Blog

  • Yashakaga kumukangura none bimugejeje muri RI… – #rwanda #RwOT

    Mu mwaka wa 2023, Umuhoza Aline yitabiriye ubukwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ahura n'umwe mu bahanzi bashimye inganzo ye hanyuma amusaba ko yashyira imbaraga mu kwihangira ibihangano bye byinshi.

    Uwo muhanzi yamubwiye ko mu gihe atabibonera umwanya uhagije, yamuhuza n'umusore uzi kwandika indirimbo mu Rwanda hanyuma akamwandikira indirimbo akayimuha.

    Umuhoza Aline usanzwe aririmba mu bukwe aho muri Leta Zunze Ubumwe, yemeye atazuyaje hanyuma bamuhuza na Uworizagwira Florien wari umuhanzi ukishakisha icyo gihe ariko akaba yari umuhanga mu kwandika indirimbo nziza.

    Florien Uworizagwira Alias Yampano, yavuganye na Umuhoza Aline bumvikana kugura indirimbo bise 'Mbwira' icyo gihe Yampano amuca amafaranga 400$ hanyuma bajya mu biciro.

    Nk'uko umuguzi n'umugurisha bajya mu biciro, aba nabo bagiye mu biciro hanyuma bumvikana ko indirimbo 'Mbwira' igomba kugura 300$ gusa nyuma Yampano yagiye yohererezwa andi mafaranga yo kuyitunganya kugira ngo ayimuhe imeze neza nk'uko InyaRwanda yabyiboneye.

    Mu rwego rwo kugira ngo ayikore ayisoze, Yampano yasabye Umuhoza Aline kubanza kumwishyura 200$ ya mbere nuko ku wa 27 Nzeri 2023 ayo mafaranga agera kuri Yampano icyo gihe yanganaga na 233,568.00 Rwf.

    Mu gukomeza kureshya umuguzi, Yampano yumvikana avuga ko ari umuririmbyi mwiza yizeye ko azabasha kuririmba neza iyo ndirimbo yari agiye kumugurisha nuko agahita amubwira ko ikibazo kiri gutuma itaboneka kare ari uburyo bwo kugera kuri sitidiyo yabuze (Asobanura itike) hanyuma agasaba uyu mukobwa kumuha amadorali 10 ngo agere aho indirimbo iri.

    Nk'uko bari babyumvikanye, Yampano yakoze ibyo yasabwaga byose hanyuma akibisoza, ku wa 03 Ukwakira 2023 ahabwa andi madorali 100 yari yasigaye nawe atanga indirimbo nk'uko bari babyumvikanye.

    Nyuma y'aho, uyu mukobwa yatangiye gukoresha igihangano cye nyuma yo kukigura aho yaririmbaga iyi ndirimbo mu bukwe yajyagamo kuva icyo gihe ndetse yewe nawe akavuga ko ari indirimbo abageni benshi bakundaga kuririmbirwa.

    Mu minsi ishize, Aline Umuhoza yagiye kumva yumva ya ndirimbo yaguze na Yampano yageze ku rubuga rwa Spotify aho yayiririmbanaga na Makanyaga Abdul.

    Aline Umuhoza yaje guhamagara Yampano ariko ntibumvikana ari na byo byahise bituma Yampano amu-Blocka ku mbuga nkoranyambaga ze kubera ko uyu mukobwa yamuhamagaye akamubwira nabi.

    Ku bwo kutabasha kumuhamagara no kumuvugisha, Aline Umuhoza yanyuze kuri Ally Soudy hanyuma amusaba ko yamuvugishiriza Yampano nuko Ally Soudy ahamagara Yampano amusaba kuganira na Aline kugira ngo ibyo bitajya hanze bikangiza isura ya Yampano.

    Mu biganiro baje kugirana nyuma y'aho, Yampano avuga ko “Nabikoze kugira ngo nkukangure. Buriya nka nyuma y'imyaka itanu uzajya uvuga ngo Yampano wa kirara we.”

    Aline asaba Yampano gusiba iyi ndirimbo ku mbuga zose zicuruza imiziki ariko Yampano akamubwira ko bitashoboka kuko Yampano yanditse indirimbo bityo akiyifiteho ububasha ndetse no ku mbuga zicuruza imiziki bazi ko igihangano ari icya Yampano.

    Nyamara n'ubwo bimeze bityo, Yampano avuga ko yagurishije iriya ndirimbo abizi neza ko ari nziza ahubwo yari afite ikibazo cy'ubukene kandi ko yari abizi neza y'uko ibi bihe bizagera akaba ariyo mpamvu Yampano yayimugurishije mu buryo bwa Magendu.

    Ati 'Umuntu yanditse ikintu hanyuma ukavuga ngo nta burenganzira agifiteho? Nkubwize ukuri, kugura ubutaka utabufitiye icyangombwa n'iyo ugiye kurega bakwita umusazi.'

    Akomeza agira ati 'Nari nkeneye amafaranga. Naravugaga nti uyu muntu nimwaka amafaranga ntabwo arayanguriza, reka nze mutege iki kintu kuko igihe nzagikenerera nzakisubiza kuko nkifiteho uburenganira kandi uburyo tukiguze ni magendu. Abantu ni babi.'

    Yampano yumvikanisha ko mu gihe byaba ngombwa, yasubiza uyu mukobwa amafaranga ye ndetse yewe yanamukubira kabiri naho ibyo gukuraho iyi ndirimbo atabikozwa. 

