olivier Nduhungirehe, mu gihe RDC yari ihagarariwe na Minisitiri Therese K. Wagner.

    Byitabiriwe kandi na Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga wa Angola, Tete António nk'umuhuza.

    Muri ibi biganiro impande zombi zasuzumye inyandiko igaragaza gahunda yo gusenya umutwe wa FDLR u Rwanda rwagaragaje kenshi ko ubangamiye umutekano warwo.

    Iyi nyandiko kandi ikubiyemo gahunda igaragaza uko u Rwanda ruzakuraho ingamba z'ubwirinzi zashyizweho kubera impungenge ku mutekano warwo.

    Nyuma yo kwemeranya kuri iyi gahunda impande zombi zashyize umukono kuri iyi nyandiko.

    Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga ya Angola yatanga ko 'kuba impande zombi zemeranyije kuri iyi ngingo, ba Minisitiri bafashe umwanzuro w'uko ibiganiro ku ngingo zitarameranywaho bikwiriye gukomeza vuba bishoboka.'

    Iyi nyandiko yashyizweho umukono yatanzwe n'inzobere mu by'umutekano ziturutse muri ibyo bihugu bitatu, yateranye mu mpera za Kanama n'intangiriro za Nzeri uyu mwaka.

    Ibi bikorwa bikubiye mu mushinga wateguwe na Angola, hashingiwe ku myanzuro yafashwe n'intumwa z'ibi bihugu ku rwego rw'abaminisitiri ubwo bahuriraga i Luanda tariki ya 12 Ukwakira 2024.

    Izi nzobere z'ibihugu bitatu zahuriye i Luanda bwa mbere tariki ya 7 n'iya 8 Kanama 2024, ziga kuri gahunda yo gusenya FDLR. Zongeye guhurira mu karere ka Rubavu mu mpera z'uko kwezi, zitegura raporo y'uburyo bwo gusenya uyu mutwe.

    Ibiganiro bya Luanda byatangiye mu 2022 ubwo umwuka mubi watutumbaga mu mubano w'u Rwanda na RDC. Mu ntangiriro z'uwo mwaka ni bwo RDC yashinje u Rwanda gufasha M23, na rwo ruyishinja gufasha FDLR. Ni ibirego ibihugu byombi bihakana.

    Impamvu u Rwanda ruri mu biganiro bya Luanda ni uko ikibazo cy'umutekano muke cyo muri RDC cyagize ingaruka ku mubano w'ibihugu byombi, bishingiye ku birego ibihugu bishinjanya byo kwifatanya n'imitwe yitwaje intwaro, kandi hakaba hakenewe gucyura impunzi z'Abanye-Congo zahungiye mu bihugu byiganjemo ibyo mu karere birimo n'u Rwanda.

    U Rwanda na RDC byashyize umukono kuri gahunda yo gusenya FDLR

    Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga, Olivier Nduhungirehe, yashyize umukono kuri iyi gahunda

    Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga wa Angola, Tete António ashyira umukono kuri iyi gahunda nk’umuhuza


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-rwanda-na-rdc-byashyize-umukono-kuri-gahunda-yo-gusenya-fdlr

  • Mohamed Salah yavuzeko atishimiye ko Liverpool itaramuha amasezerano mashya #rwanda #RwOT

    Rutahizamu wa Liverpool, Mohamed Salah, yatangaje ko ababajwe n'uko ikipe ye itaramuha amasezerano mashya, aho amahirwe yo kuyisiga ku mpera z'uyu mwaka w'imikino asa n'ari hejuru kurusha kuyigumamo.

    Salah w'imyaka 32, umaze gutsinda ibitego 12 muri uyu mwaka w'imikino, ararangiza amasezerano ye muri Kamena 2024.

    Nyuma yo gutsinda ibitego bibiri, harimo n'igitego cy'intsinzi kuri penaliti mu mukino batsinzemo Southampton ibitego 3-2, Salah yagize ati: 'Tugiye kwinjira mu Ukuboza, ariko sindabona icyifuzo cy'amasezerano mashya. Ahari ndi hafi yo kuva mu ikipe kurusha kugumamo.'

