Blog

  • Menya ibintu 10 bishimishije kubwonko bwawe. #rwanda #RwOT

    Ubwonko ni urugingo rugoye rushinzwe imirimo myinshi yumubiri. Reba ibi bintu 10 bishimishije bijyanye nuburyo ubwonko bukora.

    * Ugereranyije ubwonko bwabantu bakuze bupima ibiro bitatu kandi bufite imiterere nka jelly ikomeye.
    * Igihe cyose umutima wawe uteye , imitsi yawe itwara 20-25% byamaraso yawe mubwonko.
    * Igihe cyose wibutse kwibuka cyangwa ufite igitekerezo gishya, urema isano mubwonko.
    * Mu bwonko harimo miliyari 100 za neuron (selile selile) , ariko zigize 10 ku ijana gusa byubwonko. Izi neuron ishami kugeza kuri tiriyari 100 ziyongereyeho imbarutso, bikora icyo abahanga bita “ishyamba rya neuron.”
    * Ingano ntacyo itwaye mubwonko. Nta kimenyetso cyerekana ko ubwonko bunini burusha ubwenge ubwonko buto.
    * Mu bwonko hari ibirometero 100.000 byamaraso .Intera hirya no hino kwisi kuri ekwateri ni kilometero 24.900.
    * Wari uzi ko ari ibisanzwe ko ubwenge bwawe buzerera ? Ubushakashatsi bwakozwe na kaminuza ya Harvard, Dartmouth College na kaminuza ya Aberdeen muri otcosse bwasanze ibice byubwonko bigenzura “igitekerezo kidafitanye isano nakazi” (nko kurota ku manywa) hafi ya byose bikora mugihe ubwonko buruhutse.
    * Nk’uko kwiga byasohowe mu New England Journal of Medicine, abakoze uruhare mu bwenge-bigisha ibikorwa bari kw’ijana 63 gake imbere dementia .
    * Ubushakashatsi bwerekanye ko abagore bafite ubuzima bwiza ku mubiri ari 90 ku ijana badashobora kurwara umutwe kurusha abagore bafite ubuzima bwiza.
    * Iyo utekereje cyane, niko umwuka wa oxygen na lisansi ubwonko bwawe buzakoresha kuva mumaraso yawe – kugeza 50%.
    http://dlvr.it/Rb3R1W

  • Dore filime z’uruhererekane ‘Series’ zigezweho ushobora kureba kuri YouTube #rwanda #RwOT

    By UKWEZI

    Umwaka wa 2018 wasize benshi mu bakinnyi ba filime bashyize mu ngiro imishinga yo gukora ‘series’ ukorerwa mu ngata na 2019 yasize izi filime zigize igikundiro kinini n’abandi bakinnyi barayoboka.
    Kuri ubu iyo ugiye ku rukuta rwa YouTube, uhasanga ‘Series’ zitandukanye haba mu butumwa buzigize ndetse n’abakinnyi bazibarizwamo. Urutonde ni rurerure kandi inyinshi ni nziza.
    Muri iyi nkuru turakugezaho urutonde rwa filime twaguhitiyemo ushobora kureba igihe wabonye uburyo bwo kujya kuri YouTube ukeneye filime yagufasha kuruhuka neza.
    Ntabwo zitondetse hakurikijwe ikintu icyo aricyo cyose ahubwo twagiye dufata izo tubona ahanini dukurikije uko zikunzwe cyangwa se ubutumwa buzirimo.
    Papa Sava
    Ni filime y’uruhererekane ya Niyitegeka Gratien ari nawe uyikinamo ari umukinnyi w’imena akaba yitwa Papa Sava ari naryo zina ryitiriwe iyi filime y’uruhererekane.
    Ubutumwa buri muri iyi filime akenshi bugaruka ku buzima abantu babamo buri munsi, aho abakinnyi bayo n’abayitegura muri rusanga bakunze kuyikinira mu cyaro cyangwa se kugaragaza ubuzima bwo mu cyaro.
    Filime y’uruhererekane ya Papa Sava yageze kuri Shene ya Youtube, ku wa 21 Nyakanga 2018.
    Uretse Niyitegeka Gratien ukina nka Papa Sava harimo andi mazina azwi cyane nka Ndimbati ndetse n’andi mazina akunzwe na benshi.
    Uramutse rero ushaka kuruhuka mu mutwe, guseka ndetse no kwiga binyuze muri filime wareba ‘Papa Sava’.
    Bamenya
    Ni filime ikinamo abarimo Benimana Ramadhan ukina yitwa Bamenya ari nawe mukinnyi w’imena, Mazimpaka Willson ukina yitwa Kanimba [Ni shebuja wa Bamenya muri iyi filime].
    Harimo kandi Uwase Delphine ukina yitwa Soreil, Mukayizeri Djaria [Kecapu] ndetse na Munezero Aline [Bijoux].
    Yatangiye uwitwa Soreil akunda Bamenya uba ari umukozi we wo mu rugo.
    Si urukundo rusanzwe ahubwo yari atwite ‘atwariza’ umukozi wo mu rugo. Yabaye nk’uhurwa umugabo we bituma mu rugo havuka amakimbirane ndetse kubera amakosa y’umugabo we, inda yavuyemo.
    Filime y’uruhererekane ya “Bamenya” yageze kuri Youtube, ku wa 31 Mutarama 2019.
    Kuri ubu rero ushaka kureba filime igufasha kuruhuka ariko unakuramo inyigisho wareba ‘Bamenya’ kuri YouTube.
    Izindi filime zigezweho kuri YouTube ushobora kureba
    1. Mbaya
    2. Impanga
    3. Makuta
    4. Bavakure
    5. Twitonze
    6. Ubutumwa Bugufi
  • Kontineri zo mu Rwanda zari zaraheze ku cyambu cya Dar es Salaam zarekuwe #rwanda #RwOT