    Ati 'None se niba mfite inyishyu y'ayo mafaranga? Niyo wambwira ngo nkukubire kabiri nayaguha kuko izayinjiza.'

    Uyu mukobwa amubwira ko akeneye indirimbo ye n'aho ayo mafaranga nawe ayafite, Yampano akamubwira ko ntayo ateze kumuha kuko Aline atazi kwandika kandi ko iryo ari isomo agomba kubona kugira ngo abanze ajijuke acane ku jisho.

    Mu kiganiro cy'aba bombi InyaRwanda yumvishije, Yampano avuga ko kugira ngo yongere ayimuhe uwo mukobwa byamusaba kwishyura miliyoni eshatu kuko agaciro k'iyo ndirimbo atariko yari ikwiye ahubwo yari akeneye amafaranga abona nta kindi yatangamo igitambo keretse iyo ndirimbo.

    Yampano asaba uyu mukobwa no kugira inama inshuti ze z'abanyamuziki kuza mu muziki bazi ibyo baje gukora kuko nibitagenda gutyo Imana izabahana. Ati 'Mujye muza mu muziki muzi agaciro kawo kuko nibitagenda gutyo, Imana izabahana.'

    Kugeza aka kanya, indirimbo iracyari ku mbuga zicuruza imiziki za Yampano dore ko we yivugira y'uko byamutwara amezi abiri kugira ngo iveho akongera akavuga ko uyu mukobwa agomba kumuha miliyoni eshatu cyangwa se Yampano akamusubiza ayo yamuhaye.

    InyaRwanda ifite amakuru y’uko kuri uyu wa Mbere tariki ya 10 Gashyantare 2025, Aline Umuhoza ahagarariwe n’abo mu muryango we afite hano mu Rwanda, baza kugeza ikibazo muri RIB hanyuma Yampano agakurikiranwa kuri iyi ndirimbo.

    Umuhoza Aline yaguze indirimbo ‘Mbwira’ mu mwaka wa 2023


    Uyu mukobwa ntakozwa ibyo gusubizwa amafaranga ahubwo yifuza ko Yampano yamusubiza indirimbo ye


    Umuhoza Aline yabwiye InyaRwanda ko yari mu mishinga yo gukorera videwo iyi ndirimbo Yampano yisubije


    Yampano avuga ko yagurishije indirimbo kubera ubukene akaba ariyo mpamvu yayigurishije mu buryo bwa magendu ngo azabashe kuyisubiza


    Yampano avuga ko bibaye ngombwa yasubiza amafaranga ariko atakwemera gukuraho indirimbo ‘Nakoranye na sogokuru Makanyaga’


    Ally Soudy yahamagaye Yampano amusaba kuganira na Aline akareka kwiteza abantu

    Reba indirimbo ‘Mbwira’ Yampano yashyize hanze ari kumwe na Makanyaga Abdoul

    “>


    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/152087/yashakaga-kumukangura-none-bimugejeje-muri-rib-uko-yampano-yambuye-aline-umuhoza-indirimbo-152087.html

  • Ubwitabire bw'abakobwa mu myuga n'ubumenyingiro bugeze kuri 43% – #rwanda #RwOT

    Ubutumwa bwo gushishikariza abakobwa gutinyuka imyuga n'ubumenyingiro bumaze igihe butambuka mu itangazamakuru n'ahandi hahurira abantu benshi, ndetse bwatangiye gutanga umusaruro kuko mu mashuri y'imyuga umubare w'abakobwa wiyongereye.

    Umuyobozi Mukuru wa RTB, Eng. Paul Umukunzi, yavuze ko abakobwa ugereranyije n'abahungu umubare wabo mu mashuri y'imyuga, tekinike n'ubumenyingiro bakiri bake nubwo bidakabije nko mu myaka yashize.

    Ati 'Abakobwa ubu bageze kuri 43% by'abanyeshuri dufite mu mashuri ya tekinike, imyuga n'ubumenyingiro. Ikibazo kiriho ni uko usanga hari progaramu bajyamo cyane n'izindi batajyamo cyane'.

    Mu 2023 umubare w'abakobwa biga aya masomo bari 15%.

    Eng.Umukunzi yavuze ko Leta yashyizeho gahunda zigamije gushishikariza abakobwa kujya mu mashami batitabiraga kujyamo cyane bitewe n'umuco.

    Ati 'Usanga mu bwubatsi ari bake, mu bikorerwa mu nganda (manufacturing) ugasanga ni bake. Twashyizeho gahunda zo kubereka ko nabo bashoboye nka basaza babo'.

    Muri izo gahunda harimo kubafasha kujya kwiga nta kiguzi (scholarships), aho RTB ifite umushinga ugamije kongera umubare w'abana b'abakobwa muri porogaramu batitabira cyane aho iteganya guha 'scholarships' abakobwa 4000.

    Ikindi kiri gukorwa ni ukongera mu bigo by'amashuri byigisha imyuga n'ubumenyingiro ibikorwaremezo byorohereza abakobwa.

    Ati 'N'ibikoresho tugura uyu munsi ni ibigezweho si bya bindi bisaba imbaraga nyinshi cyane, ku buryo umukobwa yavuga ngo simfite imbaraga zingana n'iza musaza wanjye, nubwo nabyo atari byo mu by'ukuri. Ubu noneho hagiyemo n'ikoranabuhanga ku buryo nta kazi gahari kakorwa n'umuhungu umukobwa atakora'.

