Blog

  • Icyihebe Salman Rehman Khan cyumvaga Ingabire Victoire yidegembya kikibeshya ko mu Rwanda tworora ibyihebe #rwanda #RwOT

    Mu gitondo cyo kuwa 27/11/2024, inzego z'umutekano n'iz'ubutabera z'u Rwanda zashyikirije iz'Ubuhinde uwitwa Salman Rehman Khan ngo ajye kuryozwa ibyaha by'iterabwoba akurikiranyweho mu gihugu cye.

    Salman Rehman Khan rero yari yibeshye ku Rwanda, kuko yibwiraga ko atorotse ubutabera, cyane ko yumvaga ibindi byihebe nka Ingabire Victoire byidegembya, kandi atarabirushije gukemukira igihugu cyabo.

    Buri gihugu kigira ibyihebe byacyo Ubu Ubuhinde bufite Salman Rehman Khan wabwo u Rwanda rukagira Ingabire na Rusesabagina ba rwo

    Salman Khan kandi agomba kuba yarumvise ko icyihebe Paul Rusesabagina n'abafatanyacyaha bacyo bagiriwe imbabazi, nyuma y'ubwicanyi n'ibindi bikorwa by'iterabwoba byabahamye.

    Kwari ukwibeshya ariko, kuko u Rwanda atari paradizo y'abanyabyaha, ko ahubwo ibyemezo byarwo bishingira ku ngingo nyinshi, zirimo no kubaka ubumwe n'ubwiyunge.

    Ikindi, n'abo yumva bahawe imbabazi, ntibibaha uburenganzira bwo gusubira mu byaha, kuko abazakomeza kubyivurugutamo, nk'uko bimeze kuri Ingabire na Victoire, bishobora kuzababera bibi kurusha na mbere. Ni ibyo Perezida wa Repubulika yise' kongeramo uruviri'.

    Urugero rwa Salman Khan rero rwagombye guha ubutumwa ibyihebe nka Ingabire Victoire, Paul Rusesabagina, n'abandi bibwira ko ngo isi izavuza induru umunsi bongeye kuryozwa ibyaha by'iterabwoba banze kuzibukira. Erega na ba Salman Khan ntibabuze ababashyigikiye, batera inkunga n'ibikorwa byabo by'iterabwoba, ndetse banabizezaga ko ntawe uzatinyuka kubafata. Nyamara iyo bageze aho umwana arira nyina ntiyumve, barirwariza!

    Ibimenyetso simusiga, Rushyashya yanabagejejeho kenshi, byerekana ko Ingabire Victoire agikorana n'imitwe y'iterabwoba nka FDLR , doreko we n'abandi bagizi ba nabi babana muri FDU-INKINGI, buri kwezi bakusanya, ku mugaragaro, icyo bise' impamba', ni ukuvuga amafaranga afasha Ingabire na FDLR mu migambi y'iterabwoba.

    Ingabire Victoire kandi yumvikana kenshi avuga ko ashyigikiye Abakongomani bagize umutwe wa'Wazalendo', uyu ukaba ari umufatanyabikorwa wa Leta ya Kongo na FDLR muri jenoside ikorerwa Abatutsi n'Abahema bo mu burasirazuba bwa Kongo.

    Paul Rusesabagina nawe ntiyaretse ubugambanyi no gukorana n'ibyihebe, nyamara ubwo yasabaga imbabazi Perezida Kagame, yavugaga ko aciye ukubiri burundu n'imitwe y'iterabwoba. Ibiganiro atanga ku maradiyo no mu biganiro atumirwamo n'abagome nka we, ntatinya kuvuga ko azarinda arunduka akirwanya 'Leta y'abavantara'. Umutwe we wa FLN uracyafite ibirindiro muri Kongo no mu Burundi.

    Nk'uko byasobanuwe kenshi, u Rwanda rufite uko rwishakamo ibisubizo bijyanye n'amateka yarwo, rukavuguta umuti kenshi unasharira cyane, mu bihugu byinshi utanashoboka cyangwa wagorana kunywa, kabone n'ubwo waba uvura.

    Ni muri urwo rwego hajya hagaragara kwihanganira abanyabyaha, kugirango bahabwe andi mahirwe yo kubaka uRwanda rushya.

    Ibi bitangaza benshi, ndetse abahawe ayo mahirwe hakaba ubwo bayafata nk'uburenganzira cyangwa ubuhangange basumbya Leta. Nyamara uku ni ukwishuka, kuko uko guhumiriza no kwihangana bitavuze ko bitagira umupaka.

    Uko inzego z'umutekano n'iz'ubutabera z'uRwanda zumvise ubusabe bw'Ubuhinde, maze Salman Rehman Khan agasubizwa iwabo ngo akurikiranweho ibyo aregwa, ni nako zizumva ubusabe bw'Abanyarwanda bifuza ko ibyihebe, cyane cyane nka Ingabire Victoire uri mu Rwanda, bishyirwa aho byagombye kuba biri, aho gukomeza kwishuka ko biri hejuru y'amategeko.

    Twibuke ko Salman Rehman Khan 'akekwaho' ibyaha by'iterabwoba, mu gihe ingabire Victoire n'ibindi byihebe, bo byamaze kubahama.

    Umufaransa wari urambiwe agasomborotso yaravuze ngo' trop c'est trop', Umwongereza we ati' enough is enough'!