    Umunyamisiri, waguzwe na Liverpool avuye muri AS Roma mu 2017, yavuze ko intego ye ari ugufasha ikipe kwegukana Premier League n'irushanwa rya Champions League. Nubwo ubuyobozi bwa Liverpool butaragira icyo butangaza, amakuru yizewe avuga ko ibiganiro hagati ya Liverpool n'umujyanama wa Salah, Ramy Abbas Issa, bikomeje kandi mu buryo bwiza.

     

    Mu Ukuboza 2023, Liverpool yanze ibiciro bya miliyoni £150 byatanzwe na Al-Ittihad yo muri Arabia Saudite. Byitezwe ko iyo kipe ikomeza kwifuza Salah, cyane ko PIF yo muri Arabie Saudite itareka gahunda yo kumwegukana.

    Nubwo Salah avuga ko akunda abafana ba Liverpool kandi abafana bamukunda, yemeza ko ahazaza he atari mu biganza bye cyangwa iby'abafana.

    Source : https://kasukumedia.com/mohamed-salah-yavuzeko-atishimiye-ko-liverpool-itaramuha-amasezerano-mashya/

  • Amarushanwa ya CAF iratangirana n'umukino urahuza ES Tunis na Djoliba AC #rwanda #RwOT

    Ku wa mbere 25 Ugushyingo, umutoza mushya wa ES Tunis, ubwo yari mu kiganiro n'abanyamakuru, yavuze ku bijyanye n'uko iyi kipe yiteguye imikino.

    Laurențiu Reghecampf ati: 'Ndatekereza ko abakinnyi bose biteguye umukino wejo kandi ndatekereza ko abari bagize itangazamakuru ryari aho batigeze bumva ibyo navuze mbere y'umukino uheruka'.

    'Gusa navuze ko nta bakinnyi mfite bahagije. Ntabwo nabonye umwanya nanjye uhagije wo gutegura ikipe yanjye hamwe nabakinnyi bose kuko abakinnyi benshi bari kumwe n'ikipe y'Igihugu.

    Espérance de Tunis ishaka ivugurura y'ikipe nshya nyuma yo gutsindwa ku mukino wanyuma wa CAF Champions League.

    ES Tunis kugeza ubu iri ku mwanya wa gatandatu wa shampiyona y'icyiciro cya mbere mu gihugu.

    Umutoza Mbemba Traore ati: ' Kuri ayamarushanwa, tugomba kuba duhagaze neza kur'urutonde.

    Muri shampiyona tugomba kuba dufite amayeri yose ashoboka.

    Umukino uhuza ES Tunis na Djoliba AC uratangira kuri uyu wa 26 Ugushyingo ku isaha y'isaa 8:00 AM kuri stade Olympique Hammadi Agrebi i Rades, muri Tuniziya.

    Kugeza ubu amakipe 16 yujuje ibyangombwa byo gukina uyu mwaka wa CAF Champions League.

    Amakipe yombi ayoboye buri tsinda muri kimwe cya kane kizakinwa kuva 17 kugeza 19 Mutarama.

    Source : https://kasukumedia.com/shampiyona-ya-caf-iratangirana-numukino-urahuza-es-tunis-na-djoliba-ac/

  • Abashoramari barindwi bamaze guhabwa ubutaka mu mushinga wa Gabiro Agribusiness hub – #rwanda #RwOT

    Icyiciro cya mbere cy'uyu mushinga cyatangiriye kuri hegitari 5600 ziherereye mu Mirenge ya Rwimiyaga na Karangazi.

    Muri izi hegitari abaturage bahawemo ubuso bwa hegitari 1600 kugira ngo babubyaze umusaruro, mu gihe abashoramari bahawe hegitari 3724, naho hegitari zirenga 300 zisigaye zikaba zarubatsweho ibikorwaremezo hanabonekamo ubundi butaka bugiye burimo nk'amabuye.