    By igihe

    Kontineri z’abatumiza ibicuruzwa mu mahanga bo mu Rwanda zari zaraheze ku cyambu cya Dar es Salaam muri Tanzania, zemerewe kuhava nyuma y’uko ubuyobozi bw’ibyambu bwemeye gukuraho amafaranga zishyuzwa y’ububiko, n’ibihano kubera kuhamara igihe kirenze icyateganyijwe.
  • Ingingo zashingiweho mu gufunga Christian University ndetse nitabwa muri yombi ry’uwayishinze Dr Pierre Damien habumuremyi. #rwanda #RwOT

    By Jean Felix BIZIMUNGU

    Minisiteri y’Uburezi yambuye Kaminuza ya Christian University of Rwanda (CHUR) ikorera mu Mujyi rwagati ahazwi nka St Paul, uburenganzira bwo gukora nyuma y’isesengura ryagaragaje ko yabaswe n’urusobe rw’ibibazo bigira ingaruka ku ireme ry’imyigishirize yayo.
    Itangazo ryo ku wa 30 Kamena 2020 ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine, rivuga ko mu kwambura CHUR uburenganzira bwo gukora hashingiwe ku bugenzuzi bwakozwe n’Inama Nkuru y’Amashuri makuru na za Kaminuza (HEC) n’izindi nama zakurikiyeho zahuje ubuyobozi bw’iyi kaminuza na Mineduc zagaragaje imbogamizi zitandukanye zijyanye n’imyigishirize iciriritse muri CHUR.
    Iryo tangazo rivuga ko Kaminuza ya CHUR hari ibyo itashoboye kubahiriza, mu byo yagaragarijwe.
    Rigira riti “Bijyanye no kuba kaminuza itarashoboye kubahiriza imyanzuro ihuriweho, Minisiteri y’Uburezi ibabajwe no kumenyesha ubuyobozi bwa CHUR ko yambuwe uburenganzira yari yarahawe bwo gutangira ibikorwa byayo. Ibikorwa byose bijyanye n’amasomo bigomba guhagarikwa, kuva tariki ya 1 Nyakanga 2020.’’
    Minisiteri y’Uburezi yasabye ubuyobozi bwa CHUR gufasha abanyeshuri no kuborohereza kubona inyandiko zibafasha kwiga ahandi mu mashami basanzwe bigamo; gukorana na HEC igahamagara abanyeshuri bose bakagirwa inama y’uburyo bakomezamo amasomo yabo n’aho kuyigira ndetse no kwishyura ibyo kaminuza igomba abanyeshuri n’abakozi.
    Iyi kaminuza yanasabwe gukora raporo igaragaza ko ibi byashyizwe mu bikorwa bitarenze tariki ya 15 Nyakanga ndetse ikazashyikirizwa Minisiteri y’Uburezi.
    Izingiro ry’ibibazo byahungabanyije ireme ry’imyigishirize muri CHUR
    Minisiteri y’Uburezi yagaragaje ko icyemezo cyo kwambura CHUR uburenganzira bwo gukora cyafashwe nyuma yo gusuzuma ingingo zitandukanye.
    Kunyuranya n’ibigenderwaho mu mashuri makuru n’ireme ry’uburezi buyatangirwamo.
    Kutagira abakozi bahagije, bafite ubumenyi n’uburambe mu kazi.
    Imyenda y’imishahara y’abakozi byatumye bakora bikandagira, bituma bahora bashaka akazi ahandi no kuva mu kigo.
    Kudakurikirana abanyeshuri bikwiye no kutita ku bizamini bahabwa.
