Blog

  • Nyamagabe: Amabandi yishe abaturage babiri, ubuyobozi bwakajije ingamba #rwanda #RwOT

    By igihe

    Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 17 Kamena 2020, ahagana saa kumi n’ebyiri n’igice, abagizi ba nabi bishe abaturage babiri, bakomeretsa undi umwe mu Kagari ka Mudasomwa, mu gace kari ku rubibi ruhuza Umurenge wa Tare na Uwinkingi, mu Karere ka Nyamagabe.
    Source : igihe.com
  • BNR igiye gusubizaho ikiguzi cyo guhererekanya amafaranga hifashishijwe ikoranabuhanga #rwanda #RwOT

    By igihe

    Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yatangaje ko ikiguzi cyo guherekanya amafaranga hifashishijwe ikoranabuhanga cyari cyaravanyweho mu rwego rwo guca intege ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19, kigiye gusubizwaho nyuma y’iminsi 90 yari yaratanzwe.
    Source : igihe.com
  • Abarwayi bashya ba Coronavirus biyongereyeho batandatu bagera kuri 646 #rwanda #RwOT

    Minisiteri y’Ubuzima, yatangaje ko mu Rwanda habonetse abantu batandatu bashya banduye icyorezo cya Coronavirus bituma umubare w’abamaze kwandura mu gihugu ugera kuri 646 mu gihe abakize bo biyongereyeho batatu bakagera kuri 350.
  • Ngororero/Bwira: Urubyiruko rumaze kubakira abatishoboye amazu 19 n’ubwiherero burenga 370 #rwanda #RwOT

    By Nsanzimana Ernest

    Kuba urubyiruko ruri gufatanya n’abakuze byatumye uyu murenge uva ku mwanya wa nyuma muri mitiweri ubu ugeze ku mwanya wa 4 mu karere.

    Uyu musanzu utangwa n’ abasore n’inkumi bagera 6 346 barimo abasore 3092 n’abakobwa 3,254.
    Hakuzimana Jean Baptise, uyobora inama y’igihugu y’urubyiruko muri uyu murenge avuga ko mu mwaka umwe bamaze kubakira abatishoboye ubwiherero 374, n’amazu 19 ndetse bakaba barakurungiye amazu 94.
    Muri gahunda yo kurwanya imirire mibi ku miryango yari irwaje bwaki hubatswe imirima y’igikoni 389. Ubu barimo kubaka indi mirima 147 yose hamwe ikazaba 536.
    Hakuzimana yemeza ko muri uyu murenge abana 380 bari barwaye bwaki kugeza ubu bakize burundu. Ubu bari guhangana na bwaki y’abana 4 bashyashya kugira ngo babashyire mu ibara ry’icyatsi kibisi.
    Uru rubyiruko kandi rwateye ibiti by’imbuto ziribwa 789 mu mudugudu w’ikitegererezo wa Mwiha, akagari ka Ruhindage.
    Uru rubyiruko kandi rusura imikorere y’igikoni cyo ku mudugudu mu tugari twose muri gahunda yo kurwanya imirire mibi.
    Muri gahunda yo kuboneza urubyaro hashyizweho, uru rubyiruko rwegeranyije abakobwa babyariye iwabo rushyiraho komite zabo, runababumbira mu matsinda yo kubitsa no kugurizanya kugira ngo bikure mu bukene.
    Mu kagari ka Gashubi hari itsinda rya Twisungane rigizwe n’abantu 25 rifite ubwizigame bwa 200, 000 frws , mu kagari ka Kabarondo itsinda Tuzamurane rifite 88,000frws, mu kagari ka Bungwe Twitezimbere bafite 71,500 frws, mu kagari ka Cyahafi Dufashanye ifite 64,000frws, mu kagari ka Ruhindage Tuve mu bukene ifite 46,000 frws.
    Ibi byavuye mu bukangurambaga bakorerwe n’urubyiruko bwo kuva mu ngeso mbi bakitabira kwishyira hamwe.
    Ikindi uru rubyiruko rukora ni ugukangurira abaturage batuye uwo murenge gukora siporo rusange iba buri wa Gatandatu wa buri cyumweru. Muri iyi gahunda niho urubyiruko rukorera ubukangurambaga bunyuranye nko kurwanya imirire mibi, kurwanya inda zitateganyijwe, gukangurira abaturage kohereza abana mu ishuli no gukurikirana imyigire yabo, kwitabira gahunda za Leta, kugira isuku, kwirinda amakimbiane mu ngo, kurwanya ihohoterwa no gukangurira abaturage kugira ubwisungane mu kwivuza.
    Uru rubyiruko hari imiryango rutangira ubwisungane mu kwivuza.
    SINABAJIJE Ezechiel wo mu mudugudu wa Rukeri umuryango we watangiwe 15000 rwf by’ubwisungane mu kwivuza.
    Uru rubyiruko kandi rukora imiganda itandukanye muri gahunda yo gukemura ibibazo bibangamiye imibereho myiza y’abaturage harimo gusiza ibibanza no kubumba amatafarai yo kubaka amazu y’abatishoboye.
    Ikindi rukora harimo gufasha urubyiruko rugenzi rwarwo rufite ibibazo byihariye. Ruremera urubyiruko rw’banyeshuri babuze ibikoresho by’ishuli n’imyenda y’ishuri, urusanzwe ngo rufashwa kubona inkwavu, intama, amavuta yo kwisiga, inkweto.
    Uru rubyiruko ruba hafi imiryngo imwe n’imwe y’abacitse ku icumu mu gihe cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 babafasha kubona inkwi zo gucana, ibikoresho by’ishuli ku bana b’iyo miryango harimo inkweto, amakayi, amakaramu.
    Hatangwa n’ifu y’igikoma, isukari, amavuta yo kwisiga, amasabune yo gufura n’ amabase. Ibi bikaba bikorwa buri mwaka. Ibi bikorwa uru rubyiruko rukora bishingiye ku mihigo Umurenge.
    HAKUZIMANA Jean Baptiste avuga ko agaciro k’ibimaze kuremerwa urubyiruko rufite ibibazo byihariye asaga 157 400rwf.
    Ati “ Ibi byakozwe mu tugari hose ndashimira urubyiruko rugira uruhare mu migendekere myiza y’ibi bikorwa”.
    Avuga ko uru rubyiruko rugira ingengabihe y’inama za komite y’inama y’igihugu y’urubyiruko ku rwego rw’umurenge n’utugari yo kureba aho imihigo biyemeje igeze yeswa.
    Uru rubyiruko kandi rugira inteko rusange y’igihugu y’urubyiruko ku rwego rw’umurenge mu gihembwe cya kane cy’umwaka. Abayitabira bagaragrizwa uko imihigo y’umwaka yashyizwe mu bikorwa. Hagaragazwa kandi ibikorwa byabo bibateza imbere.
    Uyu mwaka 2019/2020 Indahigwa mu mihigo za BWIRA rufite insanganyamatsiko igira iti “Rubyiruko, gufasha umuturage kuba ku isonga ni ukwifasha.”