    The post Icyihebe Salman Rehman Khan cyumvaga Ingabire Victoire yidegembya kikibeshya ko mu Rwanda tworora ibyihebe appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/icyihebe-salman-rehman-khan-cyumvaga-ingabire-victoire-yidegembya-kikibeshya-ko-mu-rwanda-tworora-ibyihebe/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=icyihebe-salman-rehman-khan-cyumvaga-ingabire-victoire-yidegembya-kikibeshya-ko-mu-rwanda-tworora-ibyihebe

  • Impunzi zirenga ibihumbi 36 zari mu Rwanda zabonye ibihugu bizakira mu myaka 15 ishize – #rwanda #RwOT

    Kwimurira impunzi mu gihugu cya gatatu ni uburyo bwo kuzivana mu gihugu zahungiyemo bwa mbere, zijyanwa mu kindi gihugu cyize kuri dosiye yazo, kikemera kuzakira yaba ari imwe cyangwa umuryango wayo wose, hanyuma kikayiha uburenganzira bwo gutura bwa burundu.

    Ni uburyo bukemura ibibazo by'ubuhunzi mu buryo bwa burundu ku mpunzi zidafite amahitamo yo kwisanga mu gihugu zahungiyemo cyangwa gusubira aho zikomoka, kandi zikeneye guhabwa umutekano mu gihugu zibamo.

    Mu biganiro Minisitiri ushinzwe ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira yagiranye na Komisiyo y'Ububanyi n'Amahanga, Ubutwererane n'Umutekano muri Sena y'u Rwanda ku wa 27 Ugushyingo 2024, yagaragaje ko impunzi nyinshi ziri mu nkambi ziba zishaka kujya mu bihugu nka Amerika, Canada n'ahandi.

    Ati 'Abamaze kujya hanze, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika [n'ahandi] ni 5000 muri uyu mwaka. kuva mu 2006 bamaze kuba ibihumbi 36. Abo ni bo banditse. Mutekereze abo bantu bava he? Benshi bava hano kuri uru rutonde. Urutonde rujya kugabanyuka hakajyaho abandi babasimbura.'

    Kuva intambara ya M23 yubuye mu myaka ibiri ishize impunzi z'abanye-Congo zinjiye mu Rwanda zikabakaba ibihumbi 15, mu gihe habariwemo n'abo mu bindi bihugu zihita zirenga ibihumbi 16.

    Muri rusange impunzi ziba mu Rwanda zifashwa kwihangira imirimo ndetse zanahawe ibyangombwa bituma zishobora gupiganira imyanya y'akazi mu nzego zitandukanye z'ubuzima bw'igihugu.

    Senateri Evode Uwizeyimana yavuze ko hari n'igihe usanga impunzi zihimba amasano kugira ngo zibashe kugera mu bihugu runaka, ndetse abashyizwe ku rutonde rw'abazagenda bigatuma batagira icyo bimarira.

    Ati 'Impunzi rimwe na rimwe zirabeshya bagahimba amasano bafitanye n'abantu bagiye. Abo bantu bategereje kugenda ni abantu batagira n'ikintu bakora cyatuma batera imbere, kuko bumva ko nta mizi bafite mu gihugu cyabakiriye.'

    Minisitiri Maj. Gen (Rtd) Murasira yagaragaje ko abitegura kujya mu bindi bihugu baganirizwa n'inzobere mu buzima bwo mu mutwe ku buryo bitagira ingaruka nyinshi ku byo bakora n'ubwo biba bitoroshye.

    Yahamije ko impunzi ziri mu Rwanda kuba zituruka mu bice bitandukanye by'Isi biri mu bituma zikomeza kuba nyinshi, ariko zikwiye kumva ko igihugu zirimo n'ibyo zakomotsemo ari byiza.

    Ati 'Urabona dufite nk'impunzi z'ubwoko bumwe ubwo bwoko bushobora gushira hariya kuko impunzi igize Imana ikigira muri Amerika ntacyo bimubwiye, ariko ntabone ko aho yari ari na we igihugu cye ni cyiza wenda kurusha na Amerika.'

    Imibare igaragaza ko u Rwanda rucumbikiye impunzi zirenga ibihumbi 135, ziri mu nkambi ya Mahama icumbikiye ibihumbi 68.115, iya Kiziba icumbikiye 14,350, iya Kigeme irimo 14,868, Mugombwa irimo 11,980, mu nkambi ya Nyabiheke harimo 11,480 na Nkamira icumbikiye abarenga 4000.

    MINEMA yagaragaje ko impunzi zirenga ibihumbi 36 zimaze kubona ibihugu bizakira


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/impunzi-zirenga-ibihumbi-36-zari-mu-rwanda-zabonye-ibihugu-bizakira-mu-myaka-15

  • Abahinzi barasaba inozwa ry'amakuru bahabwa ku Iteganyagihe #rwanda #RwOT

    Abahinzi bahagarariye abandi baturuka mu turere Umunani mu ntara zitandukanye z'Igihugu, bahuguwe ku ikoreshwa ry'amakuru y'ibihe n'ikirere mu buhinzi. Basabwe gukoresha neza amakuru bahabwa ku mihindagurikire y'ikirere bagamije kwirinda ibihombo baterwa no kutajyana n'imiterere y'ikirere. Nubwo bahabwa amakuru n'ikigo cy'Igihugu gishinzwe iby'iteganyagihe-METEO, bavuga ko amakuru babona hakwiye kunozwa uburyo atangwamo kuko haba ubwo adahura n'ukuri mu gace baba baherereyemo.

    Uwizeyimana Esther, Umuhinzi uhagarariye abandi mu karere ka Kirehe Umurenge wa Kigarama avuga ko ari igihombo kinini ku muhinzi utabasha gukurikira no kumenya amakuru arebana n'iteganyagihe ngo amenye uko ikirere gihagaze bityo nawe amenye uko abyitwaramo mu buhinzi akora.