    Urwego rw'igihugu rushinzwe guteza imbere imyuga n'ubumenyingiro (RTB) rwashyizweho na Leta y'u Rwanda mu 2020, ruhabwa inshingano yo guteza imbere ireme ry'uburezi, n'impano mu mashuri y'imyuga na tekinike hagamijwe guteza imbere ubukungu n'imibereho myiza y'abaturage.

    Mu bijyanye no gutunganya ibyuma usanga abahungu ari benshi

    Mu ishami ryo guteka usangamo abanyeshuri benshi b’abakobwa


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ubwitabire-bw-abakobwa-mu-myuga-n-ubumenyingiro-bugeze-kuri-43

  • Trump yanditse amateka yitabira umukino wa Su… – #rwanda #RwOT

    Uyu mukino wakinwe mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere tariki ya 10 Gashyantare 2025. Warangiye ikipe ya Kansas City Chiefs itsinze Philadelphia Eagles ibitego 40-22. Yahise yegukana igikombe ku nshuro ya kabiri dore ko yaherukaga kucyegukana muri 2018.

    Donald Trump yitabiriye uyu mukino ari kumwe n’umukobwa we Ivanka n’umuhungu we Eric, gusa umugore we Melania Trump ntabwo bari kumwe.

    Ubwo yinjiraga muri sitade agira ngo abanze ahure n’imiryango yabuze ababo mu ntangiriro z’umwaka bapfiriye mu gitero cyagabwe mu mihanda ya Bourbon, yakiriwe n’amashyi menshi gusa hari n’abamuvugirije induru.

    Ntabwo uyu mukino witabiriwe gusa na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ahubwo wanitabiriwe n’ibindi byamamare birimo Taylor Swift, Jay-Z, Sir Paul McCartney, Adam Sandler, Paul Rudd na Kevin Costner.

    Ntabwo ari aba gusa kubera ko no mu mupira w’amaguru ntabwo batanzwe aho twavugamo nka Lionel Messi, Luis Suarez, Jordi Alba na Sergio Busquets basanzwe bakinira Inter Miami yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

    Ubwo igice cya mbere cyari kirangiye, umuraperi Kendrick Lamar ni we wasusurukuje abari kuri uyu mukino aho yaririmbye indirimbo ze zikunzwe cyane zirimo Not Like Us, Humble ndetse n’inzindi.

    Donald Trump yakoze amateka yo kuba Perezida wa mbere wa America urebye ‘Super Bowl’ ari ku butegetsi. Undi waherukaga kugera ku kibuga ni George Bush mu 2017 ariko icyo gihe ntabwo yari ku butegetsi. Icyo gihe kandi yakoresheje tombora y'ikipe itangirana umupira.

    Mu 1985, Perezida Ronald Reagan nawe yakoreshe iyo tombora gusa yayikoreye ku ikoranabuhanga kuko yari iwe muri White House.

    Mu 2004, Perezida George W Bush yatangije umuco wo gutanga ikiganiro mbere y'uy'umukino, aho kinyura kuri televiziyo utambukaho. Ibyo byakomeje gukorwa no ku ngoma ya Barack Obama.

    Kansas City yegukanye igikombe cya Super Bowl 2025

    Donald Trump yanditse amateka mashya yo kureba umukino wa Super Bowl 

    Abarimo Lionel Messi nabo bitabiriye uyu mukino 

    Ubwo Kendrick Lamar yasusurutsaga abitabiriye uyu mukino 

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/152084/trump-yanditse-amateka-yitabira-umukino-wa-super-bowl-2025-wasusurukijwe-na-kendrick-lamar-152084.html

  • Uwase Natasha uri mu baririmbyi b’imena ba Am… – #rwanda #RwOT

    Ku mugoroba wo kuwa Mbere w’Isabato tariki ya 09 Gashyantare 2025 ni bwo Uwase Natasha yatangaje inkuru yaryoheye cyane abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga by’umwihariko ku rubuga rwa Instagram akurikirwaho n’abarenga ibihumbi 37 aho yateguje ubukwe bwe n’umusore yihebeye witwa Promise.

    Natasha Uwase yasangije inshuti ze n’abandi bose bamukurikira iyi nkuru y’intambwe ikomeye yateye mu rukundo yifashishije amagambo yo muri Bibiliya ari mu gitabo cy’Abakorinto ba kabiri ibice 5 kuva mu murongo wa 9 kugera ku wa 11. Haranditse ngo “Ni cyo gituma tugira umwete wo kumunezeza, iyo turi iwacu mu mubiri cyangwa tudahari.

    Kuko twese dukwiriye kuzagaragarizwa imbere y'intebe y'imanza ya Kristo kugira ngo umuntu wese ahabwe ibikwiriye ibyo yakoze akiri mu mubiri, ari ibyiza cyangwa ibibi. Nuko iyo nemeza abantu, mbikoreshwa n'uko nzi igitinyiro cy'Uwiteka. Uko ndi ni ko bigaragarira Imana, kandi niringira y’uko ari ko namwe bigaragarira imitima yanyu.”

    Ubukwe bwa Natasha na Promise buzaba kuwa Mbere w’isabato tariki ya 18 Gicurasi 2025 kuva saa Tatu za mu gitondo. Inshuti z’aba bombi zahaye umugisha urukundo rwabo zinabifuriza kuzagira urugo rwiza. Umwe mu basaga 400 bagaragaje amarangamutima yabo kuri iyi Couple yagize ati: “Imana itanga ibyiza izabyuzuze mu rugo rwanyu”.