    Source: ukwezi.rw
  • Aba nibo bantu 7 ubona ukibaza ibibazo byinshi kubera ko badasanzwe [AMAFOTO] #rwanda #RwOT

    By Nsanzimana Ernest

    1.Umunyamideli wo Brazil
    Elisany da Cruz Silva, umukobwa w’imyaka 21 wo muri Brazil, afite metero 2 na sentimetero 4 z’uburebure. Ni ibintu bidasanzwe kubona umukobwa ufite ubu burebure.

    2.Umugore mugari mu matako
    Mikel Ruffinelli kuri ubu niwe ufite agahigo ko kuba umugore wa mbere ku Isi afite amatako manini. Amatako ye afiye umusenguruko wa metero 2,7.
    3.Umugabo usa nabi ku Isi
    Amoo Hadij, w’imyaka 84, ni umunya-Iran umaze imyaka 64 adakaraba. Ntabwo impamvu uyu mugabo amaze iyi myaka yose atoga izwi ariko iyo umurebye ubona ameze neza.


    4.Umugore ufite mu nda hato
    Uyu mugore Michelle Kobke, w’Umudage niwe mugore ufite mu nda hato kurusha abandi bose ku Isi. Yabikoze kugira agire ingano yita nziza.
    5.Umugabo utagira umutwe?
    Patrice Letarnec, uyu musore w’Umufaransa ni gafotozi w’umunyempano cyane. Yifotoje amafoto ahagaze ku maboko yahishe umutwe ku buryo ababonye ayo mafoto bagira ngo nta mutwe agira.

    Umuntu utagira ibinure
    Tom Staniford abana n’uburwayi bwitwa Myelodysplastic Preleukemic (MDP). Ubu burwayi butuma umubiri we utabasha kubika ibinure. Iyi ni indwara idakunze kubaho. Uyirwaye arananuka cyane biteye ubwoba ari nabyo byabaye kuri Tom Staniford.