    Yitangaho urugero rw'igihombo yahuye nacyo bitewe no kutamenya amakuru arebana n'iteganyagihe, ati' Navuga nko muri iki gihembwe dutangiye, harimo igihombo kinini cyane kuko ntabwo nigeze menya uko iki gihembwe cy'ihinga tuzakitwaramo bituma ngira igihombo kinini cyane kuko nateye ibishyimbo, ahenshi aho nabiteye ntabwo byigeze bimera, n'aho byameze nyuma birasa nabi'.

    Abitabiriye amahugurwa, basabwe kwibumbira mu matsinda no gushishikarira kubyaza umusaruro amakuru ku iteganyagihe ariko kandi basaba ko naryo rinozwa.

    Avuga ko amahugurwa yahawe hari impinduka amusigiye. Ati' Ngiye kuzajya mpinga ngendeye kuko ikirere kimeze kandi igihugu cyacu Radio barabitubwira buri munsi. Ikirere cyacu kiritwara gutya, intara yacu y'Uburasirazuba uyu munsi biraba bimeze gutya, akarere aka n'aka kararagwamo imvura nyinshi cyangwa nkeya, mbese ntabwo nzongera guhura n'igihombo gikabije kuko nzajya ntega amatwi kenshi Radio'.

    Gusa na none, asaba abashinzwe gutangaza amakuru y'iby'iteganyagihe kunoza neza uburyo batangamo amakuru kuko ngo haba ubwo bavuga ko imvura igwa mu karere aka n'aka ariko nyamara ntihagere hose, bityo umuhinzi uri mu gice kitagezwemo n'imvura akaba yabifata nk'aho bamubeshye cyangwa se bigatuma acika intege.

    Nzeyimana Alexis, Umuhinzi akaba n'umutubuzi w'Imbuto y'Ibishyimbo ukorera k'Ubuso bungana na Hegitari 30 mu Karere ka Ngoma Umurenge wa Karembo avuga ko kumenya amakuru arebana n'iteganyagihe ari iby'agaciro ku muhinzi kuko bituma ahinga akurikije imiterere y'ikirere.

    Kuri we, ngo biba byiza kugira itsinda ry'abahinzi ubarizwamo kuko bunganirana mu buryo bwose bityo n'uwacitswe n'amakuru hakaba abandi bayakurikiranye, bakayasangiza abari mu itsinda bagamije ko ntawe ukora ibinyuranye n'imiterere y'ikirere bikaba byamuviramo igihombo.

    Avuga ko uburyo abahinzi babona amakuru ku iteganyagihe butanoze. Ati' Harimo imbogamizi kuko amakuru akenshi tuyabona kuri terefone! Ukabona Mesaje(Ubutumwa) ariko ukaba uri mu Murenge runaka mu kagari ko muri uwo murenge! Hari igihe tujya tugusha imvura ikagwa mu kandi Kagari ko hirya mu Murenge wawe ntihagere. Imbogamizi rero zirimo ni uko, nta muntu wabaza uti ese mu kagari ntuyemo imvura biteganijwe ko iza kugwa cyangwa iragwa ahandi?. Akomeza avuga ko amakuru atangwa adahagije ku muhinzi, ko abashinzwe iteganyagihe bakwiye kunoza imitangire yayo n'inzira zafasha umuhinzi kuyabona.

    Patrick Mvuyibwami, akorera ikigo mpuzamahanga cyitwa CIAT gikora ubushakashatsi ku buhinzi n'ubworozi. Nk'abateguye aya mahugurwa mu mushinga witwa ECREA, avuga ko intego yayo ya mbere ari ugukangurira abahinzi kwibumbira mu matsinda hagamijwe gufasha abahinzi kumva ibiganiro ku ma Radio no mu bitangazamakuru bitandukanye bitangwa n'impuguke zitandukanye zo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda kugira ngo babashe kubasobanurira, babahe amakuru bamenye uburyo bayakoresha kandi no mu gihe bafite ibibazo babashe kubigaragaza bari hamwe.

    Avuga ku mumaro w'amatsinda y'abahinzi, yagize ati' Ni ukugira ngo bihurize hamwe baganire ku biganiro byatambutse byatanzwe n'impunguke, babashe guhana ibitekerezo n'inama ku buryo bajya kubishyira mu bikorwa kuko iyo buri wese ayumvise kugiti cye, ashobora kutabasha kuyashyira mu bikorwa cyangwa ntayumve, ariko iyo aganiriye na bagenzi be bashobora kumuhereza ibitekerezo'.

    Patrick Mvuyibwami.

    Avuga kandi ko hari ibihombo byinshi ku muhinzi utabona cyangwa se udakoresha amakuru arebana n'iteganyagihe, ati' Iyo umuhinzi atakoresheje amakuru, kutayamenya byo ni ikibazo gikomeye, hari n'abatazi ko ahari, hari n'abatayizera ariko iyo habayeho ibiganiro hakagira n'abatanga ubuhamya ko bayakoresheje na wawundi uvuga ko atayizera ashobora gutangira kugaruka mu nzira yo kuba yayakoresha'.

    Ku mpungenge n'abashidikanya ku makuru atangwa n'ikigo cya METEO, avuga ko abantu benshi batazi ko uhamagaye muri iki kigo bashobora kuguha amakuru y'aho uherereye. Gusa na none, yemera ko uburyo amakuru atangwamo bukwiye kunozwa bityo bugatuma n'abayahabwa bayizera bikabafasha gukora badafite gushidikanya.

