Hibiscus/Rosella ifasha abashaka kugabanya ibiro, ifasha mu kugabanya umuvuduko w’amaraso ikanafasha mu kugabanya ububabare ku bari mu mihango. +250788871229



(Feed generated with FetchRSS)
Hibiscus/Rosella ifasha abashaka kugabanya ibiro, ifasha mu kugabanya umuvuduko w’amaraso ikanafasha mu kugabanya ububabare ku bari mu mihango. +250788871229



(Feed generated with FetchRSS)
Igice kinini cy’ikirwa cya Madagascar kirimo n’umurwa mukuru, Antananarivo, cyasubijwe mu ngamba za gahundaa ya“ kuguma mu rugo” kubera kwiyongera kw’ubwandu bwa coronavirus. Iki gihugu giherutse gutangaza ko cyavumbuye umuti uvura iki cyorezo ndetse bimwe mu bihugu bya Afurika birawutumiza ngo biwifashishe.
Leta yatangaje ko izi ngamba zigomba gutangira kubahirizwa uyu munsi ku wa mbere kugeza tariki 20 y’uku kwezi kwa karindwi 20220. Itangazo rya leta rivuga ko “umuntu umwe gusa mu rugo ari we uzemererwa kuva mu rugo hagati ya saa kumi n’ebyiri z’igitondo na saa sita z’amanywa”. Abategetsi bavuga ko izi ngamba zigamije kugabanya ikwirakwira ry’iki cyorezo.
Leta ya Madagascar imaze gutangaza abantu 3,250 banduye Covid-19 muri bo 33 imaze kubica naho 1,135 bamaze kuyikira kuva yahagera mu kwezi kwa gatatu, nkuko imibare ya Kaminuza ya Johns Hopkins yo muri Amerika ibigaragaza.
Madagascar yavuzwe cyane mu makuru mu kwezi kwa gatanu ubwo Perezida Andry Rajoelina yatangazaga ko babonye umuti ushobora kuvura no kurinda iki cyorezo.
Uyu “muti” muri Madagascar bise CovidOrganics ukoze mu byatsi byitwa Artemisia bisanzwe bikoreshwa mu kuvura malaria, watanzwe henshi mu mashuri mu gihugu.
Nubwo uyu muti wari utaremezwa n’abahanga muri siyansi ko uvura iyi ndwara, ibihugu bimwe bya Afurika byawutumijeho ngo biwifashishe.
Mu kwezi kwa gatanu, BBC dukesha iyi nkuru itangaza ko Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika watangaje ko ushaka gufata ibipimo bya siyansi ngo urebe niba uyu muti “ntacyo utwaye kandi unavura”.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS/WHO) ryaburiye abantu kwirinda gukoresha imiti itarapimwe mu kuvura coronavirus.
Munyaneza Theogene / intyoza.com
Leta ya Tanzania yatangaje ko ibigo byayo bikurikirana kandi bikavura abanduye icyorezo cya Coronavirus bigiye gufungwa. Iyi ngingo ifashwe bitewe n’uko abategetsi b’iki gihugu batangaje ko imibare y’abandura icyorezo ikomeje kugabanuka.
Ku wa gatanu tariki 03 Nyakanga 2020, Minisitiri w’ubuzima Ummy Mwalimu yavuze ko ubu mu gihugu hari ibigo 11 gusa bigikora, mu bigo 85 byose hamwe byari byashyiriweho gushyira mu kato abarwayi ba Covid-19.
Minisitiri Mwalimu yagize ati: “Turashima Imana ko coronavirus iri kugana ku musozo muri Tanzania”. Yongeyeho ko abantu badakwiye kwirara kuko bishoboka ko habaho ubwandu bwa kabiri mu gihugu.
Madamu Mwalimu yavuze ko abaturage ubu bashobora gukomeza kugana ibyo bigo kwivuza indwara zisanzwe kuko bitazongera gukoreshwa nk’iby’akato ku barwayi ba Covid-19.
Kuri ubu ikigero cy’ubwandu, umubare w’abarwayi n’impfu zitewe na coronavirus byose ntibizwi uko bihagaze muri Tanzania kuko leta idatangaza iyo mibare mu buryo buhoraho. Imibare iheruka gutangazwa na leta ni iyo mu kwezi gushize kwa gatandatu.
Icyo gihe Minisitiri w’intebe Kassim Majaliwa yabwiye inteko ishingamategeko ko mu gihugu hari abantu 66 gusa barwaye coronavirus. Muri iki gihe, nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, amashuri yose, za kaminuza n’inzego zimwe nk’urwego rwo gutwara abagenzi mu ndege ndetse n’urw’ubukerarugendo, byongeye gufungurwa.