    Uwase Natasha agiye gukora ubukwe

    Mu bandi baryohewe n’iyi nkuru harimo umuramyi w’icyamamare Papi Clever, umuhanzikazi Momo n’abandi. “Egoko ndumva nashyshye pe, ibi bintu biranejeje” – umwe mu nshuti za Natasha na Promise. Josiane Nayituriki yagize ati “Ntawakoreye Imana ngo yikorere amaboko, congratulations Natasha, ukwiriye ibyiza byinshi”.

    Natasha Uwase waminuje mu mwaka wa 2023 muri Kaminuza Mpuzamaganga y’Imiyoborere [African Leadership University, ALU], ni umuhanzikazi umaze gukora indirimbo ebyiri ari zo “Akira Ishimwe” [Njya mbura uko mbivuga] na “Azakomeza ku kuba hafi” imaze iminsi 3 gusa igeze hanze.

    Ni umuririmbyi w’umuhanga ubarizwa muri Ambassadors of Christ ifite ibigwi bihambaye muri Afrika mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, akaba yarayigezemo avuye mur Junior yayo. Ni umukobwa wa Perezida wa Ambassadors of Christ, Bwana Muvunyi Reuben.

    Natasha ni umwe mu bakobwa baririmbyi 7 bo mu Itorero ry’Abadivantiste b’Umunsi wa Karindwi, bagize itsinda Holy Music Ministry ryashizwe mu mpera za 2021 na Producer Eliel Sando, rikaba rigizwe na Natasha Uwase, Beni Mugisha, Uwibambe Alliance, Eliezel Nisunzimana, Racheal Mbanzabigwi, Hastu Ntwari na Denise Karuranga.

    Ambassadors of Christ choir ibarizwa Uwase na Natasha, ni umutwe w’abaririmbyi babarizwa mu itorero ry'Abadivantiste b'umunsi wa karindwi ikaba imwe mu zikunzwe cyane mu gihugu no hanze yacyo. Ni korali yanditse amateka mu Rwanda no hanze yarwo binyuze mu ndirimbo zayo zagiye zikora ku mitima ya benshi.

    Ikunzwe mu ndirimbo zinyuranye zirimo; Hoziana, Mureke mukunde, Imirindi y'Uwiteka, Kuki wabyemeye, Iwacu heza, Mtegemee Yesu, Nimekupata Yesu, Imirimo yawe, Hari igihugu, Reka dukore, Ibyo unyuramo, Umunsi ukomeye, Hejuru mu kirere, Nahuye na Mesiya, Iba iri he, Birakwiye gushima n’izindi.

    Ambassadors of Christ yatangijwe mu 1995 n'itsinda rito ry'abaririmbyi 25 bari bayobowe na Mbanda Steve wari Umuyobozi Mukuru. Yatangiriye urugendo rw'ivugabutumwa mu Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994. Muri icyo gihe ubutumwa bw'iyi korali bwibanze ku gusana imitima no guteguza kugaruka kwa Yesu Kristo

    Ambassadors of Christ yaguye amarembo ijyana ubutumwa bwiza mu bihugu bihana imbibi n'u Rwanda ndetse bajya no kure yarwo. Mu bihugu bamaze kuvugamo ubutumwa bwiza harimo: Zambia, Congo, Uganda, Kenya, Tanzania, Burundi, Amerika n’ahandi. Aho hose Imana yabakoresheje ibikomeye, benshi barahemburwa, abandi bakakira agakiza.

    Natasha n’umukunzi we Promise bazarushinga muri Gicurasi 2025

    Natasha Uwase akunzwe mu ndirimbo “Akira Ishimwe” imaze kurebwa n’abarenga ibihumbi 407

    Ni umukobwa wa Perezida wa Ambassadors of Christ Choir

    Natasha ari mu baririmbyi bafite amajwi azira amakaraza

    Uwase Natasha ubwo yahabwaga impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza muri ALU

    REBA INDIRIMBO NSHYA “AZAKOMEZA KU KUBA HAFI” YA NATASHA UWASE

    REBA INDIRIMBO “AKIRA ISHIMWE” YA NATASHA UWASE N’ABAVANDIMWE BE

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/152092/uwase-natasha-uri-mu-baririmbyi-bimena-ba-ambassadors-of-christ-choir-agiye-kurushinga-152092.html

  • Kwibasira Drake, kwigaragambya no gufungwa: I… – #rwanda #RwOT

    Ni umukino wabereye kuri stade ya Caesars Superdome iherereye mu mujyi wa New Oreans wo muri leta ya Louisiana muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho warangiye Philadelphia Eagles itsinze Kansas City Chiefs 40-22.

    Usibye kuba abari muri iyi stade bari baje kureba umukino, gusa bari banategereje Kendrick Lamar wagombaga kubataramira mu karuhuko ndetse akaba yanahanyuranye umucyo.

    Reka turebere hamwe ibintu byaranze iyi minota hafi 15 Kendrick Lamar yari yahawe yo gushimisha abakurikiye uyu mukino.

    -Kendrick Lamar yongeye kwibasira Drake!

    Muri Super Bowl 2025 Half Time Show yabaye mu ijoro rishyira kuri uyu wa Mbere, indirimbo ‘Not like us’ Kendrick Lamar yahimbye yibasira Drake ni imwe mu zashimishije abafana cyane.

    Ubwo Kendrick yari agiye kuyiririmba yagize ati:”Nshaka kubaririmbira indirimbo mukunda cyane, ariko murabizi ko bakunda kurega!” Akimara kuvuga aya magambo bashyizemo agace gato gatangira iyi ndirimbo, akomeza guha ibyishimo abakunzi be.