  • U Bushinwa bwakuyeho inyungu ku nguzanyo z’ibihugu bya Afurika zagombaga kurangirana na 2020 #rwanda #RwOT

    Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping yatangaje ko igihugu cye kizakuriraho inyungu ibihugu bya Afurika ku nguzanyo byahawe zagombaga kurangiza kwishyurwa mu mwaka wa 2020.
    http://dlvr.it/RYth1C

  • Benjamin Waston yayoboye isengesho ryo kwamagana ivanguramoko #rwanda #RwOT

    Ben Waston ubarizwa mu gihugu cy’Ubwongereza, akaba yarahoze ari umukinnyi ukomeye muri Amerika, yayoboye ibihumbi by’abantu mu isengesho ryo kwamagana ibikorwa bibi by’ivanguramoko rikomeje gukorerwa hirya no hino ku isi. Ben yibukije abantu ko ivanguramomoko ari icyaha imbere y’Imana.

    Mu magambo ye Ben Waston yagejeje ubutumwa ku bantu bitabiriye isengesho agira ati: ” ikiba gikenewe buri gihe, Ni impinduka zishingiye ku mwuka wera. Nshingiye ku rupfu rwa George Floyd, Bene ibi bikorwa ni ibyaha bikomeye”.

    Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Christian Post, Waston yasobanuye ko intego ari uguhuriza hamwe abizera n’abatizera bagasenga ndetse bagashaka mu maso y’Imana biyoroheje hagamijwe kwamagana ivanguramoko.

    Waston yakomeje agira ati:” buriwese ashaka kugira icyo akora, ariko buri gihe ni ngombwa kumenya ko ubwenge bwacu ntacyo buvuze ugereranije n’ubw’Imana, Ariko iyo duciye bugufi bituzanira kunga ubumwe mu mugi wacu cyangwa mu gihugu cyacu”.

    Waston yavuze kandi ko Imana ari umucamanza, Ibi bisobanuye ko abantu, Imana ibafite mu biganza byayo kubakoresha uko ishaka haba kubarinda cyangwa kubaha ibihano.

    Ben yunzemo avugako gukiranuka bisobanura kuba mu buzima bwo kubahiriza amategeko y’umuryango mugari no kubaha umorongo ngenderwaho.

    Muri icyo gihe cy’amasengesho abantu benshi begereye Ben baramubaza bati:”Aba bantu bose bavuye he? nyuma yarabasubije ko ubwenge bw’Imana burenze ibyo abantu bibwira kandi ko ibibazo by’ivanguramoko bidakwiye kureberwa gusa”.

    Waston yakomeje avuga ko kugirango abantu bagere ku mpinduka nziza, Bisaba ko babanza gushaka mu maso y’Imana, Gushaka ubwenge bwayo, Gushaka imbaraga zayo kandi bashyize hamwe.

    Imbaga y’abantu bari bateraniye muri ayo masengesho, bibukijwe ko bagomba gushima Imana ku byo yabakoreye mbere kuko Imana ikunda amashimwe bikayitera gukorana n’ibindi byinshi.

    Ja’Whaun Bentley umwe mu bantu bakunda igihugu cy’Ubwongereza yabwiye imbaga y’abitabiriye isengesho ati: “Mube ijwi ry’abatagira kivugira, Murangurure amajwi uko bishoboka kose, kugirango ubutumwa bwacu bwumvikane, Natwe tubari hafi”

    Waston yabwiye ikinyamakuru cyitwa Fox News ko iri sengesho rishingiye ku gitabo cya Yeremiya 9:24 ” Dore iminsi igiye kuza, niko uwiteka avuga, ubwo nzahana abakebwe bose badafite umutima utakebwe ”

    Mu gusoza, Waston yagize ati: Nk’abakristo batuye muri Boston duteraniye hamwe dusenga kandi twamagana impfu zidasobanutse z’Abanyafurika bo muri Amerika, dukomeje kandi kwamagana icyaha cy’ivanguramoko. Iki ni igihe cy’ingenzi ku bakristo kwishyira hamwe tukaba ijwi riharanira ubwitonzi, Ubutabera no gukiranuka.