    Umushinga wa Gabiro Agribusiness hub washowemo miliyoni 118 z'Amadorali na Leta y'u Rwanda, ikaba ifitemo imigabane ingana na 93% mu gihe ikigo cyo muri Israel gikora ibikoresho byo kuhira imyaka, NETAFIM Ltd gifitemo imigabane ingana na 7%.

    Umuyobozi Mukuru wa Agribusiness hub, Ngarambe Aloysius, yavuze ko ubutaka bwatunganyijwe mu gice cya mbere bwamaze kwegurirwa abashoramari barindwi kugira ngo babubyaze umusaruro.

    Yavuze ko abo bashoramari harimo abaturutse muri Zimbabwe, Kenya, Bulgaria na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho bahawe ubutaka bungana na hegitari 3724 kuva mu kwezi kwa Werurwe, banahabwa umwaka wose wo kwitegura.

    Kuri ubu bari kubaka ibiro byabo, gutunganya ubutaka no gushyiramo uburyo bwo kuhira mbere yo guhinga.

    Ati ' Twagiye dukuramo ubutaka buri ku ibuye, uburi mu mazi n'ubundi tumusigira ubutaka bwiza azakoresha. Hari abatangiye gushyiramo uburyo bwo kuhira.'

    Uyu muyobozi yavuze ko aba bashoramari bazahinga ibigori, ibishyimbo, soya, avoka, Macadamia, urusenda, imbuto, ubunyobwa butamenyerewe mu Rwanda, ingano, ibirayi n'ibindi byinshi.

    Ngarambe yavuze ko abaturage benshi bajyaga bahinga igihembwe kimwe ariko ngo muri ubu butaka batunganyije biteganyijwe ko bazajya bahinga nibura ibihembwe bitatu mu mwaka ku buryo bizafasha igihugu mu kwihaza mu biribwa.

    Yavuze ko kandi aho Leta ikoreye uyu mushinga watumye abashoramari mu buhinzi baboneka ku bwinshi ku buryo hari icyizere ko n'abandi bazakomeza gushora mu buhinzi.

    Ati ' Ikindi abo bashoramari ntabwo bazana abakozi, abakozi bakoresha ni abaturage bacu, ubu abagera ku 2500 bamaze kuhabona akazi ariko twe iyo turebye bose nibamara gutangira gukora abantu 6500 bose bazahabona akazi, ibyo kurya bihagije biboneke ndetse tunasagurire amasoko.'

    Muri uyu mushinga bakura amazi mu kiyaga cy'Akagera bakayakoresha mu bikorwa by'ubuhinzi. Hubatswe umuyoboro wa kilometero 21 ugenda ukwirakwiza aya mazi mu mirima y'abashoramari.

    Byitezwe ko nibura nk'ibigori kuri hegitari imwe hazajya hasarurwa toni 11 kuri hegitari mu gihe mu bihe bisanzwe abahinzi babonaga toni 4 kuri hegitari. Abayobora uyu mushinga bihaye imyaka ibiri bakaba bashobora guhaza igihugu mu biribwa.

    Nubwo muri iki cyanya cy'ubuhinzi harimo imihanda myiza ifasha abashoramari, haracyari ikibazo cy'imihanda ijya cyangwa iva ahakorerwa ubu buhinzi uvuye ku muhanda munini wa kaburimbo.

    Ni ikibazo bavuga ko kizakemurwa na Leta ngo kuko iyi mihanda ari miremire kandi ko Akarere katabasha kuyikora.

    Mu gice cya mbere cy'uyu mushinga byitezwe ko abaturage 6500 bazahabona akazi aho kuri ubu abagera ku 2500 aribo bamaze gutangira kukahabona.

    Muri uyu mushinga kandi hubatswemo imidugudu itatu irimo inzu 312 zatujwemo abaturage bahoze batuye mu bice byahawe abashoramari ngo babibyaze umusaruro.