    Aya ni amagambo yari yerekeje ku muraperi Drake, dore ko mu minsi yashize yareze kompanyi ya Universal Music Group ayishinja gusunika cyane iyi ndirimbo imusebya kandi bigakorwa mu buryo budakwiye.

    – Kendrick Lamar yafashijwe n'abarimo SZA.

    Umuhanzikazi SZA yasanze Kendrick Lamar ku rubyiniro amufasha kuririmba indirimbo 'All the stars' ndetse na 'Luther', indirimbo zombi bakoranye ndetse zikaba zombi ziri ku muzingo wa Kendrick Lamar uheruka yise 'GNX'.

    SZA ni umwe mu batumye abafana bakomeza kuryoherwa, gusa uburyohe buriyongera ubwo umjkinnyi wa Tennis w'icyamamare ariwe Serena Williams nawe yafashaga Kendrick Lamar gususurutsa abakunzi be. Serena Williams yaje abyina indirimbo 'Not like us', ibintu bikomeza kuryoha.

    SZA yafashije Kendrick Lamar gushimisha abafana

    Serena Williams nawe ntiyahatanzwe

    – Kugaragaza gukunda igihugu.

    Icyamamare mu gukina film, Samuel L. Jackson niwe wari umushyushyarugamba, aho yari yambaye imyambaro iri mu mabendera ya Leta zunze ubumwe za Amerika. Si we gusa kandi, kuko Kendrick Lamar n'ababyinnyi be bari bambaye imyambaro igizwe n'amabara y'umutuku, ubururu n'umweru bigize amabara y'iki gihugu aho banabigaragaje neza mu ndirimbo 'Humble'.


    Imyambaro ya Samuel L. Jackson yagaragazaga ibendera rya Leta Zunze Ubumwe za Amerika

    Kendrick Lamar n’ababyinnyi be nabo byari uko

    – Kwigaragambya!

    Ubwo Kendrick Lamar yaririmbaga 'Squabble up' hagaragaye umuntu wari afite ibendera rya Palestine ryanditseho 'Sudan na Gaza', mu kugaragaza ko adashyigikiye ibiri kuba, akaba yahise afatwa n’abashinzwe umutekano arafungwa.

    Amakuru dukesha AP News avuga ko uyu muntu yari umwe mu babyinnyi ba Kendrick Lamar, gusa ngo nta n'umwe wari azi ko afite gahunda yo gukora ibi. Amakuru avuga ko uyu muntu araza gufatirwa ibihano bitandukanye, birimo kutazongera kwinjira muri stade ziberamo ibikorwa byose bya NFL.


    Uwazanye ibendera rya Palestine yatawe muri yombi

    – Kendrick Lamar yanditse amateka

    Kendrick Lamar yanditse amateka mashya, yo kuba ariwe muraperi wa mbere ubashije gutarama muri Super Bowl Halftime Show ari we muhanzi mukuru wenyine. Mu 2022, Kendrick Lamar yari yaje afasha Dr. Dre, Snoop Dogg, Mary J. Blige, 50 Cent na Eminem.


    Kendrick Lamar yatanze ibyishimo karahava

    Ibi birori biba bitegerejwe cyane muri Leta zunze ubumwe za Amerika, byanitabiriwe n'ibyamamare birimo Perezida Donald Trump, Lionel Messi, Taylor Swift, Tyla, Ayra Starr, Jay-Z n'abana be, Tyga, Lady Gaga, Kevin Hart n'abandi.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/152095/kwibasira-drake-kwigaragambya-no-gufungwa-ibyaranze-super-bowl-halftime-show-yaririmbyemo–152095.html

  • Ngarambe Rita wegukanye amakamba abiri muri… – #rwanda #RwOT

    Impapuro z'ubutumire (Invitation) zigaragaza ko tariki 8 Werurwe 2025, ari bwo hazaba umuhango wo gusaba no gukwa ukazabera mu busitani bwa Juru Park ku i Rebero mu Mujyi wa Kigali, ari naho abatumiwe bazakirirwa. 

    Mu kiganiro na InyaRwanda, Rita Ngarambe yavuze ko imyaka itandatu ishize ari mu rukundo n'uyu musore biyemeje kubana akamarata. Yavuze ko tariki ya 10 Gashyantare 2024, we n'umukunzi we basezeranye imbere y'amategeko, ndetse basezerana imbere y'Imana, mu birori byari binogeye ijisho. 

    Avuga ko bahisemo kuza mu Rwanda kuhakorera umuhango wo gusaba no gukwa kugirango babafashe kwifatanya n'abantu bo mu miryango yombi batabashije gutaha umuhango wo gusezerana imbere y'Imana n'imbere y'amategeko, kuko byabereye muri Canada.

    Ati: 'Tuje mu Rwanda kugirango twereke ibirori ababyeyi, ndetse n'abandi batabashije kwitabira ibirori twakoreye muri Canada, kugirango tubashe kwifatanya nabo no kugirango dukomeze twizihize urugendo rw'urukundo rwacu.'

    Ku wa 2 Mata 2024 mu birori byabereye mu nyubako ya John Bassett Theatre iherereye mu Mujyi wa Toronto muri Ontario, ni bwo Ngarambe Rita Laurence wari uhagarariye u Rwanda mu irushanwa rya 'Miss Face of Humanity 2022' yabaye Igisonga cya Mbere muri iri rushanwa.