    Source: www.christianheadlines.com

    [email protected]
    http://dlvr.it/RYth5S

  • Urubanza rwa Caleb Rwamuganza wari Umunyamabanga Uhoraho muri Minecofin rwasubukuwe #rwanda #RwOT

    Urukiko rw’ibanze rwa Gasabo kuri uyu wa Kane rwasubukuye urubanza ruregwamo Caleb Rwamuganza wahoze ari Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, Minecofin n’abandi bantu batanu.
    http://dlvr.it/RYth5r

  • Hasobanuwe impamvu Internet ya 4G Unlimited ikoreshwa muri telefoni igiye kuvanwa ku isoko

    Hashize iminsi ibigo byagurishaga internet ya 4G Unlimited biha ubutumwa abakiliya babyo ko bigiye guhagarika kugurisha iyo Internet muri za telefone zabo.
  • Joint Statement of the Extraordinary China-Africa Summit On Solidarity Against COVID-19 #rwanda #RwOT

    To defeat COVID-19 through greater solidarity and cooperation, and to highlight an even stronger China-Africa community with a shared future, we, Chinese and African leaders, convened an Extraordinary China-Africa Summit on Solidarity Against COVID-19 via video link on 17 June 2020. The Extraordinary China-Africa Summit on Solidarity Against COVID-19 is a joint initiative between the People’s Republic of China, the Republic of South Africa in its capacity as the Chair of the African Union (AU), and the Republic of Senegal in its capacity as the Co-Chair of the Forum on China-Africa Cooperation (FOCAC).

    The Summit was attended by H.E. President Xi Jinping of the People’s Republic of China, H.E. President Matamela Cyril Ramaphosa of the Republic of South Africa, H.E. President Macky SALL of the Republic of Senegal, H.E. President Abdel Fattah Al-SISI of the Arab Republic of Egypt, H.E. President Felix-Antoine Tshisekedi TSHILOMBO of the Democratic Republic of Congo, H.E. President Abdelmadjid TEBBOUNE of the People’s Democratic Republic of Algeria, H.E. President Ali Bongo ONDIMBA of the Republic of Gabon, H.E. President Uhuru KENYATTA of the Republic of Kenya, H.E. President Ibrahim Boubacar KEITA of the Republic of Mali, H.E. President Issoufou Mahamadou of the Republic of Niger, H.E. President Muhammadu BUHARI of the Federal Republic of Nigeria, H.E. President Paul KAGAME of the Republic of Rwanda, H.E. President Emmerson Mnangagwa of the Republic of Zimbabwe, H.E. Prime Minister Abiy Ahmed Ali of the Federal Democratic Republic of Ethiopia and H.E. Moussa Faki MAHAMAT, Chairperson of the AU Commission.

    Secretary-General Antonio GUTERRES of the United Nations (UN) and Director-General Dr. Tedros Adhanom GHEBREYESUS of the World Health Organization (WHO) were invited as Special Guests to the Summit.

    After cordial and in-depth discussions, leaders attending the Summit reached the following consensus:

    1. We express deep concern over the unprecedented, immediate and consequent challenges posed by the global spread of the COVID-19 pandemic to people around the world, especially its major impact on the lives and health of the African people.

    We recognize the importance of public health issues to global peace and security and the well-being of people around the world, particularly the fact that Africa is extremely vulnerable to the ravages of this virus and needs solidarity and support, including resources from various parties to bolster its response to the pandemic and to support its economic and social development.

    We commend and support the UN Secretary-General’s call for a united response to COVID-19, and commit to jointly safeguard global public health security, protect the legitimate rights and interests of developing countries, make greater contribution to world peace and development, and build a community of health for all.

    We underscore the close relationship between peace, security and development, call on the international community to support Africa in implementing its “Silencing the Guns” campaign and urge for an early lifting of economic sanctions on the Republics of Zimbabwe and Sudan.

    In accordance with the FOCAC spirit and long-term values cherished by both sides, we remain committed to extending mutual support on issues regarding each other’s core interests and major concerns. China supports African countries in exploring development paths suited to their national conditions and opposes interference in Africa’s internal affairs by external forces. The African side supports China’s position on Taiwan and Hong Kong, and supports China’s efforts to safeguard national security in Hong Kong in accordance with law.

    2. We highly commend and actively support WHO’s role, under the stewardship of Director-General Dr. Tedros, in leading and coordinating the global response to COVID-19, and call on the international community to scale up political and financial support for the WHO.

    We welcome the 73rd World Health Assembly (WHA) resolution on COVID-19 response, which expresses deep concerns about the negative impacts and consequences of the COVID-19 pandemic, emphasizes the importance of global collaboration, and calls for intensified international cooperation, unity, solidarity and joint efforts to contain and mitigate the pandemic, and to pay particular attention to the needs of people in vulnerable situations. We reiterate opposition to the politicization and stigmatization of the virus, and call on the international community to jointly prevent discrimination and stigma, reject misinformation and disinformation, and strengthen cooperation on the research and development of diagnostics, therapeutics, medicines and vaccines and the identification of the zoonotic source of the virus.