    Ibitabo bike by’abiga mu masomo atandukanye birimo iby’Indimi, Itangazamakuru, Ubuhinzi, Icungamari, Uburezi n’Ikoranabuhanga.
    Amadeni yasabwe muri Kiliziya Gatolika (Ishami rya Kigali) n’irya Karongi.
    Amadeni ya RRA na RSSB.
    Ikibazo cy’amikoro cyatumye ibikorwa bya CHUR bihungabana
    Imiyoborere idahwitse no kutumvikana hagati y aba nyiri kaminuza n’abayobozi bayo aho umuyobozi wayo afatwa nk’umuyobozi akaba ari na we ufata ibyemezo.
    Kaminuza ya CHUR yambuwe uburenganzira bwo gukora ku munsi umwe n’uwatangarijweho ko Kaminuza ya Kibungo (UNIK) yavugwagamo ibihombo ikananirwa kwishyura abakozi bayo,
    yafunzwe burundu .
    Dr Pierre Damien Habumuremyi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe na Prof Egide Karuranga wayoboraga Kaminuza ya Kibungo, bamaze iminsi ibiri bafunzwe aho bakurikiranyweho ibyaha bitandukanye bakoze mu bihe binyuranye mu nyungu z’amashuri bari bayoboye.
    CHUR yashinzwe na Dr Pierre Damien Habumuremyi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe, nawe watawe muri yombi akurikiranyweho ibyaha yakoze mu bihe binyuranye mu nyungu z’ishuri rye.
     Dr Pierre Damien habumuremyi wigeze kuba minisitiri w’intebe.
    Dr Habumuremyi yatawe muri yombi ku wa Gatanu akurikiranyweho ibyaha bibiri birimo icyaha cyo gutanga sheki zitazigamiye n’icyaha cy’ubuhemu.
    Bivugwa ko Dr Habumuremyi ibyo aregwa yabikoze mu myaka itandukanye kuva yashinga iriya kaminuza mu 2017, ariko ko byakajije umurego cyane ubwo iri shuri ryatangiraga kujya mu bibazo by’amikoro, kubera kubura aho akura amafaranga yo kuribeshaho, agahitamo kujya atanga sheki zitazigamiye ndetse rimwe na rimwe agahitamo kujya ashaka inguzanyo zizwi nka “Lambert”.
    Hashize igihe kinini havugwa ibibazo muri iyi kaminuza, aho abarimu bayo n’abandi bakozi bamaze igihe kinini badahembwa.
  • Hamisa Mobeto yavuze ko nta bujyanama akeneye mu rukundo #rwanda #RwOT

    Umunyamideli wamamaye ubwo yari mu rukundo n’umuhanzi Diamond Platnumz bakaza no kubyarana umwana w’umuhungu, Hamisa Mobeto yavuze ko nta muntu yagira inama mu rukundo kimwe n’uko na we nta muntu akeneye uyimugira.
    Uyu munyamideli yabitangaje ubwo yaganiraga n’ikinyamakuru Risasi cyo muri Tanzania aho yavuze ko ubundi urukundo nta nama ibamo, ngo imibanire iragora.
    Yagize ati“nta nama nkeneye mu rukundo, nta n’imwe pe. Mu rukundo nanjye sinshobora kugira uwo ngira inama yaba inshuti yanjye kabone n’iyo yaba umuvandimwe, ni ikintu gikomeye kugira ngo umuntu akumve, ni byiza ko buri muntu abyiyoboramo.”
    Muri 2018 ni bwo Hamisa Mobeto yavuzwe mu rukundo na Diamond batamaranye igihe ariko bakaba barabyaranye.