    Uyu mugore yanhawe n'irindi kamba rya 'The World Peace', ni nyuma y'uko ahize abandi mu gutanga ubutumwa bw'amahoro.

    Nadia Tjoa wo muri Indonesia ni we wegukanye ikamba rya Miss Face of Humanity 2022. Umunyamerika Kerri Jade yabaye igisonga cya kabiri naho Juliette Louie wo muri Hong Kong yabaye igisonga cya gatatu.

    Irushanwa rya Miss Face of Humanity ryari rigamije 'gukangurira abatuye Isi guharanira amahoro, umutekano, kugira ubumuntu n'ibindi'.

    Ngarambe yize amateka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu gihe cy'imyaka ibiri. Muri iki gihe muri Canada aho yageze mu 2017.

    Rita Ngarambe wavutse ku wa 25 Nzeri 1997 yatangiye ibikorwa byo guharanira uburenganzira bw'umugore afite imyaka 16. Akora ibikorwa byo gufasha abana b'impfubyi n'abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Ni we uhagarariye igikorwa cyo Kwibuka cyizwi nka 'Our Past' ishami rya Canada. Akorana bya hafi n'imiryango itandukanye yo mu Mujyi wa Toronto ifasha abatishoboye n'abadafite aho kuba. Yagiye ategura ibikorwa bigamije gushakira ubufasha abagizweho ingaruka n'ibiza n'ibindi.

    Ngarambe Rita Laurence yatangaje ko agiye gukorera mu Rwanda ubukwe n'umukunzi we 

    Ngarambe Rita Laurence yatangaje ko imyaka itandatu ishize ari mu rukundo n'umukunzi we Jordan Cahill, yagejeje ku kwiyemeza gusezerana imbere y’Imana 

    Ngarambe yavuze ko we n'umukunzi we bahisemo gukorera i Kigali umuhango wo gusaba no gukwa kugirango biyereke imiryango 

    Ngarambe yavuze ko umuhango wo gusaba no gukwa uzaba tariki 8 Werurwe 2025 

    Ngarambe ari kumwe n’umukunzi we basohoka mu rusengero basezeraniyemo imbere y’Imana

    Ngarambe yamenyekanye cyane mu Rwanda ubwo yegukanaga amakamba abiri mu irushanwa Ngarambe Rita Laurence



    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/152089/ngarambe-rita-wegukanye-amakamba-abiri-muri-miss-face-of-humanity-ku-isi-agiye-gukorera-ub-152089.html

  • Umubyinnyi wa Kendrick Lamar yajyanwe amaguru adakora hasi nyuma yo kwerekana ibendera rya Palestine #rwanda #RwOT

    Umwe mu babyinnyi ba Kendrick Lamar yajyanywe amaguru adakora hasi nyuma yo kugaragara afite ibendera rya Palestine ryanditseho amagambo 'Gaza na Sudan' mu gitaramo cyabereye muri stade yakinirwagamo umukino wa NFL.

    Kuba yagaragaye azanye ibendera rya Palestine n'iryo muri Sudan byahise bituma benshi babifata nk'ubutumwa bw'uko yifatanyije n'abaturage ba Gaza na Sudan bari mu bibazo bikomeye by'intambara n'ubwicanyi.

    Amakuru dukesha AP avuga ko nta wari uzi ko uyu mubyinnyi yari afite iyi gahunda, ndetse bikekwa ko yabikoze ku giti cye atabihuje n'itsinda ry'abahanzi n'ababyinnyi bari kumwe.

    Ibi byatumye afatwa nk'uwigaragambyaga mu ruhame, ibintu byahise bituma abashinzwe umutekano bamufata bamukura aho igitaramo cyaberaga.

    Biravugwa ko ubu uyu mubyinnyi ashobora kuzahura n'ibihano bikomeye, birimo no gukumirwa burundu mu bikorwa byose bibera muri stade zikoreshwa na NFL muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    Kuba yagaragaye azanye ibendera rya Palestine n'iryo muri Sudan byahise bituma benshi babifata nk'ubutumwa bw'uko yifatanyije n'abaturage ba Gaza na Sudan bari mu bibazo bikomeye by'intambara n'ubwicanyi.

    Nk'uko bizwi, ibibera muri Gaza bikomeje kugibwaho impaka nyinshi ku Isi, aho Israel ishinjwa gukoresha imbaraga nyinshi mu bitero byayo, mu gihe na Sudan ihanganye n'intambara y'imitwe ihanganye ishyamiranye n'ubutegetsi bw'icyo gihugu.

    Benshi mu bakurikiranira hafi uburenganzira bwa muntu bagaragaje impungenge ko kuba uyu mubyinnyi yafashwe ku ngufu bishobora kuba igihamya cy'uko hari abakumirwa mu kugaragaza ibitekerezo byabo mu ruhame.

    Bamwe mu bafana be ndetse n'abaharanira uburenganzira bwa muntu batangiye gusaba ko arekurwa, ndetse bagaragaza ko bidakwiye ko umuntu ahanwa azira ibitekerezo bye cyangwa uburyo agaragazamo ukwitandukanya n'ihohoterwa ribera hirya no hino ku Isi.

    Gusa, ku rundi ruhande, hari abavuga ko stade zikoreshwa na NFL atari ahantu hakwiye kwifashishwa mu bikorwa bya politiki, bityo akaba yararenze ku mategeko agenga imyitwarire y'abitabira ibitaramo n'imikino ibera muri izo stade.