Imikino nayo yarasubukuwe, hafatwa ingamba nko guhana intera, hanashyirwaho uburyo bwo gukaraba intoki mu kwirinda ikwirakwira ry’ubwandu bwa coronavirus.
Uko Tanzania yitwaye mu guhangana n’iki cyorezo cya coronavirus ntibivugwaho rumwe.
Aho gushyiraho ingamba zikaze za “guma mu rugo” (lockdown), zifashishijwe na benshi mu baturanyi b’iki gihugu – leta ya Tanzania yahisemo gushyira imbere gusigasira ubukungu hafatwa ingamba zirimo kudohora.
Ariko, abanenga leta ya Tanzania bavuga ko izo ngamba zirimo koroshya mu buryo bukabije urebye ubukana bw’iki cyorezo, bakanashinja leta gukorera mu bwiru (mu ibanga).
Munyaneza Theogene / intyoza.com
Icyuho cya bamukerarugendo b’Abanyamerika kiragaragara mu bukerarugendo bw’Ubutaliyani. Ni mu gihe Amerika yashyizwe ku rutonde rw’ibihugu abaturage babyo batemerewe kujya ku mugabane w’ubulayi muri ibi bihe bya COVID-19. Ni inzitizi zikomeje guheza Abanyamerika, bakoreshaga akayabo k’amafaranga mu Butaliyani.
Imipaka y’Umuryango w’ubumwe bw’Ubulayi yongeye gufungurirwa ba mukerarugendo baturuka mu bihugu biri ku rutonde aho ababiturukamo badakeneye gushyirwa mu kato. Cyakora Amerika ntiri kuri urwo rutonde ku buryo bica intege ubucuruzi mu Butaliyani.
Urwego rw’ubukerarugendo rubarwaho 13 kw’ijana by’umutungo w’igihugu, ubu bwagizweho ingaruka n’icyorezo cya COVID-19. Byitezwe ko hazaba igihombo gikomeye mu gihe ba mukerarugendo b’Abanyamerika bakoreshagayo akayabo k’amafaranga batagishoboye kujyayo.
Guverinema y’Ubutaliyani ivuga ko miliyoni 5 n’ibihumbi magana atandatu z’Abanyamerika basura Ubutaliyani buri mwaka. Bakunda kujyayo mu kwezi kwa karindwi.
Uretse imijyi bakunda gusura nka Roma, Venice, Florence na Milan, abenshi bakunda no kujya mu mahoteli nka Amalfi Coast n’ibirwa binini nka Sardinie na Sicile aho ibiribwa n’umuco bivugwa ko ari byo ahanini bireshya ba mukerarugendo.
Kuva igihugu gifunguye imipaka yacyo kw’itariki ya 3 Kamena 2020, abanyabulayi ni bo babanje gusubirayo hanyuma mu cyumweru gishize abandi baturuka mu bindi bihugu byo hanze y’Ubulayi bakurikiraho. Cyakora ba mukerarugendo b’Abanyamerika, ari na bo baza ku mwanya wa kabiri mu bwinshi mu basura Ubutaliyani nyuma y’Abadage, baracyabujijwe kwinjira mu gihugu keretse gusa ku mpamvu zihutirwa.
Amahoteri ahenze yo mu Butaliyani nkuko ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru ribitangaza, akunze gukoreshwa n’Abanyamerika nk’iyitwa In the Amalfi Coast yiteguye igihombo gikomeye muri ibi bihe by’ibiruhuko. Amahoteli amwe yafunguye igice, mu gihe andi atigeze afungurwa na gato.
Miliyoni 15 z’Abanyamerika basura Uburayi buri mwaka. Abenshi muri bo bajyayo mu bihe by’Impeshyi. Kuba batazabasha kujyayo ni igihombo gikomeye kuko bagize 15 kw’ijana by’ubukungu bwose bw’Ubulayi.
Icyemezo cy’Umuryango w’ubumwe bw’Ubulayi cyo gushyira ku ruhande ibihugu bimwe, birimo Leta zunze ubumwe z’Amerika, gishingiye ku mubare w’abantu banduye virusi ya Corona. Ibindi bihugu ababiturukamo babujijwe kwinjira mu Bulayi, birimo Brezile n’Uburusiya. Ibyemerewe ni Australiya, Canada, Ubuyapani na Koreya y’epfo.
Munyaneza Theogene / intyoza.com
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera aributsa abaturarwanda ko batagomba kwibwira ko Polisi ihugiye gusa mu bikorwa byo kurwanya Koronavirusi, ikaba yaribagiwe abakora ibindi byaha. Arashimira abaturage bakomeje gufatanya na Polisi mu kurwanya ibyaha batangira amakuru ku gihe.