    Alfred Rumongi Tabaro, Umukozi w'Ikigo cy'Igihugu gifite Ubuhinzi mu nshingano-RAB, akorera muri Sitasiyo ya Musanze avuga ko igikwiye mu bahinzi ari ugukora amatsinda kugira ngo abafashe gukorera hamwe, kungurana inama no guhana ibitekerezo ariko kandi no kubyaza umusaruro amahirwe ari imbere yabo kuko icyo umwe atumvise ashobora kukibwirwa na mugenzi we cyangwa se bakicara nk'itsinda.

    Asaba ndetse akagira inama abahinzi kumenya kujyana n'ibihe, bagasoma kandi bakumva amakuru abagaragariza ibijyanye n'imihindagurikire y'ikirere, bakayaha agaciro, bakayabyaza umusaruro mu bikorwa byabo by'ubuhinzi. Yibutsa ko icyambere mu buzima ari Amakuru, ko ufite amakuru ugendana n'igihe ukamenya uko wifata bitewe n'imihindagurikire y'ikirere.

    Nawe, avuga ko hakenewe amakuru y'imvaho ku buryo mu gihe umuturage yahawe amakuru y'ikirere uko kiririrwa mu gace runaka aherereyemo ataza kubona ibitandukanye. Asaba ko no mu gihe habaye impinduka hakwiye kuba hari uburyo cyangwa inzira zinyuzwamo amakuru bityo bigaha umuturage icyizere ntabe mu rujijo.

    Abahawe aya mahugurwa barimo; Abafashamyumvire mu buhinzi, Abajyanama mu buhinzi, Abatubuzi b'imbuto z'ibishyimbo n'Ibigori, bose baturuka mu turere twa; Ngoma na Kirehe zo mu ntara y'Uburasirazuba, Rulindo na Burera zo mu Majyaruguru, Rusizi na Nyamasheke zo mu Burengerazuba hamwe na, Nyamagabe na Huye zo mu Majyepfo.

    Brigitte Uwamariya, umukozi w'Umuryango Huguka ushinzwe gukurikirana ibikorwa bya Huguka, igamije guteza imbere ubuhinzi bw'umwimerere.
    Frorentine Mukarubayiza, umukozi wa Huguka akaba anakora ibiganiro ku buhinzi.

    Munyaneza Théogène

    Source : https://www.intyoza.com/2024/11/29/abahinzi-barasaba-inozwa-ryamakuru-bahabwa-ku-iteganyagihe/

  • Conor McGregor aricuza guca inyuma umugore we… – #rwanda #RwOT

    Imwe mu nkuru zimaze iminsi zigarukwaho mu myidagaduro y’Amerika, ni iya Conor McGregor uheruka guhamwa n’icyaha cyo gufata umugore ku ngufu. Iki cyaha yagihamijwe n’urukiko rukuru rw’umujyi wa Dublin mu gihugu cya Ireland ari naho akomoka ndetse ari naho icyaha cyabereye.

    Ubwo yireguraga mu rubanza, Conor McGregor waciye ibintu mu mukino w’iteramakofi, yavuze ko atibuka neza ibyabaye hagati ye na Nikita Ni Lamhain mu 2018 mu ijoro bishimishanyijemo muri hoteli kuko yari yanyweye ibiyobyabwenge.

    Yagize ati: ”Ntabwo nibuka ibyabaye neza ririya joro kuko nari nanyoye cocaine nyinshi n’inzoga, nibuka ko twarimo twishimishanya tukaryamana, ariko kumufata ku ngufu simbizi ko nabikoze. Numvaga twararyamanye tubyumvikanyeho”.

    Nyuma yaho urukiko ruhamije Conor icyaha cyo gufata ku ngufu Nikita, yahise ahanishwa kumwishyura indishyi y’akababaro y’amafaranga ibihumbi 250 by’amadolari ($250K).

    Mu gihe abantu bari biteze ko Conor McGregor ari busohore ubutumwa busaba imbabazi Nkita Lamhain cyangwa yisegura ku bafana be, ahubwo yatunguranye avuga ko muri ibi byose byabaye icyo yicuza ari ukuba yaraciye inyuma umugore we Dee Devlin.

    Mu butumwa bwe yagize ati: ”Nakabaye kuba naravuye muri kiriya kirori nahuriyemo na Nikita, nagakwiye kuba ntarasangiye nawe ibisindisha, gusa muri ibi byose ndicuza kuba naraciye inyuma umukunzi wanjye, umugore nkunda kurusha abandi ku Isi. Byambabarije umutima kuba naramubabaje, ni amakosa yanjye ariko nizeye ko nabyo tuzabasha kubirenga”.

    Akimara gusohora ubu butumwa, Conor McGregor, yasamiwe hejuru n’abakoresha imbuga nkoranyambaga bamunenga ko aticuza icyaha cyo gufata ku ngufu yakoze ahubwo akaba avuga ko yicuza guca inyuma umugore we.

    Conor McGregor yahamwe n’icyaha cyo gufata ku ngufu Nikita Lahmain

    Nikita Lahmain yabwiye itangazamakuru ko yishimiye umwanzuro w’urukiko

    Conor utigeze agaragaza ko yicuza icyaha cyamuhamye, yavuze ko yicuza guca inyuma umugore we Dee Devlin

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/149059/conor-mcgregor-aricuza-guca-inyuma-umugore-we-nyuma-yo-guhamwa-nicyaha-cyo-gufata-ku-ngufu-149059.html

  • Real Madrid mu bibazo nyuma y'impanuka y'imodoka n'imvune ya Camavinga #rwanda #RwOT

    Ikipe ya Real Madrid ikomeje guhura n'ibibazo bikomeye nyuma yo gutsindwa na Liverpool ibitego 2-0 mu mukino wo ku munsi wa gatanu wa UEFA Champions League wabereye kuri Anfield kuwa Gatatu.