    Umuyobozi Mukuru wa Agribusiness hub, Ngarambe yavuze ko abashoramari barindwi bamaze guhabwa ubutaka ngo babubyaze umusaruro

    Umuyoboro w'amazi uyajyana mu mirima y'abashoramari

    Hari abatangiye guhinga bagerageza


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abashoramari-barindwi-bamaze-guhabwa-ubutaka-mu-mushinga-wa-gabiro-agribusiness

  • Gisagara: Hatashywe imiyoboro y'amazi yatwaye hafi miliyari 2Frw – #rwanda #RwOT

    Ije gufasha abaturage kwimakaza umuco w'isuku n'isukura kuko mbere bagorwaga no kubona amazi meza aho batuye.

    Itahwa ku mugaragaro ry'uyu muyoboro w'amazi Muyaga-Ramba mu Murenge wa Mamba na Cyumba-Saga-Rwamiko mu Murenge wa Muganza ryabaye ku wa 22 Ugushyingo 2024.

    Yubatswe ku bufatanye bw'umuryango Water For People na Minisiteri y'Ibikorwaremezo(MININFRA), binyuze mu Kigo Gishinzwe Amazi, Isuku n'Isukura, WASAC Ltd ndetse n'Akarere ka Gisagara.

    Abaturage bahawe aya mazi bavuze ko bishimiye uyu muyoboro, kuko ugiye kubafasha kuzamura isuku, bahoraga bahanganye nayo, bikabakururira indwara zituruka ku mwanda.

    Uwizeyimana Patricie wo mu Karere mu Murenge wa Mamba, Akagari ka Ramba, yavuze ko batarabona aya mazi, bahuraga n'indwara z'umwanda kubera kuvoma mu bishanga.

    Ati 'Twavomaga ibinamba, maze indwara zikarushaho kutwibasira, cyane cyane abana. Gusa aho amazi meza atangiye kuzira, indwara zigenda zigabanuka.''

    Uwizeyimana, akomeza avuga we n'abaturanyi be bafite intego zo gukomeza kubungabunga aya mazi, birinda kwangiza iyi miyoboro, kugira ngo hato batazasubira kuvoma mu bishanga kandi bari baharuhutse.

    Imanishimwe Valentine, na we ahamya ko aya mazi agiye kubafasha byinshi harimo kubarinda imvune zo kuvoma kure.

    Ati 'Nk'ubu ku mugoroba wakeneraga amazi ukabura uko ubigenza, ariko ubu kuba yatwegereye, ntituzongera kugira icyo kibazo ukundi, n'abana bacu bazajya bava ku ishuri, bahite bakomeza gusubiramo amasomo yabo aho kujya gusimbagurika imigende bavoma.'

    Umuyobozi wa Water for People mu Rwanda, Eugène Dusingizumuremyi, yavuze ko ishimwe nk'iri ry'abaturage rihuza neza na gahunda zabo zo guha abantu amazi meza abafasha mu bikorwa by'isuku.

    Ati 'Gahunda ya Water For People ni uko buri muturage wese ashobora kugira amazi kandi igihe cyose, kuko ibikorwa by'isuku n'isukura bikenera amazi kandi asukuye.'

    Umuyobozi w'Akarere ka Gisagara, Rutaburingoga Jérôme, yavuze ko iterambere rya mbere ari ubuzima bwiza, ari nayo mpamvu ubuyobozi bukora byose ngo abaturage bagerweho n'ibikorwaremezo nk'ibi by'amazi meza.

    Yakomeje asaba abaturage kwibuka ko isuku ari isoko y'ubuzima ndetse bakagerageza kubungabunga ibi bikorwaremezo baba bahawe.

    Ati 'Isuku ni isoko y'ubuzima, kandi isuku ya mbere izanwa n'amazi meza. Udafite ubuzima bwiza ntabwo wabasha gutera imbere; rero turasaba buri wese kubigira ibye, akabungabunga iyi miyoboro y'amazi kuko ije kubafasha mu rugamba rw'iterambere.'