    We support the initiation, at the earliest appropriate moment and in consultation with WHO Member States, of a stepwise process of impartial, independent and comprehensive evaluation, including using existing mechanisms as appropriate, to review experience gained and lessons learned from the WHO-coordinated international health response to COVID-19 after the virus is brought under control worldwide, in an objective, impartial science-based and professional manner.

    We further commend the UN Secretary-General for his leadership and support for the WHO and related health initiatives during this pandemic, which aims at making vaccines, diagnostics and therapeutics for COVID-19 accessible worldwide.

    3. Africa commends the decisive measures taken by the Chinese government to contain the spread of the virus and its timely sharing of information with WHO and relevant countries in an open, transparent and responsible manner, which bought precious time for the rest of the world. China commends the solidarity and support extended by African countries, the AU and other regional organizations for China’s COVID-19 response and appreciates the establishment of the AU COVID-19 Strategy and the appointment of Special Envoys to mobilize international support for Africa’s efforts to address the economic challenges faced as a consequence of the pandemic, and further commends the resilience African countries have demonstrated and the positive results thus achieved in curbing the spread of the virus by adopting preventive measures.

    African countries express appreciation for China’s substantial assistance for Africa’s fight against COVID-19 and commitment to China-Africa solidarity against COVID-19, and highly commend the new measures China announced at the 73rd WHA to support developing countries’ COVID-19 response. China reaffirms its commitment to actively delivering relevant initiatives and measures to help Africa build capacity for disease prevention and control and for sustainable development, and expedite the construction of the Africa CDC headquarters. China undertakes to make its COVID-19 vaccine development and deployment, when available, a global public good as part of China’s contribution to vaccine accessibility and affordability in developing countries, in particular African countries.

    We reaffirm the commitment to take active measures to protect the health and security of each other’s nationals and uphold their legitimate rights and interests, and promote the use of Chinese and African traditional medicine.

    African countries express profound gratitude and appreciation to the Chinese institutions and companies that have provided medical supplies and material assistance in the effort to combat the COVID pandemic.

    4. We fully recognize the positive role of China-Africa investment and financing cooperation in promoting development and improving people’s lives in Africa, and call on the international community to work in solidarity and collaboration, share best practices, and provide more material, technical, financial and humanitarian support to help African countries overcome the impact of COVID-19 and achieve independent and sustainable development.

    China takes seriously the debt concerns of African countries and will earnestly act on the G20 Debt Service Suspension Initiative, through friendly consultation as equals, and expedite support for the African countries worst hit by COVID-19.

    The African side expresses appreciation for China’s actions, and calls on the international community, especially developed countries and international financial institutions, to take concrete measures to ease the debt burden of African countries.

    5. We reaffirm the commitment to supporting multilateralism, opposing unilateralism, safeguarding the UN-centered international system, and defending international equity and justice.

    We call on the international community to build an open world economy, enhance macroeconomic coordination, and jointly keep global industrial and supply chains stable and unclogged. We express strong support to the development of the African Continental Free Trade Area.

    We recognize the importance of digitalization in the post-COVID-19 era and support efforts to speed up the development of Africa’s digital economy and expand exchanges and cooperation on digitalization, information and communication technologies, especially tele-medicine, tele-education, 5G and big data.

    We support efforts to explore with global partners trilateral or multilateral cooperation in Africa in a way that is active, open and inclusive and based on respect for African countries’ wishes, with a view to facilitating an early victory against COVID-19 and faster development in Africa.

    6. We extend congratulations on the 20th anniversary of FOCAC, recognizing the important progress in delivering the follow-ups to the FOCAC Beijing Summit, and support a greater focus on public health under the Eight Major Initiatives on China-Africa Cooperation.

    We undertake to chart the course for China-Africa cooperation in a post-COVID-19 era, and work together to ensure the success of events on the 2021 FOCAC calendar.

    7. We applaud the joint initiative of China, South Africa and Senegal to convene this Summit at a critical juncture in Africa’s battle against COVID-19.

    We pay high tribute to all African leaders who did and did not attend the Summit for their great efforts to contain COVID-19.

    Leaders attending the Summit expressed deep condolences over the passing of H.E. President Pierre Nkurunziza of the Republic of Burundi, and extended sincere sympathy to the people of Burundi.

    IGIHE

    source https://en.igihe.com/news/article/joint-statement-of-the-extraordinary-china-africa-summit-on-solidarity-against