    Ibitego bya Liverpool byatsinzwe na Alexis Mac Allister ku munota wa 52 na Cody Gakpo ku munota wa 76.

    Nyuma y'umukino, abakinnyi n'abatoza bahise basubira muri Espagne, ariko imodoka isanzwe ibatwara isigara mu Bwongereza.

    Ku wa Kane, iyo modoka yakoze impanuka ku gace ka M40 ubwo yari mu nzira igana i Madrid itwaye ibikoresho by'ikipe, nyuma yo kugongwa n'ikamyo.

    Nubwo imodoka itangiritse cyane, iyi ni inshuro ya kabiri imodoka ya Real Madrid ikora impanuka muri uyu mwaka, nyuma y'iyo yabaye mu Budage muri Gashyantare ubwo bagiye gukina na RB Leipzig.

    Byongeye kandi, Real Madrid igiye gukina imikino ikomeye idafite Eduardo Camavinga, uzamara hanze ibyumweru bibiri cyangwa bitatu kubera imvune yagiriye mu mukino na Liverpool.

    Ibi bibazo byose byashyize Real Madrid mu bihe bitoroshye cyane muri Champions League.

    Source : https://kasukumedia.com/real-madrid-mu-bibazo-nyuma-yimpanuka-yimodoka-nimvune-ya-camavinga/

  • Lewis Hamilton yatangaje igihe azamara muri Mercedes, nubwo hari ibibazo yahuye nabyo #rwanda #RwOT

    Umwongereza Lewis Hamilton, usigaje amasiganwa atatu ya Formula 1 akinira Mercedes, yagaragaje ko yari atekereje kureka gukina kubera uburyo iyi kipe imufata, ariko akemeza ko nk'umunyamwuga agomba gusoza neza amasezerano ye.

    Mu mpera z'iki cyumweru, Hamilton arakina Las Vegas Grand Prix muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kimwe mu masiganwa ya nyuma y'umwaka w'imikino wa 2024. Mu kiganiro yagiranye n'itangazamakuru, yagarutse ku bibazo afitanye n'ikipe, avuga ko kutitabwaho biri mu bituma atitwara neza.

    Ati, 'Nyuma y'isiganwa rya São Paulo, nashatse kubivamo kuko ntari meze neza, ariko nahisemo kugaruka. Nzaharanira gutanga ibyo mfite byose.'

    Hamilton, w'imyaka 39, yamaze kwemeza ko azasohoka muri Mercedes mu 2025 akerekeza muri Ferrari, nyuma y'imyaka myinshi ayihesheje ibikombe bitandatu muri birindwi yatwaye. Kugeza ubu, ari ku mwanya wa karindwi n'amanota 190, mu gihe Max Verstappen ari imbere n'amanota
    393.

    Source : https://kasukumedia.com/lewis-hamilton-yatangaje-igihe-azamara-muri-mercedes-nubwo-hari-ibibazo-yahuye-nabyo/

  • Abarenga 300 bari baracikirije amashuri bahawe ikaze ku isoko ry'umurimo – #rwanda #RwOT

    Babitangarije mu ishuri rikuru ry'imyuga n'ubumenyi ngiro RP-Karongi, ku wa 28 Ugushyingo 2024, mu birori byo kubashyikiriza impamyabushobozi no kubaha ikaze ku isoko ry'umurimo.

    Ni umuhango ubaye mu gihe imibare y'Ikigo cy'Igihugu cy'Ibarurishamibare mu Rwanda, igaragaza ko mu mwaka wa 2024 umubare w'urubyiruko rudafite akazi wiyongereye ugera kuri kuri 20.5% uvuye 14.1% mu mwaka wa 2023.

    Mu ngamba Leta y'u Rwanda yafashe mu kugabanya ubushomeri mu rubyiruko harimo no gufasha abacikirije amashuri bakiga umwaka umwe mu masomo y'imyuga n'ubumenyi ngiro, aho biga amezi atandatu mu ishuri andi mezi atandatu bakayiga bakora.

    Ngirimana Pierre wo mu Karere ka Nyamasheke warangije icyiciro rusange akabura ubushobozi bwo gukomeza kwiga, ni umwe mu batoranyijwe kwiga aya masomo y'umwaka none ubu afite akazi.

    Ati 'Ngeze iwacu nahasanze ikigo cy'amashuri cyo mu Kilimbi gihita kimpa akazi ndatangira ndubaka, mpavuye nagiye no kubaka isoko ry'I Hanika mu isantere, abo dukoranye bose babona ko mbishoboye'.

    Dusabirane Marie Louise wo mu Murenge wa Kanyinya mu mujyi wa Kigali, yarangije uwa gatatu w'amashuri yisumbuye aharira barumuna be kuko iwabo batari bafite ubushobozi bwo kubarihira bose.

    Nyuma y'imyaka ibiri akora imirimo yo mu rugo nibwo yabonye ko Leta iri gushaka abacikirije amashuri ngo bage kwiga imyuga arabisaba, baramutoranya ajya kwiga kudoda.