    Iyi miyoboro izaha amazi abaturage bo mu midugudu 48 mu mirenge ya Mamba na Muganza, inayageze ku bigo by'amashuri bitatu ndetse n'ibigo nderabuzima.

    Biteganijwe kandi ko izakomeza kwagurwa ikanageza amazi mu yindi mirenge ya Gishubi, Ndora na Mukindo, aho umushinga wose hamwe uzatwara asaga miliyari 24Frw, ugasozwa bitarenze mu 2027.

    Kuri ubu, iyi miyoboro yombi ifite ubushobozi bwo gutanga amazi angana na m3 920 ku munsi agezwa ku baturage, ikaba yaratwaye 1.945.262.052Frw.

    Umuyobozi wa Water for People mu Rwanda, Eugène Dusingizumuremyi, yavuze ko isuku n’isukura ariyo ntego nkuru yabo

    Umuyobozi w'Akarere ka Gisagara, Rutaburingoga Jérôme, nawe yavuze ko iterambere rya mbere ari ubuzima bwiza, kandi ko butaba bwiza igihe nta mazi meza ahari. Asaba abaturage gufata neza amazi begerejwe.

    Ubukaribiro bwo ku misarani y’amashuri cyangwa ku mavuriro buzajya buba burimo amazi meza kubera uyu muyoboro wubataswe.

    Ni amazi azagera no ku bigo by’amashuri, abana babyigaho akabafasha kugira isuku

    Abaturage batangiye gusogongera ku byiza byo kuvoma amazi meza kandi hafi yabo, ibyo bavuga ko bibakijije imvune n’indwara


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/gisagara-hatashywe-imiyoboro-y-amazi-yatwaye-hafi-miliyari-2frw

  • Umushinga wo kwagura Ibitaro bya Masaka ugeze ku rugero rwa 80% – #rwanda #RwOT

    Ibi bitaro nibimara kwagurwa bizahita bihindurirwa izina bibe Ibitaro bya Kaminuza bya Kigali [CHUK]. Ubu Birimo kubakwa n'Ikigo cy'Abashinwa cya Shanghai Construction Group Co. Ltd.

    Umujyanama ushinzwe ubukungu muri Ambasade y'u Bushinwa mu Rwanda, Gao Zhiqiang, yavuze ko ubu hasigaye kunoza ibikorwa bya nyuma umushinga ukagera ku musozo.

    Yabikomojeho ku wa 25 Ugushyingo 2024, ubwo Ambasaderi w'u Bushinwa mu Rwanda, Wang Xuekun, hamwe n'abandi bakozi b'iyi ambasade basuraga ahari kwagurirwa Ibitaro bya Masaka mu rwego rwo kureba aho ibikorwa bigeze.

    Gao Zhiqiang, yagize ati ' Ku bijyanye n'imirimo isigaye, ibipimo bigaragaza ko ubu imirimo imaze kurangira ku rugero rwa 80%. Ubu hasigaye kunoza ibijyanye n'ubwiza bw'imbere n'inyuma by'inyubako no gushyira ibikoresho by'ibanze nk'ibitanda n'utubati mu nzu, hanyuma bikazashyikirizwa Leta y'u Rwanda mu mpera za 2025 nk'uko biteganyijwe.'

    Yavuze ko igenamigambi n'ingengo y'imari byari byateganyirijwe uyu mushinga nta mpinduka zigeze zibamo, ashimangira ko ibikorwa byose biri kugenda neza.

    Ati 'Ni ngombwa ko impande zombi zikomeza gushyiraho imbaraga kugira ngo imirimo izarangire koko mu gihe cyateganyijwe, maze u Rwanda rwakire ibitaro bishya.'

    Inyubako zimwe na zimwe zatangiye gufata ishusho

    Ibi bitaro bizuzura bitwaye miliyari 85 Frw, angana n'Ama-Yuan miliyoni 580.