    Ubu inzego z'ubutabera zirimo kureba niba ibyakozwe n'uyu mubyinnyi bishobora gufatwa nk'ibinyuranyije n'amategeko, cyane ko hari amategeko abuza imyigaragambyo y'inyito iyo ari yo yose ahantu ha rusange hatabugenewe.

    Ibi bibaye mu gihe umuziki na siporo bikomeje kuba imiyoboro ikoreshwa n'abahanzi n'abakinnyi mu kugaragaza ibitekerezo byabo kuri politiki n'iyubahirizwa ry'uburenganzira bwa muntu. Nubwo bamwe babifata nk'ubwisanzure bw'abahanzi, abandi bakomeza kubifata nk'ibikorwa bidakwiriye.

    Ibi byatumye afatwa nk'uwigaragambya mu ruhame, ibintu byahise bituma abashinzwe umutekano bamufata bamukura aho igitaramo cyaberaga.
    Kendrick Lamar yabisobanuye agira ati: 'Njye rwose natunguwe no kubona umubyinnyi wanjye akora biriya.'

    Source : https://kasukumedia.com/umubyinnyi-wa-kendrick-lamar-yajyanwe-amaguru-adakora-hasi-nyuma-yo-kwerekana-ibendera-rya-palestine/

  • Chloe Bailey yeruriye Burna Boy urukundo mu ruhame, nyuma y'igihe bakwepakwepa #rwanda #RwOT

    Cyera kabaye, umuhanzikazi w'Umunyamerika Chloe Bailey yeruriye Burna Boy urukundo bari mu ruhame, nyuma y'igihe kinini aba bombi bakwepakwepa kuvuga ku mubano wabo. Ibi byabaye nyuma y'amakuru amaze iminsi acicikana avuga ko aba bombi bagirana ibihe byihariye, ariko bakanga kugira icyo batangaza ku by'urukundo rwabo.

    Burna Boy na Chloe bakomeje kugirana ibihe byiza muri Nigeria, aho uyu muhanzikazi amaze igihe asura Burna Boy mu buryo butuma benshi bibaza byinshi.

    Mu Ukuboza 2024, inkuru y'urukundo rwabo yongeye kuvugwa cyane ubwo Chloe yagaragaraga muri Nigeria, aho yari yagiye gusura Burna Boy.

    Nubwo icyo gihe bombi batigeze bemera cyangwa ngo bahakane iby'urukundo rwabo, ibihe bagiranaga byatumaga abantu benshi bakeka ko hari ikintu kirenze ubucuti busanzwe kibahuza.

    Mu kiganiro yakoreye kuri Radio The Breakfast Club yo muri Amerika muri Mutarama 2025, Chloe Bailey yongeye kubazwa kuri ayo makuru. Umunyamakuru yamubajije niba koko akundana na Burna Boy, maze asubiza agira ati: 'Ndi umuntu mukuru, Burna na we ni umuntu mukuru. Nta cyaha kirimo gukunda cyangwa gukundwa.'

    Mu kiganiro yakoreye kuri Radio The Breakfast Club yo muri Amerika muri Mutarama 2025, Chloe Bailey yongeye kubazwa kuri ayo makuru niba koko yaba akundana na Burna Boy.

    Aya magambo ye ntiyasobanuye byeruye niba ari mu rukundo n'uyu muhanzi wo muri Nigeria, ariko yahaye abafana babo icyizere ko bashobora kuba bari mu mubano udasanzwe.

    Iby'urukundo rwa Burna Boy na Chloe bikomeje gufata indi ntera, cyane ko muri iyi minsi aba bombi bagaragaza ubushuti budasanzwe. Hari amashusho yabonetse agaragaza Chloe ari kumwe na Burna Boy mu birori bitandukanye, ndetse hari n'igihe bagaragara bafatanye akaboko, bituma abakunzi babo barushaho kwemeza ko hagati yabo harimo urukundo.

    Mu gihe Burna Boy na Chloe batari barigeze bemera ku mugaragaro ko bakundana, ubu amagambo Chloe yavuze asa n'aho ari ikimenyetso gikomeye cy'uko hari ikintu gikomeye kiri hagati yabo.

    Abakunzi babo baracyategereje niba umwe muri bo azavuga byeruye ko bakundana, cyangwa niba bazakomeza kugenda babyirinda.

    Ese koko Burna Boy na Chloe Bailey bari mu rukundo, cyangwa ni ubushuti busanzwe? Ibi ni byo abakunzi babo bakomeje kwibaza, ariko ikigaragara ni uko bombi bahorana ibihe byiza, kandi ibyo bikomeje gutuma urukundo rwabo rukekwa kurushaho.

    Iby'urukundo rwa Burna Boy na Chloe bikomeje gufata indi ntera, cyane ko muri iyi minsi aba bombi bagaragaza ubushuti budasanzwe.

    Source : https://kasukumedia.com/chloe-bailey-yeruriye-burna-boy-urukundo-mu-ruhame-nyuma-yigihe-bakwepakwepa/

  • Ubuyobozi bushya bwa Trump bwamaganye imfashanyo z'iterambere, bitera impungenge ku Isi hose, harimo na Vatikani #rwanda #RwOT

    Ubuyobozi bushya bwa Donald Trump bwatangaje ko buhagaritse inkunga z'iterambere zitangwa n'Ikigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe ubufasha mpuzamahanga (USAID). Iki cyemezo cyateye impungenge ku Isi hose, by'umwihariko muri Kiliziya Gatolika, aho gahunda zayo z'iterambere zishobora guhura n'ibibazo bikomeye.