    Ati 'Abo twiganye hari abo kampani twigiyemo zahise ziha akazi. Nanjye nagize amahirwe ubu hari imashini ndi gukoreraho ntabwo nkiri umushomeri'.

    Abahawe aya mahirwe ni abo mu turere dutandatu aritwo Nyarugenge, Rubavu, Rutsiro, Karongi, Nyamasheke na Rusizi.

    Muzare Djudi, Umuyobozi w'umushinga wa Enabel wateye inkunga iki gikorwa, yavuze ko impamvu bahisemo gufasha abacikirije amashuri bo mu turere two dutanu dukora ku kiyaga cya Kivu n'akarere ka Nyarugenge mu mujyi wa Kigali, ari uko ariho hari abasore n'inkumi benshi bacikirije amashuri.

    Ati 'Iyi gahunda izakomeza biteganyijwe ko uyu mushinga uzarangira tumaze kwigisha abarenga 2000'.

    Umuyobozi Mukuru ushinzwe umurimo muri Minisiteri y'Abakozi ba Leta n'umurimo, Mwambari Fautsin, yasabye abahawe ikaze ku isoko ry'umurimo kuzarangwa n'indangagaciro mbonezamurimo.

    Ati 'Ni ikintu gikenewe cyane twese turabisabwa ariko by'umwihariko ku rubyiruko rwiga imyuga. Kubona akazi ni kimwe no kugakora neza n'ikindi ariko uko umuntu yitwara nibyo bifite uruhare runini kugira ngo akagumemo'.

    Abarangije muri iki cyiciro bize imyuga irimo kudoda, gusudira, ubwubatsi, n'ububaji. Umunini ni abakobwa kuko bagize 53% mu gihe abahungu ari 47%.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abarenga-300-bari-baracikirije-amashuri-bahawe-ikaze-ku-isoko-ry-umurimo

  • Ni iki cyatuma umugore atangira kwiyegereza abo hanze atari asanzwe abikora #RwOT #Rwanda @kigalitoday

    Iyi nkuru igamije kugaragariza abashakanye ubusobanuro bwa bimwe mu bintu bishobora kubaho mu rushako rwabo nibasobanukirwe icyo bishatse kuvuga kandi akenshi haba hari ikintu cyihishe inyuma yabyo gishobora kugira ingaruka zikomeye. 

    Hajya habaho ko umugabo ashobora kubona imihindagurikire mu mico runaka ku mufasha we nasobanukirwe icyo ishatse kuvuga. Uyu munsi turavuga kumugore witwa Beata. Beata ni umugore ukorana n’umugabo we bamarye imyaka irindwi bubatse urugo. Babyaranye Gatatu. Muri icyo gihe cyose, Beata n’mugabo we bafite company, ibahemba bombi bitewe n’akazi buri umwe aba yakoze. 

    Gusa nyuma y’igihe runaka Beata atangira kugaragaza kutita no kutishimira gukorana n’umugabo we muri iyo company yabo. Akaba akomeje kugaragaza ko ashaka kugira company yiwe wenyine ayoboye akagira abakozi be akoresha , muri macye umushinga akaba ari uwe wihariye. 

    Ibyo nta kibazo ahanini kirimo, wenda akazi umugabo we akora ni kamunezeza, nikajyanye n’ibyifuzo by’ubuzima afite. Icyo nta mpungenge na nkeya biteye. Gusa iyaba ari uko bimeze kuko mu mateka yabo Umugabo wa Beata na wundi mukozi umufasha mu kazi kiwe usibye umugore we yigeze akorana nawe kuburyo inshingano zose zo kwamaza gukurikirana aba kiriya n’ibindi Beata niwe yari azihariye. Amaze gutangira gukora kuri uwo mushinga we, na wundi mwanya yongeye guha company Y’umugabo we. 

    Ahubwo atangira gushaka abandi bantu yiyegereza ashaka gukorana nabo. Bimaze kumera uko rero Umugabo wa Beata nawe yahise atangira gutekereza undi muntu yakorana nawe akamufasha inshingano zahoze ari iza Beata, ahura n’uwitwa Mireille, ufite ubushake bwo gukorana n’umugabo wa Beata.

    Beata akubise amaso Mireille, umujinya urazamuka. Abifata nabi kubona umugabo we nyuma y’imyaka n’imyaniko bakorana ari bombi gusa agiye kumusimbuza umukobwa atazi n’uko bamenyanye n’umugabo we. Ibyari
    imishinga y’akazi bikaba bitangiye guhinduka amakimbirane yo murugo.Buri Uko  Umugabo wa Beata agiye guhura na Mireille umugore atangira gufuha bikabije asaba ko umugabo yirukana “Ako gakobwa”.

    Ibibazo bikomeza kwiyongera kuburyo yaba ari umushinga wa Beata, yaba ari akazi k’umugabo we byose bigenda bisubira hasi kuberako Beata atizera umugabo we kuri Mireille.

    Abonye bikomeje kumuzonga Beata ahitamo gusubira muri company y’umugabo ngo bakorane aho kubona yamusimbuje inkumi imufasha imirimo.

    Ikigaraga ni uko n’ubwo yitwazaga gukora indi company yiwe Beata mu byukuri ikibazo yari afite ni uko atizera habe namba umugabo we, amucyekera ubusambanyi, niyo mpamvu yashakaga gutandukana nawe.

    Inkuru yanditswe na : Giriteka Shumbusho Etienne

  • Lionel Messi mu bahataniye ibihembo byumwaka… – #rwanda #RwOT

    Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu , tariki ya 29 Ugushyingo 2024, ni bwo FIFA yashyize hanze urutonde mu byiciro bitandukanye birimo abakinnyi, abatoza n'amakipe yitwaye neza.