    Nibyuzura bizaba bifite ubushobozi bwo kwakira abarwayi 827, ni ukuvuga ibitanda abarwayi bashobora kuryamaho. CHUK ubu yakiraga abarwayi bagera kuri 400.

    Igishushanyo mbonera cyabyo kigaragaza ko bizaba bifite inyubako eshatu z'abarwayi zubatse mu buryo bw'amagorofa, harimo izigeretse inshuro eshanu. Bizaba bifite kandi inyubako zikorerwamo ubushakashatsi, izo kwigishirizamo n'izindi.

    Ambasade y'u Bushinwa itangaza ko mu mpera za 2025 ari bwo biteganyijwe ko bizaba byuzuye neza.

    Ambasaderi w'u Bushinwa mu Rwanda, Wang Xuekun, yavuze ko uyu mushinga wo kwagura Ibitaro bya Masaka ari umwe mu bikorwa by'ingenzi mu bufatanye bw'ibihugu byombi mu rwego rw'ubuzima.

    Ati 'Abakuru b'ibihugu byombi bawushyize imbere, kandi kugeza ubu ibikorwa biragenda nk'uko byari biteganyijwe mu igenamigambi ryabyo.'

    'Birashimishije kuba ibice byinshi muri ubu bwubatsi byararangiye, harimo n'aho habayeho gukoresha ibikoresho n'ubumenyi byo mu Rwanda, bikaba byaratanze imirimo ku Banyarwanda ndetse bikagira uruhare mu iterambere ry'igihugu.'

    Igishushanyo mbonera cy’ibi bitaro kigaragaza ko bizaba bifite inyubako eshatu z'abarwayi zubatse mu buryo bw'amagorofa

    Umusanzu ntagereranywa w'u Bushinwa mu kubaka urwego rw'ubuzima

    Mbere yo gusura ahari kwagurirwa ibitaro, ku bufatanye n'itsinda ry'abaganga bakomoka mu Bushinwa, hatangijwe amashami mashya mu bitaro bya Masaka na Kibungo, azajya atangirwamo ubuvuzi bugezweho bwifashisha ikoranabuhanga.

    Mu Bitaro bya Masaka hatangirijwe amashami harimo irizibanda ku kugabanya ububabare bw'ababyeyi mu gihe cyo kubyara, ishami ryita ku barwayi bagize imvune z'amagufa, irikora ibikorwa byo kubaga indwara zoroheje [Day Surgery] n'ishami rivura indwara ya 'hernia'.

    'Hernia' ni indwara ikunze kubaho igihe inyama yo mu mubiri imbere, cyane cyane mu gihimba yavuye mu bitereko byayo ikajya aho itagenewe inyuze mu muhora wifunguye hagati y'ihuriro ry'imisoso y'igice yavuyemo n'icyo yagiyemo.

    Urugero rw'izo bikunze kubaho ni aho urura ruva mu mwanya warwo rumanukira mu nzira ijyana intanga mu dusabo twazo, rukabyimbiramo cyangwa rugakomeza rukagera hafi yatwo rukaba ariho rubyimbira.

    Ni mu gihe mu Bitaro bya Kibungo ho hatangijwe ishami rivura iyi ndwara ya 'hernia', n'iryita ku kugabanya ububabare [Specialized Clinic for Pain] hifashishijwe ubuvuzi gakondo bw'Abashinwa.

    Aya mashami azatangira agenzurwa n'Abashinwa, ari nako abaganga b'Abanyarwanda bahugurwa ku buvuzi buhatangirwa, ku buryo mu bihe biri imbere ari bo bazajya bayagenzura.

    Mu mashami yafunguwe harimo irizibanda ku kugabanya ububabare bw'ababyeyi mu gihe cyo kubyara

    N'ubwo ari bwo yatangijwe ku mugaragaro, yari amaze igihe mu igerageza. Nk'ishami rivurirwamo indwara ya 'hernia' rimaze kuvura abarwayi barenga 200 mu myaka ibiri ishize.