    Nk'uko ibiro bya Vatikani bishinzwe abimukira, ibidukikije, n'iterambere bibitangaza, ihagarikwa rya USAID rishobora kugira ingaruka zikomeye ku bikorwa by'ubutabazi by'abagatolika.

    Karidinali Michael Czerny, ukuriye ibi biro, yagize ati: 'Igihano ni inzira iteye ubwoba yo gucunga ibintu kandi ni bike cyane mu butabera. Mbabajwe cyane n'uko abantu benshi bazabihomberamo kandi bagahangayika. Nizera ko Itorero muri buri hantu rishobora gufasha aba bantu, ndetse rikanabarinda.'

    Iki cyemezo cya Trump cyashyigikiwe n'umuherwe Elon Musk, aho mu byumweru bye bya mbere ku butegetsi, yatangaje ko USAID ari uguta amafaranga y'Igihugu.

    Cardinal Czerny yakomeje avuga ko nubwo buri guverinoma ifite uburenganzira bwo kugenzura ingengo y'imari yayo, bihangayikishije kuba imfashanyo z'amahanga zahagarikwa mu buryo butunguranye.

    Serivisi ishinzwe ubutabazi Gatolika (CRS), ikigo gishinzwe imfashanyo ya Kiliziya Gatolika muri Amerika, ni kimwe mu bigo bizahungabanywa cyane n'ihagarikwa rya USAID.

    CRS ifasha ibikorwa by'iterambere mu bihugu birenga 120, aho hafi 50-60% by'ingengo y'imari yayo ituruka kuri USAID.

    Iri hagarikwa ryateje impungenge ku bigo bito nka Caritas ndetse n'andi mashami ya Kiliziya ku rwego rwa diyosezi, aho ashobora kugabanirizwa cyane inkunga z'iterambere yari asanzwe ahabwa. Ibi bishobora kugira ingaruka ku bantu benshi batishoboye bari basanzwe bafashwa n'izi gahunda.

    Donald Trump imwe mu myanzuro ye ya mbere kwari uguhagarika Ikigo Mpuzamahanga cy'Ubutabazi n'Iterambere cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USAID).

     

     

    Source : https://kasukumedia.com/ubuyobozi-bushya-bwa-trump-bwamaganye-imfashanyo-ziterambere-bitera-impungenge-ku-isi-hose-harimo-na-vatikani/

  • APR FC yagabanyije ikinyuranyo hagati yayo na Rayon Sports – Uko imikino yo kwishyura yagenze muri Rwanda Premier League #rwanda #RwOT

    Shampiyona y'umupira w'Amaguru yakinwe mu mpera z'icyumweru aho hakinwaga imikino y'umunsi wa 16, akaba ari umunsi wa mbere wo kwishyura mu gice cy'imikino yo kwishyura.

    Ni imikino yatangiye gukinwa guhera ku munsi wo kuwa Kane, ubwo ikipe ya Gorilla FC yatsindaga Vision FC ibitego 2-1, mu mukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium.

    Indi yakomeje ku munsi wo kuwa Gatandatu, aho ikipe ya AS Kigali yatsinze Bugesera igitego kimwe ku busa cyatsinzwe na Haruna Niyonzima.

    Nyuma y'uyu mukino APR FC yakinnye na Kiyovu SC, warangiye ikipe y'Ingabo z'Igihugu itsinze ibitego bibiri kuri kimwe byatsinzwe na Denis Omedi.

    Mu bindi bice by'igihugu imikino yabaye, Rutsiro FC yanganyije na Police FC ubusa ku busa, Mukura VS itsinda ikipe ya Muhazi United kimwe ku busa.

    Imikino yindi yakinwe kuri iki cyumweru, Rayon Sports kuri Kigali Pele yari yakiriye Musanze FC, umukino warangiye amakipe yombi anganya ibitego bibiri kuri bibiri.

    Rayon Sports yatsindiwe ibitego byombi na Fall Ngagne naho Musanze FC yo itsindirwa na Sunday Inemasit ndetse na Adeaga Adeshola.

    Kuri iki cyumweru kandi, ikipe ya Marines FC yatsinze Gasogi United ibitego bitatu ku busa, Amagaju FC yatsinzwe na Etincelles FC igitego kimwe ku busa.

    Kugeza ubu ikipe ya Rayon Sports iracyayoboye urutonde rwa shampiyona aho irusha APR FC amanota 3 gusa, Gikundiro ifite amanota 37 naho APR FC yo ifite 34.

    Kiyovu SC iracyari ku mwanya wa nyuma wa 16 n'Amanota 12, irakurikirana n'amakipe arimo Vision FC, Muhazi United na Bugesera FC.

    Rutahizamu wa Rayon Sports Fall Ngagne ayoboye abakinnyi bamaze gutsinda ibitego byinshi aho agejeje ibitego 11 nyuma yo gutsinda 2 ku mukino na Musanze FC.

    The post APR FC yagabanyije ikinyuranyo hagati yayo na Rayon Sports — Uko imikino yo kwishyura yagenze muri Rwanda Premier League appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/apr-fc-yagabanyije-ikinyuranyo-hagati-yayo-na-rayon-sports-uko-imikino-yo-kwishyura-yagenze-muri-rwanda-premier-league/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=apr-fc-yagabanyije-ikinyuranyo-hagati-yayo-na-rayon-sports-uko-imikino-yo-kwishyura-yagenze-muri-rwanda-premier-league