    Mobeto ngo nta nama akeneye mu rukundo
  • U Bufaransa bwashishikarije ibigo by’itumanaho kudakorana na Huawei mu gukwirakwiza 5G #rwanda #RwOT

    By igihe

    Ikigo gishinzwe umutekano mu by’ikoranabuhanga cy’u Bufaransa, cyashishikarije ibigo by’itumanaho kudakoresha ibikoresho bya Huawei mu gukwirakwiza internet ya 5G.
  • Ibyo wamenya kumunsi mpuzamahanga wo gusomana wizihizwa uyu munsi #rwanda #RwOT

    Ubusanzwe buri tariki ya 06 Nyakanga, Isi yizihiza umunsi mpuzamahanga wo gusomana, nk’igikorwa gikorwa n’abakundana ndetse kikaba n’indamukanyo ku bantu muri rusange mu rwego rwo kugaragarizanya amarangamutima, bimwe twita akuzuye umutima gasesekara inyuma.

    Hari uburyo bwinshi bwo gusomana, ndetse buri bumwe bufite icyo busobanuye gusa ntibibuza ko hari ababikora batazi icyo bivuze. Urugero nko gusomana ku gahanga nubwo usanga bidakunda gukorwa cyane inaha iwacu, bivuze ikintu cy’ingenzi.

    Ni ikimenyetso cy’ubushuti. Usoma umuntu ku gahanga ushaka kumwereka ko umwemera bya nyabyo, ndetse ko umwitaho. Muri make, iyo usomye umuntu ku gahanga uba usa n’umubwiye uti “nkwitaho n’umutima wanjye wose”.

    Si ngombwa ko uwo witaho muba muri mu rukundo buri gihe, bityo rero niba hari umuntu witaho, byaba byiza utangiye kujya umusoma ku gahanga guhera none, nta kibazo kirimo rwose!

    Uburyo bwamamaye mu gusomana nka ‘French Kiss’ rero , bwo bukoreshwa n’abantu bari mu rukundo byimbitse, hamwe baba batwawe n’amarangamutima maze bombi bagafunga amaso, bagasomana ku rurimi umwanya utari muto na busa.

    Ijambo ‘French Kiss’ uryumvise wagiranga ngo ni ‘bisous’ y’Abafaransa. Iri jambo ryatangiye gukoreshwa mu 1923 mu gitabo cya Sheril Kirshenbaum cyitwa “The Science of Kissing” [Ubumenyi bwo gusomana].

    Nta muntu n’umwe kugeza ubu urabasha gutahura impamvu nyakuri dukoresha iri jambo ariko bikekwako ryaba ryarakomotse ku Banyamerika bajyaga mu Bufaransa bagasoma abagore bo mu Bufaransa, batishishaga ibyo kuba basomana bakoresheje ururimi.

    Kirshenbaum asobanura ko uko ariko ijambo ‘French Kiss’ ryatangiye gukoreshwa.

    Mu gitabo cye yakomeje avuga ko nyuma y’Intambara ya kabiri y’Isi yose aribwo abanyamerika batangiye kwisanzura, bagatangira gusomana hagati yabo muri ubu buryo, ‘French kiss’, biturutse ku babaga mu Burayi, bagasubirana iwabo uwo muco.

    Abahanga mu mibereho ya muntu bavuga ko gusomana bigabanya umuvuduko w’amaraso, bikongera mu mubiri imisemburo ituma umuntu yishima irimo sérotonine, dopamine na ocytocine.

    Byongerera kandi umuntu kumva yishimiye uko ari, yishimiye imibereho ye ubwe, ndetse abahanga bagaragaza ko bituma umuntu atakaza ibinure.

    Gusa ariko nubwo gusomana neza byaba intangiriro y’urukundo rw’iteka, gusomana nabi ni ukuvuga mu gihe mwembi mutabishaka cyangwa umwe muri mwe bitamurimo byo byaba intandaro y’uko nta mubano mushobora kugirana.