    Lionel Messi uherutse kwegukana Igikombe cya Copa America ari kumwe n’ikipe ye y’igihugu ya Argentine ari mu bahataniye igihembo cy’umukinnyi mwiza aho ari kumwe n’abandi barimo Jude Bellingham, Vinicius Junior, Rodri na Kylian Mbappé.

    Mu bagore, umunya-Espagne Aitana Bonmati wegukanye iki gihembo mu mwaka ushize, yongeye gutoranywa mu bahataniye icy’uyu mwaka aho ari kumwe n'abarimo Caroline Graham na Keira Walsh bose bakinira FC Barcelona y'Abagore.

    Mu batoza uhataniye igihembo cy’Umutoza mwiza harimo Carlo Ancelotti wegukanye igikombe cya UEFA Champions League na shampiyona muri Real Madrid, Pep Guardiola wegukanye Premier League muri Manchester City ndetse na Xabi Alonso wegukanye igikombe cya shampiyona muri Bayer Leverkusen badatsinzwe.

    Muri ibi bihembo kandi harimo abahataniye igihembo cyo kujya mu ikipe nziza y’abakinnyi 11 y’umwaka. Cristiano Ronaldo ukinira Al Nassr yo muri Arabia Saudite n’ikipe y’igihugu ya Portugal yashyizwe mu bahataniye kujya muri ba rutahizamu aho ari kumwe n’abarimo Harry Kane, Erling Haaland n’abandi 

    Gutora mu byiciro bitandukanye bizagirwamo uruhare n’abafana aho batora banyuze ku rubuga rwa FIFA, kandi bikazakorwa n’abakapiteni n’abatoza b’amakipe y’ibihugu n’abahagarariye ibitangazamakuru bitandukanye. Birakirwa kuva uyu munsi kuzageza taliki ya 10 z’ukwezi gutaha kwa 12

    — Abahataniye ibihembo bya FIFA:

    Umukinnyi mwiza mu bagore:

    . Aitana Bonmati (Spain), Barcelona

    . Barbra Banda (Zambia), Shanghai Shengli/Orlando Pride

    .Caroline Graham Hansen (Norway), Barcelona

    .Keira Walsh (England), Barcelona

    .Khadija Shaw (Jamaica), Manchester City

    .Lauren Hemp (England), Manchester City

    .Lindsey Horan (USA), Olympique Lyonnais

    .Lucy Bronze (England), Barcelona/Chelsea

    .Mallory Swanson (USA), Chicago Red Stars

    .Mariona Caldentey (Spain), Barcelona/Arsenal

    .Naomi Girma (USA), San Diego Wave

    .Ona Batlle (Spain), Barcelona

    .Salma Paralluelo (Spain), Barcelona

    .Sophia Smith (USA), Portland Thorns

    .Tabitha Chawinga (Malawi), Paris Saint-Germain/Olympique Lyonnais

    .Trinity Rodman (USA), Washington Spirit

    Umukinnyi mwiza mu bagabo;

    .Dani Carvajal (Spain), Real Madrid

    .Erling Haaland (Norway), Manchester City

    .Federico Valverde (Uruguay), Real Madrid

    .Florian Wirtz (Germany), Bayer Leverkusen

    .Jude Bellingham (England), Real Madrid

    .Kylian Mbappe (France), Paris Saint-Germain/Real Madrid

    .Lamine Yamal (Spain), Barcelona

    .Lionel Messi (Argentina), Inter Miami

    .Rodri (Spain), Manchester City

    .Toni Kroos (Germany), Real Madrid (now retired)

    .Vinicius Jr (Brazil), Real Madrid

    Umukinnyi mwiza mu bagore;

    .Arthur Elias (Brazil), Brazil

    .Elena Sadiku (Sweden), Celtic

    .Emma Hayes (England), Chelsea/USA

    .Futoshi Ikeda (Japan), Japan

    .Gareth Taylor (England), Manchester City

    .Jonatan Giraldez (Spain), Barcelona/Washington Spirit

    .Sandrine Soubeyrand (France), Paris FC

    .Sonia Bompastor (France), Olympique Lyonnais/Chelse

    Umutoza mwiza mu bagabo;

    .Carlo Ancelotti (Italy), Real Madrid

    .Lionel Scaloni (Argentina), Argentina

    .Luis de la Fuente (Spain), Spain

    .Pep Guardiola (Spain), Manchester City

    .Xabi Alonso (Spain), Bayer Leverkusen

    Umunyezamu mwiza mu bagore;

    .Alyssa Naeher (USA), Chicago Red Stars

    .Ann-Katrin Berger (Germany), Chelsea/NJ/NY Gotham

    .Ayaka Yamashita (Japan), INAC Kobe Leonessa/Manchester City

    .Cata Coll (Spain), Barcelona

    .Mary Earps (England), Manchester United/Paris Saint-Germain

    Umunyezamu mwiza mu bagabo;

    .Andriy Lunin (Ukraine), Real Madrid

    .David Raya (Spain), Arsenal

     Ederson (Brazil), Manchester City

    .Emiliano Martinez (Argentina), Aston Villa

    .Gianluigi Donnarumma (Italy), Paris Saint-Germain

    .Mike Maignan (France), AC Milan

    .Unai Simon (Spain), Athletic Club

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/149056/lionel-messi-mu-bahataniye-ibihembo-byumwaka-bya-fifa-149056.html

  • Pastor Kayanja yagarutse mu Rwanda nyuma y’i… – #rwanda #RwOT

    Women Foundation Ministries yatumiye Pastor Kayanja ni Umuryango wa Gikristo washinzwe na Apôtre Kabera Alice Mignonne mu 2006, wubaka abari n'abategarugori mu nzira z'agakiza, mu mitima no mu buryo bw'ibikorwa bifatika.