    Ishami ritanga serivisi z'ubuvuzi ku barwayi bidasabye ko bavurirwa cyangwa bacumbikirwa mu bitaro 'ambulatory centre' ryo rimaze kuvurirwamo abarenga 100.

    Ambasaderi w'u Bushinwa mu Rwanda, Wang Xuekun, yavuze ko aya mashami azafasha mu gukomeza ubufatanye bw'u Rwanda n'u Bushinwa, by'umwihariko mu gutanga serivisi z'ubuvuzi ku baturage.

    Ati 'Uyu munsi nanyuzwe no kubona ibikorwa by'ingenzi mu kwagura amavuriro ya Masaka na Kibungo aho hashyizweho amashami mashya azajya atangirwamo ubuvuzi bwihariye. Iki ni igikorwa gikomeye gishingiye ku bufatanye bw'igihe kirekire hagati y'u Bushinwa n'u Rwanda.'

    'Guhera mu 1982, itsinda ry'abaganga b'Abashinwa ryatangije serivisi z'ubuvuzi ku baturage b'u Rwanda, kandi kugeza ubu bamaze kohereza amatsinda 24 y'abaganga b'inzobere muri aya mavuriro yombi. Ni intambwe nziza mu bufatanye mu rwego rw'ubuzima.'

    Umuyobozi Mukuru w'Ibitaro bya Masaka, Hanyurwimfura Jean Damascene, yavuze ko aya mashami yitezweho umusaruro hibandwa cyane ku kuba nta murwayi uzajya ugana ibitaro ngo aburire serivisi ku gihe.

    Ati 'N'ubundi dusanganywe abaganga b'Abanyarwanda bavura izi ndwara ariko siko ibitaro byose biri ku rwego rumwe. Ariko hamwe n'iri tsinda ryo mu Bushinwa benshi bazabasha kunguka ubumenyi bwisumbuye ari na ko bazajya babujyana hirya no hino mu bitaro. Urumva hari icyo bitanga. Hari ibisubizo bigenda biboneka.'

    Mu 2011 nibwo hubatswe ibi bitaro bya Masaka nabwo ku nkunga y'u Bushinwa.

    Ambasaderi w'u Bushinwa mu Rwanda, Wang Xuekun, asobanurirwa ibice bigize ibitaro bishya biri kubakwa

    Ambasaderi w'u Bushinwa mu Rwanda, Wang Xuekun, yasuye ahari kwagurirwa ibitaro bya Masaka

    Imwe mu nyubako izaba igize ibitaro bishya bizaba byitwa CHUK

    Ibi bitaro biri kubakwa n'Ikigo cy'Abashinwa cya Shanghai Construction Group Co. Ltd

    Ambasaderi w'u Bushinwa mu Rwanda, Wang Xuekun, yavuze ko uyu mushinga wo kwagura Ibitaro bya Masaka ari umwe mu bikorwa by'ingenzi mu bufatanye bw'ibihugu byombi mu rwego rw'ubuzima

    Umujyanama ushinzwe ubukungu muri Ambasade y'u Bushinwa mu Rwanda, Gao Zhiqiang, yavuze ko ubu hasigaye kunoza ibikorwa bya nyuma umushinga ukagera ku musozo

    Ambasaderi w'u Bushinwa mu Rwanda, Wang Xuekun, yasuye ibitaro bya Masaka

    Bamwe mu baganga bagize itsinda ry’Abashinwa bari gukorera mu Rwanda

    Ambasaderi w'u Bushinwa mu Rwanda, Wang Xuekun, yasuye aho aya mashami mashya azakorera

    Umuyobozi Mukuru w’Ibitaro bya Masaka, Hanyurwimfura Jean Damascene, yavuze ko aya mashami yitezweho umusaruro

    Amafoto: Nzayisingiza Fidele


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umushinga-wo-kwagura-ibitaro-bya-masaka-ugeze-ku-rugero-rwa-80