    Bumwe mu buryo bukunze gukoreshwa cyane ni ugusomana ku itama; byo bisobanurwa nk’indamukanyo igaragaza ubwuzu, ubucuti ndetse no kwisanzura ku wo usomye.

    source https://www.hillywood.rw/?p=74635

  • Ese ubutinganyi n’indwara? Sobanukirwa Icyo wakora ngo ubwirinde. #rwanda #RwOT

    Urubyiruko ntabwo ruba rugomba guhitamo gukurikiza imitekerereze ikocamye y’uko ab’isi babona iby’ibitsina, cyangwa gukurikiza amahame mbwirizamuco yo mu rwego rwo hejuru.

    Akenshi gukururwa n’abo muhuje igitsina bijyana n’ikigero ugezemo kandi bigashira vuba.
    Usanga abakobwa cyangwa abahungu, iyo bafite hafi imyaka cumi n’itandatu, bamwe ariko bibagendekera, bagatangira gukururwa n’abo bahuje igitsina.

    Niba koko mu ishuri mwiga isomo ry’ibinyabuzima, cyangwa ukaba waranabisomaga n’ahandi hantu, nko mu bitabo,
    Wagakwiye kumenya ko mu gihe cy’ubugimbi n’ubwangavu hari ihinduka ridasanzwe riba mu misemburo yo mu mubiri.

    Mu by’ukuri ntekereza ko ingimbi n’abangavu bamenye neza uko imibiri yabo iteye, bashobora gusobanukirwa ko gukururwa n’abo bahuje igitsina ari ibintu bimara igihe gito, bityo bakaba batari bakwiriye kuryamana n’abo bahuje igitsina.

    Ese waba uzi uko byagenda mu gihe gukururwa n’abo muhuje igitsina byanze kukuvamo?
    Niba wemera Imana, ukemera ko Imana ibuza abantu bararikira abo bahuje igitsina kuryamana na bo, wagakwiye kwemera ko ari bibi pe.
    Wagombye kuzirikana ko iyo mitekerereze ishingiye ku gitekerezo gikocamye kivuga ko abantu bagombye guhaza irari ry’ibitsina uko ribajemo.

    Ariko abantu bafite ubushobozi bwo kwifata, ntibategekwe n’irari ry’ibitsina mu buryo budakwiriye. Wagakwiye kubanza gufata umwanya ukibaza impamvu ushaka gukora imibonano mpuzabitsina, ndetse n’uko bizaba bimeze nyuma y’imyaka makumyabiri uyikora,
    Icyo uzabasha kubona nk’igisubizo ni uko abakora imibonano bahuje ibitsina, bazaba birirwa kwa muganga basaba ubufasha kubera ingaruka byabagizeho.

    Ese waba uzi icyo ugomba kuzirikana?

    Icyo ugomba kuzirikana cyo, ni uko buri munota, hari abantu babarirwa muri za miriyoni baba bahanganye n’ibishuko bitandukanye byo kuryamana n’umuntu badahuje igitsina, ariko bagakomeza kwifata bitewe n’uko bashaka kubaho mu buryo buhuje n’amahame anyuranye tugenderaho Ku isi.

    Abagira irari ryo kuryamana n’abo bahuje igitsina na bo bashobora kwigana abantu nk’abo, niba mu by’ukuri bashaka kubaho neza bizihiwe n’ubuzima bw’iyi si.

    Ese haba hari uvuka ari umutinganyi?

    Ntawe uvuka ari umutinganyi, ahubwo uburyo umuntu abayeho igihe kinini cy’ubuzima bwe bwashobora kumuhamiriza ko ari byo, ko yavutse ari umutinganyi.
    Nta gihamya na kimwe cya siyanse (science, ubuhanga, ubumenyi) cyerekana ko hari uvuka ari umutinganyi, cyangwa afite karande (genes) z’ubutinganyi muri we.
    Nyamara rero hari amatsinda y’abantu ashaka kutwumvisha ko abantu babivukana.
    Ibyo biba bigamije gushaka kugaragaza neza ubutinganyi , kubuha isura nziza ngo bukunde bwakirwe n’abantu bareba hafi, Ariko si byo .

    Ubutinganyi, ni umwuka urimo gukwira Ku isi muri rusange, no mu gihugu cyacu Ku by’umwihariko.