    Pastor Robert Kayanja ni Umushumba Mukuru w’Itorero Miracle Centre Cathedral Church rifite icyicaro gikuru i Rubaga mu mujyi wa Kampala akaba ari mu bapasiteri bakomeye muri Afurika. Yaje mu Rwanda ku butumire bwa Noble Family Church iyobowe na Apostle Mignonne Kabera.

    Mu 2007 ni bwo Pastor Kayanja aheruka mu Rwanda mu giterane cy’amateka cyabereye muri Stade Amahoro. Ni igiterane cyari cyateguwe n’abapasiteri b’amatorero y’abavutse ubwa ka kabiri barangajwe imbere na Apotre Rwandamura Charles wa UCC.

    Cyitabiriwe n’abantu uruvunganzoka dore ko Stade Amahoro yakubise ikuzura. Icyo gihe Pastor Kayanja yahanuriye u Rwanda ati “Abantu mugiye gutangara cyane, mutungurwe n’uburyo Imana igiye guhindura ibintu ikarema iterambere rishya mu Rwanda”.

    Kuri uyu wa Gatanu tariki 29 Ugushyingo 2024, Pastor Kayanja yagarutse mu Rwanda ku butumire bwa Apotre Mignonne Kabera usanzwe ari inshuti y’umuryango we dore ko amaze gutumira inshuro nyinshi umugore we Pastor Jesca Kayanja, kandi nawe akunze kugenderera Itorero ryabo i Kampala.

     Uyu mushumba ukunzwe muri Uganda na Afrika, yishimiye kugaruka mu Rwanda “nyuma y’imyaka irenga 10”.

    Aje mu giterane ngarukamwaka cya “Thanksgiving” gitegurwa na Noble Family Church na Women Foundation Ministries, mu kwezi kwa Cumi na kumwe (Ugushyingo) mu nsanganyamastiko igira iti 'THANKSGIVING IN ACTION, MAKE IT A CULTURE” [GUSHIMA IMANA MU BIKORWA TUBIGIRE UMUCO].

    Ni ku nshuro ya 18 iki gitaramo kigiye kuba kuva mu 2006. Uyu mwaka, iki gikorwa ntigisanzwe kuko Noble Family Church [NFC] yagihuje n’umushinga ifite wo kubaka ahantu haro bwite ho guteranira, bikaba byitezwe ko hazahinduka ihuriro ryo guhimbaza Imana muri Afurika y’Iburasirazuba.

    Mu bindi biteganijwe muri iki giterane harimo no kuzamura imibereho y’abana babayeho nabi binyuze muri gahunda mbonezamikurire y’abana bato izwi nka ‘ECD’ ndetse n’abasheshakanguhe.

    Iki giterane kiraba ku wa Gatanu tariki 29 Ugushyingo 2024. Saa Yine za mu gitondo kugeza Saa Saba z’amanywa, iki giterane kirabera ku kibanza [ku butaka bwa Noble Family Church na Women Foundation Ministries], hanyuma nimugoroba Saa Kumi gikomereze i Rusororo muri Intare Conference Arena.

    Abari bugabure ijambo ry’Imana harimo Umushumba Mukuru wa Noble Family Church akaba n’Umuyobozi wa Women Foundation Ministries, Apostle Mignonne Kabera, Pastor Robert Kayanja wo muri Uganda. Abaramyi bari buririmbe ni Dr Ipyana Kibona wo muri Tanzania na Redemption Voice b’i Burundi.

    Pastor Kayanja ni izina rizwi cyane muri Uganda, mu karere no muri Afrika aho benshi bamufata nk’umuhanuzi, umukozi w’Imana ukora ibitangaza ndetse ni na we mupasiteri ukize kurusha abandi muri Uganda.

    Itorero ayoboye riri mu matorero afite inyubako nini cyane mu karere dore ko urusengero rwe rwa Rubaga rwakira abantu barenga ibihumbi icumi. Itorero rye rifite insengero zirenga 1000 zikorera muri Uganda. Ni we wagize iyerekwa rya 77 Days of Glory izwi cyane nka 77DOGs.

    Mu matorero y’abarokore, Pastor Robert Kayanja arazwi cyane.Robert Kayanja ni umupasiteri ukunze kuvugwa cyane mu itangazamakuru kubera ibyo atangaza n’ibyo yigisha. Yigeze gusaba Leta ya Uganda kujya itanga Icyacumi mu itorero.

    Pastor Kayanja yakiriwe na Apotre Mignonne wamutumiye muri Thanksgiving 

    Pastor Robert Kayanja agarutse mu Rwanda nyuma y’imyaka 17

    Pastor Kayanja yakiranywe urugwiro n’abo muri Noble Family Church na Women Foundation Ministries 


    Kwinjira muri iki giterane cyo gushima Imana ni ubuntu

    AMAFOTO Y’UKO BYARI BIMEZE MURI THANKSGIVING Y’UMWAKA USHIZE


    Apostle Mignonne Kabera, Umushumba Mukuru wa Noble Family Church azwiho gukunda cyane kuramya Imana no kuyitambira

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/149057/pastor-kayanja-yagarutse-mu-rwanda-nyuma-yimyaka-17-yakirwa-na-apotre-mignonne-149057.html