Kuva muri Werurwe uyu mwaka wa 2020 mu Rwanda nibwo hagaragaye bwa mbere icyorezo cya COVID-19, kuva icyo gihe Leta y’u Rwanda yagiye ishyiraho ingamba zitandukanye zigamije kurwanya ikwirakwira ry’iki cyorezo. Polisi y’u Rwanda nk’urwego rushinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’amategeko n’amabwiriza yafashe iya mbere mu kugenzura ko amabwiriza Leta igenda itanga yubahirizwa uko yakabaye.
Mu bihe bitandukanye kuva muri Werurwe hagiye hagaragara abakora ibyaha bitandukanye nk’ikoreshwa n’ikwirakwizwa ry’ibiyobyabwenge, ubucuruzi bwa magendu, ibyaha bishingiye k’ubusinzi birimo gukubita no gukomeretsa, ubucukuzi n’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro bikorwa binyuranyijwe n’amategeko n’ibindi bitandukanye.
Nubwo Polisi y’u Rwanda ishyira imbaraga nyinshi mu gukurikirana abarenga ku mabwiriza yo kurwanya Koronavirusi, ntiyahwemye no gukomeza gucunga umutekano w’abaturage nk’uko byari bisanzwe na mbere y’icyorezo cya COVID-19. Mu bihe bitandukanye n’ahantu hatandukanye yagiye yerekana abafatiwe mu byaha bishobora guhungabanya umudendezo w’abaturarwanda.
Aha niho umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police(CP) John Bosco Kabera ahera yibutsa abantu ko batagomba kwibwira ko Polisi y’u Rwanda ihugiye gusa ku kurwanya COVID-19 ikaba yaribagiwe abakora ibindi byaha.
Yagize ati: “Hari abantu batekereza ko muri iki gihe cy’icyorezo cya COVID-19 Polisi irimo kureba ukuntu amabwiriza yubahirizwa gusa, itareba ibindi byaha bikorwa. Abacuruza magendu, ibiyobyabwenge n’ibindi byaha, nagira ngo mbabwire ko Polisi y’u Rwanda itareba ikintu kimwe, ireba byose, ibyo byaha irabigenzura ababikora barafatwa bagahanwa”.
Urubuga rwa Polisi dukesha iyi nkuru rutangaza ko CP Kabera agaragaza ko akenshi abantu bakora ibyaha bisanzwe baba banarenze ku mabwiriza ya Leta yo kurwanya icyorezo cya COVID-19 nk’abakora ubucuruzi bwa magendu bwambukiranya imipaka ndetse n’abacuruza ibiyobyabwenge.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yashimye ubufatanye bukomeje kuranga abaturage mu bikorwa bya Polisi byo kurwanya ibyaha.
Yagize ati:“Dukomeje gushimira abaturarwanda batanga amakuru, abantu bose baba bafashwe ntugire ngo ni Polisi iba yabigezemo uruhare yonyine. Abaturarwanda baduha amakuru umunsi ku wundi kugira ngo abanyabyaha bafatwe”.
CP Kabera yakanguriye abaturage gukomeza gukorana na Polisi, agaragaza imiyoboro itandukanye bazajya bifashisha batanga amakuru harimo imbuga nkoranyambaga za Polisi nka Twittwer (@Rwandapolice), WhatsApp (0788311155), Instagram (Rwanda National Police), Facebook (Rwanda National Police).
Abadakunze gukoresha imbuga nkoranyambaga nabo hari imirongo ya Telefoni itishyurwa bazajya bifashisha bahamagara ariyo:
110: Umutekano wo mu mazi
111: Inkongi z’umuriro n’ubundi butabazi
112: Ubutabazi bwihuse
113: Umutekano wo mu muhanda
118: Ibibazo bijyanye n’umutekano wo mu muhanda
997: Kurwanya ruswa
3511: Uhohotewe n’umupolisi
Munyaneza Theogene / intyoza.com
Kubera ibihombo yatewe n’icyorezo cya Covid-19, Sosiyete y’Abafaransa itwara abantu n’ibintu mu ndege, Air France, yatangaje ko mu myaka iri imbere iteganya kugabanya abakozi bagera kuri 7,580, bangana na 17.5% by’abakozi bose ikoresha.
http://dlvr.it/Rb3QzC
Nkuko twabibasezeranyije, buri wa Mbere tubakusanyiriza bimwe mu bitekerezo by’abasomyi byatanzwe mu cyumweru gishize, mu rwego rwo kuba hafi y’abasomyi bacu no kubereka ko ibitekerezo byabo tubizirikana.
http://dlvr.it/Rb3R0s