    The post Ese ubutinganyi n’indwara? Sobanukirwa Icyo wakora ngo ubwirinde. appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/2534-2/

  • KU MUNSI NK’UYU: Amavubi yabonye itike ya CAN 2004, Jimmy Gatete ati”bumvaga bidashoboka ariko njyewe nabyiyumvagamo” #rwanda #RwOT

    Ku munsi nk’uyu 2003, Amavubi y’u Rwanda yabonye itike y’igikombe cy’Afurika cya 2004, igikombe kimwe rukumbi yitabiriye, hari nyuma yo gutsindira Ghana i Kigali igitego 1-0.

    U Rwanda rwisanze mu itsinda rya 13, ruri kumwe na Uganda na Ghana, iri tsinda ryagombaga gutanga ikipe imwe ijya mu gikombe cy’Afurika.

    Amavubi yari yatangiye nabi, ubwo tariki ya 13 Ukwakira 2002 yakinaga umukino wa mbere wo mu itsinda rya 13 kuri Accra Stadium igatsindwa 4-2.

    Ibitego bya Ghana byatsinzwe na Ntaganda Elias myugariro w’Amavubi witsinze igitego ku munota wa 24, Hamza Mohammed atsinda icya 2 ku munota wa 42, Kweku Charles Bismark Taylor Asampong ku munota wa 58 na Derek Owusu Boateng ku munota wa 70.

    Karekezi Olivier wahaye umupira Jimmy Gatete agatsinda Uganda, umukino wabaye urufunguzo rwo kubona itike ya CAN 2004

    Ibitego by’Amavubi byatsinzwe na Hassan Milly ku munota wa 16 na Ndikumana Hamad Hatauti ku munota wa 43.

    Nyuma yo gutsindwa na Ghana, Amavubi yari yizeye ko azatsinda Imisambi ya Uganda(Uganda Cranes) i Kigali, gusa siko byaje kugenda tariki ya 23 Werurwe 2003 umukino warangiye ari 0-0.

    Uko imikino yagendaga ishira niko n’amahirwe y’Amavubi mu gikombe cy’Afurika cya 2004 yagendaga ayoyoka, nyuma yo kunganyiriza na Uganda i Kigali ntabwo yari yizeye gutsindira Uganda muri Uganda.

    Amavubi yasabwaga gutsinda imikino yayo yose kugira ngo yerekeze mu gikombe cy’Afurika cya 2004, yakurikijeho umukino Uganda muri Uganda tariki ya 7 Kamena 2003.

    Eric Nshimiyimana umwe mu bafashije Amavubi kubona itike ya CAN 2004

    Imbere y’abantu ibihumbi 50 bari muri Nakivubo Stadium, Kampala, mu mukino utari woroshye waranzwe n’ubushyamirane aho na rutahizamu w’Amavubi Jimmy Gatete yaje gukubitwa agakomeretswa umutwe. Yasohowe hanze y’ikibuga babanza kumupfuka, yaje kugaruka mu kibuga maze ku munota wa 40 ku mupira mwiza yari ahawe na Kakrekezi Olivier ahita atsindira Amavubi igitego cya mbere, Uganda yagerageje kwishyura iki gitego ariko biranga umukino nurangira ari 1-0.

    Hari hasigaye umukino umwe w’ishiraniro wagombaga gusiga hamenyekanye ikipe ijya mu gikombe cy’Afurika muri iri tsinda, ni uwo Ghana yagombaga gusuramo Amavubi i Kigali.

    Hari tariki ya 6 Nyakanga 2003, ku munsi nk’uyu, Amavubi yasabwaga gutsinda byanze bikunze kugira ngo abone itike, abafana baje kuyashyigikira ari benshi, ntibabatetereje maze Jimmy Gatete ku munota wa 49 atsinda igitego n’umutwe cyaje no gusoza uyu mukino kuko warangiye ari 1-0. Amavubi abona itike y’igikombe cy’Afurika cya 2004, igikombe kimwe rukumbi yitabiriye.

    Jimmy Gatete yaje gutangaza ko n’ubwo benshi nta cyizere bari bafite ariko we yari agifite, yumvaga bishoboka.

    Yagize ati“abantu benshi bumvaga ari ibintu bidashoboka ariko njyewe ni ibintu nari niteze ko bizaba. Narabitekerezaga none byaranabaye byaranshimishije cyane. Byari ibyishimo sinjye njyenyine kuko hari n’abishimye kundusha kandi ari nanjye watsinze kiriya gitego. Ngarutse kuri njyewe byaranshimishije sinzi uko nabisobanura byari birenze kereka wenda uwambonaga icyo gihe.”

    Jimmy Gatete yatsindiye igitego Amavubi cyayahesheje itike, avuga ko ari ibintu byari byitezwe

    Amavubi yagiye mu gikombe cy’Afurika afite amanota 7, Uganda ya kabiri yari nfite 5 mu gihe Ghana yagize amanota 3 zose zirasigaye.

    Amavubi yakinnye CAN 2004

    source http://isimbi.rw/siporo/article/ku-munsi-nk-uyu-amavubi-yabonye-itike-ya-can-2004-jimmy-gatete-ati-bumvaga-bidashoboka-ariko-njyewe-nabyiyumvagamo

  • Yannick na Migi basoje icyumweru neza, Haruna, Papy na Kagere ntibyagenda uko babyifuzaga #rwanda #RwOT

    Impera z’icyumweru ntizahiriye abakinnyi bose b’abanyarwanda bakina hanze ya rwo, Migi na Yannick Mukunzi ni bo bakinnyi babashije kubona itsinzi mu gihe abandi banganyije n’amakipe bahuye nayo.

    Amakipe akinamo abanyarwanda hanze yarwo yari yamanutse mu kibuga mu mpera z’iki cyumweru, gusa si yose kuko amwe shampiyona yisoje.

    Ku munsi wo ku wa Gatandatu tariki ya 4 Nyakanga 2020, muri Tanzania ikipe ikinamo umunyarwanda Mugiraneza Jean Baptiste Migi, yari yakiriye Mwadui mu mukino w’umunsi wa 33 maze iyitsinda ibitego 3-2. Ni umukino Migi atakinnye kuko yari yujuje amakarita 3 y’imihondo.

    Mifi n’ubwo atakinnye ikipe ye yabonye intsinzi

    Ku munsi w’ejo hashize ku Cyumweru, andi makipe akinamo abanyarwanda muri Tanzania yari yakinnye. Yanga ikinamo Haruna Niyonzima na Sibomana Patrick Papy yari yasuye Biashara United maze umukino urangira ari 0-0.

    Ni umukino Haruna yabanje mu kibuga mu gihe Papy yinjiye asimbura Ditram Nchimbi ku munota wa 68. Ku nganya uyu mukino byatumye batakaza umwanya wa 2 ufatwa na Azam FC yanyigiye Singida United 7-0.

    Haruna na Papy batakaje umwanya wa 2

    Simba SC ya Kagere yanamaze kwegukana igikombe yari yasuye Ndanda, ni umukino rutahizamu w’umunayrwanda Meddie Kagere yabanje ku ntebe aho yinjiyemo ku munota 69 asimbuye John Raphael Bocco. Uyu mukino warangiye ari 0-0.

    Kagere na Simba SC ntibabonye amanota 3 yuzuye

    Nyuma y’uyu munsi wa 33, Simba SC yegukanye igikombe ifite amanota 80, Azam FC ya kabiri ifite 62, yanga 61 KMC ya Migi iri ku mwanya wa 13 n’amanota 40.

    Muri Sweden, Sandvikens IF ya Mukunzi Yannick yari yasuye Nyköping inayinyagira ibitego 4-0. Ni umukino Yannick Mukunzi atari muri 11 babanje mu kibuga ariko yari ku ntebe y’abasimbura, yiinjiye mu kibuga ku munota wa 83 asimbura Håkansson. Gutsinda uyu mukino w’umunsi wa 6 byabashije kufata umwanya wa 3 n’amanota 11, irushwa rimwe na Vasalund ya 2 ariko itarakina umukino w’umunsi wa 6, ni mu gihe Sylvia ari iya mbere n’amanota 16.

    Yannick na Sandvikens IF bahiriwe n’impera z’icyumweru

    source http://isimbi.rw/siporo/article/yannick-na-migi-basoje-icyumweru-neza-haruna-papy-na-kagere-ntibyagenda-uko-babyifuzaga